Igice cya (27) cy’Ubuhanuzi

1 Mar,2016 ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abakiranutsi mu minsi itar’iyakure bagiye kunezerwe Uwiteka Imana kuko iyo yavuze agategeka biraba ndetse bikanakomera kuko ar’Uhoraho nta kijya kimunanira uko niko Uhoraho avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona Umwami nyir’uRwanda,Kigeli V Ndahindurwa,yongeye kwima ingoma kandi icyatangaje rubanda rw’Umwami,ni uko yimye ingoma kandi umwakagara akiri ku ngoma.Maze abantu bayoberwa ibibaye amahanga arajujura ariko biranga biba iby’ubusa Umwami nyir’uRwanda yima ingoma.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,nta cyo Uhoraho avuga ngo gihere.Dore NyiruRwanda nzamusubiza ku ngoma kandi nawe azatangara cyane kuko atazamenya uko bibaye ahubwo azatangara yumirwe maze uhereye icyo gihe umuntu wese utazasenga Uwiteka Imana y’uhumanuzi Majeshi Leon wahanuye yuko Nyir’uRwanda azasubira ku ngoma,azahura nakaga gakomeye cyane uko niko Uhoraho avuga.
Ubwo nkivuga ibyo,mbona nyir’uRwanda yegeranije utwana tw’udupfubyi twasigaye mu miryango atugirira neza aduha amafaunguro cyane cyane twa nyampinga mbona adushyize murukari aho bazajya batwondora kubera twazahajwe n’intambara zabakagara nabakagara Kazi.
Maze mbona ingabo zakabaye iz’igihugu, zihindutse iz’umwakagara,nerekwa zose zishyira ibirwanisho hasi zemera kuyoboka amahoro kandi zimera ko Kigeli V Ndahndurwa ari we Mwami w’uRwanda.Mbona abakomeye muri bo babaye nk’imbwa izingira umurizo wayo mu maguru ariko rubanda rw’Umwami rugira umunezero utarabaho mwinshi batigize kubona maze amahoro arasagamba ubutabera bukwira muri gakondo yabakiranutsi uko niko UHoraho avuze.
02 Mar, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo ya barwanya Uwiteka Imana yabakiranutsi,wongeye kuguhagurukira,dore abo waruzi biyitaga yuko mukorana umurimo wanjye nibo bamaze igihe bakugambanira.Ninabo naguhishuriye ko bafite uburyarya nuburiganya muri bo.Ariko igihe kirageze kuko nakubwiye yuko uyu mwaka ari umwaka wubutabera bw’Uwiteka wirinde kuba ubashyize ahagaragara kuko igihe cyabo kitaragera neza nzakubwira igihe uzabikorera niko Uhoraho avuze.
Dore umufasha wiyo nkozi y’ikibi mwakoranaga umurimo ubu niwe urimo ku kugambanira akoresheje umufasha we,ariko araruhira ubusa kuko bisa no gushinga umuhunda ku kirenge uwo niwe umaze igihe agambanira gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Nuko nkomeza guhishukirwa uburyo umwe wo mu bakiranutsi kazi akomeje gushaka gukiza ubugingo bw’umuhanuzi mukuru ariko inkozi zikibi zigakomeza kumubangamira.Yashakaga ko yakiza ubugingo bwe,ariko umutware we w’inkozi yikibi agakomeza kumubera indryarya no kumubuza kugira neza mu gihe bikenewe kandi bishoboka.
Nkomeza guhishukirwa iyo nkozi y’ikibi uburyo ashaka ko yarimbura ubugingo bw’Umuhanuzi.Nuko nkomeza kwerekwa uburyo iyo mbura mumaro(justin)utuye mu Bwongereza akaba yarashakanye na “BIZAMPORO Jeanninne” ukuntu akorera munsi ya mazi kandi umufasha we ntarabukwe akibwira ko bari kumwe nyamara batari kumwe.
Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore uwo muryango ugiye guhura na kaga gakomeye cyane nubwo umufasha we yabihishuriwe ariko ntabwo yigeze asobanukirwa ibyayo mayerekwa habe namba kandi nawe wirinze kumusobanurira icyo ayo mayerekwa asobanura kugeza magingo aya ntabwo umufasha arasobanukirwa uko biteye ariko umufasha wiyo nkozi y’ikibi nakomeza kugira neza,nta kabuza yuko Uwiteka azabagirira imbabazi biciye kumufasha we,ariko umutware ntazabura guhanwa uko niko Uwiteka ategetse.
Nuko rero uzirinde kumusobanurira utararangiza gahunda z’Uwiteka kugirango Uwiteka yiheshe icyubahiro yagusobanuzaga yacaga amarenga y’ubugambanyi bagiye kugukorera nuburyo bazahanwa n’Uwiteka Imana kubera kugambanira umwuka w’Uwiteka Imana
Nuko nkomeza guhishukirwa ubugome bw’abantu bakorera mu isi yabazima, kubera gukunda iby’iki gihe nka DEMA wagambaniye umuntu w’Imana intumwa (Paul) ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ntutinye kuko ntazabura ku kugirira neza ndabizi wahuye ni ntambara zikomeye cyane kandi wagaragaje kunyizera ntiwatewe ubwoba na JEZEBEL ngo wemere intonorano zo mu murwa w’IBABYLON niyompamvu ntazabura ku kugirira neza ngo nsohoze ibyo nagusezeranije kuko wagaragaje kuba umwizerwa imbere y’Uhoraho ni mbere ya bana b’Abantu.
Kubera iyo mpamvu,nanjye nzigaragariza imbere yawe ni mbere ya mahanga kugirango amahanga amenye yuko umfiteho Uhoraho Uwiteka Imana yawe nkumucunguzi wawe kandi akaba nagakondo yawe uko niko Uhoraho avuganye nawe uyu munsi.
Dore abagambanyi bose bagambaniye ijambo ryanjye nzabamanura mbakure aho bimanitse mu bushori shori bw’INYENYERI maze mbakubite hasi kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka ushobora byose mbese hariho icyananira?Uko niko Uwiteka abaza Yeremiya 32:27 Though you soar like the eagle and make your nest among the stars, from there I will bring you down,” declares the LORD.Obadia 1:4
Abahungiye mu mahanga ya kure nubwo bateye imizi ikamera ikararika bakadamarara,ariko dore igihe kiraje ubwo ngiye kubacira imanza zitabera kugirango bamenye yuko nd’Uhoraho aho hose batataniye bibwira yuko ntagerayo?Isi nibiyuzuye byose ni byanjye nijye wabiremye kandi byose nijye wabikoze nuko rero babwire ngo,uguhiga ubutwari muratabarana ngaho rero nibahagarare kigabo kuko mpagurukiye guhangana nabo kuko biyise abanyamaboko babonye mbakura ku cyavu bagirango babihawe namaboko yabo
Niyompamvu nanjye ntazabagirira ibambe kuko nabo batagaragaje kwera kwanjye ndetse bibujije kugira umutima w’imbabazi ahubwo bahitamo kwigira nabi bihindura ibisimba inyamaswa zo mu ishyamba nuko rero kuko ari byo bashimye,icyo umuntu abibye ni nacyo asarura uko niko Uhoraho avuga.
