Umwami YUHI VI n’umwiru mukuru Chancellor B.B bategetswe kwihanira ubwami bw’uRwanda kugirango binjire mu isezerano ry’Uhoraho Nyiringabo

Jan 12, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona abasore b’abanyarwanda bikorera imifuka,kubera kubura akazi ko mu biro(Bureau or  office) ubuzima bubarembeje bahitamo kuzajya bikorera imifuka yabacuruzi nabagenzi.Mu gihe abanyarwanda baturutse Uganda barimo babingingira akazi ko mu biro(office)bakanga kugakora bavuga atarikeza bashaka akeza kurushaho uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

 

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abasore bo mu bwoko bwa batutsi bagiye kongera kuba abagaragu ba bene wabo baturutse Uganda (RNC)kuko bagiye kujya kwinjira mu gisirikare bakongera kuba abaja nkuko namwe mwabaye abaja b’abega.

Ubaburire kugirango umunyabwenge azamenye uko yigenza,kuko naho bakuraho Umwakagara nihahandi habo bazakomeza kuba abaja kandi bazicuza cyane impamvu bagiye kwifatanya na RNC,nyamara aho kuzabyungukiramo,ahubwo bazabihomberamo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Mbona abo batutsi bene wacu baturuka mu gihugu cy’UBUPERESI,bavuga ko,ibikorwa byitangazamakuru ry’INYANGENEWS MEDIA AGENCY’ ribangamiye ibikorwa by’ubucakara bikorwa na bene wacu bitwaje intambara yo gufata ubutegetsi bakaba aliyo bagira agakingirizo baking mu maso ya rubanda kugirango bibonere ubutegetsi niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa ko bafite ishyari ryinshi cyane ngo kuko ikinyamakuru inyangeNews kibabujije amahwemo,kuko gishyira ahagaragara amabanga akomeye cyane abaturage batari bakwiye kumenya.

Mbona ko bakoze ibishoboka byose ngo basenye itangazamakuru ry’inyangenews ariko birabananira bisa no gushinga umuhunda ku kirenge,ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,urabe maso cyane kuko umwanzi (RNC na FPR) baraguhagurukiye ariko ntutinye kandi ntugire ubwoba uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Dore umwuka w’ikinyoma ukomeje kwihagararaho,wishingikirije imbaraga z’uburiganya bw’umwana w’UMUSITA,nyamara birengagiza yuko ikinyoma cyamaze gucirwaho iteka n’ubuhanuzi bw’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uwiteka Nyiribihe byose abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona RAILA Odinga,asaba ko,amatora  y’umukuru w’igihugu yasubirwamo.Mbona ko byitiriwe RAILA Odinga ko ariwe ushaka amatora,ariko inyuma ye,hihishe icyegera cy’umukuru w’igihugu William Samuei Ruto.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyo ijambo ry’ubuhanuzi bwavuze birasohoye,yuko Kenyatta natemerera mugenzi we gutegeka manda ya (ii) atazabura gukorwa nisoni mu marembo ya mahanga uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona ibinyabiziga byo mu bwoko bwa amakamyo [2] ahurira mu muhanda urambaraye,iyazamukaga yari yanditseho Kenyatta,naho iyamanukaga yanditseho Raila maze zihurira ahatambitse maze ikamyo  ya Raila yari mu nzira nyabagendwa naho iya Kenyatta yari kuruhande gatoya,maze iya Raila igonga iya Kenyatta ita umuhanda yigama kuruhande maze ikamyo ya Raila isigara yonyine mu muhanda.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umukuru w’igihugu cy’ibabylon yirukanywe ku ngoma nkuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ryabivuze uko niko Uwiteka abivuze!

