Igice cya (28) cy’ubuhanuzi

13 Mar,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona turi mu muhanda wa kaburimbo (gukiranuka) na bandi bantu babaturanyi umuryango umwe nuwo kwa Ruzezwa twari duturanye uwundi ni kwa Veronica maze mbona abana biyo miryango turimo tugenda mbona bahindutse ibimara (gutakaza ubwenge) biranyobera sinamenya impamvu yabyo maze ndabwirwa ngo mwana w’umuntu udatekereza byinshi cyane kuri abo bantu igiteye bariya kuba abasazi ni uko waraye ukuye iryinyo ryawe ryimpingikirane bari baraguteyemo ubwo wari ukiri umwana ugiye kumera iryinyo risanzwe hazamukamo niryabadayimoni icyo kikaba cyari ikimenyetso bagushyizemo kugirango bajye bamenya ibyo ukora nibyo ubuvuga utazigera ugaruza umugisha wawe.
Nuko niyompamvu Uwiteka yahereye cyera akubwira ibyiryo ryinyo uhereye mu mwaka wa 2013 ariko ntumenye ibyaryo.Ubu rero connection yabazima nabadayimoni bari baragushyizeho irarangiye kandi dore abana biyo miryango bahindutse ibimara abantu batagira ubwenge kuko iyo umudayimoni avuye mu muntu asubira kuwamwohereje rero iyo umwirukanye ahita ajya kwitura inabi kuwamwohereje kandi ingaruka zijya ziba mbi cyane niko Uwiteka akuburiye.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe kirageze ngo abambuwe utwabo nabadayimoni babisubizwe kuko hashize igihe kire kire barambuwe umugisha wabo bakawukoresha atari uwabo.
None igihe cy’abakiranutsi kirageze ngo Uwiteka asohoze amasezerano yabasezeranije nk’uko hashize igihe kinini abivugiye mukanwa kabahanuzi none dore birasoheye umuntu wese wambuwe utwe Uwiteka agiye kumukubira inshuro (7) niko Uhoraho avuga.
Mar 14,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira mururimi rw’icyongereza “Make revenge”bisobanura kwitura inabi wagiriwe mu gihe ngishidikanya kuri iryo jambo,umwuka w’Uhoraho arambwira ati,mwana w’umuntu ntushidikanye kuko Uwiteka yakugize kuba umucamanza wabakiranutsi nabakiranirwa nuko rero tangira utegure uburyo bwiza ushyire ahagaragara za magigiri zo mu gihugu cy’Ubwongereza zemeye kureka umurimo mwiza w’Uhoraho bakoraga ahubwo bagahindukirira umwanzi wabakiranutsi.
Mwana w’umuntu abo bantu nabagiriye neza mbakura kucyavu mbajyana mu Burayi ngirango bazankorera ariko baranze bamera nka DEMA bakunda iby’iki gihe.
None ntukwiye kubagirira imbabazi kuko nawe ntazo bakugiriye, umugisha wose baguhesheje n’Uwiteka wabikoraga ngo umenye yuko arumunyembaraga kandi ashobora gukoresha abo ashatse baba banzi cyangwa abakunzi bose Uwiteka niwe ubategeka.Nuko rero nkumucamanza w’Uwiteka abo nibo nakubwiye yuko bazaguha intonorano kandi ko udakwiye kuzanga kuko igihe cyo kugaruza umugisha wawe cyarasohoye uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona turi abagabo (3) tumeze nk’abasirikare dushinzwe kulinda umutekano wa bantu bari mukigo imbere. Mbona umwe mubo dukorana araje akubise murumana wundi musirikare dukorana maze ako kanya ahita ahamagara mukuru we dukorana araza akubita wa wundi wa mukubise njya kubakiza baranga.
Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu ukwiye guhorera abakiranutsi,uriya mugabo n’umugore bahemukiye abantu benshi bitwaza ko ngo ari abakozi b’Imana, none ntukwiye kubahishira ahubwo ukwiye kubashyira ahagaragara kugirango isi yose ibamenya ninayo mpamvu bakoze ibishoboka byose ngo bagushe ikinyamakuru kuko bari bamaze kubona yuko wabatahuye bityo babwira leta y’umwakagara ikubita hasi ikinyamakuru inyangeNews kugirango bumve bafite umutekano.
Ibyo wibwiraga ko umugore atazi ibyo umutware akora waribeshye kuko arabizi neza ahubwo umutware yihisha inyuma y’umufasha we maze bakagigiri abo bashaka bakarangiza babataye murwabayanga amafaranga yose baha abantu bitwaza ko ari ukubafasha mu mafaranga ya leta bakoresha kugirango baramire ingoma y’umwakagara abanyagitarama bose bashinzwe kuneka umuntu wese utavuga rumwe na leta y’Abega nuko rero ukore uko Uwiteka abitegetse niko Uhoraho avuga.
Mar 15,2016 nerekwa impunzi z’abanyarwanda hamwe nizindi mpunzi zose ziba muri Kenya,mbona zigiye gushyirirwaho Bariyeri aho batagomba kurenga ngo binjire mu murwa mukuru w’ISHUSHAN,nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore impunzi ziba mu gihugu cya Kenya zigiye gushyirirwaho inzitizi ku buryo kongera gukora ingendo bigiye kuzibera amayobera
Mwana w’umuntu niyompamvu nagukuye mu mpunzi kuba impunzi uba uri mbohe utazi igihe uzagirirwa neza uwo niwo mugambi wabadayimoni ushobora guhunga wishoboye ukikorera utwawe ariko udateze akamuhana ngo uzagirirwa neza kuko abantu benshi ubuzima bwabo bwangirikira mubuhunzi kandi bituma batizera Imana kuko bakoresha ibinyoma kugirango bikure mubuzima bubi aho umwanzi akahabonera iturufu akoresha kubateza gukoranirwa.
Nuko rero burira impunzi ababishoboye bashake uburyo bahunga inkambi bakazivamo kuko badateze kuzagirirwa neza ahubwo ibihe bigiye kuza ni bihe by’intambara nta bwo bazabona uko babyikuramo ubasha gusoma ubu butumwa aburire abandi maze bikure mugihome nibitaba ibyo bazahura nakaga gakomeye kandi gutabarwa n’Uwiteka nta bwo bizashoboka kuko ababuriye hakiri kare niko Uhoraho avuze.
Kubera iyo mpamvu abagore nabakobwa bagiye gusambana cyane kandi babikorere kumugaragaro ntakwihisha kuko bagiye kwinjira mubihe bikomeye cyane umugore mwiza wese azata ibara kuko azicuruza kugirango abone amaramuko, n’abadamu b’abagabo bazicuruza kugirango barengere imiryango yabo kandi ibyo bizaba ar’ikizira k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nuko baburire hakiri kare,ubabwire uti,Uwiteka ababuriye hakiri kare ntihazagie uvuga ko ataburiwe kandi uzashaka gucika inkambi azakore amasengesho y’iminsi (3) atarya atanywa kugirango imigambi y’umwakagara yamaze gupangana na leta ya Kenya izabe imfabusa uzagebza atyo nzamukingurira imiryango acike iyo gereza uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,Mwana w’umuntu,dore umugambanyi yifuje kandi yarifuje ko yagushyira mu maboko yabanyabayaha kugirango ucibwe igihanga ariko nta bwo azabigeraho,dore yemeye kuyoboka abazimu nabadayimoni impano yahawe n’Uwiteka yameye ko ikorera umwanzi wabakiranutsi kubera gukunda iby’iki gihe niyompamvu yeretswe akurwa mu modoka amaze kuyicaramo kuko narimaze kumuhuza nawe kugirango atazavuga ko atabonye uko ankorera umurimo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
None mushyire kukarubanda kuko yamaze gucirwaho iteka erega abenshi umurimo ukora bawufata nk’aho atar’Uwiteka Imana uvuga nawe kandi bakumva yuko utahawe ubutware bwo guca imanza zibera ariko bazabimenya kuri wa munsi wa mateka kuko bamaze gucirwaho iteka n’Uwiteka Imana abinyujije mu mugaragu we Majeshi Leon uko niko Uhoraho avuga.
Mar 16, 2016 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hamanutse imyuka itatu muri RWANDA NATIONAL CONGRESS RNC,iyo myuka (3) imanuwe no kukwitotombera kuko wabashyize ahagaragara niko Uhoraho avuga
Nkomeza kwerekwa mbona murwagasabo buri musirikare ashakisha amagambo agomba gutanga kubamukiriye kugirango bikundwakaze bahabwe kuzamurwa mu ntera ndetse buri musirikare yaregaga mugenzi we,mbona umwe mubashofeur utaratangaga amakuru y’ibyo yumva bahise bamwirukana ku kazi kubera kutazana utugambo nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu ubu igisirikare cya RDF cyahindutse urubuga rwabagore niho habarizwa amagambo y’ibinyoma byose bishoboka ubu buri muntu aracisha umutwe mugenzi we kugirango abashe kuramuka niko Uhoraho avuga.
Nuko ndabwiwa ngo,umuturage uzana amagambo agira icyubahiro kuruta ingabo y’igihugu nuko rero mwana w’umuntu,ubwo ingabo zimaze kwibona ko nta cyo zimaze kandi ko umurimo wazijyanye atariwo bakora bibaye amahire kuko batazarwanira umwakagara ahubwo ubu burumwe arifuza ko Uwiteka yakora ibikomeye umwakagara agakurwa ku ngoma niko Uhoraho avuga.
Nongera kubwirwa ngo tege amatwi numve uko umwakagara yitotomba numva aravuze ngo,ayiiiiiiiiiiiii ndabigenza nte,ko abanzi banjye babaye benshi kandi bakaba bagiye kunyishima hejuru?Ndabona ibyo nari nishingikirije byose bigiye kumbera imfabusa ndetse nabayobozi bose nahaye akazi bose baranryarya nta numwe turi kumwe ahubwo birirwa bangambanira ariko nta cyo nabo nta numwe uzongera gusohoka mur’iki gihugu harya ngo bazahunga reka nanjye mbagire imbohe tuzapfana baribeshya niko umwakagara arimo kugambirira no kwibwira nyamara ibyo atekereza aribeshya kuko bazahunga atakiri ku isi yabazima niko Uhoraho avuga.
16 Mar, 2016 The Rhema word from heaven came to me,and told me,that;son of man look ahead of you and read the Rhema word of the Lord send to You so that you’ll be able to announce for my people.The words which I saw was written on board called “PACIFYING “according research I have made this is meaning of it.this concerning with a country of Rwanda.
- To bring or restore to a state of peace or tranquility; quiet; calm: to pacify an angry man.
- To appease: to pacify one’s appetite.
- To reduce to a state of submission, especially by military force; subdue.
Mar 17, 2016 njyanwa mu iyerekwa maze mbona inama yabakomeye cyane bagizwe na bacuruzi na banyapolitike mbona yateranye.Impamvu yiyo nama, kwari ukurebera hamwe, uburyo ngo harumucuruzi waguze igihugu cyose akakigarurira kikaba icye.Akaba icyo gihugu cyari kimaze igihe yarakigaruriye nta muntu numwe yaba umuturage cyangwa abategetsi ushobora kuvuga.
Nuko mbona abakomeye bateranye bemeza ko agomba kwamburwa icyo gihugu (Rwanda) maze igihugu kigasubizwa bene cyo.Ubwo mbona abakomeye bategetse yuko asubizwa amafaranga ya kiguze (Imbaraga) maze igihugu kigasubirana banyiracyo bityo abaturage bakishyira bakizana.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambaza riti,mwana w’umuntu,ubonye iki?Nanjye ndasubiza nti,mbonye abakomeye baterana basaba umuherwe (waguze igihugu ko yasubizwa amafaranga yaguze icyo gihugu) maze igihugu kigasubzwa bene cyo.
Uwanyerekaga arambaza ati,ese waba wamenye amasura yabari bagize inama yo gusubiza umuherwe ibyo yatanze ngo agure icyo gihugu?Ndasubiza nti Oya nyagasani kuko nabonaga ar’abantu bakomeye gusa gusa ntaho naba narigeze kubabona haba kuri TV cyangwa kuri za internet nta nahamwe naba narababonye
Nuko arambwira ati,dore inama igiye guterana ikomeye igiye kwiga uburyo umwakagara yakamburwa igihugu maze za mbaraga ajya arata bakazimusubiza akagumana izo mbaraga ze,dore nd’Uwiteka ngiye kugirira ubwoko bwanjye neza kuko numvise kurira kwabo kandi akaba ari ntawundi wakiza ubwoko bwanjye usibye jyewe gusa kuko abandi bose ar’ibisambo by’ibirura bisaura aho bitahinze bakarya ibyo batahashye ndetse nta nubwo baruha banabiteka ahubwo bahengera bihiye bakizana bakicara kumeza bakarya ibyo bataruhiye ariko ibyo ndirahiye ntibizongera niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Njyanwa mu iyerekwa maze mbona umwakagara ateranya inama yikuba gahu,iyo nama yari iyo kwiga uburyo bahumanya Nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa maze bafata umwanzuro wo kumwoherereza impano zijyanwa na bantu mur’izo mpano bashyizemo ibihumanya “Chemical industry” ku buryo azahita afungura igahita imuhitana.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu burira Umwami Nyir’uRwanda yuko bagiye kumwoherereza impano maze zihite zimuhitana nuko umwakagara yongere yime ingoma uko niko Uhoraho abitegetse.
Mar 19,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo ya Rwanda National Congress (RNC) wongeye guhaguruka barakurakaliye cyane kubera guhyira ahagaragara ibyabo unyuzwamo n’Uhoraho.