Dore ntakabuza za magigiri zihaye kugigira umwuka w’Uhoraho ukorera mu bahanuzi,sinzabura guhora mbaziza ubugizi bwa nabi kuko batigeze batinya ijambo ryanjye ahubwo bagakunda ubutunzi kuruta Uwiteka nyamara se nigeze mbima umugisha ahubwo bahora bashaka inzira ngufi zo gukiranirwa babitewe ni uko banze kumvira ijambo ryanjye nanjye nzabereka gukiranuka kwanjye kandi mbereke ko byose byaturutse kuri jye ibyo bigirwamana by’umwakagara biringiye nzabereka yuko ntaho bihuriye nanjye icyo gihe nibamara kubona babuze ipfo naruguru bazicuza ibyo bakoreye abakiranutsi banjye.
Dore ubwoko bwanjye baburya nk’itama zitagira kivurira,abashumba bazo nibo babanje kurya izibyibushye zifite ibinure,barangije guhanga barazita maze amasenga azinjiramo arazitanyaguza zimwe ziratatana izindi zigwa mu byobo zibura uwazikuramo,izindi zarazimiye ziheze mubuhuru,inyamaswa zabonye ibyo kurya bitazigoye izacitse ku icumu nazo barazigerereye kuko barimo kuzigambanira
Intama zanjye zirataka zabuze uwazitabara kuko ntawe uzitayeho,abihaye umurimo ninabo bazakaniye uko umwanzi ashaka birirwa mu nama bagambanira ubwoko bwanjye umwiza muri bo,ameze nkamahwa y’ibitovu,umukiranutsi muri bo,ameze nk’isusa ibyo byose Uwiteka arabireba akabyitegereza akicecekera atari uko ananiwe gukiza ubwoko bwe,ahubwo intama ze ziringiye abashumba bibirura bituma zinanirwa kwiringira sebuja wazoreye ahubwo ziringira abagaragu.
Ibyo na byo byahindutse imbarutso ya gahinda k’Uwiteka kuko intama zitazi shebuja,byatumye zigendera mu mwijima maze zihura nubuyobe bukomeye cyane,erega nta mwuka w’Uhoraho bafite nubwenge bwa muntu bakoresha kuko ntagitangaza gikomeye baragaragaza imbere y’ubwoko bw’Uhoraho ahubwo bakoresha amagambo aguruka nka serwakira maze abayatega amatwi bagasigara ari ibihurihuri badashobora no kwibuka ijambo na rimwe ryabagirira umumaro kuko bitaturutse k’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Dore nta kabuza umuryango wizo nkozi z’ikibi, umutware wa wamukiranutsi kazi, ntuzabura guhanwa n’Uwiteka Imana nkorera kuko bafashe umugisha bakawuhindura umuvumo niko Uwiteka avuga.
Nuko rero ntamugisha ubasigarijwe kuko ibyari umugisha kuri bo,babihinduye iby’iki gihe maze bahitamo intonorano bazisimbuza umugisha w’Uwiteka Imana ya bakiranutsi.
Naho umugore yiringira Uwiteka,nta kabuza ko Uwiteka atazabura guhana umutware we; kandi ntibizabura kugira ingaruka mbi kumuryango wose kugirango bamenye yuko Uwiteka aca imanza zitabera (Dore umugabo akora umurimo w’ubutasi rwihishwa) kubera gushaka ubutunzi bwataye mu minsi ya nyuma ubwo butunzi azabubona ariko azajya aburira mu myotse!Uko niko Uwiteka avuga!
Ibimenyetso by’ubugambanyi:by’uko bakoze ubugambanyi,bizashyirwa ahagaragara mu gihe cyategetswe n’Uwiteka Imana kugirango abantu bamenye imikorere y’umwanzi uburyo usanga umugore cyangwa umugabo umwe akorera sekibi undi agakorera Uwitea Imana yabakiranutsi
Nibyo byarampenze kongera kugarura ikinyamakuru ariko nabigezeho,mbere yuko basenya ikinyamakuru mu masaha macye bahise bashyiraho inyandiko y’ICYONGEREZA yitwa ESSAY njya kuyikuraho ako kanya bahita bongera gusenya urubuga rw’inyangeNews ibyo byabaye hagati y’15 na 18 FEB,2016
Urubuga maze kurusubizaho bakomeje kujya bashyiraho za nyandiko zo mu Cyongereza mba nabatahuye nanjye niga ubundi bwenge kuko ataribo banyishyuriye (fees) y’ishuri babikoze inshuro ebyeri maze umwuka w’Uwiteka urambwira uti,reba muri database ahitwa muri Categories bashyizemo connection yabo ibyo ukora byose babasha kubibona.Nijiramo ndareba nsangamo connection link (3) iyambere yitwa (Essay,Input,Output) mpita ndazihanagura maze ubwenge bwabo bubona iherezo bari banyuze muri word press bakajya ariho banyura igihe cyose ngiye gushyiraho ubuhanuzi umwuka w’Imana akambuza.
