Iminsi (40) yo guca igihanga umuhanuzi Majeshi Leon!
Umutambyi nta bwo ashobora gucibwa igihanga atari iyeresalemu,dore uburyo satani yarwanije umurimo w’Uwiteka Imana uhereye mbere na mbere yuko umuhanuzi Majeshi Leon,atangira gukora umurimo yahamagariwe n’Uwiwteka Imana uhereye muri 2002.
ODETTE MUREKATETE.
Uhereye muri uwo mwaka tuvuze hejuru,Uwiteka Imana yabwiye umuhanuzi Mejeshi Leon,ko azajya gukorera umurimo w’Imana mu gihugu cya leta zunze ubumwe z’America,kandi ko ikimenyetso Imana yamuhaye ni uko umushumba wabo wabayoboraga muri Eglise Vivante witwa Budederi William waje kujya muri USA nyuma yo kunanirwa kumvikana n’inkozi y’ikibi Pastor GTAHA STARATON uyoboye VIVANTE waje kubifashwamo na SENATERI NYIRAMIRIMO ODETTE kugirango ahagararire iryo dini mu mategeko nyuma y’urupfu rwa NDARUHUTSE DAVID.
HON.BARIKANA EUGENE
Nubona uwo mushumba akubanjrije kujya muri America icyo gihe uzaba wegereye kuva muri gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka yabwiye umuhanuzi Majeshi Leon.
Bigeze 2005 Uwiteka Imana yongeye guha guhamya isezerano ryayo kumugaragu w’Uwiteka Majeshi Leon,Imana imubwira ko azajyanwa muri America gukorerayo umurimo w’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
2005-2006 niho yarangije kwiga muri “KIST Information and Communication Technology IT”hanyuma muri uwo mwaka ni naho yatanze ubuhanuzi bw’umwakagara ko azakurwa ku ngoma Umwami w’uRwanda Kigeli V.Ndahindurwa akima ingoma.
Uwo mwaka tuvuze hejuru ninawo Imana yamubwiye ko azajyanwa muri America wenyine ntawundi bazajyana yibajije impamvu Uwiteka Imana avuze gutyo biramuyobera.Ariko akomeza kubyizera uko Imana yabimubwiye.
mbere yahoo gato,hakonkobotse umuhanuzi ukoreshwa nabadayimoni wasengeraga mu itorero rya ADEPR,wigaga Theology NAIROBI –Kenya.maze ahura n’uwo mufasha w’uhanuzi Majeshi Leon,abahanurira ko bagiye kurushinga nyuma y’igihe bakazatandukana ngo hanyuma bakongera bagahura
Ku wa 27 Nzeri 2008 niho yateguye ubukwe gushakana na MUKANDIRIMA MUREKATETE ODETTE umwuzukuruza wa NDIRIMA ukomoka mu muryango w’ABATANGANA.Uwo mwuka wasekuruza akaba ariwo umukoreramo dore ko na musaza we BARICANA EUGENE yamwibwiriye iyo mpano afite yita ko ariyo guhanura na sekuruza NDIRIMA ngo yarayisangwanywe ndetse nuwo murumuna we wamuteje imbaraga z’umwijima nawe arayifite kandi ntabwo akijijwe.
Umuhanuzi Majeshi Leon yaje guhamagara uwo muhanuzi amubaza uburyo Uwiteka Imana ashobora gutanga ubuhanuzi nk’ubwo maze umuhanuzi w’ikinyoma Leon ntabwo amwibuka amazina ye,arabihakana
Ubukwe bwabaye ku wa 27th Nzeri 2008 bagiye gutanga impano z’Abageni,bahise bamanura INKUBA yogukubitisha leon ngo ahite agwa aho ngaho,ariko bisanga Imana yari yaramubwiyegukora amasengesho y’iminsi (60) mbere yuko akora ubukwe,ndetse ko mubukwe bwe azahaguruka akiririmbira indirimbo zo mu gitabo cyo gushimisha iya 385,405,na 82.Dr.WENSE wo kuruhande rwa Madam utarizeraga Imana ,yavuze ko Imana yo mu ijuru yemeye ko iriho kubera ubwo bukwe bamanuye INKUBA igahinduka amazi masa.
