Igice cya (23) cy’Ubuhanuzi

Jan 1,2016 njyanwa mu iyerekwa maze mbona ibikorerwa mu ibanga bitabonwa n’amaso y’abana b’Abantu.Cyeretse uhishuriwe n’Uwiteka Imana wenyine niwe ubasha kubibona no kubimenya no gusobanukirwa ubusobanuro bwabyo.Maze uwanyerekaga ibikorerwa mu isi y’umwijima,arambaza ati,biriye ubonye ubasha kubisobanukirwa?Ndasubiza nti oya nabasha kubibwirwa niko utansobanuriye!

Maze aramfata anjyana ahitegeye arambwira ati rambura amaso yawe ubashe kureba kure kuko ngiye ku kwereka inkozi zibibi uburyo barwanya abafite ikimenyetso cy’amaraso y’umwana w’Intama.Ndambura amaso yanjye maze anyereka amasiganwa munzira cyangwa mu mihanda y’Abagenzi bagana Isiyoni bagenda bafite umuvuduko ukomeye cyane.

Mbona inkozi y’ikibi nayo yinjira muri ayo masiganwa yo gukiranuka,mbona ikoresheje uburiganya irihuse cyane inyura ho abakiranutsi bari mur’iryo siganwa maze mbona ibagiye imbere numva ndababaye cyane.Mbona iragiye kuko amasiganwa twayakoreraga mu muhanda wa KABURIMBO bisobanura Inzira yo gukiranuka.

Mbona wa muntu (1) aragiye atujya imbere ageze imbere akatisha amasiganwa ayakura mu muhanda wa Kaburimbo (Roads to Pitch) ayerekeza mu muhanda w’igitaka (Roads Clay) kugirango tuve mu muhanda wa Kaburimbo (Roads to Pitch) maze ndiruka ndihuta cyane ngirango ngende njy’imbere yiyo nkozi y’ikibi maze mbashe kuyobora abakiranutsi amasiganwa yo gukiranuka kubafite ikimenyeto cy’amaraso ya Kristo muruhanga rwabo .

Ako kanya mu gihe ngiye kunyuraho wa mugabo wa (2) ariwe nkozi y’ikibi,ahita haza undi mugabo wa (3) nawe w’inkozi y’ikibi twari kumwe mu masiganwa yari yigize umuntu naho yar’umudayimoni. ku buryo ntabashije kumenya cyangwa gusobanukirwa ko uwo mugabo arumudayimoni wihinduye umuntu.Nukonumva anguye mu bitugu amfata amaboko ambuza kwiruka ngo njy’ imbere ya w mudayimoni mugenzi we.

Igice cya (22) cy’ubuhanuzi

Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira abakiranutsi yuko umwanzi yamaze gukoresha inama ikomeye ikuzimu kandi inama bakoze ikomeye cyane dore bakoze (deployment) kohereza abadayimoni kubakiranutsi bakomeye cyane kumasezerano kugirango babayobye bakoresheje uburiganya kugirango uyu mwaka utangiye batinjira mu masezerano uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwigeze kuba umufasha wawe agiye kongera gukora ubukwe(urupfu) nuko mbona abaje gusaba no gukwa baje kuburyo butunguranye baza iwabo na madamu bataritegure.Nuko mbona umwuzukuru wabo witwa UMUTESI AIMEDO yahise yihuta vuba vuba ajya gushaka imishanana n’umuntu uribuze gukora (decoration).

Mbona uwagombaga kwakira abakwe atumije igiti cyitwa umuyenzi ikigira amazi y’umweru asa namata maze bansaba ku kibagurira ndakigura ariko banyima igifite amashami bampa ikidafite udushami, kandi ari cyo nashakaga.

Nuko ndabwirwa ngo mwana uwahoze arumufasha wawe agiye ntagashami na kamwe asize kubera ko yanze kumvira Uwiteka ibyo wa mubwiye byose ubwo mwari mu butayu bunini none dore igihe cye cyategetswe kirasohoye kugirango akurwe mu isi yabazima.Uwiteka yagusezeranije yuko atazarimbuka ko azamuha ijuru kuko azi neza ko wamurwaniye ishyaka ryo gukiranuka ushaka ko atazabura ijuru.Ariko yananiwe kumeya ishyaka wamurwaniriye ndetse ananirwa kwizera impano yari kurimo kubera ko yaganjijwe nimbaraga z’umwanzi wigize inkozi y’ikibi.

None andika ibyo weretswe kugirango asome amenye kandi asobanukirwe ko igihe gisohoye maze yitegure akurwe mu mubiri kuko hagiye kubaho ibikomeye mu isi yabazima kandi Uwiteka abaka azi neza ko arumunyabwoba none ntabwo Uwiteka yagutera agahinda ngo agukoze isoni ahubwo azakora nk’uko bikwiriye kuko uyu mwaka n’umwaka yirahiye yuko atazabura kuguha ubutabera none uyu mwaka uwiteka yawise umwaka w’ubutabera mu bwoko bw’Abakiranutsi kubafite ikimenyetso cya maraso ya Kristo.

Nuko mbona gusaba no gukwa bibaye ku wa (3) hanyuma ubukwe nyirizina mbona bukozwe ku wa (6) numva ndababaye cyane mbura uko mbigenza ariko nemera ubushake bw’Uwiteka Imana kuko iri sezerano rimaze igihe kirekire ariko na none mpumurizwa nuko Uwiteka yatanze isezerano ry’ijuru.

Nongera kubona agati gateye ahantu mu butaka bwiza,maze ako gati kamera amashami (2); mbona karakuze kageze hagati mu kirere uburebure bwako bureshya nk’igihagararo cy’umuntu mugufiya.Nuko mbona ya mashami (2); iry’iburyo niry’ubumoso mbona haje umugozi urayahambiranya maze ahindukamo igikuta maze mbona icyo giti gishyizweho iherezo rya cyo niko Uhoraho Uwiteka  Nyiringabo abivuga.

Nongera kujyanwa mu isi y’Umwuka,mbona inkozi z’ibibi zishishikajwe no gutwara umugisha wabakiranuti,maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, rinzaho rirambwira rriti,mwana w’umuntu,dore  hagaruka ujye kurwanirira abakiranuts,i ndahaguruka mu gihe cyo guhangana nizo  inkozi z’ibibi mbona zirandwanije cyane ariko ndazirwanya ndazinesha nzikura mu bubiko bw’ibyasezeranijwe aho bari bamaze kwigabiza umugisha w’abakiranutsi

Nuko mbona abigize ko aribo baragwa bibyasezeranijwe nyamara ataribo, mbona ko bigaruriye ubutunzi bwose ubwo butunzi nabanaga ari ubw’abanyarwanda baturutse DR Congo turahangana na none ndabanesha nuko mbona ngaruje ifeza za SHEKERI ibihumbi (6000) maze intambara irangira Uwiteka atsinze urubanza rwa bakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse.

Nongera kwerekwa inkozi z’ibibi zihana (REPENT) kubera zabonye yuko umwaka w’ubucamanza bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo utangiye, zihitamo kwihana kubera ubwoba bidaturutse murukundo bakunda Uwiteka Nyiringabo.Nuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane,maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore banze kwihana kubo bahemukiye ahubwo dore barimo kwihana mu bwihisho aho gusaba ibabazi abo bahemukiye ahubwo dore barihana murwihisho nyamara ntacyo biribubamarire.

Nuko mbona uko bamesaga ibishura byabo, bisobanura kwihana, ninako ayo mazi bameseraga hasi akamanuka inyuma yabo yamazi mabi bameshesheje imyanda ninayo yahindutsemo inyanja maze uko bamesaga gahoro gahoro aza guhidukamo inyanja nini cyane maze irabarimbura kubera amazi yabageze murukenyerero bananirwa guhunga ngo bakize ubugingo bwabo uko niko Uwiteka avuze.

Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riyi,mwana w’umuntu,dore izo nyangabirama ziciriweho iteka kuko zanze kumvira ijambo ry’Uwiteka ahubwo zigize inyabwenge nyamara ariko ubwo bwenge bw’isi nta bwo buzabafasha kuko baciriweho iteka kuko bagiye kuribuka uko niko Uwiteka avuze.

Twagiramungu Faustin alias RUKOKOMA,nyuma y’imyaka (58) ahakana ubwami bugendera ku itegekonshinga,noneho yaba agiye gushyigikira umushinga w’itahuka ry’Umwami w’uRwanda warahiliye kuyobora ubwami bugendera ku itegeko nshinga.

02 Jan,2016 nongera kujyanwa mu iyerekwa maze nerekwa ibikorerwa mu isi yabazima bitaboneshwa amaso ya bana bab’abantu.Maze uwanyerekaga arambwira ati,mwana w’umuntu dore igihe kirarangiye none tunganya imirimo yanjye yanjye yose nagushinze kugirango ukurwe IBABYLON kuko aho ujyanywe ugiye kongererwa imirimo kugirango utandukanye ibishimwa mu bigawa uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uwiteka rinzaho brirambwira riti,mwana w’umuntu,bwira ubwoko bwanjye,uti ni mwiringire Uwiteka Imana Nyiringabo, kuko nta gihe gisigaye bizamara ngo ibyahanuwe n’abahanuzi ngo bishyirwe ahagaragara nk’uko Uwiteka yabivuze uko niko Uwiteka avuga.

Dore nd’Uwiteka wifite imibiri byose,mbese hariho icyananira?Uko niko Uwiteka abaza!Dore nta gihe gisigaye ngo Uwiteka ace imanza zitabera kuko yamaze gufungura imiryango y’uutabera ngo imanza zitangire kuko imiryango yarimaze iminsi ifunze none yacyingutse uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umunyapolitike w’umunyaRwanda wo mu bwoko bw’Abahutu Twagiramungu FAUSTIN alias Rukokoma afite ubwoba bukomeye cyane kandi arushijeho guhagarika umutima kubera ubwami yarwanije yamaze kubona yuko bugiye kwima ingoma.

None afite ikibazo cy’uko azabwira ubwoko bw’abahutu (extremist) ukuntu agiye gushyigikira ubwami bavugaga ko basezereye hamwe n’ingoma ya guhake na gikolonize uko niko Uwiteka avuga.Dore arimo gushakisha inzira zose zashobora kumufasha kumvisha rubanda rw’Umwami ko noneho bwa bwami yahakanaga ubu abwemera kandi akemera yuko republika y’uRwanda itemewe n’amategeko ahubwo ubwami nibwo bwemewe n’amategeko.

Nuko ntangarira Uwiteka Imana uburyo yihesheje icyubahiro ukuri kugasimbura ikinyoma cyari kimaze imyaka irenga (50);ibyo byose byabayeho kugirango ubwoko bw’Uwiteka bumenye ko ari we utegeka kandi ari we munyembaraga bityo nibongera kwima ingoma amatwi yabo atazaba ibihuri uko niko Uwiteka ategetse!

Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore dore Twagiramungu Faustin alias RUKOKOMA ababajwe nuko ingabo zabahutu zidafite imbaraga ziruta izabatutsi ntibashobora gukuraho leta y’Umwakagara badafatije n’Abatutsi.Ndetse nabatutsi batavuga rumwe n’umwakagara nabo ntibavuga rumwe kandi ntibinashoboka kuko we ashaka uburyo yasimbura umwakagara ku ngoma nyamara bidashoboka!

Dore mu minsi micye isigaye Twagiramungu Faustin agiye kwemera gushyigikira umushinga w’itahuka ry’Ubwami bw’uRwanda kuko asanga ariryo rembo ryonyine asigaranye rya politike ryo kwinjiriramo kuko adashobora kuyoboka umwakagara cyangwa se ngo ayoboke Rwanda National Congress RNC kuko abona yuko batazafata ingoma ahubwo akaba yamaze kumenya yuko Umwami agiye kwima ingoma.

Ibi bije nyuma yahoo Umwami w’uRwanda yifurije abanyarwanda umwaka mwiza wa 2016 ejo yarayisomye ahita abona ko Umwami yongeye kwima ingoma none bitumye ashaka cyane uburyo yashyigikira uwo mushinga w’itahuka ry’Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa.

03 Jan,2016 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara yongeye kuguhagurukira kubera watangaje ijambo rya nyir’uRwanda warangiza ukarifata ukarishyira hamwe ni rye bigatuma ibyiringiro umwakagara yari yatanze kubanyarwanda biyoyoka bihinduka ubusa kubera ikizere cy’Umwami yahaye abanyarwanda yuko uyu mwaka uri busige ibibazo abanyarwanda bafite bikemutse uko niko Uwiteka avuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona ndi mu gikombe kili munsi ya gakondo yabakiranutsi(Vally)mbona mpagaze kumugina nitegreza haruguru yanjye kuri gakondo mbabazwa cyane ni uko nabonye ko gakondo yamaze kurimbuka mbona yarumye kubera izuba ryinshi ahantu hose harakakaye.

Mu gihe narindimo kwitegereza cyane ngo nsobanukirwe ibyiryo kakara ryateye,hepfo yanjye mwishyamba ry’ibiti n’ibyatsi birebire mbona inyuma yanjye haturutse urumuli rumeze nk’izuba ricanye cyane urwo rumuli rwazaga arijye ruhiga.Mba manutse kuri wa musozi nzamuka nkikira iruhande rwa gakondo ariko mur’iryo shyamba hari hateye ibiti bire bire(ubuhunzi) maze mbona ibyo biti uko rwarumuli rwakaga ninako igicucu cya bya biti cyarushagaho kumpisha (Iby’Imana biratangaje)

Ya majini ameze nkaho yaturutse Tanzania dore cyera twaragiraga inka twaba tuzicyuye tugahura namajini kuko yajyendaga acanye umuriro ariko urumuli rwayo majini rwabaga arumuhundo,naho urwo nabonye rwo rwari umweru gusa gusa!

devil

 

 

 

Ubwo ndahunga nzamuka nkikira gakondo mbona za mburagasani z’inkozi zibibi zirambuze.Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho kandi rirambwira riti,mwana w’umuntu,kuva watangaza ijambo rya nyir’uRwanda ukarifata ukarishyira hamwe niry’umwakagara byateje umuvurungano ukomeye mubutegetsi bw’umwakagara bituma umwakagara ahamagaza inama igitaraganya dore barangije inama arabaza impamvu bananiwe kuguca igihanga kandi bafite ibikoresho byose.