Nshuti bakundwa reka mbabwire yuko nahuye ni ntambara zikomeye ndetse zirenze kwizera k’umwana w’umuntu,hejuru yibyo ninako urupfu ruba rugeretse,abibwira yuko gahunura ari umurimo mwiza,nibyo ni mwiza imbere ya maso y’Uwiteka ndetse numurimo w’icyubahiro ninayo mpamvu abantu benshi bifuza kwitwa abahanuzi kuko ubutware nububasha icyubahiro biba kubahanuzi ariko ubuzima bw’umuhanuzi ubanza atari benshi bakwemera kububamo ugereranije nabiyita abahanuzi ubuzima bashaka kubamo cyangwa uburyo babyitwaramo
Ntushobora kuba Umuhanuzi urumunyabwoba,ntushobora kuba Umuhanuzi uca imanza zibera ubogamira kuruhande rumwe wikundwakaza ku bantu kuko Uwiteka niwe mazo ya bahanuzi ntushobora kuba umuhanuzi ukoresha ubwenge bwa muntu cyangwa ukoresha ubumenyi bwo mu isi
Ntushobora kuba Umuhanuzi ngo kuko ubikunda,ahubwo iyo mpano urayivukana Uwiteka niwe ugutegura kuva ukivuka akamenya n’ukuntu iyo mpano uayikoresha ni gihe cyayo kandi akunyuza mu butayu kugirango ubanze wige umenye umurimo ugiye gukora umumaro wawo ndetse ningaruka ziba muri uwo murimo.Ntibugutangaza ubona umushumba winka antuka kuri mama nibindi nkibyo kuntuka biranezeza cyane kuruta kuba wanyica cyangwa ukanshyira mu nzu y’imbohe usibye ko gupfa ntawe byishe!!! Kandi burya wabashije gusimbuka urupfu rw’umwakagara yawe nta kindi gishobora ku kwica muri iyisi ya nyagasani
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abanzi bakoresheje abo witaga ngo nabakiranutsi kuko ari ko biyita bakubereye indrarya bakaba batuye kumugabane w’Uburayi hafi nupaka w’Uburusiya bakaba barigeze ku kubwira iyerekwa ry’imipaka y’Uburayi n’Uburusiya abo ubashyire ho akarongo gatukura kuko babaye nka DEMA bakunda indamu mbi z’iki gihe uko niko Uwiteka avuga.
03 Mar,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bagiye kugukorera uburiganya kugirango umwanzi anezerwe nyamara ubihorere kuko badashobora kurusha ubwenge umwuka w’Uwiteka Imana.
Dore baragambanye kubera kubura uko babigenza ndetse bafite ubwoba bwinshi dore baragutanze nyamara ahubwo nibo bitanze bibwira yuko ibyo bakoze birimo ubuhanga dore babanje kujya inama zibyo bagiye gukora kubera urwandiko wabandikiye none umenye ubwenge igenze kwa kundi ujya ugenza maze utegereze amaherezo yabo kuko inzira z’Uwiteka zirenze igihumbi zo gukirizamo umwana w’umuntu.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,naguhagurukirije kuzajya uca imanza zitabera zibikorerwa mu isi yabazima,uwo niwo murimo naguhamagariye,none tunganya inyandiko zibyabaye byose uzishyireho ikimenyetso maze uzishyire ahagaragara kuko nshaka kwihesha icyubahiro iki ni gihe ibyavugiwe mu bwihisho bishyirwa ahagaragara ibyakorewe mu ibanga bikajya ahagaragara kuko abana b’abantu batinya ko ibyabo biri mu ibanga bijya ahagaragara kuko izo ari zo mbaraga zabo uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,menya yuko iki ari igihe cyo gushyirwa hejuru kwabakiranutsi ndetse akaba ari ni gihe cyo gucisha bugufi abishyize hejuru kugirango Uwiteka ahabwe icyubahiro uko niko Uwiteka avuze.
Nuko rero kuko banze kwizera ijambo ry’Uwiteka niyompamvu Uwiteka nawe atazabagirira imbabazi mu gihe cy’Akaga ntazumva gusenga kwabo ibyago ntizabura kubageraho kugirango bamenye yuko Uhoraho ariwe Mana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.
04 Mar,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,za nzira za cyera watekerezaga kuzanyuramo ujya mukindi gihugu zibagirwe kuko zamaze guhumana kandi cyane kuko igihe cyose iyo imbwa bayitegeye kumayezi ntishobora gukiza ubugingo bwayo nuko rero menya ubwenge umenye yuko igihe cyose iyo imvura ikubye buri muntu yirukanka ashaka aho yakwinga imvura.
Ariko kuri wowe siko bizamera ntabwo ari ugupfa kwiruka ngo ni uko imvura igiye,ahubwo uteganye umutaka hakiri kare ukawitwaza ukawugendana kuko igihe cyose imvura ishobora kugwa kandi nyinshi bityo ntushobora gutungurwa nimvura yo mu itumba ngo upfe kwiruka ahubwo ubanza kwitegereza neza aho uri bwugame nimba haba hafite ubwugamo ukabona kujya kugama udahubutse uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara agiye kwica no kurimbura umuryango w’umuherwe umunyemari (AYABATWA RUJUGIRO TRIBERT) abasigaye bose aho baba baherereye dore amaze gukora gahunda yo kubaca ibihanga uwo ari bugweho wese arahita amuca igihanga kugirango yihimure kumunyemari Rujugiro ndetse hatazagira abakomeza gukurikirana ubutunzi bwe yamwambuye uko niko Uwiteka avuze.
Nuko rero burira umuryango we wicyamure werekeze Iburasirazuba kuko iby’uburengerazuba byamaze kuba umwanda!Ibyo nkubwiye umwakagara agiye kubikora vuba cyane ubu gahunda afite ya vuba cyane nuguca ibihanga imiryango ya bantu bose azi neza ko badashyigikiye ubugome bwe nubugwari bwe none yamaze kumenya yuko igihe cye cyarangiye ahisemo kwandavura yanduranya ku bantu ngo nibo banyirabayazana yirengagiza yuko tukiri muri iyisi buri muntu afite igihe cye cyo gutegeka nigihe azamara mu isi ya bazima.
Mwana w’umuntu kura amaso ku bantu abo waruzi yuko bakorera Uwiteka, siko bimeze narakwihoreye ndakureka kugirango ubanze umenye umuntu kuko bidashoboka yuko umenya umuntu utabibwiwe n’Uhoraho kuko niwe uzi umuntu kandi ninawe wamuremye nuko ntutangazwe nuko abo wari wiringiye bahindutse babi niko bamye niko bahoze iyo niyo kamere muntu kuko umuntu wese utubaha Imana yigaruriwe ni mbaraga za sekibi usanga biyitirira izina ry’Uhoraho nyamara ar’inkozi z’ibibi.
Ntutangazwe namagambo meza bavuga, yibyanditwse byera, kuko iyo niyo mvugo isigaye mu isi kuko byanditswe ngo bazaba bavuga kwera kwayo,ariko bahakana imbaraga zayo!Humura nd’Uwiteka Imana yawe sinzaguhana na hato sinzagutererena ahubwo nakubwiye ko igihe cy’amasezzerano yawe nikigera nzayihutisha vuba cyane kandi nta numwe ushobora yuhagarika ngo ayatange imbere kuko nitwa Uhoraho uwera wwabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Dore bari biteguye kumena amaraso yawe ririya cupa ubonye ryuzuye amaraso ni gahunda bari bateguye yo kumena amaraso yawe;ziriya kabutura ubonye (2) n’umwuka wigisuzuguriro bari bamaze kugushyiraho kuko bari biringiye yuko gahunda zabo bamaze kuzitunganya rwose yuko bagufite mubiganza byabo nuko rero uhereye none umenye ubwenge umwana w’umuntu,Uwiteka niwe umuzi ndetse nawe kuko ufite umwaka wanjye ubasha guhishukirwa ukamenya icyo ahatse munda ukamenya uko wigenza uko niko Uwiteka akuburiye ngo ukize ubugingo bwawe niko Uhoraho agize.