Bucyeye ku wa 28th Nzeri 2008 ahagana saa 10:00 z’amanywa,Uwiteka Imana abwira umuhanuzi Majeshi Leon ko agiye gutandukana n’uwahoze ar’umufasha we.Uwiteka Imana ibyo yabwiwe n’Uwiteka Imana yabakiranutsi, ,Leon nta bwo ya byizeye kuko yarazi ko abarozi babagose.
Bwarakeye MUKARUJUGIRO JACKLINE aragaruka aza gusiga ibirozi murugo rw’abageni,bari mucyumba banga kuvamo babwira mwishya wa Leon nawe kuruhande rwa Leon mu mruyango we,yari yabukereye adashaka ko uwo mudam yashakwa na Nyirarume musamusanga mubuhanuzi bw’igice cya 1-3 yitwa MUKESHIMANA JEANETTE,nawe akaba umurozi ruharwa nyamara se s’umwana wo muri 1984?Maze abwira uwo murozi kazi Jackline waje gushakwa n’Umuhutu ukora muri BNR maze igisuzuguriro BARIKANA YASUZUGURAGA ABAHUTU cyirarangira.
Bitewe nuko yaramaze imyaka (4) arwanirira intambara uwo mukobwa kuko yarwanywaga na Murumuna we,bityo bishyira hamwe bafatanya kwizera ariko mu byukuri ntibyari muri gahunda y’Imana bitewe nuko Imana yabonaga intambara umjuhanuzi azagira zikazamucyerereza mu butayu aho yabumazzemo imyaka (6).
Gusa umuhanuzi avuga ko bitamutunguye nubwo hari imbaraga zoherezwaga nuwo muramu we,zo kumuvangira,ariko yarazi icyo Imana yavuganye nawe,gusa avuga ko,iyo utarasonukirwa imikorere y’Uwiteka Imana bigora cyane kumenya umugambi w’Imana igufiteho.
Avuga ko,bamaze imyaka(4) batararushinga nyamara bari barumvikanye byararangiye,bitewe ni uko igihe cyarimo kigenda gishira,ariko ubuhanuzi bugenda busohora aho dushatse kuvuga ko ubuhanuzi bwa Col.Patrick Karegeya bwasohoye muri 2007 aho yahise ahunga igihugu,agahungira muri Asia mu gihugu cya Qatari nyuma yahoo yaje kugaruka mu gihugu cya Tanzania,abona kujya muri Africa y’Epfo.
Hasigaye ibyumweru (2) ubwo ni ukuvuga iminsi (14) murumuna wa madam we witwa MUKARUJUGIRO JACKLINE YAGIYE MUBAPFUMU ATEZA UWO MUKURU WE,MUREKATETE ODETTE imbaraga z’umwijima zo kwica ubukwe!haza igisiga gihagaragara hejuru ya madam Leon,hari ahagana mu masaha 11:00 am z’amanywa.Ibyo byari bisobanuye ko uwo madam leon atazigera yikora mu mugongo.Nyuma yahoo gato uwo mugore waje gushaka muri 2012,na nubu akaba ntarubyaro nawe yari yabona,akaba yarize kaminuza muri ULK imyaka (8) aza kubona impamya bushobozi abifashijwemo na Hon.Barikana EUGENE.
Uwo nguwo niwe ukurikira Hon.BARICANA EUGENE ukomeje gukoresha mushiki we,hamwe na KARAKE SATADAY ukorera mu murwa akomejemukuru wa NAIROBI nka maneko cyangwa magigiri cyangwa intasi y’uRwanda mu muryango wa EASTER AFRICAN COMMUNITY EAC,uwo yakoze ibishoboka byose ngo akize mushiki we ngo kuko bitwa abatangana,hanyuma abone uko acisha igihanga uwahoze ar’umugabo we,ar we umuhanuzi Majeshi Leon,yita ko,akorana n’interahamwe.