Dore bafite ibagiro,bafite inkota,bafite ifeza zo gutanga bituga ukwaha nta naimwe babuze none arabaza ngo niki cyakorwa ngo utabwe muri yombi?Uko niko Uwiteka avuga.Mbona ndashaka kwiruka vuba vuba ngo mpunge ayo majini y’umwakagara ariko nsanga nambaye urukweto rumwe mukirenge kimwe rudasanzwe rwaumaga ntabasha kwiruka nuko ndabwirwa ngo niwihuta vuba vuba biratuma ukurwa mu gicucu cy’amababa y’Uwiteka Imana maze umwakagara abe arakubone kuko uri mu gicucu cy’amababa y’Uwiteka ntabasha kubonwa nuri mugicucu cy’urupfu uko niko Uwiteka akuburiye.

Nongera kujyanwa mu iyerekwa maze mbona uburyo za magigiri za umwakagara zihigana na za magigiri za RNC (Gen.Kayumba Nyamwasa) iza RNC zari ziyobowe na LT.Aloys Ruyenzi utuye mu gihugu cy’Ubufarance nuko mbona ko zigiye gufata Ruyenzi ngira impungenge ko zigiye kumwivugana hanyuma mbona yikinze kurukuta rwali hafi ye maze ziramubura.

Ubwo nanjye nihise nihisha za magigiri z’umwakagara kugirango zibanze zigende nsigare mpanganye na LT.Ruyenzi Aloys mbona ziragiye aho Ruyenzi yari yihishe nanjye niho nari nihishe usibye igikuta cy’inzu nicyo cyari kituri hagati kidutandukanije.

Nuko maze kubona ko iz’umwakagara zigiye nshima Imana nsigara mpigana na LT.Ruyenzi Aloys cyakora nabonye arumuhanga wo kuneka nuko bitamukundira kuneka umwuka w’Uwiteka naho ibijyanye n’ubwenge bw’ubugome bwo guhiga abo yica numuhanga cyane.

Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi wawe wigeze kwigira inshuti yawe ahiga ubugingo bwawe LT.Ruyenzi Aloys yaguhigiye Uganda akajya aguhamagaza ngo muganire akajya hirya y’umutrwa wa Kampala kugirango agutsindeyo nawe ukajyana nipikipiki urikumwe n’umukristo wawe witwa John ananirwa uburyo yakwivugana bituma agenda adakoze umushinga we ninayo mpamvu yagiye atagusezeye kandi mwali muri kumwe mufatanije gusenya za magigiri z’umwakagara.

Yarazi ko bashobora kwicira muri prison nabyo birananirana none dore wamubereye ihwa rihanda kuko ibyo yakoreraga mu mwijima wabishyize ahagaragara nuko uzirinde cyane kuko mugiye kuzajya mukubitana ibirenge iyo mu mahanga kandi urabizi yuko ko ntaho atajya isi yose yayizengurutse agenda ahiga abo batavuga rumwe cyangwa babarosera uko niko Uwiteka avuga.

Ariko ararushwa nubusa kuko ashinga umuhunda ku kirenge nta kabuza RNC izarara nze!Kuko baharwanije umwuka w’uhoraho bituma Uwiteka abijundika ko bibwiye yuko arabanyabwenge cyane kandi ko arabahanga nyamara ubuhanga bwabo buzasigara mu bihanga bihanitse mubihanamanga biri mu manga yo mu mahanga aho batazashobora guhanga ibijyanye niby’ubuhangwa buhabwa abanyabwenge babahanga batarabanyamahanga.

Dore ugiye kuzenguruka isi yose ukoreshwa ibikomeye wikorera umurimo w’Uwiteka kuko ugiye gusohoza ibyahanuwe kugirango umwana w’umuntu ashyirwe hejuru uko niko Uwiteka avuze

Uhumure ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko Uwiteka azabana nawe mu byo uzakora byose,dore igihe cy’umwakagara kirabarirwa ku ntoki nyamara ubwo bzaba bikomeye iz’umwakagara zizakuramo akazo karenge usigare uhanganye niza RNC ziyitirira kuba intwari nyamara ubutwari buba maboko y’intwarane zihagarikwa n’Uwiteka Imana yabakiranutsi ubundi ubutwari sukwica ahubwo nugukiranuka uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uwiteka ryongera unzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore haje umugisha w’uburyo bubiri umugisha umwe uragereranywa namata yamasukano uwundi mugisha ugereranywa namata yamata ya packet bivuze yuko ngiye kukoherereza umugisha wawe wowe ntitunye ko umurimo wanjye wahagarara kubera ko udafite uburyo bwo gukora ndakora nk’uko nsanzwe nkora ndavugana n’ubwoko bwanjye mbabwire bakoherereze umugisha wawe kugirango ubashe gutunganya imirimo yanjye uko niko Uwiteka ategetse.

Erega mwana w’umuntu,jyewe nitwa Uwiteka Imana rubasha ushobora byose nshobora gukoresha ikiremwa cyose kugirango gitunganye umurimo wanjye uko mbyifuza niyompamvu utagomba guterwa ubwoba nizo nkozi zikibi zihiga ubugingo bwawe kuko uko baguhiga nanjye niko ndushaho kubashyira mukaga nakangaratete kugirango bamenye yuko bahiga umugaragu wanjye jyewe Uwiteka uhoraho ibihe byose nkaba ntagira iherezo nkiry’abana bab’abantu uko niko Uwiteka avuga.

Nakubwiye yuko nzajya nguhemba kubera umurimo wanjye unkorera kandi nagusezeranije ko uzajya uhembwa ibihembo bingana niby’umukozi wa ONU kugirango umenye yuko jyewe Uwiteka uwo nakunze ndamutetesha nkamurata nkamugirira neza isi yose ikamenya yuko nd’Uwiteka wifite imibiri byose mbese hariho icyananira ?Uko niko Uwiteka abaza!Yeremeiya 32:27

The day of the Lord,the Rhema word of God comes from heaven and I had the voice of God told me in vision and I saw the board was written the words on it, called ”invigilator” which means being responsible for something. And immediately i  had the voice telling me that lets Invigilators do heir job thus how the Lord of host said.

Ngerageje gusobanura mukinyarwanda biravuze ngo abo bagiye guhagararira umurimo w’Uhoraho,bareke babe aribo bawuhagararira bazabazwe izo nshingano kuko batowe n’Uwiteka Imana kugirango babe mu murimo w’uhoharaho kuko yabatoranije kandi akabagirira ikizere cyo gukora uwo murimo uko niko Uwiteka avuze.

Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona umugore utwite inda ya mazi (6) maze mbona haje umuhanuzi mukuru afata kunda yuwo mudamu maze numva aravuze ngo asigaje amezi(3) yibaruke umwana w’umuhungu.

Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe kiragiye kandi kirarangiye ngo umwana w’umuntu ngo ashyirwe hejuru kuko iby’Uwiteka yavuze ngo bisohore maze abantu bamenye yuko Uwiteka ari we Mana yabakiranutsi kandi bamenye yuko aca imanza zitabera .

04 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona imyuka (3) y’ikinyoma umwakagara agiye gushyira ahagaragara kugirango abeshye isi kuko yamaze kumenya yuko agiye gufatirwa ibyemezo bikomeye mur’uyu mwaka wa 2016.Nuko akimara kubimenya ahita ategura ikinyoma cyo kubeshya abategeka b’isi.

Nerekwa mbona ya myuka (3) ikimara kugera hanze yarifite amahembe kandi iyo myuka yarishaje cyane ku buryo wabonaga ko idashobora gukora umurimo ihawe gukorera mu isi ya bazima.Mbona iyo myuka irafashwe ijyanwa mu gihugu cy’ubutayu bugufiya izirikirwayo itegekwa kugumayo kugeza igihe cyategeswe uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,dore umwakagara nta (IGIHE) asigaje nubwo alimo kwikirigita agaseka,ariko isi yamaze kumurambirwa kuko yagiye abeshya kenshi bamwihanganira ariko noneho ageze ku iherezo kuko iminsi y’igisambo ibaye (40) uko niko Uwiteka avuga.Dore nta kabuza ntazabura gukorwa nisoni mu marembo yamahanga niko Uwiteka agize!

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho maze rirambwira,riti,mwana w’umuntu,iby’umwakagara bimeze nka babakobwa (10) bari bategereje umukwe mu gicuku hanyuma (5) bagashyira amavuta mu isaho rya bo,abandi (5) bakiryamira bataziko amavuta yabo yashizemo kandi ko umukwe ari bubatungure na FPR/Kagame niko bameze uko niko uhoraho agize.

Ijambo ry’Uhoraho rinzaho,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,iryo yerekwa nturyandike kuko riturutse kubadayimoni bahora bifuza ku kuvangira (Mix Prophecy) kuko uko niko bagenje abahanuzi benshi batabye maso cyangwa batari bafite impano yo kugenzura ndetse no kurondora bituma bavangirwa bakurwa mu buntu bw’Uhoraho”Some of the revelations are falls do not trust it thus is how the Lord of Hosts saith.”

Ubwo nikomereza kwibera kugisasiro maze ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abajura baraguteze kuko kuza kwiba babuze uko babigeraho kuko wabwiye caretake ko bashaka kuza kwiba ahita abibwira bamwe mu bo azi ko bajya bakora uwo mulimo none bahisemo kugutegera mu nzira usohoka cyangwa ugaruka nuko rero umenye uko ugenza kugirango utagwa mugaco kababuzi niko Uhoraho agize.

Mu gihe nikomereje kwiyumvira ubushyuhe bwo kugisasiro ijwi ry’Uhoraho rirambwira riti,nyamara ukwiye kwibambura ukajya gukora umulimo kuko amasaha yagiye.Ubwo jyewe nibwiraga yuko hakiri (6) zigitondo naho ni saa mbili nuko ndabambura njya kumurimo wa data kuko njya nywukora nezerewe nubwo bitera umubili wanjye kunanirwa ndetse hakaba haraho numva mbaye nk’upfuye !

Ndabwirwa ngo uyu mwaka kubakiranutsi s’umwaka w’ubutayu ahubwo n’umwaka w’ubutabera mu nzu y’Uwiteka,ariko kubakiranirwa n’umwaka w’ubutayu kuko uyu mwaka Uwiteka agiye kwigaragaza yuko yubaha ibyavugiwe mu kanwa kabahanuzi kugirango asenye imbaraga zikinyoma zikomeje kuzengereza isi yose uko niko Uwiteka avuga.

Dore nta kabuza umwakagara akuwe ku ngoma kandi ntamahitamo yo guhagarika intambara yarwanye nyinshi yibwira yuko azahangara ijambo ry’Uwiteka Imana ariko ntibishoboka yuko ibyahanuwe yabibuza gusohora kuko yajujubije ubwoko bw’Uhoraho yibwira yuko azamwitegereza akamurebera gusa?Uko niko Uhoraho abaza.

05 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa maze mbona ibitabonwa na maso ya bana bab’abantu mu isi y’abazima.Mbona ko njyanywe mu isi y’imisozi miremire isa nimisozi y’igikundiro twasize muri gakondo ya bakiranutsi.Uwanyerekaga arambwira ati,mwana w’umuntu,reba hakurya yawe maze witegereze ibibera kuri iriya misozi isa n’igikundiro.

Nuko nanjye ndambura amaso mbikunze kandi mbikeneye ndetse mbyitayeho,ndareba mbona imirasire y’akazuba ka kiberinka kageze mu marembera ka kandi gatuma imitovu ikinagira amatovu.Nuko har’umuhanuzi kazi ushinzwe gufasha umulinzi w’amasezerano ngo arangize ubutayu maze atangire imilimo yo gusimbura umuhanuzi w’Uwiteka kuko igihe cye cyari gihumuje cyo kuba mu gihugu cy’IBABYLON-SHUSHAN.

Ubwo uwo muhanuzi-Kazi nabonaga andi nyuma kandi yari mu mwijima ngerageza kumwereka ibiri kubera hejuru y’iyo misozi y’igikundiro birananirana kuko yaragoswe n’umwijima watumaga atabasha kureba ibibera kure ya maso ye!Nuko mbonye ko atabashije kubishyikiriza amaso,ubwo nahise mukura muri wa mwijima angezeho mu gihe ngiye kumwereka ibiri kubera hakurya hejuru yay a misozi itangaje mbona ako kanya hamanutse umwijima ukozwe mu buryo bw’umucyo w’umurabyo maze ukwiragira ya misozi yose y’igikundiro.

Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mur’iyi minsi kandi mur’iki gihe,muri gakondo yabakiranutsi hamwe no mu gihugu cy’IBABYLON Uwiteka agiye kuhakorera ibikomeye byahanuwe nabahanuzi b’Uwiteka Imana yavuze kuva kera kose nubwo hashize igihe kinini babitegereje uko niko Uwiteka avuga.Nuko mbona wa mwijima uko wakabaye umanutse uturutse mu ijuru ry’Uwiteka Imana maze uhita umanuka nkumurabyo ugwira iyo misozi yose kandi urayitwikira ku buryo nta hantu hasigaye hadatwikirijwe nuwo mwijima.

Nuko ijambo ry’Uwiteka ryongera kumburira riti,mwana w’umuntu mbere yuko utsuka banza ushakishe ubuvumo uzasigamo umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe kugirango inkozi zikibi zitazamugwa gitumo uko niko Uwiteka avuga.

Nuko ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,genda ujye mu gikari cy’abanyabyaha urahasanga hari ububiko bw’abanyabwenge maze ufate buriya bwenge n’ubuhanga ubumenyi hamwe nubukorikori ubishyire mu mwuzuro w’ibyahanuwe kugirango buhatunganirizwe kuko mu minsi izaza ubwoko bw’Uwiteka buzagubwaho nubwiko bw’umwihariko bw’iby’ubuhanga bwihishe mu mwuka w’Uwiteka Imana yabakiranutsi ubwo bufindo nta bwo buzaturuka mu bwenge bw’abana bab’abantu ahubwo nisezerano rikomezwa n’Umwuka w’Uwiteka Imana uzaba murubyaro rwanyu ruzakomoka kurukiryi rwabatoni b’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.

mount-

 

 

 

 

Nuko nterwa ubwoba cyane bukomeye nuwo mwijima wikubye inshuro (7) umanukiye gakondo yabakiranutsi.Nibuka bene data twakoranaga umurimo wo kubaka ihema ry’Uwiteka no gusana ibicaniro byasenywa n’inkozi zibibi hanyuma ubwo nababwiraga ngo duhunge inzara izatera muri gakondo yabakiranutsi hamwe n’ibyago bayahanuwe anabahanuzi bene data banze kunyumvira mpitamo gufunga utwanjye izuba riva kugirango bizabera ikimenyetso abanze kumvira Uwiteka maze nibamabaza bati ibyo nibiki ukora mbasubize yuko nkoze nk’uko ijambo ry’Uwiteka ryantegetse kugirango batazabona urwitwazo.

