Nazamagigiri zemera ijambo ry’ubuhanuzi,Uhoraho ajya aziganiriza!

2016 -March, 2017. Nabonye ndi kuzamuka umuhanda muniubugari (width), mbona abagabo benshi cyane bambaye imyenda y’ iroza (imyenda y’ abagororwa) bamanuka banyuraho mbese narindi hagati yabo gusa njye narinambaye ibi bisanzwe. Naje gukomeza imbere gato mpura n’ umugabo wakoraga mukarere k’ iwacu nawe yari yambaye nk’ imfungwa (narimuzi, ariko mbere yuko mva mu Rwanda yakoraga aho mukarere), ni uko ndamubaza nti ese murajya he? Ni uko arambwira ati ubu turi guhunga kagame bamurashe! (Nyuma ya kagame gukurwa ku ngoma,abantu benshi bazashyirwa mu nzu y’imbohe)

Ubwo nanjye mpita nsubira inyuma nshaka uko mpunga. Ubwo nkisubira inyuma, mbona negereye umupaka w’ urwanda na Uganda. Gusa mbona hari abashinzwe umutekano kandi nta kuntu ndi buhace. Ni uko, nkoresha imbaraga z’ Imana zindimo zo gutegeka umuntu icyo akora maze ndatekereza ntegeka umusekirite (security guard) wari hirya gato guhindukira akareba hirya, maze ubwo ahita areba hirya asa nurangaye ubwo njye nundi muhungu twari kumwe duhita tunyura hirya turambuka. Mpita nkanguka.(warufite gahunda yo kujya mu Rwanda Imana irakuburira kugirango ntuzajyeyo!)

18/06/2017 nagize inzozi: nabonye mpagaze imbere y’ urugo rwa mukuru wanjye. Twarimo tuganira umugabo ntazi (yatuganirizaga kubintu ntibuka neza gusa bishobora kuba byerekeranye n’ ubukire) hari n’ umukecuru wabaga aho muriyo nzu (sinarimuzi). Ubwo wamugabo sinzi aho yagiye, ni uko tugiye kumva twumva ari gusakuza (as if he is kidnapped). (Umwuka wo gushimuta abantu muri gakondo ya bakiranutsi)

Ubwo mpita menya icyo abaye, nahise nibuka (munzozi) ko hari ikintu (spirit) kiza kigatwara abantu. Maze ntangira kwibaza niba atari wamukecuru wihinduranyije. Ubwo mbwira abantu nti tujye kumureba. Ubwo turagenda, imbere yanjye hari abantu babiri (bo bari begeranye, njye nsa nuwasigaye inyuma nko muri 30m).(Kwirinda ibikorwa byose bijyanye na politike y’Umwakagara).

 Ubwo ngiye kubona mbona cya kintu kiraje gitwaye wa musore wa kabiri (uwari hagati) kiramujyana, nashatse kumuburira ariko kimujyana mbere yuko mubwira. Icyo cyintu cyasaga n’ umukara kigenda kidakoza amaguru hasi kikagenda kinyeganyeza (wiggling). Cyari nk’ umuntu ariko kidasanzwe kandi nta sura (form).(Wifuza gukiza abantu bicwa nubutegetsi ariko bikakunanira!)

Ubwo turagenda dushaka wa mugabo, tubanza kubona wa musore cyatwaye ubwa kabiri (yari yabaye ikiragi), dukomeza gushakisha tuza kubona undi mwana we cyari cyamuciye akaguru­kigacira mu ivi (niko yatubwiye). Ubwo nza kureba hepfo gato, mba ndakibonye (spirit) gihita cyiruka maze tuza kubona undi musore cyari cyahishe (ubwo menyako ari wamugabo wari wahindutse uwo musore). Munzozi nabonaga njye ngo kidashobora kunkoraho. Nabonaga kandi byari ibintu nongeye kunyuramo. Ubwo mpita nkanguka. Izi nzozi zishobora kuba ari ubwa kabiri nzibonye. Ikindi ntago hari kumanywa cg nijoro (mbese hari nko mukabwibwi ariko atari cyane.

(Bisobanura ubugome bw’ingoma ya bega,bigaragara yuko ufitanye connection hagati yawe nabo,ariko ukaba wirinda cyane mubikorwa byabo.Akaba ariyompamvu uzagirirwa neza n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo).

