Ikipe y’umupira wa maguru y’Umwakagara,ikina nikipe y’Uhoraho Uwiteka Imana.

Mar 26, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona ibikorerwa mu isi ya bazima,bitarebeshwa amaso ya bana b’abantu.Nerekwwa Uhoraho Uwiteka Nyiringabo afata ikigeragezo agihinduramo umugisha.Maze mbona abadayimoni hamwe na bakagara  baritotombye cyane yuko gahunda zabo zose ziburijwemo n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.

Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,umuntu niwawundi ntabwo ajya yiga ngo agire ubwenge kuko muri we hahoramo ubwenge bw’ubugizi bwa nabi gusa gusa.Dore umwanzi akomeje gutegura imitego nudutego yibwira yuko azahirwa,nyamara ntabwo ashobora guhirwa mu migambi ye mibisha kuko ijambo ry’Uhoraho ryamaze kumuciraho iteka niko Uwiteka avuze!

Dore aragenda acukura imyobo myinshi imbere yawe yibwira yuko utakibona wabaye impumyi kugirango uzayigwemo.Ariko ntabwo bizashoboka kuko Uwiteka yakwise izina rya “AINESHA”bisobanura umugwaneza waremanywe ubuhanga nubwenge bwa kavukire,ibyo byose Uhoraho yabikoze kuko yarazi ibigutegereje mu isi ya bazima.

Niyompamvu yaguhaye kuba umunabwenge (Genius)akaba atari ubwenge wigishijwe na bana b’abantu,ahubwo nubwo wavukanye kubwumurimo ukomeye ukorera Uwiteka mu gihe nk’iki.

Kuko yarabizi yuko kizaba igihe gikomeye kandi cyuzuyemo uburiganya bwinshi cyane,aho abitwa abanyabwenge bazahinduka ibigoryi bakayoborwa ninjiji kugirango bahinyuzwe n’Uhoraho yuko ubwenge bwabo budashoboye,maze ikinyoma cy’umwanzi kiba kigiye ahagaragara uko niko Uwiteka yabishatse,kandi niko avuga.

Mar 27, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona uwahoze ar’umufasha w’Umuhanuzi AINESHA,Mukandirima Murekatete Odette yongerwa guhabwa intorano kugirango ashishikarire guhigisha uruhindu Umuhanuzi AINESHA,mbona aragiye muri magazine shop agura imyenda yose yifuza,ageraho agura ni kanzu nziza ndende ijya kuba umweru,kuko amapantaro yari yay amaze mu iduka.

Iyo kanzu yarivangavanzemo amabara y’ikigina,umutuka n’umuhondo byeruruka,maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu AINESHA we,uwahoze ari shashi yawe asohoze umugambi wose wo kurimbuka,kandi igihe cye cyo gucirwaho iteka kirasohoye ngo amenye yuko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ari we Mana uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.

Joho Blasts Uhuru Kenyatta at Buxton Bridge mombasa

https://www.youtube.com/watch?v=JkRiNLJInZs

Nerekwa umukuru w’igihugu cy’IBABYLON Uhuru Kenyatta ahagaze imbere ya bantu abagezaho ijambo,maze b’abantu bose bahinduka ibigori(Maize) bigihagaze mu murima byenda kuma.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwo mugabo yazamuye akaboze kintambara yabaye muri icyo gihugu umwaka wa 2007/8,none agiye guhura nikigeragezo gikomeye mu kwiyamamaza kwe niko Uwiteka avuga.

Dore ijambo ry’Uwiteka niryo ryamushyizeho kugirango asohoze gukiranirwa kose kw’IBABYLON imbere y’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Kandi na none niryo rizanamukuraho ku ngoma kuko ari ko byavuzwe n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo niko Uwiteka abivuze!

Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umufasha wa mwene so muri Kristo Umwami wabakiranutsi,ntabwo azi italiki yavutseho,mu bwire yuko yavutse taliki ya 23 Nzeri,1987 kuko ajya yandisha yuko yavutse taliki ya mbere z’ukwezi kwa mutarama ariko ntabwo ari byo niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,dore hari impano zigiye kuza ukwiye kuzisengera kugirango zizakugereho mu mahoro kuko ziturutse k’Uwiteka Nyiringabo.Ako kanya ndasenga nti Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,ndagushimiye yuko wibutse umugaragu wawe,kandi wemeye kongera kumugirira neza kuko wumvise gusaba kwanjye ishimwe ni cyubahiro bibe ibyawe iteka ryose niteka Amen.

Nerekwa impunzi zatataniye mu gihugu cy’IBABYLON.mbona zishinga utudini twigisha ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Ariko umugambi wabo bakaba barashakaga kwikorera ubucuruzi kugirango bibonere ibizabatunga kuko inzara ikomeje guca ibintu bigacika muri icyo gihugu.

