{"id":24464,"date":"2018-09-04T12:01:12","date_gmt":"2018-09-04T12:01:12","guid":{"rendered":"https:\/\/inyangenewss.com\/?p=24464"},"modified":"2018-09-04T12:01:12","modified_gmt":"2018-09-04T12:01:12","slug":"depite-bobi-wine-yatangaje-ibyo-avuga-ko-byamubayeho-afunze-muri-uganda","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/inyangenewss.com\/?p=24464","title":{"rendered":"Depite Bobi Wine yatangaje ibyo avuga ko byamubayeho afunze muri Uganda"},"content":{"rendered":"<figure class=\"media-landscape has-caption full-width lead\" style=\"text-align: justify;\"><figcaption class=\"media-caption\"><span class=\"media-caption__text\">Bobi Wine, ugaragara hano mbere gato yo kurira indege muri Uganda, avuga ko yakorewe iyicarubozo &#8211; ikirego igisirikare cya Uganda gihakana<\/span><\/figcaption><\/figure>\n<p class=\"story-body__introduction\" style=\"text-align: justify;\">Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, Depite Bobi Wine &#8211; umuhanzi wahindutse umunyapolitiki wo muri Uganda &#8211; yavuze ko abasirikare bamukoreye iyicarubozo, ntibagira &#8220;igice na kimwe cy&#8217;umubiri wanjye bagirira impuhwe.&#8221;<\/p>\n<p><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, ubusanzwe izina rye bwite ni Robert Kyagulanyi.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ashinjwa ibyaha by&#8217;ubugambanyi ku birego byo gutera amabuye urukurikirane rw&#8217;imodoka zari zitwaye Perezida Museveni mu kwezi gushize kwa munani.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yatawe muri yombi ku itariki ya 13 y&#8217;ukwezi gushize kwa munani, nuko arekurwa by&#8217;agateganyo mu cyumweru gishize.<\/p>\n<ul class=\"story-body__unordered-list\" style=\"text-align: justify;\">\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-45394386\">Depite Bobi Wine ari kwivuriza muri Amerika<\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-45180523\">Umushoferi wa Depite &#8220;Bobi Wine&#8221; yiciwe muri Uganda<\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-45268682\">Ikibazo ca Depite &#8220;Bobi Wine&#8221; cabaye mpuza mahanga<\/a><\/li>\n<\/ul>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ubu ari muri Leta Zunze Ubumwe z&#8217;Amerika aho yagiye kwivuriza icyo avuga ko ari iyicarubozo yakorewe.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Igirisrikare cya Uganda cyamaganye ibyo birego by&#8217;iyicarubozo, kivuga ko ibyo ari &#8220;umwanda.&#8221; Bwana Museveni na we yise &#8220;inkuru z&#8217;ibihuha&#8221; inkuru zivuga ku ikubitwa rya Wine.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Bobi Wine yavuze ko yashatse kwandika uko we azi ibintu byabaye byagenze kubera ko Bwana Museveni n&#8217;abategetsi bo muri leta ye bavuga ko ibyabereye mu mujyi wa Arua mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Uganda &#8220;bitumvikana.&#8221;<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu butumwa bwe bwo kuri Facebook, Wine yagize ati:<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">&#8220;Barankubise, bantera ingumi, bantera n&#8217;imigeri na bote zabo. Nta gice cy&#8217;umubiri wanjye cyagiriwe impuhwe. Bakubise amaso yanjye, umunwa n&#8217;izuru. Bankubise ku nkokora no ku mavi. Bariya bantu ni ba nta mpuhwe!&#8221;<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yongeyeho ati:<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">&#8220;Bamfashe ku bugabo nuko bapfyonda udusabo tw&#8217;intanga mu gihe babaga bankubitisha ibindi bintu&#8230;Batangira kunkubita ku tugombambari bankubitisha ibirindi by&#8217;imbunda nto za pisitoli. Naranihaga kubera ububabare nuko bansaba kureka kubasakuriza. Bakoresheje ibintu bimeze nk&#8217;ibitambaro bampfuka mu maso.&#8221;<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Muri ubwo butumwa, Wine yavuze ko imbunda zashyizwe mu cyumba yari arimo mu rwego rwo kumwegekaho ikirego cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yagize ati:<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">&#8220;Nabwiwe ko hari imbunda eshatu zateranyijwe ndetse bivugwa ko zasanzwe mu cyumba cyanjye! Sinashoboye kwiyumvisha ukuntu leta yakorera iyicarubozo umuturage wa Uganda mu buryo bubi cyane hanyuma ikamwegekaho gutunga imbunda!&#8221;<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Nyuma yaho, urukiko rwa gisirikare rwamukuyeho ikirego cyo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n&#8217;amategeko, nuko rwohereza dosiye ye mu rukiko rwa gisivile.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Bobi Wine, ugaragara hano mbere gato yo kurira indege muri Uganda, avuga ko yakorewe iyicarubozo &#8211; ikirego igisirikare cya Uganda gihakana Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, Depite Bobi Wine &#8211; umuhanzi wahindutse umunyapolitiki wo muri Uganda &#8211; yavuze ko abasirikare bamukoreye iyicarubozo, ntibagira &#8220;igice na kimwe cy&#8217;umubiri wanjye bagirira impuhwe.&#8221;<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":24465,"comment_status":"closed","ping_status":"closed","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[4,5],"tags":[],"class_list":["post-24464","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-news","category-politics"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24464","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcomments&post=24464"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24464\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":24466,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/posts\/24464\/revisions\/24466"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=\/wp\/v2\/media\/24465"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fmedia&parent=24464"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Fcategories&post=24464"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/inyangenewss.com\/index.php?rest_route=%2Fwp%2Fv2%2Ftags&post=24464"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}