Naho mwaritse ibyari byanyu mu bushori shori bw’INYENYERI azabamanurayo abakubite hasi!

02nd Mar, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo ya barwanya Uwiteka Imana yabakiranutsi,wongeye kuguhagurukira,dore abo waruzi biyitaga yuko mukorana umurimo wanjye nibo bamaze igihe bakugambanira.Ninabo naguhishuriye ko bafite uburyarya nuburiganya muri bo.Ariko igihe kirageze kuko nakubwiye yuko uyu mwaka ari umwaka wubutabera bw’Uwiteka wirinde kuba ubashyize ahagaragara kuko igihe cyabo kitaragera neza nzakubwira igihe uzabikorera niko Uhoraho avuze.

Dore umufasha wiyo nkozi yikibi mwakoranaga umurimo ubu niwe urimo ku kugambanira akoresheje umufasha we,ariko araruhira ubusa kuko bisa no gushinga umuhunda ku kirenge uwo niwe umaze igihe agambanira gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.

Nuko nkomeza guhishukirwa uburyo umwe wo mu bakiranutsi kazi akomeje gushaka gukiza ubugingo bw’umuhanuzi mukuru ariko inkozi zikibi zigakomeza kumubangamira.Yashakaga ko yakiza ubugingo bwe,ariko umutware we w’inkozi yikibi agakomeza kumubera indryarya no kumubuza kugira neza mu gihe bikenewe kandi bishoboka.

DeathNkomeza guhihukirwa iyo nkozi yikibi uburyo ashaka ko yarimbura ubugingo bw’umuhanuzi.Nuko nkomeza kwerekwa uburyo iyo mbura mumaro ukuntu akorera munsi ya mazi kandi umufasha we ntarabukwe akibwira ko bari kumwe nyamara batari kumwe.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwo muryango ugiye guhura na kaga gakomeye cyane nubwo umufasha we yabihishuriwe ariko ntabwo yigeze asobanukirwa ibyayo mayerekwa habe namba kandi nawe wirinze kumusobanurira icyo ayo mayerekwa asobanura kugeza magingo aya ntabwo umufasha arasobanukirwa uko biteye ariko umufasha wiyo nkoziz yikibi nakomeza kugira neza,nta kabuza yuko Uwiteka azabagirira imbabazi biciye kumufasha we,ariko umutware ntazabura guhanwa uko niko Uwiteka ategetse.

Nuko rero uzirinde kumusobanurira utararangiza gahunda z’Uwiteka kugirango ibyo Uwiteka yiheshe icyubahiro yagusobanuzaga yacaga amarenga y’ubugambanyi bagiye kugukorera nuburyo bazahanwa n’Uwiteka Imana kubera kugambanira umwuka w’Uwiteka Imana

Nuko nkomeza guhishukirwa ubugome bw’abantu bakorera mu isi yabazima kubera gukunda iby’iki gihe nka DEMA wagambaniye umuntu w’Imana intumwa (Paul) ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ntutinye kuko ntazabura ku kugirira neza ndabizi wahuye ni ntambara zikomeye cyane kandi wagaragaje kunyizera ntiwatewe ubwoba na JEZEBEL ngo wemere intonorano zo mu murwa w’IBABYLON niyompamvu ntazabura ku kugirira neza ngo nsohoze ibyo nagusezeranije kuko wagaragaje kuba umwizerwa imbere y’Uhoraho ni mbere ya bana b’Abantu.

bibleKubera iyo mpamvu,nanjye nzigaragariza imbere yawe ni mbere ya mahanga kugirango amahanga amenye yuko umfiteho Uhoraho Uwiteka Imana yawe nkumucunguzi wawe kandi akaba nagakondo yawe uko niko Uhoraho avuganye nawe uyu munsi.Dore abagambanyi bose bagambaniye ijambo ryanjye nzabamanura mbakure aho bimanitse mu bushori shori bw’INYENYERI maze mbakubite hasi kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka ushobora byose mbese hariho icyananira?Uko niko Uwiteka abaza Yeremiya 32:27 Though you soar like the eagle and make your nest among the stars, from there I will bring you down,” declares the LORD.Obadia 1:4