Maze ntekereza ko bagiye gukenyuka no kurimbuka kubera kutumvira Uwiteka Imana yabakiranutsi maze numva ijwi ry’Uwiteka rimbwira riti,mwana w’umuntu,nturirire intumva zanze kumvira Uwiteka Imana yabakiranutsi dore baciriweho iteka kubera kutumva no kwihumuriza maze bakiha amasezerano bavuga yuko ngo bazarindwa.Nibyo harabo Uwiteka yamenye kuva kera kose ko arabanyantegenke kandi abaziho gukiranuka no kumwizera abo bafite isezerano.

Ariko hari nibandi babigize umwuga babonye barindwa mu mvura ya hise y’1994 maze babigira akamenyera bavuga yuko nubundi nta kabuza batazabura kongera kulindwa mu gihe ibyo basezeranije Uwiteka Imana batigeze babyubahiriza ngo bahigure imihigoa bahigiye Uwiteka Imana kandi bataranabuze uburyo bwo kuwuhigura ibyo byanabateye kutihana bituma baba kure y’Uwiteka Imana kuko yabagiriye neza maze ineza bagiriwe bayisimbuza gusuzugura Uwiteka no kutubahiriza ibyo bayisezeranije.

None dore biraje ndetse bigeze kurugi birakomanga ese bazahungirahe umujinya w’Uwiteka Imana yabakiranutsi ko bayinegurije izuru?Uko niko Uwiteka abaza.Nuko rero burira abanyamasezerano bafate ibibindi bashoboye bibikiremo amazi ndetse banafate ninkangara itubutse bashyiriremo agafu gatubutse kugirango ubwo bizariduka bizasange bari maso.

Ndetse ubabwire ntibazibagirwe nimvumba y’umuriro kuko icyo gihe bitazashoboka yuko bazabasha kubona umuriro uzabasusurutsa mu gihe cy’imbeho ndetse no ku gihe cy’isabato uko niko Uwiteka avuga.

Nuko mva ahongaho njya mu gikari cy’abanyabyaha nkurayo ibyo nabwiwe gukurayo,maze mvuyeyo mbona za nkozi zikibi z’abagore zo mu bwoko bw’abarozi zibabajwe cyane nuko ntwaye ubuhanga bw’abahanga bwari bwarabikiwe abahanga binkozi zikibi mbona zizengurutse umuhanga ngo zimwambure iryo sezerano ry’abahanga ryavuye k’Uwiteka ariko kuko yari yamaze gutwara ubwo buhanga Babura ubwenge nubuhanga bwo kwigaruriza iby’ubuhanga batigeze basezeranywa kuko bukomoka mu nzu yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,uranesheje kandi dore unesherejwe n’intare yo mu muryango wa YUDA kuko atajya aterera amwisunze ndetse ntabwo ajya akoza isoni abamwiringiye dore imbaraga z’umwijima ziraneshejwe kuko ibyo wifuje cyane ubwo wari mu butayu hagati,uyu munsi ubashije kubisingira nyamara kirya gihe cyari igihe cyari kitaragera kuko warutaragera kurwego rwo kurangiza ubutayu.

Bwira bene so bareke kwitotombera ubutayu ahubwo babukore babikunze kuzageza igihe buzarangirira kuko nibataburangiza ntakabuza nta izatuma butabasanga muri Cannan aho bazaba bibwira yuko ntaho bazongera guhurira nubutayu nyamara ndakubwiz’ukuri yuko utazarangiza isomo rye ryo mu butayu nta kabuza ntibuzabura kumusangayo kandi akazabukora nabi aho azaba ahanzwe amaso nisi yose mu gihe ubungubu ntamuntu numwe witaye kuwundi kuko buri wese arigukora ubutayu bwe uko niko Uwiteka avuga.

Dore ubwo imfura zizataraa we azaba ataramiwe nabadayimoni,ubwo imfura zizaba zinezerewe zihambawe,we azaba yishimiwe ninkozi zibibi zizaba zikomeje kumutaramira no kumurindagiza zishaka kumukoba no kumukwena kuko yananiwe kwiringira Uwiteka Imana hamwe nibyasezeranijwe.

Nuko nerekwa uwo mugore ajyanwa mu gihugu cyo mu butayu aho azamara igihe cyategetswe IBYAHISHUWE 12:1 maze mbona ya nzoka na satani ashakashaka uburyo bwose yamira uwo mulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe ariko mbuna ahawe amababa yo gukuruka azamuka hejuru mukirere ya maze cyangwa rwa ruzi ya nzoka yarimaze kuruka ngo ruhitane umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe ahita arakama.

Maze nerekwa ko agarutse hasi avuye hejuru mukirere ahoy amaze agahe gato cyane umuriro uturuka mw’ijuru uraza wumisha rwa ruzi rwabadayimoni na satani hamwe nay a nkozi yikibi irwanya abakiranutsi nuko numva ijwi rivugira mukirere ngo uko niko Uwiteka azakiza abakiranutsi kuri wa munsi wegereje cyane kabamwiringiye bakemera ijambo rye uko niko Uwiteka avuga.

06 Jan.2016 njyanwa mu iyerekwa mbona imwe nkozi zikibi w’umugore ahagurutse afashe inkoko mu ntoke yapfuye maze mbona ayitwaye ababaye cyane ayisubiza mu bubiko bwayo.Ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,iliya nko-ko waba wamenye ibyayo?Ndasubiza nti oya!Ndabwirwa ngo iriya nko-ko niyo yakoreshejwe guhumanya ubwenge bwawe kugirango uzatagira amahirwe yo kugera kurwego ugezeho ubu, none kuva wamaze gufata isaho y’ububiko y’ubuhanga bwabanyabwenge nabahanga,umuzimu warushinze uwo murimo yahise yitaba Imana uko niko Uwiteka avuze.

Jezebel1

 

 

 

Nkurwa ahangaho ntwarwa mu muhezo aho inkozi zibibi zihezuye nsanga umwuka w’Inzika y’Inzigo amwe ninkozi zibibi zo mu bwoko bw’abapharsayo zikora inama y’uburyo bakongera bagashaka ukuntu bangirira nabi,maze numva umwe aravuze wo mu nkozi zibibi ngo yewe uwo yaratunaniye nta bwo twamushobora dore igihe twahereye none turamuretse.Ubwo nabonaga ko abapharisayo biteguye gukora umunsi mukuru mu gihe bazaba bumvise yuko naciwe igihanga nuko mbona baramwaye bahita bahindura amagambo maze numva baravize ngo yewe uwo numukozi w’Uhoraho nta bwo mwamushobora

Nuko ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abana b’abantu ninryarya zikomeye cyane,bari bteguye gukora ibirori kugirango birore muri byo none babonye ko bakubuze bahitamo kujya muruhande rwawe ndetse ntibizagutangaze ubwo uzahura nabaguhigaga bakakubwira ngo burya wahigwaga twaragusengeraga nyamara muri abo bose nta numwe watinyutse kuba yanatuma amazi yo kunywa ubwo wari mu butayu bunini kandi bugufiya abo uzabamenya ndetse bazitwaza amagambo meza yo kugushimagiza nyamara nikimwaro bazaba bafite kuko batazaba bafite icyo bavuga kuko ibyahanuwe n’Umwuka w’Uhoraho bizaba bimaze gusohora uko niko Uharaho agize.

Mbona bashyizeho itsinda rizajya riperereza ngo babashe kumenya aho umugaragu w’Uwiteka Imana yaba aherereye kugirango bongere bagerageze barebe yuko bazagira amahirwe yo kuba bamuca igihanga bityo akareka gukomeza guteza umutekano mucye uturuka mu byahanuwe kuko bakomeje guhagarika umutima kubera ibyahanuweho kandi bikaba bigiye gusohora uko niko Uhoraho agize.

07 Jan,2016 njyanw mu iyerekwa mbona ibitaboneshwa amaso y’abantu,mbona kandi nerekwa umugabo w’umutunzi cyane ku isi ya bazma yarahaye akazi (abakozi) abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi kugirango bajye bamukorera.Abatutsi bamaze gukira kuko yabahembaga neza bahita bareka akazi kandi bakareka bamutunguye batamubwiye bamutunguza kumusezeraho.

Ubwo ako kanya uwo mugabo w’umutunzi ahita ategura abantu babaherekeza kuko basezeye binjira mu modoka isanzwe maze wa mugabo w’umutunzi arabakurikira abajya inyuma abagenzura uburyo batashye ndetse ni byo baba batahanye batwaye bitar’ibyabo kugirango abibambure.

Mbona abatutsi banyuze inzira yo mu butayu baragenda bagera muri cya gikombe cy’ubutayu bugufiya buri munsi ya rya shuli ryigisha abatutsi kubaha Imana.Mbona ko bakiri muri icyo gikombe cy’ubwo butayu maze ya modoka yari batwaye ihita irapfa bananirwa gukomeza kandi bari bageze kuri wa musozi uzamuka ugana kwishuli ry’abatutsi.

Wa mugabo w’umutunzi yohereza abagaragu be ngo bajye kubafasha gusunika ya modoka kugirango bakomeze urugendo.Ariko mukubohereza yaraziko batari burenge wa musozi wa batutsi ariko arabyirengagiza ahubwo aboherereza abagaragu baza kubasunika ngo nibura bazamuke wa musozi ariko imodoka iranga irapfa burundu ntiyaba ikibashije kuba yabatwara ngo ibajyane muri gakondo yabakiranuti.

Babagaragu ba wa mutunzi babonye ko bananiwe bahitamo kwigendera basiga abatutsi muri bwa butuyu bugufiya kandi bunini ndetse banakomeye cyane barigendera basubira kwa shebuja aho baturutse mbona abatutsi basigaye bonyine muri bwa butayu basigara bamanjiriwe.

Nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,waba wamenye icyo biriya bisobanura ndasubiza nti reka da!Gusa mu bwira yuko imodoka isobanura ubuyobozi nuko nawe arambwira ati,rero uvuze neza kuko wabashije kumenya icyo imodoka isobanura reka noneho nze ngusobanurire icyo bivuze.

Arambwira ati,iriya modoka y’uriya mutunzi yo bwoko bwa Mercedes Benz isobanura ubuyobozi bwiza kandi bukomeye bushinze imizi,naho izindi modoka zisanzwe nubuyobozi busanzwe bukomeye cyangwa bworohereje bw’ibihugu bidakomeye cyane kandi bitanafite ubukungu bukomeye cyane.

Uriya mukire wabonye yitwa BARACK OBAMA HUSSEIN akaba ategeka leta zunz’ubumwe z’America akaba ariwe ugiye gusiga ubutegetsi bw’Abatutsi mu gihugu cy’Ubutayu aho batazashobora no kuzamuka ngo bajye muri rya shuli ryigisha abatutsi nta bazava mu gihugu cy’ubutayu aubwo bagiye kubuheramo ndetse benshi bazabugwamo uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,abatutsi bancumuyeho nakora ibyangwa n’amaso y’Uwiteka Imana banga kumva ijambo ryanjye none dore ibibahanurirwa bigeze kwirembo aho bigiye kwinjira mu nzu kandi bakaba baranze no kubyihana uko niko Uwiteka avuga.

Dore ntakabuza nzakoresha Nebukadinezar wanjye kuko niwe uzankorera umurimo wanjye nk’uko mbyifuza dore azatera Iyerusalem ahagote kandi abaho bose azabagira imbohe nta numwe uzamucika kuko banze kumvira ijambo ry’Ubuhanuzi niyompamvu wabonye batavuye mu gihugu cy’Ubutayu kuoko batazabuvamo ahubwo bazabugwamo uko niko Uwiteka avuga.Iriya modoka wabonye isanzwe nibwabuyobozi bw’Abatutsi bugiye guhirima.

Kuba banze gukomeza gukorera uriya mutunzi banze kugendera kumategeko mpunza mahanga agenga imibereho ya demokaracy ndetse nokubhairiza itegekonshinga umwakagara akaba ayaratunguye abanyamahanga ubwo yatanzaga ko azongera kwiyamamaza kuri mandate ifira (3) akaba atazoroherwa nabanyaburayi hamwe nabanyamerica ibyo akora byose bamuhaye umwitangirizwa ngo barebe aho azagarukira.

Dore Uwiteka akoresheje amahanga kugirango yiheshe icyubahiro kugirango abatutsi bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yaremye ijuru n’isi uko niko Uwiteka avuga.Nta kabuza sinzabura kwihesha icyubahiro ngo isi yose imenye ko nd’Uwiteka Imana y’Abraham,Issac,Yakobo na Majeshi Leon uko niko Uwiteka avuze.

Dore nziyimikira umugaragu wanjye ukomoka mu muryango wa David,uwo namushyize mu buhungiro kugirango habanze hashire ibihe byinshi nzongere mugarure ku ntebe ya bukunzi nzabone uko nihesha icyubahiro a mu gihe gikwiriye kugirango azayobore ubwoko bwanjye buzinjira kandi bwongera busohoke kuko buzakinagira mu kiraro nk’imitovu zibyina amatovu mu gihe cy’amarembera y’akazuba zuba ka kiberinka kagiye guhunga umwijima waturutse mu mwijima uko niko Uwiteka avuga!

Mu gihe barimo kunezererwa intsinzi nyamara dore intsinzi yabo izahinduka amarira kandi nzababaza cyane kuburyo batazabasha kubyihanganira kuko basuzuguje izina ryanjye banga kumva ib’abagaragu banjye nazindukaga mu gitondo nkabatuma ariko aho kubumvira bakabahemba kubica no kubasshyira mu nzu y’imbohe uko niko Uwiteka abaza?

