IGICE CYA (31) CY’UBUHANUZI
April 31,2016 njyanwa mu iyerekwa mu gihugu cy’Ubutayu bugufiya,maze nerekwa ibigiye gukorerwa munsi y’ijuru,mbona umwana w’Umusita perezida M7,yiciye hasi muri ubwo butayu yigunze afite ubwoba bwinshi bw’ibigiye kumubaho mu isi ya bazima.Nuko ndabwirwa ngo,igihe cya M7 cyo gukurwa ku ngoma kirasohoye niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuze.
Numva avuga ngo,wa mudamu cyangwa wa mugore yari yarashatse ashobora kuba agiye kumukura ku butegetsi,ngo kandi afatanije na Nyirabukwe nyina ubyara uwo wahoze ari umugore we,mbona asa nutekereza cyane icyo akwiye gukora, ariko biramuyobera cyane kuko nuwo mugore yavugaga nabonaga amuri iruhande rw’Ibumoso naho uwa kabili nawe akaba yarari muruhande rw’Iburyo (Amadini) ya Uganda atamushyigikiye.
Ako kanya mbona arahagurutse yihuta cyane yerekeza muri ubwo butayu bugufiya bugiye kwigishirizwamo abagabo bibikwerere bo mu bwoko bw’Abatutsi bagiye kwigishwa kubaha ijambo ry’Uhoraho kugirango bamenye yuko Uhoraho ar’umunyembaraga.
Nkiri muri ubwo butayu nerekwa kandi mbona habaye inama yo gukuraho umwakagara iyo nama ikaba yarabereye haruguru y’ubutayu kumusozi uri munsi ya rya shuli ryigisha abatutsi kubaha Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.
Iyo nama yari iyobowe na nyakwigendera Col.Alexi Kanyarengwe (umwuka w’Inzika y’Inzigo) mbona iyo nama yabereye mu muhezo ukomeye cyane, ku buryo nta bantu bayimenye usibye jyewe jyenyine utagira icyo mpishwa munsi y’ijuru ituwemo nabazima.
Nuko nkiri aho kandi muri ubwo butayu nongera kubona ku nshuro ya kabiri umwana w’umusita perezida M7 arimo kwibaza cyane uburyo agiye kurwana intambara ikomeye cyane imugeze mu marembo y’ubutegetsi bwe mbona yihagazeho ariko bissa naho byamurangiranye pe!
Nuko nkiri aho ngaho mbona za minibus [2] zirimo insore nsore zo mu bwoko bw’Abatutsi bavanzemo naba Uganda n’uRwanda mbona bafashe imipanga buriye imodokari berekeza kumipaka ihuza uRwanda na Uganda.Mbona umwana w’umusita M7 abategereje cyane kububakira kugirango baze bamukorere mur’izo ntambara agiye kurwana.
Bageze kumupaka mbona baragaruwe ngo bagiye badakoze ikizamini ngo mbere yuko bajyanwa muri Uganda kujya gukora ubwicanyi barwanirira umwana w’Uusita kuko yamaze kugirana amasezerano n’umwakagara ko batabarana bakarwanya abanzi babo babarwanya kugirango badakurwa kubutegetsi biboneye bakoresheje inzira yo kumena amaraso
Maze ijambo ry’uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hagiye kubaho ubwicanyi bukomeye mu gihugu cya Uganda kuko abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abtutsi bagiye gufatanya n’umwana w’umusita gukora ubwicanyi bwindengakamere kuko badashaka kuva kuva kubutegetsi.
Nyamara uko bagiyeho,ninako bazavaho, kuko bagiye kubutegetsi bamennye amaraso,nubundi bazabuvanwaho hamenetse ayandi maraso kuko ijambo ry’Uwiteka rivuga yuko uwicisha inkota nawe azicishwa inkota.
None mwana w’umuntu burira ubwo bwoko bufite amajosi asongoye (Gushinga Ijosi) ubwo bwoko bwahoze ar’ubwoko bw’Uhoraho maze bureka gukorera Uwiteka ahubwo bujya gutambira ibitambo satani na badayimoni babwire uti,nubwo bwose mwataye inzira z’Uhoraho zo gukiranuka nyamara dore Uhoraho aracyabategeye amaboko yemwe bwoko mwe butagira amatwi yo kumva,dore igihe cyanyu cyo gutegeka cyararangiye hasigaye igihe cy’Uhoraho kuko iki ar’igihe cye kandi akaba alimo guca imanza zitabera.
None muramenye nimusigeho mureke kujya kwifatanya n’umwana w’umusita kuko igihe cye cyarangiye Uhoraho yamaze kumukura ku ngoma. None mwirinde kwifatanya nawe kuko nyuma y’ubwicanyi amahanga atazabura kubahiga nk’uko bahiga inyamaswa yinyenshyamba kugirango bayirye inyama zayo ziryoha.
Dore mwanze kumvira ijambo ry’Uwiteka none azabateza amahanga abahige nk’uko mwahoze muhiga interahamwe mukazibuza amahwemo aho zahungiye kw’isi hose ubu zikaba zidafite ubwinyagamburiro kubera ko bamennye amaraso atariho urubanza y’ubwoko bwanjye.