Twibutse yuko,ubukwe babukoreye muri Christiam Life Assembly CLA,akaba ariho umuhanuzi Majeshi Leon yasengeraga naho,umudam we,akaba yarasengeraga muri CELPR,yashinzwe na RUGUMBUGUZA MECHACK waje guhungira muri America kubera kurya ibihumbi $100.000 byari byohererejwe abahoze ar’indaya bakaza gukizwa babwirijwe na Association yitwa iherere Munyarwanda yashinzwe na Pastor Jean Marie hamwe na Fayira Uguste ubu ubarizwa kumugabane w’Uburayi maze uwo muryango bakaza kuwamburwa na Col.Fred Nyamurangwa hamwe na Pastor RUGUMBUGUZA MECHAK washunze urusengero rwa CELPR.
Uyu mugore we yasengeraga muri CELPR iyobowe na Col.Fred Nyamurangwa,na Col.Twahirwa Dodo,bose akaba arabashumba biryo torero ,ariko rikaba ruarashinzwe na Pastor RUGUMBUGUZA akaba umwe mubashinze iryo torero hanyuma Mechack yanga kumugira umupastor kandi ari we washatse ibyangombwa by’ubuzima gatozi akoresheje musaza we BARICANA EUGENE ICYO GIHE WARI PEREFER MU NTARA Y’UBURASIRA ZUBA.
Bigeze muri 2010 muri gashyantare ku wa 25 Gen.Kayumba Nyamwasa yaje guhunga nk’uko ubuhanuzi bwo muri 2002 bwavugaga,maze leta y’umwakagara ikoresheje abadamu babageneral nabo bakoresheje uwahoze mu ngabo wita Copl .Pastor.John Emmanuel yatangiye guhiga umuhanuzi Majeshi Leon kuko ubwo buhanuzi bwari bwarakwiragiye mu murwa mukuru wa gakondo yabakiranutsi.
Ndetse ijoro Gen.Nyamwasa yahunzemo,umukuru wa GARCEC CEO EUGENE yaje gushaka umuhanuzi Majeshi Leon amuha ibihumbi 10000 frw kugirango birirwane umunsi wose amubwire ubuhanuzi bw’uRwanda bwose,uyu EUGENE akaba ari nawe wagambaniye abanyamurenge abinyujije muri ARLMe ministries abona inzira yo kugera imurenge bajyana amafaranga batanga intonorano maze abasirikare barimo ba Gen.Masunzu na Gen.MAKANIKA HAMWE NABANDI BABACAMO IBICE (2)
Ubwo byageze mu kwezi kwa mata 2010 Uwiteka Imana abwira umuhanuzi Majesh Leon ngo nave mu gihugu mbere yuko atabwa muri yombi.Yabiganirije umufasha we,ndetse ajya no kuganiriza muramu we,Hon.Barikana EUGENE ndetse ajya n’IRWAMAGANA GUSEZERA kubabyeyi bumugore we.
Hon.Barikana yanze kuza kbaganiriza ngo abaze ikibajyanye muri Uganda usibye ko umuhanuzi Majeshi Leon yari yamubwiye ko agiye gukomeza amashuri y’iyoboka Mana muri icyo gihugu cya Uganda akabyemera!
Ku wa 24th mata 2010 bahagarutse mu murwa mukuru wa gakondo yabakiranutsi,bajya gufata bus,ariko ku wa 23th mata 2010 akaba yari yahuye na pastor John amusezeraho amubwira ko agiye kwiga mu gihugu cya Uganda .Mu gihe yari kugisasiro,uwiteka amubwira ko adakwiye kunyura GATUNA AHUBWO KO ARI BUNYURE KAGITUMBA,kuko Gatuna yatezwe nabagizi ba nabi.Ibyo ntabwo yabashije kubisobanukirwa kubera guhagarika umutima no gutinya ibyara by’umwakagara ko byamusingira kandi yarageze kumunota wa nyuma.
