Ubuhanuzi bumaze iminsi (8) gusa!!!

20 Dec. 2023 njyanwa mu iyerekwa kumusozi witiriwe ubwoko bw’Abatutsi, mbona ibintu bitangaje bimaze igihe gitoya. Mbona inyuma yamashuli yubatse kuri uwo musozi, hari igisahane cya CATERPILLAR cyangwa se TINGATINGA ikimodoka gikunze gukoreshwa mugusenya cyangwa kwubaka imihanda cyangwa amazu. Ariko cyo cyari kigari cyane cyasumbuga uburebure bwa TRAIN.
Mbona giturutse ruhande inyuma gitangira kurimbura wa musozi wubatsweho amashuli yo kwigisha ubwoko bw’Abatutsi.Hagati kuri uwo musozi hubatswe amashuli yari yakuweho hacukurwa urwobo runini cyane kandi rugali cyane imbere muri urwo rwobo halimo umwijima gusa gusa udashobora kureba cyangwa kubona ibikorerwamo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Mbona cya gisahane kinini gishamikiyeho umupanga ushinzwe kurimbura imisozi, gihera hasi cyane ikuzimu gikegeta wa musozi wose uko wakabaye kirawurimbura uhirikwa mu butayu bwari munsi yuwo musozi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli umugambi w’inkozi z’ibibi zo mu bwoko bw’Abega wo kurimbura ubugingo bwawe uburijwemo n’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Nkurwaho njyanwa mu iyerekwa mu butayu bwo munsi yuwo musozi witiriwe ubwoko bw’Abatutsi, ngeze mu butayu nsanga ubutayu bwose bwubatswemo amazu n’amashuli bazajya bigishilizamo abantu babo kubafite isezerano ryo kuzajyanwa mu butayu bugufiya.
Mbyerekwa nabonaga byamaze kuba nta bwo nibwiraga ko ar’iyerekwa! Mbona haje abakobwa (2) umwe yari umuremure undi yari mugufiya, umuremure yifuza kubana n’Umwami Kigeli Ndoli,Umwami kazi «SHIMA DIANE RWIGARA» ndetse n’uwo mugufiya «Anne Uwamahoro Rwigara» nawe n’uko yifuzaga kubana n’Umwami Kigeli Ndol. Bombi twazengurukanye ubutayu bugufiya dushakisha aho twabona inzu yo gukodesha ngo tuzakoreremo ubukwe bwacu ariko inzu turayibura. Wa mukobwa mugufiya abonye ko icyumba cyo kuzakoreramo ubukwe ibuze ibuze abona ko ubukwe butakibaye akuramo ake karenge arigendera.
Hasigara wa mukobwa wa (2) muremure noneho dusigarana nawe dushakisha aho twabona inzu twakoreramo amahugurwa kuko yo kwigisha computer «computer training hall». Turashakisha turayibona, ndetse tunabona inzu izakorerwamo ibiroli by’ubukwe tuzakorana hamwe nawe, tujya gushaka ushinzwe gukora (declaration) turamubona atwemerera kuhatunganya nk’uko twifuza aragenda azana ibikoresho byose byo gutangira kuhatunganya amaze kubigeza aho ngaho arigendera ntitwongera kumubona uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Mu gihe tumutegereje ntangira kumwereka ubwo butayu mu bwira ko najyaga mbubona mu iyerekwa kenshi none ndimo kuburebesha amaso yanjye kandi bitakiri mu iyerekwa ahubwo mpibereye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Mu gihe narindimo kuvuga iby’iyerekwa mbwira uwo mukobwa wa (2) mbona umugore warutuye haruguru yubwo butayu azanywe no kudusaba ikiraka cyo gukora decollation, ntungurwa no kubona abega bari baratashye muri gakondo yabakiranutsi bongeye kugarurwa mu butayu bugufiya bari batuyemo mbere yuko basubira muri gakondo yabakiranutsi kujya kwima ingoma.Mbona abana babo nibo bagaruwe mu butayu bagira amahirwe basanga amazu basize ubwo batahukaga ari nta bantu bayitwaye ngo bayajyemo,ahubwo basanga barubakiwe na yandi meza agezweho buri muntu yinjiraga mu isambu ifite inzu yubatse neza uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli uburire abega uti, mulimo gushinga umuhunda ku kirenge mugiye kwica umukobwa wa Rwigara Assinapol Anne Uwamahoro Rwigara,kuko ibyo ari byo mwifuza. Nimumara kumuhitana namwe mugiye gukurwa ku ngoma vuba cyane bidatinze kugirango mumenye neza yuko Uwiteka Imana Nyiringabo aca imanza zitabera, kandi ko iyo avuze asohoza ibyo yakuvezeho uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho cyane rirambwira riti, ubisobanure neza cyane yuko bagiye kwirukanwa ku ngoma bamazeho imyaka (30) bagasubizwa mu butayu bahozemo cyera mbere yuko bahabwa ubwami uko niko Uwiteka Nyiringabo abitegetse!