Nubwo babihakana muruhame kugirango babone uko birwanaho,ariko iyo buri umwe ari wenyine ntabura kubyemera no kubyizera niko Uwiteka avuga.
Nuko rero witinya kandi ntugire ubwoba kuko arijye waguhaguhagurukije mu igihe gisa nk’iki?Niko Uhoraho avuga.Dore nakugize umucamanza uca imanza zitabera kugirango ucire ubwoko bwanjye urubanza kanzi nzi neza yuko nta numwe urenganya kuko ukora ibyo ngutegeka.
Nubwo babihakana muruhame,icyangombwa ni uko babyemera mu mitima kuko ibimenyetso byose barabyemera kandi ubuhanuzi buberekeyeho bwose bwabasohoyeho niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,dore RNC bafite ikibazo gikomeye bagiye gutangiza urugamba kuko bamaze kwitegura bagiye kurwanya umwwakagara nyamara urwo rugamba nta bwo bazarutsinda ngo bime ingoma uko niko Uhoraho avuga.
Dore nabo bahanganye nijambo ryanjye banze kwemera barahakana banze kwizera ijambo ry’Uwiteka bameze kimwe nkumwakagara kuko nabo bizerera mu ntambara no mu ntwaro zintambara ariko bazatangazwa ni uko barwana ariko ntibatsinde intambara kandi ntaa bwo bazima ingoma kandi numwakagara azavaho ariko taribo bamukyeho uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore inshuti yawe Harindintwali Jean Paul ukora muri ULK yarahumanijwe nabagizi ba nabi abanzi bumusaraba.Dore yabuze urubyaro nyamara suko atabyara ahubwo nuko yahumanijwe.
Kandi dore azengurutswe nabadayimoni ndetse intamabara igiye kuza mu minsi iri mbere natareba neza ashobora kuzayigwamo kuko abanyabwoba banze guhunga bihaye amasezerano kandi atarijye wayabahaye nuko rero bamenye neza yuko ntakabuza batazabura kugwa muri iyo ntambara niyompamvu abantu bakwiye kwiyeza hakiri kare kuko bananiwe kwizera Uhoraho ngo bakize ubugingo bwabo nk’uko Abraham yakijije ubugingo bwe ubwo inzara yateraga I Cannan.
Nuko rero nabandi nabo ni uko bigiye kubagendekera kuko banze kwemera no kwizera Ijambo ry’Uhoraho ahubwo biha amahoro mu mitima yabo.Kwizera kwabo ni ukwizera kubwoba nta bwo guhura ni jambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.
Uwo Jean Paul yahumanijwe na mukase arasenga nkavugana nawe ariko yananiwe kumva no kumenya imiburo yanjye nuko rero iyo umuntu ananiwe kumenya imiburo y’Uhoraho biba birangiye kuko azengurukwa nabadayimoni kandi adashobora kubona igisubizo kubera kutumva imvugo y’Uwiteka Imana yo mu ijuru.Andika ubwo butumwa bwe,ahari aho nthazabura usoma ubwo butumwa maze akabumugezaho uko niko Uhoraho avuga.
Dore yavuye murukundo rwanjye rwa mbere cyera yasenganaga umwete none ubu intambara zabaye nyinshi ndetse nta numwanya agifite wo gusenga kubera umwanzi yamaze kwinjira mu iryo torero rya ADEPR abanyantengenke byabaguye nabi bituma basubira inyuma dore ko uwo wariwo mugambi w’umwanzi akaba yarageze kumugambi we uko niko Uhoraho avuga.Nuko rero shyiraho telephone ze kugirango uzashobozwa no kuba yamugezaho ubwo butumwa azabikore Tel +250788779043.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze njyanwa mu iyerekwa mbona perezida M7 arikumwe n’umwakagara barimo bavugana uburyo bagiye gukurwa kubutegetsi nababubashyizeho(USA) mbona ariko M7 ariwe ugeramiwe cyane mbona yabuze inkunga yamahanga ndetse abura namashillingi yo guhemba abasirikare kugeza ubwo abasirikare bafata icyemezo cyo kumukura kubutegetsi
Ubwo M7 abonye ko bimukomeranye ahitamo kubeshya abasirikare ko abasirikare bakuru aribo bariye imishahara yabo abasezeranya ko agiye gukora ibishoboka byose akabahemba ariko kwari ukwivana mukimwaro amashillingi yari ntayo nuko mbona abasirikare bakuru bafashe icyemezo cyo kumukura kubutegetsi kungufu.
Numva Museveni akomeza kuvuga yuko ngo ariwe perezida wa Uganda nyamara byari byamurangiranye uko niko Uhoraho avuga.
Nuko numva umwakagara amuhaye amasezerano yuko azamuatabara bose bagatabarana kandi ntampamvu yo gutinya habe nagato ahubwo ko bakwiye kurwana intambara ikomeye ya mahanga nabonaga nta gisubizo kibibazo bafite ahubwo arukwihagararaho gusa nyamara badashobora kuba babibonera umuti w’ibibazo.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,nk’uko ibyahanuwe bivuga, uko niko bigiye kugenda abo bagabo bombi bakuwe kubutegetsi kuko basuzuguye umwuka w’Uhoraho ahubwo bashyira imbaraga zabadayimoni imbere ndetse banakangurira nabandi kuyoboka izo mbaraga kugeza ubwo gihugu bagishyize mu maboko ya Satani bakemeza ko abagore bakwiye gushakana nabagore bagenzi babo abagabo bagashakana kubagabo nuko rero kuko bataye ijambo rynajye nanjye ndabataye maze bizamenyakane yuko Uwiteka yabavuyemo uko niko Uhoraho avuga.
Dore amaraso bavushije nzayahorera karindwi gukuba karindwi 7*7=49 ibyo bakoze byose Uwiteka ntazabura kubibahora kuko babikoranye urwango ndetse bakoresha ubugome bwindenga kamere nuko rero iyicaye iri mu ijuru irabaseka nayo ivuga yeruye iti,kumunsi wa makuba nanjye nzabata nk’uko mwantaye zinzumva kurira kwanyu ndetse nta muntu uzabagirira imbabazi izo mutagiriye abandi namwe ntimuzazigirirwa uko niko Uhoraho avuga.
Mar 20,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona inka,imbata,inkoko,bisobanura abadayimoni b’ubwoko bwose bukoreshwa mu guterekerera imandwa, mbona batonze umurongo bamanuka baza bansanga aho ndi.Nuko mbonako intambara ikomeye cyane kandi ntawundi Wabasha kuiyirwana usibye data wo mu ijuru Uwiteka Imana yonyine.
Nuko mbona baraje mu gihe bendaga kugera aho nari mperereye hafi ya ho gato,abo badayimoni bahura nuruva gusenya mbona bafashwe ni ntozi mubinono yaba izo nka (Abadayimoni) cyangwa se izo nyoni ziguruka,mbona intozi zibinjiyemo maze hasi naho hapfumuka amazi bityo izo nyanga birama zinanirwa gukomeza kuza aho nari nibereye nsenga Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abadayimoni barahagurutse bahagurukiye kumugabane w’Uburayi niyompamvu wabonye zirinka zitari inyarwanda ahubwo zari furizone zo mu Burayi.Bariya ni bamagigiri bakorera kumugabane w’Uburayi bahawe ikiraka cyo ku kugigira kugirango bamenye iherezo ryawe
Ariko ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko nakubwiye yuko nzagukoresha ibikomeye kugirango urusheho kunyizera no kunyiringira umenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe!Uko niko Uhoraho avuga
Ubwo abo badayimoni bamaze kunanirwa umurimo bagombaga gukora,nibwo hahise haza abasore babicabyi bo mu bwoko bw’Abatutsi kwica babigize umwuga, ndetse umwe yarafite amanota 8/10 mubijyanye na criminology umukurikiye nawe yarafite 6/10 bakaba aribo babaye abambere mukwiga kumenya ubugome bwose bujyanye no kwica(Kaminuza) yubuhotozi.
Mbona bahawe nabazajya babafasha mur’ubwo bwicanyi bw’indegakamere ngo bazajye babafasha ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.Nuko numva babwirwa ngo,mugende maze muhangane nuwo muhanuzi wigize indakoreka ahora aturosera agahishura imikorere yacu akayiburizamo cyane cyane ijyanye n’Umwami w’uRwanda amaze kutwangiriza akenshi niyompamvu tudatunganirwa.
Maze naramuka abananiye rwose tuzamureka akorere iyo Imana ye kuko mwebwe turabizera kuko mwagiye mwica abantu benshi bakomeye cyane uwo muhanuzi rero ntabwo azabananira niko Uwiteka avuga
Dore bagiye kwitabaza ikorana buhanga nyamara nta cyo ryabamarira kuko iryo korana buhanga atar’iryabo,kandi gahunda zose ziri mukiganza cyawe nyamara mu minsi micye ngiye kubatungura niho bazamenya Uwiteka Imana ukorera ako gasuzuguro kabo kazabashirana kuko ngiye guhemba no guhana kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana yabakiranutsi
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kumburira maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Gen.Nziza Jack agiye kohereza abicanyi za bamagigiri ngo baze barimbure ubugingo bwawe ariko ntibazi yuko ubugingo bwawe buhishanywe na Kristo mu Mana Uwiteka Imana yabakiranutsi.Nuko rero ugenze kwa kundi ujya ugenza hanyuma ubihorere turebe amaherezo yabo uko niko Uhoraho avuga.
Ikibazo banafite barashaka umuntu batazi,haba ku ishusho cyangwa se igihagararo nyamara bazemera yuko Uwiteka ariwe Mana.Dore Gen.Nziza namara kunanirwa kuko Nyiramongi JEZEBEL (Last Lady) azahita akwandikira kariya kanyabugabo afite ubungubu ni uko umwe mubigize ko arabakiranutsi Kazi yagambanye kandi no kuva kuntangiriro yarumugambanyi ahubwo naramuretse ngo akugigire maze nkwihere umugisha nk’uko na gusezeranije ko nzaguha umugisha wa hantu hibanga ho mu mwijima niko Uwiteka avuga.
Kumutahura kwawe rero nibyingira mumaro wowe mwihorere akomeze akugigire mbone uko nkwihera umugisha kuko wambayeho umutoni uko niko Uwiteka avuga.Mwana w’umuntu ujye uzirikana ubwenge nubuhanga kuko ari ibyingenzi bizagukiza ubupfapfa bwo mu isi yabazima niko Uhoraho avuga
Nkurwa ahongaho njyanwa muri gakondo yabakiranutsi,nerekwa mbona gakondo yigabijwe nabagore(Abarozi)mbona bayinjiyemo bayihinduye iyabo kandi ubusanzwe atar’iyabo ahubwo niy’umuhanuzi nuko mbona baradamaraye cyane biha kuyikorera ariko ninjiramo nsangamo nabana batoya(imyuka yabo bakoresha) igifite integenke
Ndamanuka nerekeza mu mulima (Umulimo) hepfo gato naho nsanga bamaze kuhigabiza ubwo mvamo ndababisa ndigendera nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri zinkozi zikibi zigiye kwinjira muri gakondo yabakiranutsi zishaka ko zasenya gakondo ariko byazinaniye kuko batazi ko Uwiteka yamaze gushuraho umulinzi w’ibyasezeranijwe uwo nguwo azalinda gakondo yabakiranutsi ku buryo batazongera gutekereza kuza kwiba ibyasezeranijwe kugirango babulizemo amasezerano yabakiranutsi.
Ubwo habaye mu masaha ya nimunsi mbaye nkuwirambika,mbona njyanywe mu iyerekwa mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo mbona umu Pastor wishwe arozwe witwa Kalinda Charles akaba yararozwe na Pastor GATAHA Staraton uyobowe Eglise Vivante hamwe na EDIMOND KIVUYE
Nuko mbona Malaika w’Uwiteka araje anjyana mu nzu nziza kandi ya Etage mbona muri iyo nzu dusanzemo wa mu Pastor witabye Imana (Kalinda Charles) turinjira tumaze kugera mo ndamuratsa yari yarabyibushye cyane mbona namaboko yanjye adashobora kumuhwanya maze twicara ahongaho kuruhande kumeza bariraho harabandi baganiraga ariko nabo bahohotewe nabapastor babaziza gukorera Uwiteka Imana yabo
Nuko Malaika w’Uwiteka arambwira ati,mwana w’umuntu,uyu Kalinda ureba wayoboraga urusengero rwa VIVANTE kwa Rubangura Building yishwe agambaniwe nabashumba bagenzi be.Narabibonye kandi narabyitegereje ndicecekera none igihe kirageze nk’uko uhoraho ubuhanura ngo ntange ubutabera kubahohoteye ubugingo bwe kugirango bamenye yuko mu ijuru har’Imana uko niko Uhoraho ategetse.
Arakomeza arambwira ati,bariya bandi ubonye nta kindi bavuganaga usibye ko barimo bibaza impamvu Uwiteka atigeze abahorera kuko iyo umuntu yishwe arozwe cyangwa agiriwe nabi yabimenya cyangwa atabimenya iyo amaze gushiramo umwuka ahita amenya uwa mwishe ako kanya ahita asaba Uwiteka guhorerwa nubwo Uwiteka adahutiraho ariko ntashobora kugenda ngo ananirwe kumenya uwamwishe.