Iyo babonaga umuntu uzi ijambo ry’Imana kubarusha,bahitaga bamugirira ishyali ndetse bakanga ko yabafasha kwigisha ijambo ry’Uwiteka,batinya yuko yazabatwara abakiliya babo bishakiye kugirango babatungire muri icyo gihugu cyuzuye inzara nubutayu bitajya birangira niko Uwiteka avuze!

Nerekwa za magigiri zikoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga bifashisha kureba umuntu aho aherereye,kugirango bamenye uko bakomeza gutegura umugambi mubisha wubugizi bwa nabi.Nerekwa mbona bagerageza gukora Tracking bashakisha Umuhanuzi AINESHA,ariko mbona za camera zabo Uwiteka azizima zinanirwa kureba ngo zimenye aho Umuhanuzi aherereye.

Mbona uburyo umwanzi akomeje kohereza inkozi z’ibibi zo mu bwoko bw’Abadayimoni,ariko uko yaboherezaga,bageraga mu butayu aho AINESHA yibereye,bagahita barimbuka bagapfa bose bagashira.Ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abadayimoni bashiriye ku icumu ry’Uhoraho baroherezwa kugushaka bagera mu butayu bagapfa bakarangira ntibabe bagisubiyeyo kuwabatumye.

Mar 28, 2017 nerekwa umwuka wubugome nubugizi bwa nabi INKA,ushoreye numwuka w’ikinyoma,biza byerekeje mu butayu aho AINESHA yibereye ategereje kumva ifirimbi ya nyuma y’umupira wa maguru warurimo gukinwa na leta y’Umwakagara hamwe n’Umuhanuzi AINESHA,mbona ya NKA bari bashyize imbere iciriweho iteka icibwa igihanga mbere yuko imugeraho.

Mbona undi mwuka wa badayimoni witwa umwuka wikinyoma(IHENE) nerekwa uwo mwuka nawo uza wirukanka cyane mu mahanda wa kaburimbo,(inzira yo gukiranuka) maze mbona ukuboka k’Uhoraho kuraje kwambika ya HENE umuguha mu mahembe maze irazamurwa ihambirwa mu giti cyari hafi aho iruhande rw’inzira maze icibwa igihanga.

Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore imyuka yuburiganya nubugizi bwa nabi iciriweho iteka n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Babonye bafata igihugu basohoza gukiranirwa kwabo,Uwiteka arabihorera bagirango bafite imbaraga zo kuba barwanya ijambo rye!Ahubwo nibahame hamwe Uhoraho azabereka yuko badashobora kurema na gace kumusatsi uri kumutwe w’umwana w’umuntu niko Uwiteka avuga.

Nkomeza guhishukirwa uburiganya bw’umwanzi na macenga menshi bacenga Uwiteka bibwira yuko bamurusha gukina umupira wa maguru.Nerekwa uwo mupira ukinirwa mu butayu bw’IBABYLON,ariko mbona umusifuzi abagira inama yuko bareka kujya mu mukino kuko bari buze gutsindwa mbere yuko bakina bitewe nuko badafite abakinnyi babigize umwuga.

Kandi nababizi bakaba bataramenyereye gukinira mu gihugu cyo mubutayu kuko haba umuyaga mwinshi cyane kurusha ahandi hantu bamenyereye gukinira.Nuko mbona ikipe y’Umwakagara hamwe na za magigiri batabikozwa,mbona ahubwo barushejeho kugira umwete wo kujya gukina uwo mukino maze baragenda batsindwa ibitego [12] ku busa bagaruka bakozwe nisoni kubera kutumvira umusifuzi inama yabagiriye.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,uko ubonye batsinzwe umukino w’umupira wa maguru(Amacenga yuburiganya)ninako bagiye gutsindwa urugamba rubali imbere kuko bamaze gucirwaho iteka n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Dore muri gakondo bahora bakuganira niwowe wabaye ikiganiro muri za office zabo,baba bivugira Umuhanuzi uko ahanganye na leta y’Umwakagara.Ndetse nabajyaga banga ijambo ry’ubuhanuzi,bagezeho babonako kurwanya ubuhanuzi ari ukurwanya Uwiteka Nyiringabo.None bahisemo kuyoboka ijambo ry’ubuhanuzi.

Nuko nerekwa ibyobo [6] bacukuye bihwanye ninzira [6] zubugambanyi nubugizi bwa nabi bwo gucisha igihanga Umuhanuzi AINESHA ngo barebe yuko baruhuka kongera kumva ibihanurwa.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,uko bazajya bakaza umurego wo kuguhiga,ninako nanjye nzajya nkaza umurego w’ibyago [7] bibategereje niko Uwiteka avuga.

kandi ubwoba buzajya burushaho kwiyongera mu gihugu kubwizaba bibateye ubwoba bizajya birushaho kubasatira kugirango babure amahwemo nk’uko batuma udahumeka ngo uruhuke ubone uko unkorera umurimo uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Save

Translate »
Skip to toolbar