Igice cya (22) cy’ubuhanuzi

16 Dec,2015 Maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho ubwo nari kumurwa mukuru w’ISHUSHANI mu gihugu cy’IBABYLON,ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hagiye kubaho kunyeganyezwa ku isi gukomeye cyane kuzaba guturutse ku ihangana rikomeye riri hagati y’America n’Uburusia uko niko Uwiteka avuze.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo,rikomeza kunzaho cyane,maze rirambwira riti,Mwana w’umuntu,wibuke yuko,ibi wabihanuye biri mu butumwa bwahise igice cya 1-3 ndetse n’igice cya (4) cy’Ubuhanuzi ndetse igice cya 8-9 havuga imyiteguro ya leta y’Abarusiya barimo kwitegurira mu mazi uburyo bazarwana intambara.Ibi bikaba biboneka mu gitabo cy’umuhanuzi Amos 3:15 cya bibiliya Yera.Ibyo ntabwo bizaba kugirango ibihugu bigere ku nyungu zabyo ahubwo bizaba kugirango Uwiteka arandure imizi ya Satani n’Abadayimoni kuko igihe cy’ubutware bw’abana b’Imana kizaba gisohoye uko niko Uwiteka avuga.
Nongera kujyanwa mu iyerekwa muri gakondo yabakiranutsi, nerekwa umutegeka w’Isi witwa BARACK OBAMA uyobora leta zunz’ubumwe z’America,amanuka murwagasabo kumanywa yihangu ajya gukoresha ikizamini abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.Mbona abayobozi benshi bakoze ikizamini kirabatsinda,ndetse abandi bandika amazina yabo kurupapuro gusa kuko bananiwe kwandika cyangwa gukora icyo kizamini kuko batari kugishobora maze Obama arababaza ati,kuki mwangije izi mpapuro muwandikaho amazina yanyu kandi muzi yuko mutari bugishobore?Uko niko Uwiteka abaza!
Ubwo nongera kubona agaruka gutwara ibyo bizamini bya leta ngo ajye kubikosora ariko asanga abayobozi bose bakoze ibyo bizamini babitsinzwe,nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,andika ibyo weretswe kuko bidashyize kera ahubwo dore birasohoye vuba cyane umwakagara azumirwa kuko isi igiye kumubana ntoya bityo akazamenya yuko jyewe Uwiteka nitwa ushobora byose umuremyi w’isi n’ijuru.
Nongera kwerekwa Obama agarutse na none atanga ikizamini yise International Organization Standrds (IOS) atanga ikindi kizamini na cyo baragitsindwa maze mbona ararakaye cyane yongera kubabaza inshuro ya ll ngo,ko mwari muziko mudashobora gutsinda ikizamini kuki mwinjiye mu ishuli?Maze mbona bose baracecetse bananiwe kugira icyo basubiza.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore habayeho ubugambanyi,ndetse habayeho amagambo menshi hagati yabaguhiga ngo bakwambure ubugingo,none ndi wowe nakora kwakundi wigishijwe uri mu butayu nkagakora amasengesho yo kwiyiriza no gusenga Imana maze ngasenya uwo mwuka w’ubugambanyi wateguwe n’intasi z’umwakagara ndetse nkarimbura nuwo mwuka wa magambo.
Tracking device.
Nuko nerekwa inkozi zibibi ko zigiye gufata gakondo y’umuhanuzi,ndabwirwa ngo,dora bohereje umudamu ugiye gusengera kugirango ubwo uzaba kuba umusengera babashe kumva uko muganira kandi babashe kwizera yuko uri mu gihugu cy’IBABYLON,dore barashaka kumenya za telephone zawe zindi ukoresha kuko izo bari bafite wazikuyeho.None genda ujye mu murwa kuko uyu munsi uri busengere abadamu (2) maze uve mu icumbi ryawe kugirango ubwo uri bube ubasengera umwanzi ataza kubasha kumenya aho utuye kuko bashaka ko usengera umuntu maze bakabasha kureba agace agace uherereyemo.
Dore ndetse bagiye kohereza intonorano,izo nazo uzakire kuko Uwiteka yagusezeranije ko azagaruza ibyatwawe n’inzige byose. Kandi akabagarurana n’inyungu zabyo zose n’igihe zamaze zikoreshwa n’inkozi zibibi uko niko Uwiteka avuga.Ubwo uwo munsi nkora amasengesho yo kwyiriza no gusenga Uwiteka kugirango ankize imbaraga zabadayimoni na Satani hamwe na za magigiri z’umwakagara mva mu icumbi nerekeza ku murwa mukuru w’ISHUSHANI ntegereza yuko abo bategarugori bari buze kohereza za telephone zabo ngo mbasengere.
Mu gihe nari ndimo kubasengera,ninako za magigiri zakurikiranaga neza uko nsenga,Umwuka w’Uwiteka arambwira ati,mwana w’umuntu,reka guhagarara hamwe senga ugendagenda kugirango network ijye ihindagurika be kugufatira kuri network imwe,kandi ubwo hafi hari ibiro by’umwakagara nuko ndagenda genda nsenga kugeza igihe narangirije gusengera izo ntasi maze nereza muri Bank nakira uwo mugisha uturutse muri Yesaya 45:3-5 abubaha Uwiteka bazarya ubutunzi buri ahantu ho mu mwijima
Nuko nshima Uwiteka Imana ko ajya akoresha nibikona bikatuzanira inyama zo kurya kandi ntawibirusha kuzikunda.Nuko nyura ahantu hose hashoboka nashoboka aho nshobora kubona ibyo nicyeneza maze manuka nerekeza ku nkengero z’ubutayu nshima Uwiteka niririmbira indirimbo yamazamuka yaririmbwe na Moses hamwe n’Abayisrael iririmbwe na Miliam mushika wa Moses hamwe na AARON.
Umulinzi mukuru wa masezerano.
Njyanwa mu iyerekwa mbona Uwiteka yohereje umuhanuzi mukuru araza arambwira ati,rero mwana w’umuntu,Uwiteka arantumye ngo witgure tujye kuzana umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe kuko amaze amezi (7) mu butayu yigishwa ibyo gukiranuka no kulinda amasezerano yabakiranutsi.
Nuko mubaza amashira kinyoma uko yahawe ubwo butumwa amaze kunsobanurira numva ndanyuzwe nemera ko nzamanukana nawe tukajya kuzana umulinzi w’ibyasezeranijwe kumunsi wa nyuma azaba arangirizaho amezi (7) yo kwigishirizwa mu butayu bwo muburengera zuba bw’Isi uko niko Uwiteka avuga.
17 Dec,2015 Ndabwira ngo,mwana w’umuntu,byuka ujye kumurwa mukuru w’IBABYLON ugure telephone yindi kuko iyongiyo waraye ukoresheje usengera abadamu (2) bamaze kuyishyira kuri “Tracking” kugirango babashe gukurikirana iby’urugendo rwawe,none genda ushake umunyababuloni umuhe impiya maze yandikishe sim card ku mazina ye,hanyuma uhite ugura telephone ubone uko uzajya uvugana nabakiranutsi b’Uwiteka Imana hamwe nabakiranutsi-kazi bashyigikiye umurimo wa data uko niko Uwiteka avuze.
Nuko ndagenda ngenza uko Uwiteka yangiriye inama maze mbona umunyababuloni muha ibiguzi by’impiya kugirango yemere kunyandikishiriza kumazina ye,kugirango mbone uko nkora umurimo wa data Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse.
Mwana w’umuntu,dore abakurwanya bakomeje kugwira ariko ntugire ubwoba kandi ntutinye kuko Uwiteka Imana yawe ari maso kandi azakomeza ku kurwanirira intambara zose zo mur’iyisi kugeza igihe uzavira mu isi yabazima uko niko Uwiteka avueze.
18 Dec,2015 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,itegereze imbere yawe maze umbwire icyo ubonye!Nuko ndambura amaso ndtegereza mbona Uruvu rugendagenda ku gati,maze arambaza ati,ese ushobora kumenya amabara agize ruliya ruvu?
(Cameron) nuko ndasubiza nta byo namenya niwowe ubizi nyagasani.Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,uruvu rufite amabara menshi cyane ndetse nta numwana w’umuntu washobora kumenya amabara yarwo uko angana usibye rurema wenyine waruremye uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero mwana w’umuntu,ntiwite kumabara yaruliya ruvu kuko uko rufite amabara menshi ninako ruhindagurika bitewe naho rugeze,ariko kuba ruhindagurika buri kanya hahinduka amabara ariko ntihahinduka umutima cyangwa umubiri warwo.ruhinduka inyuma ariko imbere rukomeza kuba uruvu uko rwakabaye uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,bariya bagore bagusabye ko ubasengera bombi bameze nk’uruvu,bafite imvugo nziza kandi nyinshi wowe ubihorere bakomeze baneke umwuka w’Imana kuko bagiye gukubitwa urusika rwamazira ntoki uko niko Uwiteka aavuga.
Dore gusenga warasenze ariko ntibashobora kwakira umugisha w’Imana kuko umwanzi yabakoresheje kuneka umwuka w’Uwiteka,kandi wowe iyo ubasengera ubikora ubikunze nyamara bamaze kwirahuriraho umuriro nuko rero menya neza yuko batigeze bashaka mu maso h’Uwiteka ahubwo bari mukazi ndetse namafaranga baguhaye nayo bari bahawe ngo bayaguhe babone uko bakugigira uko niko Uwiteka avuga.
Ndetse dore nundi mugisha uraje ageze mu nzira kuko Uwiteka yagambiriye kuguhesha umugisha kuko yakugize isooko y’umugisha kandi abo uzasabira umugisha Uwiteka azawubaha,ariko abo uzawusabira bagenzwa no ku kugigira uzabahindukira umuvumo uko niko Uwiteka aavuga.
Dore ntakabuza abakugigiriye bose baciriweho iteka n’Uwiteka Imana yabakiranutsi bazabunga amahanga abandi bazarimbuka bagere ikuzimu kwa nyamutezi aho bazaba mu icuraburindi ry’umwijima ibihe byose kuzageza isi irangiye uko niko Uwiteka avuga.
20 Dec,2015 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwia riti,mwana w’umuntu,rekura intambara ive mu bubasha bwawe yerekeze muri gakondo yabakiranutsi kuko igihe cyayo kigeze kandi gisohoye.Dore Uwiteka yagushyiriyeho kugirango usenye kandi urimbure imisozi n’uduszi nimigina nibigugu byose biri mbere y’ubwoko bw’Uwiteka kugirango bumenye yuko Uwiteka ariwe Mana Johova Uwiteka uca imazna zitabera uko niko Uwiteka avuga.
Nuko mbaza uwanyerekaga nti,intambara se ndayirekura gute kandi ko ntayo mbona mu maboko yanjye?Aransubiza ati,vuga ijambo rya nyuma kumwakagara kuko Uwiteka yakugize umucamanza wabatuye isi mu gihe gisa nk’iki!Kugirango ububasha bwe bushobore gukorera muri wowe uko niko ategetse!Nuko ndatangira ndatura mvuga n’ijwi rurenga ngo”YEWE WA NTAMBARA WE,WAHANUWE NABAHANUZI,TEGA AMATWI AHO URI HOSE KUGIRANGO NGUHE AMABWIRIZA YIBYO UJYA GUKORA MURI GAKONDO YABAKIRANUTSI”
Aka kanya mbona Malaika w’Uwiteka aturutse iburasirazuba aza kumva amabwiriza,uwo Malaika yari yambaye amababa (4) asobanura impande (4) z’inkiko z’uRwagasabo gakondo yabakiranutsi.
Ngaho rero genda utegure intambara nurangiza kuyitegura unateganye aho uzahungishiliza ubwoko bw’Uwiteka Imana Nyiringabo butashoboye guhunga,kugirango ubone aho uzabuhisha iyo ntambara ikomeye kandi iteye ubwoba isi yose! Kuko amahanga yose azarira agahongora kuko azavuza induru kuba hongeye kumeneka amaraso muri gakondo yabakiranutsi kubera kutihana kwabo kandi bakaba barahawe igihe gihagije cyo kwihana ariko bakaba baranze ahubwo bavuze yuko Uwiteka adashobora byose maze bamwirukana mu gihugu cye yiremeye maze bimika ibigirwamana byabo uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero umenye yuko igihe cy’ibyo twahanuye kigeze kandi gisohoye ngaho rero manuka ugenda Numara kurangiza ibitegetswe n’Uwiteka Imana ugaruke hano mu butayu nguhe amabwiriza ijambo rya nyuma!Nuko mbona malaika w’Uwiteka aragiye akore uko Uwiteka yategetswe arangije aragaruka mubaza niba yabashije gutegura ahazahungishirizwa ubwoko bw’Uwiteka bwemeye ijambo ry’Ubuhanuzi.
Ansubiza ko yamaze kuhategura,nuko mu bwira ijambo rya nyuma yuko akwiye gutegereza ko tubanza gukura umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe mu gihugu cy’ubutayu hanyuma tukamuha inshingano z’ibyahanuwe maze nuturangiza kumukura mu butayu agahbwa inshingano ze uzabone kurambura inkota yawe maze urekure imiyaga (4) gende ujye guhangana n’Uwiteka Imana.
Nkimara kumubwira ibyo, mbona haje umuyaga uturutse iburengera zuba,uza uzanye ibiti by’imbuto ziribwa,mbona izo mbuto umuhanuzi n’umuhanuzi mukuru bose babashije kuzisoroma hamwe nabakiranutsi,nabakiranutsi kazi bose babaye intwari zo kwizera ndetse bakaba barakoze umurimo wabo uko bikwiriye badafite ubwoba bwo gushyigikira umurimo wa data maze bahabwa inshingano zo kuba abahagarariye iby’ibigaburwa by’ibyahanuwe.
Maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,reka bagororerwe kuko batigeze baba abanyabwoba kubera bemeye gutanga ubugingo bwabo bagasigara biringiye ijambo ry’Uwiteka gusa.Kandi buri gihe bahoraga ku nkeke z’uko ubugingo bw’abahanuzi bushobora kurimburwa, bityo bagahora kumavi kugirango Uwiteka arinde ubugingo bwabo uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Nuko rero abanyabwoba nabakunda batigeze bita kubugingo bwanyu bakaba bategereje kureba yuko ibyahanuwe bisohora ngo nibirangira bazahite bizanishwa bavuga amagambo yo gushyeshya kuko ibyo batinyaga babnye ko bibayeho kandi bigaragaye kugirango bazitirirwe ibyo bataharaniye ngo ibyo babyita ubwenge bw’isi ariko ntabwo bizakunda yuko ibyo bibwira bizabakundira.
Kimwe nabo watangirany urugendo hanyuma bakaza ku kureka bakagusigirira mu butayu abo nabo nta bwo bazibukwa ubwo abakiranutsi bazaba bataramye ibitabo bya bumbuwe barimo kwibuka ubutwari bw’abakiranutsi uburyo bemeye guhara amagara yabo bakemera kwizera no kwiringira Uwiteka Imana yabo reka ibizaba bibe turebe yuko Uwiteka ari kumw natwe uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abagabo (2) baza magigiri batumwe gushimuta umuhanuzi bamaze kumugeraho bakeka ko yaba ari we,babitewe nuko yahindutse akaba atagisa nk’uko yasaga mbere kuko Uwiteka yamuhinduye ishusho ndetse amuhindura no muruhanga ndetse namenyo nayo arayahindura.
Nuko bashaka nyampinga bamuha ikiraka cyo kuza akamfotora yarangiza akabashyira amafoto bakareba yuko ari jyewe,nuko arafotora amaz gufotora arigendera,nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara hamwe n’umugabe kazi bagiye gukoresha amafaranga menshi kugirango bohereze abantu baze ku kureba bitwaje ijambo ry’Uwiteka Imana kugirango bagufotore barebe ko ari wowe kuko bakeka ko mwaba murenze umuntu umwe mushinzwe kwandika ubuhanuzi bityo ugasanga bahiga umuntu udahari kuko bakoze ibishoboka byose ariko bakaba batakubona.
Kuko birashoboka yuko mwakoresha ikoranabuhanga ukitwa amazina ya mugenzi wawe,nawe akitwa ayawe,mwarangiza mugakina inkina mico bigatuma ariyo mpamvu batabasha ku kubona,dore nkubu warahindutse ntibashobora ku kumenya naho mwahurira mu muhanda rwose wahita bagahita nyamara wowe ushobora kubabona nuko ngiyo gahunda bafite.Urabona ko ejo hashize.
