Igice cya (24) cy’ubuhanuzi

16 Jan,2016 Njyanwa mu iyerekwa mbona ibitaboneshwa amaso y’abana b’abantu,mbona kandi nerekwa ko umwakagara atumije inkota ndende cyane ifite uburebure bwa kilometer (2);iyo nkota ika ari iyo kwica abatavuga rumwe nawe avuga ko bakomeje guteza igihugu umuvurungano.

 

Nuko mbona ko yirukanye abatutsi bamugejeje kubutegetsi arangije yimika abatutsi bibyangwe bitwa indarikwa mu mvugo y’ijambo ry’Uhoraho.Nuko ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara akunda abanyantegenke kuko ari bo bamwumvira akabakoresha kuko nabo baba bazi yuko umwanya bakoramo batawukwiye niyompavu badashobora gutandukana nawe kuko ariwe bakesha ubuzima kuko yabahindukiye nk’Imana yabo.

Ariko dore ibihe biraje kandi byihuse cyane ubwo abasenga mukuru no mu mwuka bagiye gushyirwa hejuru hanyuma abishyize hejuru bagiye gucishwa bugufiya uko niko Uhoraho avuga.

Igice cya (23) cy’Ubuhanuzi

Hanyuma iriya nkota wabonye(Ijambo) niyo igiye kwica umwakagara ikamuca igihanga kuko niwe wayiguriye nta nuwamutumye kujya kuyigura niwe wenyine wihaye igitekerezo none tegereza agahe gatoya maze urebe uburyo umugabo yiyicisha inkota ye,kayice iva mukanwa ka nyirayonuko rero burira beneso batataniye amahanga yose ubabwire uti,UMwami Uwiteka aravuze ngo:

Mube maso kandi mwirinde gushayisha kuko umwanzi yongeye kubahagurukira,nyamara nimuba maso ndetse mukaba imbere y’Uhoraho,ntakabuza yuko inkota umwanzi yiteguriye kubacisha igihanga,ko itazabura kumuca igihanga we wenyine uko niko Uwiteka abavuga.

Nuko uwanyerekaga arambwira ati,umwakagara azize guca imanza zibera kuko abatutsi bamushyize ku ngoma ninabo yatatanije bakwira imishwaro buzura amahanga yamatage yamateragahinda, none birirwa barira kuzasubira muri gakondo yabakiranutsi.

Babwire uti,uku niko Uhoraho agize,ati,kuko mwafashije umwakagara mukitanga mutisubira,niyompamvu nanjye ntazabura kubarwanirira kugirango mbasubize muri gakondo yanyu bityo mumenye ko ari jye Uwiteka wica agakiza kandi akaba umunyembaraga wa Yakobo uko niko Uhoraho avuga.

Igice cya (23) cy’Ubuhanuzi

Dore mwebwe mwitanze mukagaruza gakondo yanyu,mwamara kwimika umwami wo gukiranirwa akabahinduka,nukuri nukuri sinzareka kubagirira ineza nasezeranijwe Umwami Mutara lll Rudahigwa no kubikora si nzabikora?Uko niko Uwiteka abaza?Dore nzabacira inzira ahatar’inzira mbakize umugayo numuruho byamahanga kandi nzabasubiza igihugu cyanyu uko nakibahaye kugirango mumenye yuko nitwwa Uwiteka Jehova Uhoraho ibihe byose iteke niteka uko niko Uwitekabavuga.

 

Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,nawe mwana w’umuntu fata inkota yawe nk’uko umwakagara aguze inkota ye,kandi iyawe yavuye hejuru naho iy’umwakagara yo yaturutse hasi nuko rero umenye yuko mu bihe bizaza ugiye guhangana n’umwakagara imbone nkubone nyamara dore Uwiteka azabana nawe kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana yawe uko niko Uhoraho avuga.

Nuko nerekwa bya byangwe byahawe ubutegetsi n’umwakagara maze ndabwira ngo,mwana w’umuntu,dore ibyo byengwe mu gihe kizaza bazatatana nk’uko babatatanije kuko uyu ar’umwaka w’Uwiteka wubucamanza mu bwoko bw’Uhoraho munitorero rye uko niko Uhoraho avuga.

Nsubizwa mu iyerekwa mbona ibintu bigiye kubaho biteye ubwoba kandi bitangaje,mbona abantu bitwa abaherwe mu byubutunzi bagiye gusubizwa kw’isuka ngo bamere nkabandi bose maze ubwibone bwabo burangizwe burundu.Nerekwa umuherwe witwa MIRONKO PLASTIC mbona ko amazu ye yose yahindutse umusaka kandi namazu afite y’ubucuruzi ntabantu bayarimo nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,dore ubutunzi bwa Mironko bugiye gushira burundu kuko har’umwuka w’Uwiteka wamaze kumanuka uzanye no gusubiza ubutunzi bwose butunzwe ningabo zabadayimoni bakabwamburwa bagahabwa abakiranutsi uko niko Uhoraho ategetse.

Nerekwa inteko yabacamanza bo mu ijuru bategeka ko uwo mwuka ushinzwe gusubiza ubutunzi mu mwanya wabwo bawutegeka yuko byihuse uwo ugenda ugahita umaraho ubutunzi bwose bwa Mironko hamwe nabandi bakire bose bakoresha imbaraga z’umwijima kuko Uwiteka yibutse ubwoko bwe.Uko niko Uhoraho ategetse.

LT.Ruyenzi Aloys maneko wa RNC

Nerekwa magigiri wa Rwanda National Congress RCN LT.Ruyenzi Aloys arimo yisobanura cyane ku kibazo cy’uko yagambaniye umuhanuzi Majeshi Leon kandi barafatanije gusenya umurongo wa za magigiri zikorera mu mutaka wa RPRK mu gihugu cya Uganda umurwa mukuru wa Kampala.

Nuko bigaragara yuko abanyamuryango ba RNC batanyuzwe nibisobanuro bya LT.Ruyenzi Aloys impamvu yagambaniye uwo bafatanije bityo bakaba basaba ibisobanuro bihagije mbona Ruyenzi agerageje kwisobanura arya iminwa abura ibisobanuro bihagije maze mbona abanyamuryago ba RNC bavuga ngo biragaragara yuko imikorere nk’iya FPR ivuguruye kuko nimba twarahunze FPR tukinjira muri RNC none nayo ikaba ikora nk’uko bakoreraga muri FPR ntaho twaba tugana ayo niyo magambo yavugwaga nabanyamuryango ba RNC.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwra riti,mwana w’umuntu,dore mu bihe bigiye kuza ugiye guhangana na Maneko wa RNC mwakoranye gusenya imbaraga za magigiri z’umwakagara mu murwa wa kampala uko niko Uwiteka avuga.

Umusore w’umukiranutsi w’Uwiteka Imana.

Nkomeza kwigira mu iyerekwa mbona mwene data witwa “Bucyana Olivier NGOGA” maze ndabwira ngo mwana w’umuntu,burira mwene so Olivier dore agoswe nimbaraga z’umwijima nyamara niyita kubyahanuwe azabasha gufashwa n’ijambo ry’Uhoraho.Dore igihe kiragiye kandi kirahoye kngo ibyahauwe bikore umurimo w’Imana nk’uko wabihanuye uko nniko Uwiteka avuze.

Nongera kwerekwa na none inteko ya bacamanza bo mu ijuru biga kumadossier (2) dosiye yabanyamadini hamwe no gukuraho igikuta cyegereye inzira nyabagendwa iyo abagenzi banyuramo berekeza isiyono.Nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,dore Uwiteka yasezeranije umuhanuzi mukuru kuzamushyingira nyamara umukobwa yari kumushyingira yatwawe nabapharisayo bashaka kumurongora ngo bahinduke abakwe b’Uhoraho hanyuma Uwiteka nawe ahita yambura urukundo uwo mukobwa kugirango batazashakana.

Ubwo abafarisayo bahise bamuhindura ingaruzwa muheto bakamwitwaza ngo abantu babashe kubona yuko babana n’umukobwa w’Uhoraho.None genda ubwire Umuhanuzi mukuru uti,dore isezerano ry’Uhoraho rirasohoye nk’uko yabigusezeranije nuko ndagenda nsanga umuhanuzi mukuru arangije amasengesho y’iminsi (7) abaza Uwiteka impamvu asaziye ubusa nuko ndamubwira nti,uku niko Uwiteka avuga.

Dore Uhoraho akuntumyeho ngo nkubwire yuko umukobwa yari yarakugeneye yaje kwibwa nabafarisayo ariko Uwiteka yafunze umutima we kugirango atabakunda nubwo bamugize ingaruzwamuheto kugirango bigaragaraze yuko babana n’umukobwa w’Uhoraho ariko noneho dore igihe cyawe kiraje kandi kirasohoye kuko wagaragaje kwihangana ndetse ukaba umaze kurangiza imirimo yawe wahamagariwe gukorera Uwiteka Imana Nyiringabo.

None dore Uwiteka akujyanye ahandi ngo ujye kumukorera kandi nta bwo ushobora kugenda udafite umufasha nuko rero witegurire umukobwa w’Uhoraho yakugeneye kuko arumukobwa ushingutse ufite imyangage iringaniye mugituza,akaba afite amaso asa nay’Impalakazi,akimbagira nkifarashi kandi afite amaso meza cyane yigikundiro ariko uruhanga rwe ruteye ubwoba kuko rusa n’intare yo mu muryango wa YUDA uko niko Uwiteka avuga

Olive oil

 

 

 

Igituza cye kimanukamo amavuta atemba ineza ye imeza nkamavuta y’Elayo,imisatsi ye,imeze nk’ubwoya bwa SUFU amenyo nurwererane ariko avanzemo izahabu ikabara kanyura hagati y’imyanya y’inyinya nuko rero humura dore Uwiteka akumaze agahinda warumaranye imyaka myinshi uko niko Uwiteka avuga.

Dore inkozi zikibi zabafarisayo zikomeje kurwanya ijambo ry’Uhiraho kandi zigiye kurimbuka kuko batatinye gukorana n’inkozi zo mu bwoko bw’Abarozi zigaruriye itorero ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi ryitangiwe n’Umwami waryo Yesu Kristo wemeye gupfa akazuka kumunsi wa (3) akaba yicaye iburyo bwa data wo mu ijuru aho ategereje bene se kuko yabaye imfura muri benshi uko niko Uwiteka ategetse.

Ndabwira ngo mwana w’umuntu mur’uyu mwaka w’ubutabera bw’Uhoraho abafarisayo niba batihannye imirimo yabo mibi baracirwaho iteka kuko banze kumva banga no kubona none dore igihe kkiashiriyeho banga kwihana ngo babashe gukomeza imigenzo yabo batahawe n’Uhoraho uko niko Uwiteka avuga.

Nuko mvuye aho ngaho njyanwa ahandi hantu mbona umuhanda nyabagendwa wateguriwe abagenzi bagana isiyoni maze aho kuruhande rw’umuhanda hari igikuta kinini cyane gigikije umuhanda wa bagenzi bagana isoyoni,nerekwa ko hazanywe abakozi bo gukorera uwo muhanda wa kaburimbo mbona cya gikuta gikuweho maze hatangira gucukurwa urufatiro (Foundation) y’inzu abagenzi bazajya baruhukiramo ahongaho ku nzira nuko mbona umuhanda uratunganijwe neza cyane naya foundation cyangwa umusingi cyangwa urufatiro mbona bitunganijwe neza ndetse mbona hakurwaho ibyari kuzahinduka inkwangu bigahitana abagenzi nuko mbona byoe bikuweho kugirango bitazakomeretse abagenzi uko niko Uwiteka avuga.

Nongera kwerekwa abo nasize muri gakondo yabakiranutsi bananiwe kwizera Uhoraho,ahubwo bakayoboka umwakagara ndetse bakemera kumukorera kugirango baramire ibifu byabo,mbona ko igihe kigiyekandi kirangiye kubera yuko ibyahanuwe bigeze mu irango rya marembo yagakondo yabakiranutsi.

