RNC irashaka kwigarurira Umunyapolitike Umwali Shima Diane Rwigara ngo ajye mu ishyaka ryabo rishingiye ku kinyoma!!?

Abaguzi (2) bagurisha gakondo ya bakiranutsi,nk’aho ari iyabo!!!
Sept 30, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona ndimo kugendana n’umukobwa mu nzira nyabagendwa,ariko iyo nzira twanyuragamo,yalilimo imyobo.Jyewe nkayibona kugirango tutayigwamo,ariko wa mukobwa we ntabashe kuyibona.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo linzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,uwo mwana w’umukobwa ntumurenganye impamvu atabona iyo myobo(holes)nukubera imibabaro myinshi cyane yanyuzemo.Yaramuhahamuye ituma ubwenge butandukana n’umutima ariko namara gutekana buzasubirana uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona abakiristu bafite kwizera gukomeye cyane,mbona burira wa musozi wubakiwe ubwoko bwa abatutsi bazajyanwaho kujya kwigishwa uko bubaha Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Mbona ko abo bakirisitu bageraho bakananirwa kuzamuka umusozi,maze Umuhanuzi Ainesha araza abagezeho bahabwa imbaraga zo gukoeza kuzamuka uwo musozi.Bawugeze hejuru,bagira inyota nyinshi cyane,maze basaba ko Umuhanuzi yabasabira Uwiteka Imana Nyiringabo akaba amazi yo kunywa kugirango bacubye inyota maze bakomeze urugendo.
Umuhanuzi Ainesha asaba Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo,maze ijwi ry’Uhoraho rimuzaho riramubwira riti,mwana w’umuntu,reba hirya yawe iburyo bwanyu murahabona iriba rya mazi afutse kandi meza maze muyanywe mushier inyota mukomeze urugendo uko niko Uwiteka abitegetse kandi ni uko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona abanyarwanda batuye mu nzu,(igihugu)badafite amashanyarazi mu nzu yabo.Yararimo ariko mukanya ko guhumbya ahita aragenda ntiyagaruka,basigara mukizima cy’umwijima w’icuraburindi ukomeye cyane batabasha kubona imbere ni nyuma.
Ijambo ry’Uhoraho Nyiringabo linzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore muri gakondo ya bakiranutsi hagiye kuba umwijima ukomeye cyane.Abadafite umucyo mu mitima yabo kababayeho uko niko Umwami wabakiranutsi Yesu Kristo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ubusambanyi bwa abegakazi ko bwongeye guhagurukira Umuhanuzi,nyamara bwari bumaze iminsi buhwekereye.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,abegakazi n’Abega basaza babo baragarutse ubitegure kuko batazanywe namahoro kugirango uzabone uko ubakira uko niko Uwiteka nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona abagabo (2) batavuga rumwe,bagurisha gakondo y’ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Umwe yari imahanga,naho undi,ari imbere mu gihugu.Bose mbona bajya gushaka abaguzi kugirango bayigurishe bikuriremo ayabo hakiri kare,mbona yuko isubira mu maboko yabanyirayo uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwakagara agurishije gakondo ya bakiranutsi kuko yamaze kubona yuko nawe igihe cye cyo gukurwa ku ngoma kirangiye.Kandi dore Rwara Rwumugara Rubundiye Mu Ishyamba (Gen.Kayumba Nyamwasa)nawe arayigurishije kugirango atere Umwakagara amukure ku ngoma.
Dore bose bakoze ibinyuranye nijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo.None hanura uburizemo imigambi yabo yose kugirango gakondo ya bakiranutsi igaruke mu maboko yawe kuko ari wowe wayihaweho umwandu uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Uwiteka Imana yanjye,yaba Umwakagara wamuvuzeho umuvumo,yaba Rwara Rwumugara Rubundiye Mu Ishyamba,nawe nuko yamaze gucirwaho iteka.Uhoraho Nyiringoma Nyiribihe byose,uyumunsi wa none nciye iteka ryawe riturutse mu ijuru,abo bombi ntibazabone kubyiza by’igihugu kuko bagomeye izina ryawe hamwe na bambari babo kuko bihinduye abagome barwanya izina ryawe kandi ari nta mpamvu kuko uca imanza zitabera.
Dore biringiye imbaraga z’umwijima na maboko yabo,none ndakwinginze kugirango mu gihe gikwiriye nkuko wabisezeraniye umugaragu wawe uziheshe icyubahiro mu izina rya data umwana n’umwuka wera.Ndaburizamo imigambi ya Rwara Rwumugara,n’Umwakagara,bigize indakoreka bakigira abakomeye mu isi yabazima kandi badakomeye ahubwo bari hasi yabandi bose kuko bamaze gucirwaho iteka kandi izina ryabo nababakomokaho bose bazibagirana mu isi yabazima uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nerekwa abagabo (5) bitwa TOP FIVE,bicara hasi baragambana bumvikana yuko bakwiye kwiyegereza umugore umwe(INGABIRE VICTOIRE UMUHOZA)hamwe n’Umwali SHIMA DIANE RWIGARA,kugirango babiyegereze baburizemo umugambi wabo wo kwishyira hamwe kuko bashobora kugira imbaraga kurusha abo bagabo (5) Top Five bahuriye muri RNC.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira umunyapolitike Umwali Shima Diane Rwigara,uti,uku niko Uwiteka Imana Nyiringabo avuga.