Jeremiah 20:7-Jeremiah’s Complaint

You deceived[a] me, Lord, and I was deceived[b];you over powered me and prevailed.I am ridiculed all day long;
everyone mocks me.Whenever I speak, I cry out proclaiming violence and destruction.So the word of the Lord has brought me insult and reproach all day long.

But if I say, “I will not mention his word or speak anymore in his name,”his word is in my heart like a fire,
a fire shut up in my bones.I am weary of holding it in;indeed, I cannot.10 I hear many whispering,“Terror on every side!

Denounce him! Let’s denounce him!”All my friends are waiting for me to slip, saying,“Perhaps he will be deceived;
then we will prevail over him and take our revenge on him.”11 But the Lord is with me like a mighty warrior;
so my persecutors will stumble and not prevail.They will fail and be thoroughly disgraced; their dishonor will never be forgotten.

12 Lord Almighty, you who examine the righteous and probe the heart and mind,let me see your vengeance on them,for to you I have committed my cause.13 Sing to the Lord!Give praise to the Lord!He rescues the life of the need  from the hands of the wicked.

 07 Jan,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho,mbona akamodoka kameze nk’indege gafite amababa kumiryango no kumadirishya.Mbona gafite za decoration hirya no hino izengurutse ako kamodoka ariko nta bwo kari gakomeye nkizindi modoka ariko kasaga neza ugereranije nuko kanganaga mbona gatawe na piloti imbere nta bantu barimo nyirako yagatwaraga yinezeza gusa karagenda kageze imbere gahura na baliyeri karahagarara.

Nuko mbona haruguru yako hameze ishyamba rinini cyane kandi iryo shyamba ryali ryumye ibiti byaryo byasaga nibiri mu butayu, kandi atar’ubutayu nerekwa abantu batuye mur’iryo shyamba haari harimo inzu ifite carve hasi ariko itagira umucyo ahubwo harumwijima gusa.

Akadege

 

 

 

Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,witegereje kariya kanyabiziga?Ndasubiza nti cyane nakitegereje ariko sibashije kumenya ibyako.Uwanyerekaga aransubiza ati,kariya kanyabizaiga wabonye kagereranywa n’umutegeka wo mu gihugu cy’IBABYLON urebye ubutegetsi bwe,wabona ko busa neza kandi bufite imbaraga,ariko nyamara nta mbaraga afite kuko wabonyeko yiyobora wenyine muri kari kanyabiziga  rubanda rwaramugomeye kuko yaguze intebe y’icyubahiro kandi iriya ntebe ubusanzwe ntigurwa ahubwo ituruka k’Uhoraho wenyine.

None dore ahuye nakaga gakomeye cyane kuko atazongera kuyigura ngo ategeke nk’uko abigambirira kuko Uwiteka yamaze gushyiraho iherezo ry’ibyo kuko igihe cy’ugutegeka kw’abadayimoni kirarangiye uko niko Uwitea avuga.

Dore umwanzi we azahabwa kuyobora icyo gihugu bidaturutse kubushake bwe,ahubwo bizaturuka kubugome bw’indengakamere bakoreye abanyagihugu kugirango ubwami bwabo buhabwe abatavuga rumwe nabo kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse!

Dore mbere yuko akurwa ku ngoma agiye guhindura government maze ashyireho abategetsi benshi bakomoka mu ntera y’amajyepfo y’uburengera zuba kugirango abashe kwirehereza benshi ariko nayubusa kuko bitazamukundira kuko yagamabiye igikomangoma cye bakorana kandi kizira kugambanira uwo muhuza intoki ku isahane uko niko Uwiteka avuga.

kk

 

 

 

 

Dore nta kabuza uwo azatuma atarara bushyitsi kuko ibyatinya ntibizabura kumubaho kuko atagize imbabazi ahubwo yagize umutima wa YUDA nicyo gituma isambu izitwa isambu yamaraso ntihazasigara ibuye kuri ndi uko niko Uwiteka avuga.Nta kabuza azakorwa nisoni imbere y’amahanga nk’uko Uwiteka yategetse.

Dore igihugu kigiye kwinjira mu mapfa kubera gutonesha ubwoko bumwe gusa,nyamara kurira ku bantu b’Uwiteka Imana kumaze kumvikana cyane urusaku rwinshi rwumvikanye mu matwi y’Uwiteka batabaza kuko ibintu bigenda birushaho gukomera.Erega urwo rusaku rumaze igihe kire kure nuko gusa Uwiteka yashakaga ko azarimbura imbaraga z’umwijima zose kandi akazirimburira icyarimwe kugirango hatagira imbaraga nudusigisigi twabadayimoni dusigara hirya no hino kuko iki ar’igihe cy’ubwoko bw’Imana.

Impunzi z’IBABYLON zizimirwa izaciye ukubiri n’ukuri k’Uwiteka zihimbazwa no kugomanwa igomwa ryabo bazarirya nibarangiza baryiyorose ndetse baryisasire uko niko Uwiteka avuga.Dore ntakabuza ntibazabura guhemberwa ibyo bakoze kandi biringiye kuko bananiwe kumva ijambo ry’Uwiteka ahubwo biringira abana bab’Abantu kubera gushaka mpemuke ndamuke nyamara kumunsi wa makuba ntabwo iyo mpumuke ndmauke izabasha kubarengera uko niko Uwiteka avuze.Dore ntakabuza igihugu cyuzuye uburganya nta muntu uzagikiza kubera umujinya w’uwiteka Imana umaze kugera aharindimuka uko niko Uiteka avuga.

Mwana w’umuntu bwira ubwoko bwanjye bwatataniye mu gihugu cy’IBABYLON uti mwitegura mwiyeze kandi mushake mu maso h’Uwiteka kuko uwo nzakiza nzamukizanye nabe bose kandi nzakoresha ubugenege bwabanyabugenge bugendera kubugenge kuko ubugenge bw’abanyabugenge budashobora na rimwe kuburizamo ubugenge bw’Uwiteka Imana yabakiranutsi.

Babwire uti,uyu mwaka n’umwaka w’ubucamanza mu isi yabazima kandi umugaragu w’Uwiteka Imana yabakiranutsi namushyizeho kugirango acire urubanza amahanga abazamwumvira nanjye nzabumvira kuko bubashye ijambo ryanjye akarere kose nzakagota kugirango abanzi b’ubwoko bwanjye batazancika uko niko Uwiteka ategetse.

Dore bigize ibinanira Imana ngo kubera yuko bafite ifeza n’izahabu,ariko kumunsi wa makuba nta bwo bizabatabara ahubwo izahabu nifeza bazabapfira ubusa kuko batazabona abaguzi bazabagurira kugirango babone impongano izabatabara kuko icyo Uwiteka yarahiriye ninacyo kizasohora uko niko Uwiteka agize.

Dore Uwami w’ikusi nawe yinjiye mu ishuli ryo kwigisha abatutsi uwo niwe nkomoko y’inkozi zikibi imbaraga ze zose nzazimaraho kuko nzaziheha nkamabyi akurwa murugo rw’inyambo kuko kizira yuko amazira ntoki agaragara mu mbuga zaho inyambo zibyagiye kuko biba bifite icyo bihatse uko niko Uwiteka agize.

Ubwo bufatanye nzabusukamo umuriro maze uriya mugozi ubahuje nzawutwika ucikagurike mo kabiri kugirngo gushyira hamwe kwabo guhinduke impabusa kuko bananiranye kandi bigize indakoreka none dore bamaze kwiyimika bigize ibinanira Mana kandi ibyo bahakana ari byo bemera bagashyushwa nokuga ibyo batemera babikoreshejwe nuburiganya kugirango bariganye abanzi babo hamwe na mahanga ariko kuko uyu mwaka ar’umwaka w’ubutabera bw’uwiteka Imana nta kuntu bizabakundira yuko imigambi yabo yasohoza mu mahoro uko niko Uhoraho agize.

Nzabahora gutwaza igitugu abo batwazanya ubugwanabi,bakarya ibibagenerwa kandi bakarushaho kwigwizaho imitungo inyuze mu buriganya itanyuze mu nzira zo gukiranuka kandi nubundi basanzwe arabaherwe ntibemerere yuko hariho nutuvungikira tugwa hasi kugirango rubanda rubone utwo batoragura.

Ariko ku munsi wategetswe n’Uwiteka Imana niho bazamenya yuko gukiranirwa kwabo kuzabagiraho ingaruka dore nta kabuza bazakorwa nisoni kuko bazaubwa neza ngo bangirireho umugisha uko niko Uhoraho ategetse kuko yababajwe no gukiranirwa kw’abari mu isi yabazima nuko rero buri muntu azikorera umutwaro kandi azahagarara wenyine imbere y’ubutabera maze asobanure uburyo yahawe inshingano ze maze akagenza uko bidakwiriye kandi atarananiwe kugenza neza nk’uko yagombaga uko niko Uwiteka ategetse.

08 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa ubwo nari mvuye kumurimo w’Uhoraho,nerekwa mbona inkozi zibibi zo mu bwoko bw’Abarozi babacwezi n’Abalangi mbona ko igihe cyabo kirangiye.Nabonaga umugisha bambuye abantu kandi bamaranye igihe kinini cyane ,ko uwo mugisha usubijwe benewo.

Nerekwa kandi mbona wa mugisha bamaranye igihe kinini umuntu atabasha gusobanura,usibira mu bbubiko bwaho waturutse.Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwoko bwanjye abakiranuatsi banjye bose uti,uwihanganye wese akanamba k’Umwami we,azasubizwa ibyariwe n’Inzige uko niko Uhoraho agize.

Bread

 

 

 

Dore uyu mwaka niwo mwaka w’imanza zitabera Uwiteka agiye guca imanza no kuzisoma buri wese akamenya yuko atsinzwe nurubanza cyangwa rumutsinze.Uyu mwaka ibintu bizasobanuka abazatsindwa imanza zabo bazahabwa igihano kibakwiriye kandi cyabateganirijwe naho abazatsinda urubanza (Abakiranutsi) bazagororerwa kuko bemeye ijambo ry’Uhoraho kandi bakaryizera uko niko Uhiraho agize.

Nta muntu numwe Uwiteka Imana azarenganya kuko yitwa umucanza utabera,numunyebambe kandi ahira imbabazi nyinshi kubazemeye naho abazihakanye nta bwo yazibahatira kuzemera kuko buri muntu azahembwa akurikije ibyo yakoze uko niko Uwiteka avuga.

Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona iyerekwa rikomeye kandi ritangaje cyane,nerekwa ubutunzi bwa kiliziya gatolika ko bugiye kugwa hasi nibo bantu bafite ubutunzi bwinshi mur’iyisi y’abazima.

141125113004_pope_francis_304x171_afp_nocredit_3

 

 

 

Nerekwa umukuru wa Kiliziya gatolika aho yajyaga ashyira inote zamafaranga,atangira kuhashyira ibiceri,mbaza uwanyerekaga nti,biriya bisobanuye iki ko ntabashije kubimenya?Maze nawe aransubiza ati,mwana w’umuntu,dore bsobanura yuko wa Malaya ukomeye cyane wasambanije amahanga yose kubera ubutunzi bwe,ndetse abami bamwe bakemera kumukorera kubera ubutunzi bwe,wibuke yuko wahanuye yuko Uwiteka agiye kwisubiza ubutunzi bwe.

Nuko rero ibyahanuwe niko bimeze kandu ninako bigiye kugenda ubutunzi bwa kiliziya gatolika bugiye kongera kugwa kugirango imbaraga zabo batwarishaga amahanga igitugu zibashe kugabanuka uko niko Uhoraho avuga.Dore isi yose izatwikirwa n’umwijima kandi abatari mu Mwami kazaba ababayeho kuko Uwiteka azakubera urumuli akakumurikira kugirango nawe iubashe kumukira isi yose kugirango ibyasezeranijwe bibashe gusohora uko niko Uwiteka avuga.

Euro

 

 

 

Dore ntakabuza isi yose igiye kwinjira mu mwijima mwinshi cyane kandi abakiranirwa bazarushaho ukiranirwa ndetse nabakiranuka bazarushaho gukiranuka kuko uko ari ko Uwiteka yategetse akabivugira mukanwa kabaagaragu be nubwo hashize igihe kire kire abantu batabyitaho ariko kuri wa munsi ubwo bazagwirwa nicuraburindi ry’umwijima bazavuga ko umuhanuzi yarabarimo uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,burira ubwoko bw’Uhoraho ubabwire uti nimushake mu maso h’Uwiteka mudafite igihunga kuko yumva gusenga kwanyu,kandi ntimutinye ndetse ntimugire ubwoba kuko Uwiteka ariwe Imana yanyu yaremye ijuru n’isi.Dore nd’Uwiteka Imana wibifite imibiri byose mbese hariho icyananira?

Yeremiya 32:27 nimuhumure nzibyo nzabagirira ko ar’ibyiza naho byaba bikomeye jye nd’Uhoraho nzabihindura mbigire byiza kubakiranutsi nzabitaho nzabatabara mu makuba yugarije isi mwe kugira ubwoba ngo bubaherane ahubwo mukurikire ijambo ryanjye mbagezaho rya buri munsi kugirango mutagwa isari kuko iki gihe ar’igihe cy’ubuhenebere cyuzuyemo integenke nyinshi cyane ariko uzaba intwari azahagarara kigabo nanjye nzamwibuka kumunsi wa makuba agiye gutera isi yose icyo gihe ijijsho ryanjye rizaba riri kubakiranutsi gusa kuko ntawundi nzaba ndeba ngo adahutazwa uko niko Uhoraho avuze.

09 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona umukuru w’igihugu cya Kenya wungirije Samuei William Ruto,ari murugo rwe aho atuye.Mur’urwo rugo rwe nabonyemo ibintu bitangaje kandi biteye ubwoba.

Dog

Nabonye imbwa zifatwa cyangwa zifite agaciro kurusha abantu,mbona abagaragu bo murugo bashinzwe izo mbwa kuzihehera ndetse no kuzigaburira hamwe no kuzuhagira.Ikintu cyanteye ubwoba ndetse kikanantangaza,ni uko nabonye bafatisha amaboko iyo myanda yimbwa!