Abahungiye mu mahanga ya kure nubwo bateye imizi ikamera bakararika bakadamarara,ariko dore igihe kiraje ubwo ngiye kubacira imanza zitabera kugirango bamenye yuko nd’Uhoraho aho hose batataniye bibwira yuko ntagerayo?Isi nibiyuzuye byose ni byanjye nijye wabiremye kandi byose nijye wabikoze nuko rero babwire ngo,uguhiga ubutwari muratabarana ngaho rero nibahagarare kigabo kuko mpagurukiye guhangana nabo kuko biyise abanyamaboko babonye mbakura ku cyavu bagirango babihawe namaboko yabo

Niyompamvu nanjye ntazabagirira ibambe kuko nabo batagaragaje kwera kwanjye ndetse bibujije kugira umutima w’imbabazi ahubwo bahitamo kwigira nabi bihindura ibisimba inyamaswa zo mu ishyamba nuko rero kuko ari byo bashimye,icyo umuntu abibye ni nacyo asarura uko niko Uhoraho avuga.

DoveDore ntakabuza za magigiri zihaye kugigira umwuka w’Uhoraho ukorera mu bahanuzi,sinzabura guhora mbaziza ubugizi bwa nabi kuko batigeze batinya ijambo ryanjye ahubwo bagakunda ubutunzi kuruta Uwiteka nyamara se nigeze mbima umugisha ahubwo bahora bashaka inzira ngufi zo gukiranirwa babitewe ni uko banze kumvira ijambo ryanjye nanjye nzabereka gukiranuka kwanjye kandi mbereke ko byose byaturutse kuri jye ibyo bigirwamana by’umwakagara biringiye nzabereka yuko ntaho bihuriye nanjye icyo gihe nibamara kubona babuze ipfo naruguru bazicuza ibyo bakoreye abakiranutsi banjye

Dore ubwoko bwanjye baburya nkitama zitagira kivurira,abashumba bazo nibo babanje kurya izibyibushye zifite ibinure,barangije guhanga barazita maze amasenga azinjiramo arazitanyaguza zimwe ziratatana izindi zigwa mu byobo zibura uwazikuramo,izindi zarazimiye ziheze mubuhuru,inyamaswa zabonye ibyo kurya bitazigoye izacitse ku icumu nazo barazigerereye kuko barimo kuzigambanira

sheepIntama zanjye zirataka zabuze uwazitabara kuko ntawe uzitayeho,abihaye umurimo ninabo bazakaniye uko umwanzi ashaka birirwa mu nama bagambanira ubwoko bwanjye umwiza muri bo,ameze nkamahwa y’ibitovu,umukiranutsi muri bo,ameze nk’isusa ibyo byose Uwiteka arabireba akabyitegereza akicecekera atari uko ananiwe gukiza ubwoko bwe,ahubwo intama ze ziringiye abashumba bibirura bituma zinanirwa kwiringira sebuja wazoreye ahubwo ziringira abagaragu.

Ibyo na byo byahindutse imbarutso ya gahinda k’Uwiteka kuko intama zitazi shebuja,byatumye zigendera mu mwijima maze zihura nubuyobe bukomeye cyane,erega nta mwuka w’Uhoraho bafite nubwenge bwa muntu bakoresha kuko ntagitangaza gikomeye baragaragaza imbere y’ubwoko bw’Uhoraho ahubwo bakoresha amagambo aguruka nka serwakira maze abayatega amatwi bagasigara ari ibihurihuri badashobora no kwibuka ijambo na rimwe ryabagirira umumaro kuko bitaturutse k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.

Dore nta kabuza umuryango wiyo nkozi yikibi, umutware wa wamukiranutsi kazi, ntuzabura guhanwa n’Uwiteka Imana nkorera kuko bafashe umugisha bakawuhindura umuvumo niko Uwiteka avuga.