Nerekwa urubyiruko nyarwanda umwakagara alimo abegeranya ngo bajy kurwana urugamba rumusatiriye maze mbona abshatse gucika bagafatwa bagakubitwa agafuni,ni uko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu urubyiruko nyarwanda rumerewe anbikuko bagiye kururoha mu ntamabara zirudaca umwakagara adateze kuzatsinda uko niko Uhoraho avuga.
Nyanwa muyerekwa mbona Malaika azanye umugozi w’icyuma arawumpa ngo nkwizirike uzengurukeho,ndabikora mbona hasagutse ibice bibiri bifatanye nuwo nihambirije.
Nuko Malaika arambwira ngo;uwo mugozi w’icyuma nguhaye nuwo ku kumenyesha ibyari hishwe amaso yawe,abo witanga ko mufatanije umurimo w’Uhoraho bamwe bakunze ibyikigihe babaye nka DEMA none uburinde cyane ndetse nihagire uzamenya gahunda zawe kuko bamaze kugambana ninayo mpamvu ubwo intambara ziyongera ubwo wari mu gihugu cy’BABYLON bamwe bo kumugabane w’Uburayi bahisemo guceceka batinya kuvugana nawe ngo ejo nubandika hatazaboneka bimenyetso uko niko Uwiteka avuga.
05 Mar,2016 mwana w’umuntu,uwiringira umwana w’umuntu avumwe!Kuko umuntu ahinduka nk’igucu,nibura igicu cyo kibanza kujyenda kiguteguza ariko umuntu we akugwa gitumo kuko ibyo atekereza biba mu mutima bikamenywa n’Uhoraho wenyine niwe ushobora kuba yamenya imigambi ya bantu yose ninayo mpamvu Uwiteka ajya aburizamo imigambi yincakura kubakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,dore uyu munsi uraza kuvugana n’imyuka (2) y’Inzika y’Inzigo nyamara mu byo bari bukubwire haraba huzuyemo ibinyoma gusa gusa ariko hazabona ishyano usezeranya ntasohoze kuko Uhoraho abyanga urunuka cyane kubagaragu b’Uhoraho niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,dore ibyo ukwiye kumenya nibi,Uwiteka azahora gukiranirwa kw’abayita abakiranutsi kandi bakiranirwa bagashaka kwigira beza kandi ari babi.
Dore Uhoraho yishimira umutima uciye bugufi kuko abo ari bo bazaragwa ubugingo buhoraho niko Uwiteka avuga.
Dore ntakabuza sinzabura kwigaragariza abakiranutsi naho birirwa babahiga nkinyamaswa zo mwishyamba sinzabura guhora ngo nbacire imanza zitabera kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose niko Uhoraho avuga.
Mwana w’umuntu,inzira zanjye kumukiranutsi zirenze igihumbi nshobora gukirizamo umwana w’umuntu,niyompamvu abiringira Uwiteka bameze nkumusozi zion udashobora kunyeganyega uko niko Uhoraho avuga.Mwana w’umuntu,hizera umutima ntabwo hizera ubwenge kuko umutima niwo nkomoko y’iby’ubugingo naho abizeza ubwenge bwabo Uhoraho ntakabuza ntibazabura gucirwa urubanza kumunsi wa mateka mu manza z’Uhoraho niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwwana w’umuntu,dore ugiye guhura n’umwuka w’ikinyoma kivanze n’umwuka w’Inzika y’Inzigo,uri bubaze ikibazo umwuka w’Ikinyoma mu gihe umwuka w’Inzika y’Inzigo uri bube urikubeshya hirya yawe gato no guhimba amayeri kugirango ubone inzira zikinyoma ariko nta bwo uwo mwuka uri buguhe igisubizo niko Uhoraho agize.
Nongera gusubizwa mu mwuka w’iyerekwa maze mbona uwahoze ari madam w’umuhanuzi Majeshi Leon,mbona afatwa nuburwayi bukomeye cyane mbona ajyanywe kwa mubitaro mbona bashakishije uburwayi barabubura mbona bahawe impapuro zishyuza ibitaro nerekwa mbona bishyuzwa ibihumbi 800.000 by’amashillingi ya Kenya ahwanye namanyarwanda 5.600.000 z’amafaranga y’uRwanda
Mbona umuryango wa madame witwerereza kugirango haboneke ubwishyu bwo kwishyura ayo mafaranga yibitaro (Hospital) nuko mu gihe mvuye mu iyerekwa ngo ndebe uko nabishyira ahagaragara nibura mbe nakiza ubugingo bwe nubwo atashimye kubana nanjye mu makuba yanjye yose
Nuko mu gihe ngitekereza ibyo mpita nsubizwa mu iyerekwa nerekwa iyerekwa ribabaje cyane mbona uburyo yahawe utuzi twa Munyuza agahita yitaba Imana ku buryo butunguranye maze ndabwirwa ngo ntiwihutire gutangaza ibyo kuko nta cyo biri bumumarire kuko nk’uko wabihanuye nta cyo biribumamarire kuko igihe cye cyo gutaha cyageze yananiwe kwirinda mu myaka (2) ishize aho wamubwiye ko urupfu rumutegereje akanga ku kumvira none dore uyu mwaka ubaye uwa (3) niba atarabashije ku kumvira mukirikumwe aho mwatandukanye nibwo azakumvira kandi yarashyize inyandiko ahagaragara avuga ukoreshwa n’imyuka mibi!!
Nuko ibyo mbibona nabona turi mu irango ry’Ubutayu bugufiya mbona bazanye isanduku bayishyize mu marembo y’Ubutayu maze numva uvuga ngo bamukuye kwa muganga bahita baramwica ntabwo yararwaye byo gupfa ahubwo bangaga ko twa tuzi twa Munyuza dushyirwa ahagaragara mbona bashyize amaraso hejuru yisanduku maze uwanyerekaga arambaza ngo niki wifuza ko Uwiteka yagukorera
Nagahinda kenshi nahise nsaba Uwiteka guhorera umufasha wanjye,nibyo yabaye umupfapfa yanga kumva imiburo Uwiteka,ariko se ko yemeye kubakorera kuki bamubujije ubugingo bakamubuza kubaho?Nyamara byari uburenganzira bwe bwo kubaho!?