Niyompamvu abavandimwe be ashobora kugaruka akababwira uwa mwishe uwari we kugirango bamuhorere nubwo baba bakiri muri uyu mubiri bibagora kwizera ibyo baba barose cyangwa beretswe ndetse akenshi Uhoraho nawe arababurira kugirango barusheho kwirinda ariko kubera kudasoma ijambo ry’Uhoraho cyangwa ngo habe har’Umuntu w’Imana (Bamenya) bajya kubaza ngo abasobanurire bituma abantu baba mubujiji niko Uhoraho agize!
Dore abanyamadini baraguhagurukiye ngo kuko washyize ibyabo ahagaragara dore barishe biba ibanga ariko noneho Uwiteka wakugize umucamanza w’Uhoraho yahisemo guca imanza zitabera niyompamvu yahisemo kujya ashyira ibyabo ahagaragara kugirango ibikorwa byabadayimoni bishyirwe ahabona bimenyekane kuko bigize utumana ariko noneho dore baciriweho iteka n’Uwiteka Imana yabkiranutsi.
Dore barasaba leta kuguta muri yombi leta nayo yabijeje ko igiye kubikora vuba ariko kandi n’igihe cy’Uwiteka cyo gucira imanza itorero cyarasoheye Uwiteka akaba agiye guhora kandi guhora kwe kuzaba gukomeye cyane kuko bakunze gukiranirwa banga gukiranuka kandi banga nabakiranutsi niyompamvu Uwiteka Imana agiye kwikorera umurimo kugirango yironkere ubwoba bwe yaguze mu maraso ya Kristo wabambwe niko Uwiteka avuga.
Nuko rero ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko Uwiteka ari kumwe nawe kandi dore nzica ihanga ryose ndirimbure mbaguhora kugirango bamenye yuko ukorera Uhoraho Imana yabakiranutsi niko Uwiteka avuga.
Mar 21,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mu minsi iri mbere abakurwanyaga bose bazakugarukira harimo abayobozi bakuru ba RNC uko niko Uhoraho avuga.Dore bazagushaka kugirango ijambo ry’Uhoraho risohore kuri bo kuko nagushyize hejuru mbese ninde wagushyira hasi kandi nta vuze?Niko Uhoraho abaza!
Nongera kujyanwa mu iyerekwa maze mbona uburyo ba rushimusi bumwakagara barimo kugerageza uburyo bakongera gushimuta gakondo y’umuhanuzi (InyangeNewss.com) nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri barimo kugerageza gushimuta gakondo yawe none birabananiye babuze uko babigenza ndetse imyifato yabo irabagoye kuko bahora bagambirira ikibi uko niko Uhoraho avuga.
Mar 22, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi akomeje ku kugendaho,kandi uwigira umukiranutsi,niwe ugambaniye umwana w’umuntu.Nuko rero menya uko ugenza kugirango amasezerano y’Uhoraho azabashe kugusohozaho uko niko Uhoraho avuga.
Mar 23, 2016 njyanwa mu iyerekwa maze nerekwa abagabo b’abanyaKenya bikoreye ikintu kimeze nkumuferegi unyuramo amazi byabindi bikorwa muri Silent bavugaga yuko uwo muferegi bikoreye ngo ari icyayi cy’umukuru w’igihugu wungurije Samuie Ruto.Nuko abari bikoreye icyayi gikeya bari mbere bampaho ndasogongera numva ar’icyayi kiryoshye cyane cyagenewe abakuru bibihugu.
Nuko mbona abandi bantu na none bikoreye icyayi cyinshi cyane barimo baza berekeza aho nari mperereye nuko mu gihe bagiye kugera aho twari turi hitwaga Kenya,ubwo bahise bashyira cya cyayi hasi batangira gufatana mu mihogo bavuga yuko icyo cyayi icyegera cy’umukuru w’igihugu atagomba ku kinywa wenyine ahubwo bakwiye kugisangira nabandi banyaKenya.
Nuko uwanyerekaga arambaza ati,mbese wowe wanyoye kuri kiriya cyayi wumvise kiryoshye?Ndasubiza nti cyane rwose ni cya kindi cya genewe abakuru ibibhugu.Aransubiza ati rero mwana w’umuntu,menya yuko ibihe byikegera cy’umukuru w’igihugu cy’Ibabyloni cyegereje nyamara nubwo abanyaKenya bibwira yuko icyegera cy’umukuru w’igihugu azanywa ku cyayi wenyine;ubanza bazagisangira kuko bidashoboka yuko Umwami yahabwa inyiturano ngo maze rubanda rwe runanirwe kumubanziriza gusogongera ngo bumve impano ya genewe uko iteye uko niko Uhoraho avuga.
Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona uburyo abahanuzi,n’Abahanuzi-Kazi bivanze mu bya none kubera gushaka indamu zikigihe.Mbonamo umuhanuzi kazi witwa JEANINE BIZAMPORO utuye mu gihugu cy’Ubwongereza United Kingdom(UK) uyu mudamu akaba assanzwe akijijwe ndetse akaba anafite impano y’ubuhanuzi mbona agenda genda amadini hirya no hino agenzwa no gutata cyangwa kugigira ibikorerwa muri iryo dini.
Mbona uburyo yiyegereza abakozi b’Imana cyangwa abayobozi bayoboye amadini akajya atanga icya 1/10% atabitangana umutima ukunze ahubwo abikora kugirango yiyegereze aba Pastor’s kugirango bamufate nk’umutera nkunga maze ajye arushaho kumenya imikorere yabo cyane bitamugoye(Amabanga)
Nuko ndi mw’iyerekwa uwanyerekaga arambaza ati,uriya mudamu mwalimo gusengana waba wa mumenye?Ndasubiza nti,nabonaga ar’inzobe ariko sinamumenye gusa numvaga bamwita Jeanine.
Aransubiza ati,yeeeeee yitwa Jeanine Bizamporo koko yahize akijijwe rwose ariko aza kwivanga niby’ikigihe yakunze isi kurusha ijuru.Kandi akorera Umwami waciriweho iteka n’Uwiteka Imana ihoraho yo mu ijuru.Uwo nguwo yamaze gucirwaho iteka kuko yamenye ukuri akakugurisha ikinyoma kubera gukunda iby’iki gihe nka ba DEMA.
Nuko rero shyira ahagaragara ibye maze amenye yuko urubanza rw’Uhoraho rwamugezeho,iyo umuntu yamenye ukuri akakwirengagiza nkana nta mbabazi ziba zimusigariye cyane iyo ahemukiye mwuka wera nta mbabazi ziba zigifigaye mu bubiko bw’ijuru kuko bamenye ukuri ariko banga kugendera mur’uko kuri ndetse ntababaye abanyantegenke gusa ahubwo banashyigikiye abanzi bumusaraba kurwanya abera b’Uhoraho maze bihindura abanzi b’Uwiteka kandi kubera gukunda intonorano ngo bararwanira ishyaka ubwami Uwiteka yamaze gukuraho akanamika ubundi
Nuko rero kuko banze kumva iyo ivuga yo mu ijuru,niyompamvu baciriweho iteka kuko bakorera ishyanga ritagira Umwami kuko yanzwe n’Uwiteka Imana ihoraho kubera gukiranirwa gukabije no kumena amaraso ibihe byose!Ubabwire ngo,”Kubera urwwango banga bene Yakobo,nubugome babikicishe ndetse numujinya babikoranye,ntakabuza yuko ntazabura kubibahanira”cyane ndetse bikabije.
Nubwi bimanitse bakigira mu bushorishori bw’Inyenyeri zi kwijuru ntakizambuza kuzabamanuraho ngo mbakubite hasi uko niko Uhoraho avuga.Icyo gihe nibwo bazamenya yuko Uwiteka ashobora byose kandi ariwe waremye ijuru nisi nibiyirimo uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hari abandi badamu (2) bagiye guhita bihana nibamara gusoma ubutumwa bwitiriwe JEANINE BIZAMPORO nabo bari basanzwe bakora uwo mwuga ariko kubera gutinya yuko Uwiteka azabashyira ahagaragara bahisemo kubireka nabo basanzwe bakora umwuga wo kuroga(Kugigira) nuko rero ukomeze umurimo wawe neza wahamagariwe kuko uzawugorerwa igihe nigisohora doreko kiri bugufi niko Uhoraho agize.
Bene data bakundwa ntako Uhoraho atagize ngo ababurire yuko uyu mwaka ar’umwaka wa (3);wubutabera bw’Uhoraho Imana ikiranuka yo mu ijuru yaremye ijuru nisi.Sinzi icyo mwifuza kugirango mumenye cyangwa musobanukirwe ibyo Uwiteka arimo gukorera mu isi yabazima.
Nibyo nta muhanuzi iwabo peee!Ariko se niba ariko Uwiteka yabishatse akangira uko ndi nanjye nkemera kuba uko,murashaka ko bizagenda gute?Mwemere ntimwemere ubushake bw’Uhoraho nibwo buzasohozwa.
Dore bene data bihaye kumera nka ba Balaam,na Barack,aho usanga bavuga ko bakorera Imana nyamara bayirwanya!Balam yabwiwe inshuro zirenze (3); ko atagomba kujya kwa Balaki,ariko amaze kubona Umwami amutumije akamwoherereza impano aranga aragenda ajyanywe no kuvuma ubwoko bw’Uhoraho kugeza aho Uhoraho yamanuye Malaika agahagarara imbere y’IFARASI ikanga kugenda Balamu akayikubita kugeza igihe Ifarasi yavugiye kand ubusanzwe itavuga.
Yaramubabijije iti,rwose Balaam urankubitira iki?Sinari nsanzwe ngutwara?Wari wabona nanga ku kujyana aho ushaka?Nawe arayisubiza ngo kuki wahagaze wanze kugenda?Iramusubiza iti,ndaca hehe? Ntubona ko Malaika ahagaze imbere yanjye?
Aho kugirango Balamu atekereze igitumye Ifarasi ivuga kandi itajyaga ivuga,ngo bimutere ubwoba ahubwo atangira kuyibaza ibibazo wagirango nimwalimu numunyeshuri we.
Reba umuntu nka Marie Esther,utuye mu Buhollande,reba Consolee utuye mu Bufransa,reba Magnifique Nyaramihanda utuye muri FinLand,reba Jeanine utuye mu Bwongereza aba badamu rwose bazi ijambo ry’Imana bidashidikanywaho pe!
Ariko se bizabamarira iki,kuba birirwa bacura imigambi yo kumena amaraso? Aba nibacye cyane ugeranije nabo nagombye gushyira ahagaragara kandi buriya ejo Umwami namara kwima ingoma uzabona babaye abambere mu gihugu ngo baje gukorera Uwiteka Imana yabakiranutsi ndetse uzumva bavuga ngo nabo barahigwaga!Bizahinduka nk’1994 nanjye barampigaga ariko rwose bene data ndagirango mbabwire ngo Uwiteka Imana ntajya anegurizwa izuru.
Nibyo ushobora kwihisha abana b’Abantu,ariko ubanza byagorana kwihisha Uhoraho kuko areba ahantu hose,ubwo se nimba jyewe Majeshi Leon mbasha kureba ibiri kure cyangwa ibiri mu mutima w’umuntu bitewe ni uko Uhoraho ariko yangize,ubwo noneho hazacura iki ubwo Uhoraho azabahagurukira?
Umugaragu w’Uhoraho YOBU niwe wivugiye ati,noneho ubwo Uwiteka ahagurutse ndabigenza nte? Mbese yangenderera nabigenza nte?Ese wowe ntiwarukwiye gutekereza umunsi Uwiteka azakugenderera uko uzabigenza mbese naramuka aje kandi ko ari hafi,waba ufite icyo wazamubwira?
Ninde ntwari ngo ahagarare kigabo?Ninde ntwarane ngo akize ubwoko bw’Uhoraho?Mbeseye ubwo imfura zizaba ziteranye Umwami amaze kwima ingoma uzahiga iki mubagabo cyangwa mubakobwa?
Yewe reka nemeranywe nawe ko utazataha uzahera mu mahanga,ariko se Uhoraho nakwirukana mu mahanga nk’uko ariwe wakujyanyeyo kuko utaruhazi ndetse utanahatekerezaga ariko waje kuhasanga ibyo na byo se uzabyanga?Yewe nzaba mbirora numwana w’umunyarwanda reka tubitegereze gutinda bizatinda ariko ntibizahera uko niko Uhoraho abivuga.
Ariko se ubundi uwababaza niki cyabateye kugambanira Uhoraho!None se umujinya we muzawukizwa niki?Harya ngo ubwoko yarabwibagiwe?
Mbese harumubyeyi wibagirwa inkovu zibise yatewe numwana we,burya rero ibyaye ikiboze irakiragata,kandi ngo agatinze kazaza namaenyo yaruguru uwashaka yaceceka nuko bidashoboka kuko iby’Umwami nubwko,bimeze nkumubyeyi numwana we naho yaba ikirara ntibikuraho ko abyarwa na runaka!?
Nyuma y’igihe kitari gitoya umuhanuzi Kazi utuye mu gihugu cy’Ubwongereza witwa BIZAMPORO JEANINE,akaba na magigiri w’ingoma ya abega,kuko nawe ar’umwegakazi mbere yuko aba umukristu.
Yagerageje gutera inkunga umuhanuzi Majeshi Leon ataruko yashakaga gufasha umurimo w’Uhoraho nkora ahubwo yari gahunda yarafite yo kumugigira ngo abashe kumucisha igihanga.Yaritanze bishoboka byose kugirango amenye uburyo bwiza yagurisha igihanga cy’umuhanuzi Majeshi Leon dore mur’iki gihe kiri kw’isoko rishyushye hot Cake.
Ariko ntiyigeze yihana nagato ahubwo icyakurikyeho bakomeje kunyitaho cyane we n’umutware Justin nibwira yuko ar’abantu b’Imana.
