Akabaye icwende ntikoga,niyo koze ntabwo gacya,niyo gacyeye ntabwo gashira umunuko!!!

Pastor Mbabazi Jules bimwanze munda agarutse mu bumagigiri guca ibihanga by’abanyarwanda.Uhereye 2011 ubwo ikinyamakuru inyangeNews.com cyamushyiraga ahabona,ko atagiye muri Uganda kwiga iyobokamana (Theology) ahitwa (WAKISO) inzego z’ubutasi z’uRwanda zabaye nk’aho zibaye zimukuye kurutonde rwa zamagigiri,nyuma y’igihe gitoya mu myaka yashize ahangana 2015-2016 bamwohereza muri Kenya kuza kwiga (Degree) kuko Uganda yari yahabonye (diploma) ariko umugambi nyirizina kwari ukugigira abatavuga rumwe n’ingoma yabo y’abega.

Pastor Mbabazi Jules wahoze mu gisirikare cya RPA,cyaje guhinduka RDF,yabaga muri military police ikanombe,yaje kuva muri uwo mwuga wo kwambara (uniform) asigara ari magigiri wambaye imyenda ya (civilians) wiyita Pastor akaba yaramenyekanye cyane mu kuvuga ubutumwa mu mihanda abwiriza za mayibobo (street kids) police y’uRwanda yakunze kumufata ikajya imufunga,ariko ntabwo bari baziko umugore we ari we ukuriye (drugs of stock) barangiza bagahamagarwa kuri telephone akarekurwa.

Ibyo babikoraga kugirango bamushyire mu binyamakuru amenyekane nk’umukozi w’Imana wahuye na kaga gakomeye cyane kubera ubutumwa bwiza,ariko byageraga kumugoroba umucuruzi witwa Mwafurika waturutse Tanzania akaza akamushyira mu modoka ye akamujyana aho yakoreraga kw’isoko rya Nyarugenge yarahafite iduka ry’imiceri akamuha agafuko kumuceri ka (kgs 50) namavuta ya buto yo kurya umugabo agataha ameze neza.

Nyuma yaho Kayumba Nyamwasa ahungiye igihugu,yabaye umwe muri za magigiri woherejwe kujya kugigira Uganda abatavuga rumwe n’ingoma y’abega.Yaguye asangayo abandi abega balimo Pastor Augustin  Rutagengwa nawe wigaga theology muri Uganda yarafite urusengero ku kimicanga.

Nyuma yo kugera muri Uganda yatangiye icyari cyamujyanye,akajya yohererezwa cash na za magigiri ziba hanze bikitwa yuko ari abantu bashyigikira umulimo akora,iyo yasubiraga I Kigali yavaga Kampala ahagaze agenda abwiriza muri Bus kugirango aridagize abantu batazapfa bamenye ko akora ubumaneko.

Nyuma yo kugambanira Majeshi Leon wagiye amufasha cyane mu bikorwa bye by’ivugabutumwa niwe wamwigishije kuvuga ubutumwa bwiza akoresheje ikoranabuhanga,abega baje kumugurira camera akajya yifata amafoto alimo kubwiriza akayashyira kuri za social media kugirango arusheho kumenyekana.Yanamufashije kumukorera za business card.

Pastor Mbabazi Jules akomoka inyanza mu rukari,n’umwe mu bantu bagiye bacengera rwihishwa asebya ingoma y’abega gahoro gahoro agenda yegeranya amakuru akayajyana mu nzego z’ubutasi akabihemberwa.

(So to cut story short) Pastor Mbabazi Jules amaze koherezwa muri Kenya guhiga Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha,ntabwo yagize amahirwe yo kumubona,kuko ubuhanuzi butahwemye kumushyira ahabona ko ndetse yanamaze kwinjira muri ILLUMINATI umuryango wa Satani wakoreraga mu ibanga,ubungubu ukaba usigaye ukorera kumugaragaro.

2015 uwo muryango wa ILLUMINATI ukuriwe na president wa USA Joe Biden, ubu kuwinjiramo bitewe n’uko wabonye abanyamuryango benshi cyane,usabwa kwishyura ama dollar $70,ariko icyo cyari igiciro cya 2015,ubungubu ntabwo tuzi igiciro aho kigeze kuko tutongeye gukoresha social media bitewe nurutoto rwa za magigiri n’ingoma yabo ya FPR.

Pastor magigiri Mbabazi Jules ubuhanuzi bwahishuye ko amaze iminsi (2) uyumunsi twanditseho inkuru akaba ari ahitwa Rongai hafi yahoo Majeshi Leon Ainesha akorera muri cyber,ategereje ko ahabwa amabwiriza na za magigiri ziba zigenzura ibinyamakuru byombi www.egretnews.com na www.inyangenewss.com ko bishyirwaho amakuru bagahita bamubwira kujya aho alimo gukorera bakoresheje ping command IP address kugirango ajye hafi yahoo akore icyo bita tracking and report.