Uwanyerekaga aramwbira ati,reba hirya yawe gato nkwereke nibindi bikomeye kurusha iby’ubonye!?Ndakebuka mbona mu mbuga har’ikinogo kirekire cyane gicukuye kandi kilimo amazi macyeya cyane Ndabwira ngo icyo kinogo nicyo bacukuriye uwo mutware.

Arangera aramwbira ati,mwana w’umuntu,sibyo gusa,ahubwo ongera urebe har’ibindi utari wabonye,nongera kwitegereza kuruhande rwo haruguru iruhande rw’inzu atuyemo,mbona harabagaragu barimo kumesa imyenda ariko bamesera mu ngunguru ku buryo amaboko yabo nabonaga aba magufi gushyikira amazi bamesheshega.

car

 

 

 

Arambwira ati,ongera urebe neza urabona ibindi utari wamenya,ndongera nditegereza imbere y’umuryango,mbona imodoka ntoya yo mu bwoko bw’ivatiri mbona iyo modoka isohoka mu gipangu iburirwa irengero.

Nuko uwanyerekaga arambwira ati,ubusambanyi bukabije mur’iyi nzu burakabije,kandi,urupfu rwamaze kugera mu nzu y’uwahoze ar’Umwami wabanyaKenya bo mu bwoko bw’Abakalenjini n’Abanandi.Dore Umwami wabo agiye gufungwa kandi ubuyobozi bwe buzazimira kuko atazabona umusimbura niyompamvu wabonye iriya modoka isohoka kuko umwanya wa Vice president warangije igihe cya cyo uko niko Uhoraho avuga.

Kuriya kumesa wabonye nukwihana kudafite urufatiro,nyamara yaragambaniwe niyompamvu atazabura gucirwaho iteka uko niko Uhoraho avuga.Ariko uwamugambaniye nawe ntamahoro azagira kuko ubutegetsi bwe buzahita burangira kuko yanyuranije namasezerano bagiranye mbere yuko bagera kubutegetsi uko niko Uhoraho agize.

Dore namara gufungwa intambara izaba mur’icyo gihugu ntakabuza,nyamara umukuru w’icyo gihugu ibyo yibwira siko bizagenda ahubwo azatungurwa mu buryo bukomeye uko niko Uwiteka agize.

Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uwiteka yongeye kuguha ubutabera,umukobwa witirinwa na madamu wawe amazina yombi agiye guhanwa kuko atagenje neza nk’uko byari bikwiriye.Mu maze gutandukana umushinga wo kubana unaniranye yakoze idakwiye kubugingo bwawe kandi nta bwo wabimenye none kuko wasabye ubutabera k’Uwiteka yumvise gusenga kwawe none dore yahagurukiye abantu bose bakugiriye nabi kugirango bamenye yuko bakiraniwe k’Uwiteka kuko bahuje inama n’inkozi zibibi kugirango bangize ubugingo bwawe.

None andika ibyo weretswe kugirango Murekatete Odette umukobwa waturutse i Burundi amenye yuko agiye guhanwa kubera yakiraniwe akakugirira nabi kandi atari wowe wa mubenze ahubwo yitwaye nabi bituma utandukana nawe guhunda yo kubana irangirira ho.Wibuke ko yakubenze inshuro (9) nyuma akongera akigarura maze ugahitamo kumufatira ibyemezo byo guhagarika uwo mukino kandi wibuke yuko yakubwiye yuko adashobora gushakwa n’umupastor kuko abapastor none ibyo yakoze dore hashize imyaka (13) Uwiteka niho aguhaye ubutabera k’umuntu wese wakugiriye nabi uko niko Uwiteka avuga.

Nongera kwerekwa abakiristu bakijijwe bavuga yuko bavutse ubwa kabiri,mbona ko mbere yo gusenga Imana uwiteka waremye ijuru n’isi,babanza gukora utugahunda twabo hanyuma bakarangiza bajya murusengero usenga Uhoraho.Maze Uwiteka arambwira ati,dore ibyanjye biza nyuma yuko barangiza gahunda zabo.None bwira ubwoko bwanjye uti,ungira uwanyuma nanjye nzamugira uwanyuma.

Ungira uwa mbere mu mutima we nanjye nzamugira uwa mbere,uko mumfata niko nanjye nzabafata kuko icyo umuntu abibye icyo asarura dore ndaza vuba nk’umujura kandi buri wese nzamugororera nshingiye ku byo yakoze.Abantu benshi bibereye mubucuruzi bw’ijambo ryanjye nuko rero uko bagenza niko bazagenzwa uko niko Uhoraho avuze.

Nuko nerekwa abasore binimbi n’inkumi aribo bakora ibisa bityo,mbonamo abasore banyuzamo nbakanywa n’inzoga barangiza bakajya gusenga,maze ubabwire uti,nta bwo umwana w’umuntu ari we mwizeye mwihisha abantu ariko ntumushobora kwihisha uwiteka Imana yabakiranutsi dore mwibereye mubusinzi bukomeye cyane kandi ntimushobora kubureka mu gihe ibihe bimeze nabi,none muzakizwa niyihe Imana akandi iyakabatabaye ariyo mucumuraho?Uko niko Uwiteka abaza!

Dore ntamabuza kumunsi wamakuba sinzabura kwirengagiza gutaka kwanyu,kuko nanjye mwanyirengagije igihe cy’amahoro mukanga kumva ibihanurwa ahubwo mukabitera umugeri niyompamvu nanjye nzabima amatwi igihe cy’ibyahanuwe gisohowe uko niko Uhraho avuga.

10 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa,mbona ibitabonwa na maso ya bana bab’abantu,mbona umukuru w’igihugu cy’IBABYLON Uhuru Kenyatta avuga ngo bahe abantu title ndeed impapuro z’ubutaka kugirango batangire gushaka amajwi ya matora azaba muri 2017.Nyamara ajya kubutegetsi ubwo yiyamazaga muri 2012-2013 yavugaga yuko azaha abaturage ibyo byangombwa mu minsi 100 akimara gutorwa akaba umukuru w’igihugu.

Kenyatta

 

 

 

 

Nuko numva ategetse ko abantu bahabwa izo mpapuro mu minsi 30/38 nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umukuru w’IBABYLON arifuza kongera gutegeka nyamara ntibizakunda kuko ijambo ry’Uwiteka ryamaze kumukura mu urongo wabazongera gutegeka icyo gihugu kuko yanyuranije n’ijambo ry’Uhoraho uko niko Uwiteka avuga.

Dore ibyo bya ngombwa bigiye gutangwa nka ruswa nyamara nuburenganzira bwabp guhabwa ibyo byangombwa kuko arabene gihugu.Ntabwo bakwiye kubihabwa ngo kugirango bazatore umuyobozi uri kubutegetsi kuko yabahaye izo mpapuro kuko atari ibihembo cyangwa ingurane ya majwi uko niko Uwiteka avuga.

Nongera kubona imodoka yo mu bwoko bwa BUS mbona igeze mu mahuriro y’inzira “Junction”cyangwa round about,maze mbona ihagaze mu nzira ibuza izindi kunyuraho.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Kenyatta agiye gukoresha uburiganya bwo kubuza abanyapolitike bagenzi be kwiyamamaza mu nzira ziborohoye kuko afite ubwoba bwinshi cyane yuko ashobora kutazatsinda amatore ya 2017 uko Niko Uwiteka avuga.

Abagore b’Irwanda.

 

Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abagore bo mu Rwanda bafite igomwa n’igomanwa,bafite ubugome bwinshi buvanze nubutiriganya bahorana ishyari mu mitima yabo.Kubera urwikekwe rw’ibyo batunze bitabakwiriye uko niko Uwiteka avuga.

Iyo babwiwe ko hazaba intambara kandi ko ubutegetsi bw’umwakagara buzavaho,bagira umujinya mwinshi cyane kubera ubwoba bwo gusubira mu buzima bahozemo nyamara nta nzira bafite nimwe yo gukumira ibyahanuwe ku buryo ibyo bahanuriwe bitazabur agusohoza uko niko UWiteka ategetse.

Nta kabuza bazakorwa nisoni isi izabota,bazasugurwa n’umuhisi n’umugenzi kuko bazmauye amajosi yabo barayashinga bibwira yuko uRwanda aribo rwaremewe nyamara igihe kiraje kandi kirasohoye aho ibyahanuwe bibasohoreyeho icyo gihe bazamenya yuko ariwe mucanza utabera uko niko Uwiteka avuga.

Rene Masasu umuyobozi mukuru wa Restoration Church.

Rene

 

 

 

 

Nkomeza kwerekwa ibikorerwa mu isi y’umwuka mbona idini rya restoration church rigoswe nabarozi benshi cyane kandi urubyiruko rwabo rwose rwatejwe imbaraga z’umwijima zo mu bwoko bw’ubusambanyi no kutagira icyo bageraho mu buzima.

Nerekwa urubyiruko rugerageza gsenga ngo barebe yuko bagira imbaraga z’Uhoraho ariko biranga ahubwo aho mu masengesho niho hakomokaga isooko y’ubusambanyi maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Restoration Church yashize ubwoba bw’iby’umubiri kuko banze kwiringira Uhoraho ahubwo bakagenera mu nzira za Balaam none bageraniwe n’imbaraga z’umwijima bazahura ikibazo gikomeye cyane ku buryo bazahiga ntibasarure bavoma bakavomera mukiva,bazarya be guhanga kuko Uhoraho yabahagurukiye uko niko Uhoraho avuga.

 

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye guteza umutekano mucye mu Rwagasabo kugirango ingabo z’umwakagara nziteze kwiheba bityo babone yuko umwakagara adafite imbaraga zo kubarinda ahubwo batangire kwifuza ubuyobozi buzabahesha amahoro kuko ngiye kwimika umugaragu wanjye Umwami Kigeli V Ndahindurwa.

Nuko nerekwa Nyir’uRwanda yima ingoma mu buryo butunguranye kandi burimo amayobera menshi cyane kuko nagiye kubona mbona Nyir’uRwamda yinjiye mu gihugu mu buryo bw’ubufindo kandi nta muntu numwe wa mubonye yinjira mu gihugu.Aho byakekwaga ko ariho ari hari harinzwe ningabo zitagaragra kuko nabonaga ingabo z’Umwakagara nazo zitamenye uko bigenze zumva ngo Umwami yimye ingoma kandi ar’umugihugu cy’uRwagasabo gakondo yabakiranutsi.

Leon

 

 

 

 

Nuko numva bamwe baravuze ngo,tujye kubaza umuhanuzi Majeshi Leon byanze bikunze yaba azi aho nyir’uRwanda ari maze tujye gusaba kumukorera ubulinzi kuko umwakagara twarindaga yaburiwe irengero tukaba tutazi aho yekeje kuko ni ntumbi ye twayibuze kandi ubusanzwe twari diusanzwe turinda umukuru w’igihugu none ubwo asimbuwe na nyir’Urwanda reka tumusange tumusabe aduhe akazi ko kumulinda maze twikomereze akazi.

Nuko baraza barambaza mbasubiza yuko nanjye numvise ko yimye ingoma ariko byagenze nanjye ntabizi kuko ibyabaye byabaye nk’ubufindo nanjye ndi hano ntegereje icyo tugiye kubwirwa nababishinzwe ariko icyo namenye nuko yimye ingoma ariko ntimumbaze uko byagenze ngo yime ingoma kuko byabaye mu ibanga rikomeye cyane ku buryo budasanzwe .

Nuko mbona aho twari turi muri hotel harabantu benshi bakora umunsi mukuru ariko muri bose nta numwe wamenye aho nyir’uRwanda yaraherereye ariko yarari mu gihugu.Mbona abantu batuje cyane kuko amahoro yaramaze kugaruka ariko ntaganzwa nuko ababntu bahise bibagirwa umwakagara ako kanya kandi Umwami w’uRWada yaratararahirira kongera kuyobora uRwagasabo nk’igihugu kigendera kw’itegekonshinga.

Nuko mbona igihugu kivuye ibuzimu kigiye ibuntu,mbona abantu bafite amahoro ameze nkamaze ari mukibindi giteretse ahantu gishigashyizwe ningata zabigenewe ngo kidahirima.Numva nejejwe nuko ibyo abahanuzi bahanuye byongeye gusohora imbere y’ubwoko bw’Uhoraho.Niringira yuko abanyagakondorero bagiye gukorera Uhoraho batizigama.

Nuko ijambo ry’Uhraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uko Uwiteka yavuze ninako agiye gukora,agiye gusohoza ibyo yahanuye kumugaragu we Kigeli V Ndahindurwa kugirango amenye yuko nd’Uhoraho kandi amenye yuko isengesho ry’Umwami Mutara lll Rudahigwa naryumvise kandi nzaryubahiriza uko niko Uhoraho avuze.

Mbona abagiye ishyanga bose mbona bararwanira amamodoka nindege namato bagaruka bameze nk’inuma zigaruka mu twuzu twazo nyuma y’umwuzure.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti mwana w’umuntu,dore isi yose igiye gukubitwa n’inkuba ubwo abagiye ishyanga bagiye gutaha umusubirizo basubira murwababyaye kuko iby’Uhoraho yavugiye nukanwa k’umuhanuzi bisohoye uko niko Uwiteka avuga.

Bwira ubwoko bwanjye bwitegure kuko ngiye guza imanza zitabera kandi numvise kurira kwanyu nanajye nzababera Uhoraho namwe muzambera ubwoko kandi nimukora ibyo gukiranuka amahanga azaza kubahaho umugisha kandi ibyo nagambiriye mu mutima wanjye nzabisohoza muzamenya yuko nd’Uwiteka Imana yabasogokururza banyu nubwo hashize igihe kire kire mutazi inkomoka yanyu ariko none ho ngiye kubimeyekanisha uko niko Uwiteka avuga.

Nimumara kumenya ko nabagize ubwoko bwanjye bwite,muzantambira ibitambo by’ibyishimo no gukimbagira imbere y’Uhoraho nanjye icyo gihe nzakomeza isezerano nabasezeranije nzibinyuza aho nsanzwe mbinyuza mu muhanuzi w’uhoraho uko niko Uwiteka avuga.