SorcersNuko rero ntamugisha ubasigarijwe kuko ibyari umugisha kuri bo,babihinduye iby’iki gihe maze bahitamo intonorano bazisimbuza umugisha w’Uwiteka Imana ya bakiranutsi.Naho umugore yiringira Uwiteka,nta kabuza ko Uwiteka atazabura guhana umutware we; kandi ntibizabura kugira ingaruka mbi kumuryango wose kugirango bamenye yuko Uwiteka aca imanza zitabera (Dore umugabo akora umurimo w’ubutasi rwihishwa) kubera gushaka ubutunzi bwataye mu minsi ya nyuma ubwo butunzi azabubona ariko azajya aburira mu myotse!Uko niko Uwiteka avuga!

Ibimenyetso by’ubugambanyi:by’uko bakoze ubugambanyi,bizashyirwa ahagaragara mu gihe cyategetswe n’Uwiteka Imana kugirango abantu bamenye imikorere y’umwanzi uburyo usanga umugore cyangwa umugabo umwe akorera sekibi undi agakorera Uwitea Imana yabakiranutsi

Nibyo byarampenze kongera kugarura ikinyamakuru ariko nabigezeho,mbere yuko basenya ikinyamakuru mu masaha macye bahise bashyiraho inyandiko y’ICYONGEREZA yitwa ESSAY njya kuyikuraho ako kanya bahita bongera gusenya urubuga rw’inyangeNews ibyo byabaye hagati y’15 na 18 FEB,2016

HackersUrubuga maze kurusubizaho bakomeje kujya bashyiraho za nyandiko zo mu Cyongereza mba nabatahuye nanjye niga ubundi bwenge kuko ataribo banyishyuriye (fees) y’ishuri babikoze inshuro ebyeri maze umwuka w’Uwiteka urambwira uti,reba muri database ahitwa muri Categories bashyizemo connection yabo ibyo ukora byose babasha kubibona.Nijiramo ndareba nsangamo connection link (3) iyambere yitwa (Essay,Input,Output) mpita ndazihanagura maze ubwenge bwabo bubona iherezo bari banyuze muri word press bakajya ariho banyura igihe cyose ngiye gushyiraho ubuhanuzi umwuka w’Imana akambuza.

Nshuti bakundwa reka mbabwire yuko nahuye ni ntambara zikomeye ndetse zirenz kwizera k’umwana w’umuntu,hejuru yibyo ninako urupfu ruba rugeretse,abibwira yuko gahunura ari umurimo mwiza,nibyo ni mwiza imbere ya maso y’Uwiteka ndetse numurimo w’icyubahiro ninayo mpamvu abantu benshi bifuza kwitwa abahanuzi kuko ubutware nububasha icyubahiro biba kubahanuzi ariko ubuzima bw’umuhanuzi ubanz atari benshi bakwemera kububamo ugereranije nabiyita abahanuzi ubuzima bashaka kubamo cyangwa uburyo babyitwaramo

Ntushobora kuba umuhanuzi urumunyabwoba,ntushobora kuba umuhanuzi uca imanza zibera ubogamira kuruhande rumwe wikundwakaza ku bantu kuko Uwiteka niwe mazo ya bahanuzi ntushobora kuba umuhanuzi ukoresha ubwenge bwa muntu cyangwa ukoresha ubumenyi bwo mu isi

Ntushobora kuba umuhanuzi ngo kuko ubikunda,ahubwo iyo mpano urayivukana Uwiteka niwe ugutegura kuva ukivuka akamenya n’ukuntu iyo mpano uayikoresha ni gihe cyayo kandi akunyuza mu butayu kugirango ubanze wige umenye umurimo ugiye gukora umumaro wawo ndetse ningaruka ziba muri uwo murimo.Ntibugutangaza ubona umushumba winka antuka kuri mama nibindi nkibyo kuntuka biranezeza cyane kuruta kuba wanyica cyangwa ukanshyira mu nzu y’imbohe usibye ko gupfa ntawe byishe!!! Kandi burya wabashije gusimbuka urupfu rw’umwakagara yawe nta kindi gishobora ku kwica muri iyisi ya nyagasani

Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abanzi bakoresheje abo witaga ngo nabakiranutsi kuko ari ko biyita bakubereye indrarya bakaba batuye kumugabane w’Uburayi hafi nupaka w’Uburusiya bakaba barigeze ku kubwira iyerekwa ry’imipaka y’Uburayi n’Uburusiya abo ubashyire ho akarongo gatukura kuko babaye nka DEMA bakunda indamu mbi z’iki gihe uko niko Uwiteka avuga.

03rd Mar,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bagiye kugukorera uburiganya kugirango umwanzi anezerwe nyamara ubihorere kuko badashobora kurusha ubwenge umwuka w’Uwiteka Imana.Dore baragambanye kubera kubura uko babigenza ndetse bafite ubwoba bwinshi dore baragutanze nyamara ahubwo nibo bitanze bibwira yuko ibyo bakoze birimo ubuhanga dore babanje kujya inama zibyo bagiye gukora kubera urwandiko wabandikiye none umenye ubwenge igenze kwa kundi ujya ugenza maze utegereze amaherezo yabo kuko inzira z’Uwiteka zirenze igihumbi zo gukirizamo umwana w’umuntu.

Mwana w’umuntu,naguhagurukirije kuzajya uca imanza zitabera zibikorerwa mu isi yabazima,uwo niwo murimo naguhamagariye,none tunganya inyandiko zibyabaye byose uzishyireho ikimenyetso maze uzishyire ahagaragara kuko nshaka kwihesha icyubahiro iki ni gihe ibyavugiwe mu bwihisho bishyirwa ahagaragara ibyakorewe mu ibanga bikajya ahagaragara kuko abana b’Abantu batinya ko ibyabo biri mu ibanga bijya ahagaragara kuko izo ari zo mbaraga zabo uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,menya yuko iki ari igihe cyo gushyirwa hejuru kwabakiranutsi ndetse akaba ari ni gihe cyo gucisha bugufi abishyize hejuru kugirango Uwiteka ahabwe icyubahiro uko niko Uwiteka avuze.Nuko rero kuko banze kwizera ijambo ry’Uwiteka niyompamvu Uwiteka nawe atazabagirira imbabazi mu gihe cy’Akaga ntazumva gusenga kwabo ibyago ntizabura kubageraho kugirango bamenye yuko Uhoraho ariwe Mana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.

04th Mar,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,za nzira za cyera watekerezaga kuzanyuramo ujya mukindi gihugu zibagirwe kuko zamaze guhumana kandi cyane kuko igihe cyose iyo imbwa bayitegeye kumayezi ntishobora gukiza ubugingo bwayo nuko rero menya ubwenge umenye yuko igihe cyose iyo imvura ikubye buri muntu yirukanka ashaka aho yakwinga imvura

Ariko kuri wowe siko bizamera ntabwo arugupfa kwiruka ngo ni uko imvura igiye,ahubwo uteganya umutaka hakiri kare ukawitwaza ukawugendana kuko igihe cyose imvura ishobora kugwa kandi nyinshi bityo ntushobora gutungurwa nimvura yo mu itumba ngo upfe kwiruka ahubwo ubanza kwitegereza neza aho uri bwugame nimba haba hafite ubwugamo ukabona kujya kugama udahubutse uko niko Uhoraho avuga.

RujugiroIjambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara agiye kwica no kurimbura umuryango w’umuherwe umunyemari AYABATWA RUJUGIRO TRIBERT abasigaye bose aho baba baherereye dore amaze gukora gahunda yo kubaca ibihanga uwo ari bugweho wese arahita amuca igihanga kugirango yihimure kumunyemari Rujugiro ndetse hatazagira abakomeza gukurikirana ubutunzi bwe yamwambuye uko niko Uwiteka avuze.