19 Dec,2015 wari wicaranye nabo muri restaurant ariko ntibabashije ku kumenya ariko wowe wumvaga ibyo bavuga byose ariko bo ntibashoboye ku kumenya gusa wagize neza wikuriramo akarenge wumvise ko bari bahinduye Abarundi nyamara se wumavaga batavuga ikirundi ki Kinyarwanda!
Nerekwa abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu,basize imitungo yabo igihe cya genocide bagahunga ubutabera kugirango batazacirwa imanza n’umwakagara mbona abahutu basigaye bemera kuba ingaruzwa muheto.Nerekwa iyo mitungo ihabwa abakagara bab’Abega ndetse bigaruriye imitungo y’ibwami maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umujinya w’Uwiteka umunawe nuguca imanza zitabera kuko umwakagara yigaruriye imitungo n’amatongo yabahunze gakondo yabakiranutsi.
Igikorwa yakoze kinyuranye n’amategeko kandi icyo ni cyo kimukuye ku ngoma kubera guca imanza zibera uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzahomaze rirambwira riti mwana w’umuntu,dore Nkurunziza Peter igihe cye kirarangiye akuwe ku ngoma imbaraga n’ububasha bihawe kommite yitwa ingarura mahoro mu gihugu cy’Uburundi kandi abo nibo bazaba bafite ububasha bwo gufata icyemezo muri gahunda nyobora gihugu kuko yanze kumva ibyahanuwe none Uwiteka aramurutse kugirango amuhe abadayimoni bamukoreshe icyo bashaka kuko yananiwe kumvira Uwiteka kandi abeshya ngo yititirirwa ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Dore ntakabuza azakorwa nisoni kuko yananiranye akigira umunyabwenge akemera kuyoboka imana za mahanga abeshya ngo nawe abarirwa mu bwoko bw’Abakiranutsi.None dore ijuru rimukuyeho kuko icyubahiro yahoranye azagishaka akibure kandi azota umuriro wigisuzuguriro none hanura kandi ubishyire kukarubanda kugirango ubwoko bw’Uwiteka bumenye ibigiye kubaho ko byabanje guhanurwa mbere yuko bisohora uko niko Uwiteka avuga.
Maze gukora ibi byose Uwiteka ategetse mpita menya yuko igihe cy’Abakiranutsi gisohoye bagiye kwinjira mu masezerano yabo nk’uko yabasezeranije ariko ababaye ibigwari ntabwo bazinjira muri ayo masezerano kuko bananiwe guhamya ijambo ry’Ubuhanuzi ry’Uwiteka yavugiye mukanwa kabahanuzi ahubwo barangwa no kugira ubwoba cyane bituma banamuka bava mu byizerwa ntibaba bagikonje cyangwa bagishyushye ahubwo bahinduka akazuyazi ngo barashaka kwigira abantu beza imbere y’abana bab’abantu none dore abo biringiranga baciriweho iteka n’Uwiteka Imana yacu uko niko Uwiteka avuze.
19 Dec,2015 Ubwo nari mu gihugu cy’IBABYLON kumurwa mukuru waho witwa ISHUASHAN,ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore gakondo yabakiranutsi umurwa mukuru Yerusalem(Kigali) usa neza cyane kurusha ibindi bihe byose byabayeho.
Maze nerekwa abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bacitse ku icumu rya genocide ko babuze ubutabera,mbona ko hasigaye bacye cyane mu murwa mukuru w’Iyerusalem mbona nabanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu bakoze genocide nabo bidengembya muri uwo murwa aho baba bihishe kubera ibyaha bakoze.
Nerekwa ko,abo bahutu hamwe nubwo bwoko bwa Kane (4) bwabacika cumu,bose bazerera muri uwo murwa nyamara abacika cumu,nta bwo bari baratanze ibirego byabo mu butegetsi bw’umwakagara itewe nuko ahora ababwira ubumwe n’ubwiyunge baba batararuhuka ati,twibuke genocide.
Divide and rule.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore umwakagara yabaye umuriganya ukomeye cyane,yakoresheje ibyago by’abantu banjye kwishakira indonke ze z’ubutegtesi,ariko igihe kirageze ngo,ntange ubutabera mukiganza cyanjye uko niko Uwiteka avuga!
Nerekwa ko abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu,bagambana ngo ntibazatahe,cyane cyane babandi basize bakoze ibara rya genocide.Aho kugirango bibuze bo ubwabo gutaha kugiti cyabo,ahubwo bagashaka gufatirana hamwe nabatarakoze genocide kugirango ikibazo cyabo bagihindure icya politike bityo babone impamvu yo kudatahuka mu gihugu gakondo yasezeranijwe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nongera kwerekwa abanyarwanda bataha vuba vuba baturuka impande (4) z’Isi zose kandi bataha batunguwe,kuko kuvanwaho k’Umwakagara kwabaye ugutunguye isi yose cyane abanyarwanda kuko bari barihbye ko atazava ku ngoma.Nuko mbona bataha batarwiyambitse ndetse bamwe bananiwe no kugurisha utwabo bari barahawe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi aho bajyanywe mubusuhuke mu gihugu cya ASHURI.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,ubonye yuko,abanyarwanda barimo kwiruka amasiganwa basiganirwa kwinjira muri gakondo yabakiranutsi?Ndasubiza nti,yeeeeeeeeee,nabibonye!Ndabwirwa ngo,uko ubonye basiganwa bataha bamaze nk’inuma ziguruka zisubira mu tuzu twazo,uko niko bigiye kugenda abanyarwanda bagiye kwiruka amasigamana bataha berekeza muri akondo yabakiranutsi kuko umwanzi wabakiranutsi akuwe ku ngoma uko niko Uwiteka avuga.
Mu gihe nkiri ahongaho mur’iryo yerekwa,mbona abana babangavu,hamwe nabanyaminga bose binjira mu ishuli ryo kwigisha abatutsi kubaha Uwiteka Imana bakamenyeshwa yuko ashobora byose,mbona bagiye kwishuli mu cya kale,ariko mbona ko nibura bagarutse kumugoroba bataha bavuye kwishuli.
Ndasobanurirwa ngo,abakobwa babatutsi-Kazi kubera ubwibone bwabo,bagiye kwinjizwa mu ishuli bigishwe kubaha Uwiteka Imana kandi bamenye yuko ari we ushobora byose uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umugabe-Kazi Nyiramongi JEZEBEL yarahiye ngo ntabwo azarya ntazanywa kandi ntazaryama atabonye igihanga cyawe,ngo kuko wahagaritse umutima we ubutaruhuka ngo agiye kongera gukora ibishoboka byose akore iyo bwabaga maze arebe ko yabona igihanga cyawe.Ariko umubwire uti,yewe mukobwa wa Murefu,dore waravumwe kuko uhiga igihanga cy’umwana w’umuntu utariho urubanza!Nyamara dore Uwiteka araguhagurukiye kugirango ace imanza zitabera zananiranye ziri hagati yawe n’umwana w’umuntu,kugirango bimenyekane yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uwiteka avuga.
Umuyobozi mukuru w’Idini rya CLPR,aririwe ntaraye!
Ahagana saa 9:58 ubwo nari nibambuye kugisasiro,nicara mu ntebe ngirango ntekereze neza ibyo nari mbonye mwiyerekwa,ahubwo nahise nsubizwa mu iyerekwa ku ngufu z’umwuka w’Uwiteka Imana(Mwuka wera)ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara yivuganye Col.PST.Fredy Nyamurangwa kandi agiye kumwicisha accident kuko amutinya cyane ko asobora kuzifatanya nabamurwanya mu gihe urugamba ruzaba rwasakiranye arimo kugenda atekereza abahoze mu ngabo ze kandi bazwiho kurwana none yafashe umugambi wo kuzajya abicisha urufu runyuranye uko niko Uwiteka amuburiye.
Ubwo abayoborwa nawe cyangwa basengana nawe,muraza kumuburira icyo Uwiteka yanuvuzeho kugirango nibura ytegure kandi yitunganye yihane ibyaha byose yakoze kugirango aheza hazamubere mu ijuru kuko bigoye cyane ko azacika urupfu rw’Umwakagara kuko iyo yagambiriye kumena amaraso ashirwa aruko abigezeho uko niko Uwiteka amuburiye kandi niko avuze!
Ubukwe bw’umuherwe muri gakondo yabakiranutsi.
20 Dec,2015 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maz rirambwira mwana w’umuntu,itegereze ibiri gukorerwa imbere yawe,nditegereza mbona inzu irimo gukorerwamo ubukwe kandi ubwo bukwe bwari bwatashwe n’Umwuka w’Inzika y’Inzigo yabapfuye bazize genocide yakorewe abatutsi ndetse nabasirikare bishwe bazira akamama.
Nuko nerekwa inzu igizwe (igihugu cyangwa amasezerano) igizwe nimiryango ibiri gusa,iyo miryango niyo abantu bazaga mur’ubwo bukwe banyuragamo kandi yarikinze bakinjirana imbaraga babanje gusenya cyangwa gusunika umuryango.Nerekwa ubwo bukwe butahwa nabagore benshi cyane.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore abagore bab’Abatutsi kazi bakomeye bemeye kuba ingaruzwa muheto n’inoma y’umwakagara ndetse bemera kuyoboka ibyo abategeka byose kugeza nubwo bemeye guhinduka inkozi nzikibi (Abarozi) bagakora ibyangwa namaso y’Uwiteka Imana y’Israel.
Niyompamvu Uwiteka agiye guhorera amaraso yamennwe ari ntampamvu kuko urusaku rwayo rubaye rwinshi cyane mu matwi y’Uwiteka Imana.Nuko numva aho ayo maraso ataka asakuza cyane asaba guhorerwa abaza Uwiteka ngo,ese twebwe tuzahorerwa ryari?Nuko ijwi rirasubiza ngo nimutegereze igihe cyateganijwe n’Uwiteka kugirang guhora k’Uwiteka kuzabe kuzuye dore byose yabishyize mu kiganza cy’umuhanuzi ninawe ufite urufunguzo rwo kurekura guhora k’Uwiteka ashingiye kubyahanuwe by’ibimenyetso yahawe akabishyira ahagaragara kugirango abizeye iryo jambo rizababere umubavu uhumura neza uko niko Uwiteka avuze.
Yewe ntakabuza Uwiteka azahora kandi si cyera cyane ahubwo dore ngibiriya ndabireba ibijyanye no guhora kwe,kuko ibyo Uwiteka yavuze no gusohoza ntazabisohoza?Uko niko Uwiteka abaza,kuko aruwo kwizerwa kandi ar’uwo kwiringirwa,reka tubitegereze kuko bigeze mu irango ry’irembo rya gakondo yabakiranutsi kugirango ababyizeye ntibazabure kubibonesha amaso yabo uko niko Uwiteka avuga.
uRwanda ruhawe umwaka (1) kwigishwa n’Uwiteka ikoranabuhanga ku buntu murwego rwa degree muri Information Communication and Technlogy ruzatangira umwaka wa 2016-2017 niko Uwiteka ategetse.
21 Dec,2015 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,injira mu iyerekwa nkwereke ibigiye kubaho murwagasabo gakondo yabakiranutsi kugirango wandike kandi uburire ubwoko bw’Uwiteka bukomoka murubyaro rw’Abraham ibigiye kubaho mu isi yabazima.
Nuko mbona kandi nerekwa ko itangaza makuru ryo murwagasabo rigiye guhura nibibazo bikomeye aho rigiye guhunga gakondo yabakiranutsi.Mbona umunyamakuru wahunze kubera ubutegetsi bw’igitugu bw’Umwakagara washatse kwiba ingoma yabakiranutsi maze ategeteka ko buri muntu agomba gukorera iyo ngoma itemewe namategeko.
Mbona itangaza makuru ry’amahanga rishyira ahagaragara akarengane gakomeye gakorewe abakora umwuga witangaza makuru muri gakondo yabakiranutsi.Nerekwa TV mpunzamahanga itabariza abakora umwuga witangaza makuru kugirango batarimburwa nk’uko abambere barimbuwe muri 1994.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore muri gakondo yabakiranutsi,banizwe n’ijambo ry’Uwiteka kuko bananiwe kuryizera none rikaba ribasohoreyeho kugirango ibyahanuwe n’umuhanuzi Majeshi Leon bibashe gusohoza uko niko Uwiteka avuga.
Dore abana bab’abantu banze kwiringira ijambo ry’Uwiteka none birangiye rifatira kumunigo kubera kuba abizera gato.Niyompamvu Uwiteka atazumva gutaka kwabo kuko banegurije amazuru ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi biringira ijambo ry’Umwakagara wigize ikigirwamana kandi ar’umuntu uhumeka umwuka mu mazuru agapfa akibagirana burundu uko niko Uwiteka avuga.
Mbona ko abahakanaga ijambo ry’Uwiteka ko batsinzwe nurubanza bataburanye kuko bavugaga yuko ijambo ry’Uwiteka atariwe warivuze ahubwo yuko ari gahunda yo kwangisha abaturage igihugu nyamara dore birangiye babonye yuko bafashwe mpiri n’ijambo ry’Uwiteka kuko banze kuryizera bakizera umwakagara none reka bahame hamwe barebe ko arumuntu nkabo ko adashobora gukiza ubugingo bwabo uko niko Uwiteka avuga.
Cyakora abiringiye ijambo ry’Uwiteka bakabura uburyo bwogukiza ubugingo bwabo,abo Uwiteka azabarinda,ndetse hariho nabimanihoronije bavuga yuko ngo bahawe isezerano n’Uwiteka ko bazarindwa nyamara Atari Uwiteka wabahaye iryo sezerano ahubwo aruburyo bwo kwiriganya no kwigirira ikizere yuko bazarindwa nyamara ntaho bihuriyenisezerano ry’Uwiteka ahubwo bakaba barashatse kwerekana k obo babana n’Imana cyane kurusha abandi kandi batanabana nayo.
Ndetse bamwe bakaba baraguye mu mutego wo kumva amabwire na magambo yabakagara bagerageje kwifatira abaturage kugirango ubwami bwabo butabura ababayoboka kandi Umwami wabakagara ari bwo agiye kwima ingoma irwanya ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nuko nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona igihugu cy’uRwagasabo ko gihawe bursary yo kurwego rwa degree yo muri Information Communication and Techonology ICT iyi programme uRwanda rukazayiga igihe cyingana n’umwaka (1) gusa uhereye muri mutarama 2016 kuzageza ukuboza 2016 akaba ariho bazarangiza iyo programme ya (degree).
Kuko umwaka wa 2015 bawurangiije biga amashuli yisumbuye (Secondary school) uhereye muri mutarama 2016 bakaba bagiye gutangira kaminuza y’umwaka (1) gusa bakazaba barangije kwiga kubaha Imana kuko bajyanywe kumusozi wagenewe abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi ngo bigishwe yuko Uwiteka ari we wenyine uhobora byose.
Mwana w’umuntu,dore ubwoko bw’Abatutsi bwakuwe mu giputa bahabwa gakondo yabakiranutsi bahabwa amazu batubatse,bahabwa ububiko bw’iby’ubutunzi bataruhiye ndetse Uwiteka asohoza isezerano ryo kubaha igihugu batari bushobore kumbaraga zamaboko yabo maze bima ingoma bamwe bigira abami abandi bigira ibikoma ngoma,abandi bigira abatware maze Uwiteka arabitegereza arabihorera ngo arebe amaherezo yabo.
Bamaze kwima ingoma,batura mu mazu batubatse,bahabwa ibyo mu bubiko (Bank) bataruhiye maze banyirabyo barohera kubera kumena amaraso yabo bishe batariho urubanza.Nuko amahanga arasakuza ariko kuko ijambo ry’Uwiteka Imana ryari ririnze isezerano rye,nta cyo amahanga yabashije kugeraho.
Aho kugirango bashime Uwiteka yuko abakuye mu egiputa akabasubiza gakondo yabo,ahubwo baradamaraye, banga gukorera Uwiteka kandi ari cyo cya tumye abakura imahanga ngo baze gutambira Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uwiteka abivuga.
Ndetse nabagerageje gutambira Uwiteka Imana barababuza ahubwo babigisha kuyoboka imana za mahanga bigishijwe n’umwakagara nk’uko Ahabu mwene Nebat yigishije ab’Israel gukiranirwa akababuza gukorera Uwiteka Imana yabasekuruza maze bakayoboka kunyuza abakobwa babo nabahungu babo mu muriro.
