Monthly Archives: October 2023
Igice cya (257) cy’Ubuhanuzi
15 OCT,2023 njyanwa mu iyerekwa mbona «Roman Catholic Emperor Church» bategura ubugambanyi bukomeye cyane nyuma yo kubona ko ikimenyetso cyo kwima ingoma kwa Raila Odinga kigeze kumuryango gisohoza umulimo wacyo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ubuhanuzi burakomanga ku marembo ya gakondo y’abakiranutsi!!?
17 OCT,2023 njyanwa mu iyerekwa muri gakondo yabakiranutsi,mbona ibigiye kuba muri icyo gihugu biteye ubwoba,inkeke,n’amakenga.Mbona abanyamadini (Synagogues Leader, and religious) bamanurwa mu butayu bugufiya baba ariho batura hababera ubuturo bw’ibihe bakajya bacuranwa ibibanza byo hagati mu butayu aho bubaka amazu yabo kuko basaga naho bashimye kwibera mu butayu kuko ari biti cyangwa amabuye byaharangwaga mbona bubatse insengero zabo,ndetse na mazu yo guturamo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Umuhanano wa nyuma kuri Madam Adeline Rwigara
OCT 16,2023 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti,Umwami Kigeli Ndoli,uburire Madam Adeline Rwigara umubwire uti,uku niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo avuga,ukunda kujya mu bahanuzi kubaza kandi ibyo bakubwira ntaho bihuriye n’ukuli kwanjye.
Igice cya (256) cy’Ubuhanuzi
13 October 2023 njyanwa mu iyerekwa mbona ubuki bwiza cyane bwamaze guhakurwa bwatunganijwe bwateguriwe Umwami Kigeli Ndoli uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Igice cya (255) cy’Ubuhanuzi
10 October 2023 njyanwa mu iyerekwa mbona Samuei William RUTO ari muri kaminuza (university) yifashe mapfubyi, yabuze icyerekezo.Mbona ko agiye gukora ubukwe mu minsi «31 z’uku kwezi kw’ukwakira 2023».Nabonaga umukobwa agiye gushakana nawe alimo agurisha imikandara ‹belt› y’abagabo ibihumbi (31,000) kenya maney shillings.Niyo bashakishagamo intwererano zo gukora ubukwe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.