Iherezo ry’ibihumeka muri gakondo ya bakiranutsi!!!
June 29, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona igiti giteye mu butaka bwiza,ariko kubera uburebure bwacyo,haje umuyaga uturutse mu butayu bugufiya bwa SINI maze urakigondemisha ariko nticyagwa ngo kigere hasi.Mbona ko hariho udushami duto duto twari tumaze kumeraho kuruhande kandi cyari kigoswe nibindi biti byinshi bigufiya kandi bifite imbaraga kandi bihagaze neza uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umwotsi uturuka mukirere hejuru,maze uraze unyura mu maso yanjye ugenda,maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore amagambo abaye menshi cyane balimo barakuvuga kandi nta bwo barimo ku kuvuga neza,nyamara ntibazabura kwirahuriraho umuriro kuko bakoze ibyangwa na maso y’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho kandi cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,reba imbere yawe maze umbwira icyo ubonye.Nditegereza ndareba maze mbona Bus nini nshyashya bamaze kugura,maze mbona izo ntebe zicayemo abantu zose usibye intebe [2] gusa zonyinye nizo zitari zicayemo abantu.Mukanya gato cyane mbona za ntebe [2] hicayemo umwana w’USITA hamwe nundi muntu wari umwicaye kuruhande.
Nerekwa mbona haza umuntu asaba M7 ngo amuhe amafaranga ajye guhaha uburisho ngo kuko ibyo kurya bihari ariko bikaba bibuze uburisho uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Maze kubona ko umwana w’UMUSITA adafite amashillingi yo guhaha uburisho,nkuramo amashillingi 500 yo mu gihugu cy’Ibabylon angana na mashillingi yo mu gihugu cy’Ubuperesi 15000 Ushs uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwana w’UMUSITA atwara isaho y’igihugu(Treasure)kumufuka we,ninawe wigishije imico mibi Umwakagara none ubu mu gihugu cy’umwana w’UMUSITA nta mashillingi ahari igihugu kiri mukaga gakomeye ngo kuko amaze kubona yuko yaba agiye gukurwa kubutegetsi akaba ariyompamvu umutungo w’igihugu wose yamaze kuwushyira kumufuko we kugirango abanyagihugu bicwe ninzara kuko azi yuko abo mu gihugu cy’UBUPERESI batinya inzara uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona mvuye kumurwa mukuru wo mu gihugu cy’Ibabyloni witwa SHUSHAN(Nairobi)ngeze murugo nsanga urutare niberamo nsanga imiryango yose bayishe ifunguye batwaye buri cyintu cyose narimfite mu nzu hasigara gusa LAPTOP yonyine doreko ari nayo yarimpagaritse umutima kubera ubutunzi bw’Uhoraho bubitsemo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe cyawe cyo gukurwa muri icyo gihugu kiraje kandi kirasohoye nkuko Uhoraho Nyiringabo yabivuze uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo agiye kuguhesha umugisha mwinshi kandi wagutse ndetse utubutse kandi ugajutse,kuko wabaye umwizerwa ugaturiza imbere y’Uhoraho kandi ugakomeza umulimo ukaba utarigeze uterwa ubwoba n’Abega bashakaga ubugingo bwawe uko niko Uwiteka abitetegetse.
