Umugabane we,aguranye ibitukura!

Mar 29, 2017 Njyanwa mu iyerekwa mbona icyibo cyuzuye amagi y’INKOKO (bisobanura abadayimoni bagiye kuvuka(Guturagwa)mbona ko ngiye kuyafata nyafata nabi igice cyayo magyi ahita arameneka.Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abadayimoni bari bagiye kuvuka bahise bapfa bataravuka kuko inkozi z’ibibi zari zimaze gutegura abadayimoni bagiye ku kurwanya none baciriweho iteka n’uhoraho Uwiteka Nyiringabo niko Uwiteka avuze!

Nerekwa za magigiri zikora ibishoboka byose ngo zinyure mu bantu bose nigeze kuvugana nabo,zamenye zikoresheje ikoranabuhanga rya Tracking Phone.Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri zigiye gukora uko ijambo ry’ubuhanuzi ryali ryarakubwiye yuko bagiye gukora ibishoboka byose ngo zibashe kumenya gahunda zawe,none ntutinye ndetse ntukuke umutima ahubwo ukore kwa kundi ujy’ukora niko Uhoraho Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho,maze ndabwirwa ngo,dore mwana w’umuntu,za magigiri zifite ibyiringiro bikomeye cyane,yuko ziza ku kubona zitwaje inzira z’uburiganya zijyanye namategeko,ariko bararuhira ubusa nkumusambanyi wa gakingirizo,kandi dore barasa nabashinga umuhunda ku kirenge uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,dore inkozi y’ikibi y’Umukamba yoherejwe ku guhumanya,nuko rero wikorere gahunda yo kuba imbere y’Uhoraho Uwiteka Imana ya bakiranutsi,kugirango uburizemo gahunda zose zabadayimoni niko Uwiteka Nyiringabo avuga.

The word of the Lord comes from heaven onto me,and told me,son of man,thus how the Lor your God says.This is the you must think about it,the Rhema word was called Nationalizing: it means Transfer from private to state ownership (nationalization)

 Nerekwa nkora ikizamini cya Electronic Permit Liesence hakoreshejwe electronic ndagitsinda maze mbona inkozi z’ibibi zibabajwe ni uko ntsinze icyo kizamini mbona zikora ibishoboka byose ngo zigire inshuti zanjye zizabona uko zingeraho zibone uko zangiza gahunda zanjye n’umurimo w’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho avuga.Ubwo mbona zinjiye mucyumba narindimo maze nzima buji nacanaga,nzibwira yuko nta kibiriti mfite,nyamara narimfite imyambi [4] mukibiriti nzihisha ko nyifite zijya gushaka umuriro ziraheba nanjye nzicika gutyo!

Njyanwa mu iyerekwa mbona umunyankore wa Uganda(umuhutu)ambwira ngo ‘UBUMWE’yongeraho ati,NRM bisobanura “National Resistance Movement” (NRM) Law unit.Mbona ako kanya hashyizweho itegeko ribuza abanya Uganda gusoma ibinyamakuru uwakiguze atarabanza kwandikisha ikinyamakuru yaguze aho akorera cyangwa aho atuye cyangwa aho asomera icyo kinyamakuru kuko aho byacururizwaga hose habaga hafuguwe ibiro byandika abasoma ibinyamakuru amazina yabo,nizina ry’ikinyamakuru baguze,na Number y’ikinyamakuru baguze.

Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore NRM igiye guhura nikibazo gikomeye cyabayirwanya maze ishyireho amategeko menshi adasanzwe yo gukontorola abantu mu buryo bwose.Ibyo umunsi byabaye azaba ari wo muhero wayo uko niko Uwiteka Nyiringabo avuga.

Mar 30, 2017 nerekwa mu gihugu cy’IBABYLON buri muntu wese ukora muri leta ya Uhuru Muigai Kenyatta,ashaka kwikuriramo impamba mbere yuko leta ye irangira.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihugu barimo kugisahura wagirango kigiye kugurishwa bityo buri muntu akaba afite ubwo bw’uko atazogera kubona umugisha uturuka mu musaruro wicyo gihugu uko niko Uwiteka avuga.