Sibyo gusa,ahubwo yabigishije no kuraguza ibicu bakoresheje urugimbu rw’inkoko,ndetse abigisha umuco wo guhumanya no kuroga abatavuga rumwe nawe banze kuyoboka ubwami bwe,yakoze ibyangwa n’Uwiteka kuva igihe cyose yagiriye ku ntebe yo kumena amaraso yabatariho urubanza.
Kubera iyo mamvu,dore Uwiteka Imana yabakiranutsi,akuye Umwakagara ku ngoma,ndetse nagatsko kari gashinzwe kuraguza inyenyeri, ukwezi,izuba,n’ibicu,nako Uwiteka agakuye ku ngoma niyompamvu ako gatsiko kose karwanije Uwiteka Imana Uwiteka akinjije mu ishuli ryo kwigisha abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi kugirango abazabasimbura nabo ntibazatinyuke kuba bagerageza gusuzugura Uwiteka Imana yabo niyompamvu yasigarije bamwe mu mahanga kugirango ubwo abanyagatsiko bazaba bakuwe ku ngoma hazaboneke bamwe mubazasimbura ku ngoma yabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse.
Dore biraje byihuse kandi bisimburana vuba vuba,kugirango bimenyekane yuko umuhanuzi yarabarimo ariko bakanga kumwumvira ngo nuko adafite amateka y’ubutiriganya kandi ngo akaba adakomoka Iyeresalemu ngo kuko Igarilaya nta muhanuzi uhakomoka!
Ariko ubwo muzabyiganira mu mwinjiro niho muzamenya yuko umugaragu w’Uwiteka burya yakoreraga Uwiteka Imana yabakiranutsi.Ndetse icyo gihe muzatabaza Uwiteka maze nawe azabima amatwi kugirango atumva gutaka kwanyu maze akavaho abagirira imbabazi.Kuko mutagiriye abandi imbabazi,nawe ntazabagirira imbabazi kuko mwaciye ibihanga mutareba ndetse mwibuza kumva gutaka kw’imfumbyi nabapfakazi.
Ahubwo mubahindura ibicuruzwa,nyamara ari mwe mwabahekuye!Ibyo byose mwarabikoraga mukagirango amaso y’Uwiteka Imana ntareba,mwagize gukiranirwa cyane kandi mwirinze imbabazi abantu barataka Babura uwabatabara nyamara mwebwe mwaratakaga nkabatabara ndetse amahanga agahurura ariko mu maze kubona ko mugiye ku ngoma mwibuza umutima w’imbabazi ahubwo muhora inzigo nyamara ntimwari mukwiye guhora kuko Uwiteka ari we uhora agaca imanza zitabera.
Nta bwo mwategereje ngo Uwiteka yicire imanza zitabera ahubwo mwashyuhijwe no kwihorera kandi kwihorera kwanyu nta bwo kwigeze kugira iherezo ahubwo niko kwabaye urufatiro rw’ubwami bwanyu
Amaraso yababereye urufatiro,amagupfa ababera ibyiringiro,ndetse murayarata cyane mwagamba kubo mwahemukiye ndetse mubima amahirwe yo gushyingura imiryango yabo.Ibyo byose mubikora nari mu ijuru nararebaga,ariko mwebwe mwigize nkaho nta Mana iriho mu ijuru ibareba maze sugukiranirwa mwiva mu mizi mukora ibyangwa namaso y’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nuko rero,ubwo mutagize umutima w’imbabazi ngo mwibuke ko namwe mwabaye imfumbyi,ndetse abafasha banyu nabo bakaba abapfakazi,ngo bibatere kugirira imbabazi abo mwasanze ahubwo mukanezezwa no guca ibihanga byabo kugirango murusheho kugwiza imitungo mutaruhiye,noneho nimwumve uko Uwiteka avuga.
Dore mwigize ibikomerezwa kandi murabantu buntu bahumeka umwuka ushiramo,ndetse nta nubwo muzi isoko y’umwuka muhumeka,yewe namarembo y’ikuzimu nta bwo muzi aho aherereye,ndetse ntimushobora no gusobanura ukuremwa k’uruhinja munda ya nyina.Ariko mwebwe mwafashe abatariho urubanza murabafomoza ngo munezeze imitima yanyu.
Nuko rero kuko mwakoze gutyo,maze ntimwibuza gukiranirwa kumanywa yihangu,ubwo aruko mwakoze,mugakomeza imigenzo yanyu yo gukiranirwa,Uwiteka agiye gukomeza imigenzo ya ye yo gukiranuka kugirango mu menye yuko ariwe Mana idakiranirwa kandi ko ica imanza zitabera uko niko Uwiteka avuga.
Mwanze kugaragaza kwera no gukiranuka k’Uwiteka Imana imbere yamahanga,niyompamvu nanjye nitoranirije abagaragu banjye banyubaha nahishe mubaba yanjye nanga yuko baza kuba mu bwami bwanyu,ahubwo mbategurira kugirango bazabasimbure ku ngoma.Abo bazankorera kandi bazampesha icyubahiro.Nanze ko bivanga mugukiranirwa kwanyu,ndetse abataramenye imitima yanyu ko yuzuye ubushye bw’ibyaha nabahumuye amaso maze barahumuka babasha kubona no kumenya ubugome bwanyu mbashiramo umutima wo guhunga kugirango bave mu gihugu cyuzuye gukiranirwa.
Abanze kunyumvira narababateje mubagirira nabi,maze babon akumva imvugo yanjye,barongera basubira muhungiro,abo bari barabibeshyeho niyompamvu nabakuye hagati muri mwe,maze basubira ishyanga aho niho babashije kubona ubugome bwanyu maze bashima izina ryanjye ko nabakijije ikigozi cy’umugoyi bamenya yuko nd’Uwiteka Imana ikiranuka.
Ijambo ryanjye mbaha rya buri munsi mwari negurije izuru,mwanga kumva iyo ivuga yo mu ijuru,hejuru yibyo mugerekaho guhiga bukware umugaragu wanjye wemeye kunkorera akanyumvira,mushaka kumwambura ubugingo,iyo ntaza kumubaha hafi muba mwaramukuyemo ubugingo maze abantu bakavuga yuko ukorera Uwiteka bidafite umumaro ariko narinze ubugingo bwe kugirango akomeze gukora umurimo wanjye kandi akomeze kubacira imanza kuko aruwo mu bwoko bwanyu.
Dore nabahagurukirije umuhanuzi wo mu bwoko bwanyu kugirango mutavuga ngo,nabahaye umuhanuzi ubanga urunuka.Nyamara uwo nta cyo mu mushinja kuko atigeze abakiranirwaho kuko yakunze gukiranuka yanga gukiranirwa urunuka nyamara yabaga muri mwe.Nubwo yabgishije ibyo gukiranuka mukanga kumwumva ngo nta mateka afite,nyamara namwe ntayo mwari mufite kandi nayo mufite nayo gukiranirwa kuko adashimishije nagato uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero muhame hamwe muhangane n’Uwiteka kuko Umwami wanyu namuhitishijemo ibintu (3);intambara,inkota,ibyago,maze ahitamo intambara,ubwo rero Umwami wanyu yihitiyemo intambara yagize neza ajya kuyihitamo yari yiyizeye cyane nuko rero nimuhame hamwe mukomere kumuheto kuko mugiye guhangana n’Uwiteka kuko yashatse kubarengera ariko muranga.
Nikangahe nashatse kubabundikira nk’uko inkoko ibundikira imishwi yayo ariko mwebwe mukanga?Uko niko Uwiteka abaza!Dore ntakabuza sinzibuza nahato kutabagirira nabi kuko umukozi akwiriye guhembwa ibyo mwabibye ninabyo muzasarura kuko icyo umuntu abibye ari nacyo akwiye gusarura.
Mbese umuntu yabayara adatwite?Uko niko Uwiteka abaza!Mwasamye inda murangije murayibyara,none mugiye kurera umwana mwabonye inda itarabahitanye mugirango bizabahesha amahirwe yo kurera uwo mwana?Uko niko Uwiteka abaza!Ngaho nimuhame hamwe uguhize ubutwari muratabarana nimuhame hamwe mwahize ubutwari ko mur’intwari nanjye nzareba ubutwari bwanyu ubwo muzaba musakiranye rwambariye gutabarana icyo gihe nibwo nzamenya ubutwari bwanyu uko niko Uwiteka avuga.
Narabinginze mundebera kurutugu ndetse Umwami wanyu yavuze yuko ngo,icyo nzamubanza azansubiza,reka noneho mubaze ikibazo maze ansubize.Mbese umwuka ahumeka yasobanura inkomoka yawo?Ngaho nimba urumugabo subiza icyo kibazo nanjye menye yuko urumugabo ese Wabasha kumenya iminsi usigaje ku isi?Uko niko Uwiteka abaza!Niyihe nkomoka cyangwa isoko yabanzi bawe?Ngaho nimba urumugabo subiza ibyo bibazo bicyeya nkubajije uko niko Uwiteka avuga.
21 Dec,2015 nerekwa umugabo muto muto ukora muri leta y’umwakagara,yarafite nkibiro (60kgs) by’uburemere ariko mu mufuka we hari nkibigo 1000kgs by’ubutunzi yakuye muburiganya bw’abaturage akaba yarafite amazu arenga (7) mu murwa wa Kigali nuko ndamubaza nti,wa mugabo we,ubu butunzi bwose wabukuye hehe?Nuko ansubiza ko buri mwaka agura inzu cyangwa akubaka inzu.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bigwijeho ubutunzi buturutse muburiganya kandi bakagereaho no kwambura abaturage utwabo bishakiye,none igihe cyabo cyo kubisiga kirageze aho bagiye kongera kubuyera kuko bakoze ibyangwa namaso y’Uwiteka uko niko Uwiteka avuga.Nuko rero uko bagenje ninako nanjye ngiye kubagenza kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yabakiranutsi kuko njya kurema isi ni juru ntabwo twari kumwe nabo uko niko Uwiteka avuga.
Dore ubutunzi bwabo n’imbaraga zabo,amaboko yabo,kwishyira hejuru kwabo,agasuzuguro kabo,ubwenge bwabo,uburiganya bwabo,ubugegera bwabo,ubutiriganya bwabo byose Uwiteka abishyizeho ishyerezo!Uko niko Uwiteka ategetse.
Ubwo narimvuye ku murwa w’IBABYLON witwa SHUSHAN kurimo w’Uwiteka,ubwo nirambikaho gatoya,maze njyanwa mu iyerekwa mbona umwanzi (Inkozi zibibi) ziraje zishinga ihema imbere y’ihema ryanjye,kugirango bajye bagenzura imigendere yanjye nimwicarire yabjye gusoka no kwinjira nuko ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi yashinze ihema imbere yawe nuko rero ukwiye kuba maso kandi ukagira ubwenge ukamenya uko ugenza uko niko Uwiteka avuga.
Nuko mvaho nari nirambitse njya gutira isuka kumuturanyi kugirango ntangire mparure inzira inyura mugikari aho nzajya nyura aho kugirango nyure imbere y’ihema ry’umwanzi wanjye ngo arebe kandi yitegereze uko imikorere yanjye!Nuko ndahrura ndaharura kugeza nciye inzira ingeza kumuhanda munini werekeza kumurwa mukuru w’ISHUSHAN ndawurangiza ahagana mu masaha mbiri z’ijoro nuko numva ndanezerewe kuko mbonye aho nzajya nyura ntarinze kunyura imbere y’umwanzi wanjye
22 Dec,2015 njyanwa mu gihugu cyo mu butayu nsangayo ubutunzi bwose bwabakiranutsi bwari bwaratwawe ninkozi zibibi babuhishayo kugirango bajye babukoresha kandi kugirango banyirabwo bazajye baba mu butayu mu gihe bo barimo gukoresha ubutunzi bwabo kuko babuhawe na satani umwanzi wabakiraranutsi.
Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,ngaho hanura uvuge uti,mwa butunzi mwe mwahoze mubiganza byabakiranutsi,ndabategetse ngo nimuve mu gihugu cy’ubutayu musubire mububiko mwahozemo bwabakiranutsi kugirango abakiranutsi bakurwe mubutayu ntimuzongere kugaruka mubutayu ukundi.
Nuko Malaika ushinzwe kurekura ubutunzi bwabakiranutsi arasubiza ngo,erega,banyiri butunzi babaye abanebwe bo gusenga,kuko bidashoboka ko nabashyira ubutunzi bwabo batasenze kuko buri gihe ndabahishurira ngo babashe gusenga ariko nta bwo bajya babyitaho babitewe nuko bahora bizera amagambo ya bana bab’abantu aho kwizera ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Ijuru kuri jyamo bazarijyamo ariko bazabaho nabi kuri iyisi kandi ubutunzi bagenewe n’Uwiteka batabonyeho kuko bababye intabuti mu byo kwizera uko niko Uwiteka avuze.
Maze kuvugana na Malaika ndongera ntegeka bwa butunzi mbona Malaika arambuye ikiganza cye ategetse ko busubira munbubiko bwabakiranutsi kubera ko umuhanuzi atanze itegeko ry’uko ubutunzi busubira mu bubiko bwahozemo.Nuko mbona buvuye mumfuruka y’ubutayu aho bwari buhishe busubira mu bubiko bw’abakiranutsi babaye intwari babashije gusenga no kwizera ijambo ry’Uwiteka Imana ndetse ababaye intabuti ubutunzi bwabo bwongererwa bagenzi babo kuko Uwiteka adashaka ko ubwo butunzi bukomeza kuguma mummaboko yabanyabyaha na satani wabeshye isi yose yiyitirira ko ariwe Mana kandi ar’inkozi y’ikibi nikinyoma.
Ahagana mu masaha ya saa 02:55 z’ijoro ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,nta mugisha ugisigaye mu majyepfo,y’isi yo mu BURAYI,burya uwo wabonye Uwiteka niwe wari yabitegete kuko yashakaga ko basohoza imigambi yabo mibisha babicishije munzira bitiriye amasengesho maze Uwiteka nawe arabyemera kugirango aguheshe umugisha wikmurire ibibazo byawe doreko aribwo warukiva mu gihugu cyo mu butayu ukaba utuye kunkengero zabwo.
Bari bazi yuko bazagushukisha intonorano hanyuma bakagukuraho imivugo hanyuma yuko ubatahuye babuze imivugo bahitamo kuba bakuretse nta nubwo batewe ubwoba yuko wbatahuye kandi uzabashyira ahagaragara,ahubwo bo bumvaga ko bagomba ku kuriganya kugirango uzababere inzira yo kwica igihanga cyawe.Bamaze kubibura nibwo batangiye kujya bakwereka ko utarumuhanuzi ahubwo ko wowe urumunyapolitike ibyo byose babikoraga bashakisha uburyo bazakubonaho icyaha kugirango ubwo uzabashyira ahagaragara dore ko nigihe cyabo cyegereje maze bazabone uburyo baguharabika.
Ndibaza ko umaze kwegeranya ibimenyetso bihagije kugirango ubushyire ahagaragara bityo isi yose imenye ibikorwa byabo ndetse nabakiranutsi baherereye kuri uwo mugabane bashobore kumenya izo nkozi zibibi.
Nuko rero tangira wegeranye ibimenyetso byose kugirango ubishyire ahagaragara maze ijambo ry’Uwiteka ribashoreho”murabikora nkabihorera mukagirango duhuje ububasha,ariko igihe kizagera ubwo nzashyira ahagaragara ibyanyu,ndetse nibyavugiye murwongororano nabyo nkazabishyira ahagaragara.”
Ntukangwe nurwitwazo rwabo kuko byose bishobokera uwizeye,izo nzitwazo ntizatuma babona ijuru ngo nuko babonye impamvu,nuko rero ntuzagire uwo ugirira ibanga numwe ahubwo byose uzabikore mubuhanga n’ubwenge,ariko kandi ukazabikora mu gihe cyabyo uko niko Uwiteka avuga.
Nkomeza kwibera mu iyerekwa,mbona Mwishwa wanjye witwa MUKESHIMANA JEANETTE hamwe nindi nkozi y’ikibi yitwa Muhoza Benon wahoze akora mu nzego z’iperereza rya DMI nerekwa izo nkozi zibibi zombi zicirwaho iteka dore zose zikomoka I KIBUNGO mu ntara ya y’uburasira zuba.
Nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,itegereze urebe ibikorwa by’inkozi zibibi uburyo zajujubije abantu b’Imana,nuko nditgereza mbona imyenda myinshi irimo amapantaro yo gucuruza(Ibikorwa) byo guhumanya abantu b’Imana.
Mbona babuze abaguzi ndetse Babura nisoko bajya gucuruzaho ayo mapantaro yo mu bwoko bwa KAKI zo mu maduka.
Ndabiwrwa ngo,dore imikorere yabo yashyizweho ishyerezo bamaze igihe kinini bakora umwuga wo kuroga bahumanya abantu b’Imana ariko noneho bashyizweho ishyerezo ibikorwa byabo ntibizongera kugira uwo bihumanya kuko Uwiteka abaciriye urubanza bakaba baciriweho iteka kuko banze kwihana nyuma y’igihe kire kire baburiwe ariko bakanga kwihana.Kandi ikibabaje aba bombi bahoze mu nzu yitirirwa iy’abantu bo mu bwoko bw’Uwiteka.
Nuko rero hanura uvuge uti,yewe mugabo wa keg aka kagara,nawe mukobwa mwene shyamba rya shambo wa nshumbusho mwene shambokazi dore uwiteka abashyiriyeho ishyerezo ku byo mwakoraga ibikorwa byo guhumanya mbese ninde wababwiye yuko mu ijuru hatar’Imana?Uko niko Uwiteka abaza!
Izo mbaraga mwakoresheje muguhumanya abantu b’Imana.mwari kuzikoresha mushaka mu maso h’Uwiteka,none mwanze kwihana ahubwo muzezwa nuko mwakomeza guhumanya abantu b’Uwiteka.
Dore umuhanuzi Majeshi Leon mwari mwaratwaye umugisha we,none yagaruriwe ubutunzi bwe mwari mwaratwaye ndetse ubu yabaye imbohore aho mwari mwaramuzinze ntibigishoka yuko mwakomeza gutunga ubutunzi butari ubwanyu.Nuko rero kuko mwaburiwe mukanga kwihana dore muciriweho iteka n’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore leta ya Peter Nkurunziza irananiwe cyane kandi igeze kwiherezo,dore hagiye kwaduka indi ntamabara igiye gutuma abarundi bahungira mu Rwanda benshi bagiye guhunga kubera kurwanira ubutegetsi hanyuma ibikomerezwa byose ndetse abanyamadini bose bari barabigize umwuga(Ubucuruzi) Uwteka ashenye iyo mikorere yabadayimoni.
Uwiteka arashaka gutunganya akarere kibiyaga bigari,kuko igihe cy’ububyutse kiregereje,none dore abishyize hejuru bacishijwe bugufi,ndetse abari bakomeye mu byubutunzi bacishijwe bugufi cyane kugirango bamenye yuko mu ijuru har’Imana ijya irwanirira abakiranutsi.
Umukuru w’igihugu waramubwiye ariko yanga kumva,iyo aza kumva ibyo wamubwiye ntabwo aba ashyize igihugu mukangaratete none dore kubera kwanga kumvira Uwiteka Imana kandi yitwa ko yitirirwa ijambo ry’Uwiteka niyompamvu ibyahanuwe byagombaga gusohoza kugirango bamenye yuko umuhanuzi ibyo yavuze byavuye k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nuko nkomeza kwerekwa ibikomeye bigiye kuba KUBARUNDI mbona umuryango wabibumbye witwa HCR utangiye gushinja leta y’umwakagara ko ariyo iteje intambara mu gihugu cyabaturanyi cy’UBURUNDI maze bananirwa kubyumvikanaho na leta y’umwakagara kuko yaririmo ihamagaza HCR kuza gufasha impunzi z’Abarundi zihunze intambara.
Umuryango wabibumbye HCR ubanza kwangira maze bigezeho ufata umwanzuro wo kumanuka mu rwagasabo kugirango utangire urengere impunzi z’Abarundi ariko ninako impande zombi zateranaga amagambo maze hagaragaramo kutumvikana hagati ya y’Umwakagara na HCR (United Nations)
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore habanje Uburundi hagiye gusoza mu Rwagasabo kugirango ibiyaga bigari bibe bitunganya,iki gikombe cyabanje kunyobwa na baCongoman none hakurikiyeho Abarundi kigiye gusorezwa mu Rwagasabo kuko ari ho ububyutse buzamanukira hakazaba intangiriro y’ibyo kwizera kuko ninaho ubuhanuzi bw’Uwiteka bwamanukiye kuko ariho Uwiteka yahisemo kuzashyira izina rye ryiza rimwitirirwa cyane cyane mu murwa mukuru wa Yerusalem(Kigali) nuko rero komera kandi ushikame ukomeza umurimo wahamagariwe kuko Uwiteka agiye gusohoza ibyo yakuvuzeho kugirango igihe cyabyo nikigera bizasohore mu mahoro uko niko Uwiteka avuga.
23 Dec,2015 njyanwa mu iyerekwa mbona za magigiri zihamagarwa ngo zijye kwitaba shebuja kubera zimaze kunanirwa gukora imirimo yazo kandi bikaba binamaze kumenyekana imikorere yazo.Maze bituma umukuru wa za magigiri ariwe umwakagara nk’uko byemejwe n’inteko yabaministiri ko ariwe ukuriye inzego zose ziperereza ahagaza abagaragu be ngo baze bamwitabe.
Ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri zihamagajwe igitaraganya kubera umwakagara amaz guhabwa amakuru n’urwego rw’ubutasi rukomeye ku isi aho rwamubwiye ko,za magigiri ze zegeraniwe kuko zafatiwe ibyemezo ko bagiye kujya bazica hirya no hino ku isi.
Nuko mbona umwakagara ko ahagaritse umutima cyane kuko amayeri ye yatahuwe kandi ko atazongera kubona uburyo akora neza kubera ko,bagiye gukora nk’uko akora maze intore ze bazakajya bazica ibihanga.Nuko mbona azihamagaje kugirango bongere barebere hamwe buryo ki,bahimba ayandi mayeri yo kuzajya bakoresha abanegihugu cyaho bazaba bagiye kuneka cyangwa kugigira aho kugirango bo ubwabo bijandike ku buryo bizatuma babaniga.
Mbona ko hagiye kubaho irushanwa ryo kumvikanisha impamvu yo kurwanya umwakagara mu ntore ze zose aho ziri ku isi hose.Mbona ko umwakagara bamuhinnye amaguru atangira gukora asubiza akaguru inyuma kuko ibyo yitaga ibyuya byamaze guhinduka amaraso!
Nuko ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,burya uhagarariwe ningwe ntabura kuvoma,dore umwakagara amaze gucuka ku ibere ryabamwonkenje kuko yibwiraga yuko yakuze yabaye umugabo ku buryo yakubaka urugo rwe wenyine yifashije none amaze kubona ko nta kundi byagenda ahisemo kwigumira iwe gusa akazahangana nabazamusanga iwe ariko ibyo kongera gukurikirana impunzi bikaba bishiriye aho.Uko niko Uwiteka ategetse kuko igihe cye cyamurangiranye.
Nukuri nukuri ndababwiz’ukuri yuko,ari ntabuye rizasigara rigeretse kuri lindi mu murwa mukuru w’IYERUSALEM(Kigali) uko byahanuwe ninako bizasohora hatabuzeho na kimwe kuko uko Uwiteka yabivugiye mukanwa kabahanuzi ninako bizasohora byose bidahagaze kandi hatabuzeho na kimwe.
Ubu buhanuzi bukaba bwarahanuwe mu bice bya (20);(21);(22);havugako za magigiri z’umwakagara zigiye gukubitwa n’inkuba itagira amazi hakazarokoka bacye cyane,dore bamaze kumufatira ibyemezo kandi bamaze kumushyiriraho ntarengwa y’iminsi agiye kumara mu mwisi yabazima.
Niyompamvu umubyeyi we,amaze iminsi amusaba ati,mwana wanjye ndagusaba yuko utakongera kwica umwana wanjye narinsigaranye w’ubuheta dore ko uwimfura wamwivuganye,none nta bwo nawkihanganira kubona warishe bwasanzure,ngo hanyuma wongere wice na demokarasi hamwe na bwigenge ngo nkomeze ku kurebera uko niko Uwiteka avuga.
Niba utisubiyeho,dore ngiye gufasha bucura bwawe,muhe umunani nkuwo naguhaye,maze abashe guhangana nawe,kuko mbona ukomeje kwicira ibiti mu matwi wigize indakoreka ariko ndakubwiza ukuri icyari ku kubera cyiza nuko utari kubaho mu isi yabazima.Kuko byanditswe ngo,ntarutugu rukura ngo rusumbe ijosi uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa ko umwakagara ahinduye amayeri yo gukoresha za magigiri,ahagaza za magigiri zose zigaruka mu gihugu maze ashaka izindi ntasi nshyashya zitazwi n’umuntu wese,maze aziha ubutumwa bukomeye zigomba gusohaza bose abagiye gusimbura bagenzi babo yabagize kuba abacuruzi abasaba yuko bakwirinda ko bamenyekana kuko ngo hafashwe izindi ngamba zitamworoheye mbona ko izo za magigiri nshanshya nazo zihawe umurimo wo kumena amaraso cyane zikoresheje inzira yamarozi dore ko inzira yo kurasa yamaze kumenyekana bityo akaba ariyo mpamvu bahinduye ‘strategy’cyangwa uburyo bwimikorere bari basanzwe bakoresha.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore abahawe uwo murimo n’Abega bab’Akagara gusa kuko aribo bizewe yuko bashobora gutunganya umurimo bashinzwe ngo nibatawukora neza ingaruka nta bwo zizaba kumwakagara gusa,ahubwo zizaba no kuri bo.
Nuko mbona ko umwakagara yishimye cyane kuko ahinduye amayeri ariko agira ibyago bamwe mu bakorana nawe basanzwe natanga amakuru muri za ambasade zibihugu bikomeye mbona banatanze nubundi amakuru yose yibigiye gukorwa nuburyo bahinduye strategy cyangwa imikorere ariko biranga nabyo bishira bimenyekanye.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,umwakagara ameze nk’igihe cya Farao yakurikiraga ubwoko bw’Israel bugeze hafi y’inyanja itukura imitende yamagare yabo yagendaga ivamo kubera ko Uwiteka yaramaze kubatanga ngo barimbukire muri ya Nyanja itukura.
None umwakagara nawe niko bimugendekeye kuko ibyo arimo gukora byose byatangiriye mu gice cya 1-3 cy’ubuhanuzi aho buvuga ko ubutegetsi bwe buzamungwa gahoro gahoro we akibwira yuko bwashinze imizi ariko igihe azaba yibwira ko ahagaze ahubwo nibwo azaba yaguye uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rirambaza riti,mbese mwana w’umuntu,waba uzi icyihishe inyuma y’urupfu rw’uwahoze ayobora umuryango wa fpr inkotanyi? Col.Alexis KANYARENGWE?Ndasubiza nti OYA!Dore nyakwigendera yazize yuko umwakagara yabajije abakonikoni uburyo azabona ingoma akaba ariwe uyiyobora kuko icyo gihe uwahoze ariwe Perezida ku izina PASTEUR Bizimungu niwe wayoboraga.
Umwakagara abakonikoni hamwe nabadayimoni babo bamubwiye yuko igihe cye cyo kuyobora kitaragera abwirwa ko niba ashaka kuyobora neza yabanza kureka Col.Kanyarengwe Alexis akaba ariwe uyobora nk’uko bari barabyumvikanye maze amaze kumva ayo magambo yahise akora ibishoboka byose atanga amaraso y’ikirenga kugirango abazimu bamwemerere ufata ubutegetsi.
Dore ntabwo bamuhishe bamubwiye yuko azafata ubutegetsi akazakurwaho n’intambara ikomeye cyane izahitana abanyarwanda agahiryi nagahinda!Maze yashubije ko nta kibazo yiteguye guhangana nizo ngaruka aho kugirango ubutegetsi ingoma ifatwe nabo yitaga imbwa z’imisega.
Nuko akimara kumva ibyo abadayimoni bavugaga babinyujije mubakonikoni yahise ashakisha uburyo bwose ahumanya Col.Alexis Kanyarangwe kugirango amuvire mu nzira kuko yatinyaga ko yazamusimbura kubtegetsi kuko yaramaze kumva abazimu bemeza ko ariwe uzasimbura Bizimungu hanyuma akazabona gufata ubutegetsi aruko avuye ku ngoma ngiyo intandaro y’urupfu rwa Alexis Kanyarengwe umwana w’umuhutu wo mu bugoyi.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunganiriza cyane kuko umwuka w’Uwiteka wari wanjeho cyane kuko ntari nsinziriye ahubwo nari maso kuko byari ahagana mu masaha ya saa 2:40 byerekea mu museke nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,umwakagara yasabwe amaraso yikirenga kugirango abashe kumara imyaka yose yamaze ategeka kuko yataniranye amaraso none agiye kurangizanya amaraso yatanze ibitambo muri Congo abasirikare bagiyeyo kurwana intambara burya nta bwo yar’intambara ahubwo bwar’uburyo bwo gutamba ibitambo mu buryo butaziguye kugirango yemererwe gukomera no guhama kubutegetsi.
Abadayimoni yarabakoreye cyane yicisha abaturage batagira inagno atamba abanyarwanda agerekaho abanyeCongo byose arukugirango ashinge imizi y’ubutegetsi ariko birangizwa n’ijambo ry’Ubuhanuzi ryo ku wa 18th Nov,2012 ubwo warukuwe mu gihugu cya Uganda werekeje mu gihugu cy’IBABYLON kumurwa w’ISHUSHAN.
Ijambo ry’ubuhanuzi rimaze kumanurwa nibwo intambara ya Congo yahise irangira maze uwayiyoboraga yishyira mu maboko yabashinzwe umutekano wa leta zunz’ubumwe z’America maze umwakagara yibagirana muri DR Congo aho yari yaraguze agatobero.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho kandi cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu dore umwakagara amaze gucirwaho iteka kandi ahagaritse umutima cyane kuko abona yuko yahagurukiwe namahanga ariko kandi ntafite uko agenza kuko guhara ingoma kuri we bingana nurupfu!Na none kurekura ingoma gutyo gusa atabanje kubagora ngo nabo bamennye amaraso nk’uko nawe ya yamennye ntabwo ashobora kubyemera ariko ikiza nuko yamaze kubona ndetse akanaba yemera mu mutima we ko azakurwaho n’intambara niyompamvu afite umutima mubi aho avuga ati tukibure twese tugihombe!!!
Nuko rero mwana w’umuntu,andika ibyo ubishyire ahagaragara kugirango bimenyekane abazagwa muri iyi ntambara ikomeye izaba iyobowe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi batazavuga ngo ntibaburiwe ahubwo byandike babimenye hatazagira ubugira urwitwazo kuko harabibwira yuko ngo arabatoni k’Uwiteka bakanga kumva iyo ivuga iri mu ijuru ngo bafite isezerano ryo kurindwa nyamara atar’Uwiteka wabasezeranije ahubwo barafashwe mu bwoko na za magigiri zirirwa zikwirakwiza ibihuha byitirirwa ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo rinzaho murukerera saa 05:10 maze rirambwira riti,”USIPO ZIBA UFA,UTAJENGA UKUTA“!Bishatse gusobanura ngo,nudakora ibyo ukwiye gukora hakiri kare uraza kubikora bwakeye biraza ku kugora”ako kanya nahise nitegura mva kugisasiro nerekeza mu murwa w’ISHUSHAN ndagenda nkora umurimo w’Uwiteka mu masaha agera kuri (4);narinkurangije ubwo nahise nifatira ikinyabiziga ngaruka mu icumbi.
Ubwo kuko numvaga ngifite iroro nongeye kujyanwa mu iyerekwa,mbona abajura baza kunyiba bafata ivarisi yanjye nateguye ubwo nzaba mvuye BABYLON mbona barayitwaye,maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abadayimoni bo mu bwoko bw’abajuru baje ku kwiba kandi bari buce ingufuli yawe,icyakubera cyiza ntuve mu icumbi ahubwo ubanze ugure ingufuli yo gukingisha ikomeye maze ubone gutarabuka uko niko Uwiteka akuburiye.
