Uhuru na mugenzi we,ntabwo bazatsinda amatora nkuko ijambo ry’ubuhanuzi ryabivuze!

April 6, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona umwuka wikinyoma (Ihene) ujyanwa mu butayu bugufiya bufite uduti twa mahwa dufatanye nibihuru mbona izo hene zitangiye kurisha amahwa nabonaga ar’Isekurume ni nyagazi.Maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka wikinyoma winjijwe mu butayu bugufiya kugirango  isi yose imenye yuko Uwiteka ariwe Mana kandi ko ikinyoma nukuli bidashobora kubangikana niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona “INKA”ibice [2];igice cya zizanwa nabashinzwe kuziragira zari zagiye gusura STEVEN KALONZO MUSYOKA,uhagarariye ishyka rya “WIPER” Democratici Movement.Mbona izo nka zubakiwe inzu zinyuramo ariko mu nzira yazo ntarumuli rwali ruhari,ahubwo rwali mubikuta byubatse izo Nkingi zanyuzwagamo zisubizwa aho zaturutse!Igice cya mbere kirangiye hazanwa igice cya kabili,nazo zinyuramo ziragenda.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ubonye ziriya nka zinyujijwe muruzitiro?Ndasubiza nti,ndazibonye.Ndabwirwa ngo,dore hateguwe gutandukanya abagize ihuriro rya “NASA”National Super Alliance”kugirango batandukane,none abashyitsi bari batumwe gukora uriya mulimo kugirango UhuRuto  bazabone uko bakoresha Kalonzo(Water Meloon)umugabo ukunze kwivuguruza cyane utajya uhagarara hamwe,none dore abakuliye inzira kumulima ibyo gutandukana ntabikibayeho,kandi naho yagenda ntibyatuma NASA badatsinda ngo ubahagarariye abe ariwe usimbura UhuRuto ngo abe ukumukuru w’Igihugu.

Ubwo mbona baraduherekeje hamwe nabafasha babo,ariko ubwo twali twakuyemo INKWETObisobanura kudatahana (ubutumwa);hanyuma Kalonzo(Waterloo)yanga ko dutaha tutambaye inkweto zacu.Atwingingira kuzambara kugirango dutahe tunezerewe.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,uko biri kose mutahanye inkweto bisobanura ubutumwa bwuzuye uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona itorero ry’Imana yuko rigiye kujyanwa mu bugufiya,aho rizamara ibihe [2];mbona abayobozi bose bahamagawe mu nama yubutegetsi bajya kubwirwa cyangwa guhabwa amategeko akomeye bagiye kugenderaho.Iyo nama ntabwo yatumiwemo umuntu utarize,kuko yari yagenewe abanyabwenge bize bafite amashuli menshi.

Naho abatarize basigara bategereje kumva icyo abayobozi babo babwiwe kujya kubwirwa mu butayu bugufiya,mbona ITORERO rya Kristo yuko rigiye kwigishwa n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,aho rizamara amasaha [60] ni minota [240] kugirango rizabe rimaze gutunganywa.

Abo bayobozi bamaze gukurwamo bajyanywe kwigishwa mu butayu bugufiya,mbona hamanutse umunezero ukomeye cyane abantu batangira kunezerwa bararya baranywa,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore itorero ry’Uwiteka Nyiringabo barisigiye umugora kandi abagabo bahari.

None zamuka ugende wegeranye ziriya ntama z’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo kugirango hataza ikirura giturutse mu butayu burebure cyikazimra bunguri.Ndazamuka ndagenda nsanga intama zamaze guterena kandi zamaze kwegerana ku buryo utabona aho wanyura cyangwa aho wahagarara maze nyura nzijya imbere ndikuririmba ikorasi y’igiswahili ivuga ngo anaweza,anaweza Yesu,numva undi mukobwa ayiririmba ndaceceka kugirango akomeze aririmbe bityo intama z’Uhoraho zirusheho kumva yuko Uhoraho ashoboye!

Ariko mbona munsi y’umusozi wariho ubwo butayu,hasigaye abandi bashumba batize,bahita nabo bategura amafunguro meza kandi ku buryo bwihuse.Numva barantumiye bashaka kumvikana uburyo nabo bagiye kuyobora intama z’Uwiteka zasigaye.Ariko nubwo babigenzaga gutyo,ntabwo bari barize,ahubwo basaga nabashumba b’INKA,baje kwisanga barageze mu mukumbi w’Uwiteka.

Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ntujye muri iriya nama kuko itagamije gukorera Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,ahubwo igamije gusimbura bariya bashumba bajyanywe kwigishwa mu butayu bugufiya.None bariya babonye yuko badahari,babonye umwanya wo gukora inama kugirango bumvikane uko bagiye gushumba intama z’Uwiteka Nyiringabo kugirango babone uko bazajya barobamo izibyibushye bazirya ibinure.

Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore Uhoraho yakugiriye ikizere,none agusigiye umukumbi wiwe,kugirango ubashe kuwurinda.Uramenye ntuzemerere amasega yuko yinjira mu mukumbi w’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ngo utatanye intama z’Uwiteka usigiwe kumanywa yihangu(dayright) kuko Uwiteka yakugize umucamanza uca imanza zitabera kandi ni ntama uko niko zibizi,ufite ikibazo cyose cyangwa agifitanye na mugenzi we,bajye baza I RAMA ubacire urubanza kugirango hagati muri bo hatabamo intonganya na mahane no kutumvikana bityo amasega akabona aho yinjirira akabatatanya uko niko Uwiteka abitegetse!

Nerekwa Cabinet secretary ushinzwe imali mu gihugu cy’ibabylon witwa Henery Rotch,acirwaho iteka ahinduka ikimuga cya burundu.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Henery Rotch yanze gukiza abanyaKenya bishwe ninzara afata ubutunzi bwose buri mububiko abagabana na bakuru be,abandi batatanira mu mashyamba bicwa ninzara none dore azajya agenda akambakamba kuko yirinze kugirira neza abanyaKenya bagenzi be,kandi mu kigega cy’igihugu hatabuzemo ibyabakiza niko Uwiteka avuga.

Save

Translate »
Skip to toolbar