Mbere yo kubyuka naje gutekereza ku inshuro nkwiriye gusenga k’ umunsi mugihe cy’ iminsi itatu y’ amasengesho no gusoma bibiriya uhereye ejo kuwa mbere. Naje gufata umwanzuro wo gusenga inshuro 4: mugitondo, saa sita, saa cyenda na nimugoroba mbere yo kuryama.

Maze nteranyije nsanga ni inshuro 12 nzaba nsenze. Ubwo hagati y’ amasengesho, nkajya nsoma bibiliya (urugero: hagati ya mugitondo na saa cyenda). Ni uko ndishima. Ubwo naje gutwarwa n’ibitotsi ndasinzira nza kurota aho nabonye ndi muri bus nini cyane nk’ imwe zari iza ONATRACOM. Twarimo turi abantu benshi (abasore) mbona tugiye gukina (amarushanwa). Nuko mbona imodoka igenda igeze ahamanuka m’ umuhanda nabonye urimo ibyatsi mbese nkaho ari mu kibuga cy’ umupira w’ amaguru. Ubwo imodoka itangira kugenda k’ umuvuduko wo hejuru. Uko yagendaga ihengama niko nanjye nasaga n’ uwegamiye umusore mu genzi wanjye twari twicaranye mbese nasaga nkumwicaye kubitugu (uyu musore turigana).

(Imodoka bisobanura ubuyobozi bwite bwa leta,bivuga yuko nukomeza kwifatanya nabo bizakubana bibi kuko Uwiteka ubona ko agenda akuburira bitewe nuko yakubonanye umutima wo kwihana no gukiranuka no kudahemuka cyangwa kurenganya bantu).

Ni uko nza kwivugisha nti, “ubanza iyimodoka yacitse feri ariko?” ntiyagira ic yo ansubiza. Imodoka yo irakomeza irahuruduka shoferi agerageza kuyiyobora ubwo tugeze ahantu hafi y’ umurima, iba irahenutse irahirima. Njye ariko mbere yuko ihenuka, nabonye nicaye hejuru yayo (on top) ni uko ubwo yahenukaga nahise nijugunya ngwa hakurya muri wa murima sinagira icyo mba nagito. Ariko umusore washatse kuvamo bwa mbere nka njye imodoka yahise yibirindura imuryamaho numva amagufa y’(ubutegetsi bwiwanyu bugiye guhirima bukarangira bugakurwa mu isi ya bazima).

 Amaguru ye avunika (snap). Mbona abakobwa b’ abanyeshuri bambaye uniforms zaho nize (A’ level) baza bansanga baturutse hirya m’ umurima (harimo umukobwa nzi wize kuri iyo A’ level school). Ubwo abari mumodoka bagiye bavamo bakururuka banyuze mu madirishya kuburyo bari buzuyeho ibyondo. Buri wese yagiye ajya gushaka amazi yo kwisukura.(Bisobanura kugibwaho nicyasha cy’ubutegetsi bwa FPR).

 Njye mbona nifitiye icupa ry’ ikirahuri (rijya kumera nkirya primus but not exactly) ryuzuye amazi njyenda ninyweraho (That is processing of the deliverance) gusa numva harimo icyibabi. Ubwo wamusore twari twicaranye nawe akururuka avamo, maze ndamubwira nti, “sinari navuze ko iriya modoka yacitse feri?” maze arambwira ati, “ariko shoferi yavuze ko ariko bimeze!”. Ni uko mubwirako ntigeze mwumva! Maze nshaka kumuha kuri y’ amazi kugira akarabe ariko aragenda ajya gushaka ayandi.(Gutabarwa kw’abanyamuryango ba FPR,bizaba bikomeye cyane) nta wakora ngo,ube wakiza abo mu kazu ka FPR)

Ubwo haza abasore babiri bize aho nize O’ level, twari inshuti. Umwe muri bo yigeze kunsobanurira imibare icyo gihe. Ni uko baraza barantonganya, kuberako ntakunda kuvuga menshi nahise mbahunga ngenda njya ahantu hatari abantu benshi kugirango bankurikire ubundi mbabaze neza icyibazo bafite.(Intore za FPR,zizakumerera nabi kuko witandukanije nabo)ukwiye kwirinda umunsi batahuye ko mutagikorana bazaguca igihanga)

Ni uko ngeze ahatuje, ndababaza nti “ese bimeze bite? -whats wrong?” barambwira bati (emotionally, quarrelling) “ubona watwita abavandimwe bawe?” nirinda kubasubiza. Barakomezabarahatiriza. Naniwe nza kubabwirako njye ntakibazo mfite namba, kandi ntashobora kubita abavandimwe banjye.