Mbona abo bayobotse imikorere y’Inkozi zikibi barimo Damacent Kayiranga twabanye no mu nzu y’imbohe mbonako atagifite kwizera kwa kundi kwa cyera gukomoka ku  Uwiteka Imana yabamirnautsi maze ndabwirwa ngo abo bantu bagiye guhura nimirabyo n’inkuba zigiye gukubita hirya no hino kuko bananiwe kwizera Uhoraho byabazaniye urubanza rwo kurenganya bene wabo none dore birukanywe muri gakondo bagiye kwangara kandi naho bazasenga nta bwo Uhoraho azabumva kuo bamunegurije amazuru ahubwo bahitamo kuyoboka umwakagara ndetse bemera ibyo abategeka byose birengagiza amahame y’Uhoraho bahitamo kurimbuka uko niko Uhoraho avuga.

Nongera kwerekwa umwuka w’Inzika y’Inzigo y’umunyamakuru Ingabire Charles wishwe na za maneko z’umwakagara zari ziyobowe na Mbayiha John akaba ariwe wateguye umugambi anawushyira mubikorwa wo kwica INgabire Charles akaba ari nawe ukuriye umutwe wa magigiri RPRK nibwo yakoresheje Rutagungira Rene maze bahita umunyamakuru Ingabire Charles barangije babyomeka kumuhanuzi Majeshi Leon bari barabanje gushimuta mbere yuko bica Ingabire.

Ishimutwa ryanjye Ingabire akaba yararigizemo uruhare afatanije na Fruit Nyagasaz aInnocent bamaze gukora icyo gikorwa bahita nawe baramuhitana baba barangije umurimo wabo wo kumena amaraso yabatariho urubanza umuhanuzi Majeshi Leon wari mu nzu y’Imbohe mukigo cya gisirikare cyitwa GARSON BALACKS mu nzu y’imbohe ya CMI.

Nuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Inzika y’Inzigo yongeye kuzikuka abishe ingabre banagushimuta bongeye guhaguruka ngo bahige ubugingo bwawe baguce igihanga kubera yuko ejo wagaragaje amabanga y’umwakagara ko ashaka guhitana Nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa kuko yamaze kumenya yuko ari we ugiye kumusombura uko niko Uhoraho avuga.

None umenye ubwenge ubigenze kwakundi ujya ubigenza maze utegereze urebe icyo bahatse kugirango urusheho kumenya imikorere yabo.Dore bahimbye amayeri ariko ayo mayeri nta bwo azabahira kuko Uhoraho atari kuruhande rwabo ahubwo bagiye kugubwa gitumo n’imbaraga z’Uhoraho kuko iki ari igihe cy’Ubutabera mu nzu ya data Uwteka Imana yabakiranutsi.

Nuko rero ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko amaso y’Uhoraho ahora hejuru yawe kuko iyo btaza kuba gutyo,abanza bawe baba barakumize bunguri kuko niwe ukura ikuzima agashyira ejuru ndetse ninawe ukura ejuru agashyira ikuzimu uko niko Uwiteka avuga.

18 Jan,2016 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore nd’Uhoraho,Uwiteka waremye ibiri mu isi byose.Dore ngiye gukora ibintu bishya mu isi yabazima.Dore amateka y’isi yose agiye kwisubiramo hagiye kuzaba ibyabaye mu myaka yashize ya 1929/1936 ngiye kunyeganyeza isi yose kugirango imfatiro z’abana bab’abantu zisenyuke maze ibyo baruhiye byose bihinduke imfabusa,dore nta kabuza imirimo y’inkozi zikibi nzaysenya kandi nzayirimbura kugirango ibyahanuwe bisohoze umurimo wabyo.

Nuko rero burira intore zanjye zishake mu maso hanjye kuko indangare nabanebwe batazashobora kuzasohoza mu masezerano kubera ko babaye ingumba zo kwizera uko niko Uhoraho avuga.

ADEPR1

 

 

19 Jan,2016 njyanwa mu isi y’umwuka mbona ibitabonwa na bana bab’abantu,mbona kandi nerekwa abagore bo mu bwoko bw’Abarozi basengera mu idini rya ADEPR,mbona ko bagize ubwoba bw’ubuhanuzi bwahanuwe kuri gakondo yabakiranutsi.

Nerekwa bafata inzira barahunga berekeza mu gihugu cya Uganda bajya kwihisha mur’icyo gihugu bategereje ko ibyahanuwe bisohora byamara gusohora bakagaruka muri gakondo yabakiranutsi guhumanya ubwoko bw’Uhoraho.

Nuko ndabwirwa ngo,ukuboko k’Uhoraho kuzabaramburirwaho aho bazajya hose kuko batazagira amahoro ntamahoro y’umunyabyaha,kandi aho naho bagiye ukuboko k’Uhoraho kuzabasangayo maze bacirwe imanza zijyanye nibyo bakoze uko niko Uhoraho avuga.

Jezebel

 

 

 

 

Nkomeza gutega amatwi numva bavuga ngo,bagiye IBUGANDE bashingeyo idini ryitwa “ABACUGA”numva bongera kuvuga ngo,bazihisha mur’iryo dini ryabo kuzageza igihe ibyahanuwe kuri gakondo yabakiranutsi bizasohorera maze bazabone kuzagaruka mu gihugu bikomereze imirimo yabo uko niko Uwiteka avuga.

Nuko nerekwa izindi nkozi zikibi ziri muri gakondo yabakiranutsi,ko begerejwe amarembo yo mu irango ry’ubutayu bugufiya maze ko umwe mu ntabwa wo mu bwoko bw’Abalewi yari yaragizwe imbohe nizo nkozi zikibi ko abaye imbohore nerekwa ko za nkozi zikibi zishaka kongera kumujyana mu ishuli gukora ikizamini ariko imbaraga z’Uhoraho ziramutabara uko niko Uwiteka ategetse.

Fire

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihugu cy’IBABYLONI ngiye kugiteza umuriro kizashya nk’uko ISODOMA n’IGOMORAH hahiye kandi kizashya kumanywa yihangu kuko bakabije gukiranirwa no gusuzugura Uhoraho,abazarokoka bazankorera kandi bazubaha izina ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse!

underground

 

 

 

 

19 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa maze nerekwa imirimo ikorerwa mu isi y’umwijima”Ikuzimu”mbona uburyo abantu bapfa bakajyanwa ikuzimu bamara kugerayo bagakomeza gukora imirimo bakoraga mu gihe babaga bakiri ku isi yabazima.Nerekwa uburyo umuntu apfa agashyirwa mu isanduku nyamara bamushyira mu isanuduku yabapfuye we aba abareba ariko adashobora kuvuga kuko aba ari mu isi y’umwuka iturwamo n’abantu badafite imibiri nk’iyahano ku isi dutuyemo.

Umuntu arapfa agashyingurwa roho ye,cyangwa ubugingo bwe, bukomeza kuba muri ya sanduku yashyinguwemo ariko roho ikajya iva ikuzimu ikagaruka hano ku isi gukora imirimo mibi yo gukiranirwa kuko ubugingo bwe buba bumaze kubarirwa mubakiranirwa bazajya igihenomo.Nerekwa abasirikare balinze kurizo mva cyangwa ibyo bituro bashinzwe kumenya abavuye ikuzimu,icyo bagiye gukora mu yabazima ndetse nabazagaruka nimba imirimo bagiye gukora barayikoze neza cyangwa nimba yarababananiye.

Mbona ko ikuzimu haba umwijima mwinshi cyane kandi ko nta mucyo ubayo!Mbona uburyo ababayo badashobora kumenya yuko habaho iyindi isi,yumucyo aho abantu baba banezerewe.Nerekwa ko abapfuye bakiraniwe nta gihe na kimwe bazigera babona umucyo w’Uwiteka Imana ihoraho ibihe byose.

ADEPR1

 

Nongera kwerekwa uburyo abarozi bo muri ADEPR maze gushyira ahagaragara ubutumwa buberekeyeho,ubwo bahise banjyana ikuzimu bajya kumboherayo kugirango ntazongera guhishura ibikorwa byabo by’umwijima.Nuko mbona baranjyanye bangeza ikuzimu bashaka kumboherayo ariko kuko umubiri wanjye wose war’umucyo byatumye mbasha kumurika ikuzimu kuko batagira umucyo maze bahita barahanyirukana bavuga ngo meza nka wa Mwami w’imicyo wo gukiranuka.

Ubwo ako kanya nahise nurira stairs zaho zizamuka zigaruka ku isi yabazima,mbona abantu benshi baboheyeyo kandi bahinditse abadayimoni maze kubera umucyo badashobora kwihanganira byatumye banyirukana yo nigarukira ku isi.Nahabonye ndetse nabarozi twari duturanye barimo kwwa Munyankindi baatuye ikibungo bahoze arabaturanyi muri Tanzania.

Ndetse bari baratwaye umugisha wacu w’umuryango wanjye maze bagerageza gukora ibishoboka byose ngo bawisubize ariko biranga birananirana kuko imbaraga narimfite ntabwo zabemereraga kuba bakongera gutwara umugisha utari uwabo kubera yuko tugeze no mu gihe cy’ubucamanza bw’Uwiteka Imana ihoraho isumba byose kandi ishobora byose uko niko Uwiteka avuga.

Ubwo nkiri aho muri iryo yerekwa,nongera kubona umwuka w’Inzika y’Inzigo y’umwakagara yongera guhaguruka ikora ibihoboka byose ngo ibashe kungeraho ariko iburizwamo nimbaraga z’Uhoraho kuko bidashoboka yuko baneka umwuka w’Uhoraho kuko niwe maneko uruta za maneko zose zibaho mu isi yabazima.

Nuko ndabwirwa ngo mwana w’umuntu,dore igihe cyo gutotezwa nabakagara igihe cyabo kirimo kugenda kirangira gahoro gahiri nk’uko Uhoraho yabivugiye mukwanwa kababamenya nubwo hashize igihe kirekire kugirango ibyahanuwe bisohore uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kugaruka maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abarozi kazi nabarozi barimo gukora ibishoboka byose ngo bakuzinge ntuzongere guhanura uhishura ibyabo,ariko uhumure kuko Uwiteka Imana yabakiranutsi akubereye maso kugirango akurwanirire intambara wowe utabasha kumenya uko niko Uhoraho avuga.

20 Jan,2016 njyanwa mu isi y’umwka nerekwa ibiteye amatsiko abantu bajya bamenya impamvu zabyo,mbona kandi nerekwa ko,inkozi zikibi zagiye mu kirere guhagarika umigisha yabakiranutsi Uhoraho amanuye ku bwoko bwe.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,ambara imbaraga n’amababa maze ujye mukirere guhangana ninkozi zikibi zigiye guhagarika imigisha ya bakiranutsi kugirango iyo migisha zitayihagarika.

Inkota y’umuhanuzi

Nuko ndazamuka njya mukirere mpangana nazo kugeza igihe zanesherejwe turamanuka tugwa mu isi ntabashije kumenya iyariyo kuko aho hantu nta bantu bari bahatuye kandi nta ikibuga cyahabaga usibye ko Uhoraho yahise ahategura ikibuga kimeze nkIk’ikidenge kugirango tubone aho tuhagarara tuvuye mukirere aho twarwaniraga,nuko mfata inkota yanjye njya ngendana ndazica zose zishiraho maze ndabwirwa ngo, kandi ubwire ubwoko bw’Uhoraho,nababandi bose bafite isezerano ryo guhabwa umugisha w’Uwiteka ko bakwiye gukora amasengesho y’iminsi (3) uhereye ejo ku wa (4) kuzageza ku wa gatandatu batarya batanywa kugirango izo mbaraga zigose abakiranutsi Uhoraho azimareho uko niko Uhoraho ategetse.

Nongera kujyanwa mulindi yerekwa mbona ibigo by’Imari ziciriritse byitwa za Microfinance uburyo ibyo bigo byazanye umudayimoni wo guhobya abakiliya babigannye bashaka gukira vuba vuba ariko aho gukira ahubwo bahise bahinduka abakene kurusha uko bari bameze kuko bafashe inguzanyo barangiza bakananirwa kwishyura inguzanyo bahawe kuko uwo icyari kigambliwe kwar’ukwamburwa imigisha yabo bakayamburwa binyuze mu madeni kuko umuntu wizera Uwiteka adafata amadeni ahubwo abeshwaho no kwizera ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi.