Nibwo nimuraga ikinyamakuru inyangeNewss.com nkijyana mu Bwongereza ariko mbere yo kukijyana Uwiteka anyereka ko atari abantu beza ahubwo buzuye uburyarya bwinshi cyane kandi ambwira ko bari bugambanire ikinyamakuru inyangeNewss.com
Bwakeye ikinyamakuru za magigiri z’umwakagara zagikubise hasi ubwo sinabasha gusobanukirwa ibyari byo nibwira yuko iryo yerekwa rijyanye na barushimusi bashimuse gakondo y’umuhnauzi.
Ubwo ikinyamakuru nahise ngisubizaho murwego rwo kugishakira umutekano mpita ndakimura maze ibyahanuwe bihita bisohora!Ubwo umutware we JUSTIN yahise agishakira abagihostinga maze nyuma y’iminsi (3) ;ambwira ko ngo abazungu banze kugihostinga ngo ikinyamakuru gifite database nini cyane.
Nyamara aho cyari gihositinze cyari gifite MB 32,000,mu gihe abazungu bo bari baratanze MB 50,000 ubwo se koko murumva ibyo bintu bihuye?Nari namuhaye credential z’ikinyamakuru mbese za User na Passoword ubwo yahise abitanga kuri za magigiri z’umwakagara bahita bagusha ikinyamakuru byantwaye iminsi (5) kugirango mbashe kukigarura.
Babonye yuko nabatahuye, ubwo narabihoreye ndicecekera nibwo bahisemo kumpa intonorano nyamara ngirango muri buka ko ubuhanuzi bwo mu gice cya (27) bwari bwavuze yuko ngiye ghabwa intonorano kandi ngo nzazifate ariko sinzakore ibyo bifuza.
Hasi hano murabona e-mail ya nyandikiye amaze kubona yuko namutahuye nibwo yihaye gukoresha amagambo ya bibiliya nk’aho yanyifurizaga amahoro (Jothan na David barinshuti) kandi buri gihe Jonathan yakijije Umwami David mu gihe cyose ise ariwe Umwami Saul yashakaga kwivugana Umwami uzamusimbura David.
Abraham yasabye umugaragu we Eliyazari kutazasabira umuhungu we ISSAC mu banyamahanga batari abiwabo.Impamvu ni uko Eliyazari yabaye umugaragu mwiza ndetse na Abraham nawe akaba umukoresha mwiza urumva yuko hagati yabo ntawashoboraga guhemukira undi hanyuma se amagambo nkaya kuki yayakoresheje nib nta cyo yikekaga?
Gusa bene data biragoye cyane kubona abakiranutsi,uyu abaye umudamu wa (4) watumwe kuneka cyangwa kungigira nyuma yaho Mukama Christine wo muri RNC ananiwe kugera kunshingano yari yarahawe nabayobozi ba RNC.
Mukama akaba umuyobozi mukuru mu bari nabategarugori ba RNC (chair woman) akaba atuye muri America akaba akora umurimo w’ubuganga akaba yarashatse umuhutu wiwabo IBUTARE wo mu bwoko bwa abahutu.
Hahise hakurikiraho Umuhanuzi Kazi Marie Esther Murebwayire ukorera umwakagara akenshi yavuzweho gukorera Kigali ariko twamubaza akatubwira yuko abahutu bamwanga urunuka ngo ni uko avuganira abatutsi imyaka namaranye nawe Uwiteka yagiye kubimpishurira haciye igihe kinini cyane
Nyuma ye hakurikiyeho undi mudamu ntashobora kuvuga amazina kubera impamvu za kazi utuye kumugabane w’Uburayi sinzi niba ariho akiri cyangwa niba atakihatuye
Hanyuma hahise hakurukiraho Umuvugabutumwa Consolee utuye mu Bufaransa twabanye mu idini ryo mudamu witwa LILIYOSE THAI ufite idini kwa RUBANGURA.Uyu console muribuka yuko nabagejejeho amakuru ye uburyo yavugaga ko Imana yamutumye ku Mwami w’uRwanda ngo ko Gen.Nyamwasa akwiye kwifatanya n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa maze ngo bagakorera hamwe bagakuraho umwakagara naho bishakiraga kumenya nimba haba hariho ubufatanye hagati y’ubwami na RNC ibyo na byo biramunanira
Byihuse hahise hakurikiraho umwega kazi utuye mu gihugu cya FinLande witwa Nyiramihanda Magnifique yagerageje ibishoboka byose ngo angigire ariko arananirwa yatanze agatubutse da ku buryo Uwiteka yamukoresheje akambera umugisha rwose kugeza kumutoza wa nyuma mufungira amazi numuriro kuko nari naramumenye kuva agitangira maze Uwiteka arambwira ati,reka nkwihere umugsha ukomoka mubanzi bawe kugirango umenye yuko nd’Uhoraho Imana yawe.
Yitabaje Kigali ngo basenye ikinyamakuru kubera yuko nari namushyize ahagaragara,ubwo byarabananiye gusenya ikinyamakuru hahise hakurikiraho BIZAMPORO JEANINE akaba yarashakanye na JUSTIN bakaba bari batuye mu gihugu cy’Ubuholande baza kwimuka bajya kugakorera mu gihugu cy’UBWONGEREZA UK bakaba bakomoka IGITARAMA.
Byumvikane neza yuko baharanira ingoma ya Kega ka Kagara ubu ibintu byarahindutse hariho ubwami bw’Abega rero waba umuhutu cyangwa umututsi w’Umwega cyangwa ukaba ukomoka IGITARAMA, upfa kuba inkomoko yawe ari GITARAMA, cyangwa urumwakagara ibyo biba bihagije ku Mwami w’abakagara wanze kuyobokwa nabaturage akaba abayoboza igitugu.
Ubwo yatanze telephone zanjye mbona umunsi umwe barazihamagaye nibaza uburyo Nziza yamenye telephone zanjye ndumirwa kandi niwe wenyine nari narazihaye kuko umuntu wese twajyaga tuvugana namuhaga telephone ye bwite kuko nkoresha nyinshi kugirango mbashe kumenya umugambanyi uwari we!
NB:Waruziko za magigiri zose zikoresha e-mail ya hotmail.com? uhereye cyera kose muri Uganda za magigiri zose nabanye nazo nkorana nazo zikoresha Hotmail ubanza habamo imihamuro sigusa mfite ibimenyetso byinshi cyane nkoresha kugirango menye magigiri usibyeko nyine Umwuka w’Imana niwo ushyiraho kache bwa nyuma kugirango mbashyire ahagaragara.
Tekereza nawe umuntu ushaka kugucisha umutwe akagusaba ko utazamushyira ahagaragara ngo nukubera intonorano ubwo se bihuriyehe nubugingo bwanjye?
Reka Uhoraho akomeze abashyire ahagaragara kuko uko imirimo mibi igira ingaruka ninako nimirimo myiza nayo igira ingaruka nziza abakoze neza bazabihemberwa nabakoze nabi bazabihanirwa ntagahora gahanze umwakagara azavaho abandi bime ingoma icyo gihe muzaduha ibisobanuro bwibyo mwatangaga nanjye dossier ndazibika ndibaza yuko naho mutazataha mu gihugu bitazatubuza kubasanga mu bihugu mubamo hakoreshejwe inzira y’ubutabera ubwo niho muzamenya yuko uwiteka aca imanza zitabera.
Uwaba afite amatsiko yamuhamagara kuri izi numero za telephone +447503278075/+447503777527 gusa afite nyinshi kandi nta nimpamvu
2016-03-10 0:23 GMT+03:00 JEANINE BIZAMPORO <jeanbiza@hotmail.com>:
Uwiteka akurindire mubuntu bwe.Ubwo rero muntu w’Imana nagirango ngusabe ikintu kimwe kandi Imana dusenga Iri kubayubaha nizereko itakinyima nziko nawe Umwami abigufashemo;
1)Igihe Abraham yasabaga igisonga cye kitazasabira isaka umunyamahanga.
2) Igihe Elia na Elisa bajya gutandukana Elisa amusaba umugabane w’umwuka umurimo urazi bajya gutandukana,
3 Igihe Dawidi ajya gutandukana na Yonatani abo bose ubonye bumvikanye ko ntawe uzahemukira undi .Ubwo najye rero ibyo nagusabaga nagirango nk’abantu b’Imana twakoranye Umbarirere rwose ;
Ntuzigere ushyira amazina yanjye cyangwa ay’ Umutware wanjye kuricyo kinyamakuru cyawe Cyangwa ngo bene data baba mugihugu cy’umwami kazi gakondo ya bakiranutsi ngo bamenye ibyanjye.
Nziko ibyo twakoze kandi tugikora twabikoranye urukundo rw’abana b’Imana kandi bashaka kuzabona ubugingo buhoraho.
Nziko Uwiteka yabonye umutima wacu nubwitanjye bwacu kanziko azatugororera icyo Imana izajya iguhishurira kuritwe ujye ibitwohereza kuri e-mail yanjye tuzajya tugusubiza.
Rwose mbigusabye mbikuye k’umutima kandi mbikwandikiye narabitekereje n’arabisengeye Imana izaguha umugisha kandi nziko y’umva ibyo tuyisaba ubwo busabe bwanjye ubwumve kandi Uwiteka arikumwe nawe .Turagusengera kugirango Imana igucire inzira.
Bye.
Ikindi umuntu ya kwibaza ni uburyo Justin yavuze yuko abazungu banze guhostinga kandi bari babyemeye hanyuma akanongeraho yuko banamusubije ama pound ye (£203) ako kanya ariko ubwo namusabaga ko anyoherereza ayo ma pound (£203) ngo nkore transfer ahandi,yambwiye yuko batarayamusubiza abuze uko abyifatamo yemera kuyohereza ariko abikora yabanje kugunonwa.
Byose byari mu buryo bwo kwihisha kugirango atamenyekana, ikindi nibajije ni uko maze kumubwira ko yamfashisha iyo nkunga yari yankoreye yo kwimura ikinyamakuru,ntabwo byamunejeje yabanje kumbaza ibibazo nimba aho ngiye kuyimurira uwo muntu adashobora kumfasha yumvise yuko nshobora kutabibona neza ahita ambwira ko agiyekohereza ayo ma pound (£203).
Ndashima Uwiteka Imana yanjye yuko atajya asinzira,nubwo njya mba injiji ku byayo,ndetse ngatinda kubyizera cyangwa kubisobanukirwa mbitewe nubujiji ariko ntibijya bintwara umwanya cyane ntaramenya ikibihatse
Mar 25, 2016 ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umutu,dore abo witaga ko mukorana umurimo w’Uhoraho,bahindutse amasega aryana kuko kuva mbere na mbere bari baraciriweho iteka kuko bavukanye umutima wo gukiranirwa banga Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.
Umwakagara hamwe n’umwami Kazi bakomeje gukoresha imbaraga zidasanzwe kugirango babashe kugucisha igihanga.Dore hari abagore bafite inkovu z’ibyaha mu mitima yabo bamaze kugambirira gukiranirwa ndetse ririya yerekwa wabonye rya mafaranga asize amaraso namafaranga yamaze gutangwa kugirango ugurishwe baguce igihanga.
Nuko rero niba uri umunyabwenge genza kwa kundi ujya ugenza kugirango imigambi y’Uhoraho ikomeze ibe kubugingo bwawe niko Uhoraho avuga.Kuva washyira ahagaragara Bizamporo Jeanine ibitero byiyongereye kuko abo nibo bakoreraga sekibi mu ibanga rikomeye none wabashyize ahagaragara bakaba batagifite uburyo bw’imikorere kubera yuko ibanga ryabo ryashyzwe ahagaragara.
Mwana w’umuntu,burira ubwoko bw’Uhoraho yuko ubucamanza bw’Uhoraho bukomeje kandi abazarimbuka barimo kwikura mu murongo wabakiranutsi.
Iyi minsi murimo ni mibi cyane abantu barimo gucirwaho iteka mu bikino basoma ubuhanuzi ariko bananiwe kwizera no gushaka mu maso h’Uwiteka kugirango bihane imirimo mibi bakoze imbere y’Uhoraho niko Uhoraho avuga.
Nuko nerekwa umudamu umwe dukoranye umurimo w’Uwiteka iminsi itari mike kandi yaritanze pe!!Ariko kumunota wa nyuma nerekwa umwana w’umuhungu n’umukobwa bamukurwaho maze asigara wenyine.Ijambo ry’Uhoraho rirambaza riti,mwana w’umuntu,mbese waba usobanukiwe impamvu uriya mugore akuweho bariya bana (2) bombi?
Ndasubiza ngo jyewe se umugaragu wawe uciye bugufi nabibwirwa niki utabimpishuriye!Arambwira ati,uriya mwwana w’umuhungu asobanura umwuka w’Uhoraho naho umwana w’Umukobwa asobanura umurimo nuko buriya igihe cye cyo gukorera Imana kirarangiye agiye gukorera Umwami w’isi.
Mwana w’umuntu burira abantu ubabwire uti ubutabera bw’Uhoraho bwaratangiye mu itorero rya Kristo abantu bashaka mu maso h’uhoraho kandi bihane bizwe ibyaha byabo kuko igihe gisa nikirangiye.
Mwana w’umuntu dore za magigiri z’umwakagara zohereje undi mugore ku kugigira nyuma yuko babasore (4) bananiwe kurangiza icyari cyabazanye kuko batangariye Uhoraho Imana ukorera kuko bakubuze bakubona kandi nta ni gihe bazigera baguca iryera icyatumye bashyokerwa ni uko bakoresheje umukambwe ariko Uwiteka abahuka amaso bakananirwa gukora icyabazanye abo nabo baciriweho iteka uko niko Uwiteka abivuga.