Mbona afite umwana w’imfubyi asize nibaza igihe yamubyariye biranyobera,ndabwirwa ngo,uwo mwana ni mpano y’Imana yahawe akayicyerensa none ayikuweho kugirango ihabwe undi.Naho ibya bana byo se yaba yarabibarutse ryari ko twabaye mu ntambara igihe kire kire akageza aho agwa isari akava mubyizerwa jyenda ntako ntagize ngo nkize uugingo bwawe birananira kuko uwari muri wowe wamwumviraga kuruta uri muri jye.
Niba bishoboka Uwiteka aguhe ubugingo buhoraho ntakindi nakwifuriza kuko umwanzi yaratugose unanirwa kwiringira Uhoraho none ijyendere uruhuke iyisi yimiruho ariko Uwiteka ntazabure guhora inshuro 7*70 ntakindi na kwifuriza unsigiye agahinda kenshi ntazibagirwa mu buzima bwanjye
Watwaye amafoto yose y’ubukwe urayacacagagura simfite aho nzajya nkwibukira,sinigeze nkwifuriza ikibi cyakugera gusa nahuye nikibazo cy’umurimo nahawe n’Uwiteka Imana ntashobora kureka ngo nkurutishe umurimo w’Uwiteka yampamagariye sinzibagirwa intambara warwanye zikomeye cyane ubwo nafungwaga mu gihugu cya Uganda abakubujije ubugingo Uwiteka Imana nkorera azaguhorera uko nabisaby’Imana ikiranuka kuko ica imanza zitabera.
Narinzi ko nzagutanga kuva mu isi ya bazima ariko sikobigenze gusa niba ukiriho ndakwingize ngo wihane ibyo wankoreye byose ndabizi ko wabitewe n’umuryango wawe bagiye bakuduhira mu matwi unanirwa kwizera Uwiteka Imana nkorera kubera ubwoba bwejo hazaza nzakurira iminsi nzakwiraburira kugeza igihe cya tegetswe maze Uwiteka azumva kurira kwanjye nawe azitura inkozi zikibi zikubujije ubugingo naho byagenze uko sinakwifuriza kuvamo ubugingo gusa rimwe na rimwe bigenda bihurirana numurimo nahamagariwe utanyoroheye Uwiteka yakire ubugingo ubwawe kandi azabushyire ahakwiriye azibuke imirimo yose twakoranye ubwo twari tukiri kumwe maze azabiguhembere ntazakubareho ikibi na kimwe.
Nuko maze kuririra uwanjye numva umugabo umwe aravuze ngo,yewe nubundi umutware we yari yarabihanuye ko azakurwa mu mubiri yishwe ni nkozi zikibi.Gukorera Uhoraho ntibyoroshye kwandika ubutumwa bw’Uhoraho urira nabyo nibindi niba waba ukiriho izo nyangabirama zitaragukuramo umwuka wihane kugirango utarimbuka kuko ugiswe nabanzi banjye kandi abo nibo banzi bawe nuko wabiringiye ukibwira ko bazakugirira ibambe ibyo ni byo nakubwiraga kuva kera nshingiye kubyo Uwiteka yavuganaga nanjye nubwo wananirwaga kubyizera uzagire urugendo ruhire abana b’Abantu nuko bamera kandi nuko bakora.
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe cya madame cyasohoye nta gihe agisigaje kuba kwisi yabazima kuko ijambo ry’Uhoraho ryavugiwe mukanwa kawe niko risohoye kuko n’Umuhanuzi Ezekiel nawe niko byamugendekeye yasabwaga n’Uwiteka ko acukurira umufasha we kugirango akurwe mu mubiri maze bibere ikimeyetso ubwoko bw’Israel kugirango ibyo yahanuraga bashobore kubyumva maze acukura imva y’umugore uhereye mu gitondo bigeze nimugoroba baramushyingura nawe nuko bigenze umufasha wawe yabaye umunyantegenke niyompamvu abaye ikimenyetso cyabanyabyaha kuko Uwiteka agiye usohoza ibyo yavuze
Uwiteka yabikoreye kubashakaho impamvu kugirango umujinya wuzuye agacuma k’Uwiteka awubasukeho maze ibyahanuwe bibone gusohora kugirango bamenye yuko umuhanuzi yarabarimo.Dore umwakagara nzamusohozaho ibyavuzwe ni jambo ryanjye uko byose bingana azamenya yuko mu ijuru har’Imana ica imanza zitabera yarimanitse yarika mubicu byo munyenyeri arizamura cyane maze aribwira mu mutima ati,ninde wamanura ahangaha ngeze mbese haruwagerageza ntahure nakaga gakomeye cyane?
Uko niko yibwira mu mutima nzamuziza amaraso yose yamennye yabakiranutsi atariho urubanza kuko abazasigara muri gakondo yabakiranutsi bazasigara batacyikaga umwakagara kandi iryo zina rizabagirina burundu ntawuzongera kuryibuka ukundi uko niko Uhoraho avuga.
Dore ntakabuza ubwoko bwanjye nzabumara imibabaro bagize kugirango bamenye ko nd’Uwiteka Imana yabo.Nzabagwiza inshuro 70 umuto muri bo azagira amaboko nkayimbogo nzabaha igitinyiro mu mahanga yose muzakomera nkimigunzu y’Intare amahanga azabubaha azabatinya kuko Uwiteka niwe uzabatwarira bazamenya yuko muri ubwoko bwanjye uko niko Uwiteka avuga.
06 Mar,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ikigeragezo rusange kirarangiye,ariko nubwo kirarngiye hagiye gukurikiraho ikigeragezo gikomeye cyumwihariko rusange!!Nuko rero menya uko ubyitwaramo kugirango umwanzi atarabukwa uko niko Uhoraho avuga.Njyanwa mu iyerekwa mbona inkozi yikibi yitwa suzana imbaraga zayo zirangira ndetse nubutunzi bw’abakiranutsi yari yaratwaye akabugundira mbona ko igihe cy’ubwo butunzi cyo gusubira mu bubiko bwa banyarabwo cyegereje ngo busubireyo
Mbona ibyo yaratunze byose abiteza cyamunara (isoko rusange)maze ndabwirwa ngo,dore yatwaye ubutunzi mu buryo bw’umwuka none ninako bumuvuyeho bukaba bwisubiriye aho bwahize kubera yuko uyu mwaka ari umwaka wubutabera bw’Uhoraho akaba aciye imanza zitabera kubakiranutsi bari bafite amasezerano ariko isezerano ryabo rikaza gutwarwa ninkozi zikibi uko niko Uwiteka akiranuka.