Nuko mbona uburyo bafashe amadeni maze kiliziya gatolika igahita ibura abakiliya maze nayo yohereza umwuka wabadayimoni wo guteza igihombo muri za microfinance kuko abantu bakimara gufata inguzanyo nta bwo bongeye kuboneka muri kiliziya kubera gushaka ubwishyu bw’inguzanyo bafashe.

Mbona uwo mudayimoni winjiye mubikorwa byose byabacuruzi bakoraga maze bihuhwa numuyaga maze abafashe amadeni cyangwa inguzanyo basubira kwa padiri gusengerwa no gusigwa amavuta yumugisha kugirango babashe kwishyura amadeni cyangwa inguzanyo bafashe maze agatima kabo kajya hamwe kuko bari baraburiwe irengero amaturo yabo yabuze yongera kugaruka muri kiliziya.

Nuko hagati aho intambara yo kurwanira abantu hagati ya kiliziya gatolika hamwe nandi madini mbona irakomeje kuburyo ntawamenya iherezo ry’intambara kuko ikomeye cyane kandi bose abahanganye bakaba bakoresha imbaraga z’umwijima zitar’iz’Uwiteka Imana kubera kurwanira ubwoko bw’Uhoraho ngo babwambure umugisha bwagenewe na data wo mu ijuru.

Mbona iyo ntambara ko itazagira iherezo usibye kuzarimbura abayitangije,maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,uko ubibonye ninako bimeze, kuko kiliziya gatolika ikomeje guhura ni byago bikomeye cyane aho ayandi madini yaduka aza akigarurira abanyamuryango bayo maze igahita ihahombera bityo umutungo yinjizaga buri kwezi ugahita ugabanuka ku buryo bugaragara.

Ibyo byatumye ikura imigabane yayo kw’isoko mpuzamigabane kugirango isi yose yinjire mugihombo gikomeye maze ibigo byadutse byitwa microfinance bihite bihomba hanyuma na twa tudini dutoya twadutse mur’iyi minsi natwo dufunge imiryango kuko badafite ibibanza byo gusengeramo icyo gihe nta bwo bazabasha kwishyura inzu yo gukodeshwa yo gusengeramo nibamara gufunga imiryango abari baravuye muri kiliziya bazagaruka kuko bazajya gushakayo imfashanyo kubera inzara ikomeye ikomeje gutera abari mu isi yabazima.

Hanyuma na bya bigo byimari ziciriritse na byo byafunze imiryango kubera yuko za Bank zose zikomeye ku isi ari izakiliziya gatolika kuvaho za microfinance zaziye banki zabo zarahombye cyangwa inyungu babonaga zahise zigabanuka 60% ibyo ni byo byateje kugabanuka k’Ubungu bw’Isi na nubu bukomeje kugwa hasi cyane kandi bukaba nta herezo ryabo bafite rigaragara uko niko Uwiteka avuga.

Dore za microfinance zimwe zarahombye izindi nazo zihinduka amabanki bivuga ngo zarakomeye cyane niyompamvu kiliziya gatolika yafashe icyemezo cyo guhantanura ubukungu kugirango ipiganwa ry’ubutunzi riri kugaragara ku isi ribashe kugabanuka.Ariko kuko byaturutse k’Uwiteka Imana yabakiranutsi nta bwo uwo mugambi wo kuzahura ubukungu bw’Isi uzakunda ahubwo buzarushaho kugwa kuko Uwiteka yabategeye mu buriganya bwabo kugirango ijambo ryahanuwe nabagaragu b’Uhoraho ribashe gusohoza mu mahoro uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,dore ku isi yabazima hagiye kubaho ibikomeye cyane ku buryo ikiremwa muntu kizicuza impamvu cyaremwe ariko abari mu Mwami wabakiranutsi Kristo Yesu,abo ni ndakoreka kuko bazarindwa n’imbaraga z’Uhoraho kugirango babone yuko Uwiteka ashobora kubarindira mu isi y’Akaga abandi bakarimbuka ariko bagahabwa ubugingo buhoraho uko niko Uhoraho ategetse.

Umugisha uturuka k’Uwiteka

Bread

 

 

 

20 Jan,2016 nerekwa ko hamanutse ubutumwa bw’umugisha nyuma yo gushyira ahagaragara intambara nari narwanye zikoeye cyane kubera inkozi zibibi zashakagara kuburizam uwo mugisha wabakiranutsi.Mbona bwa butumwa bugenewe abanyabugingo bumanutse neza kand bubasha kugera kubo bugenewe maze mbona abanyabugingo basubijwemo imbaraga.

Nuko nerekwa banyampinga bitwa dot com bahawe ikiraka cyo guhiga kwica no kuroga abanyabugingo ndetse bababwira yuko uzabasha gufata umuhanuzi azahabwa ibihembo bikomeye babategera ibikomeye cyane ariko bagira ibyago bikomeye mbere yuko bashyira mubikorwa uwo mugambi mba nabateye ijisho cyera.

Angel Devil

 

 

 

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,witonde cyane kuko za nyampinga zikunze kwiyita nziza kwishusho kandi ar’inkozi zibibi dore zihawe ubutumwa bwo gusohoza burimo kumena amaraso yabakiranutsi.None ugenze kwa kundi ujya ubigenza kugirango bahere mu gihira hiro uko niko Uwiteka avuga.

Mbona ko babuze uko babyifatamo nyuma yo gushyira ahagaragara ubu butumwa baba bamaze kubona yuko teevisiyo yo mu ijuru yamaze kubatangaho amakuru yose ashoboka,ako kanya bahindura imigambi bategura iby’umunsi mukuru batumira abashoboka bose bo murubyaro rwabakiranutsi kugirango babakureho amakuru y’uburyo babasha kubona umuhanuzi hamwe n’umuhanuzi mukuru kuko bageramiwe nubutumwa Uwiteka amaze igihe amanura kandi bugahita bumanuka bugasohoza umurimo wabwo.

Nuko mbona babashije kumenya umwe mubategarugori bashobora gukuraho amakuru yose bifuza hanyuma mbona wa mutegarugori amanukiweho ibaraga z’Uhoraho abuzwa kujya muri bya birori yari yatumiwemo kuko bari bamaze kumutega umutego ukomeye kugirango barimbure ubugingo bwe nyuma yuko bazaba bamukuyeho amakuru bamwifuzagaho uko niko Uhoraho ategetse.

Mbona za magigiri zigigira zijya guhagarara mu mayira abiri,ngo bategereze bamenya kuko bamenye yuko ariho ajya anyura kugirango barusheho kumumenya bihagije ariko bananirwa kumenya yuko nta muntu ujya amenya umwuka wera ahubwo we ubwe abasha ku kume nyasha ibyo ashaka akurikije ubushake bwa data wo mu ijuru.

Nuko ijambo ry’Uhiraho rinzaho rirambwira riti,ntunure mu nzira nyabagendwa warusanzwe unyuramo,ahubwo winyurire mu nzira ngufi zamaze abana babatwa hanyuma utunguke mu gikari cy’inkoizi z’ikibi maze wamuke ufate hakurya ujyende ukore umurimo wategetwse n’Uhoraho nuwungiza usubire mur’iyo nzira yakuzanye maze ubareke bakumeze barindagirire mu murwa mukuru w’ISHUSHAN uko niko Uwiteka avuze.

Nerekwa uburyo bategeye mu mifatangwe kugirango nimpanyura mfatwe niyo mifatangwe,nuko ndaza mpageze nsanga har’umuntu wihutaga yaje acagagura iyo mifatangwe maze ahasiga harangaye nanjye ndaza nyuraho mu mahro asesuye nshima Uwiteka Imana kuko narumunyembaraga kandi abamwiringira nta bwo ajya abakoza isoni uko niko Uwiteka ahushuye ibyabo.

Nuko rero munyarwanda emera nkurangire aho wakura imbaraga zo gukiranuka kuko izo zose ukoresha zitabasha kugufasha mu binyabugingo ahubwo bizagufasha kurimbuka kuko utazabigiramo umumaro mbese ibyo wirirwa ukorera abandi bagenda gute ari wowe ubikorewe?Niko Umwuka w’Uhoraho akubaza.

Ngwino nkurangire ubwenge busumba ubundi,nkurangire impano isumba izindi aho kurwanya umunyembaraga kandi udashobora kumushyigura kuko uwo urwaya niwe waguhaye imbaraga zo gukora ibyo byose ukora kuko kumunsi wa mateka uzabibazwa.

Ngwino nkurangire aho wakura ubuhanga bwo mubihanga kuko aribwo mwemera kandi ababufite bahorana icyubahiro nigitinyiro.Erega kurimbura ubugingo utaremye ntabwo bishobora kuguhira ngo uzabashe kubibonamo umusaruro ahubwo urarushaho kwirimbuza no kwerekera ikuzimu kwa nyamutezi.

Aho hantu hahora umwijima kandi ugiyeyo nta bwo aba agifite ibyiringiro byo kuzaragwa ubugingo ahubwo uba usigarijwe kuzacirwaho iteka ryose.Mbaza ndagusubiza kuko ntararenza umunsi mvuyeyo nerekwa ibyaho ngo mbwire abanyamakeknga babashe gukiza ubugingo bwabo uko niko Uhoraho avuga.

Dore bwenge abategeye amaboko y’urukundo ategereje yuko muza mu musangakugirango abasanganize impuhwe n’impundu z’umuremyi wawe kugirango ukurwe mu mwijima ushyurwe mu mucyo wabakiranutsi.Nyamara dore iminsi yawe irabarirwa ku ntuki kuko ugiye gutungurwa nibikomeye dore umuturanyi wawe wari wizeye nawe yibereye mu marira mbese uzatabarwa nande ?Uko niko Uhiraho abaza.

Ariko niwanga kumva imiburo yanjye ahubwo ugashyeshwa no kugira nabi ugambiriye gukomeza kumena amaraso utaguze ndetse ataba mu iguriro ntakabuza ibyo ukorera abandi ninabyo nawe uzakorera nyamara dore urumunyabwoba cyane utinya gukorerwa ibyo ukorera abandi none se bizagenda gute ko ukomeje gukiranirwa kandi umuremyi wawe ukaba waramwise umunyatengenke ko adashoboye byose ubwo ruzaba rusakiranye munsi y’urugo uzatabarwa nandi?Uko niko Uhoraho abaza

Dore ibyiringiro byawe byose birarangiye kandi abafatanyabugozi mwakubiranije mugahinduka akagozi kamwe gahambuwe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Bizagenda gute rero ko usigaye wenyine kandi ukaba usigariwe uru musaka ndetse ukaba wamaze guhinduka amatongo mbere yuko ukurwa munitongo uko niko Uwiteka akubaza?

Reka ndangize nkurarikira kuza kunguraho umuti wa matwi  ni umuti wa maso kuko nzi yuko utagira amatwi kuko atumva ndetse namaso yawe akaba atabona bityo uze ungureho byose kugirango ubashe guhumuka ndetse ubashe kumva kuko ikibazo cyawe gishingiye ku kutumva uko niko Uwiteka akugira inama.Ariko udakozwa inama zanjye reka nkuburire yuko ikuzima kwa nyamutezi nta mucyo ubayo kuko hahora ari mu mwijima kandi abahatuye bakaba bategrerejwe kuzacirwaho iteka baciriweho hagaye kuzashyirwa mu muriro utazima mwatangiye kuwinjiram mukiri ku isi yabazima uko niko bwenge abagiriye inama.

21 Jan,2016 ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uyu munsi wo kuwa (4) cyangwa Thursday impande (4) z’abatuye isi bose bakurikije gahunda wabahaye yo gusenga,none hagarika gahunda zose warufite ukore ayo masengesho kuzageza uyarangije kuko ntashobora ku kubwira ibyabo mutari mu mwuka umwe uko niko Uwiteka ategetse.

Nuko ndibambura ako kanya mfata gahunda njya hamwe na bene data dufatanije umurimo wo kwizera aho batataniye hose ku isi kubera akaga kumwanzi wabatatanije agamburiye kubarimbura ariko Uwiteka ababera ubuhugiro maze ntangira guca bugufi imbere y’Uhoraho mfatanije na bene data kugirango mbashe kumva umugambi wa data agiye kutugezaho mu gihe gisa nk’iki?