June 30, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona minbus yaririmo abasore benshi kandi muri iyo minbus yaririmo n’umuzungu w’UMUFARANSA,warufite umwana wuruhinja maze afata wa mwana wuruhinja maze afata wa mwana amushyira muri minibus arangije arigendera maze ndagenda nsaba ko bampa wa mwana wuruhinja baramumpa ndamutwara uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,iriya modoka ubonye yari yuzuyemo abasore b’urubyiruko hamwe nabafarisayo benshi basaga naho bahunze.Ijambo ry’Uhoraho rikomeza ,kunzaho cyane rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe bigeze mu marembo yirangu rya gakondo ya bakiranutsi.Abafarisayo barahunze bavuye muri gakondo ya bakiranutsi,kandi umwuka wera avuye mu bwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kuko uwo bita inshuti ninawe ugiye kubabera umwanzi(France)uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona urubanza rw’Indege yuwahoze ari umukuru wa gakondo ya bakiranutsi Gen.YUVENAL HABYARIMANA rwimurirwa mu gihugu cy’ibabylon kumurwa mukuru w’ISHUSHAN kugirango urwo rubanza ruburanishwe n’umucamanza mukuru DAVID MARAGA uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona H.E Dr.Raila Amoro Odinga yongera kurahizwa bwa kabiri nkumukuru w’igihugu.Abari bitabiriye uwo muhango hatumiwe Dr.Mahufuri,Umwakagara,UMUSITA, na bandi bakuru b’igihugu ariko abagize umuryango wuburasirazuba bwa Africa East African Community(EAC)balimo baganira na Raila bamubwira ko ari umugabo ukomeye cyane kuba yaratsinze amatora ariko agahangana kugeza kumunota wanyuma niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abanyamerica barimo gusoma ubuhanuzi bw’Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha.Maze ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho kandi cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,abanyamerica department ya FBI bakomeje gusoma ubuhanuzi wandika ukabutangaza ukabushyira ahagaragara burimunsi barabukurikirana cyane bashaka kumenya ibyo wandika ibyari byo kandi bazi neza yuko uba mu gihugu cy’Ibabyloni kuko ari nta cyintu basuzugura baba bashaka kumenya buri kantu kose gakorerwa mu isi ya bazima uko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona United Nations (UN) bandikira umwana w’UMUSITA bamumenyesha yuko icyemezo bafashe mbere cyo gukura ibiro (Offices) mu murwa mukuru w’UBUPERESI ko kidahinduka ahubwo ko bagiye kwimura vuba ibiro byabo muri icyo gihugu uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona urubanza rwa Gen.Kayumba Nyamwasa rusubukurwa rujyanywe n’ihanurwa ry’indege yuwahoze ari umukuru w’igihugu Gen.YUVENAL HAbyarimana,urwo rubanza ruzanwa kumvirizwa mu gihugu cy’ibabyloni.
Mbona umugore we Rossette Kayumba aza kumviriza uko urubanza rw’umugabo we uko rucibwa nabacamanza.Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore urubanza rw’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana rugiye kongera gusubukurwa kandi yaba Umwakaga ndetse na Gen.Nyamwasa byanze bikunze bazaburana urwo rubanza icyabateye guhnaura indege itari iyagirisirikare ndetse bakicamo na baturage bo mu gihugu cy’Ubufaransa uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umwana w’UMUSITA n’umwana w’UMWAKAGARA,bari ahantu burumwe ari mu mugambi mubi wo guhitana mugenzi we,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,abo bagabo bombi uko ari [2] nimbwa,nta bwo arabagabo nyabagabo kuko ubuzima bwabo bwose bwari ubwo kumena amaraso gusa.None wandike ngo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abise IMBWA nta bwo mukiri abagabo imbere.
Numva ngize ubwoba bwo kwandika ayo magambo,ariko nsanga ngomba kumvira data buja Uwiteka Imana Nyiringabo kuko ari ko abitegetse!Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambaza riti,mwana w’umuntu,ubwo bariya bagizi ba nabi Uhoraho abise imbwa,buriya niki kigiye gukurikiraho?Ndasubiza nti rwose simbizi kuko numva biteye ubwoba kandi cyane!!!
Njyanwa mu iyerekwa na none nerekwa umugisha mwinshi cyane,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ijuru ritegetse ministeri ishinzwe imali nigene migambi,kohereza umugisha kumugaragu we,Ainesha kugirango arangize kandi atunganye imilimo idatunganye y’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Jury1,2018 njyanwa mu iyerekwa mbona“NYAMPINGA”yambaye urushungi(agatimba)kumugeni,maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore “NYAMPINGA”araje kandi ubukwe bwanyu buratashye kandi Uwiteka niwe ubucyuje yabanje kurindira yuko Umwakagara abanza gusatirwa ni ntambara kugirango atazabona uko akurikirana ubukwe buzabera mu gihugu cy’ubutayu bugufiya bw’ibabylon uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona kiliziya Katolika itegeka umwanditsi wo mu gihugu cya SPAIN kwandukura ijambo ry’Imana (Bibiliya) ngo bayandike bundi bushya kugirango bahindaguremo amwe mu magambo ababera inzitizi.
Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirmbwira riti,mwana w’umuntu,uwo mugabo wabwiwe kwandukura Bibiliya,yatangiye kwandukura ageze hagati biramunanira akubitwa inkoni n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo,maze asubiza intonorano bari bamuhaye ngo yandukure bunsi bushya maze yongere yandike bibiliya dore ko bari bamuhaye ibyo yongeramo ariko biramunanira abasubiza intonorano zabo uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ngaho andika ibyo nkubwiye kandi ubwire abantu basnegera muri babyloni(Katolika)bayisohokemo kuko ngiye kuyiciraho iteka bazabura ubugingo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
nccleon@gmail.com