Yafashe tax,ageze mu nzira ahura na bus ya GARSON niyo yari yakatishije tick maze iramusinga,ahita afata JAQUAL iramutwara imunyuza Kagitumba ariko ibintu byo byari byatwawe na bus ya GARSON.
Ku wa 25 mata 2010 murukerera Uwiteka Imana abwira umuhanuzi Majeshi Leon,ati wuwo hereza tick umugore wawe asubire muri gakondo kuko ugiye gutangira ubutayu kandi nta bwo azabushobora.Avuga ko ako kanya yahise afata tick ayihereza umufasha we umufasha we aramubza ati nayiki?
Undi amubwira uko Uwiteka avuganye nawe,undi aranga yanga gusubira inyuma,bamaze amezi arenga (2) kumusozi wa Prayer Mountain ahitwa Sseggukku BUNAMWAYA ABABAYE UGANDA – KAMPALA BARAHAZI.
Ku wa 22nd Nov 2011 yarashimuswe na za maggigiri z’umwakagara,amara iminsi (143) mu nzu y’imbohe,ku wa 12 mata 2012 akurwa n’Uwiteka Imana ikoresheje amaboko akomeye ava mu nzu y’imbohe.Imana yamuhishe muri hotel amezi (7) maze umuryango w’umugore uraterana bemeza yuko bakiza umukobwa wabo,naho umuhanuzi Majeshi Leon agacibwa igihanga ngo kuko ashaka kubateza umwakgara bakabura umugati bari barironkeye.
Nyuma ya mezi (7) bahishwe n’Uwiteka Imana,hotel yishyurwa na mwene data witwa Sophonie waje gukorana na za maneko z’umwakagara nyuma y’imirimo myiza yose yakoze,akaba atuye muri America ahitwa Georgian,akaba ari we wisshyuye hotel ayo mezi uko aratanu kuko ukwagatandatu n’ukwakarindwi byishyuwe na mwene data wundi w’ishuti ya Sophonie kuko bamenyanye ariwe biturutseho akaba muri America ahitwa SOUTH CAROLINE.Yitwa BERNARD BAGWAGURE,AKABA UMURUNDI UKIJIJWE.
Leta ya Uganda iyobowe n’umwana w’umusita Kaguta Yoweri M7, bamaze kuyitsinda,kandi ubusanzwe leta itajya itsindwa,bahise batanga urupauro rwitwa DISMISAL LETTER rwo kubirukana bakava mu gihugu cya Uganda nibwo Imana yakoresheje abo bene data kandi batanga amafaranga abakura muri Uganda akabageza muri Kenya babahaye amadollar $280 ahwanye namagande ibihumbi 780000 Ug
Bafashe urugendo nk’uko Uwiteka Imana yari yabivuze ko nibaramuka batambutse uwo munsi ku wa 10 Ugushyingo 2011,ko Imana yaciye akanzu abari babateze ikaba yabteje inyota bakaba bagiye mukabari no gusambana,nta bwo bazabasha kuva muri icyo gihugu.
Ubwo mbere yuko tuva muri icyo gihugu twacumbitse kwa nyirasenge wa madam witwa BORA WASHAKANYE NA COL.GODY mu ngabo za Uganda akaba nawe yari mubahigaga umuhanuzi Majeshi Leon kuko bari baratanze miliyoni 81 z’amashillingi kuzabasha kumutanga akamuta muri yombi.
Bora yakoresheje umugabo we,biturutse kuri KARAKE SATADAY AKABA UMWANA WA MUSAZA WA BORA,AKABA YARAMENYAGA GAHUNDA ZOSE UKO ZITEYE ABAHAWE AMAKURU N’UWO NYIRASENGE BOSE.UBWO BITWAJE KO NGO UMUGABO ATIGEZE AMENYESHWA KO NZAJYA GUCUMBIKA MURI URWO RUGO MBERE YUKO MPASABA ICUMBI UBWO NARI NDIMO GUTEGURA URUGENDO RWO KUVA MURI UGANDA KUKO NARI NASABYE ICUMBI RY’IMINSI (3)
Twari hahiraga byose twatangaga amafaranga Imana yari yatwoherereje,ubwo uwo mugabo yaraje bibwira yuko ndibugire ubwoba ngahunga,ariko nicaye muri saloon ntegereza ko yinjira ngo ambaze uko nageze aho,nyamara icumbi nari nari hawe na mabukwe.Ariko yaheze hanze arangije asubirayo ubwo hari ku wa gatanu bwaceye ku wa gatandatu tuva mu gihugu cya Uganda .
