Imandwa zabwiye Umwakagara yuko azicwa umwaka utaha wa 2018!?

NOV 1, 2017 njyanwa mu iyerekwa noherezwa kujya kureba inzabibu za data ngo ndebe uko zimeze,ngezeyo nsanga zararaye zarabuze uwazikorera.Ariko usibye kuba zari zifite amashami menshi cyane yaguye,nta bwo zari zimeze nabi cyane.Ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,shaka umugaragu umwishyure maze ajye gutunganya inzabibu z’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko Uwiteka abitegetse!

 

Uhoraho Uwiteka atanga urubyaro kubagabo batabyaraga:

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,humuriza abagabo badafite cyangwa batabonye urubyaro kubera impamvu zikurikira (i) Kugeragezwa n’Uwiteka Imana Nyiringabo(ii)kumpamvu za badayimoni cyangwa inkozi z’ibibi ko Uwiteka ategetse ko inda zabo zibyara zifunguka kugirango bahabwe urubyaro uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.NB:Ibi nta bwo bireba ababana mu buryo bunyuranye numugambi w’Uwiteka Imana Nyiringabo!!!

Umugambi wo guhindura bibiliya,no kuyobya abari mu isi:

Njyanwa mu iyerekwa mbona inkozi z’ibibi zitegura umugambi wo kuburizamo bibiliya (ijambo ry’Imana) ndabwirwa ngo mburire ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ngo ufite bibiliya year ayikomereho kuko izihari bagiye kuzigura zose bazimaraho.Maze bagatanga intonorano mu macapiro atunganya bibiliya bagasohora  izanditse ukundi kugirango bayobye ijambo ry’Imana uko ritavuga uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Kandi nerekwa ko izo bibiliya bagiye gukora bagiye kuzizaana vuba cyane kugirango bashyire umugambi wabo mubikorwa.Bazazizamura ibiciro cyane byikube kabili kuirango abenshi bananirwe kuzitunga,no kugirango bikuriremo akayabo gatubutse kavuye mukinyoma uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.Ndetse nibitabo byindirimbo(Indirimbo za gakiza,nizo gushimisha) cyane ibyo muri gakondo ya bakiranutsi nbyo bizazamurwa ibiciro kuko ariho hari isezerano ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Bazabizamura ibiciro bakabihanika kugirango abantu bananirwe kugura bibiliya basigare basomerwa badashobora kwisomera.NB:uzashobora kuyigurira nabwo najya kugura azagure iyanditsemo ibinyoma idahuye nukuri ku ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko Uwiteka abivuze!

Intambara ikomeye hagati ya UNHCR na leta ya FPR:

Njyanwa mu iyerekwa mbona ko hagiye kubaho ikibazo cy’impunzi za banyarwanda gikomeye hagati ya UNHCR na leta y’uRwanda.Mbona ko Umwakagara yariye karungu asaba ko uRwanda ari nta mpunzi rugira,naho UNHCR nayo ikamwereka ko impunzi zihari kandi ko amategeko azemera.Nerekwa mbona Umwakagara yikura muri ayo masezerano,habaho kuburana gukomeye cyane mbona ko nanone habuze igisubizo hagati ya baburana bombi uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Inyama zo mu makopo zohumanywa:

NOV 2, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona ibikorerwa mw’isi yabazima birimo gukiranirwa;mbona inyama zishyirwa mu makopo zitunganywa na za society zitandukanye,mbona ko umwanzi yize andi mayeri yo kuzihumanya kugirango abazajya bazirya binjirwemo numudayimoni wo kwanga ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Ndabwirwa ngo mburire abo bose bakunda kurya izo nyama zo mu makopo yuko zamaze guhumanywa bityo abazikoreshaga babihagarike kugirango batazahumana niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

NASA binjira mu butayu bugufiya:

Nerekwa ihuriro rya politike ryitwa NASA ritavuga rumwe na leta ya Kenyatta,rijyanwa mu butayu,mbona basaba ko hongera kuba amatora hanyuma mbona ko aribo bonyine bemerewe kwitoza nkuko Kenyata nawe yitoje winyine.Nabonaga bajya gufata abantu kwa muganga baharwariye bashyigikiye NASA bakabajyana bagatora bakabasubiza mu bitaro aho bari barwariye uko niko Uwiteka Nyiringabo abihishuye!