Ubwo nza kumva nshatse kwihagarika ibyoroheje. Maze njya m’ urugo rwari hafi aho, mpabona latrine eshatu (izi ziba zicukuye m’ ubutaka). Gusa izo naringiye kujyamo mbona abakobwa bazirimo(abakobwa basobanura abarozi kazi) abandi ariho bari kwerekeza (umwe muri bo narimuzi kuko yari atuye hakurya y’ iwacu) akora umwuga wo guhumanya abantu b’Imana , ubwo ndaranganya amaso ngo ndebe niba hari ikimenyetso kiziriho mbona ari ntacyo (ikiranga izabahungu/kobwa).

Ubwo ndebye hirya gato mbona indi latrine ntoya, ubwo ninjiramo nunamye ubwo numva ibaye ntoya nshatse kuvamo biranga. Ubwo negamira inyuma kugeza ndyamye ngaramye ntangira gukururuka kugira mvemo, ubwo maze kuvamo mbona ko yari yahirimye.(Kubohoka cyangwa kubohorwa,kwitandukanya nizo nkozi z’ikibi,bizakubera ikibazo,ariko Uwiteka azagucira akanzu witandukanye nabo usigare amahoro)

Nari nabashije kwihagarika gakeya. Ubwo mfata icyemezo cyo kwigendera, ariko ya misarani yindi nayo mbona yahirimye. Mbona ngiye kugwa mucyobo cy’ umwe muriyo ariko mfata kumakoma yari m’ urwina haruguru yanjye maze nsa nkucundeba mba mvuyemo. Hirya imbere yanjye mbona umugore w’ igikara ukuze uri nko muri (40-45 years of age) (Kwitandukanya na bega,bizaba ibikomeye cyane,ariko wa mugore(Church) cyangwa umurimo w’Imana(ministry) uwo murimo niwo uzagukiza cyangwa gutabara) asa nuvugira kuri phone ahagaze mugikari. Mubwirako imisarani yahirimye. Ni uko arambwira ngo iriya ntago ari iyabantu basanzwe, ahubwo ni iyibitambambuga (gusa nabonye ashaka kumwira ibiragi).

Arambwira (aseka cyane atwenga- demon smile) ngo turabareka bakihagarika inshuro 25 (or 95 ntabwo nibuka neza exact number). Ubwo mpita menya ko uwo mugore ari umurozi. Ni uko ndagenda munyuraho nkomeza ku irembo ryurwo rugo ndagenda , nshaka kumubwirango ‘Imana iguhe umugisha’ ariko umutimanama urabimbuza.(Ntugaheshe umugisha umuntu utazi,cyangwa Imana itabikwemerewe) Ntangiye kugenda, atangira gusenga yishimye cyane asenga mugiswahili kugirango ntabisobanukirwa (ni uko ndibaza nti arikose buriya umurozi iyo asenga Imana, iramwumva koko?).Ntabwo bishoboka ko yamwumva.

 Ngeze hirya nko muri 50m menya ko agiye gutwara umugisha wanjye. Ubwo mpita mfata icyemezo cyo kumuhagarika. Ni uko ndambura ukuboko kwanjye kw’ ibumoso n                                 dambura
ikiganza nkimwerekezaho. Nkibikora nawe ahita abimenya (kandi ntiyarimo andeba, mbese bias naho yandebeshaga andi maso)arambura icye nawe. Ubwo mpita nohereza imbaraga (nabonaga mfite imbara zo m’ umwuka). Ndazohereza ziragenda zigiye kumu geraho a hita nawe yohereza ize zihagarika

izanjye. Maze turwana muri ubwo buryo mbona ko bishobora kuntinza, ndavuga nti izina ‘Yezu Kristu’

rirahagije ngo ntsenye imbaraga z’ umwijima. Ubwo mpita mvuga nti “Yezu Kristu” (kuvuga byari bishatse kunanira nkaho ndi ikiragi kandi mbere kuvuga byari ibisanzwe). Ntararangiza kurivuga, wa mudamu yahise azimira. Ndakanguka (iri zina narivuze cyane kuburyo umuntu wari nko mukindi cyumba yanyumvishe).(Ofcourse Nurangiza amasengesho uzahita ubohoka nibwo uzabona umugisha)

 

Save

Translate »
Skip to toolbar