Njyanwa mu iyerekwa mbona abega bahamagaza umuryango wa benegitori,ngo baterekerere Umuhanuzi bamwambure imbaraga zo guhanura maze bamuteze inyuma mibi.Mbona ko abenegitori bibashimishije cyane,ngo nabo bagiye kuboneraho akaryo ko kugaruza imigisha ye bari baratwaye akongera akayigaruriza uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,aba bantu bakabije gukiranirwa mu maso h’Uhoraho Uwiteka ushobora byose.None ongera ubacireho iteka rya burundu nako Uwiteka yari yarabasigiye nako gakurweho N°0098/0001/0018 uko niko Uwiteka Nyiringabo abitegetse!

Njyanwa mu iyerekwa mbona abana b’abantu babajwe nibikorwa by’umurimo Umuhanuzi akora yahawe n’Uhoraho Uwiteka Imana yo mu  ijuru,mbona bakomeje kwitotombera ibikorwa byucamanza yashinzwe n’Uhoraho Nyiringabo.Mbona bagize ishyari ryinshi cyane ariko nyine imbaraga zabo ziherera mukuvuga uko niko Uwiteka abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona MaMan Deborah wabyaye Umuhanuzi Kazi,akavukira mubiganza by’Umuhanuzi Majeshi Leon AINESHA umugaragu w’Uwiteka Imana  Nyiringabo.Mbona azengurutswe na mazi menshi cyane aho atuye kuburyo ayo mazi yumuvu yatembaga yageze no kuri nyirinzu ubacumbikiye(Land Road)maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira uwo mu byeyi uti,kuko wanze kumvira ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo,uku niko Uwiteka avuga.

Dore arekuye ibyago akaga na makuba kugirango bikugereho,kandi bizagera no ku bantu bose begeranye nawe kugirango hatazagira umuntu numwe wazagufasha kugirango umenye yuko wanze kumvira Uwiteka Imana yawe ukamera nka YONA watumwe itarushishi akanga kujyayo bigateza ibyago abo yarikumwe nabo bose.Ibyo biraje vuba cyane kandi nta bwo bizatinda niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona Gen.Kayumba Nyamwasa yifashe mapfubyi yitangiriye itama,asa nuwumiwe kubera ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo ritamworoheye rikomeje kumwamagana kubikorwa arimo yubakira ku kinyoma arimo gukwirakwiza mu bwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho abivuga.

Jan 13, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona Umwakagara akwirakwiza intonorano muri CID yo mu gihugu cy’ibabylon ngo kugirango bakore ibishoboka byose bate muri yombi Umuhanuzi AINESHA bamuce igihanga.Mbona aba police bashyirwa ahantu hose bakeka ko ashobora kuba ajya ahanyura  cyangwa akahakorera kugirango naramuka anyuzeho bamute muri yombi.

Mbona abo ba police bihisha mu bita byo kumuhanda bakora ubulinzi uhereye mu gitondo kugeza nimugoroba saa 5:30 baraheba bakurayo amaso barataha.

Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abega nta bwo bajya bemera ko umwuka w’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ukorera ko yaguhaye amaso yo kubona ahubwo bahora bumva ko ukoresha ukoresha ubwenge bwa muntu,ndetse akaba ariyo mpamvu bavuga ko bagifite ibyiringiro byo kugufata bakaba badacika intege.

Bareke bakomeze kuzageza igihe bazamenyera yuko umwuka w’Uwiteka Imana Nyiringabo ukorera muri wowe,nibamara gukora ibyo bibwira byose bakananira bazamenya ko umwuka w’Uwiteka akorera muri wowe uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa umwuka wurukoza soni,ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,uramenye ntusohoke kuko hanze hatameze neza,kuko inkozi z’ikibi zatangatanze hirya no hino,zibwira yuko zishobora ku guca iryera,nuko rero wirinde cyane kugirango utabagwamo niko Uwiteka akuburiye.

Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona radio Rwanda izengurutswe n’umwuka wurukoza soni,ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,mugihe gito cyane,radio Rwanda igiye gukorwa nisoni kugirango bimenyekane yuko umwuka w’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo aba muri wowe uko niko Uwiteka abivuga.