Inyanja

 

 

 

Nongera kujyanwa mu isi y’umwuka,nerekwa imigambi y’Uwiteka Imana ku bwoko bwe,nerekwa mbona Imfura ziteraniye ahantu hibanga rikomeye zirimo kwigishwa ibijyanye n’ubwami bugendera ku itegeko nshinga.Muri bo harimo abarimo kwigishwa ibijyanye na PROTOCOL uburyo bazacyura Nyir’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa,udashobora kuzahindurwa na bana bab’abantu nk’uko Uwiteka yabigambiriye.

Abari muri ayo mahugurwa bari abakobwa nabahungu bacitse ku icumu ry’Umwakagara maze bamaze gucika ku icumu mbona bajyanywe guhishwa ku Nyanja iri haruguru y’ubutayu bugufiya buherereye mu burengera zuba bwa gakondo y’abakiranutsi.

Nuko nerekwa ko umuhanuzi mukuru ari we warubuze muri ayo mahugurwa,mbona ko mbere yuko ajya muri muri ayo mahugurwa abanje kujya guhura n’umuhanuzi ngo amusengere kandi amubwire ibigiye gukurikiraho.Mu gihe agiye mbona kandi nerekwa ko umuhanuzi usheshe akanguhe nawe ahagaurutse ajyanywe no kujya kureba nimba utwo ducika cumu twabashije gucika icumu ry’Umwakagara nimba koko babashe kumva no gusobanukirwa gahunda neza y’ubwami bugendera ku itegekonshinga.

Yagezeyo asanga gahunda irimbanije imeze neza kandi utwo ducika cumu rwose gahunda ari munange irimbanije ndetse babasha kuyisobanura kurusha na banyirayo.Nuko avuyeyo mbona umuhanuzi mukuru abisikana n’umukambwe usheshe akanguhe maze mbona umwe avuye kuri ya Nyanja iri haruguru y’ubutayu,undi nawe mbona aturutse mu majyaruguru y’uburasira zuba bw’isi yerekeza muri bwa butayu buherereye kur’iyo Nyanja yo haruguru y’ubutayu uko niko Uwiteka ahishuye.

Sun

 

 

 

 

Nuko nkomeza kwitegreza ngo ndebe ishyerezo ry’umuhanuzi mukuru uko agiye kubyifatamo,mbona atwawe numuyaga yerekeza iy’ubutyu abisikana na mukabwa w’umuhanuzi ushaje maze mbona yambutse bwa butayu agera ku nkengero zabwa ahagana mu majaruguru yiyo Nyanja ariko mbona kidobya cy’Abakagara-Kazi bari baturiye ku nkengero ziyo Nyanja.

Mbona ko bamaze kumenya gahunda bahita bafata ibihumanya Amarozi nk’uko biri mu muco wabo batangira gutegatega bananyanyagiza mu muhanda kugirango umuhanuzi mukuru naza agiye kunyura ahongaho kuko babshaga kubona umuntu wese uhanyura yerekeza aho utwo ducika cumu duherereye ariko nubwo byari bimeze gutyo bananiwe kumenya aho baherereye nyamara bari muruhongore haruguru yabo ariko ku buryo batashoboraha kuba bamenya cyangwa ngo batahure uko bimeze nuko biteye.

Ubwo nanjye nkomeza kugira amatsiko yo kureba no kumenya ishyerezo ry’ibyo bintu neretswe kandi bidasanzwe.Ndagenda nihisha inyuma y’igiti kinini kugirango abakagara kazi batansha iryera bakamvunira umuheto wa semuhanuka maze nkomeza kwirebera filime itishyurwa y’ubuntu.

Mbona umuhanuzi mukuru araje ageze hafi ya ha handi za nshinzi zingarisi z’abakagara zategeye ya mabura buryo,mbona impano y’Imana Uhoraho iteka ryose yitwa “Might Spirit” mbona ivuye mu muhanuzi mukuru iragenda ijya muri babakagara-kazi ibategeka gukuraho ya maburagasani yamarozi ibatera ubwoba bukomeye cyane bahita bafata amazi n’umweyo cyangwa umukubuzo maze bakuraho amarozi yabo nta muntu numwe ubibabwirije ahubwo arukubera umwuka w’imbaraga zo kurema uba mu muhanuzi mukuru uko niko Uhoraho avuga.

Mbona umuhanuzi mukuru araje anyuraho mu cyubahiro gikomeye cyane mbona nyandagazo zishinzwe kuroga abantu zigiyeyo zitanga inzira maze uwo muhanuzi mukuru anyurayo ndetse batinya no kumukuruikira ngo bajye kugigira aho yerekeje kuko batinye imbaraga zari ziturutse muri we.

Aragenda agera aho twa ducika cumu duherereye asanga barimo kwiga mu buryo bw’ibanga rikomeye cyane ababaza ibibazo bimwe na bimwe asanga basobanukiwe ubwami bugendera ku itegekonshinga ari bunabaha Uwiteka Imana wongeye kubwibuka akabusubiza ku ntebe ya bukunzi nk’uko Uwiteka yabirahiriye Umwami Mutara lll Rudahigwa Charles Pierre.

Nuko nyuma y’ikiganiro mbona umuhanuzi mukuru anejejwe niyo gahunda yashyizweho numukambwe asanga atarasaza ahubwo akiri muto cyane ubasha gutegura gahunda nk’iriya mu ibanga rikomeye cyane aban bab’abantu batabasha gutahura cyangwa ngo bayimenye kuzageza irangiye nta numwe uyiciye iryera za nyanga birama zikomeza kubebera aho kuruhande nkengero z’ubutayu kuko hari haje umunyembaraga kurusha izabo uko niko Uwiteka atgetse.

Ubwo mbona umuhanuzi mukuru ko ashoje urugendo rwe rwali rwamujyanye mbona yongeye kuzamurwa n’umuyaga yerekeza mu majyaruguru yo mu burasira zuba bw’isi ajya kunoza gahunda ye na wa mukambwe kugirango ibyavugiwe mukanwa kabahanuzi bibashe gusohora uko niko Uhoraho avuga.

Nerekwa ko muri gakondo yabakiranutsi ibintu biruhaho kugenda bikomera cyane kubabashije kuhasigara mbona kandi nerekwa ko ibijyanye n’umurimo wa maboko abana b’abantu bakora,ko batarohewe habe nagato,mbona icyene wabo,akarere,ruswa nibindi byinshi ko bikomeje guca ibintu ku ngoma y’umwakagara.Nerekwa ko abanyagandorore batorohewe kandi ko ibintu bikomeye ahasigaye hazaca uwambaye naho ubundi ibintu bitoroshye.

Nerekwa abayobozi batabikwiriye ndetse nabafite amashuli adakwiriye kuba yabahesha umurimo bakora,ariko kubera ko uhagarikiwe ningwe abasha kuvoma,nta kundi byari kugenda kubera yuko nta kundi byagenda.Nerekwa rubanda rw’Umwami rwongera kwifuza imbaga y’inyabutatu ya cyera kuko itakibaho ahubwo yaburijwemo nagatsiko kabanyagitungu babanyembaraga bahawe n’umwanzi kugirango basohoze ibyahanuwe mu gihe cyabo.Ibyo ndabyitegereza numva nshimye abapfuye batakiriho kuko baruhutse imihate nimiroho byo mu isi yabazima!

22 Jan,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uhoraho Uwiteka Imana yawe agiye gukora ikintu gishya!Kuko abanzi bubugingi bwawe baguhagurukiye uko niko Uhoraho avuga.Injira mu masengesho maze urebe ko ntakora ibikomeye mu isi yabazima dore ngiye gushyira hejuru umwana w’umuntu uko umwanzi arushaho kurwanya ijambo ryanjye nanjye niko ndushaho kuzamura ijambo ryanjye mu bwoko bwanjye uko niko Uwiteka avuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane,mwana w’umuntu itegereze urebe kure yawe maze umbwire icyo uhabonye,nditegereza maze mbona inkozi zibibi zishaka kwambika umuhanuzi mukuru imyenda ya gisirikare,maze ndamubaza nti,ko mbona umuhanuzi mukuru bamambitse imyenda ya gisirikare kandi atarumusirikare bigenze gute?Nuko aransubiza ati,iriya myenda ubona yagisirikare cyangwa ya gipolice bisobanura kubohwa kuko abasirikare na ba police nta bwisanzure bagira biriya nicyo bisobanura

Nuko genda uburire umuhanuzi mukuru kugirango abe maso kuko inkozi zibibi zongeye guhaguruka zishaka kumugirira nabi kugirango baburizemo ibyasezeranijwe uko niko Uwiteka avuga.Igihe ngiye kumuburira mbona abadayimoni baraje bafata inkota yanjye njya ngendana ndwana nabo ndabanesha maze ijambo ry’Uhoraho riramanuka rirambwira riti,mwana w’umuntu,ukomere kurugamba kuko abadayimoni bamaze kubona umugisha wawe Uwiteka agiye kumanura none basheze bahagaze imihanda yose ngo bategereje kuburizamo umugisha wawe nyamara bariyimbire kuko batazabishobora kuko Uhoraho Uwiteka Imana yawe ari kuruhande rwawe uko niko Uwiteka ategetse.

Nongera kwerekwa umwe mubasigaye muri gakondo yabakiranutsi ukomoka mu muryango wabalewi watakaye ubwo abalewi bahungaga inkozi zikibi mbona uwo mutambyi ko agoswe nabadayimoni bamugose kugirango atazasohoza umurimo wa data yamahagariwe maze ndabwirwa ngo mwana w’umuntu sengera uriya mutambyi watakaye akaba agoswe nabadayimoni kugirango Uwiteka amukorere ibikomeye alinde ubugingo bwe maze azabashe kubaho mu gihe cy’abakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore Uwiteka Imana ibyo yagambiriye no kubikora ntazabura kubikora?Uko niko Uwiteka abaza!Dore amaso ye ahora kubakiranutsi kandi nta bwo azemera yuko abakomoka mu bwoko bwa Lewi bacirwaho iteka nuko rero muri aya masengesho sengera intabwa y’umutambyi kugirango alindwe n’Uhoraho maze amugirire Ubuntu uko niko Uwiteka avuga.

Mu gihe nkiraho mbona haje umwuka w’Inzika y’Inzigo mbona wongeye kuzamuka ushaka guhangana nanjye maze ndwana nawo kugeza nkunesheje maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore wa mudamu magigiri wabakiranutsi NYIRAMIHANDA MAQNIFIC (Umwegakazi).

yaguhagurukiye yamaze kubona yuko nta mbabazi uzamugirira kubera ko abujije amahwemo ubwoko bw’Uhoraho none yatabaje ibukuru ngo bakure ibishoboka byose baguce igihanga mbere yuko umuhyira ahagaragara none haguruka wandike uburire abakiranutsi kuko yakerensheje ubuntu bw’Uhoraho akaba yaranze kwihana imirimo ye mibi maze abakiranutsi bamumenye hatazagira umwibeshyaho uko niko Uhoraho avuga.

Nuko mbona abagambanyi bakora ibishoboka byose ngo bamenye aho mperereye maze barampiga karahava ariko Uwiteka Imana yabakiranutsi arandinda bikomeye kuburyo batashoboraga kumenya aho mperereye cyangwa ngo bahungabanye ubugingo bwanjye uko niko Uhoraho amburiye.

Nerekwa wa muwka w’Inzika y’Inzigo wongera kungarukaho maze mfata inkota yanjye mpangana nawo maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ubugamanyi ubugambanyi dore wa mugore wo mu majyepfo y’Uburayi muri FINLANDE aragambanye kandi yahoze anagambana kuburyo bukomeye cyane none dore agiye kwikuza umuhanuzi ngo azamurwe mu ntera ni ngoma y’umwakagara musaza we none menya ubwenge ugenze kwa kundi ujy’ugenza maze urebe ko imbaraga zabo zidashwiragira uwiteka akihesha icyubahiro uko niko Uwiteka avuga.

