Abahutu babaye ubwoko!?

01st March 2015 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu manuka mu butayu bw’umurwa w’Ishushani maze ugende ujye mu kibaya cy’ubutayu bugufiya kugirango nkubwire ibikurikira.Ni uko ndamanuka ngeze mubutayu bugufiya ijambo ry’Uwiteka rirambwira ritti,mwana w’umuntu dore inkozi z’ibibi z’umwakagara zamaze kumenya aho utuye,none uko wasohotse n’inzira waciye ujya mubutayu,ntiwongere gusubira inyuma ngo usubire mu icumbi ryawe kuko bamaze gutegura umugambi wo kuguca igihanga.

Ubwo sinongeye gusubira inyuma maze Uwiteka arambwira ati,burya urya munyabyaha wabwirije ijambo ryanjye akakubeshya yuko yemeye gukizwa,ukamubatiza mu mazi menshi uwo niwe wakugambaniye ntuzongere guhura nawe kuko umwuka wa Yuda Iskariyoti wamaze kumwinjiramo “Stanly Karigi “.

Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,noneho kora amasengesho y’iminsi 21 maze nkwereke ibyo nkorera izo nkozi zibibi,nkora amasengesho ngeze kumunsi wa 19 w’ukwezi kwa wererwe 2015 kumwaka wa 20 w’ubutegetsi bw’umwkagara maze Uwiteka arambwira ati dore ejo nzaguha ikimenyetso cy’ubutayu kibe isezerano hagati yanjye nawe kugirango utazibagirwa ubutayu wagiriye mu gihugu cy’IBABULONI ku murwa mukuru w’Ishushani.

Kuwa 20 werurwe 2015 ahagana mu masaha ya 12 zamanywa maze Uwiteka ahita ampa ikimenyetso cy’ubutayu,mpura n’umutabazi nari narabwiwe ubwo nari nkiri mubutayu umwaka wa 2014 kuwa 31st kanama muburyo bw’umwuka noneho uwo mutabazi nyuma ya mezi (7) mpura nawe ndamwishimira cyane kuko nari naramubwiwe yitwa «Michael Rwogera Leon».

21st werurwe 2015 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu tegura ishyanga rizaba ubwoko kugirango bazabe ubwoko bw’Uwiteka,arambwira ati,ubwire abahutu biyeze kandi bitunganye maze bihanire ubwoko bwanjye bameneye amaraso ntibazakore ibyo leta yabigishije ahubwo baagende mu miryango bahemukiye maze bayihanire nibabura abacitse kucumu ryabo bishe bazihanire bene wabo,nibabura benewabo bazajye mu bwoko bwabo bahine maze nzababarira kuko maze kumva urusaku n’induru zo kurira kwabo batewe n’ubutegetsi bw’umwkagara kuko ukuboko kwe kwarabaremereye cyane kuruta uko babitekereza maze nyuma yibyo nzahora inzigo ubuhemu bagiriwe n’imanza baciriwe zitari zikwiriye bagahindurwa ibiyavu byo gukandagiraho uko niko Uwiteka avuze!.

Mwana w’umuntu dore Bank nkuru y’igihugu BNR umwakagara agiye kwirukana abakuru bayobora iyo banki bitwa ba Director maze abasimbuze abega babo kuko yamaze kubona yuko igihugucyamaze kumucika bityo bafite umugambi wo kuzasahura igihugu cyose bagahunga kugirango bazajye mumahanga maze bazatangize iyindi ntamabara ariko ntabwo bazancika kuko ndi maso.Ngaho hanura ubavume ubabuze amayira kugirango nzabahanire hamwe.

Ndabavumye mwizina ry’Uwiteka ihoraho,dore imvura iraguye izabanyangire kugirango ntimuzabone aho mwugama maze Uwiteka azabategera mubikari byanyu byo gukiranirwa ibyaha mwakireye muri gakondo ninaho muzabihanirwa kugirango mubere amahanga ikimeneyetso cyo gukiranirwa uko niko Uwiteka ategetse ,ndabavumye ntihazagire urokoka kurukiryi rwanyu ibyo mwaruhiye byose bizaribwa nabatarabiruhire uko niko Uwiteka ategetse.Mwana w’umuntu dore amatongo y’uRwagasabo yose nzayagaruza ariko azabura abayaturamo kuko icyo gihe igihugu kizaba gituyemo abantu bacye cyane.Dore umukuru w’igihugu cya Kenya azatsindwa amatora yose yabayobozi b’inzego zibanze nabashingamategeko kugirango ubutegetsi bwe mbwambure imbaraga uko niko Uwiteka avuze maze ibyavugiwe mukanwa kabahanuzi bibone gusohora uko niko Uwiteka avuze.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

 

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Skip to toolbar