Mbona bishwa banjye (2) nabo bakoresha iyo myuka mibi bayihaweho gakondo nababyeyi babo Jane na Jeannette nabo amahirwe yabo bakomora kubadayimoni nabo abarangiranye mbona basubiye kuba mu ngunguru bahozemo maze ndabwirwa ngo umugisha wanjye bari baratwaye nawo uragarutse kuko uyu mwaka nuwo kugaruza ibyariwe n’Inzige byose kandi bakagarukana ni nyungu zabyo (Compasation) niko Uhoraho agize.
Nerekwa uwo mudayimoni warushinzwe guteza akaga ni byago mu banyamugisha ko nawe bimurangiranye igihe cye cyo gukiranirwa kirangiye kandi akaba aciriweho iteka ryose ndetse intambara ze zikaba zirangiye burundu zitazongera kubaho ukundi kuko ubutabera bw’Uwiteka mubakiranutsi bugeze kunshingano zabwo kandi abanyamasezerano bose bakaba bahawe ibyo basezeranijwe uko niko Uhoraho avuga.
Nongera kwerekwa inkozi zikibi zateranye ziri mu nama zibazanya uburyo zakoresha ngo zisimbure umuhanuzi Majeshi Leon ku ntebe yo guhanura,mbona batanze ibitekerezo bitandukanye bavuga ko bidashoboka yuko bamusimbura ku ntebe y’ubuhanuzi kandi akiriho.Maze umukuru wabo arababaza ati,byaganda gute ngo tubashe kumucakira tumukure ku isi abe atakiriho kuko abantu benshi bakomeje kwizera no kwiringira Uwiteka Imana akorera?Uko niko umukuru wabakagara yabajije!
Umwe muri bo arasubiza ati,nta kundi twamubona usibye kumutegera mu gicumbi cya bakomeye aho agiye gukomerera maze tukamucunga tugahita tukumura ku isi yabazima kuko nutabikora gutyo;ntakabuza yuko abazizera ijambo ry’Uwiteka Imana anyuza mukanwa ke,bazabura kwiyongera.
Nuko mbona ko bakoresheje umwe mubacura bwenge w’umutegarugori ukomoka mu bakagara bamuha intonorano ngo azitege mu gicumbi cya bakomeye maze ninza nzigweho mu gihe nzakuba nzirangariye babonereho amahirwe yo guta muri yombi uwo muhanuzi maze babone uko bamuca igihanga kugirango ubwami bwabo bubashe gukomera kuko intsinzi yabo kugirango babashe kuyigeraho ni uko babanza kwirenza umuhanuzi uko niko abadayimoni batanze icyifuzo ko badashobora kugira icyo bakora mu gihe cyose umuhanuzi ubabuza amahwemo azaba akiriho.
Nuko rero mwana w’umuntu,ibihe by’ibyahanuwe bigeze mu irango ya gakondo yabakiranutsi,niyompamvu abadayimoni bahagaritse umutima hamwe ni nkozi zikibi none kora amasengesho akomeye cyane hamwe nabakiranutsi nk’uko musanzwe mubigenza musenyegure imbaraga z’umwijima zose kuko zigeze kumusozo wazo maze abera binjizwe mu masezerano bahaweho gakondo dore abantu benshi bategereje igihe kire kire amaszerano yabo ariko yagiye aburizwamo na za nkozi zibibi kugirango zibereke yuko nta Mana ibaho itari satani umwanzi wibyiza byabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse
Burira abra bose aho batataniye ku isi yose bafata nkumugozi wumurunga musenge amasengesho yo kwiyiriza no gusenga Uwiteka Imana yabakiranutsi,maze mukureho icyo gihu cyose cyari gisigaye mubone uko mwinjira mu masezerano y’Uwiteka Imana yabasezeranije niko Uhoraho ategetse.
Dore satani ahagaritse umutima ubwenge nimbaraga ze zose,abadayimoni bari mukaga gakomeye cyane,inkozi zibibi zamaze kubura ibyiringiro kuko ibyo bari biringiye byose byamaze gusubizwa mu maboko yabanyagakondorero none bari gukora ibishoboka byose ngo baburizemo icyo cyemezo cyamaze gufatwa nubutabera bw’Uhoraho.
Ubu umwakagara niwe uyoboye inkozi zibibi zose ku isi kugirango arangize umurimo we,ariko dore Uwiteka nk’uko yabivuze azamukura ku ngoma amumanure amukure mubushori shori bw’INYENYERI aho yaritse icyari cye yibwira yuko nta uzamumanurayo maze akubitwe hasi isi yose imenye yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uwiteka ategetse.
08 March 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwamiKazi Jezebel yaje mu gihugu cy’IBABYLON gushaka uko yaguca igihanga cyawe,none kora amasengesho kugirango iryo shuri bashaka kugushyiramo abe ari bo barijyamo uko niko Uhoraho avuga.
Nerekwa mpagaze imbere yabanyeshuri mbayobora mu ndirimbo yubahiriza igihugu cyo mu ijuru ivuga ngo”Mungu wa mbiguni utubariki,sisi wote walio kuamini,na kufuta nyayo zako,ukatufanya kuwa vyombo vyako,na leo tuko mbele yako usituache sisi peke yetu,bari utupiganiye vita vya imani ili tuweze kushinda salaama”.Amen.
Ndangije kuririmba iyo ndirimbo hamwe nabanyeshuri twari kumwe abalimu baratubwira ngo,nta mpamvu yo nimwe yatuma twinjira mu ishuri ahubwo twitahire tujye murugo tuzaba tugaruka batumenyesheje.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,uko ubonye utinjiye mu ishuri niko Uwiteka akuneshereje ikigeragezo cyari cyikuri mbere none Uwiteka agikuyeho.
Dore umwakagara yataye ubwenge kuko umutima wo ntawe agira!Yamaze kwemera ko ibyo wahanuye bifite agaciro niyompamvu yaguhagurukiye ndetse anahagurukira gakondo yabakiranutsi.Niyompamvu Jezebel yaje IBABYLON yibwira ko ari bukoreshe imbaraga ze zose zamafaranga kugirango nibura barebe ko waba ari ho uri baguce igihanga ariko byabayobeye kuko amakuru bahabwa nabashinzwe ku kuneka cyangwa ku kugigira yabaye ay’ikinyoma kuko batazi ikoranabuhanga ukoresha mu itumanaho.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,ku kurwanya bazakurwanya ariko nta bwo bazagutsinda kuko atari wowe urwana ahubwo Uwiteka niwe uri kurugamba kandi arimo kurwana intambara neza,kuko ubu abanyarugamba bamaze guhagarara mu mwanya wabo buri wese yamaze gufata icyemezo cyo kurwanya umwakagara na Jezebel ubundi bajayaga bagira ubwoba ariko noneho ubwoba bwamaze kurangira abatura Rwanda bose ubu barifuza kumenya uko intambara igiye kugenda maze bagatera mu bitugu ingabo zizanywe n’Uhoraho bagakuraho umwanzi wabakiranutsi niko Uwiteka avuga.