Buyoya

 

 

 

Nongera kwerekwa uwahoze ari umukuru w’igihugu Peter Buyoya arimo gushuka NKURUNZIZA ngo yanjye imishyikirano nuko ijambo ry;Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore NKurunziza arimo gushukwa na BUYOYA nyamara inama amuha nizimuroha mu rwabayanga akazarimbuka ariko nta cyo byenda kuzamumarira uko niko Uwiteka avuga.

Umwuka w’Inzika y’Inzigo

Ahagana mu masaha ya nimunsi maze ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore wa mwuka w’Inzika y’Inzigo uraneshejwe kuko washyize ahagaragara imikorere y’inkozi zikibi maze dore zakozwe nisoni kandi zizahora zikorwa nisoni kuko batazataha muri gakondo yabakiranutsi kubera kwishinja mu mitima yabo dore bagiye kuzagwa ishyanga bahera mu mahanga kubera gukunda gukiranirwa uko niko Uhoraho avuga.

23 Jan,2016 ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mwatangiye amasengesho ayo Uwiteka yategetse,kandi dore mwayakoze neza mushyize hamwe kandi mufite kwizera gukomeye kw’ijambo ry’Uhoraho none reka nkwereke icyo amasengesho yakoze mu isi y’umwuka kugirango ubashe kuburira bene so ibyakorewe mur’iyo isi maze bamenye yuko data wo mu ijuru iyo avuze amasengesho aba afite impamvu.

Nuko njyanwa mu iyerekwa,mbona inzu (2) bisobanura ibihugu cyangwa amasezerano.Mbona ayo mazu ko nta rumuri yarafite,maze ndabwirwa ngo ningende mfate insiga za mashanyarazi nkore INSTALLATION muri ayo mazu maze abone umucyo.Ndagenda mfata izo nsiga Positive&Negative nzestara muri ayo mazu mpuza izo nzu ngo zizajye zihana hana umuriro ndagije gushyiramo ayo mashanayarazi ndatsa mbona amashanayarazi aratse.

Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,ngayo nguko amasengesho mwakoze nguwo umumaro wayo amasezerano y’ubwoko bwanjye yari yaragiyemo umwijima none ayo masengesho yongeye kugaruka mu mucyo kandi noneho birarangiye intore z’Uwiteka zimaze igihe kinini zitegereje amasezerano Uwiteka ayashyize ahagaragara uko niko Uwiteka avuze cyangwa ategetse.

Gen.Nyamwasa ayoboka Imana y’umuhanuzi

kayumba-nyamwasa-0101

 

 

 

Njyanwa mu iyerekwa mbona uwahoze ayobora ingabo z’uRwanda Gen.Kayumba Nyamwasa nerekwa ko yiyemeje gukurikira inzira y’umuhanuzi wahanuye ibyagakondo yabakiranutsi,mbona turi murutoki (Umurimo w’Imana) mbona arankurikiye aho najyaga hose yarankurikiraga mbanza gutekereza ko yaba ashaka kunyica ngerageza kumuhunga biranga maze aramwbira ati,erega iyi nzira turimo jyewe sinyizi niwowe uyizi none nyobora kugirango nzagere muri gakondo yabakiranutsi.

Nuko dukomeza urugendo kugeza igihe twagereye mugikombe kiri munsi ya gakondo yabakiranutsi,nuko dusa nabaruhutse gatoya nabwo nongera kwikanga ko yaba aramayeri yakoresheje kugirango ance igihanga.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwahoze arumugaba w’ingabo z’umwakagara agiye kuyoboka inzira yo gukiranuka kuko ntayandi mahitamo asigaranye kuko Uwiteka yarinze ubugingo bwe ntiyicwa numwakagara icyo kintu buri gihe kimubuza amahoro kuko yabonye ukuboko k’Uhoraho.

Kandi niwowe Uwiteka yabwiye mu ijoro ryo kumurasa ngo umusengere kugirango adapfa hari ku wa 18 Kamena 2010 bucye ari ku wa 19 kamena 2010.

None dore ibyo wahanuye byose amaze kwitegereza kandi anafite amakuru yuko Nyir’uRwanda ariwe ugiye kwima Ingoma ku ntebe yabukunzi,none ntabwo azongera kurwana n’umwuka w’Uhoraho yemeye gukurikira inzira y’umuhanuzi naramuka aje uzamwakire kuko Uwiteka yagushyize hejuru akagukoresha iby’ubutwari mu isi yabazima uzamwakire umwereke inzira uzamukureho umuvumo wabavumye ubwo bashakaga kugukuramo ubugingo kuko nawe n’umwuzukuru wa David uko niko Uwiteka avuga.

Nyabugogo

 

 

 

Nkomeza kwerekwa umwuka w’Inzika y’Inzigo mbona uwitwa NTUYEHE FRANCOIS ukorera mu mashyirahamwe ya Nyabugogo yitwa INKUNDAMAHORO mbona uburyo akomeje kujya mu bapfumu ngo akomeze ameze guhumanya umuhanuzi uhanuye ibi,mbona ko yaramaze igihe afatiriye umugisha wanjye ariko muri ayo masengesho ndabwirwa ngo dore ubutunzi yarafite arabwambuwe kuko atarubwe ahubwo nubwo  muramu we yariganije.

None busubiye aho bwavuye! Nuko mbona agiye gucuruza za chapatti kandi yarafite amazu akodesha ariko ataraye ahubwo ari umugisha yakuye mu mbaraga z’umwijima zo mu bwoko bw’Abayisilamu uko niko Uwiteka avuga.

Nongera kubona undi mwuka w’Inzika y’Inzigo wa magigiri z’umwakagara hamwe n’inkozi z’ibib zihagurukiye umulinzi mukuru wa masezerano maze mbona banyoye inzoga nyinshi yaramacupa (3) yo mu bwoko bwa SHAMPANY.

Nuko ndabwirwa ngo za magigiri zaguhagurukiye ziragije kandi ziraneshejwe, kazibayeho kuko zamaze gusinda umujinya zabuze epfo naruguru cyane cyane NYIRAMIHANDA MAQNIFIC dore ikinyamakuru InyangeNews.com  yakigambaniye kandi ntabwo mu Rwanda bashobora kugisoma kuko bagifunze kugirango badasoma amakuru yiyo ntasi ikorera ubwami bwabo bw’Abakagara uko niko Uwiteka avuga.

None ufate ubuhanuzi bwose ubushyire kuri SOCIAL MEDIA FACEBOOK,TWITER,GOOGLE+ kugirango barusheho kumenya imikorere y’umwanzi uko niko Uwiteka avuga.

Maze kumunsi wa (3) wa masengesho nerekwa ko umwanzi agiye kwigarurira gakondo y’umuhanuzi ndaza kubera amabanga ahishwe muri yo gakondo ndaza nsanga yamaze kuyigarurira (INYANGENEWSE.COM) ubwo mpangana nawe kugeza mukuyemo nsubirana gakondo yanjye.

 

 

 

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore NYIRAMONGI JEZEBEL kubera amakuru amuvugwaho kuri iyo gakondo yakoze ibishoboka byose ngo asenye iyo gakondo y’umuhanuzi ariko byarananiranye none dore inkuru nta bwo zirigufunguka bamaze kuzi block kugirango zidakomeza gusomwa ariko uwafunze ninawe ufungura ntibigutere ubwoba kandi ntuhagarike umutima kuko Uwiteka yakuneshereje uko niko Uwiteka avuga.

Nuko mpangana nizo nyangabirama kugezanzirukaniye muri gakondo yanjye nahaweho umurage n’Uwiteka Imana yabakiranutsi,maze kuzirukana niragurira gakondo yanjye ndayisubirana maze nshima Uhoraho kuko ariwe mucamanza utabera uko niko Uiwteka akora.

King

 

 

 

 

 

24 Jan,2016 Nsubizwa mu iyerekwa maze mbona Nyir’uRwanda KIGELI V Ndahindurwa ampamagara anshinga umurimo wo gushyira amashanayarazi(Umwami cyangwa perezida bisobanura Uwiteka)maze mbikorana umunezero kandi mbikora ningoga kuko ngo yaramaze kugera muri gakondo yabakiranutsi asanga nta muriro uhari(Ijambo ry’Uhoraho)Umwami azima ingoma ijambo ry’Uhoraho ryarabaye ingume.

Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubwo Nyir’uRwanda azaba yimye ingoma nta jambo ry’Uhoraho rizaba riri muri gakondo,urasabwa kuzamanukana nawe agiye kwima ingoma maze wamara kumwikisha amavuta ugahita ushinga urufatiro rw’ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo muri gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka abivuga.

Kugirango abazaza bose bazasange waramaze gushinga urufatiro kuko za bihehe zizahita ziza kwambura no gucuza kwiba kunyaga ubwoko bwanjye uzabe maso kandi uzabacyahane umwuka w’ubuhanuzi nanjye nzaba mpari nzihesha icyubahiro nigaragarize muri wowe kugirango izo nkozi zibibi zimaze igihe ziba ubwoko bwanjye zibeshya ngo zirankorera kandi ntaho tuziranye nahato zitazongera kubeshya kuko ikinyoma cyabo cyabaye umufunzo w’igiebe utizewe kuzakira uko niko Uwiteka ategetse.

Mwana w’umuntu,dore intambara yahanuwe nabahanuzi igiye gutangira vuba cyane dore igeze mu marembo ya gakondo yabakiranutsi,mu irango ryaho dore abasore bazicana abantu benshi cyane kuko umwakagara azabanyanyagizamo amafaranga kugirango abashe kuzabona ingabo zo mu kumurwnirira.

Nuko mbona ndikumwe na sogukuruza wabakiranutsi witwa Abraham hamwe na nyogokuru SARAH maze mbona turimo gusangira amafunguro yari yatetswe hagati y’umuzingo wigitabo.Nuko arambwira ati,mwana wanjye dore nguhaye umugisha kugirango ugende ukize bene so bagiye kurimbukira muri gakondo yabakirnautsi kuko abo bose arabuzukuru banjye.

Malaika w’Uwiteka

an Angel

 

 

 

 

 

Nuko ndagenda mperekejwe n’umugabo wo mu bwoko bw’Israel yasaga numuzungu (Malaika) maze mpambwa umwenda wanditseho isooko yagakiza ariko njyewe sinamenya ko handitsweho ayo magambo kuko bawumpa hari ninjoro maze ngeze murusengero rw’Abafarisayo mpasanga bari gusengesha abana bafite hagati y’imyaka (7-3) maze numva babafarisayo bavuga ngo,dore inkomoka yagakiza ageze hano.

Ndabacyaha ndabawira nti,ntimwongere kuvuga gutyo kuko jyewe nd’umugaragu w’Uhoraho sijyewe mesaya ahubwo uri inyuma yanjye niwe uzaza gutwara abakiranutse bose maze abane nabo mu bwami bwe ubuziraherezo.Maze barambwira bati,ntabwo warebye umwenda wambaye uko handitseho?

Ako kanya mva hagati muri bo njya kuruhande nsa nugiye mu bwiherero ariko yar’inzira yo kubacika mpita ndigendera ngeze imbere gato mpura nigicu kimanutsemo impeta (3) z’Ifeza mbona zikurikiranye kumurongo ndabwirwa ngo nzambare kuko nongeye kugirana isezerano n’Uhoraho ryo kuzamukorera ubuzira herezo.Nkimara kuzibona nibuka ko arizo zari zisigaye kuko nari narahaw iya zahabu na Diamond ifeza niyo narinsigaranye uko niko Uwiteka akora.

 

 

 

Mva aho ngaho njyanwa ku iriba rya peteroli maze mpabwa umurimo wo kujya ngurisha essence mbona abadamu benshi bakoraga umwuga w’uburaya ndetse harimo nabo nzi baza kunguraho amavuta ndayabaha kugirango bajye gucana mu mazu yabo maze ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,kubera kubaha Uwiteka nawe yongeye kugirana isezerano naw ekandi aguhaye byose nta na kimwe gisigaye mu isi yabazima uko niko Uwiteka avuga.