Nerekwa abanyarwanda bahabwa ibigori bitetse(ikigeragezo)ariko kidakomeye cyane,mbona barimo kuburya babicuranwa,ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,abo muri gakondo ya bakiranutsi bagiye guhabwa ikigeragezo ariko bashobora ku cyihanganira uko niko Uwiteka abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona za magigiri zigerageza gukoresha ikoranabuhanga ngo zihagarike ama articles akoreshwa mu gukora sharing kumbuga nkoranyambaga,ariko birabananira uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona ambasaderi wa USA ukorera mu gihugu cy’ibabylon GODEC yoherezwa mu gihugu cy’UBUPERESI kujya guhura n’Umwana w’UMUSITA ngo bavugae vuba na bwangu ibyikurwaho by’Umwakagara ko bikwiye gukorwa vuba cyane bishoboka uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona hoherezwa bomb ikomeye cyane iragenda igwa muri gakondo ya bakiranutsi,abantu bose bafatwa nibitotsi bahita basinzira nk’amasaha [3] ababikoze bakora za operation zabo ntawubahagaze hejuru bararangiza abakagara ntibarabukwa uko niko Uwiteka avuga.

Njyanwa mu iyerekwa  mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo,mbona utegeye kugicumbi cy’ubwami bw’uRwanda,ariho bategeye Umuhanuzi.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,urabe maso cyane kuko umwanzi yamaze kwiga amayeri kugirango bagute mu mutego uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Jan 13, 2018 nerekwa inyama zitetse,nizndi mbisi barimo kuzitera imirwi,ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,harimo gukorwa ubugambanyi bw’uburyo bubiri kugirango bagute muri yombi,wirinde cyane kugirango umwanzi atabona urwaho uko yakugeraho niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Jan 14, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona icyegera cy’umukuru w’igihugu cy’ibabylon William Ruto asaba kumugaragaro yuko amatora yasubirwamo,aho kugirango igihugu gicikemo kabiri.Mbona icyegera  cy’umukuru w’igihugu ajya muri rubanda hasi cyane asaba abantu kutazatora ihuriro rya politike Jubilee Alliance Party(JAP)ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe bikoze umurimo wabyo nkuko wabihanuye nyamara ababihakanaga bakozwe nisoni uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Nerekwa umuvumo uri kubwami bw’uRwanda bwamennye amaraso menshi mu mwaka w’1887,ubwo batambiraga satani ibitambo byamaraso ya bantu kugirango bakomeze ubwami bwabo.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwami bw’uRwanda,Umwami YUHI VI hamwe n’umwiru mukuru bakore amasengesho yo kwiyiriza no gusenga Imana bihanira ubwami bw’uRwanda kubw’ibyaha bwakoze mu mwaka w’1887 kugirango uwo muvumo ukurweho.

Amasengesho bazakora ayamasaha [36] uhereye saa 6 am kugeza 6pm bakabona gufata ifunguro kugirango uwo muvumo ukurweho uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Mbona Umuhanuzi yurira igiti(ubutegetsi)maze amanura umugozi waruziritse mu mashami yicyo giti,gikuze ariko kitaragara amashami yacyo,ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,manura uwo mugozi waziritse ubwami bw’uRwanda kugirango bubohorwe niko Uwiteka avuga.Ndazamuka mfata wa mugozi ndawumanura ariko ubanza kunanira kuwushyikira ariko birangira nkumanuye maze nshima Uhoraho Uwiteka Imana yanjye niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Nerekwa mbona nirukana abadayimoni mu muntu bananiranye,ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,uhawe ubutware nububasha hejuru yabazimu nabadayimoni kugirango uzajye ubohora ubwoko bw’Uwiteka Imana Nyiringabo niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

 nccleon@gmail.com

Translate »
Skip to toolbar