Twafashe bus yitwa EASY COACH turagenda tumaze kwambuka umupaka wa Uganda twinjiye kubutaka bwa Kenya,umuhanuzi Leon,yerekwa intare ibakurikiye yuriye igare ifashe kumudoka,maze amenya yuko inyuma har’inkurikizi.
Twageze mu gihugu cya Kenya umurwa mukuru wa Nairobi,Imana yari yavuze yuko turi bujye muri hotel ya Seventh Day advantiste SAD iri ahitwa MIRIMANI ROAD,twahamaze ibyumweru (2) ku munsi twishyuraga 2400 Kshs,twabagiyemo ideni ringana na 33600Kshs nibwo maneko w’umwkagara nawe yahise aza ajya muri iyo hotel Room N° 7 natwe twari muri N° 2 maze duhurira mururi ahita ahisha ikarita ye ariko aanirwa guhisha idarapo ry’uRwanda.
Twanyuye icyayi vuba vuba,dufata ibyangushye,duhita tuva muri hotel twinjira mu butayu nk’uko biri mugitabcy’ubuhanuzi,twagiye kuri HCR dusanga baramaze kudtanga tanga,Imana ibwira umuhanuzi ko igihe cyo gufashwa na HCR kitaragera ubwo bahise bagana ahitwa KASARANI nk’uko Imana yavuze ko ihafite umupastor uyubaha witwa Nkundabantu SIMON akaba umukongomani uvuga ururimo rw’ikinyarwanda akaba umuntu mwiza,ariko akagira ikibazo cya bene wabo bamukikije batuma ineza itarangira ngo abantu bayishimire.
Murugo rwe twahamaze ukwezi kumwe ari nako tuhakorera umurimo w’Imana kuvuga ubutumwa bwiza no kubohora ababoshye,ku wa 02 Mutarama 2013 yaduhaye ibihumbi 4000 Ksh adusaba ko twashaka ahandi twajya kwihisha kuko bari bamaze kumuteza za maneko z’umwakagara zikorera mu madini yo muri icyo gihugu cya Kenya.
Twahise tujya ahitwa KIBIKO aho tuzabereka muri iyi minsi filme y’ubutayu bw’icyo gihugu,ndetse na mafoto nayo twarayabashakiye muraza kuyabona nk’uko twabibasezeranije.Izo ntasi zakoreraga Kasarani nyuma y’iminsi (45) zahise zihadusanga amakuru bayakuye ku mu pastor witwa MANDERA MARCEL wakoranaga na Pastor NKundabantu Simon akaba ari nawe wadutwaye muri ubwo butayu,akaba ari nawe waje gutanga amakuru yacu yaho twihishe.
Uwiteka Imana yabwiye umuhanuzi ko haje intasi y’umunyamurenge ije kubaneka,yahise iza,ihageze izanira amata y’inshyushyu umudam nyiri aho,maze atangira kumubaza amakuru atwrekeyeho,uwo mudam yahise atugambanira,ubwo Leon yahise ahamagara umuvugabutumwa witwa ELIJAH wo mu bwoko bw’ABAMASAYI ABATWARA AHITWA TINGATINGA CYANGWA ODINGA HAFI YAHO BACUKURA UMUNYU HITWA MAGADI.