Ntabwo yakujyanye kwiga kaminuza kugirango uzabe ingaruzwamuheto,ahubwo yakujyanyeyo kugirango akwigishe ibyejo hazaza kugirango uzabone uko uzakorera Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Ntihirahire kwifatanya n’umuntu uwari wese mbere yuko uhabwa amabwiriza akubiye mu butumwa wagenewe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Ubwo butumwa bufitwe n’Umuhanuzi Ainesha,Numara kuba imbohore uzamushake akubwire ibisabwa n’Uhoraho Uwiteka Imana yawe.Bitaba ibyo,uzisanga mu irimbukiro kuko wanze kumvira Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Nyiringabo abivuga,kandi ni uko abitegetse!!!
Njyanwa mu iyerekwa ijambo ry’Uwiteka ryitwa Rhema word rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uhoraho aguhaye indirimbo uri buririmbe uyumunsi yitwa (Bwana Ni Yawe,Bwana Ni Yawe×2) kuko uyumunsi ubwiza bw’Uhoraho Uwiteka Imana yaawe burakuzaho kandi abega murwanye igihe kinini urabatsinze uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
OCT 1, 2018 nerekwa inyama zitetse zishyirwa ku isahane ngo zigaburirwe Umuahanuzi,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abega baragarutse kuko ubuhanuzi bukomeje kubabuza amahoro uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,nerekwa umudamu witwa Mutesi Aimado Burume akora ubukwe bwihuse cyane.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,uwo mugore wabaye umugambanyi yagambaniye ubugingo bwawe dore aciriweho iteka nijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko Uwiteka abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona inyama mbisi balimo kuzitema bazigabana,maze ijambo ry’Uhoraho Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubugambanyi bwa abega buragarutse ube maso kandi wirinde cyane kuko batarashirwa kuko imitego baguteze mukwezi gushize yafashe ubusa kandi wowe wabyungukiyemo ariko bo babihombeyemo uko niko Uwiteka avuga.
The Rhema word of the Lord almighty came to me, and told me, that son of man, be careful and be so kin, because your enemies had put some nest before you. That is what the Lord your God says.
Njyanwa mu iyerekwa mbona inyamaswa isa n’Inka (cow) cyangwa Imbogo(buffalo)igendagenda kugirango irebe yuko yahura n’Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha.Ariko uko yakomezaga kugendagenda mu nzira nyabagendwa,Umuhanuzi we yari yiruhukiye murutare maze mbona ko imubuze ihitamo kwigendera uko niko Uwiteka abivuga.
Njyanwa mu irekwa mbona ihene nyinshi za kizungu zishorewe numugore,mpura nawe ninyuriraho sinamuvugisha,ariko ihene zimwe aho kugirango zikomeze kugenda ahubwo zisubira inyuma ziza kunyinukiriza.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hari umugore ugiye ku kubeshya ikinyoma gikomeye ariko umwihorere ntugire icyo umubwira uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umugisha uturutse mu Ijuru woherejwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Numva kandi mbona Uwiteka ategeka abashinzwe imali nigenamigambi koherereza Umuhanuzi umugisha kugirango arangize imilimo yari asigaje kurangiza ngo ayitunganye uko niko Uhoraho Nyiringabo abitegetse.
OCT 2, 2018 njyanwa mu iyerekwa mbona nibereye murutoki ndimo kurukorera,ariko hakurya yurwo rutoki harimo kubera umupira muri stade abakinnyi balimo gukina.Ikipe nafanaga mbona itsinze igitego abafana barishima cyane hamwe nanjye ndishima cyane.
Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,uku niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga,uwo uzashyigikira nanjye nzamushyigikira kuko naguhaye guca imanza zitabera uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abitegetse kandi ni uko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abaririmbyi ba Evangelical Restoration Church,bazamuka umusozi muremure cyane,bigaragara yuko batazawushobora.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,abo baririmbyi ba ERC buzuye gukiranirwa ubusambanyi nibwose kandi abayobozi biryo dini nabo nuko barabushyiigkiye kuko babirebera gusa ntibagire icyo babikoraho uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Dore bajya kuririmba cyangwa kwitoza ibyo bazaririmba murusengero bakabanza kwikorera ubusambanyi uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,umuririmbyi uririmbira mu idini rya Col.Pastor.Frd Nyamurangwa ryitwa CLPR rikorera ku KIMIHURURA,witwa “EUGENE” akaba umukwe wa Col.Twahirwa Dodo,umucireho iteka kuko yagaragaweho no gukiranirwa gukomeye cyane.Nitegereza mubitabo byucamanza nsanga ngeze kuri Nº0197/0010/0018 uko niko Uwiteka Nyiringabo abitegetse.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona umwuka wera ava mu madini yose yiyitirira umwuka wera cyangwa umwuka w’Imana Uwiteka Nyiringabo.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho kandi cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore nta mwuka w’Imana usigaye muri kiriya gihugu kuko ibihe bigeze mu gihe cy’ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Nuko rero burira abantu yuko umwuka w’Imana cyangwa Ubuntu bw’Uhoraho bwisubiriye mu gihugu cya Israel nkuko ibyanditse cyangwa ibyahanuwe bibivuga uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona nageze mu gihugu cy’UBUshinwa cyangwa CHINA,ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane rirambwira riti,mwana w’umuntu,abega ntibagutere ubwoba cyangwa ngo baguhabure umutima kuko ibyo washaga byose ubifite mu biganza byawe.Nuko rero ngire ubwoba cyangwa ngo utinye utekereze yuko haba hari inzindi mbaraga basigaranye za guhagarara imbere ahubwo witegure kuko iki ari igihe cyawe kugirango usohoze ubutumwa bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona twuriye igiti(ubutegetsi)icyo giti nabonaga abantu baza kukigurishaho izahabu.Ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ngaho manuka icyo giti,ariko witonde kugirango utagwa mu manga,ndamanuka mbona ngeze hasi neza.
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,uko mu manutse icyo giti,uko niko abari baragizwe imbata z’ubutegetsi bw’Umwakagara batandukanye nabwo uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nerekwa bene data twigeze gukorana umulimo wa data,balimo bicuza cyane impamvu batandukanye n’umugaragu w’Uwiteka Imana Nyiringabo.Mbona bari mukaga kenshi ibyago namakuba akomeye kandi umwuka w’inzika y’inzigo ubamereye nabi.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore balimo kwifuza kongera kugaruka ngo bakuzeho.Dore umubare ubaciraho iteka Nº 0198/0010/0018 uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.Umuvumo urabakigise kugeza muciriweho iteka?
Nerekwa bigana Umuhanuzi uko basengera abantu ngo bakire indwara,ariko abo basengeye ntibakire,kuko babashakagamo intonorano.Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bihaye kwigira abahanuzi ku ngufu,kuko bifuje impano zawe kuko babonye uko Uwiteka agutungishe umugisha mwinshi cyane,ariko bakibagirwa yuko batigeze bigishwa ngo bacishwe muruganda nkurwo wacishijwemo uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ingabo za RDF zijyanwa kurwanira mu gihugu cyabaturanyi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo,ngo kugirango Umwakagara afunge amayira ya Gen.Nyamwasa hamwe n’umwana w’UMUSITA Museveni.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwakagara ibyo atinya,ninabyo bizamubaho kuko inzira zo muri DRCongo,bitashoboka yuko yazifunga ngo abanzi be ntibahanyure ahubwo niho bazanyura kandi bazamurwanya ndetse bazamutsinda ariko ntabwo bazafata ubutegetsi uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona Umuhanuzi ahabwa itorero rinini cyane muri gakondo ya bakiranutsi,kandi ririmo abantu bingeri zose baba abakire cyangwa abakine kandi bose buzuyemo kwizera ni mbaraga z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,naguhaye abantu,kandi abo bantu nibo zahabu na diamond byawe kuko wangiriyeho umugisha kandi isi yose nabayituye bazamenya yuko nitwa Uhoraho Uwiteka Imana yawe uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ubwo nkomeza kwerekwa uburyo itorero ry’Imana rikomeza kwiyongera uko bwije uko bukeye,ahubwo havuka ikibazo gikomeye cyo kubona aho abantu bazajya bicara kuko biyongeraga umunsi amanywa nijoro uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona INYENYERI (STAR) yo muruturu isohoka mukwezi,mbona iramanutse yinjira mu bicu iramanukira mu bihugu bya WESTERN AFRICA COUNTRIES(Hagati ya IVORY COST,na BRIKINAFASO).
Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane rirambwira riti,mwana w’umuntu,muri ibyo bihugu hagwiriye imbaraga z’umwijima mwinshi cyane,none Uwiteka atumyeyo intumwa zigiye kurangizayo uriya mwijima uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona insore nsore zikoze ngo zigiye gusura umunyapolitike SHIMA DIANE RWIGARA akimara gufungurwa.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,muri bariya basore halimo intumwa z’Umwakagara zigiye zitwaje impamba y’uburozi ziribumusige mu ntoke kugirango niyikora kumunwa ibye bibe birangiye.
Nuko rero burira SHIMA Rwigara uti,uku niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga,wirinde cyane kandi cyane,kuko umwanzi yakoroseye cyane arashaka kurimbura ubugingo bwawe kuko yamaze kumenya umuhamagaro wawe kandi atewe ubwoba cyane nibigiye gukurikiraho nyuma yifungurwa ryawe uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
nccleon@gmail.com