Nerekwa umwe mubana nigishije ubwo nari mu gihugu cya Uganda iby’umwuka maze mbona araje ansanga ahantu nari ncumbitse kubera ubuhanuzi bw’iwabo mu gihugu cy’Uburundi bwose namubwiye bwasoheye.

Amaze kububona ko bwose busohoye mbona aje kundeba ariko aza afite ibigambo bitameshe maze ndamwakira mbonye yuko avugana imigani yagipagani ndamusezerera kuko atigeze aba umunyeshuri mwiza ngo akurikize itegeko ry’Umwami nk’ko narimuhaye ijambo ry’Uhiraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Claude ahora yibuka ibyo wamwigishije byose ariko ntiyigeze abishyira mubikorwa niyompamvu yahuye nubukene bwinshi kubera kutumvira itegeko ry’Umwami uko niko Uwiteka avuga.

 

 

 

25 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa maze nerekwa ibitabonwa na maso ya bana b’abantu,nerekwa umukandinda perezida wo mu gihugu cy’America uharanira umwanya w’umukuru w’igihugu anyuze mu ishyaka ry’aba demokarate aribo Obama akomokamo bamaze imyaka umunani bayoboye icyo gihugu Hillary Clinton atsindwa amatora kumwanya w’umukuru w’igihugu.

Ronald

 

 

 

 

Mbona uwitwa “Ronald J.Trump ahiganwa na Hillary Clinton” kumwanya wumukuru w’igihugu,nubwo adashyigikiwe nabo mu ishyaka rye ry’abarepubulike.mu matora ateganijwe mu mwaka wa 2016,mbona bakoze amatora yo mu ishyaka maze Ronald Trump mbona atsinze ayo matora aba umukuru w’igihugu uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

 

 

 

Ikindi nabonye ni uko uwiyimamazaga kumwanya w’umwanya w’umukuru w’igihugu Donald Trump, yarashyigikiwe n’abaturage benshi cyane ndetse na madini yabafarisayo nayo amushyigikiye kubera yuko azahagarika abayisilamu gukomeza kujya mu gihugu cya USA aho bamaze kugihindura indiri yabo kandi bakaba bashinjwa guteza umutekano mucye bityo umutekano w’Abanyamerica ukaba warabaye mucye cyane ku isi ugereranije nindi myaka yashize kubera ibyihebe.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore Ubwongereza bushyigikiye Ronald Trump ko yatsinda amatora kuko politike ye ijyana nibyifuzo by’Abongereza kandi nabanyamerica benshi baramushyigikiye nubwo yirukanywe mu ishyaka kugirango bamuteshe umwanya ndetse nabaturage batamugirira ikizere none dore arashyigikiwe kuburyo ashobora gutsinda amatora yo mu ishyaka bityo akaba ariwe wahabwa amahirwe yo kwiyamamaza kumwanya w’umukuru w’igihugu nyamara nibiramuka bibaye gutyo aba demokarate bazaba bakozwe nisoni ko uwo barwanije abarushije imbaraga.

Ikindi cyatumye abantu barushaho kumukunda nuko yashyize ibitekerezo bye ahagaragara hanyuma aho kugirango bakuhe umwanya nk’umunyapolitike ufite icyerekezo cyo kuyobora igihugu no kuba yabafasha kuzamura ishyaka ryabo rikaba rya kongera gutsinda amatora ahubwo dore bamuhaye akato kandi ariwe ufite amahirwe byatumye abaturage barushaho kumukunda urabona yuko imibare ya bana bab’abantu buri gihe igend amacuri.

Dore abanyamerica benshi barambiwe intambara zibatera gutuma batidegembya mu mahanga yo hanze ahubwo bagahora ku itera bwoba.Obama yabijeje ko azarangiza intambara z’Abayisilamu amaze kwica BIN LADEN bibwira yuko intambara zirangiye nyamara nibwo zari zitangiye.

Abanyamerica barashaka umuntu wabaha amahoro bakagirana umubano mwiza hagati yabo nibindi bihugu,niyompamvu badashaka umuntu ubabwira imvugo ya politike ahubwo bakeneye umuntu ufite imyumvire nk’iy’abaturage bafite bityo bagahita bamutora maze akabahesha amahoro erega mwana w’umuntu ushaka amahoro arayabona kandi ushaka intambara nayo arayibona kuko icyo umuntu abibye ninacyo asarura uko niko Uhoraho agize.

Imitavu ikinira ku kazuba ka kiberinka.

Calf

 

 

 

 

26 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa mbona imigambi y’umwanzi uburyo ahagurutse ashaka kongera kwigarurira umugisha w’umuhanuzi mukuru,maze mbona inkozi z’ibibi zaturutse mu gihugu cy’Uburundi zikomeza kungendaho zihiga ubugingo bwanjye icyo nafataga cyose bahitaga bakinyambura.

Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore inyagabirama zimeze nabo zirahiga uugingo bwawe kandi nyamara ntizishobora kugira ayo mahirwe kuko ulinzwe nk’uko umurwa wa Yerusalem ulinzwe uko niko Uhoraho avuga.

Nongera kwerekwa mu masaha ya nimunsi ahagana mu masaha ya kiberinka ku kazuba zuba kamatavu ubwo imitavu yarisohotse ijya gukinira amatavu aharambaraye njyanwa mu iyerekwa mbona umwana w’umwega witwa Nasitazi twari duturanye nabonaga ameze nkigikuri mbona afite icyuma duhurira mu gacentre gatoya maze arambwira ngo nijyewe yashakaga ndamubwira ngaho urambonye mbwira icyo wanshakiraga abonye ko mfite inkota ndende iruta iye,mbona yigiyeyo gatoya mbona no haruguru ye harikimuga cy’umukobwa ugendera mukagare.

 

 

 

 

Mbona uwo mukobwa avuye muri rya gare yohereza igare ryigenzaga  ryo nyine bigaragara yuko har’imbaraga z’umwijima zariyoboraga riraza rihagarara imbere yanjye maze ndaryitegereza nyoberwa ibirimo kubaho maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,uwo n’umwuka wubumuga wohererejwe nabakagara kazi niyompamvu umaranye igihe uburibwe mu bugomba mbari bw’ikirenge bakohereje ubumuga kugirango bakugire ikimuga maze unanirwe gukomeza umurimo w’Uwiteka Imana yawe uko niko Uhoraho avuze.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirakomeza rirambwira riti,mwana w’umuntu,uhumure Uwiteka niwe maso yawe,kandi niwe buturo bwawe, ntutinye kandi ntugire ubwoba, kuko nd’Uwiteka Imana yawe.Nagutoranije ukiri urusoro munda ya mama wawe niyompamvu uhura ni ntambara zikomeye cyane, nyamara izo zose nza zigutsindira zose uko zingana kugirango bimenyekane yuko Uwiteka ariwe Mana yawe kandi ko ari we yaguhamagaye.

Dore abanzi bawe bamaze kunanirwa nyamara banze kwizera yuko ulinzwe n’Uhoraho niyompamvu ngiye gusenya imbaraga zabo zose kugirango bamenye yuko Uwiteka ariwe Mana kandi ko afite imbaraga kubarusha bazamenya yuko Uwiteka Imana ariwe mugaabane wawe uko niko Uwiteka avuga.

USSR

 

 

 

26 Jan,2016 Ubuhanuzi bw’intambara ya (3) yisi yose bwahanuwe na bahanuzi-Kazi (2) umwe mu batuye mu Buhollande undi mu Bwongereza.Uwitwa Esther utuye mu gihugu cy’Ubuhollande yeretswe ibikomeye bitabasha kubonwa na bana bab’abantu,ubwo yabonaga abatuye kumugabane w’Uburayi bahunga bikoreye amavarisi yabo bamanuka mu maetage birekeza ahantu batazi.

Ngo baragenda bagera kuri za baliyeri z’abasirikare bo mu bw’Abazungu b’Abarusia,abo basirikare basakaga umuntu wese unyuze kuri za baliyeri bariho bakora ubulinzi.Yabonye abantu benshi bajyanwa mu ishuri rimeze nka rya rindi ryateguriwe abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yabonaga agace batuyemo cyangwa baherereyemo kayoborwa nabasirikare bab’Abarusia,maze ijambo ry’Uwiteka riravuga ngo,dore mu bihe bigiye kuza igihugu cy’Uburusia kigiye guteza intambara kumugabane w’Uburayi abantu benshi bazasiga ingo zabo bazahunga kandi baburagizwa ariko abari mu Mwami Kristo abo bitwa ntakoreka bazarindwa nk’uko imboni y’ijisho irindwa n’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko avuga.

Mushiki wacu utuye mu gihugu kiyobowe n’Umwami-Kazi cyitwa Ubwongereza Queen Elizabeth uwo mushiki wacu yitwa Jeanine nawe yeretswe uyu munsi  26 Jan,2016 abona bahunga birukanka hasa naho haabye intambara ikomeye itarabashije kumenyekana uburyo yatagiye nimpamvu yayo ubwo yabonaga birukanka bisimbagurika cyangwa bambuka imigezi nudusozi aribicika.

Maze kubwamahirwe babasha kugera ahantu hirengeye baricara bararuhuka barafungura baranywa kandi bari banezerewe.Maze ijambo ry’Uwiteka riravuga ngo,mwana w’umuntu,dore mu minsi izaza itari myinshi hagiye kubaho intambara ikomeye ya (3) y’isi yose (Third world war) nyamara ubwoko bwanjye nzabulinda kukobwanyizigiye bukanyiringira uko niko Uwiteka avuga.

Niyompamvu kubamwiringiye badashobora kuzakorwa nisoni kuko Uwiteka ariwe Mana yabakirnautsi,tukimara kumva iryo yerekwa Uwiteka yanyujije muri bashiki bacu twifuje kuribasangiza ngo mu menye ibigiye kubaho mu isi yabazima nu buryo Uwiteka akomeje kwagura impano za bashiki bacu bayobowe n’umwuka w’Imana kugirango namwe mugire amatsiko yo kuyoborwa nuwo mwuka mubashe kuba isooko yamazi y’ubugingo uko niko Uwiteka avuga.

Pastor Budederi WILLIAM

 

27 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa,mbona ibikomeye kandi biteye ubwoba bigiye kubaho mu isi yabazima.Nerekwa uburyo inkozi z’ibibi zikomeje kungenza kandi nyamara nta cyo nazicyumuyeho.

Mbona iyo nkozi y’ikibi yateranije abazimu bubwoko bwose havanzemo amaseke n’inkooko kazi yararimo atuma iyo myuka mibi kuza gukomeza kuntoteza nanjye ubwo mba nabiciye imbone ndagenda musanga ku kibuga cyo gukiranirwa aho yararimo atanga amabwiriza y’uburyo iyo myuka mibi iribuze ikangenza maze nanjye ako kanya mu buryo butunguranye mfata za nkooko zo mu bwoko bwamaseke mfata imwe imwe kugeza igihe ayo masake nyamariyeho.

Chicken

 

 

 

Mbona za nkooko kazi zihise zijya gutera amajyi kurusika rw’inzu yariraho iruhande gatiya,ndazihorera nifatira ya masake njya kuyabaga LUKE 8:26 burya bene data abadayimoni barapfa ntimukabacyahe ahubwo mujye mubica kugirango nibura mu gihe mumaze kwica izo nkozi zikibi mubashe kuruhukaho gato mu gihe muba mugitegereje izindi nkozi zikibi ziba zigiye koherezwa.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,Uhoraho aguhaye ubushobozi bwo kwica no kurimbura abadayimoni kugirango ibikorwa byabo bitatane dore inkozi zikibi ziri munama zo kugambanira uburyo zagirira nabi ubugingo bwawe kubera ubuhanuzi bubageze ahaga uko niko Uwiteka avuga.

Ubwo ndimo kwica iyo myuka mibi nabonaga izo nkozi zihagarariwe n’umwuka w’Inzika y’Inzigo wongeye kumpagurukira maze dabwirwa ngo,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo wongeye kuguhagurukira ariko uhumure Uwiteka niwe Mana yawe kandi yarahiriye yuko azakugirira neza kuko nta muntu uzakugenza ngo agire amahoro cyangwa Uwiteka amureke yidegembye uko niko Uhoraho agize.