Nuko rero ukwiye kuvuma abagore bose biyitiriye izina ry’Uhoraho kugirango nabandi batinye ntibazagerageze kugambanira umwuka w’Uhoraho.Marie Esther,Consolee,Bizamporo,Maqnificaque,Mukama,Olang’u Joyce abo bose bagambaniye umwuka w’Uhoraho ukorera muri wowe berekezeho umuvumo maze usabe Uhoraho abagenze uko ushaka.
Uwiteka Imana ndakwingize ngo ntuzibagirwe igihe cy’ubutabera abarwanije umwuka wawe ukorera mu mugaragu wawe bashakaga kurimbura ubugingo bwanjye.
Nuko rero ndakingize ntuzumve gusenga kwabo no gusaba kwabo no gutaka kwabo mu gihe bazaba baguye mukaga na makuba amatwi yawe uzayerekeze ku mfubyi nabapfakazi bagendeye mu nzira zawe aba bagore bitwikiriye ijambo ryawe ntuzatume abana babo bava mubucakara bazibere mu gihugu cy’Ubutayu ibihe byinshi bitagira iherezo.
Ukuboko kwawe kuzabaremerere kuzageza kubisekuruza (7) imbabazi zawe zizabe kure yabo kandi ntuzigere ubareba ijisho ryiza kuko mu gihe warubakeneye bakwimye mu maos habo nawe rero ntuzibagirwe ko bahungabanije amahoro yanjye mu gihe cy’amahoro.
Ntuzabakize umwijima wa ninjoro ndetse imvura izagwira amahanga ntuzatume babona ubwugamo kugirango bizace urugomo muri gakondo yabakiranutsi.Uzabarinde kuzatumirwa mu birori byo kwima ku ingoma y’umugaragu wawe wimikishije amavuta yawe NyiruRwanda Kigeli V Ndahindurwa
Kandi abarwanije umugambi wawe wo kwimika Umwami wihitiyemo nabo uzabarinde kuzataramana nimfura ubwo zizaba zateranye zivuga urugendo rwo mu butayu ndetse nuburyo wabarindiye mu butayu ntibazigere bumva imirimo yawe myiza wakoreye ubwoko bwawe.
Ntuzibagirwe ikinyoma bakoresheje yuko babeshye ubwoko bwawe ko arabagaragu bawe nyamara bakoreraga Umwami wabadayimoni nuko nk’uko basogokuru babivuze neza ngo ugusengera kwishyiga umusiga ivu,nubundi ntuzibagirwe kubagenza uko bagenjereje abandi.Uwiteka Mana yanjye nishimira ubutabera bwawe kuko budakandamiza ubwoko bwawe ariko abakiranirwa bakarwanyaUhoraho ntibazabura kugubwa gitumo.
March 26, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore barushimusi b’umwakagara bamaze iminsi bagerageza kongera gushimuta gakondo yawe bikabananira none dore barongeye nyamara bishobora kubagaora ubanza batari bupfe kubigeraho gusa niko Uhoraho avuze!
Mwana w’umuntu,wa mugore wakugigiraga utuye kumugabane w’Uburayi afite ubwoba bwinshi cyane yuko waba wamutahuye ukaba uzamushyira ahagaragara nyuma yuko ushyize ahagaragara wa muhanuzi Kazi Bizamporo Jeanine utuye mu gihugu cy’Umwami Kazi Elizabeth ll mu gihugu cy’Ubwongereza.
Wabonyeko yagiye ahindugura za gahunda zose yagiye aguha kugirango arebe yuko watabwa muri yombi.Amaze kubona yuko wazitahuye ubu rero aheze mu gihira hiro kuko ibyo agutegiriye byose Uhoraho abiguhishurira mbere yuko abigeraho none dore yabasabye yuko bagusha gakondo y’Umuhanuzi hasi kugirango ntazajye ahabona none nta cyo ugitegereje hita umushyira ahabona amenyekane ko atari uwo mu bwoko bw’Uhoraho ahubwo ko ari uwo mubanzi b’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho abitegetse.
Gahunda zose mwakoranaga zararangiye Uhoraho yashakaga ku kwigisha yuko,uwo yakunze amuha ubutunzi bwa banzi be, buhishwe ahantu hibanga ho mu mwijima kugirango umenye yuko wambayeho umutoni uko niko Uhoraho avuga.
Nuko rero ntukangwe nakarimi keza agira kuko arukuvuga neza ndetse no guhanura ntawarusha Bizamporo Jeanine wakunze iby’iki gihe nka DEMA,nuriya rero ntagutangaze amagambo yose y’Imana ayo yagiye akoresha ugatangazwa nayo.
Si uko ayakura ku mutima, ahubwo nibwo buryo bwonyine akoresha kugirango abashe kwigarurira abo ashaka gucisha umutwe niyompamvu mwageze aho atongera kuyakoresha kuko yaramaze kubona yuko uzamutahura atangira kujya avuga macye ndetse nibyifuzo wasengeye agahamya yuko byakemutse yongera kubisubiza inyuma kugirango akuvangire akubwira yuko nta busubizo bya bonetse mu gihe we n’umutware we bashimye Imana bavuga ko bafite ishimwe rikomeye ku byo Uhoraho yabakoreye.
Nuko rero tangira utegure ibimenyetso by’uko ari ntasi[magigiri] w’umwakagara kugirango ashyirwe ahagaragara kuko igihe cyo guhabwa ubutabera agatsindwa nurubanza kirasohoye kandi ntakabuza yuko atazabura gutsindwa nurubanza agacirwaho iteka kuko yanze gukiranuka ahubwo agendera mu nzira za Balamu na Balaki maze bashaka kuvuma ubwoko butavumika.
Nibwo Balam yahishuriwe yuko bukomeye nk’intare y’ingore ndetse bukagira amaboko nkayimbogo none nawe uko niko Uwiteka yakugenje bazemera ko Uhoraho ariwe mwandu wawe kandi ko yakugize umucanza wabari mu isi yabazima niko Uhoraho ategetse.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kumbwira riti,mwana w’umuntu,muri za magigiri zose za kugigiriye,uriya mudamu wo mu Burayi niwe muhanga wenyine wagerageje kuneka usibye ko nyine ntawugigira umwuka w’Uhoraho ariko ubundi mu bahanga bo ku isi yazamo cyane mubakoresha ikinyoma neza nubwo nta kinyoma cyiza kibaho.Nuko rero dore ishyerezo rya byose riri bugufi ngaho kora imirimo yawe ya nyuma uyirangize kuko Uhoraho yakugeneye iyindi mirimo kugirango umwana w’umuntu ashyurwe hejuru nk’uko Uwiteka yabigambiriye maze Uwiteka ahabwe icyubahiro.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye kurekura inkota muri gakondo yabakiranutsi,ariko mbere yuko igera yo igiye kubanziriza mu gihugu cy’ISAMARIYA kugirango ubwoko bwanjye bumenye yuko ijambo ry’Uhoraho ryari muri wowe maze ibyahanuwe bibone gusohora.
Nkurunziza Peter asigaje iminota (3) na masogonda (3) agakurwa ku ntebe yihaye kumbaraga ze afatanije abadayimoni.Nuko rero isi yose igiye gutangara ntakabuza umwakagara azaba igikoresho cyo gukuraho Peter Nkurunziza narangiza ku nkorera umurimo maze nawe ahite yisangira basekuruza be bamuteye gukiranirwa akarwanya umwuka w’Uhoraho Uwiteka Imana yabakiranautsi
Dore umwakagara asigaje iminota (7); namasogonda (7); akarekura intebe ya bukunzi maze umwuzukuru w’Umwami DAVID akima ingoma [Kigeli V Ndahindurwa] uwo nuwo mu bwoko bwanjye bwite nisigarije kugirango azaheshe icyubahiro Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Niyompamvu naguhaye inshingano hamwe n’Umulinzi w’ibyasezeranijwe kulinda Umwami wa gakondo yabakiranutsi,dore abamurwanya ni benshi ndetse nabo yagize kuba ibisonga bye,bitwikira ijoro bakajyenda murya isataburenge.Ikimenyetso ni uko bamwe muri bo bajya bamubwira yuko adakwiye ku kwemera ngo atwarwe nubuhanuzi uhanura kuko bafite impungenge z’uko Uwiteka Imana ukorera atazabura kubashyira hanze ibyabo bikamenyekana.
Dore Nyir’uRwanda bajya bamwihererana bakamubwira amagambo menshi ndetse bakanamuvangira akenshi ariko nawe akabereka ko abumvise kubera ubuhanga n’ubushishozi yahawe n’Uhoraho dore njya nohereza umwuka wanjye nkamuhishurira byose uko biteye kugirango atazibeshya kuri ibyo bisonga bye kuko muri bo harimo abamurosera uko niko Uwiteka avuga.
None mwana w’umuntu wowe ujye wandika maze Nyir’uRwanda bazajya bamusomera ibyo wanditse narangiza nawe azajya akora isesengura azajya yikuriramo ibikwiriye erega mwana w’umuntu nijye warinze Nyir’uRwanda kuko mufitiho umugambi naho iyo bitaba ibyo abagambanyi baba baramurangije cyera cyane ariko kubera ubugingo bwe buri mubiganza byanjye niyompamvu imigambi yabo yose bagambirira nagiye nyiburizamo
Nuko rero ujye ugira umwete wo kwandika ibyo ngutegeka kugirango bibashe kugirira umumaro benshi mu gihe gikwiriye,kuko ntakabuza ntazabura ku kugororera ndabizi ko wahuye ni ntambara zikomeye cyane!!!
Ariko nashimishijwe n’uburyo utacitse intege ngo uve mu byizerwa, ndabizi ko hari benshi baguciye intege ndetse bagashaka no guhungabanya ubugingo bwawe ariko nanjye nakubereye Uwiteka Imana ishobora byose maze nkwereka gukiranuka kwanjye nawe urabyishimira umenya yuko nd’Uhoraho Uwiteka Imana yawe.
Niyompamvu nzakugirira neza izina ryawe nzariha icyubahiro muri iyi yabazima uzakugambanira nijye azaba agamabaniye,uzagutuka, nijye azaba atutse ukwanga.
Nijye azaba yanga, niyompamvu abanzi bawe nzabamaraho burundu ntuzongera kubaca iryera ukundi mu bihe byawe byiza by’umugisha abana babo bazagupfukamiraa kuko ntazabura kuguha icyubahiro nkakugirira neza nkakwitura kwihangana kwawe wagize mu butayu bw’IBABYLON.
Ndabizi neza yuko ubwo butayu butari bworoshye pe! Warahizwe iyo ntabana nawe ubugingo bwawe buba bwararimbutse burira ubwoko bwanjye ububwire uti ibihe bigiye kwihuta kurusha uko byahutiga kugirango nsohoze gukiranuka kwanjye mu bwoko bwanjye
Nibyo urusaku rubaye rwinshi ndetse namarira abaye menshi kandi nta mutabazi bufite usibye Uhoraho wenyine,babwire uti ntawundi wabatabara usibye Uwiteka wenyine kuko gutabarwa guturuka k’Uhoraho gusa ntahandi naho abihaye amahoro mu gihe cyi byago abo mubareke kuko amahoro yabo ararangiye kuko bamaze kubona ibyo bakoreye kandi nabahaye umwanya uhagije baravuyarara bimara agahinda bica abanzi babo ndetse ntibashira agahinda ahubwo bongeraho na bene wabo maze bivuga ubutwari bukomeye cyane bumva yuko ari bo baremye isi ni juru.
Niyompamvu kurimbuka kwabo kugiye kuba kugari cyane (Kunini) maze amahanga yose akazatangarira umwakagara kuko nakubwiye ko nzamuzamura nkamugeza mu bushori shori bw’INYENYERI narangiza nkamumanura nkamukubita hasi agakorwa nisoni kugirango azabere akabarore abazamusimbura bazumve yuko Uhoraho ariwe Mana wenyine ntayindi Mana bakwiye kuramya gusenga no kwiringira.
Icyubahiro nahaye umwakagara nzagikuba inshuro (7) nimbaraga namuhaye nzazikuba inshuro (7) mu gihe cy’intebe ya bukunzi abazemera kugendana nanjye urumuri rwabo ruzaka iteka ni teka ryose kandi amazina yabo nta bwo azibagirana ukundi mu gitabo cy’ubugingo
Mwana w’umuntu,burira ubwoko bwanjye butangire busengere Umwami uzasimbura Nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa,uwo Mwami yitwa [Uwanyirigira Nyirinyinya Biregeya] kuko atazagendera mu nzira z’Uwiteka Imana kandi uwo Mwami azarwanya abahanuzi azahera kuri wowe Majeshi Leon agukure mu gikari cy’Ubwami icyo gihe uwiteka azahita nawe yigendera gakondo yabakiranutsi izahura namakuba akomeye cyane arimo indwara nibiza bikomeye kubera yuko azaha umwanya imbaraga zabacwezi zikongera gutegeka igicumbi cy’ubwami bw’uRwanda.
Umujinya wanjye uzamumariho uburakari bwose kuko azaba akoze ibidakorwa kandi azaba anyuranije na gahunda y’Uwiteka Imana yawe.Nuko rero ubyandike kugirango aho aherereye mu buhungiro nawe abisome abimenye ejo ntazitwaze ko atamenye.Burira ubwoko bwanjye busenge kugirango nzagirire neza ubwoko bwanjye.
