wisanze warashatse umwega-kazi,cyangwa abasangira ngendo babo,wabyifatamo ute???

Mu gihe ingoma y’abega iri mu marembera,kandi ikaba igeze ahazamuka,mbese ku bagabo bashakanye n’abega kazi, bakwitwara gute?Bakwiye kuba ibiragi, no kwirinda kwivanga mu imenwa ry’amaraso y’abanyarwanda.

Bakereka abagore babo ko babakunda cyane, kandi ko babubaha cyane, kugirango bucye kabili.Uzabona icyanzu agahita acaho. Kwirinda guhungira Uganda mu gihe uziko nta cyo upfana na Nyamwasa, Kaguta Yoweri Museveni, kuko isi yabategetse kugirana umubano ushingiye ku ntambara y’isi yose iri mu burengero bw’agasongero k’impera y’isi.
Muri iki gihe Museveni ashobora gufata abanyarwanda bahungiye Uganda akabatangaho ibitambo akasubiza urwanda bakicwa n’umwakagara kuko s’ubwa mbere yaba abikoze.
2006 yatanze ba Rukeba Francis, 2008 yohereje abarenga 30 babicira ku mupaka wa Uganda n’Urwanda. 2011 iyo ataba Uwiteka Imana Nyiringabo aba yaradutanze ni uko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yaturwaniriye byari birangiye!!!
S’ubwa mbere Museveni na Kagame bakora ubucuruzi bw’abantu hagati yabo, n’ibihugu byombi.
Uramutse usanze uwo mwashakanye ari magigiri, wabyifatamo gute kandi mwarabyaranye? Mu gihe urwanya ingoma y’igutugu, kandi umugore wawe ayikorera! Abagore bameze gutyo kubatahura biroroha cyane, bahorana cash zitajya zigabanuka, basuzugura abo bashakanye abagabo babo bashaka kubategeka. Igihe uzaba umaze kubona gihamya ko umugore wawe akorera agatsiko k’abega, ukwiye kwitonda kumwereka ko, wamutahuye,ahubwo I utangira gutegura Umugambi w’uko wazamucika, ubaye ufite umwana mukuru Ushobora kumusangiza kumunota wa nyuma impamvu itumye uhunga nyina.
Cyangwa se, ukamusangiza wamaze kugera iyo ujya. Kugirango nibura umwe mu bana bawe mwabyaye amenye impamvu y’ihunga ryawe, nejo nibakwica byibuze mu muryango hazabe hari uwabagezaho amakuru. kuko akenshi umugore akoresha cash kwigarurira abana abereka ko abitayeho kurusha papa wabo.
Iyo bimeze gutyo, uhagarika kunywa inzoga kugirango atakwita umusinzi. Ikintu yakoresha aguharabika mu bana cyangwa muri rubanda uragihagarika.
Gutaha kare ni ingenzi, kwita ku bana bawe cyane nibyiza cyane kuko umwanya wabagore bakora uwo mulimo uba mucye cyane wo kwita ku bana , kandi bahora mu nama bitirira akazi kadafitanye isano na kazi bakora.
Birangora cyane ko, umugabo yabana n’umugore, agambiriye kumugigira. Ariko byorohera abagore cyane kubana n’abagabo kandi bashinzwe kubagigira.
Iyo ufite gahunda wirinda umugore wese utazi neza. Byaba byiza kwibeshya k’umuntu ko ari umwanzi, kuko byakiza ubugingo bwawe. Kuruta kwibeshya ko, ar’inshuti yawe, kandi ar’umwanzi utabizi «preventive is better rather than de-preventive» Ibi bitekerezo twanditse bishingiye kuburambe dufite twahuye nabyo.
Nushaka umugore ukumva iwabo n’umugore bamwitirira urugo kuvuga izina ryawe, bakarwitirira umukobwa wabo, uzamenye ko nta rugo w’ubatse, kandi ko urwo wibwiraga ko w’ubatse rwamaze gusenyuka. Urugero tugiye kwa Odette , aho kuvuga kwa Leon, ibyo bikwereka ko wabaye inganzwa!!!
Urugo umugabo atabonamo icyubahiro rukwiye gusenyuka, ukubaka urundi. Umugore iyo inzego z’ubutasi akorera zimusabye kuguca igihanga, bamuha agatubutse ku buryo azarera abana bakiga bakarangiza amashuli yabo arabyemera akaguha uburozi buguhitana akarangiza umulimo neza.
Kuba wagenda ukaburirwa irengero nikimwe mu by’ingenzi kumpamvu z’umutekano wawe. Igihe kiragera abana mugahura ariko byibuze uri muzima. Kuba nyamwigendaho bigabanya urwikekwe mu buzima bw’umuntu umeze gutyo.
Iyo mu buzima bumeze gutyo, umwanzi witwa telephone uramwirinda. Nubwo telephone iri mu by’ingenzi bituma ubuzima bworoha (easy life) Ushobora kuyilinda kandi ukabaho. Kwirinda inshuti zawe, abavandimwe bawe, ni bimwe mu by’ingenzi byatuma uramba kuzageza ingoma y’igutugu ikuweho.
Icyo gihe uba umunyamahanga mu banyamahanga kuko utangira ubuzima bushya, kandi ukirinda ko, muri ubwo buzima bushya hagira umenya ibihe byawe byahise.
Kwirinda inzoga na bagore icyo gihe biba bikenewe cyane kuko abagore inda ibabyara ni ya yindi. Inzoga zatuma wiyibagirwa ukivamo nk’inopfu, kandi amazi yamenetse nta yorwa.
Cyakora Ushobora kugura inzoga (takeaway) ukajya kuyinywera iwawe icyo gihe ubanza nta kibazo ubaye utanduranije mu baturanyi. NB:har’igihe bagutumaho umukobwa kuza ku kugigira, bikamuviramo ku kwikundira ndetse akaba yakubwiz’ukuli kuko akenshi abakobwa iyo bamaze kwinjira muri iyo milimo batangira gushakisha uko bayivamo nubwo bitajya bipfa kuroha kuko usanga ari nta mahoro abakora iyo mulimo bagira.
Nta kwisanzura, kubona uwo bakundana biba ar’ikibazo gikomeye cyane. Usanga har’igihe nawe, abashakisha uwamuteturura muri ako kaga ngo yibanire nawe areke beniyo milimo. Ariko kandi, nabyo usanga ar’ikibazo cyaho bazatura kuko bagomba kwihisha urwego rw’ubutasi yakoreraga kumpamvu z’amabanga ya bandi azi kandi atakiri umukozi wabo.
Umwakagara aherutse gutanga itegeko ngo bashakushe izina rya telephone nkoresha bitwaje amazina yanjye na email yanjye.Ibyo bakoraga byose nibirebeshaga amaso yanjye. Ndabahima izina rya ndarifuta muri settings ku buryo utaribona kuri internet. Babura byose nk’ingata imennye.Uko niko abaswa na basazi tujya tubagenza.

Translate »
Skip to toolbar