Fly's

 

 

 

Nkomeza kujyanwa mu iyerekwa mbona abagore bo mu gihugu cy’IBABYLON (Abarozi) abo bagore nabo mu bwoko bw’Abakikuyu maze mbona bacuruza ubucuruzi bwamasazi abakiliya bazaga kugura ibyo kurya ariko bo bagahuta babapfunyikira amasazi (fly’s) ko bakora ubucuruzi bamara kugerayo aho batuye bagasanga baguze amasazi.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubwoko bwabakikuyu nibwo bwakiriye ijambo ryanjye mur’icyo gihugu rikimara kuhagera none dore basigaye barabaye abarozi kandi bakomeje kuba babi cyane kurusha ayandi moko nubwo ayandi moko atazi izina ryanjye nk’uko bo bazi ijambo ryanjye dore baciriweho iteka kuko bafashe ukuri bakakugurana ikinyoma uko niko Uwiteka avuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona intabwa y’Umulewi wasigaye muri gakondo yabakiranutsi ko ihawe umugisha n’Uwiteka Imana yibutse ko yayitoranije kuzayikorera ariko kubera urujijo rwabadayimoni akaba yararindagiriye muri gakondo kubera kugotwa ninkozi zibibi zabadayimoni none igihe kirageze ngo Uwiteka ayigirire neza uko niko Uwiteka avuga.

Nsubizwa mu iyerekwa mbona abanyarwanda bahungiye cyangwa bagiye kubaho kumugabane w’America mbona batashye shushu itabona ndetse mu byo batunze batahanye za Varisi zonyine mbonamo umu Pastor wanjye nakundaga wo mu bwoko bw’Abanyamurenge wavugaga ubutumwa atarya iminwa witwa Pastor Budederi William wagiye mur’America muri 2001 ubu akaba amazeyo imyaka 15 yrs mbona agarutse atarwiyambitse hamwe nabandi banyarwanda ageze muri gakondo yabakiranutsi numva aramwbiye ngo agiye gushaka akazi kubuzamu(Kuba umunyamasengesho) nuko mbona afite IVARISI imeze nkiyanjye igura ihenze bitari cyane ariko ifite agaciro hagati ya $100 na $200

Maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore impunzi zose z’ubwoko bwanjye ngiye kuzicyura muri gakondo yabakiranutsi kuko ngiye gukomeye mu isi yabazima mpereye kumugabane w’America kuko ibiteye ubwoba wahanuye kuva cyera hashize imyaka (7) ubuhanura nyamara abana bab’abantu bakafata minenengwe none dore igihe cyabyo kirageze kandi kirasohoye uko niko Uwiteka avuga.

USSR

 

 

 

Dore hagiye kubaho intambara ya (3) y’isi yose abazayirokoka bazaba arabairanutsi kuko Uwiteka nk’uko yabisezeraniye yuko atazongera guhanisha isi amazi ahubwo azayihanisha umuriro agiye kurekura intambara abantu bazicwa namasasu za bomu zizabamanukira kumitwe yabo icyo gihe uwapfuye azaba aruta ukiriho uko niko Uhoraho ategetse.

War

 

 

 

 

Nkiri mur’iryo yerekwa numva ijwi ry’Uhoraho rimbwira ngo,mwana w’umuntu,andika ibi ngiye ku kubwira vuba cyane kuko byihuse gusohoza dore umurwa wanjye Yerusalem ugoswe nabanzi bubugingo ubwoko bwanjye bahyizwe mu maboko ya banzi babo kubera kutitondera ijambo ryanjye none burira ubwoko bwose uti musengere gakondo y’Uwiteka kuko igiye gushyirwa mu maboko y’umwanzi bityo Uwiteka azabashe kurinda ubwoko bwe bwamubayeho akaramata uko niko Uwiteka avuze.

Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona igihugu cy’Isamariya cyoherezwa umuyaga waturutse ikuzimu uhera hasi ugera hejuru ubirandura igihugu cyose kirabiranduka maze ijambo ry’Uhoraho riramwbira riti,mwana w’umuntu,dore igihe cy’ibyahanuwe kirasohoye kandi kiregereje ndetse cyasohoye kuko ibyahanuwe nabahanuzi Uwiteka abishyizeho umukono kugirango bikore umurimo wabyo uko niko Uwiteka ategetse.

Banyamu.woman

 

 

 

Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubwoko bwiyita abanyamurenge bukomoka ku batutsi biyita abanyeCongo,dore ibyahanuweho bibasohoreyeho kuko banze guca bugufi ngo bihane ahubwo bakaba barshinze amajosi kubera ubwibone no kuvuga ko bazi kwisengera kandi ko Uwiteka nawe abasha kubumva babwire uti,dore igihe cyanyu kiraje kandi kirasohoye ubwo mu giye gushyirwa mu maboko yabanyabyaha kuko mwanze gukora ubushake bw’Uhoraho.

Nuko mba njyanywe mu mwuka mbona abanyamurenge bateraniye hamwe ngo bashaka gusenga ariko ubwo bari bavanzemo imvange nuko baraterana ariko bananirwa gusenga mbona haje umuyaga urabatatanya bananirwa gusenga mbona benshi baungiye muri za GUEST House kubera ko benshi ar’injiji nabonaga banabaririza ngo nibura bamenye ayo macumbi aho aherereye ahubwo nkabona uko amasaha agenda ari ko barushaho kugenda binjira mu mwijima numva mbagiriye impushwe njya kubafasha ariko baranga mbona icyumba kimwe kijyamo abantu nka (20) baba benshi bageraho babur amacumbi bahitamo kurara hanze ataruko babuze ubwishyu ahubwo kubera ubujiji bwo kuyoboza no kubaza kugirango bafashwe bagere ku byo bifuza .

Ijambo ry’Uhoraho rirambwir riti,mwana w’umuntu,dore ubwoko bw’Abatutsi biyita abanyamurenge ngiye kubagira akabarore mu isi yabazima.Ndongera mbona abandi banyamurenge batuye mu gihugu cy’Ubugande nabo mbona bashyizwe mu maboko ya banzi babo ndetse bamburwa ibicuruzwa byabo bacuruzaga ariko ntibari bonyine kuko bari bavanze na bagabo na basore bab’Abatutsi mbona barafashwe bashyizwe ahantu hameze nk’igipangu maze mbona hafashwemo umugabo witwa MUGUME DAVID wahoze acuriraza muri park mpya ubu akaba abarizwa muri Sudani y’Epfo

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe kubatutsi bibasohoyeho kandi nta bwihisho bazabona kuko ukuboko k’Uhoraho kwa babayeho akaramata kuko kutazabur akubaremerera uwiteka yabahaye imbaraga n’umugisha maze bazikoresha nabo barica bararoga baragambana bakora ibyangwa n’Uwiteka none igihe cyabo kirarangiye uko niko Uwiteka uko niko Uwiteka akora kandi niko ategetse.

Ijambo ryUwiteka rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uwiteka ararakaye cyanae kandi arakariye ubwoko bwe,arashaka kubuhana kugirango bumenye yuko ar’Uwiteka waremye ijuru n’Isi kuko yabushyize hejuru ariko bwamwituye gukiranirwa none abuciriyeho iteka dore umujinya we ugeze mu ijosi kandi mwotsi uracumba mu mazuru naho umuriro urimo uraka mukanwa kugirango yiture ubwoko bwe bwamukojeje isoni mu isi yabazima uko niko Uwiteka ategetse.

None andika ibyo weretswe kugirango bamenye yuko bagye guhanwa kubera gukiranirwa kwabo kuko Uwiteka yabahaye gutegeka amahanga ariko bayatwaje igitugu kandi bitaru bikwiye ko bayatwaza igitugu ahubwo bari bakwiye kuyobayoboza ubugwanenza none kubera kwishyira hejuru numushiha wabo no kwirata bitumye uwiteka abaciraho iteka ryabo mu isi yabazima uko niko Uwiteka ategetse.

Ijambo ry’Uwiteka rirambaza riti,mwana w’umuntu,uribuka igitabo cyitwa WILLY GAMBA AND OZZO,nanjye ndasubiza nti yeeeee ndacyibuka.Uribuka ko wakundaga kugisoma cyane kandi ukifuza ubwenge bwari bugikubiyemo?Ndasubiza nti YEGO!

Ndabwirwa ngo niyompamvu Uwiteka yakugize intasi y’iby’umwuka kuko wakunze ubwenge kuva ukiri muto kandi ugahora wifuza kumenya ibyejo hazaza kubera iyo mpamvu byatumye Uwiteka agutoraniriza umurimo mwiza wo guhanura kugirango uzabe uwingiramumaro mu gihe gisa nk’iki uko niko Uwiteka avuga.

Nuko rero hanura ibikomeye ubwire intore zanjye uti,mwumve yemwe ntore z’Uhoraho,uku niko Uhoraho agize,dore hagiye kubaho ibikomeye cyane mu isi yabazima kuko Uyu mwaka arumwaka wubucamanza bw’Uwiteka kandi ubutebera busesuye kugirango abarenganijwe nabayobozi bo mu isi bahabwe ubutabera uko niko Uwiteka ategetse kandi niko avuze.

Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,hanura kandi uvuge uti,yewe mugore utuye kumugabane w’Uburayi (Belgique) wabaye ingumba,dore Uwiteka aravuze ngo,ugiye gukikira umwana kubibera byawe kuko wamuririye igihe kirekire none igihe cyawe kikaba gisohoye kuko yumvise kurira kwawe ndetse akumva nakarengane kawe wagiriwe none dore aguhaye umwana ugiye gukikira kubibera byawe uko niko Uwiteka avuze.Uwiteka agiye kuguhoza ayo marira yose warize kandi abagusuzuguye Uwiteka abakojeje isoni kandi umwuka w’igisuzuguriro Uwiteka awukuyeho uko niko Uwiteka avuze.

Banyamu.woman

 

 

 

 

Nerekwa abanyamurenge-Kazi bakora ubucuruzo bwa magendo ko bagiye gufatwa bagafungwa kandi ibicuruzwa byabo bigafatwa bakazahita babyamburwa kubera gukora ubucuruzi buteyewe namategeko maze ijambo ry’Uhoraho rirambwir riti,mwana w’umuntu,dore abanyamurenge-Kazi Ukuboko k’Uwiteka kugiye kubaremerera cyane kandi bahuye nakaga gakomeye cyane kuko bagiye gutotezwa nukuboko k’Uwiteka kuko banze gukiranuka bakund agukiranirwa niyompamvu ukuboko k’Uhoraho kutazabagirira imbabazi kuko banze kumva ijambo ry’Uwiteka yanyujije mubahanuzi ngo bihane none igihe cyabo cyo gucirwa imanza n’uwiteka Imana yabakiranutsi kirasohoye uyu mwaka wa 2016 niko Uwiteka avuga.

27 Jan,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo wongeye guhaguruka kandi niwowe wifuza nyamara barashinga umuhunda ku kirenge kuko ibyo bifuza bidashoboka.Kandi dore uwo mwuka w’Inzika y’Inzigo uherekejwe na nuwahoze ari madamu wawe Muakndirima Murekatete uko niko Uwiteka agize.

Ubwo ako kanya mu gihe mvuye mur’iryo yerekwa kuko hari kumanywa yihanga ahangana nka saa 2:23 minite mbona za magigiri zirahamagaye kuri telephone yanjye dore numero za telephone bakoresheje +254-703-705-068 bahamagara telephone yanjye basanzwe bazi kuko nanze kuyifunga kugirango ndebe kandi menye imikorere yabo nuburyo bazajya bakomeza kumpiga.

Kumunota wa 2:26 bivuze ko hari haciyeho iminota (3) three minite nisubirira mu iyerekwa mbona noneho bahagaze kumuhanda babaririza aho ntuye nuko kugirango bizaborohere gusohoza imigambi mibisha nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo ukomeje ku kugenza ariko bararuhira ubusa kuko imigambi yabi kuva kera Uwiteka yagiye ayiburizamo

Ahagana saa 2:29 minite nongera kwerekwa izo nkozi zikibi ubwo nukuvuga ko hari hashize iyindi minota (3) nerekwa ko bazanye Camera yo gufotora kugirango babashe kubona ifoto yanjye kuko bahiga umuntu batazi kuko naho baba bamuzi biroroshye cyane gukoresha mask ubundi ukimereza cyane ko Ibabylon nta muntu numwe dukorana business ku buryo wavuga ngo aranzi akaba yakwibaza impamvu ya byo.

