Inama yo guca igihanga Umwakagara irarangiye!(Itangazo ry’Uwiteka ryihutirwa)

Gen.James Kabarebe yumiwe!?
Mar 1, 2017 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,wihangane ukore mu gihe gikwiriye ndetse no mu gihe kidakwiriye,kuko ibintu birakomeye cyane kandi cyane ndetse bigeze aho bitasubizwa inyuma naho bakwiyiriza bakebagura imibiri yabo ntabwo bashobora gutabarwa uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Doe aka kanya inama irateranye kandi bageze kucyo bise “The Final Report Last Proposal of the Project”bemeje yuko Umwakagara acibwa igihanga kuko yinangiye umutima kandi akaba yarasuzuguye amahanga yerekana yuko ari we wigize uko ari,kandi yuko imbaraga zose afite zikomoka kuri we wenyine ndetse na mahanga yamufashije kugera kubutegetsi akaba yarasuzuguye cyane ayereka yuko atagifite imbaraga nubushobozi bwo kuba bamukura ku ngoma.
Igiteye agahinda gakomeye abambari be bose bamaze kumenya yuko Umwami wabo agiye gucibwa igihanga,niyompamvu wabonye yaba ministiri w’Ingabo,yaba abasangirangendo bose bacitse ururondogoro!Umwakagara aragerageza kubasubizamo imbaraga ariko byananiranye ndetse ntawuvugisha undi kuko bazi neza yuko intambara Umwakagara atazayitsinda uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Umwiherero bagiyemo nta cyo wabamariye kuko bajyanyeyo imibiri,ariko imitima yigira ahandi.Nuko rero kubera izo mpamvu ntukwiye kuruhuka udatangaje ubu butumwa kugirango batazavuga ngo ntibamenye kuko nta cyo bazabona cyo kwireguza imbere y’Uhoraho Uwiteka Imana ndetse ni mbere y’ubutabera bwamahanga bugiye kuzabakanira urubakwiye uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Dore biringiye abantu bananirwa kwiringira Uwiteka,nyamara ijambo ry’Imana riavuga ngo”uwiringiye umuntu avumwe!!!Uko niko bigiye kugenda kuko bananiwe kwiringira Uwiteka bamusuzuguza Umwakagara aba ari we uhinduka Imana yabo baramuramya baramusingiza ahinduka imana yabo,kandi ar’umuntu.Nicyo cyatumye ubwami bwe buvumwa n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo kubera bagaragiye umwicanyi wamennye amaraso menshi atagira ingano mu isi ya bazima niwe muntu wa mbere wamennye amaraso menshi cyane kurusha abandi uko niko Uwiteka avuze!
Dore igiye kiragiye burira ubwoko bw’Uwiteka bwananiwe gukiza amagara yabwo,binjire mu masengesho kuko ibintu bikomeye cyane kurushaho kuko noneho bitakiri ubuhanuzi ahubwo bwamaze gusohoza umurimo wabwo niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.Inama barayirangije kandi bemeje yuko Umwakagara acibwa igihanga abandi bose bakazafatwa bagashyikirizwa inkiko ndetse igitangaje urukiko ruzababuranisha rwamaze gushyirwaho mu ibanga igisigaye nugutangaza aho ruzakorera Umwakagara bamaze kumuca igihanga nk’uko yagenje kubandi kuko uwicisha “INKOTA”ariyo nawe azazira uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumbwira ibigiye kubaho muri gakondo ya bakiranutsi.Ndabwirwa ngo”ubu butumwa abantu ntabwo babuhakana”,bwarabwemera ariko bananiwe no gufata ibyemezo byo gukiza ubugingo bwabo kubera umwuka wo gukunda ibintu no kwiyanga mu gihe bibwira yuko ari ukwikunda nyamara injereri zigiye kujwigira mu matwi yabo kuburyo bazavuga ngo”Iyo menya nari kugira gutya natya niko Uwiteka avuga.
Burira abera bihane bishyure imyenda abo bayifitiye kuko nta mukiranutsi uzinjira ahera cyane afite umwenda uwari wo wose!Udafite uko yishyura nasabe imbabazi uwo afitiye umwenda kugirango bisange yejejwe kuko ahasigaye arah’intwarane kuko intwari zitaka zinyinyiriwe uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.