24 Dec,2015 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,injira mu iyerekwa ngire icyo nkwiyerekera,ubwo ako kanya ninjira mu iyerekwa,nerekwa mbona abahoze ar’ibikoma ngoma,abatware n’abami ku ngoma y’Umwakagara ko bakuwe ku ngoma kandi bayikurwaho nabi cyane bakojejewe isoni imbere yamahanga yose yo mu isi yabazima.
Nuko mbona ibyo bikoma ngoma abami n’abatare bose bategetswe gutura mu bihanamanga by’imisozi ahantu hadafite umuco wimibereho.Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibikoma ngoma by’umwwakagara bigiye gushyirwa mu bisi bya HUYE kugirango bazahamare igihe kinini bigishwa kubaha Uwiteka Imana yo mu ijuru bazahava aruko bamenye yuko Uwiteka ashobora byose.
Banze kumvira ijambo ry’Uwiteka ahubwo bumvira ijambo ry’abadayimoni bumvira umwana w’umuntu uhumeka umwuka mu mazuru yarangiza agapfa agakurwaho akibagirana mu isi yabazima.
Ahagana saa 03:00 zo murukerera,ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye gukora ikintu gishya muri gakondo yabakiranutsi.Burira abakiranutsi bitegure kuko uzabyumvisha amatwi azavuza injereri kandi ibyaremwe byose bituye murwagasabo bizamenya yuko nd’Uwiteka Imana yaremye ijuru n’Isi.
Dore mubagore uzaba afite inda y’ukwezi kumwe(1) niyumva ikintu gishya Uwteka azaba akoze,azajya kubise kimwe n’ufite amezi (9) kandi bose bazibaruka icyubahiro cy’Uwiteka Imana kuko ibyaremwe byose bigiye kumenya yuko Uwiteka yagendereye gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Inyamaswa zo mu ishyamba,ibiguruka,ibigendera hasi,nudukoko two hasi byose bizamenya yuko Uwiteka anyuze mu gihugu gusuhuza abakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.Dore nta kabuza ibiragi nibipfamatwi byose bizavuga abandi bazumva kuko bazamenya yuko Uwiteka yanyuze muri gakondo yabakiranutsi.Musabe Uwiteka icyo gihe ntihazabe arumunsi wimbeho cyangwa umunsi w’isabato kuko uzaba ari hejuru y’inzu ntazamanuke ngo ajye gutora icyo yasize mu nzu.Nuzaba ari mu murima ntazasubire murugo gufata umwitero kuko bizaba bikomeye cyane birenze ubwenge bwa muntu uko niko Uwiteka avuze!
Uwiteka Imana yumvise kurira kwabahatuye kandi yabonye ibyo bakorewe kuko bapfakajwe igihe kitaragera,niyompamvu nanjye nzabapfakaza nkitura amarira yabaharega kuko numvise gutabaza kwabo uko niko Uwiteka avuga.Dore nzamanuka njye kwirebera yuko urussaku rwabaharega arukuri kugirango menye ibikorerwa ubwoko bwanjye.
Exodus 3:7 The Lord said, “I have indeed seen the misery of my people in Egypt. I have heard them crying out because of their slave drivers, and I am concerned about their suffering.
8 So I have come down to rescue them from the hand of the Egyptians and to bring them up out of that land into a good and spacious land, a land flowing with milk and honey—the home of the Canaanites, Hittites, Amorites, Perizzites, Hivites and Jebusites.
9 And now the cry of the Israelites has reached me, and I have seen the way the Egyptians are oppressing them. 10 So now, go. I am sending you to Pharaoh to bring my people the Israelites out of Egypt.”
Isi yose itangazwa cyane no kubona byabikoma ngoma byatinywaga nisi yose,mbona binjiye mu butayu abandi batorongera mu mashyamba ahabo ntihaba hakibukwa abantu bose batangararira Uwiteka Imana numva baravuze ngo.YEWE TUREMEYE PEEE!!!!!! KOKO UWITEKA ACA IMANZA ZITABERA KUKO TWAJYAGA TWUMVISHA AMATWI AMATWI NONE TUBIREBESHEJE AMASO YACU Uwiteka ahabwe icyubahiro iteka n’iteka ryose Amen.
Nongera kubona abatutsi-kazi Uwiteka abakoza isoni birirwa bazenguruka bashaka ababasambanya kubera yuko bari begeramiwe nubutayu mbona bwa buranga bwabo buzira umuze buhindutse imiranga nerekwa basambanywa ningegera bibagirwa ibyubahiro bari bafite bahinduka imiranga Babura ipfo na ruguru ariko abenshi muri bo,bari abegakazi nuko mbona basubiye kukabo ko gucanisha inkwi zumye kandi hari hashize igihe kirekire barabyibagiwe bavuga ko ar’ibyabaturage.
Nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,ntaho Uwiteka atagukura ngo agire aho akugeza,kandi nta naho atagukura ngo ananirwe kuhakugeza ukimana na bami nibikomangoma kuko iyo ariyo kamere y’Uwiteka Imana yaremye ijuru n’isi uko niko Uwiteka avuga.
Dore ubukungu bwabo bugizwe namaraso y’ubwoko bwanjye,amazu yabo yuzuye uburiganya,ububiko bwabo nzabuha abataraburuhiye kuko bikomye kugituza bakavuga yuko ngo bakomeye cyane kandi ngo nisi yose ibazi cyane ko arabarwanyi.Nibakomere kumuheto rero bahangane n’Uwiteka turebe ko izo nshuti zabo zizabakiza amaboko y’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Mwana w’umuntu,bwira abasigaye muri gakondo yabakiranutsi,uti,ntimutinye kandi ntimugire ubwoba cyangwa ngo mukuke umutima,kuko Uwiteka azi abe kandi azabarinda ndetse abakize kumunsi wakuba kuko nd’Uwiteka naka umuriro mukanwa,ngacumbeka umwotsi mu mazuru uko niko Uwiteka avuga.
Job 41:20-22 20“Out of his nostrils smoke goes forth As from a boiling pot and burning rushes. 21“His breath kindles coals, And a flame goes forth from his mouth. 22“In his neck lodges strength, And dismay leaps before him.…
Nta mwana w’umuntu Wabasha kumenya uburemere bwanjye,kandi nta numuhanga Wabasha kumenya ubure bure bwanjye cyangwa ngo umunyabwenge abe yamenya ibiro byanjye (kgs) ninde wamenya iherezo ry’Uwiteka ngo aritubwire tumenye ko arumuhanga mabahanga babaye mu isi yabazima uko niko Uwiteka abaza?
UBUTUMWA BW’ABATUTSI-KAZI BAKORA UMWUGA WUBURAYA MUKINYABUPFURA BATISHYIZE KUKARUBANDA.
Mwana w’umuntu,ndagirango ngutume kubatutsi-kazi basanzwe bikorera umwuga w’uburaya kandi bakawukorana ikinyabupfura bigira abamikazi kandi arabasambanyi kazi.Ubabwire uti,uku niko Uwiteka avuga,dore nzashyira ibitsina byanyu ku karubanda kuko mwabyandaritse mukinyabupfura mugakongeza umuriro ariko mugahisha umwotsi,igihe cyanyu cyo kubashyira kubarubanda kirageze ngo mbashyire kumugaragaro kugirango mubonwe na buriwese kuko mwagurishije imibiri yanyu muyigira igicuruzwa ikomeye mu isi yabazima murangije mwigira imfurakazi nkaho mutazi ibyo mwakoreye iyo mibiri yanyu.
Mwitwara nka Malaika w’umucyo nyamara muri ba Malaika w’umwijima,dore Uwiteka arabahagurukiye kandi mwese nta numwe uzanyura mujisho ngo azancike ahubwo ngiye kubegeranya ibyo mwaruhiye mwakuye mu mibiri yanyu bizaribwa nabatarabiruhiye.Mwigize ibitangaza muhinduka abarozi muroga abahisi nabagenzi mwirinda kugaragaza gukiranuka k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Niyompamvu nanjye kuri wa munsi wa amakuba yanyu ntazigera numva gusenga kwanyu habe nagato ahubwo nzabateza amahanga aho muzahungira hose bazabaagana kuko nzabambika umwenda mwidodoye wo kumena amaraso naho mwiringiye ko muzahungira aho naho nzahateza umwunzure kugirango mutazabona ubuhungiro.
Dore muzifuza urupfu ariko ntarwo muzabona ahubwo mukimbo cy’urupfu,nzabaha kuzerera ku gahinga muzicwa ninzara kugirango igihe mu maze munywa murya abandi bacwa ninzara mutabacira akarurutega habe no kubagirira ibambe icyo muzumva kandi muzamenya gukiranirwa kwanyu nimumara kumva ibyaha mwakoreye bene wanyu muzaza mwihane nanjye nzababarira kuko ntazigera numva gutaka kwanyu kuzageza igihe cyategetswe n’umuhanuzi wanyu nubwo mwanze kumwumvira.
Dore muzajya mubona abo mwabanye mubahunge kubera gukiranirwa kwanyu mwatewe no kwishyira hejuru mwanze kubafungurira ubwo bari mukaga bashonje ahubwo mwababatije amazina mubita inyangarwanda abanzi bigihugu nandi mazina atarakwiriye kuko abo bari ubwoko bwanjye bwite nironkeye mu maraso y’Umwami wanjye uko niko Uwiteka avuga.
Ubu butumwa muhabwa uyu munsi murabucira inkeri ariko umunsi bwasohoye muzamenya yuko umuhanuzi yarabarimo kuko mwanze kumvira iyo ivuga yo mu ijuru mbahagurukiriza umuhanuzi wanyu ariko mwanga kumwumvira ngo nuko abahanurira ibikomeye nkamagupfa imbwa uko niko Uwiteka avuga.
Ariko dore igihe kiraje kandi kirasohoye ubwo mugiye kumenya yuko umuhanuzi w’Uwiteka yabaga muri mwe kuko nta nakimwe yahanuye mu izina ry’uhoraho kitazasohora ngo mukirebeshe amaso yanyu naho mwakwanga kumva muzanga no kureba se?Uko niko Uwiteka ababaza?!
Muzababara kuzageza igihe muzibagirwa ko mwigeze kuba abantu,kuko mwirase cyane imbere y’ubwoko bwanjye ntimwanyurwa murangije mugerekaho no kuvuga yuko Uwiteka Imana yabairanutsi ngo ntashobora byose,ngaho noneho nimukenyere turebe uzabakiza mu maboko yanjye uwo munyembaraga mwiringiye umuriro mwacanye niwo muzota ubukonje mwateje nimwe buzatwikira muzifubika amarira mwoyorose agahinda mugerekeho kujiginywa no guhekenya amenyo kandi ibyo bizaba bibatunguye kuko mutazamenya igihe bizazira kuko mwasuzuguye izina ranjye nanjye ngomba guhesha izina ryanjye icyubahiro niko Uwiteka avuga.
Nuko rero mwana w’umuntu,fata ikaramu yawe wandike ibi bihanurwa kuko bishyize cyera kandi igihe cyabyo kikaba gisohoye nuko ndibambura mfata ikaramu yanjye nagatabo nandikamo SHORT HAND ntangira kwandika ibyo Uwiteka avganye nanjye usibye ko bitari byoroshye kuko ntigeze ngoheka ijoro ryose numva urutugu rurambabaza kubera kutaruhuka ariko niringiye uwandemye yuko nta cyo ndibube
Gusa maze kumva ibigiye kuba muri gakondo yabakiranutsi,ntibyabuze kumpagarika umutimwa,ariko kuko narinzi yuko Uwiteka aumucamanza utabera niringira yuko abasigaye muri gakondo bagizwe imbohe n’Umwami wabakagara utubaha Imana yamuremye batazabura kurokoka inkozi zibibi z’umwakagara
Mwana w’umuntu,dore umwakagara akomeje kugenda arushaho kuba mubi cyane kubera yamaze kubona yuko ibihe bye byarangiye akaba ari ntayandi mahitamo afite kuko yiyemeye kubera ubutunzi afite yibwira yuko bizamurira umumaro ariko noneho kubera ubwibone kandi akibwira yuko atatnye kwica abantu banjye ngo afate ubutegetsi yigire Umwami kandi Atari we,ese abandi bo bazatinya kumura kubutegetsi ngo abantu badapfa!Uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa umuhanuzi mukuru arangiza ubutayu,mbona amanutse kumusoni yaramazeho igihe atunganywa n’Uwiteka Imana kugirango azabashe gukorera Uwiteka Imana umurimo yashinzwe ubwo tuzaba tugeze muri gakondo yabakiranutsi.Ndabwirwa ngo mwana w’umuntu gnda ujye kumwakira kuko ari we muzafatanya kujya gukura umulinzi mukuru wa masezerano kuko asigaje iminsi (7) ngo yuzuze amezi (7) arangize ubutayu aho nawe yanjyanywe kwigishwa ibyo kulinda ibyasezeranijwe byabakiranutsi b’Uwiteka Imana.
Nuko ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye gukoza isoni JEZEBEL Nyiramongi Jeannette Kagame yaciye ibihanga by’ubwoko bwanjye nda,mwihorera agirango nta muremyi wabo ubareberera ariko noneho dore ngiye gukora icyintu gishya muri gakondo yabakiranutsi Jezebel nzamukoza isono mu arembo yamahanga mu isi yose ntaho afite ubuhungiro kuko aho azajya hose azafatwa agacirwaho iteka naramuka icitse inkota y’ingabo z’umulinzi
Abamukuye ku gahuga aho yari yariyandaritse bose yabahinduye za ihehe nyamara yiyibagije ko urugo yicayemo yarushakiwe nababyeyi uyu munsi wa none atakabaye yitwa umubyeyi ariko se ntiyabituye kubohereza ishyanga dore nzamukubira inshuro (7) kugirango amenye yuko yakiraniwe kandi igihe cyo kwihana kizaba cyarangiye kuko azarimbuka agacirwaho iteka ry’abazima nabapfuye uko niko Uwiteka avuga.
25th Dec,2015 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwwana w’umuntu,dore abayobozi bose bakorana n’umwakagara bafatiwe ambarigo n’umwakagara kuko bidashoboka yuko bazongera kwemererwa kujya mu mahanga muri (mission) kuko umwakagara yamaze kugira ubwoba ko bashobora guhunga igihugu bakajya kwifatanya nabarwanya ubutegetsi bwe cyane ko bamaze kubona leta y’America ikomeje kurwanya ibikorwa byose bya politike by’umwakagara.
Mwana w’umuntu,dore indahiro barahiye itumye bahinduka ingaruzwa kuheto(Nemeye kuba umunyamuryango wa RPF kandi ninkuhemukira nzacibwe igihanga nkabagome bose) none dore iyo ndahiro niyo ibabereye inzitizi kuko iyo umwakagara abaca ibihanga aba asohoza indahiro barahiye mbere yuko binjira muri icyo kigare cy’abadayimoni.
None dore abayobozi barimo bashaka amayeri y’uburyo bahunga none babuze imihungire kubera kwigira abanyabwenge ngo buriya bategereje yuko rwambikana bakazabona guhunga.Ariko se bazaba bahungura hehe?Uko niko Uwiteka abaza!
Nerekwa ko ku kibuga cy’indege Kanombe International Airport (JKIA) hashyizwe ubulinzi bukomeye bugizwe n’abakagara gusa gusa bazajya bagarura umuntu wese uzwi nk’umuyobozi uzaba agiye mu mahanga igihe cyose atabiherewe uburenganzira n’umwakagara.
Nuko ndabwirwa ngo,dore bariye ibya Satani bibwira yuko ahari bashobora kuzamucenga none bisanze bari mukagozi baboheye mu kazu ko mu nzu iri mu kizu (Akazu kazitiwe)ibyo ni byo bihembo by’abanyenda nini bananiwe kuba abantu nya bantu ahubwo bakigira nabi bagahinduka ibisimba nkabatagira ubwenge.Ibihembo by’ibyaha nurupfu uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona amahanga yongera gusohora impapuro zita muri yombi abayobozi bakorana n’umwakagara batangiranye na FPR ndetse hongerwamo nayandi mazina ya bamwe bakomeye mu butegetsi bwa FPR.Mbonamo na Col.Twihirwa Dodo mbona ahisemo guhunga igihugu aho gufungwa n’umwakagara ahitamo gufungwa nurukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwa ICC rukorera I LA HAYE mu gihugu cy’Ubuhollande.