Nuko rero burira umuryango we wicyamure werekeze Iburasira zuba kuko ibyuburengera zuba byamaze kuba umwanda!Ibyo nkubwiye umwakagara agiye kubikora vuba cyane ubu gahunda afite ya vuba cyane nuguca ibihanga imiryango ya bantu bose azi neza ko badashyigikiye ubugome bwe nubugwari bwe none yamaze kumenya yuko igihe cye cyarangiye ahisemo kwandavura yanduranya ku bantu ngo nibo banyirabayazana yirengagiza yuko tukiri muri iyisi buri muntu afite igihe cye cyo gutegeka nigihe azamara mu isi ya bazima.

Mwana w’umuntu.kura amaso ku bantu abo waruzi yuko bakorera Uwiteka siko bimeze narakwihoreye ndakureka kugirango ubanze umenye umuntu kuko bidashoboka yuko umenya umuntu utabibwiwe n’Uhoraho kuko niwe uzi umuntu kandi ninawe wamuremye nuko ntutangazwe nuko abo wari wiringiye bahindutse babi niko bamye niko bahoze iyo niyo kamere muntu kuko umuntu wese utubaha Imana yigaruriwe ni mbaraga za sekibi usanga biyitirira izina ry’Uhoraho nyamara ar’inkozi zibibi

Ntutangazwe namagambo meza bavuga yibyanditse byera kuko iyo niyo mvugo isigaye mu isi kuko byanditswe ngo bazaba bavuga kwera kwayo,ariko bahakana imbaraga zayo!Humura nd’Uwiteka Imana yawe sinzaguhana na hato sinzagutererena ahubwo nakubwiye ko igihe cy’amasezzerano yawe nikigera nzayihutisha vuba cyane kandi nta numwe ushobora yuhagarika ngo ayatange imbere kuko nitwa Uhoraho uwera wwabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.

Dore bari biteguye kumena amaraso yawe ririya cupa ubonye ryuzuye amaraso ni gahunda bari bateguye yo kumena amaraso yawe;ziriya kabutura ubonye (2) n’umwuka wigisuzuguriro bari bamaze kugushyiraho kuko bari biringiye yuko gahunda zabo bamaze kuzitunganya rwose yuko bagufite mubiganza byabo nuko rero uhereye none umenye ubwenge umwana w’umuntu,Uwiteka niwe umuzi ndetse nawe kuko ufite umwaka wanjye ubasha guhishukirwa ukamenya icyo ahatse munda ukamenya uko wigenza uko niko Uwiteka akuburiye ngo ukize ubugingo bwawe niko Uhoraho agize.

Nerekwa urubyiruko nyarwanda umwakagara alimo abegranya ngo bajy kurwana urugamba rumusatiriye maze mbona abshatse gucika bagafatwa bagakubitwa agafuni,ni uko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu urubyiruko nyarwanda rumerewe anbikuko bagiye kururoha mu ntamabara zirudaca umwakagara adateze kuzatsinda uko niko Uhoraho avuga.

Nyanwa muyerekwa mbona Malaika azanye umugozi w’icyuma arawumpa ngo nkwizirike uzengurukeho,ndabikora mbona hasagutse ibice bibiri bifatanye nuwo nihambirije.Niko Malaika arambwira ngo;uwo mugozi w’icyuma nguhaye nuwo ku kumenyesha ibyari hishwe amaso yawe,abo witanga ko mufatanije umurimo w’Uhoraho bamwe bakunze ibyikigihe babaye nka DEMA none uburinde cyane ndetse nihagire uzamenya gahunda zawe kuko bamaze kugambana ninayo mpamvu ubwo intambara ziyongera ubwo wari mu gihugu cy’BABYLON bamwe bo kumugabane w’Uburayi bahisemo guceceka batinya kuvugana nawe ngo ejo nubandika hatazaboneka bimenyetso uko niko Uwiteka avuga

Translate »
Skip to toolbar