Akaga kuri FPR,ADEPR nandi madini yose yo mu Rwanda.

25thOCT,2015 nerekwa ndikumwe n’abanyeshuli twiganye ngo tugiye gukora ikizamini cya nyuma,nuko mbona mu gihe biteguraga gukora icyo kizamini,nerekwa ko nagitsinze mbere yo kugikora baragenda bakora ikizamini barangije babona ikizamini cyanjye kandi ntigeze ngera mu ishuli.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ikigeragezo kiraje ariko ntabwo kiribukugereho kuko iki s’igihe cy’ubutayu ahubwo n’igihe cy’umugisha niko Uwiteka avuga.
Maze ndabwirwa ngo,ineza y’Uwiteka Imana yawe ntabwo izigera ikuvaho iteka ryose kuko uko niko Uwiteka yavuze kandi yagambiriye kugirango bimenyekane mubatazi Imana yuko Uwiteka ariwe Mana yawe ya Abraham,Issac,na Yakobo uko niko Uwiteka avuga.
Minister Businge w’ubutabera bw’urwagasabo.
Nerekwa FPR ikoresha inama ikomeye cyane maze mbona iyo nama iyobowe na kagame yari inama yo kugarura abanyamuryango ba fpr bayihozemo no gushaka abandi bashya kugirango batajya kwifataanya nabatavuga rumwe na leta RNC,maze nerekwa umugabo umwe wo mu bwoko bw’Abatutsi abajije ikibazo kagame kitamushimishije maze JOHNSON BUSINGE ahita mu mashati uwo mugabo imbere yabantu aramuniga aramubaza ngo wowe uzi uwo ubajije icyo kibazo?
Ubundi jyewe uranzi?Uziko nagufunga ubuziraherezo?Umugabo akomeza kumuniga maze kagame aranezerwa cyane biramushimisha cyaneeeeeeee nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ikigare cya fpr abanyarwanda bagiye kugikira nubwo fpr irimo gukoresha imbaraga zidasanzwe kugirango abanyarwanda batanyeganyega ahubwo nibwo barushaho kuyanga no kuyivamo kuko igihe cyayo cyarangiye uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu isi y’umwuka numva ijwi rivugira mu isanzure ry’ijuru rivuga ngo”mwana w’umuntu we!ISHYARI!ISHYARI! ISHYARI!”. Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,ishyari ryishe abantu kuko abantu benshi basanzwe bakuzi,ntibumva buryo ki,ukoreshwa n’Uwiteka Imana,ngo ntabwo bigukwiriye la!Babwire uti,nanjye ntaruhare nabigizemo kugira ngo uyu munsi nitwe uwo ndiwe ahubwo Uwiteka niwe utoranya umuntu kandi agutoranya ukiri urusoro munda ya mama wawe.
Nuko rero nimureke gucumura k’Uwiteka Imana kuko bizabatera gukiranirwa mu mutima nyamara ntimushobora guhindura umugambi w’Uwiteka kuko iyo yagukunze uko niko bijya bigenda ahubwo namwe mushake mu maso h’Uwiteka kugirango nimba abishimira azabarege gakondo yabakiranutsi.
Naho jyewe umwana w’umuntu murandenganya kuko ntabushake nabigezemo cyangwa ngo habe harabayeho amatora ngo niyamamaze mbe nabarusha amajwi,nuko rero mugire ubwenge musome urya mwana atarakara akabamarira ku icumu ryo gukiranirwa kugirango ahari niba bishoboka abashe kubagirira neza abakize urubwa nagasuzuguro mwambaye kabazimu nabadayimoni uko niko Uwiteka avuga.
Nuko mu menye yuko Uwiteka atajya yita kuburanga bw’umuntu,usibyeko nabwo budasebye cyane,ndetse ntabwo ajya yita no kugihagararo nacyo sikibi cyane,ahubwo yita kumitima imiciriye bugufi,ndetse akita cyane kurukundo umukunda aho niho nawe yerekanira yuko yagukunze mbere yuko umukunda uko niko Uwiteka avuga.
26th OCT,2015 Nerekwa abanyarwanda bari mu bice (2) bitandukanye,igice cya mbere cyari icy’abanyarwanda babarizwa muri fpr,ikindi gice cyari icy’Abanyarwanda babarizwa mu idini,ibyo bice byombi nerekwa bihagaritse imitima kubera bamaze kubona amarembera y’umwakagara batangira kwibaza icyerekezo cyabo naho bagiye kwerekera nuko bizabagendekera.
Nuko ijambo ry’Ubuhanuzi riramanuka rirambwira riti,mwana w’umuntu,witegereje bariya bantu uko bahangayitse cyane? Ndasubiza nti cyane nabyitegereje rwose!Rirambaza riti,wabonye ko,ikizere cy’amadini ko kimaze kuyoyoka? Ndasubiza nti cyane rwose nabyitegereje!Wabonye ko,amagambo babwiwe na Bishop Rwandamura Charles atagifite agaciro mu mitima yabo ?