Mbona Dodo ababajwe nuko yasize umugore muto yari yararongoye kugirango amusajishe muzabukuru uwo mugore warukiri muto mbona ko bafitanye umwana umwe kandi uwo mwana Dodo akaba amukunda cyane kurusha abandi bana maze mbona ko afite agahinda gakomeye arimo ashakisha uburyo yakiza uwo mugore hamwe n’umwana we.
Nkiraho mbona hamanutse ingabo za RNC zitwa Imva juru ziza nkumuyaga wa SERWAKIRA ziraza zifata mpiri ingabo za RDF zibatwara mateka maze nyuma yicyo gikorwa mbona buri musirikare ahembwe amadollar 10$ nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,uko ubibonye ninako bigiye kugenda kuko umwakagara agiye gukubitwa ikibatsi cy’umuriro ku buryo ibyiringiro bye bizasigara muri we gusa kuko ingabo ze zimukorera ku ngufu za gisirikare ariko ubwo azaba amaze kuba umunyantegenke zizahita zimwereka igihandure uko niko Uwiteka avuga.
Nongera kwerekwa yuko Gen.Kayuamba Nyamwasa yifuza kuba perezida w’uRwanda(Head of State) ariko ndabwirwa ngo,kwifuza yarabyifuje ariko nta bwo azabigeraho kuko bidahoboka yuko yasimbura umwakagara kandi ubuhanuzi buvuga yuko umwakagara azasimbura na NyiruRwwanda Kigeli V.Ndahindurwa nta bwo rero bizamukundira nubwo bwose yifuza cyane kwitwa umukuru w’igihugu kandi bidashoboka kuko yamennye amaraso menshi cyane ibiganza bye byuzuye amaraso uko niko Uwiteka avuga.
Nkomeza kwerekwa Gen.Nyamwasa yifuza ko umuhanuzi Majeshi Leon yaba umunyamuryango wa RNC agahabwa umwanya ukomeye aho kugirango akomeze kwandika ubuhanuzi bugaragaza yuko General atazayobora igihugu kuko bituma abanyarwanda bagenda barushaho kumuvaho kubera kumugirira ikizere gicye.Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore RNC ihora yifuza aho yaguturuka ngo bagukangurire kuba umunyamuryango wabo yewe naho washaka intonorano baziguha ariko ugahagarika kwandika ubuhanuzi buberekeyeho kuko uko ugenda wandika ubuhanuzi bubavugaho ninako bagenda barushaho gutakaza abantu.
Dore nta kabuza nta muntu uzongera kwiba ngoma kuko hazasohora ibyahanuwe umwakagara yibye ingoma kubera yuko yari yarahanuwe nabadayimoni ko mbere yuko umugambi w’Uwiteka Imana usohozwa kubakiranutsi,ko abadayimoni baziba ingoma bakayimarana igihe bategeka gakondo yabakiranutsi kugirango ubwoko bw’Uwiteka bubashe gutandukanya ikibi ni kiza mu bijyanaye nubutegetsi.
Kandu Uwiteka yashimye ko umwakagara kugirango azakoreshwe kurimbura ikinyoma cyari cyameze imizi muri gakondi yabakiranutsi.None asohoje ibyahanuwe akuyeho ikinyoma cy’abarepublike hasigaye ikinyoma cye icyo kukirimbura bikaba bimworoheye cyane kuko azirwanya ubwe kugiti cye yarangiza akitsinda kumanywa yihangu ku karubanda uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa njyanwa kuri Kaminuza gukora ikizamini ariko nsanga nacyererewe abandi bagikoze kandi hashize umunsi umwebakoze ikibanziriza ibindi bizamini.Nuko nsubira inyuma mbona ngoswe nabagore benshi(Abarozi) maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,nta kizamini uzongera gukora dore imigambi yabazimu nabadayimoni yose yaciriweho iteka kuko bari bagambiriye kurimbura ubugingo bwawe none bakozwe nisoni uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero urasabwa gukora amasengesho y’iminsi (3) kugirango utatanye izo nkozi zibibi zari ziteguriye guhumanya ubugingo bwawe uko niko Uwiteka avuga.Ubwo nubundi nari natangiye amasengesho yo gusaba Uwiteka ngo arwanye abiyita ko arabakunzi b’Uwiteka kandi arabagambanyi bashaka igihanga cy’umuhanuzi.Nkaba nari nateguye gusenga umunsi umwe ariko Uwiteka abonako bikwiriye ko nasenga amasengesho y’(3) uko niko Uwiteka ategetse!
Mwana w’umuntu,dore Uwiteka aburijemo umugambi wabadayimoni bari bategeye guca igihanga cy’umuhanuzi kiburijwemo n’Uwiteka Imana yabakiranutsi,ndetse nerekwa yuko imyuka mibi ihagurukiye umulinzi mukuru wa masezerano kuko ba bonye ko agiye gukurwa mu gihugu cyo mu butayu nyamara dore Uwiteka aramulinze uko umurwa wa Yerusalem ulinzwe uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kugaruka ku nshuro ya ll riti,mwana w’umuntu,dore Imvejuru zongeye guhaba umunsi mukuru wa Noel $10 kuri buri muntu kugirango barusheho kugira moral yo kwitegura kwambarira urugamba none dore baranezerewe ariko guhabwa ayo $10 nukugirango bababuze gutekereza kugirango batava mu mugambi biyemeje wo gutabarana kuko hasigaye iminsi micye bagatabarana kurugamba aho bagiye guhangana n’umwakagara ariko kandi mu makubitiro ya mbere ntibizaborohera usibye ko ibyo nkubwiye bizaba kumpande zombi uko niko Uwiteka avuga.
On the day of Xmas the Rhema word comes from on heaven, and shown me on the black board the word that I saw was written in English Language called “Serve” the word of the might God told me, son of man wakeup and serve my people. Immediately wake up and starting my job wrrite and publish prophecy on line so that God’s people may know the truth of the matter’s Rwandan community.
Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona idini ryitwa VIVANTE rikorera mukanogo kwa Pastor Gataha Straton mbona intama ziryo dini zigizwe ahanini nabanyarwanda baturutse mu gihugu cy’Uburundi gusa mbona izo ntama zisa nizitagira umushumba wazo sinari nkimubona ahubwo basanga bari mukiriyo kuko nabonaga bicaye hasi kandi nyine basa nabaje gusenga ariko wabyitegereza neza ukabona yuko bataje gusenga ahubwo basa nabafite ikibagenza gitunguranye.
26th Dec,2015 Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umunt,ihangane wongere wisubizemo imbaraga wandike iby’ubonye kuko nigiyebgusohora vuba cyane bishoboka kugirango umwakagara babone uko bamusatira ndabizi rwose yuko intugu za tentebutse ariko kandi nta kundi byagenda wibuke ko nta muntu uguhagaze hejuru kuko Uwiteka azi neza yuko ukunda umulimo kandi utajya ukorera ijisho.
Dore ibintu byakomeye ukimara kwandika no gutangaza igice umaze gushyira ahagaragara mukanya inama yabarwanya umwakagara yihise irangira dorre ibyavugiwe cyangwa byafatiwe umwanzuro mu nama yo kurwanya umwakagara bariraye bemeje yuko za magigiri zigomba kwicwa aho ziri hose ku isi kandi zicwa nabantu batazwi kugirango umwakagara ahahamuke bahinne amaboko ye.
Bemeje ko bazajya batanga umwakagara gukora igikorwa yimirije imbere gukora mbere yuko agikora,kuko bafite bamwe mubakorana n’umwakagara basanzwe batanga amakuru bakayaha ibihugu bikomeye kugirango bamenye imikorere namabanga by’umwakagara.
Nuko mbona ngiye mu iyerekwa mbona za magigiri zigamba umubare wa bantu zaciye ibihanga,ariko noneho numva zivuga ngo yewe ubanza natwe akacu kashobotse dore abo twa rwanyaga nabo batewe ingabo mu bitugu none bagize imbaraga batangiye kuturwanya kandi noneho banatwica urumva akacu katashobots?(Intasi) yaganiraga na ngenzi yayo.
Mbona zirarorongotana zerekeza mu Nyanja nini cyane (isi) ibabanye nini kandi ntifite iherezo kuko ibyo bakoreye abandi nibyo bibagarutse uwicisha inkota nawe azicishwa inkota,utwaraho undi umunyago nawe azatwarwaho umunyago,iryinyo ku ryinyo,ijisho ku jiho,ukuboko ku kuboko igihanga kugihanga uko niko Uwiteka avuga.
Nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,dore inkozi zikibi ziciriweho iteka ndetse dore abaguhigaga bacecekeye mu butayu ntuzongera kubumva ukundi kuko Uwiteka abahagurukiye!Biragambye birata ibikorwa byabo bibi bitameshe bamena amaraso babihindura ubuzima bwa buri munsi none nabo Uwiteka abaciriyeho iteka kuko ibikorwa byabo bishyizweho iherezo uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa bahunga bamanuka mu myobo abandi basimbuka amazu yabavamo birukanka kuko bageraniwe nuko mbona bararongotana berekeza ikantarange bahunga inabi bagiriye nabi abantu hamwe n’ubwoko bw’Uwiteka habura uwabagirira neza kuko batigeze bibuza kugira nabi kuko icyo gihe cyari igihe cyabo ntibigeze babona yuko igihe cyabo kizashyiurwaho iherezo ahubwo igihe cyose bumvaga yuko igihe cyabo bari barakinyazwe ninayompamvu Uwiteka yabashutse bongera kwiyongeza ku gihe cyabo kandi cyararangiye maze Uwiteka aba ababonye impamvu zizatuma abitura ibyo ibyo bakoreye ubwoko bw’Uwiteka.
Nuko mu ijuru haba inama yikuba gahu yigaga kubibazo byabakiranutsi nuburyo umwanzi wabakiranutsi bo muri gakondo akwiye kugenzwa nuko numva umwe muizima (4) aravuze ngo twohereze mwuka wera niwe umenyereye gutekinika abanzi bumusaraba nuko bose bikiriza icyarimwe ngo Amen.Bisobanura ng bibe bityo nuko mwuka wera aravauga ati,nzagenda mbereke ko bafite intwaro zikomeye cyane kandi yuko abaturage bose nibabaona yuko bagiye kwicwa kubera intambara ibageraniwe bazahita bemera kumujya inyuma ariko bizaba atar’ukuri ahubwo abaturage bazaba babonye uburyo bwo kwihungira hasgare umwakagara nabambari be.
Nuko bose bazafata urunana kuko biniye mu moshya hanyuma umutegeka w’Isi azategeka yuko Umwami w’IBUYUDA n’uw’ISAMARIYA bacibwa ibihanga ako kanya bazahita babakura ku ngoma kugirango babace ibihanga umugenda.
Ariko hazabanza Umwwami w’ISAMARIYA niwe uzabanza gucibwa igihanga agakurwa ku ngoma,nagiramahirwe azahungira munsi yurugo ariko nabwo azahigwa afatwe ajyanw mu nzu yimbohe aho azamara ubuzima bwe bwose iyo niyo ntangiriro y’intambara ya lll y’Isi yose uko niko Uwiteka avuze.
Dore Umwami w’ISAMARIYA asigaje iminsi itarenze (180) ibyahanuwe bibone gusohora, hanyuma umwakagara we,ingana niyo mugiye kurangiza ingana n’Igihe kuko hari bimwe arimo gusohoza mu gihugu cy’ISAMARIYA nabirangiza ubwo niwe uzakurikiraho nyamara IKASIKAZI naho nuko hamwe n’IKUSI naho nuko bigoye kugenda umwaka w’Uwiteka wo gucira imanza ibikomangoma nibikomerezwa aho nibwo bazamenya yuko nd’Uwiteka ushobora byose uko niko Uwiteka avuga kandi niko ategetse!
27th dec,2015 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore peter Nkurunziza atangiye kwifuza kuva kubugetetsi.Amaze gutegura ko agiye kuzafata urugendo hanyuma akazahunga igihugu akarekura ubutegetsi kuko amaze kubona isi yose yamuhagurukiye kandi akaba adashobora kuzatsinda iriya ntabara uko niko Uwiteka avuga.Dore aracyafite amahitamo urupfu cyangwa ubugingo ariko bizamugora cyane kugira amahitamo meza kuko byose bingana nurupfu haba kurekura ubutegetsi cyangwa kwicwa byose birangana kuko atazabura kuruhukira mu nzu y’imbohe y’ubuzima bwe bwose niko Uwiteka avuga.
Umwuka w’Uwiteka akomeza kunganiriza no kumbwira ati,mwana w’umuntu,andika kandi uburire ubwoko bw’Uwiteka dore hoherejwe intasi z’abakobwa bab’Abatutsi-Kazi kujya kwigira impunzi kandi zigiye zipfunyikiwe impamba (2) impamba ya (1) namafaranga yo kuzakoresha muri wa mulimo bahawe na Satani kuroga no kwica abatariho urubanza Imbamba ya (2) bitwaje amarozi yo guhumanya abanyarwanda bize bafite amashuli nabahoze arabasirikare kandi bahawe misiyo yuko bazajya barongorwa nabagabo bashaka kwica bamara kubaha ubutarara bagahita bakuramo akabo karenge niko Uwiteka avuga.
Burira ubwoko bw’Uwiteka uti,uzashaka gushaka ashake uwo azi cyangwa babe bihanganye kuko nubundi hasigaye gato cyane banjira muri gakondo basezeranijwe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka ababuriye!Dore nimubona gakondo mwasezeranijwe muzabura abakobwa bo kurongora kuko abazaba barakoze umurimo w’ubutasi n’nubugambanyi ntabwo bazatinyuka kuzataha murwagasabo cyane ko bazaba bazwi kuko abo bose Uwiteka atazabura kubakoza isoni uko niko Uwiteka avuga.
Mbonako bahawe na za Camera zo kuzajya bafotora umuntu uhigwa bazaba bamaze kugera kugirango bohereze ifoto ye maze bazabone uko bategura umugambi wo kumwivugana.Nuko rero mwana w’umuntu hanurira izo nkozi zikibi uzibwire ngo muravumwa wa muvumo w’Uwiteka Imana uzababaho iteka niteka kuko mwagambaniye bene wanyu mu gihe cya kaga ibyago na makuba uko niko Uwiteka avuga.
Muzarya mwe guhanga,muzambara mwe kuberwa,muzanywa mwe gushira inyota,kandi urwango ruzabahoraho kuzageza igihe uzihanira iyo mirimo mibi,ariko ndabagira inama yuko mwayireka kuko bishobora kuzabahenda kugirango muzihane kandi mwarariye intonrano zabadayimoni ziterekerejwe n’umwakagara dore mwamaze kwiga imico mibi,ngaho nimuyireke mwige imico myiza kugirango muzabone ubugingo byaba atar’ibyo,muakaba mugiye guhura nakaga gakomeye cyane uko niko Uwiteka avuga.
Izi nyanga birama zabwiwe ko zitagomba kubyarana n’umuntu bazaba bashaka kugambanira,babwiwe ko bazajya bakoresha bya binini bituma badasama bityo mur’izo gahunda bakaboneraho uburyo bwiza bwo guhitana uwo bakeneye kurimbura ubugingo bwe,babwowe ko bazajya bavuga ko bafashwa na bene wabo baba Iburayi kugirango ntihazamenyekane isoko yamafaranga azaba akoresha.
Muramenye ntimuzafatanwe inyandiko ahubwo muzajye mukoresha itumanaho(E-mail)skype and facebook kugirango mwirinde uburyo bwatuma mu menyekana muzajye mukabari,mujye munsengero aho bazaba bateraniye mwiyegereze abayobozi binsengero kugirango mujye mubaha ku cya 10% bityo baz
abashe kubakunda no kubashyira mu myanya yo murusengero maze bizaborohera kubona uwo mushaka.Nongera kubona bashaka igice kigizwe nabiiyita abapfumu,maze bherezwa hirya no hino ku isi bahabwa misiyo yokwihindura abahanuzi kugirango bajye kuvangira abanyarwanda b’impunzi no kubahanurira ibyiza kugirango babumvishe yuko badakwiye kwifatanya nabantu bagiye bagiye gutera igihugu bagiye kumena amaraso bityo abantu bazagira ubwoba maze bareke gutanga imisanzu bahora batanga yo kurwanya leta y’umwakagara.