Ndabizi uwo Mwami azishyira hejuru cyane azamera nk’Umwakagara nyamara azima ingoma atarakwiye kwima iyo ngoma abasenga rero nibasenge kugirango Uhoraho yikorere imirimo ye turebe yuko yazadukiza uwo Mwami w’umunyamwaga niko Uhoraho avuga.
Mwana w’umuntu,dore Abega nibamara gukurwa ku ngoma bakabona Nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa yimye ingoma bazakoresha uburiganya bigire nkabicisha bugifi cyane bazazana impano nyinshi bazizaniye Nyir’uRwanda kugirango bigarurire umutima we nyamara nta kindi bazaba bgambiriye kitari ukwiyegereza ubwami kugirango amateka yabo mabi babone uko bayasibanganya maze bazakora ibishoboka byose kugirango basubire mu gisenge cy’UBWAMI BW’URWANDA.
Bwira nyir’uRwanda uti,nuramuka wemeye izo mpano ubwami bwawe buzagibwaho igisebo kandi bazabwigarurira kububambura bizabagora nyuma y’imyaka nimyaniko muri mu buhungiro Mu bwire uti,Uhoraho aravuze ngo,iyo miryango yarakiraniwe kandi yaciriweho iteka kuko batajya bagira imbabazi muri bo kuko buzuye igomwa nishyari ryo kugira nabi no kwifuza ibitifuzwa.
Ese ko Uwiteka ariwe ushyiraho ubwami,kuki bahora bifuza ko bashyiraho ubwami bw’Abega?Uko niko Uhoraho abaza!Iyo miryango iravumwe cyane kubera kumena amaraso menshi atariho urubanza.
Bariye ibitaribwa imfubyi nabapfakazi amarira yabo ahora imbere yanjye.Nuko rero mwana w’umuntu wandike ibyo ndabizi neza ko abadashimishwa nubwo butumwa bari buhite bahamagara Umwami bamubwire wakoze ishyano wandite ibitandikwa ariko nta banga rigihari kuko Uwiteka niwe utegeka kandi aburira ubwoko bwe kugirango ejo batazitwaza ko batamenye.
Ndabizi neza yuko Umwami yakifuje ko ubigira ibanga ukaba ari we ububwira ariko sibyo kuko nshaka ko ubwoko bwanjye [rubanda rwe]bamenya ibihanurwa kugirango bamenye yuko Uhoraho ariwe uvuga akanakora akanategeka umunsi rero byasohoye icyo bazavuga ko Uhoraho yabanye nawe kandi umwuka w’Uhoraho uba muri wowe niko Uhoraho abitegetse.
Mar 27, 2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu dore umwakagara yafunze abantu benshi cyane cyane abo yabashije gushimuta ntibimenyekane ngo bitanganzwe ku ma radio.Ubu abo bantu bose yashimuse abenshi bagizwe nabasirikare bari barahunze igihugu,agenda abakura muri gereza abasohoramo akagenda yica umwe umwe kuzageza abarangije.
Iyo amaze kubashimuta abanza gutegereza ho gato,kugirango yumve ko bimnyekana mu muryango mpuzamahanga (Amnesty Internatinal) yamara kubona ko basakuje induru zimaze guhosha agasigara ategereje ko bizashyirwa muri rapolo zimiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ahasigaye agaca ibihanga byabo yita ko ar’ibipinga birwanya ubutegetsi bwe.
Ni uko ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uhoraho agukijije urupfu rw’umwakagara nabadayimoni hamwe na za magigiri ze,ariko uburire abasigaye uti,inyuma karahinda umuriro kuko intwari zitaka zinyinyiriwe ahasigaye nahintwarane niko Uhoraho avuze!
Mvuye ahongaho,mbona mpawe amababa yo kuguruka(Spiritual Wings)Maze ndabwirwa ngo,ninjye muri gakondo yabakiranutsi njye kureba uko ibintu bimeze;ndagenda ngezeyo nsanga gakondo ifite isuku nyinshi cyane ku buryo umuntu yanatoragura urushinge nijoro.Nuko mbona abanyagakondorero babayeho mu bwoba butagira uko bungana cyane cyane abari na bategarugori bagituye muri uwo murwa mukuru wa gakondo yabakiranutsi(Kigali)
Nerekwa ikindi gice cy’abari nabategarugori bo mu bwoko bw’Abatutsi Kazi,basa neza cyane bashinzwe umurimo w’ubutasi.Mbona ko umurimo wabagore wo kujajwa ko warangiye burundu kubera gutinya kuvuga maze ibyo wavuze ejo ukazajya kubitangira ibisobanuro mu biro by’Iperereza
Mbona abatutsi-Kazi bashakakisha aho bahungira barabura kuko bari bamaze kubona intambara yatangiye kubanukira igeze mu irango ry’Aarembo y’ubutayu bugufiya!Nuko maze kuzeguruka umurwa mukuru wa gakondo yabakiranutsi mbona za nyampinga zimwe zinsaba ko twajyana nkazikiza akaga ibyago,amakuba agiye kuzigwirira.Nuko mbabwira yuko jyewe nahawe amababa yo kuguruka ntaburyo nabasha kubahungisha ngo mbakize!Mbonamo abitwa amazina yitwa NZABAMPUNGA,IMANA IZADUKIZA,BYARI BYARATEGANIJWE,nandi mazina menshi
Ubwo mfata ikirere ndagarukira maze ntanga rapolo kuri Malaika wari yantumye mu bwira uko bimeze amaze kumva gahunda zose ahita yohereza Malaika ushinzwe intambara aragenda ahagarara mu mpande [4] z’Isi Iburasira zuba,Iburengera zuba,Amajyepfo,Amajyaruguru aho hose ahagotesha ururanga rw’umuriro kugirango uzahanyura atari uwo mu bacu azafatwe numutego umushibukane
Nuko nerekwa mpura numusaza numukecyuru bari bahagaze ahantu bategereje ko,haza umuntu wavuzweho kuba umunyamugisha,ndahanyura maze kuhagera mbona banjyanye mugisenge cy’uzuyemo umugisha maze ndawitegereza maze ndabwirwa ngo;uyu niwo mugisha wawe ureke wa wundi wajyaga uhabwa na za magigiri kuko uriya Uhoraho yawuguhaye kugirango yerekane yuko ariwe waguhamagaye kandi ko ashobora kughesha umugisha akoresheje uwo ashatse kugirango umenye yuko ari Uwiteka Imana kandi ategeka byose yaba Ijuru cyangwa isi nibituyemo byose bikorera munsi yububasha bwe niko Uhoraho avuga.
Nuko maze kwerekwa iyo migisha yose uko ingana nibwo nahise mbwirwa ko nkwiye gusiga urukweto rumwe mu nkweto nari nambaye[1] ngo kuko ubutumwa igice kimwe maze kugisoza hakaba hasigaye ikindi gice cya [2] igice cya [1] nikurwa ry’umwakagara ku ngoma,naho igice cya [2] nukwima ingoma ku Mwami w’uRwanda kigeli V Ndahindurwa nuko nkuramo urwo rukweto ndarusiga njyenda nambaye urukweto rumwe ndongera ndigurukira nisubirira mu icumbi ryanjye aho ntegerereje ibyahanuwe ko bisohora
Ndagenda maze kugera mu icumbi mu gihe ntararuhuka ngitegereje gukuramo rwa rukweto rumwe rusigaye,mbona inkoko yisake igenda yirukanka icibwa igihanga bisobanura yuko umuzimu wangezaga aciriweho iteka.Nkomeje kwitegereza mbona igitoki gihiye kugeza hagati ikindi gice cyo hasi kikaba kibisi maze mbona cya gice gihiye baragiciye hasigara igice kibisi maze ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu shyira ahagaragara ya NTASI y’umugore uri mu gihugu cy’Ubufaransa witwa INGABIRE MUGARURA CHRISTINE umaze igihe akugenza agushukisha utunyobwa nutugori maze isi yose imenye yuko yaciriweho iteka mu manza zabakiranutsi zigomba gucibwa muri uyu mwaka
Dore nta mugisha wundi usigaye uzaturuka kuri uwo magigiri utuye I paris kuko amaze igihe agutega imitego ukayisimbuka kuko wahindutse ubwoko butavumika kandi butajya bugwa mu mitego yabadayimoni.Uwo mugore nindryarya ikomeye cyane kandi numugome wambaye urugomo ushinzwe kumena amaraso yabakiranutsi ku ngoma y’Abega b’Abakagara yigize umukiranutsi ku nguvu za leta azi ibyanditswe neza cyane kandi abasha kubisobanura neza no kubisobanukirwa mu mvugo yo gukiranirwa yerekeza mu irimbukiro uwo nguwo yamaze gucirwaho iteka n’Uwiteka Imana abakiranutsi
Kandi siwe wenyine ahubwo nabamukomokaho bose bamaze gucirwaho iteka kuko bayobotse inzira ya Balam wameye kurya intonrano kandi Uhoraho yari yamuburiye mu nzozi ko adakwiriye kwakira intonorano z’Umwami Balaki wifuzaga yuko umuhanuzi yavuma ubwoko bw’Uwiteka butavumika
Dore uwo mugore yabonye amaze kugera mu Burayi yibwira yuko yageze mu ijuru,ariko naho yatumbagira akagera mubushori shori bw’INYENYERI zo kwijuru ntakabuza yuko Uwiteka atazabura ku kumanura akagukubita hasi kugirango umenye yuko we ari Uhoraho ushobora byose nubwo mwavuze yuko adashobora byose!Nuko rero nimuhame hamwe kuko igihe cyanyu kirasohoye maze Uhoraho abereke yuko ashobora byose kandi ko ari we waremye ibiri mu isi byose uko niko Uwiteka avuga
Mwana w’umuntu,ndabizi neza yuko uri mu ntambara zikomeye cyane kandi zidasanzwe ariko ukomere kumuheto kuko usigaje gato cyane ukaruhuka dorre ijambo ry’Uhoraho ryakubayeho urwandiko rusomwa nabarutuye bemeza yuko kwiherezo uzagororerwa kuko Uhoraho ari ko yabivugiye mukanwa kabahanuzi none uhumure utuze kandi wihangane cyane kuko nubwo bwije dore ndabona umulinzi w’ibyasezeranijwe aca amarenga avuga yuko umuseke wamaze gutunguka byagaragaye yuko bwacyeye maze abariraga bagahozwa n’ijambo ry’Uhoraho Imana yabakiranutsi niko Uhoraho avuga
Nuko rero ,mwana w’umuntu,egeranya ibimenyetso byose maze ushyire ahagaragara iriya nyenzi kazi kuko niyo ntasi ya nyuma ikunetse ntabandi bazongera ku gutata ahubwo ugiye kuzivuganira na ba nyir’ubwite kuko uyu mugore wari yagutumiye mu gihugu cyo mu Burayi[france] bari bamufitiye ikizere ko bazahita bagufata ukigera ku kibuga kindege werekeje mu Burayi.Ariko se ubundi usibye ubupfapfa hamwe no guhakana Uwiteka ko adashobora byose,bumvaga buriya ko igihe umaze uhanura wagiye uvumbura abantu benshi cyane bigize nabi bagahinduka za magigiri yumvaga yuko yaba afite ubudahangarwa kuburyo umwuka wera adashobora kumutahura ngo amushyire ku karubanda?
Niko umwuka w’Uwiteka abaza!Bibwiraga yuko ibyo bifuza byose ko bizatungana bitwaje yuko ngo niwumva ko ugiye mu Burayi uzahita uahahamuka maze ugatabwa muri yombi.Uburayi se ni mu ijuru?Ibyo byose Uhoraho yemeye ko bibaho kugirango agutunganirize mu butayu maze igihe cyo kumukorera umurimo we mwiza wo gukiranuka muri gakondo yabakiranutsi uzabashe kuwukora neza no kuba icyitegererezo mubandi kuko Uhoraho yagambiriye kuzagukoresha ibikomeye mu isi yabazima uko niko Uwiteka avuga
Nuko humura humeka kandi tuza ubwo Uhoraho agukijije umunyaburayi ntawundi magigiri uzongera ku kuzaho kuko uriya niwe bari bafitiye ibyiringiro none gahunda zabi zose Uwiteka yarazivangiye bituma bakorwa nisoni kuko JEZEBEL Nyiramongi yari yatanze agatubutse kugirango ufatwe kuko icyo akeneye ari ukukubona amaso kumaso ari ko umubwire nta bwo umuhanuzi yabonana nindakebwa nkawe kuko ar’ikizira k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Itangazo ry’Ingabo zitwa “INDOBANURE”z’Uhoraho muri RDF Nyuma ya masaha [4] ubwo nari nishyize kugisasiro nduhutse imiruho y’umwakagara nongera kujyanwa mu iyerekwa maze mbona kandi nerekwa ibigiye gukorwa na gatsiko kumwakagara gashinzwe kumena amaraso.Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ingabo zanjye ziri muri RDF zasigaye muri gakondo yabakiranutsi.
Uziburire uti,dore Uhoraho agiye kubakoresha ibikomeye cyane mu ntambara mugiye kurwana itandukanye nizo mwarwanye zose kuko mugiye guhura nibikomeye nuko rero mube maso cyane kandi mufunge iyo minwa yanyu kuko umwanzi[umwakagara] yamaze gukora inama yo guta muri yombi umusirikare wese wa cyera ukekwaho kuba adashobora kurwanira ingoma ya Kega ka kagara.