Umwuka w’Uhoraho urambwira uti,ngaho senga iminsi (2) Uwiteka akore igitangaza urebe ko badakorwa nisoni wihagararire wirebere gusa ntugire ikindi ukora urebe yuko Uwiteka adakora ibyo gukiranuka maze umwanzi wabakiranutsi agakorwa nisono niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara ahagaritse umutima kubera ubwami bw’uRwanda bwongeye kwima ingoma kandi akaba adashobora kubuhagarika cyangwa kubukuraho kuko bwashyizeho n’Uwiteka Imana yabakiranutsi
Dore umwakagara yamennye amaraso menshi cyane yindenga kamere none amaraso akomeje kurira asaba guhorerwa n’Uhoraho kuko yakiraniwe bikabije imbere y’Uwiteka Imana yavuze yuko azarwanya Uwiteka kandi ko azamunesha nyamara ari beshya nubwo yavuze ko Uwiteka har’ibyo adashoboye,azamwereka inzira zo gukiranuka ko we ashoboye byose umunsi azamuta munsi y’umuhanda maze urukiryi rwe isi ikarubana ntoya uko niko abivuze.
Dore yasuzuguye abakiranutsi,yarimanitse yishyira mu mubushori shori bw’inyenyeri,yiyubakira icyari maze ari bwira mu mutima ati,uwo ninde uzashobora kuza akankura hano?Niko umwakagara abaza!
Ariko mwana w’umuntu,hanura kandi werure kuko igihe gisigaye atar’igihe cyo kuzimiza nimigani,ahubwo n’igihe cyo kwerura kugirango za njiji zidasobanukirwa iby’imigani nimizimizo zizagira icyo zitwaza ejo bakazabigira urwitwazo yuko barimbutse kubera kutumva no kudasobanikirwa ibyubuhanuzi bw’Uwiteka bakazamushyiraho urubanza.
Babwire uti,dore ibyahanuwe birasohoye kandi intambara iratutumba ndetse igeze mu marembo kandi umwakagara arapfuye ndetse ahitanye abantu benshi cyane kurusha abo bahitanye 1994 kuko abantu babaye ibihuri byamatwi kandi bariyanze cyane aho bibwira yuko guhunga aru kwiyanga ntibamenye yuko icyago iyo cyaje umuntu aragihunga ariko ibyo babikorera kubera kwiringira umwakagara yuko ngo afite imbaraga ziruta iz’Uwiteka bivunze ngo niwe mana yabakiranirwa kuko iyo baza kuba batamuramya,bakabaye barakijije ubugingo bwabo.
Nongera kwerekwa ko abanyarwanda barira kumiziro no ku nzigo y’imanza zibera,kandi ko bahisemo kwirira bene wabo kuko bikunze kuruta uko bakunda ababo bibwira yuko ngo aribyo byazabaha amahoro ariko dore ibyo bibwira boranze bihidutse amateka kukombonyeUmwami yima ingoma muburyo budasobanutse kuko uko ari ko Uhoraho yavuze yuko azigaragariza ubwoko bwe akabutunguza kubugirira neza kugirango bumenye yuko ari we uvuga akanakora kandi ko ibyo ategetse bishyirwa mubukorwa uko abitegetse!
Nuko ndabwirwa ngo,nkore amasegesho yo kwimika ubwami bw’uRwanda maze Uwiteka asohoze ibyo yavuze kubakiranutsi.
Ako kanya mpita ntangira amasengesho yo kwimika ubwami bwahozeho kandi buzahoraho bukazasimburwa ni ngoma ya Kristu Mwami intare yo mu muryango wa YUDA mbona inkoma mashyi zose zirwanira kurya amafunguro adahagije kandi adakwiriye kandi ayo mafunguro nabonaga avanze nabapfuye nibo babaeraga imboga barishaga umutsima.
Ndabwirwa ngo;mwana w’umuntu,ayo niyo mafunguro bagenewe n’Uhoraho,kuko amanuye inzara itarigeze kubaho muri gakondo izarokoka uwaseze iyo mu ijuru kuko nibikomeerezwa bitazabura kugerwaho kuko bavuga ko ngo bibikiye ubutunzi ariko ubwo butunzi ntibubarokora kumunsi wa makuba niko Uhoraho avuga.
08 Mar,2016 Nerekwa umudayimoni w’umugore warushinzwe kungeza mbona ko ahuye nakaga gakomeye cyane kandi ahuye ni byago bikomeye mbona afashe indobo “Bucket”yuzuye amazi ayimena mu mutwe akwira umubiri wose mukanya gato mbona yitwikiriye ya ndobo mu mutwe haza umuntu ufite inyundo ayimukubita mu mutwe agwaho.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,umugore warushinzwe ku kugenza araneshejwe burundu uwo mudayimoni arapfuye uko niko Uhoraho ategetse.
Nerekwa ingufuri y’inzu HON.Baricana Eugene yajyaga afungisha inzu ye,koi maze gusaza mbona icitsemo kabiri mbona inzu ye isigaye itagifite ingufuri iyifunga(Kwamburwa ubushobozi)maze mbona akozwe nisoni kubera kubura ubushobozi bwo kugura ingufuri yo gukingisha urugo.
Nkiri mu iyerekwa numva urubyiruko nyarwanda ruvuga ngo,ibinyamakuru byinshi byo ku isi byanditse yuko ngo abatuye isi bongerewe imyaka yo kubaho (grant) nuko umwuka w’Uhoraho arambwira ati,mwana w’umuntu,dore umwanzi satani azamuye ikinyoma abicishije mu bushakashatsi agiye kubeshya abatuye isi yuko abantu bongerewe igihe cyo kubaho mu isi ya bazima.Kandi azi neza yuko igihe gisigaye ari gitoya ahubwo arashaka yuko abantu birara bakikomereza gukiranirwa kugirango kurimbuka kwabo kuzabatungure.