Nuko rero mube maso kandi mugire ubwenge kuko igihe gisigaye ari gito cyane ubwo ngiye gukoresha abagaragu banjye bo mu majyaruguru kugirango bahoze umugambi wanjye maze mu menye yuko Uhoraho ibyo avuze abisohoza bityo murusheho kubaha Uwiteka mutagendera mu gukiranirwa uko niko Uwiteka avuga.

10 Jan,2016 Ubwo nari nihengetse kumanywa ya nimunsi,narimaze gukora umurimo w’Uwiteka,njyanwa mu iyerekwa mbona ibigiye kuba mu gihugu cy’ISAMARIYA.Nuko mbona intwaramuheto z’Isamariya zihamagazwa gutabara umurwa mukuru w’Isamariya maze ziraza zigeze ku ngoro nkuru y’umukuru w’igihugu nerekwa ko hafi y’iyo ngoro hari amafaranga menshi atabye munsi yiyo ngoro.

Maze mbona intwara muheto zishinzwe kulinda ingoro nkuru y’igihugu,aho gutoragura ayo mafaranga,ahubwo baahunga barigendera bayasigaho aho ngaho ntawe bayasigiye birigendera.

Nuko Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho nyuma ya masaha (2) ndangije umuriko wo kwimika Umwami Nyir’uRwanda,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore intwaramuheto z’Isamariya zanze gutwara ariya mafaranga none genda uyitwarire kuko nubundi niwo mugisha warukwiriye uhereye igihe wavaga mu butayu cyangwa mubugaragwa.

Nuko ndagenda ndayatoragura ndayabika,maze kuyabika mbona intwaramuheto z’Isamariya zigarutse gushaka ya mafaranga maze basanga namaze kuyatwara.Ijambo ry’Uhoraho rirambaza riti,ko banze gutwara ariya mafaranga bakayata bakiruka kandi nta mwanzi wabirukankanaga none bagarutse gukora iki?Uko niko Uwiteka abaza!

Baraza barambaza bati,mutama ya mafaranga yarari hano,arihehe?Ndabasubiza nti simbizi!Nuko mbona babuze ipfo na ruguru Babura amahwemo nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore “Imbaraga z’Isamariya zibera mu buhanuzi none banze ubuhanuzi nabwo bwisubirira nyirabwo.”

None icyagombaga kubakiza nicyo banze,nuko rero hanura uvuge uti,yewe mwana w’umuhutu we w’Isamariya,wasuzuguye ijambo ry’Uhoraho kandi ngo wavuze yuko Uhoraho yaguhaye manda ya lll (Ikiringo) nyamara warabeshye kuko Uwiteka atavugiye mukanwa kawe ahubwo yavugiye mukanwa k’umugaragu we ko azagukura ku ngoma kuko wanze kumvira ijambo rye uko niko Uhoraho agize.

Nuko uwanyerekaga akomeza kumbwira ati,mwana w’umuntu,dore igihe cy’Uhoraho yategetse ku Mwami w’Isamariya kiregereje agiye gukurwa ku ngoma kugirango ibyahanuwe bisohore bimenyekane yuko Uwiteka ariwe Mana yabakiranutsi uko niko Uhoraho agize.

Dore intwaramuheto z’Isamariya yiringiye ntabwo zizashobora gutabara Umwami waho ndetse nta nubwo bazashobora kulinda amahoro yabaye ingume,ahubwo ibyavuzwe n’Uwiteka bizasohorera igihe cya byo uko niko Uhoraho avuga.Dore inshuti zeziramubeshya zikamubwira yuko abananiwe kumwambura ubutegeti ubwo bakoraga kudeta nta bwo bazabishobora nyamara nijye watumye bemera uko bybaye kuko ibyo bakoze byari binyuranye nijambo ryanjye uko niko Uhoraho avuga.

Nuko rero mwana w’umuntu,burira ab’Isamariya ubabwire ngo hasigaye igihe gito cyane kitageze ku gice cy’isaha ngo ibyahauwe bubashe gusohoza umurimo wabyo.Dorre ngiye gutunganya akarere kose kugirango ibyasezeranijwe bizabone aho bozasohorera uko niko Uwiteka avuga.Niyompamvu bigiye guhera Isamariya kuzageza Iyerusalem ndetse no mu gihugu cy’IKUSI n’Ikasikazi kugirango inshuti z’Uhoraho zizabe mu mahoro zidaterwa icyugazi nabahatuye cyangwa n’Abami baho uko niko Uhoraho avuga.

11 Jan,2016 ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umuhanuzi mukuru avuye mu gihugu cyo mu butayu akuye umulinzi w’ibyasezeranijwe aho arangije amezi (7);yigishwa n’Uhoraho uburyo azalinda ibyasezeranijwe kuko agiye gusimbura umuhanuzi wakoraga iyo milimo yombi ku nkengero z’ubutayu igihe cye cyo kuba mu gihugu cy’Ubutayu kikaba kirangiye uko niko Uhoraho avuze.

Nuko rero mwana w’umuntu,dore baturutse mu majyepfo y’uburengera zuba bw’umurwa mukuru w’ISHUSHAN baje bakugana none ubitegurire kugirango ubakire kuko baturutse kure kandi bagenze urugendo runini cyane kugirango nibamara kuruhuka babone uko bagutekerereza iby’urugendo rwabo uko niko Uwiteka avuze.

Umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe.

Rwogera

 

 

 

 

 

Nuko ndahaguruka nkora nk’uko Uhoraho ategetse maze mpura nabo mu nkomanizo z’ubutayu ahagana mu masaha ya nimunsi mbona ko umulinzi w’ibyasezeranijwe arangije amezi (7);mu gihugu cy’ubutayu bugufiya mbona ko arangije kwigishwa ishuli ryo gukorera Uhoraho kumusozi wo kwigisha abatutsi kubaha Imana.No kumenya yuko Uhoraho ashobora byose uko niko Uwiteka avuga.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,genda ubitegurire ibirori maze umuhanuzi mukuru arambike ibiganza ku mulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe amumurikire Uhoraho kugirango agusimbure kumirimo wakoreraga ku nkengero z’ubutayu bugufiya uko niko Uhoraho avuze.

Nuko maze kwibitegurira nkora nk’uko Uhoraho yategetse mpereza umuhanuzi mukuru umwanya maze arambika ibiganza kumulinzi w’ibyasezeranijwe maze nawe aramumurika imbere y’Uhoraho amurambikaho ibiganza arangije amusiga amavuta yo kuba umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe arangije uwo muhango tuhererekanya imirimo nakoraga muhereza igitabo cy’ibyasezeranijwe kuko yaramaze kurambikwaho ibiganza byo kuba umulinzi w’ibyasezeranijwe uwo muhango urangiye dushima Uhoraho wadushoboje gusohoza ubushake bwe.

Ubwo tumaze gukora uwo muhango no kwishimira mu mwuka wera,ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho ,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyavuzwe n’Uhoraho birasohoye kuko igihe cyawe kirangiye kandi gisohoye dore umurimo wakoraga ubonye ugusimbura wo kulinda ibyasezeranijwe none burira umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe amenye uko wabaye ku nkengero z’ubutayu maze umwihangirize umubwire yuko mur’icyo gihugu haba imyuka mibi ihiga abahanuzi ndetse na babandi bose berejwe Uhoraho.

Dore mu maze kumwereza imbere y’Uhoraho mu bwire uburiganya bw’umutegeka wiyisi uburyo ahiga cyane abanyamaezerano ariko cyane cyane umuhanuzi mukuru,umuhanuzi hamwe nawe umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe.Dore agiye gusigara ku nkengero z’ubutayu wenyine ariko si wenyine kuko agiye gusigarana n’Abamalaika (4);bamulinze umwe azaba ari iburasira zuba ,iburengerazuba, ikusi, n’ikasikazi balinze umulinzi w’ibyasezeranijwe uko niko Uhoraho avuga.

Nuko rero mwana w’umuntu,dore Uwiteka amugiriye ikizere cyo kuba umulinzi w’ibyasezeranijwe niyompamvu ukwiye kuba maso kuko uzahura ni ntambara zikomeye ariko zose uzazitsinda kuko wigishirijwe mu butayu kandi ukaba urangije amasomo yo kumenya yuko Uwiteka ashobora byose kuko niwe waremye ijuru nisi uko niko Uhoraho avuga.

Dore Uhoraho akugize intwarane kuko intwaro zitaka zinyinyiriwe niyompamvu udakwiye kugira ubwoba kuko Uwiteka ari kumwe nawe kandi dore azagukoresha ibikomeye cyane mu isi yabizima uko niko Uhoraho avuga.Mwana w’umuntu,dore umugore witwa JEZEBEL yaraguhize cyane kugirango akurimbure agukure ku isi none ba maso kandi ube umugabo nyamugabo uko niko Uhoraho agize.

Dore umuhanuzi mukuru hamwe n’umuhanuzi bakuwe mu gihugu cy’Ubutayu babayemo igihe kire kire mu gihe bari bagutegereje ngo uze ubasimbure kumwanya wo kulinda ibyasezeranijwe wibuke yuko waje umwaka ushize  20/03/2015 kuva icyo gihe winjiye mu butayu aho wagiye kwigishirizwa n’ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi none turarangije igihe cyacu tumaze ku nkengero z’ubutayu tugutegereje ngo uze udusimbure kumurimo w’Uhoraho yagushinze kuko yakugiriye ikizere uko niko Uhoraho avuga.

Nuko rero twe turagiye ndetse uyu dufashe iyikirere twerekeza mu mahanga ya kure aho tugiye kumurimo ubwo nurnagiza igihe cyategetswe n’Uhoraho maze nawe uzadusangayo igihe cyawe uzaba umaze igihe cyawe cyategetswe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.

12 Jan,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo wongeye guhaguruka kandi niwowe uhagurukiye nyamara ukwiye kugenza uko usanzwe ugenza kugirango utagwa mugaco kinkozi zikibi uko niko Uwiteka avuga.

Nuko nerekwa umuhora wa internet maze kuwerekwa haza na telephone nuko ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,umwanzi! umwanzi!umwaminzi!Mpita menya yuko habaye ubugambanyi bukomeye hakoreshejwe ikoranabuhanga nuko umwuka w’Uhoraho urambwira uti,hindura imikorere ndetse nimitekerereze kuko umwanzi ahorana uburiganya bwinshi kandi ahora agenzwa no kugirira nabi ubwoko bw’uhoraho nuko rero urasabwa kumenya ubwenge hakiri kare kugirango ubashe guhangana nibihe uko niko Uhoraho avuze.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hagiye kubaho imyigaragambyo mu gihugu cy’IBABYLON mu murwa mukuru wa SHUSHAN iyo myigaragambyo uzayigendere kure cyane kuko za magigiri ziba zirahongaho zishakisha abo zahitana muri ako kavuyo

Nuko njyanwa mu iyerekwa mbona umuriro urimo waka mu nzu ntuyemo,mu gihe umuriro ugiye gufata intebe nicayeho mbona ukuboko gukomeye gufashe ijerekani yamazi kuyamena muri wa muriro mbona umuriro uhise uzima.Nuko mbona umwuka w’Inzika uhagaze imbere yanjye maze urantuka cyane undakariye.

Mu gihe nibambuye mvuye mur’iryo yerekwa,nandika ibyo neretswe maze mu gihe ntararangiza kwandika ibyo nandikaga,ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,hagarika kwandika ibyo wandika nkumvishe umwe mu nkozi zikibi uburyo arimo kwitotomba kubera ko agufitiye ubwoba yuko waba ugiye kumwandika mu itangaza makuru.

Nuko mpagarika ibyo nakoraga maze ntega amatwi numva umudamu utuye ku mugabane w’Uburayi mu majyepfo yabwo arimo kwivugisha:ndumva mfite ubwoba,uriya munyamakuru w’umuhanuzi yarantahuye ko ndi magigiri nubwo nagerageje kumuhakanira ariko biragaragara ko yantahuye.

Ndabigenza nte ko agiye kunshyira ahagaragara?Ndazibandwa nzerekeza hehe?Ko isi igiye kumpa urwamanyo!Dore kandi nzize ka gahungu dukorana bita maneko none kambayeho ninde wankiza ibi byago?Kandi ikibazo uyu muhanuzi baramwemera bose ibyo avuze bahita babayemera dore yanahagaritse kujya amvugisha ubanza bwa butabera bw’Uhoraho bungezeho.

Ndakomeza ntegamatwi uburyo arimo kwivugisha kandi ibyo yavugaga byose byarukuri kuko ninako byagenze ariko jyewe maze kumumenya no kumutahura icyo nakoze naricecekeye mpagarika kuganira nawe ntegereza yuko nzahabwa uburenganzira na data wo mu ijuru kugirango ntazavaho murenganya nkaba nciye urwakibera.

Nuko umwuka w’Uhoraho urambwira uti,mwana w’umuntu,andika ubu buhanuzi ubushyire ahagaragara nk’uko bisanzwe uwo mugore niyemera gusaba imbabazi cyane ko Uwiteka afite ibyo yamuvuzeho nubwo yabyirengegije nasaba imbabazi uzamubabarire kuko imbabazi yasabye ubushize nta bwo zari zivuye ku mutima ahubwo zaturutse ku bwoba bw’uko wamutahuye kuko yari yiringiye yuko amafaranga yose yakoherereje dore atari macyeya ayo niyo yiringiye yibwira yuko ashingiye kumafaranga yaguhesheje umugisha udashobora kumwandika mu itangazamakuru nyamara yiyibagije yuko mwahuje no gusengerwa mutahujwe na politike nubwo yaje mu mutaka wo gusengerwa ariko yagenzwaga na politike kugigira kugirango umwanzi wabakiranutsi azabone uko aguca igihanga.

Dore yari yahawe inshingano zo kujya muvugana ndetse namafaranga yose ukeneye akayakoherereza kugirango azamenye destination yawe ubwo uzaba uvuye ku nkengero z’ubutayu.Mwana w’ibuke igihe mwaganiraga guhera saa inne zijoro muganirira kuri skype mukageza saa cyenda zijoro buriya se iyaba umuntu washakaga mu maso h’Uwiteka ntaba yarakijije ubugingo bwe?Uko niko Uhoraho akubaza.