Dore ibihome bigiye kuzura cyane azahera kuri babandi bahoraga bitotomba yuko batahawe cyangwa batazamuwe mu ntera abongabo abafata nkibipinga mu nama bakoze bavuze ko abo bakwiye gukubitwa agafuni none ubishoboye nahunge akuremo akarenge kuko azagarukana na Nyir’uRwanda aje kwima ingoma intebe ya bukunzi niko Uwiteka avuga.
Udashoboye guhunga naceceke kandi yirinde kwerekana umubabaro ahubwo ajye agaragaza ubugwaneza no kwishima cyane inyuma y’mubiri kugirango batazaguhura yuko utari kumwe nabo uko niko Uhoraho ababuriye.Kandi muzirinde gukabya kuko nabwo byatuma bagutahura ahubwo ibyo mukora byose mujye mubikora murugero
Nuko njyanwa mu iyerekwa mbona ndi kuri parade hamwe ningabo za RDF zivanze n’iz’umwakagara,maze nerekwa mbona abakuru babanyagatsiko bamaze gukora inama bamaze kwemeze gukora amajonjora yo gutoranya ingabo z’Uhoraho muri RDF.Mbona ko bagiye kuzica ibihanga
Maze mbona babanje mu ngabo za cyera zaturutse muri Uganda zigeze kurwego rwa Officers,nizindi za cyera zaturutse Uganda zirimo umusirikare witwa NORBEL wakoranaga na komeseri RUMANZI mbona izina rye rishyizwe kuri listi yabagomba gucibwa ibihanga.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu ibihe byagiye kandi iminsi iregereje none wihangane ndabizi ko utakiruhuka maze wandike itangazo ry’Ingabo z’Uhoraho urishyire ahagaragara maze ubone wirambike kugisasiro nibura ube umaze gukiza ubugingo bwabo niko Uhoraho avuga.
Nuko ndibambura mfata ikaramu yanjye na mudasobwa yanjye ubwo hari ahangana saa 4:40 maze nandika iryo tangazo neza ndishyira ahagaragara kugirango Uhoraho aburizemo imigambi y’umwanzi mbona abakagara bahabwa inama zo gukwiza ibihuha byo kwitotombera umwami wabakagara mu gihugu hose kugirango babashe kumenya utari uwabo maze bamufate bamuce igihanga kugirango intambara yo gukura umwakagara ku ngoma itazabona abayirwana
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ntabwo Uhoraho yabura abo yakoresha kurwana intambara yo guhabwa gakondo yabakiranutsi ariko nibyiza kuburira ubwoko bw’Uhoraho kugirango bube maso butarimburwa numwakagara.Nuko mbona hashyizweho bariyeri yo kubuza ingabo zabakagara gutsemba ingabo z’Uhoraho mbona ko ingabo ziharanira ingoma yabakagara ziraje zigeze hafi cyane nahabitswe ibanga rya bera basezeranijwe gakondo yabakiranutsi mbona basubijwe inyuma kure cyane
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,umwakagara akoresha imbaraga zihanitse z’umwijima kuko muri gakondo yabakiranutsi,hari ahantu hatabye ibanga ryo guhabwa igihugu gakondo yabakiranutsi.None iryo banga umwakagara yari tahuye ariko ntabwo azi aho riherereye
Nuko mbona ko yohereje ingabo kujya guhiga aho iryo banga ryo gukiranuka rihishe baragenda bageze hafi yahoo mbona umwuka w’Uhoraho umanukanye na Malaika w’Uwiteka hamwe n’Umuhanuzi mukuru hamwe n’umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe baraza bahita ako kanya bashyiraho Baliyeri ibuza umuntu wese gukandagira aho hantu.
Maze ndabwirwa ngo iryo banga ni ryo rikoresha muzunga leta y’umwakagara kuzageza akuwe kubutegetsi none yamaze kumenya yuko mu gihugu imbere haba hatabye ibanga ry’ubwami bw’uRwanda ritazwi n’umuntu wese usibye umuhanuzi mukuru hamwe na Nyir’uRwanda wenyine n’Uwiteka Imana yabakiranutsi
Iryo banga niryo ryazambije ibintu byose ku ngoma zose zabayeho z’abarepubulike, nta na rimwe abarepubulike bashobora kuzayobora kiriya gihugu mu gihe iryo banga rigitabye kubutaka bwa gakondo yabakiranutsi.Kandi igihe cyose Nyir’uRwanda azaba akiriho hamwe n’umuhanuzi mukuru hamwe n’uwahishuriwe ibi,nta na rimwe abarwanira ubutegetsi bashobora kuzagira amahoro cyangwa ngo barambe kubutegetsi kandi ababitse ibanga rya gakondo ya bakiranutsi bagihagaritse ubugingo bakiriho uko niko Uhoraho avuga.
March 28, 2016 ahagana mu masaha ya nimunsi igihe akazuba ka kiberinka gatangiye kunyerea maze imitavu igatangira gukinagira amatovu.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye kukoherereza umugisha utubutse ariko udatunganye kuko ugiye guturuka mu maboko ya banzi bawe.Nuko uzamenye uko ugenza nk’uko ugenza buri gihe kugirango umenye yuko nd’Uwiteka Imana yawe.
Nuko nerekwa mbona umuntu azana ikigerekani cya little [20] z’amata yo mu bwoko bw’amacunda ariko yajyaga gusa gato nikivuguto cyiza cyavurijwe mucyansi cyitiwe.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ubu ngubu hasigaye ko,umwanzi akoresha intonorano kuko ibyo gukoresha ababgore ngo bakugigire yabivuyeho kuko uko agerageje umutsinda igitego 1-0
Nuko rero menya yuko nd’Uhoraho nshobora kugutungisha umugisha wa banzi bawe bakwambuye kuko iki nicyo gihe cyawe cyo guhabwa umugisha uko niko Uhoraho avuga.Nzakwereka kugira neza kwanjye kandi ineza yanjye izab kuri wowe ibihe byose kugirango abanzi bawe nabakurwanije bose nabatakwifuriza kubaho bose bamenye yuko nakumenye mu izina kandi ko nzitirirwa izina ryawe.
Bigeze igihe akazuba ka kiberinka kaburira muri nyina,ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,Uwiteka Imana yawe yashimishijwe na bantu basuye gakondo y’umuhanuzi uyu.Dore naguhaye ubuhanga n’ubwenge bwo kumenya uburyo uzajya urinda gakondo yawe,none umwanzi yababaye cyane kuko abantu bakomeje gukurikirana ijambo ry’Ubuhanuzi kugirango bamenye imigambi mfitiye ubwoko bwanjye.
Ngaho teraho akajisho maze urebe uratangara kuko wabahaye umunsi mukuru wa PASIKA,nuko ubwo nshyiraho ikoranabuhanga maze nkubitaho akajisho ndumirwa hamaze gusoma ibihumbi 63.884 numva ntangariye Uhoraho Imana yanjye.
Numva nsubijwemo imbaraga zibyiringiro kubera yuko iby’Uhoraho avugiye nukanwa kabahanuzi atabura kubisohoza.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,Uhoraho yishimiye umurimo uburyo urimo gukorwa niyompamvu abumviye ijambo ry’Uhoraho ryavugiwe mukanwa kabahanuzi b’Uhoraho batazabura kuba abanyamugisha uko niko Uwiteka avuga.
Bene data bakundwa muri Kristo Yesu Umwami wabakiranutsi nabakunze kuzagaruka kwe badafite imitima ibacira urubanza.Ndashima Uwiteka Imana Uhoraho akaba yarangize umugaragu we ucishwamo inzira y’ibyubugingo bigirira umumaro benshi uretse babandi bafite inkovu zibyaha mu mitima yabo.
Basogokuruza baravuze ngo,aho imfura zisezeraniye ninaho zihurira,ibi byagaragazaga ubupfura no kubahana bishingiye kurukundo rwa kivandimwe.Nubwo muri iyi minsi bisa naho byayoyotse,ntibitubuza gukomeza uwo muhango w’ubupfura wogukunda abakwiriye gukundwa kuko hariho benshi bagaragaje yuko badacyeneye gukundwa aho bumva yuko nta mumaro bigifite mu isi ya none ahubwo ko mpemuke ndamuke ariyo ifite agakiza
Ibi mvuze birababaje kuba ushobora kubisanga muri babandi biyita bene data nyamara imbuto zabo zigaragaza yuko badafite ibimenyetso bya Kristo mu mibiri yabo.Ariko ni byo kuko na YUDA wagambaniye Umwami wacu ibyanditswe byera bivuga yuko yavukiye kugambana.
Ndetse Umwami Herode yababijije umukiza wacu Yesu ati,wowe ur’Umwami wabayuda?Maze nawe arasubiza ngo;ICYO NICYO NAVUKIYE!!!Ntibitangaje kuba har’abantu bavukiye kugambanira abandi kuko nubusanzwe muri za kamere zabo hatigeze habonekamo gukiranuka!Hari n’abandi nkatwe twavukiye gukiranuka twirinda ubugambanyi nibikorwa bibi by’urukoza soni bitesha agaciro muntu
Ariko ibi mvuze ntaho bihuriye no kuvuga ukuri kugashyirwa ahagaragara kugirango bene data dusangiye kwizera babashe kurinda ubugingo bwabo kubera bamwe mu biyita bene data habonetsemo bamwe bagenda baturosera bashaka kwigarurira imitima ya benshi bitwaje imbaraga ni cyubahiro nubutunzi bwo mur’iyi isi.
Ubushize twasezeranye yuko tugiye gutangira igitabo cy’iyimuka Misiri cyangwa KUVA kugirango turebere hamwe urugendo rw’ubwoko bw’Uhoraho [Israel] ibi bije nyuma yahoo turangije igitabo cy’itangiriro aho twabonye byinshi byafashije ubugingo bwacu.Nongere mbibutse yuko ntigeze njya mu ishuri ry’iyoboka Mana cyakora nk’uko ibyanditswe bivuga neza ngo bose bazigishwa n’Uwiteka Imana yabakiranutsi Yohana 6:45
Ubwo rero aho muri bumbonemo ubuswa ntibibatungure cyane usibyeko umwuka w’Uhoraho aba muri jye!Ariko biramutse bibayeho nta bwo naba nciye inka amabere,ndizera yuko kubuswa bwanjye mushobora kubwihanganira.Igitabo cyo KUVA iyo utangye kugisoma aho ndavuga nk’umuntu,usangamo ibikorwa byinshi byakozwe mur’icyo gihe.
Incamace y’iki gitabo usangamo umuhamagaro w’umugaragu w’Uhoraho Moses,uwo muhamagaro we utangirira mu ivuka rye!Uburyo Uhoraho yarinze ubugingo bwe.Uburyo yagiye kurerwa nuwagombaga kumwica.Nyuma yo kugeza igihe cyategetswe cyo kuva ibwami akarekeza mu gihugu cy’Ubutayu aho yagombaga kujya kwigishwa Uhoraho yashatse impamvu zose zatumye Moses yisanga mu muhamagaro atigeze ategura
Yigishirijwe mu butayu imyaka [40] igihe cy’Uhoraho gisohoye nibwo Uhoraho yamubonekeraga mu ishusho y’igihugu cyakaga umuriro maze Uwiteka aramwimenyesha amubwira yuko yitwa NDIHO nibwo yamutumaga mu kujya gucungura ubwoko bw’Uhoraho.
Kubera umurimo ukomeye Moses yakoze,iki gikorwa Satani yaragihinduye maze agihimbira izina acyita ko ngo Moses nta bwo yari umuhanuzi ahubwo ngo yari (political leader) ahangaha niko abanyapolitike bita Moses bagambiriye gutesha agaciro umurimo w’Uhoraho [Ubuhanuzi]niko bimeze no muri iyi minsi aho benshi bemezako Umuhanuzi Majeshi Leon adahanura ngo ahubwo ni umunyapolitike (political Leader) uharanira ubwami bw’uRwanda ndetse ntibanatinya kuvuga yuko ngo Nyir’uRwanda ngo ariwe nkorera
Ibi byose bibavuga ndetse bakabikorana ubwende kubera yuko imitima yabo ibashinja yuko umurimo nkora ar’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Iyo bihaye amahoro imbere ya bantu bituma babasha kugira icyo bavugira mbere yabo,ariko ntibisobanura yuko mu mitima yabo baba badacirwa urubanza!
Moses umugaragu w’Uhoraho,yahaganye n’Umwami Farawo wari wanangiwe umutima n’Uwiteka Imana tekereza kugirango Uwiteka agutume narangiza akubwire ngo,nubwo ugiye ariko umenye yuko nzanangira umutima we ibingibi Uhoraho yabikoraga kugirango umugaragu we Moses bimurememo umuco wo kwihagararaho ndetse no kumenya guhagarara mu cyuho kabone nubwo ubwoko bw’Uhoraho bwarushijeho kongererwa inshingano badashoboye bigatuma barushaho kwanga Moses umugaragu w’Uhoraho.
Igihe cyarageze Uhoraho yihesha icyubahiro akora ibitangaza imbere ya Moses ni mbere y’Abisrael bose bamenya yuko Uhoraho ariwe Imana utegeka ijuru ni isi.Imbaraga z nububasha bye bimaze kwigaragaza Farao yahisemo kurekura ubwoko bw’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Uko niko bijya bigenda iyo Uhoraho atarakora ibitangaza kubugingo bwawe ngo yiheshe icyubahiro nta bwo umwanzi ashobora ku kuvirira.
Ariko iyo igitangaza kivuye mu ijuru atari byabindi bya babandi bababwira ngo ngwino wakire igitangaza cyawe nkaho akibitse mu mufuka we,nta kuntu Satani ashobora kwihanganira umunezero wawe ngo unezerwe akureba ahitamo kwigendera akazagaruka ikindi gihe!