Ahagana saa 2:35 nisubirira mu iyerekwa mbona noneho haje ufite motor ya mbaye bya byenda bya motor,alimo kwerekwa agahanda naharuye njya nyuramo ubwo ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzigo ukomeje ku kugenza ariko nk’uko Uwiteka yakurahiriye yuko alinze ubugingo bwawe nk’uko alinze umurwa mukuru wa Yerusalem nta cyo uzaba ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko Uwiteka ari ko avuze.

Ubwo nkiva mur’iryo yerekwa mbona bongeye guhamagara bakoresheje iyi numero +254722209414 ndabihorera maze ijambo ry’Uhoraho riramwibwira riti,mwana w’umuntu uhumure igihe cyizo nkozi zikibi kiregereje kandi kiri bugufi ngo bamenye yuko Uwiteka Imana yawe afite imbaraga kubarusha kandi uhereye icyo gihe bazamenya yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uwiteka avuga.

28 Jan,2016 Nerekwa ko gakondo y’umuhanuzi yari yaragizwe imbohe nikozi zikibi ko ibohowe n’Uwiteka Imana yabkiranutsi,mbona rwa rutoki rw’Uhoraho rutangiye kwera imbuto zarwo nziza kandi zimeze neza maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti mwana w’umuntu dore igihe cya giye kora iby’ukora kuko ugiye gukurwa IBABYLON maze utange agahenge Uwiteka agiye kwikorera imirimo ye uko niko Uwiteka avuga.

Dore ikibazo cy’umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe ndagikemuye kandi ndakirangije burundu,kuko nicyo cyari kigukomereye wowe n’Umuhanuzi mukuru ndabona mwamaze gutunganya aho azakorera imirimo yo kulinda ibyasezeranijwe none ubwo mukiranutse kur’ibyo,nanjye ngiye gukiranuka mu byanjye kuko nd’Uwiteka iyo mvuze ndasohoza.Dore ngiye ukoresha ubwoko bwanjye mbategeke bakoherereze umugisha wawe kugirango urangize ibitararangira uko niko Uwiteka avuga.

Ubwo narimvuye ku murwa mukuru w’IBABYLON nahuye na magigiri zigenda zivuga uburyo zigiye gukora ibikorwa byo guhungabanya impunzi z’abanyarwanda ariko urumva zakoreshaga ya mvugo ya gisirikare abantu bose badashobora gupfa gutahura maze kuko nari nambaye neza cyane nta bwo byari kuborohera ko bamenya kwa ari jye dore nari nzobe kandi ubusanzwe banzi ndigikara nanjye mbatega amatwi bakomeza kwivugira uburyo bamaze kumenya amakuru yabahoze ari ngabo za APR/RDF bakaba bagiye gukorana na RNC ubwo nanjye nkomeza kwitarira amakuru ndyumaho.

Ubwo nkurwaho ahongaho njyanwa kwerekwa indi nkozi yikibi yitwa Kamanzi Vicent Narsis twiganye amashuri abanza akaba iwabo ari bo badutwaye umugisha uhereye mu 1978 kugeza mu w’2013 ubwo nakoraga amasengesho y’iminsi (4) ubwo nukuvuga amasaha (120) nta kurya nta kunywa maze nyarangije inka ziwabo bari barasize muri Tanzania zose bahise baziba basigara amara masa ubwo nanjye ntangira nibura koroherwa ntangira kwakira umugisha uturutse k’Uwiteka wari waratwawe nizo nkozi zikibi.

Nuko nrekwa ko mu mulima we hamezemo ibigori byiza bishishekandi bitangiye guheka cyane ko ibigori aho twari dutuye byeraga mu kwezi kwa (2) maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,izo nkozi zikibi zakubayeho akaramata zakomeje kukwihata cyane ngo zizimanganye ubugingo bwawe none dore Uwiteka abaciriyeho iteka kuko utazongera kubabona ukundi uko niko Uwiteka avuga.

Ubwo nkurwaho njyanwa mu marembo ya gahanda kamanuka kerekeza mu butayu bugufiya mbona za nkozi zikibi z’abagore n’abagabo zirirmba zishimiye ko zihamagawe zigiye gukorerwa ibirori bikomeye cyane kandi bakaba bagiye kubikrera mu butayu bugufiya.

Ariko nta bwo zari zamenye yuko zigiye kujyanwa mu butayu bugufiya aho bazava bakerekeza kumusozi w’Uwiteka wubatseho ishuli ryo kwigisha Abatutsi kubaha Imana nuko numva bararirimbye nuko iyo ndirimbo ntayitayeho ariko nayibukaga kuko navuye mu iyerekwa ndimo kuyiririmba ariko ntekereza ko, ntayitayeho kuko numvaga ariya gipagani.

Kandi namagambo yayo nta bwo nashakaga kumenya icyo avuze kuko cyari ikinyarwanda ariko gififitse utapfa gushobora kumenya. Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore inkozi zikibi zijyanywe mu gihugu cy’Ubutayu kugirango ibyo wazihanuyeho zimenye yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uwiteka avuga.Ngaho bishyire ahagaragara kugirango bihite bibasohoraho.

30 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa mu butayu bugudiya buri munsi y’umusozi wubatseho ishuli ryo wigisha abatutsi kubaha Uwiteka Imana yabakiranutsi.Mbona ibintu bikomeye gusobanukirwa ubwenge bwa muntu.Nabonye mur’ubwo butayu hari abasirikare ba RDF (Abadayimoni) mbona barimo kwitoza kurwana intambara igiye kuba muri gakono yabakiranutsi.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwora riti,mwana w’umuntu,jyenda ujye mu butayu bugufiya nkwereke ibitaboneshwa amaso ya bana bab’abantu.

Nuko ndagenda nanjye nigira umwe mu bantu bari baje kureba imyitozo yabo basirikare ba RDF,umwuka w’Uhoraho urambwira ati,mwana w’umuntu genda wikinge kuri kiriya giti (ubutegetsi) maze ndagenda nikinga kuri icyo giti,maz arambwira ati,rambura amaso yaawe urebe kuri uriya musozi wo kwigishirizaho abatutsi kubaha uwiteka Imana yabakiranutsi.

Nuko ndambura amaso nditegereza neza mbona intumwa ya Sekibi GITWAZA PAUL ahagaze imbere yabakiristu be bamwemera cyane badashaka kumva yuko akorana na sekibi.Nuko ndagenda ngeze aho Gitwaza yararimo yigisha ambonye ahita ahagarika kwigisha.

Ariko abakiristu be nta bwo bamenye ibyari byo.Yahise yirukanka mbona abagabo ntamenye aho baturutse baramwirukankanye nanjye mbajya inyuma kujya kureba igitumye intumwa ya satani yirukanka. Mbona batangiye kurwana nawe nanjye ndagenda ndabafasha turamurwanya ngo abone ko tugiye kumunesha ahita yihindura igikeri (flog).

Akajya asimbuka akajya mu biti akahava akajya mu gihuru agezeho yihindura (snares) IKINYIRA ako kanya mpita mfata isupana narimfite mu ntoki ndayimukubita icyo gikeri gihita gipfa ako kanya cya gikeri gihita gihindukamo IKINYIRA (snares) nacyo ndagikubita kiraturika Gitwaza ahita arapfa.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore intumwa ya sekibi Gitwaza arapfuye imbaraga ze zirarangiye nta bwo zizongera gukora ukundi igisigaye nuko agiye gupfa akarimbuka kuko yahawe igihe kinini cyo kwihana aragikerensa uko niko Uwiteka avuga.

PSF

 

 

 

 

 

Nkiraho mbona manauka inyamirambo mbona abacuruzi bose bo mu rwagasabo mbona ko bagiye guhura nakaga gakomeye cyane maze mbona abadayimoni bumwakagara bahise baza mu ishusho y’imbogo baraza barangota ndetse bahita bateza aho narimpagaze hacika ikiyaga ako kanya mbona haje Malaika w’Uwiteka araza ategeka cya kiyaga gicikamo kabiri mbona inzira yo kunyuramo na za mbogo nazo zifungirwa aho zari zihagaze(Abadayimoni)binkazi cyane satani akunda gukoresha iyo bikomeye cyane.

Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abacuruzi bo mu Rwagasabo bagiye guhura nakaga gakomeye kandi dore binjijwe mu butayu ndetse dore umwuka w’urupfu urabagose cyane abiringiye umwakagara nta bwo bazabona kurokoka habe nagato kuko banze kwiringira ijambo ry’Uhoraho none baciriweho iteka uko niko Uwiteka avuga.

Dore umwakagara yigaragaje yuko yakoreye abanyarwanda ibitangaza bikomeye abereka ko akomeye cyane kandi ko adateze kuzava kubutegetsi,bituma bamwizera kurusha uko biringira Uwiteka Imana yabaremye none dore umwakagara aciriweho iteka nabambari be bose uko niko Uhoraho avuga.

KDF

 

 

 

Nongera kwerekwa ingabo za Kenya KDF baza muzifasha kurwanira mu butayu ariko ingabo za Uganda UPDF na RDF I Rwanda mbona ziraje gufasha izo ngabo za Kenya ariko ubwo butayu barwaniragamo nabonaga bukomeye cyane ku buryo ingabo za Uganda n’Urwanda byazigoye kuharwanira kuko bwari bubaye ubwa mbere barwanira mu butayu hatari imisozi.

Nerekwa ko umwanzi barwana nawe nta bwo babashaga ku mu bona maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibihe biri mbere bya vuba ingabo za Uganda n’iza Kenya n’uRwanda bagiye guhura nibikomeye cyane kuko bazarwanya umwanzi batabona kandi uwo mwanzi azabatsinda uko niko Uwiteka avuga.

Nsubizwa mu mwuka mbona inkozi zikibi zo mu bwoko bwabarozi zongera korora inkoko bazororeye mu kazu ki nkoko (Abadayimoni babaterekerano) kabaginewe bashaka kongera nuko ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,jyenda ujye kuri kariya kazu maze urebe ibihakorerwa ndagenda nditegereza uburyo boroye inkoko za kijyambere.

Maze ndabwirwa ngo nimvume izo nkoko ndasohoka ndazivuma maze amashanyarazi ahita arazima maze ndabwirwa ngo nta bwo izo nkoko zabaho zidafite amashanayarazi(umucyo)nuko mpita ndigendera za nkozi zibib nta bwo zigeze zimenya ibyo nazikoreye maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu amasengesho ybushze mwakoze wibuke ko hari inkoko kazi zitishwe ahubwo zahise zijya guturaga amajyi biriya bishwi wabonye nibyo zaturaze none urabyishe byose birarangiye uko niko Uwiteka avuga.

Nkurwaho njyanwa mu gihugu cya Tanzania nerekwa ibikomeye bigiye kuba muri icyo gihugu.Nerekwa uburyo Satani yohereje abadayimoni bakinjira murubyiruko cyane cyane abanyeshuri biga za kaminuza na amashuli yisumbuye Secondary School mbona aba dayimoni babanjiramo maze abanyeshuli baravuga ngo reka tujye dukora ubusambanyi kumugaragaro maze twereke perezida yuko nta cyo yakoze kuko yaciye utujipo twacu twiyambariraga udutope maze tuzarebe uko azabigenza

Nuko mbona abasore ni nkumi biga za kaminuza bagiye kumiharuro ku karubanda batangira gukora imibonano mpunza ibitsina ku karubanda nuko ijambo ry’Uwiteka mwana w’umuntu dore abadayimoni abadayimoni bafashe gahunda yo kwinjira mu gihugu cya Tanzania kujya kwiyushyura kuri perezida wiyo gihugu kuko yahagaritse utujipo tugufiya none abadayimoni bakaba barabuze isoko uko niko Uwiteka avuga.

nccleon@gmail.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

 

This site uses Akismet to reduce spam. Learn how your comment data is processed.

Translate »
Skip to toolbar