(Tracking and report) bisobanuye ko umuntu ashakisha aho ukorera cyangwa aho utuye akagenzura imigendere yawe yose,ubundi barangiza kumenya gahunda zawe zose uko ziteye bakakugwa gitumo.Pastor spy Mbabazi Jules ntabwo byamuhiriye kuko uhere ku wa kabiri,ku wagatatu,imvura yakomeje kugwa idakuraho.Ariko niyo iza kutagwa ntabwo twari kujya ku kazi kuko ubuhanuzi bwari bwamaze gutera imboni gahunda zose z’abega.

Ibi babikoze hasigaye icyumweru kimwe ngo hasomwe report ya Kenya national dialog comment izasomwa ku wa gatatu mu cyumweru gitaha.Niba bizashoboka ko Ruto na Raila bazaba bumvikanye kuko kugeza magingo aya ntabwo bari bagaragaza ko bazumvikana kuko Ruto yanze kumanura ibiciro by’ubuzima,(cost of living electoral justice, respect other parties, reconstitute IEBC, and etc).

Niba baramutse bumvikanye bizaba ngombwa ko ibyavuye mu matora bishyirwa ahabona,amakuru dufite ni ayuko SERVER yafunguwe,bagasanga Raila yaratsinze amatora,bivugwa ko icyo gikorwa cyarimo n’abahanga ba UN (expert) amakuru akomeza avuga ko hateganijwe amatora y’umukuru w’igihugu ndetse nabashingamateka.

Itegekoshinga rivuga ko,udashobora guhererekanya ububasha cyangwa ubutegetsi mu gihe uba utaratsinze amatora y’umukuru w’igihugu.Bizaba ngombwa ko Uhuru Kenyatta Muigai yitabazwa kugaruka ku butegetsi kugirango yongere ahagararire igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu.

Kugabanya ibiciro by’imiberaho,ni kimwe mu bindi bimenyetso bikomeye cyane bizatuma Raila Odinga yongera gutsinda amatora y’umukuru w’igihugu nk’uko ubuhanuzi bwabivuze neza ko azaba umukuru w’igihugu ku nshuro ya kabiri ya matora y’umukuru w’igihugu.

Ndetse hari naho bwavuzeko,ibyo nibiramuka binaniranye,ashobora kuzahirizwa mu butayu akaba umukuru w’igihugu cyaciwemo kabiri.(divide country) bivuze options zose zishoboka ko ajya ku butegetsi zirahali.Ibyo rero bikaba bihagaritse umutima ingoma y’abega ku buryo banakoresheje uwitwa Olivier Sentorino uvuga ko yifuza kumpa ikiraka cyo gutabariza abanyaIsrael na banyePalestine bakeneye ubufasha.Abega bararindagiye ntabwo ar’uko bakora nabasabye kumpa ikiraka nkabigisha uko bagigira.Ariko birumvikana ko abakoraga imilimo bazi bose babaciye ibihanga,none basigaye barabuze n’uwo biyambaza.

Abega batazi amateka y’igihugu,bize bakopera,kugeza nubwo bananirwa kwiga kandi bafite byose,mbese byari kugenda gute iyo ubwo bushobozi buza guhabwa abanyabwenge baciwe ibihanga?Yewe koko umugani w’umunyarwanda ntabwo itanga byose!!!

Kubera icyo gitutu cy’Ubuhanuzi buvuga ngo:

ICYO GIHE, RAILA ODINGA AZABA ARI WE MUKURU W’IGIHUGU,ICYO GIHE UMUHANUZI MAJESHI LEON AINESHA AZABA ATAKIBARIZWA KUMUGABANE W’AFRIKA,ICYO GIHE,UMWAMIKAZI SHIMA DIANE RWIGARA AZABA ABANA N’UMWAMI KIGELI NDOLI NK’UMUGABO N’UMUGORE.

Nyuma yibyo Umwakagara azakurwa ku ngoma maze Umwami Kigeli Ndoli yime ingoma.Icyo gitutu cy’ubuhanuzi busa naho bugiye gusohoza umulimo wabwo,byahagaritse imitima ingoma y’abega,idini rya (ROMAN CATHOLIC CHURCH EMPEROR) na bandi banyamadini badashyigikiye ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kuko bwashyize ikinyoma cyabo ahabona aho birirwa basarura aho batabibye babeshya abantu ko bazajya mu ijuru aka wa mugani wa PaPa wabajijwe impamvu atajya ahura nibibazo abanyepolitike bahura nabyo.

Mugusubiza yagize ati,jyewe mbwira abantu ko bazajya mu ijuru,nta numwe wagiyeyo ngo agaruke aze kumvuguruza ko ibyo mvuga ari ibinyoma cyangwa ari ukuri.Naho abanyepolitike babwira abantu ibyo bazabakorera bikarangira batabikoze bigatuma bamburwa icyizere ntibongere gutorwa!!?

 nccleon@gmail.com

Translate »
Skip to toolbar