Niyompamvu ukeneye gusaba Uhoraho kuko n’Umwami nta bwo ari ukumutegeka byabindi byateye byiki gihe ngo hamagara Imana uyibwire mbere yo kuyibwira wakabaye ubanz akwireba ukigenzura ukareba yuko ukwiye guhamagara Uhoraho.Kuko niba umwakagara mu mutiny ndetse mukamwubaha kurusha Uhoraho mbese Uhoraho niwe mukiniraho mupfa guhamagara uko mushatse?
Nubwo akenshi batumva guhamagarwa kwanyu bitewe ni uko namwe mwanze kumva umuhamagaro we,nyamara mwari mukwiye kumutinya no kumwubaha kurusha uko mwubaha abantu.Ariko noneho kuko yaducunguje amaraso y’igiciro abasha kumva babandi bafite ikimenyetso cy’inkomvu za Kristo mu mibiri yabo
Mbere yuko uzajya guhamagara uwo uhamagara uzajye ubanza urebe niba waba ufite ikimenyetso cy’Agakiza mubugingo bwawe nimba koko ufite ubudahangarwa buguhesha gukora ibyo wifuza gukora.
Moses yacyuye ubwoko bw’Uhoraho abuvana mu giputa abutwara muri gakondo yabakiranutsi aho bagezeyo bamaze imyaka [40] mu butayu.Nubwo Moses atagize muri gakondo ya Cannan ntibyatumye atajyanwa muri Cannan yo mu ijuru.
Iyo usomye ibice [12] mu gitabo cyo kuva uhita ubona bwa mbere ubwoko bw’Uhoraho butangira kwizihiza umunsi mukuru wa wa PASIKA cyangwa PASOVER ariyo bahinduye bakayita EASTER umwuka w’ikinyoma mu byanditswe byera reka uyu munsi tugarukire aho tuzongera ubutaha dukomeze turebere hamwe umugambi Imana yarifite ku bwoko bwayo nyuma yo kugera mu gihugu cya Cannan bahaweho umugabane nka gakondo yabo nyuma yuko abanyakanani birukanywe bakajya mu bindi bihugu bagahinduka impunzi kugeza magingo aya.
Mar 29, 2016 njyanwa mu iyerekwa muri Israel nerekwa ahantu havugwa muri Bibilia mbona iwabo wa Yosepf,iwabo na Bikiramariya ahantu hose havugwa mu ijambo ry’Uhoraho maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibi bintu byose nkweretse ubonye kiliziya Gatolika yagiye yiyitirira amazina ya bantu b’Imana babayeho muri byo binyejana [abatagatifu] kugirango ibashe kuyobya ubwoko bwanjye.
Dore bishe intumwa peter baranginje aho bamuhambye bahubaka urusengero kugirango babihuze n’ijambo Umwami Yesu yavuze yuko kuri we azubaka ho urufatiro rw’itorero umuryango wabakiranutsi.
Dore bakoze igishushanyo cya Bikiramariya bagihishamo igishushanyo cyabo ki kigirwamana mana kugirango ubwoko bwanjye bujye busenga ibigirwamana batabizi.Ubwoko bwanjye bwarariganijwe nanjye nzabariganya niko Uhoraho avuga.
Bafashe amazina yabakiranutsi ndetse baniyongereraho nayandi ayo bita abatagatifujwe nyamara se bahawe guca imanza zitabera ryari?Niko Uhoraho abaza?Ese impumyi yabasha kuyobora indi mu mpumyi ntibagwe murwobo?!Niko Uhoraho abaza!
Dore barariganije kandi babikoze babigambiriye za ntama zitagira umwungeri ziburiramo gutyo kuko umwungeri yakubiswe maze intama zigatatana ariko igihe kiraje kandi kirasohoye ngo nigarurire intama zanjye niko Uwiteka avuga.Kuko kuri wa munsi nibwo bazamenya yuko arijye uvuga nkanakora niko Uhoraho abivuga.
Dore amazina yose yabakiranutse nibimenyetso byo gukiranuka byose babigize ibyabo ariko kuri wa munsi nibwo bazamenya yuko Uwiteka ari we Imana yabakiranutsi kandi ko Uhoraho atajya ariganywa niko Uhoraho avuga kuko uwanyaze abandi nawe azatwaraho iminyago,uwambuye abandi nawe azamburwa,uwishe nawe azicishwa inkota niko Uhoraho avuga.
Nkurwa aho ngaho njyanwa mu gihugu cya Irelande cyangwa Irish numvaga ayo mazina yombi ariyo akoreshwa kwita icyo gihugu gishobora kuba kibarirwa mu majyepfo y’Uburayi nuko ndagenda naringiye gusengera ahantu kumusozi hitwa Prayer mountain ndagenda ngezeyo mpurirayo na za maneko nyinshi zije kuneka ariko ngo zikaba zari zigize abakiristu.
Izo za maneko zari ziyobowe na Munyaneza Emmanuel twahiriye Uganda kuri Prayer mountain akaba ariho yatangiriye uwo murimo wo kuneka hamwe na Jeff ukora muri JRS umuryango wa Kiliziya gatolika utanga amafunguro kumpunzi nshyashya nuko mbona Munyaneza ayoboye igitero kinini birirwa bahiga abanyarwanda bimpunzi bahahungiye muri icyo gihugu
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ngaho ibmbure maze witegure unategure inyandiko wandikire abakiranutsi batataniye mu mfuruka [4] z’isi ubabwire birinde cyane kandi ubabwire uti mwajwemo murabe maso kuko ishyamba atari ryeru uko niko Uhoraho ababuriye.
Nkurwa aho ngaho njyanwa murusengero kujya kuvuga ubutumwa bwiza bw’umukiza wacu Yesu Kristo,ngezeyo mbona banyicaje mu bantu bari buvuge ubutumwa uwo munsi. Ariko hafi ya bose bari bafite PHD muri theology kandi jyewe ngo narimfite Masters maze mbonamo bazanye nabagore barangije ayo mashuri ahambaye.
Nuko ijambo ry’Uhoraho riraza rirambwira riti,mwana w’umuntu,aha hantu ntabwo uri bubwirize cyangwa ngo wigishe kuko ar’ikizira yuko umudamu yahagarara kuruhimbi ngo yigishe kuko binyuranye nijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Ikindi cya kabiri nta bwo uri bwemererwe kubwiriza kuko hano bagendera kuri diplome yikirenga ya PHD utayifite ntushobor kubigisha cyangwa ngo ube wababwiriza kuko uko niko bizera kwizera kwabo kuba mu mashuri ubwo se iyo biza kuba gutyo igihe cy’intumwa ese bari gukorera Imana?
Ngubwo uburiganya bwa satani aho yerekana abantu ko badashobora gukorera Uhoraho kandi ko aho kwigishwa n’Uwiteka ahubwo ubwabo bashobora kwiyigisha babinyujije muri ya mashuri ya satani yitwa bible college ngaho aho ruzingiye nyamara muri Yohana 6:45 havuga yuko bose bazigishwa n’Uwiteka kubera uburiganya bwa satani yafashe ayo mashuri ya bibiliya ayitirira ijambo ry’Uhoraho arangije abanyamadini barayayoboka bajya maze uyarangijemo agafatwa nk’umuntu usobanukiwe iby’Imana ariko ijambo ry’Uhoraho risobanurwa numwuka nta bwo risobanurwa nubwenge bwa kamere y’umwana w’umuntu.
Abayobozi benshi biyitirira ko bize ijambo ry’Uwiteka uyu munsi nibo bari mukaga gakomeye kuko bayoborwa nubwenge bwabo nk’uko ibyanditswe ibibvuga Abakolosayi 2:23 ariko ushobora guhera kuri 2:20 niho wasobanukirwa ibyabo bafarisayo cyangwa ugasoma icyo gice cyose usibye ko harimo imvugo ikakaye udafite umwuka w’Uhoraho byakugora gusobaukirwa iyo mvugo yuwo mugabo warufite PHD mu mategeko akiyongeraho umwuka w’Imana.
Mar 29, 2016 ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,rambura amaso yawe nkwereke ibigiye kubaho mu minsi ya nyuma ubutegetsi bw’umwakagara busigaranyeUbwo nahagurtse ndagenda anyereka moto yariho umupolisi yari ayitwaye yihuta cyane ariko atazi ko umuhanda yanyuragamo warangiye wageze ku iherezo ryawo.Nuko arakomeza aragenda kugeza ageze aho warangiriraga hari icyobo kinini cyane maze arimbukira muri icyo kinogo kinyuramo abajya mu irimbukiro!
Nuko uwanyerekaga nabonaga ari umugabo w’ibigango mbona yambaye isaha yari afite ihagarariye aho igeze, maze arambaza ati ese wa mukobwa we waba wamenye icyo biriya bisobanura?Ndanjye ndasubiza nti,jyew se umujakazi wawe nabibwirwa niki utansobanuriye?
Nuko arambwira ati,igihe cya police y’uRwanda cyo kumena amaraso kirarangiye ahasigaye ubuyobozi bwabo bugiye kurimbuka!Nuko ubwo namusabye ko yakongera igihe kiriya saha aranga ahubwo abwira ko igihe gisigaye kigiye kwihutishwa kugirango ibyahanuwe nabahanuzi b’Uhoraho bisohore maze abakiranutsi binjire mu masazerano
Mu gihe nkirangariye ibya moto arambwira ati,cyebuka haruguru yawe ahagana iburengera zuba,ndakebuka mbona imodoka ntoya nayo yarimo umudereva uyitwaye haza indi modoka ya mugenzi we aramugonga ahita arapfa ako kanya.
Uwanyerekaga arambwira ati,dore ubuyobozi bw’umwakagara bugiye gusubiranamo kuko ubutegetsi bwabo bugeze ku iherezo kandi bagiye kwitana ba mwana bose buri muntu azajya avuga ko yabeshye!
Nerekwa abagenzi basiganwa masigamana bahunga imvura y’umuyaga yarikubye kandi ntibari bafite aho bikinga iyo mvura kuko bari baranze kugura imitaka yo kwitwikira maze kugirango batazanyagirwa nimvura
Mbona abalinzi bari balinze umwakagara nabo bahunga barundukira muri rwa rwobo rwashyizwe kumpera y’umuhanda cyangwa inzira nyabagendwa.Nuko mbona mbona umulinzi wa [2] wari witwaye mu modoka ahindutsemo umwakagara ako kanya ahita arapfa
Mbona haje uwarushinzwe kumulinda aje gutwara intumbi ye,maze ategekwa gushyira hasi iyo ntumbi abwirwa ko iyo ntumbi igiye gucirwaho iteka cyangwa urubanzamusabye ko yongera igihe aranga ngo ntako atagize ategekako ahubwo igihe kihutishwa. Mbona abagenzi basiganwa no kujya mu mamodoka buri wese yurira iyo abonye uko zihaguruka zigenda abazitwaye ntibari bazi ko umuhanda usozwa ni ikinogo kinini bose zibaturamo bararimbuka
Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe kirarangiye kandi birarangiye ibyahanuwe bigeze kumusozo wabyo none bwira abasenga biyeze kugirango bacyurwe bambaye imyenda imeshe bazabone ubugingo buhoraho.Nuko ndabwirwa ngo uwezwa yezwe kandi uwihana yihane kuko igihe gisigaye ari gito cyane kuburirwa mwaraburiwe ariko mwabifashe nk’igihe cya Noah kugeza igihe abantu barimburiwe n;umwuzure uko niko Uiwteka ababuriye.
Mar 28,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho ubwo Uhoraho yari yaje kuntaramira,ndimo kuganirizwa nawe,mbona za nkozi zibibi za DMI zifite agahinda kenshi cyane zibabazwa nimirimo myiza Uhoraho akomeje gukora yihesha icyubahiro maze ndabwirwa ngo,abanzi bumusaraba bakomeje kwicwa nishyari mu mitima yabo kuko akomeje kwikorera imirimo niko Uhoraho agize.
Mar 29,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana wumuntu,dore mucuti wawe Bucyana Olivier agiye gukora ubukwe ariko mbere yuko abukora abanyeshyari inkozi zibibi bazahita bamuhumanya bamuhindure ikimara maze iby’urushako bizaba bibaye imfabusa.
Wibuke ko hashize imyaka irenga [10] umuhaye ubu butumwa ariko nta cyo yigeze abikoraho,none igihe niki kirasohoye ngaho shyira ahagaragara nibura ntihari bubure usoma ubu butumwa akabumugezaho kuko azengurutswe na banzi bumusaraba uko niko Uhoraho avuga.
Mar 31, 2016 njyanwa mu yerekwa mbona umwuka w’inzika y’Inzigo mu Nyanja nini ariko mbona uwo mwuka w’Inzigo uri ku nkengero zinyanja ushaka kwambuka ugerageza gufata ku nkombe ngo wikure muri iyo Nyanja ariko bikananirana
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,umwuka w’Inzika ya Nzigo warushinzwe ku guhiga,ubu uri mukaga gakomeye cyane abari batanze ibyiringiro yuko bazaguta muri yombi bamerewe nabi cyane kuko bahawe amafaranga menshi none birangiye nta cyo bakoze.
Ijambo ry’Uhoraho rirakomeza riambwira riti,abo bose bagize uruhare kugambanira umwuka w’Uhoraho ukorera muri wowe,dore bahuye nakaga gakomeye cyane kandi umwakagara agiye kugenda abica uruhongo hongo kuko bamenye amwe mu mabanga akomeye yo ngoma y’umwakagara kandi batari ngombwa!
nccleon@gmail.com