Ndasubiza nti nabyo nabibonye byose!Nuko rero hanura ubabwire ngo,yemwe bwoko butumva !Dore uku niko Uwiteka yavuze,ngo azabatungura ubwo muzaba mukeka ko haramahoro.
Mu gihe muzaba muvuga ngo na mahoro na mahoro kandi Uwiteka Imana yacu dusenga nta bwo azadutererana nyamara Imana musenga s’Uwiteka Imana yo mu ijuru ahubwo musenga inda zanyu ndetse mukagerekaho nubutunzi bwanyu bwababereye ibigirwamana.Ngaho rero nimwitegure muhangane n’Uwiteka kuko mwanze kwihana ahubwo muhitamo intambara ubwo noherezaga umugaragu wanjye Peter Yangreen waruturutse mu gihugu cy’America yabahaye ubutumwa bwo guhitamo maze muhitamo intambara inzara mwarayanze,ibyago mwarabyanze ariko mwihitiramo intambara none nimukenyere kuko uguhiga ubutwari muratabarana uko niko Uwiteka avuga.
Akaga mu idini rya ADEPR gakomeye!
Nuko nerekwa igic cy’abanyadini bitwa ADEPR mbona abadamu basengera muri urwo rusengero barenga akarongo cyangwa akagozi kari kashyizwe ku irembo ry’urusengero kugirango hatagira urenga ako kagozi,nuko nerekwa cyangwa mbona abategarugori bo muri ADEPR basohoka murusengero maze barenga ka kagozi kashyizwe ku irembo n’umuhanuzi mukuru kugirango hatagira umudamu ugatambuka!
Abigaruriye idini rya ADEPR bagiye guhura n’ibyago bikomeye kuko ar’Itorero ry’Imana.
Nuko nerekwa abo bategarugori bagaca maze baratambuka ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ubonye uko abategarugori bo muri ADEPR ukuntu baciye kariya kagozi kabariyeri?
Ndasubiza nti yeeee nabibonye!Uko ubonye baciye kariya kagozi,uko niko basohotse munsengero bajya hanze kwikorera ibyangwa namaso y’Uwiteka Imana yabakiranutsi,nuko rero ubamenyeshe yuko,igihe cyahanuwe nabahanuzi kiraje kandi ntabwo kizatinda kigiye kubasohoraho nyamara amasezerano bari barahawe bananiwe kuyagumamo ngaho mama ngo baragendana nibigezweho kandi nyine birumvikana yuko byari bigezweho kuko bari bamaze kwibonera ubwami bwabo bari bamaze igihe kire kire barabubuze none igihe cyabwo kimaze gusohora bagira ijambo bibagirwa yuko barihawe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi maze bishyira ku karubanda bikorera ibyangwa namaso y’Uwiteka bigira mu bibanezeza maze bibagirwa yuko imvura y’umuyaga namahindu byahanuwe mbere yuko hagwa utujojoba ikiri inyuma yakubye kandi irimo guhinda.
Nuko rero kuko bakuze ibyo bifuza byari mu mitima yabo,ninako Uwiteka nawe azakora ibimuri mu mutima we kandi yifuza,ndizera yuko batazamutakira kuko ubwo umwuka wera yabatakiraga abasaba kureka kunyura inzira zo gukiranirwa nabo ntibigeze bamutega amatwi,kuko batamuteze amatwi,nawe ntabwo azabatega amatwi azamera nk’igipfamatwi kugirango atumva kurira no gutabaza kwabo akabagirira imababazi uko niko Uwiteka avuga.
Dore abakiristu ba ADEPR bahaye urwaho abadayimoni binjira mu itorero ndetse bemera gukoreshwa nabo badayimoni b’umwakagara warwanije itorero ry’Imana kugirango abone uburyo asenya umurimo w’Imana kuko iyo niyonshingano yari yarihaye mu mutima kandi yagambiriye ubwo yemererwaga guhabwa ubutegetsi n’umukuru wabadayimoni yahize umuhigo yuko azarwanya itorero rya Kristo kuzageza aririmbuye.
Ariko ibyo byose yagambiriye bisa no gushinga umuhunda ku kirenge kuko na satani yishe Umwami w’abakiranutsi nyuma y’iminsi (3) arazuka,nuko rero narwanye itorero azisanga yarirwanije kandi azavaho nyamara itorero ry’Imana ryo rizahoraho hamwe n’Umwami waryo Umwami wo gukiranuka
Vice perezida wa Kenya William Ruto,yageretsweho urustyo rushyushye kumutwe wa politike.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umukuru w’igihugu cya Kenya wungirije William Ruto ashyiraho itsinda ryo gukora ubushakashatsi bwo kwiga no kumenya uburyo mugenzi we yamushyirishije mu kagozi akamugambinira kugirango azafungwe murukiko rwa ICC I LA HAYE mu gihugu cy’UBUHOLLANDE.
