Ikinyoma cyo gusiga ivu,no gusubira kwa Bikiramariya mu Ijuru.

Benedata Umwami  w’Abakiranutsi  Yesu Kristo Ashimwe.Reka tuganire kuri bimwe tujya tubona mu ma dini  abashumba cyangwa se abapadiri bajya bakora bitewe n’inyigisho z’ibinyoma batanga bigatuma bamwe mubo bayobora baba abayobe kandi twari tuzi yuko bakadufashije mu nzira ijya mu ijuru (gukiranuka) tujya tubona Kiliziya Gatorika hari umunsi bizihiza ngo ni uwo gusiga ivu ubwo muri icyo gihe abakristo usanga bagana ku kiliziya nta wubuzemo.

 Bakabasiga iryo vu ku gahanga  bakarisigaho  mu kimenyetso cy’umusaraba bavuga ngo wavuye mu gitaka uza gisubiramo,dusomye muri Bibiliya mugitabo cyo kubara 19:1-10 tubonamo uko Uwiteka yabwiye Mose na Aroni iby’igitambo cy’iriza y’igaju n’amazi ahumanura. Ibyo byakorerwaga  Abisirayeli bagafata  inka y’iriza idafite inenge cyangwa ubusembwa bakabizanira umutambyi Eleyazeli agafata amaraso yiyo nka n’urutoki akayamisha inshuro 7 yerekeye ihema ry’ibonaniro.

 Bakotsa iyo nka  agafata ingiga  n’umwerezi n’agati kitwa Ezobu n’agatambaro k’umuhemba akabijugunya muri wa muriro  maze umuntu udahumanye  akayora ivu  Iteraniro ry’Abisirayeli bakarivanga n’amazi ngo ribabere iryo kubahumanura  igihe bakoze ibyaha kikaba aricyo gitambo bakoreshaga.

Uwiteka yabwiraga Mose na Aroni gukora ibyo kuko umwana wayo w’ikinege ariwe Yesu Kristo Umwami w’abakiranutsi yarataraza mu isi ya bazima ngo atubabere igitambo kera kizima kandi kizahoraho, ngo tubabarirwe ibyaha  muriwe nimo tubonera Agakiza;Imbabazi kubw’amaraso ye yigiciro yaducunguje.

Ntihakiriho gutamba inka;intama;intungura byakuweho n’amaraso ya Yesu  kandi yitanze rimwe gusa, ku musaraba Igorogota .Ngirango murabona impamvu Abisirayeli bakoreshaga iryo vu, naho Padiri kuko nta nyito  abifitiye aravuga ngo wavuye mu gitaka uzagisubiramo. Nonese ko Yesu yatwitangiye ibindi bakora babeshya abo bayoboye ni ibyiki? Ubwo twavuga ko bo bacyemera ibyo bitambo bya mbere kandi bakavuga ko bemera Umwana w’ Imana ariwe Yesu Kristo murabonako harimo ibinyoma byinshi kuko abakristo benshi ntibasomaBibiliya bakagendera muri uwo munyenga w’ubuyobe.

Hari undi munsi bizihiza muri uku kwezi kwa mu nani(Kanama)  Taliki 15/8 buri mwaka  witwa Asomusiyo ngo ni ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya  Kandi iyo dusomye mu gitabo cy’1 Abami 12:1-33  tubonamo uko ubwami bwa b’Abisirayeli bwigabanijemo kabiri  bitewe na Rehobowamu na Yerobowamu uyu mwami ya yobeje abisirayeli abaremera ibigirwamana bikozwe mu nyana ebyiri mu izahabu.

Abwira abantu ati byabarushyaga kujya i Yerusalemu  wa bwoko bwa Isirayeli we, ababwirako ibyo bigirwamana arizo mana zabakuye muri Egiputa imwe ayishyira  I Beteli indi  I Dani ategeka ko haba ibirori n’iminsi mikuru yo gutambita ibyo bigirwamana  umwami Yerobowamu ubwe niwe wahisemo umusni wa cumi n’itanu y’ukwezi  kwa mu nani uwo munsi ugeze ajya gutambirira ibyo bigirwamana yakoreye ubwoko bw’Imana bwa Israel.

Ashyiraho abatambyi muri izo ngoro yubatse aharemera ibirori ajya ku gicaniro ahosereza  imibavu .Mbibarize  buriya se Kiliziya Gatorika  ndetse na Anglican church bizihiza uyu munsi mu kuru w’ibigirwamana by’umwami Yerobowamu ngo ni Asomusiyo  bakabeshya abakristo ngo ni ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya kuko baba babuze indi nyito babyita kuko bazi nezako  ari kinyoma  bakavugako abo bayoboye badashobora  kumenya ukuri kwibyanditswe byera bakabyitirira Umwali Mariya kuko tuzi ko ariwe wabyaye Umwami Yesu  asamye iyo nda mu buryo by’Umwuka  kuko ikibyawe n’Umwuka nacyo ni Umwuka. Ikibyawe n’umubiri nacyo ni umubiri, kandi iyo dusomye Bibiliya neza ntaho tubona andi mateka Mariya Imana ya mukoresheje cyangwa ngo tubone uko yagiye mu ijuru, ntaho tujya tubibona.

Ariko kugira ngo bigarurire imitima y’abayoboke babo bagashyiramo ibinyoma byinshi  bakabayobya doreko abenshi mu b’abakristo batajya basoma za bibiliya bakayoba gutyo! Kandi aba bashumba cyangwa se Abapadiri ntibayobewe ko Taliki ya 15/8 bizihizaho cyangwa baramya ibyo bigirwamana by’umwami Yerobowamu.

Ubwo ni ukuvugako baramya ibigirwamana aho kuramya Imana Rurema  murumvako rero kudasoma Ijambo ryayo ubeshywa byinshi ubwo rero muhitemo uwo mukwiriye kuramya uwo ariwe, niba ari Imana Rurema, cyangwa se ibigirwamana!?  Murumva  aho uyu munsi waturutse n’impamvu yabyo.

None mwe muwizihiza mu kandi kanya ngo mwemera Imana ubwo murumva haraho bihuriye? Mu kwiye kuva mu kinyoma mu kayoboka inzira y’ukuri  musome neza Ijambo ry’Imana muzahishukirwa byinshi bityo ikinyoma kirangire Tuyobowe n’Umwuka Wera

Translate »
Skip to toolbar