Burya yarakunekaga nawe ari ko umuneka,ntugatinye kuganira nabantu ngo batakuneka bajye bakuneka nawe ubaneke hanyuma Uhoraho niwe uzajya aca urubanza akumenyeshe abo ari bo uko niko Uhoraho ategetse.None kora nk’uko usanzwe ukora ugenze uko usanzwe ugenza kuko bahagurukiye icyari mwe ngo barimbure ubugingo bwawe uko niko Uwiteka avuga.

13 Jan,2016 Nari ngiye gufungura kuko numvaga nguye isari maze nkimara kugera mu buriro mu mazu yabigenewe ashinzwe kwakira abahisi nabagenzi,ndahukira ku gatebe maze ntumiza amafunguro barayazana mu gihe ndimo gufungura ntangazwa nuko impano yo guhanura itajya yita kumwanya umuntu aba arimo ahubwo aho gukomeza gufungura nigira mu iyerekwa hari saa munani nigice 2:30 z’amanywa.

Python

 

 

 

Ubwo nerekwa uruyoka runini rwo mu bwoko bw’uruziramire”python” ubwo mbona urwo ruziramire ya nzoka yak era ikaba na satani mbona iri ahantu hajya kumera nk’umubutayu harutwatsi dukeya maze mbona ko iyo mburagasani ibona ko umucyo w’Uhoraho”Izuba” ko urashe hejuru yarwo.

Nuko hepfo yayo har’igiti nacyo kimaze kuma ubona ko ntabuzima gisigaranye,nuko nerekwa mbona rwa ruziramire ruhungiye munsi ya cya giti,rwizengurutsaho numurizo warwo kugirango nihagira uza kurwica arwicane na cya giti”Ubutegetsi”.Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore igihe cy’inkozi zibibi hamwe n’Umwami wabo kirageze kandi kirasohoye dore babuze ubuhungiro babuze aho bagana ndetse nta cyerekezo bafite dore bahagaritse umutima kuko uyu mwaka nk’uko wabihanuye n’umwaka wo guca imanza zitabera kuko ari ko Uwiteka yavuze.

Dore kiriya giti hamwe niriya nzoka yagihaye kurama bitavuye kubushake bw’Uhoraho,igihe cya byo kirarangiye kuko umwanzi yabeshye abantu ababwira yuko ariwe utanga umugisha kandi ko ari we utanga ubutegetsi none dore dossier yabo igeze imbere y’Uhoraho igaragara ko itsinzwe nurubanza none iciriweho iteka niko Uhoraho avuze.

Ijambo ry’Uhoraho rirakomeza rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abiyitirira izina ry’Uhoraho bananiwe kugendana n’Uwiteka Imana bahitamo gukiranirwa kubera gushaka amaramuko nkaho Uhoraho yabimye ubuzima nyamara ari we bakesha ubuzima butuma bajya mur’izo nkozi zibibi uko niko Uhoraho abaza!?

Kuko bananiwe kugendana nawe ndetse bakanga kumwizera ahubwo bakizera ibigirwamana mukimbo cyo kwizera Uwiteka Imana yabakiranutsi,dore bamuteye umugongo kandi bari bamaze gusogongera ku ijambo ry’Uhoraho niyo mpamvu baciriweho iteka ryose uko niko Uhoraho agize.

Uko bahiga ubwoko bwanjye nanjye niko nzabahiga,uko bishe ubwoko bwanjye bakabubuza amahwemo nanjye niko nzababuza amahwemo.Kandi nzabakoza isoni mu isi yaba zima.Ikigeretse kur’ibyo,nzabakubira (7) ku byo bakoreye ubwoko bwanjye uko niko Uhorahoagize.

Ntakabuza nzabitura ibyo bakoreye ubwoko bw’Uhoraho kuko abo arumwandu wanjye nironkeye mu maraso y’Umwami wanjye ukomoka murubyaro rwa David.Icyo nibwo bazamenya yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose,mwana w’umuntu,dore ngiye guhorera abakiranutsi umwanzi yajujubije ubwoko bwanjye yarabishe arabambura arabanyaga abasiga amara masa!Niyompamvu ngiye kugaruza ibyariwe ninzige byose.

Burira ubwoko bwanjye bukoemeze kuba imbere yanjye kuko ngiye guhana nihanukiriye kuko isi yibwira yuko Uwiteka atabaho ngo babayeho kubw’Ubwenge bwabo nimbaraga zabo ariko kuri wa munsi washyizwe ahagaragara nabahanuzi banjye nugera nibwo bazamenya nd’Uhoraho kandi nitwa Uwiteka Jehova Nyiringabo uko niko Uhoraho avuze.

Dore nzahora kugeza no kurubyaro rwabo ariko abafite urubyaro rwitandukanije nabo bakaba babarirwa mu mukumbi wanjye,abo bazangiriraho umugisha kuko bazabirebesha amaso ariko bitazabageraho nubwo bazabura ababyeyi babo cyangwa abavandimwe babo ariko bazamenya yuko nd’Uhoraho kandi nca imanza zitabera uko niko Uhoraho ategetse!Dore nta kabuza nzabagira igitangariro mu maso y’isi yose kandi uhereye icyo gihe isi yose izashaka mu maso h’Uhoraho nta bwo bazongera kugendera mugukiranirwa kuko ngiye gukora ibikomeye mu yose uhereye kumugabane w’Africa ukageza ku isi yose uko niko Uwiteka avuze.

Mwana w’umuntu,abantu banjye bitwa KUSHITE ngiye kubatabara kuko bageraniwe n’umwanzi wabakiranutsi kugirango ubwoko bwanjye bumenye yuko ari jyewe Uhoraho ubatabaye uvuga bikaba yatgeka bigakoreka uko niko Uwiteka avuga.

The Rhema word of the Lord almight came from above and told me,son of man,look,my people called Kushite ,IAM the Lord of hosts am going to redeem my people almost their perish tha’s how the mighty says.I have haed their groaning from on earth says the of hosts.After receving this Rhema waord,I starte to do research about the wor KUSHITE this the result I’ve got it.

Kush

 

 

 

 

 

 

 

The Kingdom of Kush or Kush was an ancient African kingdom situated on the confluences of the Blue Nile, White Nile and River Atbara in what is now the Republic of Sudan.

Established after the Bronze Age collapse and the disintegration of the New Kingdom of Egypt, it was centered at Napata in its early phase. After King Kashta (“the Kushite”) invaded Egypt in the 8th century BC, the Kushite kings ruled as pharaohs of the Twenty-fifth dynasty of Egypt for a century, until they were expelled by the Assyrians under the rule of Esarhaddon .

During Classical antiquity, the Kushite imperial capital was at Meroe. In early Greek geography, the Meroitic kingdom was known as Ethiopia. The Kushite kingdom with its capital at Meroe persisted until the 4th century AD, when it weakened and disintegrated due to internal rebellion.

By the 1st century AD, the Kushite capital had been captured by the Beja Dynasty, who tried to revive the empire. The Kushite capital was eventually captured and burnt to the ground by the Kingdom of Axum.

The Kushan Empire (Bactrian: Κυϸανο, Kushano; Sanskrit: Kuṣāṇ Rājavaṃśa; BHS: Guṣāṇa-vaṃśa; Parthian: Kušan-was a syncretic Empire formed by Yuezhi in the Bactrian territories in the early 1st century. It spread to encompass much of Afghanistan, and then the northern parts of the Indian subcontinent at least as far as Saketa and Sarnath near Varanasi (Benares), where inscriptions have been found dating to the era of the Kushan emperor Kanishka the Great.Emperor Kanishka was a great patron of Buddhism; however, as Kushans expanded southward, the deities of its later coinage came to reflect its new Hindu majority.

Kush2

 

 

 

 

 

Kanishka sent his armies north of the Karakoram mountains, capturing territories as far as Kashgar, Khotan and Yarkant, in the Tarim Basin of modern-day Xinjiang, China. A direct road from Gandhara to China remained under Kushan control for more than a century, encouraging travel across the Karakoram and facilitating the spread of Mahayana Buddhism to China.

 

The Kushans were one of five branches of the Yuezhi confederation, a possibly Iranic or Tocharian, Indo-European nomadic people who migrated from the Tarim Basin (modern Xinjiang) and settled in ancient Bactria. The Kushans possibly used the Greek language initially for administrative purposes, but soon began to use Bactrian language.

The Kushan dynasty had diplomatic contacts with the Roman Empire, Sasanian Persia, Aksumite Empire and Han China. While much philosophy, art, and science was created within its borders, the only textual record of the empire’s history today comes from inscriptions and accounts in other languages, particularly Chinese.

The Kushan empire fragmented into semi-independent kingdoms in the 3rd century AD, which fell to the Sasanians invading from the west. In the 4th century, the Guptas, an Indian dynasty also pressed from the east. The last of the Kushan and Sasanian kingdoms were eventually overwhelmed by the Hepthalites, another Indo-European people from the north. Historian H. G. Rawlinson states that the “Kushana Period is a fitting prelude to the age of Gupta’s”.

Mu gihe ngitekereza kur’iryo jambo,nsubiza mwiyerekwa mbona umudamu cyangwa umugore ufite umwana w’umuhungu ukiri uruhinja mbona uwo mudmau anyagirwa nimvura kuko natarafite aho yihisha cyangwa yugama iyo mvura.Mbona agenda mu muhand anyabagendwa maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze irirambwira riti,mwana w’umuntu,tabara uriya mugore kuko ageraniwe (ITORERO) nuko ndahaguruka ndagenda mpura nawe mwambura uwo mwana kuko yaragiye gupfa kubera imvura yamunyagiranye na nyina.

Nyina yari yanayagiwe cyane aho twahagaze ngo ampe umwana tari imbere yabagore(Abarozi-Kazi) aho nabo bari ahongaho kumuhanda babuze ipfo naruguru bahitamo kwicara hasi banyagirwa niyo mvura.Uwo mwanya mushyira mubiganza byanjye kuko nubwo twari mu mvura jyewe sinanyagirwaga ibyo nabyo biba bimbereye amayobera.

Nuko umwana maze kumwambika neza kuko yari yamukubiranije mu mwenda awukubiranije maze mbona rwa ruhinja rw’umuhungu rutangiye kugarura ubuzima gahoro gahoro IBYAHISHUWE 12:1.. Mbona ko dukomeje inzira tugendan ariko nyina w’urwo ruhinja agenda anyagirwa kugeza ubwo twatsukiye aho imvura itagwa.

Nuko mvuye mur’iryo yerekwa,mbona muri gakondo yabakiranutsi intambara yarabaye yararangiye imihanda yarasibaye za rigore zarasibye mbona umuvadimwe wanjye umwe n’Umwishwa bararokotse ariko abana ba mushiki wanjye bari (4) mbonamo umwe abandi sinabasha kubabona.

Mbona igihugu ko cyabaye umwirare kubera intambara yakibayemo,abantu bari bacye cyane kandi nta muzero bari bafite kubera ko bari baratatanye nabavadimwe babo abandi baritabye Uhoraho abacitse ku icumu basigaranye ubwigunge butavugwa kandi har’ubukene butigeze kubaho mu isi yabazima.

Ubwo mfata abo bavandimwe ndabajyana kuko nabonaga Uwiteka yaranyibutse akangirira neza,mbajyana iwanjye ngabanya umubabaro bagiriye muri gakondo yabakiranutsi.Nuko ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu dore ibyahanuwe bigeze kumuryango kandi bizasiga abantu bazacika ku icumu ar’intere uko niko Uhoraho agize.

Mu gihe mvuye mur’iryo yerekwa ndigutekereza ibigiye kuba muri gakondo yabakiranutsi,n’uburyo abo twasize muri gakondo bagiye guhura nakaga gakomeye,mpabwa ijambo ry’ururimi rw’igiswahili “Kuombeleza” ndabwirwa ngo mwana w’umuntu sengera itorero rya Kristo kuko rigiye kwinjira mukaga gakomeye cyane hamwe kandi dore ako kaga gahereye mu gihugu cy’IBABYLON kuko bamaze gushyira amategeko arwanya itorero rya Kristo kuko bamaze kubona ko bagiye guhura nakaga gakomeye cyane kandi ako kaga kazaba baturutse mu torero niyompamvu bashyizeho amategeko akomeye cyane nubwo 98% babaye inkozi zibibi ariko nari nisigarije ibihumbi (7000) bitarapfukamira baar.

None byuka ufate akanya usengere ubwoko bwnajye kugirango mbashe kugira icyo nakora kuko Nd’Uwiteka nshobora byose kandi nkaba nta muntu numwe nirengagiza ari mukaga cyangwa mu gihe cya makuba.Cyeretse abaciriweho iteka n’ijambo ry’Ubuhanuzi uko niko Uwiteka avuga.

Nahise mbyuka ndasenga ningingira ubwoko bw’Uhoraho nk’uko Uwiteka yategetse ndangije nshima Uwiteka ko atajya atererana abamwisunze kuko atajya abura kubibuka uko niko Uhoraho agize.

Njyanwa mu isi y’umwuka nerekwa mbona umuryango wa fpr-Inkotanyi uri mu nama yihutirwa y’ikuba gahu.Iyo nama yari yatumiwemo abakuru b’ibihugu bahuriye mu muryango w’africa y’Uburasira zuba EAC.

Nerekwa ko Uhuru Kenyatta yanze kwinjira mur’iyo nama,ndaza ndamuganiriza areka kwigunga no kuba wenyine.Mu byo twaganiriraga yambwiraga yuko we atemera inama za FPR n’igitugu cyabo avuga ko ibyo ari byo bitumye ubumwe bw’Africa bundindira aho kugirango Africa itere imbere.

Umwaka

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Ubwo mukanya gato baba basohotse mu nama barimo bakorera mu bwihisho usibye ko nyine Uhoraho we nta cyo ajya ahishwa.Nuko baza bamusaba ko yabagurira inzoga kubera yanze kuza mu Manama yabo.Nabwo yanga kuzigura umwe umufpr araza aramubwira ngo gura dore niwowe miliyarideri dufite hano awe arabasubiza ngo simbarusha gutunga menshi.

Nuko dukomeza kwiganirira ibyacu ariko numva hari irinyuze mu matwi yuko FPR-Kagame kababayeho,none ninama ikaba ibuze umwanzuro wa nyuma kandi yari inama yihutirwaga.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,umwakagara yibeshye kubaNyaKenya kuko arabantu utamenya icyo batekereza kandi bakaba badakorera mu gitugu nk’ike.Dore Uhuru azabataba mu Manama yabo nta bwo barikumwe bose baryaryana kuko buri wese arimo kugendera ku nyungu we uko niko Uwiteka avuga.