Kugirango ahinduke igitambo cy’Abanya Kenya maze mu matora ya 2017 ntazabashe guhagarara ngo yiyamamaze kuko bigaragara yuko azaba umukuru w’igihugu mu matora ataha uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umuhanuzi mukuru yurira inzu ndende ifite agasongero kare kare ‘Tower’nerekwa yurirana n’imbaho murizo harimo urubaho rule rule,nerekwa ageze hejuru yako gasongero maze,mbona harundi mugabo wari wamutanze kuwurira amusangayo maze agezeyo wa mugabo ashaka gukoresha uburiganya ngo yigire nkaho amufasha ariko agambiriye kumuhirika ngoamanuke agwe hasi kuko iyo nzu yari ndende nka kilometer nka (30) uturutse hejuru.
Ubwo ntibyatinze yahise amusunika maze nerekwa umuhanuzi mukuru amwiyaka wa mugabo wamusunitse ahita amanuka wenyine agwa hasi maze ahinduka ubushingwe,nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubugambanyi bwari bwagamaniwe umuhnauzi mukuru burarangiye uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore harumuntu ugiye kugusaba ko mukorana ariko umwitondere kuko atazanywe nineza y’Uwiteka Imana ahubwo numuriganya n’umwambuzi,nuko rero umenye ubwenge kandi umenye uko ugenza kugirango nyuma utazicuza uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara ahora yifuza yuko ya guca igihanga cyangwa agasenya ikinyamakuru inyangeNews umurage wabakiranutsi,nyamara ibyo byose ntabwo azabigeraho kuko Uwiteka yamushyiriyeho inzitizi kugirango adakora ibyo yifuza kubakiranutsi nyamara uhumure Uwiteka arinze cyane ubugingo bwawe kandi arinze umurage wabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
27th OCT,2015 ijambo ry’Uwiteka Imana ryongera ku nzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara akomeje gukiranirwa none hanura ushyireho ishyirezo ku mbibi ze zo gukiranirwa kugirango igihe cye kirangire burundu.Dore yaciye ibihanga bitariho urubanza kandi nawe urumugabo wo kubihamya,none hanura uvume ubutegetsi bwe maze ubushyireho ishyerezo niko Uwiteka avuga
Mwakagara mwana wo kurimbuka ndakuvumye mu izina ry’Uwiteka Nyiringabo Imana yabakiranutsi,nshyizeho ishyerezo kubutegetsi bwawe n’igitugu cyawe kugirango umwaka utaha mu gihe gisa nk’iki uzakorwe nisoni kandi ahawe hazibagirane ndetse urukiryi rwawe ntiruzaragarike kandi ahabo ntihazibukwe ukundi ndetse nabasangirangedno nabo bizabagendekere uko kugirango amahanga yose azamenye yuko Uwiteka Johova ariwe Mana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Dore amahanga agiye kota umuriro wawe ndetse bazagucanira itanure ry’umuriro kandi mu isi yose nta numwe uzakugirira akari urutega nta mbabazi uzagirirwa kuko nawe ntazo wagiriye amaraso wamennye atariho urubanza nuko rero itegure uhangane n’Uwiteka Imana nk’uko wabihize mu mutima wawe kugirango hagaragare umugabo w’umunyembaraga hagati yawe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi wabonye Uwiteka akwihorera maze nawe urashyokerwa ukomeza kumena amaraso yabo wibwira yuko umujinya w’Uwiteka uzawukira kumunsi wurubanza uko niko Uwiteka abaza?
Nuko nerekwa abagore b’I Rwanda benshi benshi binjizwa mugihugu cy’ubutayu bwabutayu bugufiya buherereye mu majyepfo y’uburasira zuba bw’Africa maze nerekwa abo batega rugori batonda umurongo bose berekeza kuri ya Nyanja iri haruguru yubwo butayu bugufiya maze ndabwirwa ngo abagore b’Irwanda bakunze iby’Isi cyane kandi dore babikunze bari mu bihe bibi kuko bagiye kwinjizwa mu gihugu cyo mu butayu burira abazabishobora bitanudkanye nizo ntegenke ndetse no kwizera guke ahubwo bakumeze ijambo ry’ubuhanuzi kuko nibo rizabagirira umumaro mu gihe cy’akaga amakuba n’ibyago bigiye kuza byahanuwe nabahanuzi.
Nuko nerekwa umusore maze igihe nsengera uba kumugabane w’IBURAYI mu gihugu cya France maze nerekwa umudayimoni wanyuma warumusigayemo ko igihe cy’uwo mudayimoni cyageze ngo amurekure amuvemo ahinduke imbohore nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu nubundi ugenze uko wagenje kugirango abohoke burundu maze ababyeyi be baririmbe nuko mpabwa ijambo ry’icyongereza ryitwa RESING bisobanura kuririmba indirimbo nshya cyangwa kongera kuririmba uko niko Uwiteka avuga.
Leave a Reply