Ntizigere mwamagana ubuhanuzi bw’umuhanuzi Majeshi Leon kuko benshi barabwizera,kandi burafatika ahubwo muzabwongeremo ibindi kugirango murusheho kubavangira,tuzajya tuboherereza amafaranga maze muvuge nk’uko ajya avuga ko Uwiteka yakoresheje abantu be bakaba babahesha umugisha kuko icyo gihe tuzabaha ibinyamakuru bikorera hanze bidukorera ariko byitwa ko birwanya leta yacu nk’ikazaiwacu.fr ibyo izabasha kubidufashamo uko niko umwanzi akoze inama ye yanzura atyo!
Dore mufite misiyo yo kugenda mushakisha abantu bakomeye turabaha na mazina yabo ndetse tubarangire naho batuye muzagenda mubabwira ko Uwiteka ababtumyeho bamwe mubahanurire ko Imana ivuze ko bagiye gusubira murwagasabo kandi ko bagiye gukomera kuko Uwiteka abahaye umugisha uko niko Uwiteka avuga.Muraba bapfumu harimo nabapastor bemeye kuyoboka umwakagara bazajya bajya kubwiriza impunzi aho ziri ku isi hose.
Dore bazajya bakoresha abayobozi bimpunzi babahe amafaranga hanyuma babatumirire abaturage kugirango baze mugikorana uko niko Bishop Rwandamura Charles yakoraga akiri mu gihugu cya Uganda ahari baribwira yuko byazabafasha mugusenya icyo bise IDEOLOGY mbi bakaba bashaka gukangurira abaturage gaunda y’itahuka ry’Umwami w’uRwanda nk’uko babikoze Uganda kandi bigatungana maze abazayiyoboka bizabafasha kubona uburyo bwiza bwashaka politike abo muzahite mubaca ibihanga muzaba mubabonye kuburyo bworoshyen uko niko Uwiteka avuga.
Murabona yuko Esther Marie Murebwayire akomeje gukora umurimo mwiza yatangiye wo kubwiriza impunzi kandi uwo murimo awukora neza,dore amaze kuzenguruka Uburayi ndetse ajya anabwiriza no kuri raioitahuka ndetse vubaha aherutse mur’Africa yepfo yahakoze umurimo mwiza cyane mwibwira se ko Atari twebwe tumuha support?Namwe rero mwikuremo ubwoba kandi mukomere murwanire igihugu cyanyu kukonimutakirwanira muzasubira mubuhunzi aho mutazaba mufite ibyiringiro byo kuzagaruka murwagasabo kandi nihima undi muntu azabarwanya abice amareho.
Nuko rero kubwo kulinda ubuzima bw’abanyarwanda musabwe kwitangira igihugu cyanyu kandi muzahabwa igikenewe cyose nta cyo muzabura mupfa gusa gukora umurimo mwiza,kandi mukamenya yuko uzamena ibanga azabihanirwa turabizi murabakobwa ushobora gukundana n’umuntu ukibagirwa umurimo wagiye gukora ugasanga agukuyemo amakuru yose murabizi ko bahita bayashyira ahagaragara ubwo urumva ko kuzamenyekana kwawe bitari kure ahubwo uzahita ukorerwa ibyo wari wagiye gukorera abandi uko niko tubahaye briefing utazayikurikiza abivuge hakiri kare ye kwirirwa yangiza umwanya we ndetse ngo yangize namafaranga y’igihugu bityo hagende ababishoboye uko niko Uwiteka ababuriye
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu bwira abanyamurenge uti,muravumwa wa muvumo Uwiteka yabavuzeho,kuko mwananiwe kugendera mu bwiza bw’Uwiteka ahubwo mukagendera mubushake bw’umwana w’umuntu.Dore mwanze kwihana kandi mwaraburiwe igihe kibaye kirekire ariko mwaranze niyompamvu aho muzajya hose mutazahirwa kuko ukuboko k’Uwiteka kubaramburiweho kandi ku kazabaremerera kuko mwanze kumva iyo ivuga yo mujuru uko niko Uwiteka ategetse!
Abakobwa banyu bazakura babure urushako,abazashaka bazabura urubyaro,abazabona urubyaro bazabura amahoro mu mago yabo(mbese ntamahwemo)uko niko Uwiteka avuga.Kuko mwamanitse amajosi mwanga kumvira ibyo Uwiteka yabasabye gukora kandi suko mutabizi ahubwo mwarabyirengagije ahubwo muhora muririmba amasezerano nahaye basokuruza igihe cyabo cyararangiye kandi nababwiye ko urubyaro rwabo nurunyubaha nk’uko bo banyubashye ko nabo nzabaha umugisha mu isi yabazima.
Ariko mwaranze mugendera mu nzira za Ballam mwene bewori wemeye kurya intonorano ngo avumwe ubwoko bwanjye nyamara se ni njoro sinari namubujije ko atagenda kuvuma ubwoko bwanjye?Uko niko Uwiteka abaza!None namwe niko mwabaye mwananiwe gushaka mu maso h’Uwiteka ahubwo musigaye mwirirwa muyoborwa nabanyenzozi zibadayimoni bavuga ngo anavuze kandi ntavuze niyompamvu mugiye guhura nakaga mu bihugu byose ku isi mwahungiyemo nzabateza inyatsi nta kintu muzatunga mu bubiko bwanyu nzababuza amahoro kuzageza igihe muzabona yuko mwacumuye k’Uwiteka mukihana mutakwihana nkabarimbura kuko kubaho kwanyu nta cyo kuzaba kumaze uko nuko Uwiteka avuga.
28th Dec,2015 Ijambo ry’Uwiteka yongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu dore igikuta cyari cyarananiranye Uwiteka agikuyeho uko niko Uwiteka avuga.Abanyarwanda ndabaruhuye mbakuriyeho igihu cy’urukuta rw’ibibazo bari bamaranye imyaka birarangiye uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa mbona ko hagiye gukurwaho ikintu kiremeye cyane kimeze nk’ubwato bunini cyane mbona ubwo bwato bugeze aho bugongana n’ibuye rikomeye ry’urutare riri mu Nyanja mbona ubwo bwato barabutangatanga kugirango butambuka mbona buri hafi kugera ku nkombe mbona abazungu barabutangatanze babuza kwambuka buhita bogonga rya buye buhita burasaduka abantu barimo bose bararimbuka.
Nerekwa mbona izina ry’ubwo bwato ngo bwitwa BUSHOMA buri mu Nyanja mbona ubwo bwato burimo abantu benshi berekeza hakurya yiyo Nyanja ubwo bwato bwari bwuzuye abantu benshi cyane ariko ntabwo bwigeze bugera ku nkombe z’inyanja mbona buheze hagari mu mazi bugonze urutare ruri mu mazi y’inyanja abantu bose bararimbuka uko niko Uwiteka avuga.
Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona igihugu cy’UBWONGEREZA ,ko kigiye gukuraho umwakagara mbona gishyizeho ingamba zo gukura umwakagara ku ngoma maze mbona ntebe yabukunzi yicaweho na NyiruRwanda mbona amahoro atemba murwagasabo nk’uko amazi atemba mu migezi.
Nerekwa za magigiri zijyanwa mu ishuli ryo kwigisha abatutsi kubaha Imana kugirango bamenye yuko Uwiteka ariwe Mana ikiranuka yaremye ijuru n’isi.Bamaze kugera kuri iryo shuli ryo kwigisha abatutsi kubaha Imana mbona bazanye utwana twuga mu kiburamwaka nabo baza kwigishwa uburyo bazajya bubaha Imana yabakiranutsi.
Nyuma yibyo mbona bazanye abana biga muri primary amashuli abanza nabo bazanwa kuri rya shuli ryo kwigishwa uburyo abatutsi bubaha Imana yo mu ijuru no kumenyeshwa yuko ishobora byose kuko yaremye ijuru n’Isi uko niko Uwiteka avuga.
Nongera kwerekwa mbona bazana abanyeshuli bakuru bavanzemo banyampinga benshi maze mbona bajyanywe muri rya shuli ryo kwigisha abatutsi kubaha Uwiteka Imana no kumenyeshwa yuko ashobora byose kandi yuko ariwe waremye ijuru n’isi uko niko Uwiteka avuga.
Nongera kwerekwa igihugu cya Tanzania cyirukana abanyarwanda bose bahatuye banjyanwa muri gakondo yabakiranutsi,bakimara kugerayo bahita bajyanwa mu gihugu cyo mu butayu kwigishwa uko abatutsi bakwiye kubaha Imana uko niko Uwiteka avuga.
Mbona abadayimoni bo mu bwoko bwabarozi mbona bajyanywe mu butayu bugufiya,hamwe na badayimoni bo mu bwoko bw’inka hamwe n’umwuka w’ikinyoma byose bijyanwa mu butayu bugufiya aho bazamara ibihe byinshi batemererwa kongera kugerageza ubwoko bw’Imana uko niko Uwiteka avuga.
29th Dec,2015 njyanwa mu iyerekwa mbona ibitaboneshwa amaso y’abana bab’abantu.Mwana w’umuntu,dore igihe cyo kuba hanze ya gakondo y’abakiranutsi kirarangiye.Kuko ngiye gucyura ubwoko bwanjye nkabuzubiza mu rw’uri aho zizarisha ubwatsi bunetse kandi butohagiye hanyuma zamara guhaga nkazishyira muruhongore kuko nabonye abashumba benshi bazitererana niyompamvu mpisemo kwiragirira umukumbi wanjye kuzageza igihe nzabonera abashumba bameze nk’uko nshaka uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rirakomeza rirambwira riti,nzakomeza kwiragirira umukumbi wanjye kuzageza igihe nzabonera abakwiriye kuragira uwo mukumbi.Dore barimo kwigishwa mu gihugu cy’ubutayu kandi bari hafi kurangiza amasomo nabajyanyemo kugirango baze bansimbure uko niko Uwiteka avuga.
Dore abakomoka kumuryango wa YAKOBO siko bizahora,ahubwo nzihesha icyubahiro kugirango amahanga yose amenye yuko nd’Uwiteka Imana ya Israel umucunguzi wa Yakobo uko niko Uwiteka avuga.Nzibuka isezerano nagiranye n’umugaragu wanjye Abraham kuko namusezeranije yuko nzakomeza urubyaro ruzamukomokaho ndetse iryo sezerano nongera kurisezerana n’umugaragu wanjye David ko murukiryi rwe hatazabura urumuri ruzabonesha iteka ryose uko niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa nerekwa ubwoko bw’Uwiteka buboheye ahantu humwijima(1) ababoshwe nidini ry’Abafarisayo(2) ababoshywe nimbaraga z’umwijima bakaba badashobora kubona umucyo ubamurikira (3) ababoshywe n’inkozi zibibi zo mu bwoko bw’Abarozi abo bose uko ari (3) Uwiteka avuze ko agiye kwiboherera ubwoko bwe kuko iki ar’igihe cy’ubutabera bw’Uwiteka mu isi yabazima uhereye mu itorero rya Kristo uko niko Uwiteka avuga.
Uwiteka aravuze ngo,mureke kwiringira abana bab’Abantu bahumeka umwuka mu mazuru ahubwo mwiringire ijambo rye,kuko nta wa mwiringiye wakozwe nisoni uko niko Uwiteka avuga.Dore ngiye gukora ibikomeye nambure ubwoko bwanjye abatwaza igitugu kuko babagize imbata zikorera uburetwa ariko maze kumva urusaku rw’ubwoko bwanjye naramanutse njya kwirebera nsanga urusaku rwabo ar’urw’ukuri nuko rero kuko batakiye Uwiteka nicyo kizatuma manuka nkajya kbarokora nkoresheje amaboko akomeye uko niko Uwiteka avuga.Icyo gihe bazamenya yuko ari jye wica kandi ngakiza niko Uwiteka avuga.
Mwwana w’umuntu burira ubwoko bwanjye ko ngiye gukora ibikomeye mu isi yabazima,kandi ko nzarinda umukumbi wanjye hamwe nabashumba bayo,kuko bidashoboka yuko abakiranirwa bahananwa nabakiranuka uko niko Uwiteka avuga.Dore ntakabuza nzihesha icyubahiro kugirango isi yose imenye yuko Uwiteka ari we muremyi wabakirnutsi uko niko Uwiteka avuga.
Bwira ubwoko bwanjye bwirinde abafarissayo kuko bafatanije n’inkozi zibibi kugambanira ubwoko bwanjye,babwire bakomeze kwibera mu butayu kuko igihe gisohoye kandi kiri bugufi ngo ngirire neza ubwoko bwanjye.Aho niho nagiye kkubahisha kugirango muhamare igihe cyategetswe mbarinde imigambi yaw a mubi maze igihe gikwiye nzabakoreyo mbashyire mu rwuri maze mukorere Uwiteka Imana yabakiranutsi Ibyahishuwe 12:1-17
Iyerekwa ry’abakobwa (4) nongera kwerekwa abakobwa (4) bambaye nkabanyeshuri bagiye kwiga,baragenda mu cya kare cyane ariko bageze mu mayira abiri bananirwa kumenya inzira ibajyana kwishuli.Nuko bahgararaho kugeza igihe haziye umuhanuzi mukuru arabafata arabajyana abanyuza mu nzira yegeranye kandi ifunganye maze mbona bageze mu nzira ngari umuhanuzi mukuru amaze kubageza aho bashakaga gukemez inzira yabo bagana kururembo rw’Isiyoni barakomeza.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,abo bakobwa ubonye,n’itorero rya Kristo riri mu bice (4) by’Isi,iryo torero ryari mu ishuli none bagiye kurangiza amasomo yabo bigaga ngo baze muruhongore aho bazaragirwa murwuri runetse kandi bakazashoka ku Iriba ry’amazi y’urubogobogo amazi afutse meza kandi amara inyota uko niko Uwiteka avuga.
Babwire be kwita kumagambo menshi barimo kumva y’umwanzi arimo gukoresha abereka ko,ibyo Uwiteka abavugaho batazabisohozamo kugirango abamaremo ibyiringiro ahubwo buri muntu akomeze icyo afite kugirango mu gihe gikwiriye nzabagirire neza.Babwire ko hasigaye ahagahe gato cyane kangana nagace kurwara rw’agahera kandi bamaze igihe bihanganye igihe bamaze ar’ikinini cyane ndetse kidashobora kugereranywa ni gihe gisigaye uko niko Uwiteka avuga.
Dore ibyo inzige zariye nzabakubira inshuro 100% kugirango mumenye yuko gukurikira Uwiteka Atari igihombo kuko jyewe ndarema nta bwo nkora cyangwa ngo nsabirize nzabaha ubutunzi bwo mu isi muzarya mushier umururumba w’ibyisi kuzageza igihe muzasigara mwifuza ijuru uko niko Uwiteka avuga.
30th Dec,2015 njyanwa mu isi y’umwuka,nerekwa ibitabonwa n’abana bab’abantu,maze uwanyerekaga arambwira ati,mwana w’umuntu,rambura amaso yawe maze nkwereke ibikomeye bigiye kuba mu isi yabazima.Arongera ati kandi witegereze neza kuko ibyo ngiye ku kwereka nshaka ko ubimenyesha intama z’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nuko nanjye ndambura amaso yanjye nditegereza,arambwira ati,dore ibyo ngiye ku kwereka bidashyize cyera,ahubwo bisigaje agace ka gahera kurutoki ngo bisohoze kuko iby’Uwiteka yavuze ninde wabihagarika?Uko niko Uwiteka abaza?Dore ibyo nasezeranije ubwoko bwanjye no kubisohoza nzabisohoza uko niko Uwiteka avuga.
Arambwira ati,ngaho itegereze neza urebe kuri uriya musozi uri hakurya,nuko nditegereza mbona idarapo rya RPF/FPR rimanuka ahantu kumusozi hamanuka rigenda ricikagurikamo ibice bice aho hantu ryamanukaga hasaga na hantu I Kigali bita kurya nyuma nuko mbona imodoka yarifite iryo darapo rigenda riva mu modoka rikagwa hasi,maze ndabwirwa ngo,ibya FPR/RPF birarangiye kuko igihe cyategetswe n’umuhanuzi kirasohoye!