Mva ahongaho ntadukana na Kenyatta rwose pe akunda amashillingi kuburyo butabaho nuko ndabwirwa ngo uwo mugabo akunda amashillingi kuruta ibindi bintu byose ,kandi yizera yuko amashillingi abasha gukemura byose.Ariko nuko Uwiteka ataramurambura ho ukuboko kwe ng’arebe uko bimupfana ubusa.

Aho ndahava ntwarwa mu muhanda nyabagendwa njya kwerekwa aho abagore (Abarozi-Kazi) bateraniye ngo barimo guterekerera abazimu bw’Umwakagara kugirango abashe kuzabona iyi ngoma ya lll bahamagaraga abakurambere ariko akagira ibyago murabo bakurambere yahamagaragamo nta bwo harimo igisekuruza cy’abakurambere be baba bafitanye isano n’ubwami bw’uRwanda barageageza biranga.

Nerekwa insore nsore zirimo zitoreza kuzaca abantu ibihanga mu gihe intambara izaba irimbanije,nukompita nibuka yuko amateka yisubiramo (History it repeat itself) ndakomezwa nerekwa ihene(Umwuka w’Ikinyoma) yarese cyane ariko ikaba yabuze uyikama amahenehene.

Ndayegera ntangira kuyikama amahenehene nkamira hasi mukinogo cyarimwo amazi ibere rimwe niryo ryari rifite amahene hene.Nuko mbona ayandi mabere yayo azana uduhenehene ducyeya na rya lindi rya ri riyafite mbona rirakamye ako kanya mbona ya hene ishizemo imbaraga zayo yakoreshega itangira kunanirwa kujya kurisha ijya gushaka ubwatsi bwo kurisha.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’ikinyoma ugeze kwiherezo umurimo wawo urarangiye kandi n’imbaraga zao zirarangiye kuko igihe cy’ibyahanuwe gisohoye kigeze mu irango rya gakondo yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.

Nkurwa aho ngaho njyanwa mu muhanda wa kaburimbo njyenda nerekwa uko byateganijwe buri gihugu gifite parking yacyo aho ubutegetsi buzajya buvaho kuzajya buparika ibyabwo bizaba birangiye.Uwo muhanda warukoranywe ubuhanga butangaje kandi bukomeye cyane kuburyo wabonaga utabigereranya nikindi kintu cyangwa niyindi mihanda yose ibaho mu isi yabazima.

Ndakomeza mbona pariking ya mbere y’igihugu cy’Uburundi,ariko ntamazina zabaga zanditse usibye kubyibwira cyangwa ukumva umuntu agusobanurira ntabwo Wabasha kumenya itanduianiro ryizo maparikingi usibye ko nyine ziri kumurongo ukurikije uko ibyapa by’Abagenzi bagenda baviramo bikurikiranye.

Kandi muri iryo kona ryagenewe guhagarikamo imodokari zo mu bwoko bwa matatu zitwara abagenzi,kuruhande rwaho iyo parikingi yabaga yarateganijwe habaga hari ibiti bihakingirije (Ubutegetsi) kugirango iyo parikingiitabasha kuboneka neza abantu bakamenya yuko ari parikingi ya bayobozi bagiye gukurwa ku ngoma.

Jezebel

 

 

 

Nkurwa aho ngaho njyanwa hirya gato nerekwa umwuka w’Inzika y’Inzigo yakera wongeye kuzikuka mbona uhurekejwe n’amagambo menshi cyane ku buryo butangaje numva ngize agahinda mu mutima nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira ngo nimfate abantu mbashyire mu cyumba dusenge kugirango tutagwa mu moshya.

Mfata babantu mbashyira mu nzu yaririmo umugisha aho kugirango batangire gusenga mbe mbategurira ifunguro ry’Umwuka,ahubwo bahugira kunywera za Juice abaatanguje urwo rugomo nabagore mbona nabasore nabagabo nabo bakurikiyeho.Mpita ndabacyaha cyane mbona baje bihuti ndababaza nti,mwebwe murabona ibintu byakomeye umwanzi araduhekenyera amenyo none mwebwe nta nubwo mwakwiha akanya gato mukabasha kuba imbere y’Uhiraho kugirango abalinde amoshya agiye kubagwira?

Siggarate

 

 

 

Mbona bose baramanjiriwe nuko mfata ijambo ry’uwo munsi nahawe n’Uhoraho ngo ndibazanire ntangira kubabwira ibyaryo nicyo Uwiteka yabavuzeho nicyo yabifuzagaho.Nuko mbona baranezerewe cyane ariko kuruhande wa mwuka w’Inzika y’Inzigo ukaba umereye nabi utumagura imyotsi y’itabi ryinshi (Amagambo menshi) Nuko numva umwuka w’ubugwaneza unzamutsemo numva nkunze uwo mwene data urimo gucura cyangwa wacuze imigambi yo gukiranirwa ndamwegera ndamufata ndamuhibera ndamusengera cyane.

Ariko sinabashije kumenya nimba byamunejeje cyangwa nimba yahindutse ngo ave mu migambi mibi cyane cyane mu gihe nk’iki cyo gukiranirwa.Nuko ijambo ry’Uhiraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore wa mugore wanditse kubuhanuzi bwe.Ararakaye cyane kandi arimo kwivugisha amagambo menshi kandi atameshe nyamara imbabazi namugiriye we nta bwo azitayeho.

Nuko rero huguka utangire ufate akanya utegure inyandiko imwerekeyeho kuko iki ar’igihe cyo gukiranuka n’umwaka w’ubutabera w’Uwiteka Imana yo mu ijuru.Nuko maze kubwirwa gutyo numva za mbabazi zinshizemo na rwa rukundo niyumvagamo rurarangira ntangira kumva noneho ko nsa nkaho mpawe uburenganzira bwo kuba nagira icyo mvuga.

Nuko ntekereje uburyo Uhoraho yari yamuhaye akanya ko kwihana mbabazwa n’inkozi zikibi z’umwakagara zihabwa amahirwe zidakwiriye ariko zikanga kuyakoresha kubera gusa ubwibone no kwishyira hejuru ngo nuko zifite amafaranga kandi zibona ko byose bishobka kandi amabi bakora kuyashyira ahagaragara zikaba zitakibitinya kubera imitima yazo yabaye akahebwe uko niko Uwiteka avuga.Nuko numva ko nkwiye gushaka akanya keza maze ngakora umurimo w’Uwiteka uko nabitegetswe maze nkazashyira ahagaragara iyo nkozi yikibi yigize bamenya kurusha abazima nabapfuye!

14 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona ibitaboneshwa amaso y’abana bab’abantu,nerekwa mbona ibihugu bihuriye mu muryango w’Africa y’uburasira zuba The east African Community EAC,ko uwo muryango utazagera kunshingano zao kuko umwakagara agiye gukurwa ku ngoma kandi igihugu cya Tanzania kikaba cyarakunze gushinja urwagasabo guteza umutekano mucye mukarere.

Magufuri

 

 

 

Mbona amatora yo murwagasabo yari yimirijwe imbere muri 2017 asa naho aburiyemo,ariko mbona amatora ya Tanzania niyo akomeje,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mu bihe bigiye kuza imigambi ya EAC igiye kuburizwamo kuko itazagera kunshingano zayo umwakagara akiri ku ngoma uko niko Uhoraho ategetse.

15 Jan,2016 nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona umwuka w’Inzika ya cyera hagati y’ubwami bw’uRwanda na republika y’umwakagara itemewe n’amategeko.Mbona ko leta y’umwakagara yohereje intasi yo kujya guhumanya nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa.

 

Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore nyir’uRwanda aho yibereye mu buhungiro aho yahawe kumara ibihe bitanu (5) ariko bikaba bitazagera kuri (6) dore araruhutse ategreje yuko ibyasezeranijwe n’Uhoraho bisohora kugirango ajye muri gakondo yabakiranutsi asubizwe ku ntebe ya bukunzi.

None dore umwakagara yohereje intasi kujya kumuca igihanga kandi dore akoresheje uwo mu masano kuko yemerewe guhabwa ibyikirenga nimba aramutse akoze ibitangaza.Nuko mbona Nyir’uRwanda yirambitse atazi yuko inkozi y’ikibi imugenza nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Nyir’uRwanda bagiye kumuca igihanga kuko umwakagara yamaze kumenya yuko leta y’America igiye gusubiza Nyir’uRwanda ku ngoma.

Kandi ayo makuru yayahawe nabanyamerica yahaye akazi ko gutata imigambi mibi leta yabo izajya imuteguraho bityo nawe akamenya uko abyifatamo.None yabwiwe nizo ntasi yuko hafashwe icyemezo cyo kumukura ku ngoma bakamusimbuza Ndahindurwa wahoze ar’Umwami wa gakondo yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuze.

None byuka wihute cyane wandike ubutumwa kuko nyir’uRwanda ubu bigoye kumubona kuri za telephone uko niko Uwiteka agize.Ariko niwandika abari buze gusoma baribuze kumugezaho amakuru uko niko Uhoraho avuga.Nuko ndibambura nditunganya mfata ikinyabiziga kijya IBABYLON ndagenda ndandika vuba vuba kuko burya habaho ubutumwa bwihuta nk’umurabyo,hakabaho nubugenda gahoro nk’Akanyamastyo(Toto’s)

Yewe Nyir’uRwanda umubyeyi w’uRwanda,bamaso cyane kuko hasigaye igihe gito ugasubira ku ngoma wahoranye ukazongera kwicara ku ntebe ya bukunzi nk’uko Uhoraho yabitegetse,dore inkozi z’ibibi zigize inkubaganyi ku ngufu zije zri wowe zishaka dore iki cyumweru bakoze inama bemeza ko bazahoreza umuntu uzaza mu izina ry’ubwami ko ashyigikiye itahuka ryawe nyamara dore azaba azanywe no ku kugenza nyamara ibyo Uwiteka yavuze ndetse akanabitegeka nta bwo imigambi ye ijya iburizwamo n’abana bab;abantu uko niko Uhoraho agize.

Ijambo ry’uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w;umuntu,dore icyegera cy’umukuru w’igihugu Samuei William Ruto avuye I LA HAYE mungihugu cy’UBuholande nyamara dore avuyeyo nta cyzere akuyeyo none dore agarutse ahonze mu maso kuko ibyiringiro bye birarangiye.Nuko mbona mpabwa inkota ngo nyimuhe mbaza kugirango niyo njya nitwaza kubera za magigiri ziba zateze imihanda yose baramutse banguye gitumo mbe nakwitabara.

Nuko nitegereje mbona bidasa cyane nuko menya yuko iyo mpawe ari ya Malaika mulinzi ndayifata ndayimuha.Nuko ndamubwira ngo,uku niko Uhoraho avuze.Fata iyi nkota izakubere ibyiringiro(Ijambo ry’Uhoraho) uko bizagend akose Umwami arikumwe nawe kandi azakugirira neza kuko yakugambiriyeho ibikomeye nubwo wagenze nkabisi uko bagenda ariko imbabazi ze ntizizabura ku kubaho uko niko Uhoraho avuze.

Aimado Yahutuye umugabo we,aba umututsi,ahindura umuhanuzi Majeshi Leon kuba umuhutu kugirango ahabwe umurimo w’ubutasi acishe igihanga tonton Leon

 

 

 

 

 

Aho ndahava njyanwa mu rindi yerekwa mbona uburyo umwe muri bene wabo nuwahoze ari madame witwa Umutesi Aimado Rusine akaba umwana wa mukuru w’uwahoze ari madame Mukandirima Murekatete Odette uburyo uwo mwana wa mukuru we kubera ko yashatse umuhutu witwa Dr.Rusine baje kubaka inzu gacuriro ifite agaciro ka miliyoni 85 z’amanyaRwanda hanyuma FPR izakumenya ko ari yabo kandi batajya batanga imisanzu nibyacumi bituma FPR ikoresha Casse Social kugirango basenye iyo nzu kubera ko itajyanye nigihe nyamara byari ibikangisho ahubwo bashaka ko batakaza umutwe bityo bakajya gushaka abakomeye ba FPR kugirango babatakambire nabo babone uko babasaba gutanga icya cumi.

Nuko ndabwirwa ngo bamaze kwinjira muri FPR bahise bahagarika gusenya iyo nzu maze umudamu ahita yinjira mu nzego z’ubutasi atangira gukorana nazo kugirango arengere iyo nzu yabo.Ndabwirwa ngo,dore uwo mudamu yaraguhize birananairana ninayo mpamvu za magigiri zabwiye uwo mugore Aimado kuburira umudamu wawe ko wowe utavuye Tanzania ko urumuhutu w’IGITARAMA kugirango umugore ahite aguta mu butayu usibye ko madamu wawe icyo kinyoma atigeze acyemera gusa we yananiwe kwiringira Uwiteka yita ku cyubahiro cy’abana bab’abantu bituma aguta mu butayu arigendera.

Ndabwirwa ngo,dore Aimado inzira zose yakoresheje ngo akugiirire nabo zose Uwiteka yaziburijemo. None dore uyu mwaka w’ubutabera Uhoraho yubuye idossier yawe nawe kugirango abacire imanza zitabera.Nuko nshima Uhoraho kuko ari we mucamanza utabera kandi ko ajya aburizamo imigambi yababisha n’incakura ahubwo akaba umucamanza uko niko Uhoraho avuga.

Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwoko bwanjye ububwire uti,uyu mwaka n’umwaka w’ubutabera kandi ubaye umwaka wa (3) kuva imanza z’Uhoraho zatangira babwire babe maso kuko igihe cy’imanza z’uhoraho cyatangiye uko niko Uhoraho avuga.

Nuko ndangije kwandika ibyo ntegetswe kwandika,mpita ndangiza igice cya (23) cy’ubuhanuzi bw’Uhoraho nshima ijambo ry’Uhoraho yuko rikomeje kuba rizima kandi ko rifite imbaraga gukomeza abaryiringira kandi ko abaryubaha batazabura kugubwa neza uko niko Uhoraho agize.

nccleon@gmail.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

 

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Skip to toolbar