Twahamaze iminsi (4) ariko iyo minsi uko ari (4) niko umudam w’umuhanuzi yamushimutaga amubwira ko we agiye kwisubirira muri gakondo yabakiranutsi niba atemeye ngo asabe imbabazi umwkagara maze basubira muri gakondo
Umuhanuzi yaramuhakaniye,maze undi ahamagara mukuru we,witabye Imana witwaga Beata yahise amubwira ko ansiga mu butayu akigarukira muri gakondo aho kugirango aphane n’umuhanuzi uhanura ko ngo ubwami buzagaruka umwakagara agakurwa ku ngoma.
Twaraje tugera ahitwa KISIRIYANI,tuhamara ukwezi kumwe,barahadusanga ibi byose umugore niwe wabikoraga kugirango andushye umutima nzageraho nemere kugaruka muri gakondo no kureka umurimo w’Uwiteka Imana yampamagariye.Kuko yahamagaraga muri gakondo kandi azi neza ko tel zacu bazikurikira.
Twahungiye ahitwa ONGATA RONGAI mu ntara yitwa KAJIADO,twahamezi (8) ninaho Uwiteka yamukoresheje ibimenyetso n’ibitanganza bikomeye kugeza aho mudam yagize ishyari ry’impano iri mu kjugabo we,ndetse ubwo umuhanuzi yashyiraga ubuhanuzi buvuga yuko Uhuru Kenyatta azaba umukuru w’igihugu undi yaramibajije ati,nibitaba uzanjyahe?
Umuhanuzi yamushubije ko nibitaba azahjita areka umurimo w’Imana yakoraga akayoboka umwakagara ,igihe cyageze ubuhanuzi burasohira,ariko kuko yaraziko hari iby’Imana yavuze kuri icyo gihugu uburyo Imana izagirira neza icyo gihugu nibaramuka bumviye umuhanuzi ibyo azababwira,ibyo gusubira muri gakondo yahise abishingukamo kuko yaramaze kumenya ko hari umugisha uwiteka Imana yateguriye umuhanuzi.
Aimedo Burme murupf rwa mama we,
2013 umwana wa mukuru we,witwa Umutesi AIME yahawe ikiraka cyo kuneka nyina wabo,kuko bari bamaze kubabura burundu,ndetse abwirwa ko,yazabwira nyina wabo Murekatete Mukandirima Odette madam Leon ko Majeshi akomoka igitarama akaba ari n’umuhutu akaba abeshya ko yavukiye Tanzania kugirango batamenya inkomoko ye.
Icyo cyabaye ikinyoma cyambaye ubusa ninaho madam Leon yahise amenya ibanga ko Umutesi AIME yashakanye na n’umugabo witwa RUSINE WATURUTSE CONGO UKORA MURI TRACK KO NAWE AR’UMUHUTU WATURUTSE CONGO,ibyo byose za maneko zakoze ibishoboka byose ngo zikoresha umuryango Majeshi yashatse kuko umuryango wa Leon batashobora ku wubona nubwo hari bacye bacitse ku icumu ry’inkozi zibibi ariko nabo ntabwo babasha kubabona.
Uyu Aimedo Mutesi ise yitwa Josepf Burme akaba atuye igisenyi,uwo mugabo Burme akabna yarohereje amadollar $100 kugirango IOdette ate umugabo we,mu butayu,aho niho umuhanuzi yahise avuma Burme kuba amusenyera kandi barashatse mu muryango umwe maze ahanurira umugore we,ati mukuru wawe uyu mwaka azapfa maze Burme asigare arumupfakazi.
Uko niko byagenze mu ukwakira ku wa 19 2013 mukuru wa Odette twavuze haruguru yahise yitaba Imana,maze madam Leon ararira abanyaKenya bayoberwa ibyabaye!Igihe cyarageze Imana yerekana ko umuhanuzi agiye gutandukana n’uwahoze ar’umufasha we,ibyo byabaye nyuma yo gutuka Imana yo mu ijuru,atuka Nyiru’uRwanda ko ntadufashije mukaga twahuye nako,ariko akoyibagiza yuko Uwiteka yakoresheje abo ashaka kugirango arinde ubugingo bwacu kandi akaba yarabaye amahoro.