Nerekwa ingabo zabo nazo,ari uko zikora,nazo zilimo kwikuriramo impamba mbere yuko leta ya Uhuru ytwa Jubilee irangira.Ubwo nabonaga buri wese aterura ibyo ashoboye,kuko yari imifuka yuzuyemo ifu y’ubugali nta watwaraga ibyo adashoboye kwikorera kugirango adafatwa akabazwa ibyo atwaye aho abijyanye.

Ijambo ry’Uhoraho rirongera rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihugu baragisahuye cyose uko cyakabaye abazafata let anta cyo bazasanga kuko bamaze gutakaza ikizere yuko batazatsinda amatora niko Uwiteka Nyiringabo avuga.

Nerekwa mu gihugu cy’IBABYLON ko hagiye gukoreshwa impanuka ikomeye cyane,kugirango abiyamamariza imyanya ya politike bazashobore gutsinda amatora.Ndabwirwa ngo,ibyo nibyo bitambo bagiye gutamba kugirango bazashobore guhabwa umusaruro wa maraso bamennye kuko imana bakorera niko zibategeko niko Uwiteka avuga.

Nerekwa umudamu witwa MaMan Daniel utuye mu gihugu cya Canada ku izina bamuzi nka Honoline,mbona arimo arwana intambara zikomeye za badayimoni,iruhande rwe hariho abandi badayimoni bashinzwe kumurangaza no kumuriganya,ijambo ry’Uwiteka rimbwira kumufasha ngiye kumufasha kurwana izo ntambara arampunga ahubwo akomeza kumvira abadayimoni bamuri iruhande bamugira inama kugirango barimbure ubugingo bwe.

Mbona umwana wa kabili kuri bucura bwe,agarutse kuntabaza,ndongera ndagenda na none arampunga,nerekwa Uwiteka Imana atanga impano ku bantu bashoboye kurwana izo ntambara mbona wa mwana we w’uuhungu wa kabili kuri bucura bwe,ahawe impano n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo nziza cyane naho nyina yibereye mugikoni yitekera ibifungurwa byo gushyira mu gifu cy’umubiri niko Uwiteka avuga.

Nerekwa umukuru w’igihugu cy’IBABYLON Uhuru Muigai Kenyatta afata ishati ye,ayishyira mu mazi kandi ariyo yaragiye kwambara.Maze igihe cyo kujya nama yari yatumiwemo,abwirwa yuko agomba kuza yambaye iyo shatsi(imilimo) maze mbona barayifashe bayitera ipasi ngo yume,maze barangiza igihe cy’inama cyarangiye atayigiyemo.

Abonye atayigiyemo,ahita afata ishyaka rye rya TNA ribarizwa muri Jubilee arigurisha RAILA Odinga kugirango ajye kwigurira Construction Company yubaka amazu no gukora imihanda mu gihugu cya Uganda.Ni uko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Kenyatta atsinzwe amatora none yigiriye mubucuruzi uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho mbona mpamagara Honoline(MaMa Daniel) ngo mubwire icyo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo amuntumyeho ariko yanga kuza kumva umuburo w’Uwiteka Imana Nyiringabo.Maze ndabwirwa ngo,rero ubwo yanze kumva imiburo y’Uhoraho yanyujije kumuhanuzi,nta byiringiro asigaranye byo kuzumva icyo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga uko niko Uwiteka amuburiye,kandi nuko avuga.

Nkomeza kwibera mu iyerekwa maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,kora amasengesho y’iminsi[2] kuko inkozi z’ibibi zohereje umuntu uje kuguhumanya.Ubwo haciyeho umwanya muto,mbona haje umudayimoni wihinduye umugore,wigize malaika w’Imana nawe arambwira ati,mwana w’umuntu,kora amasengesho y’iminsi [3] niko Uwiteka avuze!Ijambo ry’Uhoraho ringarukaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,uwo mugore ubonye ni umudayimoni wagerageje kwigira nkaho ari malaika ntumwumvira kuko uramutse ukoze ibyo akubwiye waba usuzuguye Uwiteka ibyo yavuganye nawe,ahubwo ukumvira Satani nuko Uwiteka akora.

Save

Translate »
Skip to toolbar