Nuko rero mwana w’umuntu,burira intama z’Uwiteka zidafite icasha muruhanga,zitegure kuko Malaika w’Uwiteka azamanuka ku wa 25 ugushyingo 2016 akaza gusiga amaraso ku nkomanizo z’imiryango y’abakiranutsi ubwoko bwatoranijwe n’Uwiteka Imana akabuhindura kuba umuganura w’ibyasezeranijwe aza rinda ubwoko bwe kugirangon budahutazwa mu mbarutso y’ibikomeye bigiye gusenya gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,dore abanyarwanda nzabibagiza umwanzi wabo Umwakagara hamwe n’umutwe witera bwoba witwa FPR igitwe cy’intare itar’intare yo mu muryango wa YUDA nzabibagiza agahinda batewe nuwo mwuka wabadayimoni ushinzwe guhindura ubwoko bwanjye kuba ibikange ahubwo mu cyimbo cyo kubaka niwe nzahindura kuba igikange kugirango ubwoko bw’Uwiteka bumenye yuko nd’umucamanza utabera uko niko Uwiteka avuga.
Uwanyerekanga ankuraho aho ngaho kurya nyuma aho nitegerezaga akaga namakuba idarapo ry’umwakagara hamwe nawe bagiye guhura nabyo.Anjyana mukigo cya gisirikare cya APR?RDF anyereka uburyo abasirikare batoya bajya guhembwa umushahara maze bakabakata amafaranga 1000 adafite impamvu mbaza uwa nyerekaga nti,na nubu se baracyakata 1000 kuva igihe naviriyemo 1997 kugeza uy’munsi bakomeje uwo muco?
Aransubiza ngo,nta bwo bigeze bahagarika gukata ayo mafaranga adafite impamvu ahubwo bayashyira mu mifuko yabo babeshya ngo nayo gushyigikira CLUB ya APR ubundi se ko umuntu ashyigikira ikipe aruko ayikunda,ni kuki batwara amafaranga ku ngufu kandi bose atarabafana ba APR,uwanyerekaga arambwira ati,bakazariganya ryari ko batangiye bariganya bakaba bashaje bariganya uwo niwo muco wabo kuko umwami bakorera niko abategeka niko Uwiteka avuga.
Arambwira ati,bamaze igihe kitari gito bahaze,igisigaye ni uko bagiye basigarijwe inzara itazagira iherezo,kandi ibyo bakoreye byose bizaribwa nabatarabiruhiye uko niko Uwiteka avuga.Arambwira ati,baciye imanza zibera,birinze kugira imbabazi niyompamvu mu gihe cyabo nabo batazagirirwa imbabazi uko niko Uwiteka avuga.Kuko icyo umuntu abibye ninacyo asarura niko Uwiteka avuga.
Icyo gihe ababishikamije bakabiringira kuko babashakagaho amaramuko,bazamenya yuko umukiza wa Yakobo ariho kandi ari muzima.Dore abakiraniwe bose bemeye kuba imbata z’umwanzi wabakiranutsi abo bose bazibagirana mu isi yabazima uko niko Uwiteka avuga.
Ubwo nkiri aho mbona hirya gato bakoze inama yuko bagiye kwica umusirikare wese witwa umucika cumu ngo kuko ari bo batanga amakuru y’igisirikare ndetse bagakorana nabari hanze y’igihugu,numva bavuze ko bagiye kubica ngo kuko bashobora kuzatuma batsindwa urugamba kandi icyambabaje nuko abo bagiy kwica ari bo babatabaye nuko numva ijwi rimbwira riti,mwana w’umuntu,abo bitwa ntakoreka nibabakoraho bazarimbuka bose nta numwe uzarokoka muri bo kuko Uwiteka yumvise kurira kwabo kandi azi imsare basabitswe nagahinda ubwo batabaraga bakabatsind ku itabaro none bongeye igisebe mu nkovu uko niko Uwiteka avuze.
Nukuri nukuri ndababwiz’ukuri yuko,nuwazura umuhanuzi ukomeye bemera adashobora gukiza ubu bwoko bwa mwana w’umulimbuzi ariko bari yimbire kuko nabo biriwe bataraye kuko ibyo bibwiraga yuko inkono batetse igiye gushya,nibyo izashya ariko ntibazayigabura,usibye kuzanywa amata avanze namaraso bivangiye ubwabo naho ubundi nta kindi basigaje uko niko Uwiteka avuga.
Uwanyereakaga arambwira ati,mwana w’umuntu,dore muri gakondo hagiye kubaho inzara ikomeye cyane ku buryo igiye gukomerera abanyagakondorero usibye abafite ikimenyetso cy’amaraso y’umucunguzi usibye ko nabo bazatabarwa nagakondo y’umuhanuzi naho ubundi nta bwo bizaborohera ariko ubwo bazaba bageramiwe nibwo umutabazi w’Isyoni azamanuka akabatabara nyuma yo gutunganywa nkabari muruganda uko niko Uwiteka avuga.
Dore bizakomera cyane!Kandi inzara izaca ibintu bicike kuko umwakagara azibwira yuko gufunga umuyobora w’umugisha ushobora gutuma bamucira bugufi ahubwo nibwo nbazarushaho kumwanga cyane kandi ibyo naramuka abikoze ni byo bizihutisha urubanza rwe imbere y’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko nUwiteka avuga.
Nkurwaho nerekwa buryo ki intambara igiye gutangirira mu muzingo w’ubuhanuzi,mbona habayeho gutera amabuye akoze mu byuma bayatera umuhanuzi mukuru ariko birnagira nta narimwe rimufashe.Nuko ndabwira ngo,mwana w’umuntu,dore bateye amabuye umuhanuzi mukuru akozwe mu nzinga z’ifeza,ariko ibyo byose babikoranye umujinya nakagambane kababase nyamara nta nankimwe bashobora kunguka kuko umuhanuzi mukuru arinzwe n’ijambo ry’ubugingo kuko bidashoboka yuko abagaragu b’Uwiteka Imana yabakiranutsi baterwa amabuye n’umwanzi wabakiranirwa kuko igihe cyo gutera amabuye cyararangiye uko niko Uwiteka avuga.
Uwanyerekaga arambaza ati,wowe uko ubibona urabona haruzarokoka muri iriya mvura igiye kugwa?Ndasubiza nti,yewe Uwiteka niwe ubizi kuko intwari zirataka zinyinyiriwe ahasigaye nah’intwarane ku bw’umwana w’umuntu,ntibishoboka ariko k’Uwiteka nta kinanirana ndabireba bikanshisha ngashesha urumeza numva nategereza izuba hakarushaho kuzana ikime kivanzemo n’igihu ninde wamenya ibyacyo usibye umuremyi w’isi n’ijuru?
Nuko maze kwitegereza uburiganya bukorerwa bene data,numva ndababaye ndetse numva ncitse intege ko ibibaho byose bibanziriza kumuhanuzi,ariko numva ngize ibyiringiro yuko abiringira Uwiteka Imana yanjye ntakabuza atazabura no kubagirira neza kuko yuzuye kugia neza kwinshi kandi nta kijya kimunanira kuko niwe rurema washinze imfatiro zisi itarabaho arayibamba arayiukurura ayigira uko ashaka kandi akiriza murupfa hakabonekamo ubugingo,ndetse ninawe wakuye umuco mu mwijima ubwo isi yaritagira urumuri ndetse idafite n’ishusho mbese ahatar’urumuli haboneka ishusho? Uko niko umuhanuzi abaza!
Maze kwerekwa ibyo byose birimo ubugome abatutsi bakorera bene wabo babafashije kwicara ku ntebe ya bukunzi,nahise nshima abapfuye kurusha abazima batabonye ubugome bw’uwo bari barubatsemo ibyiringiro bari bazi neza yuko azababera umucnguzi yamara kugera vku ntebe ya bukunzi akababera ihwa rihanda kurusha ibisusa byari byarabugarije ahubwo abahindukirira ihwa ry’umunyinya ryabateye guhisha inyinya bisubirira munsi y’umunyinya aho birirwa baganyira umuhisi n’umugenzi mu ishyamba rya manyinya na maganya.
Ako kanya nahise nshima uko meze nuko Uwiteka yangize kuko yangaragarije urukundo rukomeye cyane kuko yangize ijisho rye nkareberera abatware badatwaza igitugu ngo aharaho batagira uwo babutaza kugirango bazabashe kugororerwa intebe ya bukunzi ubwon bazaba bageze muri gakondo igihugu cy’Uwiteka Imana yahayeho gakondo umugaragu w’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Uwiteka Mana wumve gusenga k’ubwoko bwawe kandi wite kubanyantegenke bananiwe guhunga bategereje umunsi w’ibyago namakuba bagiye guterwa ninkozi zibibi bityo wumve gusenga kwanjye maze ugirire imbambe abakwiye kurigirirwa kuko wasezeranije basogokuruza yuko utazatwibagirwa nahato ahubwo uzadukiza ikibi cy’umurimbuzi ubwo ruzaba rusakiranye kumaha ya nimunsi akazuba zuba ka kiberinka kari mu marembera aho niho Malaika wawe azamanuka gusiga kunkomanizo abazab abari mu nzu naho abazaba bari hanze uzabasiga kuruhanga rwabo kugirango Malaika uzaturuka iburasira zuba abashe kumenya intore z’Uwiteka Imana maze yibuze kubarimbura.
Ariko babandi bagendeye mu nzira za Balaaki na Balaam ntuzibuze kubishyura ibyo bakoze cyane ko bateje umutekano mucye igihe cya mahoro nibwo baumye duhinduka za bihehe batubuza kugutambira ndetse ubu twibagiwe ikinimba twabyiniraga imbere yawe ubwo imfura zabaga zitaramye maze nawe ukazicara hagati ukanezezwa no guca ikibungo nk’uko umugaragu wawe David yabigenje maze Mikali akamunegura ukamuhemba kuba ingumba kuko yeneze uwasizwe amavuta n’Umuhnauzi nyamara ibyo byose byaribagiranye ariko niwowe byiringiro byacu turagushimira ko turangije umwaka umwakagara ataduciye ukugara ibi byose bizahinduka ishimwe ubwo tuzaba tugeze iwacu muri gakondo yabakiranutsi.
Uwiteka Imana dore umwaka wavuzeho ibyawe usigaje amasaha macye cyane,ngo utangire,wibuke ababanye nanjye kunkengero z’ubutayu,abampaye inshyunshyu ubwo izuba ryari ricanye ahitwa NGONG mu gihugu cy’IBABYLON mu majyepfo y’ISHUSHAN abo bose ubibuke kandi ubakubire ibirenze ibyo wavuze kuko wampaye ubutware bwo guhesha umugisha ndetse umpa ubutware bwo kuvuma nuko rero ntuzibagirwe abanciriye igico ubwo nari mu murimo wawe ntuzatume baragarika icyavuye kurukiryi rwabo.
Kuko uko niko bagenje ubwoko bwawe birakwiye yuko nabo bishyurwa ibyo bakozee mbere yuko uyu mwaka wa 2016 urangira icyo gihe nzavuza ishakwe n’ishango ndetse nongereho umwirongi kuko igihe cy’intebe ya bukunzi kizaba kigeze mu irango ryamarembo yagakondo y’abakiranutsi.
Uwiteka Mana ahari nagucumuyeho ndakwingize uyu munsi sindangize umwaka umbabarire gukiranirwa, ahubwo wibuke umugaragu wawe isezerano wamusezeranije, kandi ibyanciye ntege byose byaturutse mu butayu aho wanjyanye kwigishwa kubaha Uwiteka Imana Nyiringabo.
sinkubaraho urubanza ahubwo ndashima ineza yawe n’imbabazi zawe wagaragaje ibihe byose wabanye nanjye hejuru yibyo ukongeraho kungira umucamanza wabari mu isi kandi ntabikwiriye wagaragaje urukundo ruhebuje nyamara njyewe nishakamo ibya kuzeza nkabibura nkumva mbaye nk’Impala ifite inyota izengurka mu gihugu cy’ubutayu kitagira imigezi.
Nyamara ibyo byose wabigaragayemo nk’intwari kurugamba ntiwibagirwe za magigiri zangezaga zishaka kunca igihanga ntiwibagirwe Nyagasaza Innocent Fruti twabanye mu bikomeye yarangiza akangambanira wibuke ko twamukoreye ubukwe ubwo twari mu matage nyamara inyiturano yabaye kunshimuta agambiriye kunca igihanga ariko aho naho warahabaye kuko iyo utaza kuhaba samba nkibarirwa mu isi yabazima.
Uwiteka Mana ndibuka ko wampaye umugisha wahantu h’umwijima ubwo za magigiri zoherezaga amadollar izindi zikohereza amapound,izindi zikohereza amaeuro ibyo byose wagaragazaga kugira neza kwawe kugirango ngukorera ntishunga cyangwa nikaga wamaze agahinda narimfite ariko ntuzibagirwe guca imanza zuwaciye igihanga mama kuko iyo mutekeje kuko nabwiwe amateka numva ko yarimfura kandi yubuhanga Uwiteka Imana ninawo murage nahawe gakondo abo nabo ntuzabibagirwe.
Ntuzibagirwe abaciye igihanga data batugize imfumbyi igihe kitaragera kuko yarumugaragu wawe kuko amomoka mu muryango wa BALEWI niyompamvu wangize kuba umutabyi kugirango musimbure ibyo atakoze mbisohoze kugukiranuka.Ndabizi neza ko bene ZAGWE wahamagaye ukabagira ubwoko bwaw bwite niyompamvu uyu munsi ngukorera ntagononwa kuko namenye ibyo umwanzi yatwibye bintera kugaruza gakondo yanjye wampayeho umunani kugirango ibyasezeranijwe bitazagabirwa inkozi zibibi zikabihindura umunani wazo.
Uwiteka reka ngushimire kuko wabonye kurira kumugaragu wawe,umugirira neza,umuhindura umurwa wawe wera ariwo Yerusalem wubatse kumusozi Siyoni uko niko wavuze ko uzamugira umurwa wawe wera ukazakomeza gukranuka kwawe hagati yawe nawe,ibyo bintera kugutinya kuko nta cyo uvuga ngo gihere kandi ndagushimira ko utajyabbureba inyuma ahubwo ureba umutima ufite guca bugufi no guca imanza zitabera warangiza ukazamura abicisha bugufi babaye intamenyekana ugacisha bugufi abishyize hejuru bakamanuka bakaba nk’umusozi uciwemo kabiri ukabagira bagufiya kandi bari bare bare ahabo hakibagirana burundu.
Uwiteka Mana urabizi ko nta maraso andi mubiganza,kandi urabizi ko ibyo ari byo nagusabye ubwo twari kurugerero wangereye ibinkwiriye wumva gusenga kwanjye niyompamvu nezezwa no kuba nta mutima uncira urubanza ese iyo nza kumena amaraso uyu munsi mba mvuga iki imbere yawe?
Wibuke ko amaraso menshi yatumye sogukuruza David atakubakira ihema ryawe kandi wari warabimusezeranije, ariko kubera gukiranuka kwawe no guca imanza zitabera byatumye iryo sezerano uryimurira kumuhungu we Salomon.
None Uwiteka Imana ndagushima ko wandinze amaraso y’Abahutu n’Abatutsi, banezezwaga no kumena amaraso ibyo bitanga gukora (IBOOLO) ibyo byose ndabyibuka nkumva ishimwe riruta ayandi mu mutima wanjye bikantera umuzero nkanezezwa ntishama nkagenda mu muhanda nemye kuko ntawuciraho iteka haba hagati yabakuru cyangwa abatoya ubwo butwari sinabwifuje ariko nifuje gukiranuka kwawe maze ubihuza numutima wanjye undinda kwiyanduza nyamara se sinabanaga numubisha mutekere nkamukorera byose yakumva amakuru y’ubwoko bwawe bwarimbutse akishima uwo munsi agasinzira akarya akaryama akagubw aneza.
Uwiteka Mana nyemerera ngushima uyu munsi kandi abantega amatwi ndabasaba ntimundambirwe kuko ndashima Uwiteka Imana yanjye niko kanya mbonye nyuma yo kuva mu butayu hagati nkaba nibereye ku nkengero z’ubutayu aho Uwiteka azankura mu gihe gikwiriye nibutse uko Uwiteka yabanyenatwe igihe cyose twarorongotanye mu butayu burebure mbona iherezo ryacu ryongeye kuba ryiza numva ishimwe rirazamutse mu mutima wanjye binanira kiriceceka mpitamo kuri sohora kugirango ahari nawe wakwibuka inzira zawe bikaba byatuma ushima Uwiteka mbere yuko uyu mwaka urangira utakurangije.
nccleon@gmail.com
Leave a Reply