Nyuma yo gutuka Umwmi n’Uwiteka Imana yongeyeho gutuka umugabo ari we umuhanuzi majeshi Leon amutuka igitutsi mwishwa we yamututse amwita imbwa,ibyo ntibyamuhagije ahubwo yanatutse mama ubyara umuhanuzi witabye Imana ku wa 1st mutarama 1981.Aho niho umuhanuzi yahise yumvira Imana yemera gutandukana n’umufasha we kuko ntacyari gisigaye.
Ku wa 29th Gicurasi 2014 ni bwo Odette yahise asubira muri gakondo yabakiranutsi nk’uko Uwiteka yabivuze,aho yitwa Nyamonga mu gitabo cy’ubuhanuzi nk’ikimenyetso umuhanuzi yatanze ko kizaba kigaragaza kuvaho k’umwakagara.
Umuhanuzi yabaye ahitwa upper Hill ahamara iminsi (14) anyagirwa n’imvura yicwa n’inzara nk’uko mu bibona mu buhanuzi maze umugore amaze kugenda Imana iramubwira iti,nguhaye akazi ukomeze ubutayu sinashakaga ko ukomeza kubana nuriya mugore kuko yatumye inshuro nyinshi utankorera umurimo wanjye nkl’uko naguhamagaye.
Nyuma ya mezi (3) mbonye akazi,za maneko z’umwakagara zaraje zimenya aho mpereye nyuma zindasa amasasu (2) hari ni njoro saa cyanda ndimo kumurimo w’ubuzamu,ariko kumanywa nari naberetswe ndetse mbyandika mu gitabo cy’ubuhanuzi igice cya (4);ako kanya nahise ndeka akazi bucyeye Uwiteka Imana amubwirako azamuha akazi keza gahemba nk’uko UN bahemba abakozi babo umushahara utubutse.
Ubwo yakomeje ubutayu mu ugushyingo 2014 nibwo Uwiteka Imana yerekanye umudam we mu iyerekwa ko azgaruka mu murwa mukuru wa Nairobi agashaka kwica umuhanuzi yoherejwe na leta y’umwakagara ko musaza we Barikana ari we uzaba abyihishe inyuma.
Muri 2015 umugore wahoze ar’uw’uhanuzi Leon yanditse e-mail abwira umuhanuzi ko hari abahanuzi bamuhanuriye ko Uwiteka agiye gukora umukwabu mu bagore bataye abagabo babo.ndetse amubwira ko beretswe ko umuhanuzi agiye kujyanwa mu mahanga kandi ko har’umugisha mwinshi cyane uri imbere y’umugabo we ari we umuhanuzi Leon.
Uyu mudam yagiye ahimba himba ibintu bitandukanye kugirango arebe ko yagaruka kubana n’umuhanuzi kuko yaramaze kumenya ko ubutayu bugiye kurangira kuko yakurikiraga inyandiko zose z’ubuhanuzi zishyirwa ku kinyamakuru inyangeNewss.
Umuhanuzi Leon,avuga ko,atigeze amugirira ikizere nyuma yuko Imana imuhishuriye yuko umwuka umukoreramo atari umwuka w’Imana yo mu ijuru,ahitamo kujya amuhisha amayerekwa yose Imana imubwira.
Ku wa 18th ukuboza 2013 ni bwo Uwiteka Imana yahishuriye umuhanuzi ko,umudam we adakoreshwa n’imbaraga z’Imana ahubwo ko ar’izasekuru wakoreshaga imbaraga gakondo witwa NDIRIMA,Imana inamubwira ko adakwiye kubiomubwira kuko adashobora kubyemera!Ariko umuhanuzi byaranze arabimubwira kugirango ahamye ko iby’Imana ya mubwiye ar’ukuri
Umudam we,yahise amutera utwatsi nk’uko Imana yabivuze,ubwo nyuma yigihe gito yahise ahamagara musaza we,KARAKE maneko muri EAC amwohereza tick yo gutaha nyuma yo kubivuganaho na Barikana Eugene.