Agnes ajyanwa mu butayu bugufiya:

Nerekwa umudamu twakoranye umurimo wo kuririmba muri Eglise VIVANTE witwa Agnes ubu asengera Muri Assembles of God Inyamirambo.Mbona aryamishijwe mu butayu bugufiya cyane atabasha kwiguka kubera igihano yahawe n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ko yatutse kandi akanegura Umuhanuzi w’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Intambara ikomeya ya RUSSIA na USA mu gihugu cy’ibabylon:

Njyanwa mu iyerekwa mbona RUSSIA na USA bahanganira mu gihugu cy’ibabylon,RUSSIA ibonye ko iigye gutsindwa,isiga itabye za bomu zizatuma ibisasu by’abanyamerika bidashobora guturika mu gihe hazaba habaye intambara ya lll yisi yose uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa ko abanyarwanda baturutse Tanzania batuye murwagasabo bagiye gufungirwa amazi numuriro nta kazi bazongera guhabwa muri leta y’Umwakagara,ndetse nabagafite bagiye kwirukanwa muri leta ngo barazira ko bakunda ubwami bw’uRwanda uko niko Uhoraho Uwteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa imandwa z’Umwakagara zimubwira yuko Umwakagara atazarenza umwaka utaha ngo abanzi be baba bamuteguriye kuzamuhitana mu matora ya bashingamateka azaba umwaka utaha wa 2018 niko Uwiteka Nyiringabo abihishuye kandi niko abivuga.

Intara ya KARAGWE yinjira mu butayu bugufiya:

Njyanwa mu iyerekwa mbona intara yitwa KARAGWE yahoze kuRwanda igaruzwa kuri gakondo ya bakiranutsi,ndetse abahatuye bose bongera gusabana na bene wabo bari baratandukanye maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe biregereje kuko ibyo Uwiteka yavuze,no kubikora ntazabura kubikora uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa abagore [3] bacuruza mu maduka imyenda yo kwambara(umurimo w’Imana) bisobanura abanyamadini [3] mbona ko bemera kandi bagakurikirana ijambo ry’ubuhanuzi rya buri gihe uko Uwiteka Nyiringabo aribagejejeho.Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore amadini [3] muri gakondo ya bakiranutsi arifuza gukorana n’Umuhanuzi nyuma yuko bamaze kubona ko ijambo ry’ubuhanuzi uhanura rituruka k’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

NOV 3, 2017  nerekwa umwuka wuburiganya uherekejwe nubusambanyi,byoherejwe kuza kuriganya Umuhanuzi umugaragu w’Uwiteka Nyiringabo.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,urabe maso cyane kuko umwanzi agutegeye murugwiro kugirango ugwe mu mutego niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Kenyatta yamburwa ubutegetsi:

Njyanwa mu iyerekwa mbona umukuru w’igihugu cy’ibabylon Uhuru Kenyatta agenda nibirenge (bisobanura kutagira ubutumwa bwabanyagihugu.No kuba ubutegetsi bitakiri mu maboko ye,yamaze kwamburwa ubuyobozi.Ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibintu by’ibabylon brakomeye cyane,nta makuru yerekeranye nugiye kuba umukuru w’igihugu,igihugu cyose kiri mu mwijima.

