Uwananiwe kuyobora igihugu,yashobora gutoza ikipe ya Arsenal?

Abakuru baca umugani ngo”Umwijuto wikinonko,ugirango imvura ntizongera kugwa”.Umwakagara akimara gusahura igihugu cy’abaturanyi cya DR Congo,yabonye umutungo mwibano,maze yibwira yuko udateze kuzashira.Nibwo yadukanaga “KAGAME CUP”murwego rwo kwiyamamaza kugirango amenyekane mukarere kose k’Afrika yuburasirazuba aho icyo gikombe yagitangagaho amadollar ibihumbi $60,000 y’America.

Amaze kwibwira no kubona yuko yamamaye mu mahanga,agafu nako niko kagendaga gakendera mukebo yari yarakuye muri Congo.Nibwo ibyifuzo byo kumena amaraso nugukura abakuru b’ibihugu ku gatebe byafashe intera cyane kubataramushakaga cyangwa bamwifurizaga kumvikana nabo atavuga rumwe balimo inyeshyamba za FDLLR.

Igihe cyaje kugera agafu nisooko ya mazi yavomaga iwabandi irakama,hiyongeraho kuba ingabo z’umuryango wabibumbye zaturutse muri Africa y’Epfo,na Tanzania zamwirukanye muri Congo zimurusha imbaraga asigara asakuriza mu murwa mukuru ariko adashobora kongera kurenga imipaka.

Hashize igihe kitari gitoya abanyarwanda na mahanga bamuvumira kugahera,kugirango azahere ubutagaruka azamere akawamugani wa za hene (umwuka w’ikinyoma)kuzahera buheriheri.

Indege ya habyarimana yuvunal imaze kumutwara akayabo ka za miliyari nyinshi aho agenda yishyura abakuru b’igihugu cy’Ubufaransa kugirango iyo dossier ntizashyirwe ahabona.Dore ko iperereza ryarangiye hakaba hari hategerejwe ubutabera bwa France ko bwatangira umulimo wabwo maze bugashyira ahabona abagize uruhare mu ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari umukuru w’igihugu Habyarimana.

Ariko kubera Umwakagara agenda agura amahanga yishyura agatubutse,ubanza bidateze kuzashyirwa ahabona vuba akiriho,dore ko ashobora kuba nawe asigaje igihe kitari kirekire dushingiye kubyo ubuhanuzi butubwira.

Muri iyi minsi yadukanye irindi tekinika ryo gukorana nikipe y’umupira wa maguru Arsenal kugirango abahe intonorano ariko nawe bamushyire kumyenda bambara yo kumwamamaza murwego rwo kongera kwimenyekanisha mwishi dore ko isi yamaze kumuca nyabarongo batanakimwibuka bitewe ni uko ubusanzwe yarasanzwe amenyekanira kubikorwa bibi byo kwica bigatuma amahanga amuvugaho(Tention)muri iki gihe akaba yarabuze abo yica.

Usibyeko nyine yaje kugira amahirwe umunyapolitike “Umwali Shima Rwigara”akongera kumufasha kongera kuvugwa na mahanga bitewe ni uko yamufunze kandi na Shima Diane Rwigara akaba atari agafu kivugwa rimwe.Ayo niyomahirwe yagize ariko nabyo yasanze bidahagije nibwo yigiriye inama yo gushaka ikipe ya Arsenal kugirango avugwe bihagije atitaye kuba yaba avugwa neza cyangwa nabi.

Akongeraho kuba yarafashe umwanya wo kuba umukuru uyobora Africa zunz’ubumwe bikaba nabyo bimuha amahirwe yo  kwirirwa azerera amahanga kubera mu gihugu harahanda kubera ibibazo biriyo kandi adafitiye ubukene.Ibiza,imanza z’uburiganya nubwicanyi akomeje gukorera abaturage aashinzwe kuyobora ubwo bwicanyi bw’abantu baciriritse bukaba butuma atavugwa kuruhando mpuzamahanga nkuko abyifuza.

Yakoze ibishoboka byose ngo ahure n’umukuru wa leta zunz’ubumwe z’America birananirana kugeza ubwo yagirwa umuyobozi wa Afrika Union mu gihe cy’umwaka umwe kuko uwo mwanya bagenda bawusimburanaho buri umwaka uko urangiye nibwo yabonye akaryo ko guhura na Donald Trump nkuyobora umugabane w’Afrika muri uyu mwaka wa 2018 ariko nabyo nta bwo byagize icyo bimumarira kuko Trump niwe mukire wambere mwisi wanze guhembwa umushahara we ugana na million [3] za madollar ahubwo akaba akorera abaturage adahembwa urumva rero yuko Umwakagara yabuze aho amenera ngo atange intonorano abone uko yigarurira umutima wa leta zunz’ubumwe z’America.

Translate »
Skip to toolbar