CEO Ezra Chiroba wa IEBC komisiyo yamatora yobeje indege ilimo ibikoresho byitumanaho bhwanye na miliyoni 800 za mashillingi

Nyuma yuko ijambo ry’ubuhanuzi risohoreye mu gihugu cy’ibabylon umukuru w’igihugu agakorwa nisoni nkuko ubuhanuzi bwabivuze ko azakorwa nisoni imbere yamahanga,niko byaje kugenda ubwo komisiyo ya matora ya IEBC kugeza ubu yacitsemo ibice [2],urukiko rwikirenga (Supreme Court of Kenya) rwanzuye urubanza rwa matora taliki ya 29 kanama,2017 ubwo rwafataga icyemezo cy’uko amatora y’umukuru w’igihugu asubirwamo.

Amakuru aturuka mu gihugu cya Kenya,aravuga ko,umukuru wa kanama gashinzwe amatora Dr.Chibukati Wafula yasabye murwandiko CEO Ezra CHIROBA,umuhuzabikorwa byakanama bashinzwe amatora muri icyo gihugu,kuba yamuha ibisobanuro bijyanye nuburyo amatora yagenze kuko bamuhaye amakuru atandukanye nibimenyetso byurukiko byatanzwe nabatavuga rumwe na leta ya jubilee bibumbiye mu ihuriro rya NASA.

Mu byo yamusabye harimo no kumwereka telephone zaguzwe zikoreshwa na Satellite zari zaguzwe ngo zikoreshwe mu matora yabaye taliki ya 08 kanama 2017.Amakuru avuga ko izo telephone zihwanye na gaciro kamiliyoni zigera kuri (800,000,000) zamashillingi ya Kenya.

Bwana Ezra Chiroba yakuwe kumwanya we ejo hashize taliki ya 06 Nzeri,2017 kugirango akorerwe iperereza hamwe na bandi bakoze [6] bategerejwe gukurwa mu myanya yabo abo akaba ari bo bakoranye na leta ya jubilee iyobowe na Uhuru Kenyatta mukwiba amajwi yibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu.

Ariko nubwo byagenze gutyo,Chief Justice umukuru w’urukiko rukuru DAVID MARAGA,yatangaje abantu cyane ubwo yatangaga ubutabera yise ko budakwiriye agatanga itegeko ryemeza ko amatora asubirwamo.

Amakuru avugwa mu bantu,bivugwa ko,ngo leta yohereje CS Matiangi ushinzwe ministeri yuburezi warikumwe na bandi bagabo [4] bagiye murugo rwa CJ Maraga bamushyira umufuko wa mafaranga yuzuye umufuko wa kilo 100 bamusaba ngo aburizemo urubanza rwa NASA itavuga rumwe na leta iyobowe na Eng.RAILA Odinga.

CJ yababajije impamvu baje kumureba kandi urega atarazana urubanza Babura icyo basubiza,gusa bamubwiye ko ngo hashobora kubamo utunenge ariko tudakomeye rero arautse abyemeye yakwemera impano bari bamuzaniye maze akazareba uko yaburizamo utwo tunenge.

CJ Maraga basanze agiye gutangira isabato yahise ababwira ko yarahiriye imbere y’Uwiteka Imana Nyiringabo,ko azatanga ubutabera bukwiriya mu banyagihugu ba Kenya.Ibyo nta bwo byahagarariye aho,ahubwo bafashe miliyoni zigera kuri (500,000,000) zamashilling ya Kenya bazishyira kuri konti ye.

Amakuru avuga ko bamutelephone bamubwira ko bamushyiriyeho kuri konti ye impano ingana na miliyoni zigera kuri (500) maze abasubiza ko ayo mashillingi adahwanye numushahara we kandi atigeze ayakorera bityo rero bakaba basabwa kuyakuraho kuko atayakeneye.

Ibyo babonye yuko bitabafashije nibwo bagiye kwishuri aho umwana wa CJ yiga baramushimuta maze bamutegeka guhamagara ise umubyara (CJ.Maraga)bamubwira ko ngo yamubwira ko bagiye kumuca igihanga niba adatangaje ko Kenyatta ariwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu.

Amakuru avuga ko ngo CJ yamubajije nimba barikumwe nawe,umwana we aramwemerera amubwira ko barikumwe.Maze aramubwira ati,ubabwire bakwice ako kanya ahita azima telephone nibwo yategetse abacamanza bose hamwe nabasirikare babarinda abatwara kuri hotel yitwa LA ROSA iherereye westlands yambura abacamanza bose nababarinda za telephone arazizimya bazisiga kurukiko rukuru aho bakorera maze bajya gukorera muriyo hoteka bafata imyanzuro yurubanza bahavuye baza gutagaza imyanzuro yurubanza nibwo batangazaga ko NASA basanze yatsinze urubanza yuko amatora atagenze neza bityo urukiko rukaba utegetse ko asubirwamo.

Amakuru afite gihamya avuga ko komisiyo ya matora IEBC yaba yacitsemo kabiri kubera leta ya jubilee iri kuruhande rwa CEO umuhuza bikorwa wayo,ikada idashaka ko yakwirukanwa agakurwa muriyo komisiyo ariko kandi amategeko akaba atamwemerera kuba yakongera kuba umwe mu bahagarariye amatora y’umukuru w’igihugu.

Jubilee ikaba ifite ubwoba bwinshi ndetse ni mpungege z’uko abo yakoresheje baba bagiye kwirukanwa kandi yarabatanzeho intonorano zitubutse.Mukanya kashize uyumunsi taliki ya 07 Nzeri,2017 basohoye itangazo rirwanya umukuru wa kanama ka IEBC CHIBUKATI WAFURA,ngo ntabwo yarakwiye gusaba ibisobanuro EZRA Chiroba kandi nyamara bivugwa ko IEBC yigenga itavugirwa.MKUKI kwa NGURUWE ni tamu lakini kwa mwanadamu ni chungu.

 

Translate »
Skip to toolbar