Kandi ibirimo gukorwa byose birakorerwa munsi y’inyanja,kandi amadini ya banyaKenya bo mu bwoko bwabakikuyu bifuzaga ko Kenyatta yongera gutegeka,dore binjiye mu mwijima uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa icyegera cy’umukuru w’igihugu William Ruto Samuei aherekeje intumbi yitwa Jubiee abanyaKenya bangenda bamuseka ko aherekeje intumbo,ariko we yarazi ibyo alimo gukora kuko atigeze ayifuriza ineza kuko yarazi neza yuko atazigera ajya kubutegetsi bituma nawe ayisenya mbere yuko ibugeraho uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Inzara ikomeye igota Umwakagara ningabo ze:

NOV 4, 2017 njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona ibitaboneshwa na maso ya bana b’abantu,nerekwa hatera ubukene butigeze kubaho mwisi ya bazima.Mbona inzara ikomeye cyane itarigeze kubaho muri gakondo ya bakiranutsi.Mbona Umwakagara ajya kugura ibyo kurya byabasirikare(Umuceri) kuko ataragifite amafaranga ahemba ingabo ze ngo zigurire amafunguro(Rations).

Mbona Umwakagara avuga amagambo menshi cyane yisobanura ku ngabo ze KDF,ariko biranga biba ibyubusa nti bamwumve kuko bari bageramiwe cyane.Nerekwa abasinzi binzoga bo mu bwa batutsi babura amafaranga yo gutwara mukabari,kubera inzara nyinshi nubukene bwinshi, mbona badukanye imico yo kwiba imyenda yanitse hanze bameshe (VESTE) cyangwa isengeri bakajya kuyigurisha ngo babone amafaranga yo kujya kunywera uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ubukene bwinshi mu ba Pastors:

Nerekwa aba Pastors baterwa nubukene bwinshi cyane,noneho bahimba amayeri yo kuzajya bahura bagakora ibyo bise guhana impano (Gift) kugirango barebe ko babasha kuramirana kuko ibihe byari bibi cyane.Ariko murizo za gift nta cyintu gikomeye cyabaga kirimo usibye isabune zo kumesa(gifula)nabyo nta cyo byabamariye.

Gen.James Kabarebe ajya kurangiriza STRESS mu banyeshuli ba mashuli abanza:

Nerekwa imodoka baraziparitse kubera kubura amavuta yo kuzishyiramo ngo bazigendemo,uwagendaga mu kinyabiziga yabaga ari umugabo ugasiba undi!Nerekwa Gen.James Kabarebe bimuyobera avugagura amagambo menshi kubera ibibazo byinshi bidafite ibisubizo ahitamo kujya mu mashuli ya Primary amashuli abanza kujya kubaganiriza ngo arebe ko yarenze umunsi uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ibyahanuwe mu irango ryo mu irembo ya gakondo ya bakiranutsi:

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibyahanuwe mu Igice cya (1-3) cy’ubuhanuzi ndetse no mu Igice cya (4) cy’ubuhanuzi bigeze mu irango ry’irembo rya gakondo ya bakiranutsi uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.References www.egretNews.com

Umudayimoni ukomeye yohererezwa Umuhanuzi:

Nerekwa umudayimoni wo mu bwoko bw’IMBOGO umudayimoni winkazi cyane,mbona ko uturutse imbere y’Umuhanuzi mu nzira ya kaburimbo(nzira yo gukiranuka)ariko kuruhande hariho agahuru yihishamo hamwe na bandi bantu bari imbere ye bategereza ko ya MBOGO ikomeza kuza ngo ihure nabo barayiheba.Bitewe ni uko umuhand anyabagendwa wose wakagamo amasharazi amatara yo kumuhanda byatumye uwo mudayimoni biwugora gukomeza kuza guhura nabagenzi berekezaga IZION uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa uwahoze ari ISKOTI wa ‘Comissioner Rumanzi George’wumujyi wa Kigali ahabwa ikigori cyokeje mbona akomezanyije nabagore barikurubaza (veranda) bamutegereje agenda yihuta cyane abakurikiye cyane bagenda mu mvura ibanyagira.Mbona umugenzi Kazi,nawe wajyanywe mu butayu bugufiya kujya kwigishwa kugendana n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,nawe mbona ategurirwa ikigori cyokeje kugirango nahuguka agihabwe(bisobanura ikigeragezo cyihuse) uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Translate »
Skip to toolbar