Ariko bambe akagira undi musaza we witwa CYABUKOMBE umaze iminsi mu bihugu byo mu burayi,ukijijwe rwose nawe akana yarohereje ibihumbi 16000 kugirango mushiki we atahe asubire muri gakondo ariko we ntabwo ya yohereje kugirango mushiki we atane n’umugabo we,ahubwo ni uko yamwimye amakuru ya ngombwa amusaba ko yataha akajya kureba abana ba mukuru we warumaze kwitaba Imana mu mwaka wa 2013.
Ku wa 29 kamena 2015 ni bwo Imana yavuganye n’umuhanuzi Leon mu gitabo cy’ubuhanuzi cya (11) nari mwe aho usanga amafoto yerekana inyama,Uwiteka Imana amubwira ko,barimo kumuvuga cyane,kandi ko akwiye gukora amasengesho kugirango Imana imucire akanzu kuko umwanzi yaramaze guca icyobo.
Yakoze amasengesho amasaha (48) hanyuma ku wa 02nd Nyakanga 2015 madam yaramaze guseekara mu murwa mukuru wa Nairobi yaje ni ndege aragenda yishyura ibihumbi 23600 Kshs kuko umuhanuzi yari yarishyuye ibihumbi cumi 10000 Kshs abihawe n’umuntu yasengeye Imana ikamukiza indwara yararwaye.
Amaze kwishyura ibyo bintu,yahise,yica ivarisi yaririmo ibitabo,za diplome,certificate y’ubukwe.album,cd y’ubukwe igitabo cy’indirimbo,na mather tape y’ubukwe ibyo byose ahita abitwara maze atelephona uwahoze ar’umugabo we,amubwira kuza gufata ibintu bye,kugirango namara kuhagera ahite atabwa muri yombi nabakagara maze Barikana abe ashoje urugamba rwe umwakgara arusheho kumugirira ikizere.
Umuhanuzi yohereje umubyeyi umwe basengana ajya kuzana ibyo bintu,arangije agezeyo madam ashaka kumugambanira,Leon ahita telephone madam amubwira ko uwo mudam nagira icyaba nawe ari buhure nakaga gakomeya,madam amenya ko Leon yamze kumeya gahunda uko ziteye.
Ibinu yarabutanze akorsha umukasi aca amafoto yose y’ubukwe ahari ifoto ye na Leon akahaca,nyamara iyo album cyangwa za cd cyangwa mather tape nta bwo bayri ibye,arangije atwara ibikoresho Leon yakoreshaga mu ikoranabuhanga byose amwoherereza ibitabo bye na za diplome na bibiliya.
Umuhanuzi avuga ko,yibwiye ko barangizanyije,ariko siko byagenze ahubwo madam Odette yakomeje gushaka uburyo yasohoza umugambi mubisha kugirango uwahoze ar’umugabo we acibwe igihanga.
Ku wa 15th July 2015 nibwo yaraye amwoheretreje sms ubutumwa bugufiya amubwira yuko amuhaye iminsi (40) bakaba bamaze kumuca igihanga,uyu munsi umuhanuzi yagerageje guhamagara umuntu basanzwe bakorana umurimo w’Imana asanga telephone bamaze kuyitrackinga aho kwitaba uwo mwene data ,hakitaba umugabo cyangwa umugore.
Intambara ikomeye nyuma yo kurangiza ubutayu,iyananiwe ibihugu (2) Uganda n’uRwanda,igiye kurangizwa n’uwahoze ar’umugore w’umuhanuzi Majeshi Leon,abasenga mwese bitwa bene data musengere umugaragu w’Uwiteka Imana kuko satani yahagurutse nyuma yuko ikimenyetso cya Nyuma cyitwa ijwi ry’umuhanuzi munda y’Ibuye gisoye cyikajya ahagaragara kuri Radio inyange.
None tubasabye amasengesho menshi kuko inkozi zibibi nabiyita bene data dusangiye data wa twese akaba na se wa Yesu Kristo bemeye intonorano z’umwakagara kugirango bamene amaraoso yabakiranutsi atariho urubanza.
Leave a Reply