09 March,2016 Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mu rwagasabo ibintu bimeze nabi cyane kubera inzara ndetse nubucyene bwinshi butagabanuka aho kugabanuka burushaho kwiyongera.Dore umudamu witwa Mukarujugiro Jackline mushika wa HON.Baricana Eugene akora amafaranga ya mahimbano atari amafaranga yukuri none agiye gufatwa atabwe muri yombi icyo kikazaba icyago gikomeye cyane kigiye kugwira musaza we nka Hon.Kandi umwuka wubukene urabegereye kuko bakunze gukiranirwa bakiringira ibigirwamana nuko rero ubwo bimeze gutyo icyo umuntu ababibye nicyo asarura niko Uwiteka avuze.
Ayo mafaranga yamakorano yari agizwe ninote zigihumbi gusa,akajya agenda azikwiragiza hirya no hino mu gihugu kandi ubona ko afite ubwoba bwinshi cyane atinyako ashobora gutabwa muri yombi
Maze nerekwa umudayimo wo mu bwoko bwijeri ushinzwe gutera urusaku kugirango abanyarwanda batumva kandi ntibamenye ibiri gukorerwa mu gihugu maze ndabwirwa ngo uwo mudayimoni amereye nabi abanyarwanda arara asakuza akirirwa asakuza bityo abanyarwanda ntibabashe kumva ngo basobanukirwe ibivugwa ku gihugu cyabo uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bariya bakobwa (2) babanyeshuri (1) agiye ku kubera umugisha ariko arahita asigara mu ishuli ryo kwigishwa kubaha Uhoraho no kubaha abantu b’Uhoraho.Nuko ubwo mukanya ko guhumbya mbona ko wa mugisha ungezeho maze ndabwira ngo si kubwushake bwabo ahubwo nikubwubushake bw’Uwiteka kugirango yerekane gukiranuka kwe,no kugirango ijambo ryavugiwe mu kanwa kumuhanuzi risohoze
Nuko mbona wa munyeshuri wa (2) we mbona akijijinganya kumpesha umugisha maze ndabwirwa ngo,abo bakobwa nabagambanyi bagambanira ijambo ry’Uhoraho nibo Uwiteka azakoresha kuguhesha umugisha kugirango umenyeyuko Uwiteka ashobora gukoresha nabanzi bawe bakaguhesha umugisha niko Uhoraho ategetse.
Nyamara ntibizabuza Uwiteka kubacira urubanza kuko batinyutse kugambanira umuntu w’Uwiteka Imana yabakiranutsi niko Uhoraho abivuga.
10 Mar,2016 Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri zijya zibabazwa nuko zikoresha amafaranga yo ku kugigira bizeye yuko bazahita bagucakira,bikarangira wakiriye umugisha Uwiteka aba yakugeneye akabagira ibikoresho kugirango umenye neza ko ashobora gukoresha ikiremwa cyose kugirango arengere ubugingo bwawe kuko wagaragaje kumwiringaira kandi izo nkozi zibibi akaba arizo zifite imigisha yabakiranutsi.Rero iki ji gihe cyawe cyo kugarurirwa ibyariwe ninzige kugirango urusheho kwizera Uwiteka unamenye yuko ari we Mana yawe niko Uhoraho avuze.
Njywanwa mu iyerekwa mbona uwanyerekaga ambwira ati,mwana w’umuntu,dore ku kugigira biragoye kuko ntawugigira umwuka w’Uhoraho none za magigiri zisigaye zivuga yuko ngo waba ukorana nurwego rw’ubutasi rw’America CIA kubera bananiwe kuguta muri yombi aho kugirango bemere yuko ufite umwuka w’Uhoraho,ahubwo bakemera abana b’Abantu nuko menya yuko koko CIA yo mu ijuru ikorana nawe kandi nta mwanzi ushobora kuzakugwa gitumo aho niho Uhoraho amaze kwerekana imbaraga ze kugirango abatizera babashe kwizera niko Uhoraho avuga.
Dore naguhaye amaso abone hirya no hino ku isi nuko ntutinye kandi ntugireubwoba kuko nzajya nguhishurira buri kamwe kose gakorerwa mu isi ya bazima kugirango umenye ko wabaye umutoni k’Uwiteka kandi wemeye kumwumvira no kumwizera maze nawe akubera Imana yawe niko Uhoraho avuga
11 Mar,2016 ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore inkozi zibibi z’abagambanyi ziyambitse uruhu rw’intama kandi aramasega aryana nuko mwana w’umuntu,menya uko ugenza kuko ugoswe nabanzi bumusaraba biyitirira ijambo ry’Uhoraho ariko ugire ubwenge kugirango iby’Uwiteka yagusezeranije umenye uko ukwiye kubyakira naho ubundi ugeze kwiherezo ry’ubutayu niko Uwiteka ategetse.
Mu gihe nkiri mu iyerekwa,mbona hamanutse INYENYERI(2) zaka nk’uko zijya zika ziri ku ijuru,mbona INYENYERI(1) iraje ihagarara ku jisho ry’ibumoso hejuru y’ibigohe,iya (2) nayo iraza yaka neza ihagarara munsi y’ibigohe iburyo,maze zikomeza kwaka cyane ndabwirwa ngo,izo nyenyeri zije kuguhishurira ibyo ushidikanyaho abo witaga benedata ntabwo bakiri bene data kuko babanye nawe mu murimo bakoresha uburiganya bw amagambo meza asize umunyu no ku kwereka ko bakwitayeho ariko Uwiteka yabyemeye kugirango abakoreshe bakwihere umugisha kandi hanyuma bon ta mugisha bazabona ahubwo bazahabwa umuvumo niko Uwiteka avuga
Sibyo gusa ahubwo izo Nyenyeri zije kurinda amaso yawe kugirango imyuka yoherejwe nabanzi bumuaraba itabasha guhuma amaso yawe kugirango ukomeze gukora umurimo w’Uwiteka Imana yawe Abraham,Issac,na Yakobo niko Uwiteka avuga.
12 March,2016 ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore intambara igiye kwaduka mu gihugu cya DR Congo yo kurwanya perezida Joseph Kabila kandi bazahita bafata igice kinini cyo muburasirazuba bwa Congo bwose kandi icyo gihe nibigera ahongaho,ntabwo Kabila azaba agishoboye kurwana iyo ntambara ngo ayitsinde ahubwo bizamugora cyane niko Uwiteka avuga.
Nkiri mur’iryo yerekwa mbona ingabo zahoze zitwa inkotanyi zaje guhinduka RDF zinjijwe mu ishuri rya lindi ryo kwigisha abatutsi kubaha Uwiteka Imana no kumenya ko ariwe ushobora byose.Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,umunsi ingabo za RDF ziribwinjire mu ishuri ryo kwigisha abatutsi kubaha Uwiteka Imana kuko Uwiteka yamaze kubakuraho amaboko uko niko Uhoraho avuga
nccleon@gmail.com