None namwe mugiye kongera kumena amaraso kugirango amaraso asimbure ayandi? naya mbere mutarayakira?Uko niko Uhoraho ababaza!Nuko rero mugiye inama yo gukora ikibi kandi mu mitima yanyu hakaba nta cyiza na kimwe mwibwira,dore nanjye mbakuyeho amaboko yanjye na maso yanjye kugirango ibyo mugiye kuzakora bitazanyitirirwa ahubwo muzacirwa imanza na banzi banyu kandi bazabagenza uko mwagenje abandi kandi abanzi banyu bazabishima hejuru kuzageza igihe muziheba mugacika ururondogoro maze mukavuga muti ni koko Uwiteka yaradutaye kuko natwe twamutaye niyompamvu ibi byago byose bitugezeho.
Icyo gihe muzaba mutakigira uwabatabara cyangwa uwabavugira imbere yamahanga, kuko nta mbabazi nzongera kubagirira. Kuko mwatutsi izina ryanjye, mwavuze yuko ngo Uwiteka adashoboye byose! Kandi mwiringiye imbaraga za badayimoni ndetse nta mwaziringiye gusa, ahubwo mwaranazikoreye zihinduka imana zanyu!
Nyamara ubwo muzaba muguweho gitumo, nibyago Umuhanuzi yabahanuyeho,icyo gihe nibwo muzavuga muti,ni koko burya koko Umuhanuzi yaratulimo.Dore igihe cy’akaga,amakuba,ibyago no gukiranirwa kw’abatutsi kuregereje kugirango ibyabahanuweho bisohore nyamara abatutsi bagiye gukorwa nisoni imbere ya marembo ya mahanga y’isi yose kuko Uhoraho atazabura guhora abaziza amaraso bamennye yabatariho urubanza kugirango bimenyekane yuko Uhoraho ajya aca imanza zitabera.
Nuko nerekwa Umuhanuzi mukuru nawe ahabwa gushinga RADIO yo kuzajya akoresha mu mulimo w’Imana mbona ahawe umugisha ukomeye maze, mbona aba technicians baza gushinga iminara ya radio kugirango ubwoko bw’Uwiteka burusheho guhabwa umugisha wo kumenya amakuru aturuka mu ijuru.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore nagambiriye wowe hamwe n’Umuhanuzi mukuru w’ibyasezeranijwe, n’Umulinzi mukuru w’ibyasezeranijwe, nagambiriye kubazamura nkabaha umugisha kuko namwe mwambereye umugisha.
Dore nzabazamura mbageze mubushori shori aho nifuza kubageza kugirango mubashe ku nkorera umulimo wanjye uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Bwira Umuhanuzi mukuru ko ngiiye kumukingurira imiryango nkamuha Radio ikomeye cyane mu isi yabazima izajya ikwira kwiza ijambo ryanjye rikumvikana hirya no hino ku isi kugirango abantu bajye bave mubujiji bareke kuba mucyeragati ahubwo bamenye yuko iki aricyo gihe cy’Uhoraho alimo guca imanza zitabera kugirango bimenyekane yuko Uhoraho ariwe Mana yabakiranutsi uko niko Uhoraho abitegetse.
Nuko nkora ibishoboka byose kugirango mbashe gutanga amakuru k’Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe, nshaka uko tuvugana kuko we yamaze gukurwa mu gihugu cyo mu butayu bugufiya,ajyanwa mu gihugu cy’amasezerano.
Ngira amahirwe mbasha kumubona maze mugezaho iby’Uhoraho byose yavuganye nanjye maze ambwira yuko byose ar’ukuri ngo kuko nawe yari yamaze kubibwirwa ariko ategereje yuko Umuhanuzi w’uwiteka abishyiraho ikimenyetso none rwose Uhoraho arabyemeje ubwo nukuri kuzuye kuko ijambo ry’Uhoraho ryemeza yuko abahamya [2] biyo bemeje biba ar’ukuri ubwo nukuvuga yuko Uhoraho amaze gutera ho cashe uko niko Uwiteka avuga.
Erega mwana w’umuntu,ibitekerezo by’Uhoraho binyuranye n’iby’abana b’abantu,dore abantu bari bazi yuko intambara yo mu gihugu cya Uganda igiye kuba mu gihe cy’amatora,ariko Uwiteka ntabwo ajya agendana n’intekerezo z’abana b’Abantu kuko afite ubushobozi bwose buri mu maboko ye kuko ashobora gukura umuntu wese kubutegetsi umwanya uwari wo wose bidasabye ko igihe cye bamutoreye kirangira kuko nd’Uwiteka ushobora byose nubwo ubwoko bwanjye bwavuze yuko ntashoboye byose uko niko Uhoraho avuga.
Nuko rero iyo ijambo ry’Uhoraho rimanutse rikagera kumuhanuzi maze nawe akarishyira ahagaragara ako kanya ijambo ry’Uhoraho ritangira gukora umulimo waryo kugirango imbaraga z’umwijima zitabasha kugira icyo zakora.
Mwana w’umuntu burira abantu ubabwire uti,Uhoraho arababurira cyane ko ibi bihe bimeze nabi cyane, kuko hamanutse imbaraga zihanganye n’iz’umwanzi wabakiranutsi abadayimoni bafite ubwoba bukomeye cyane niyompamvu abakozi ba Satani (abategetsi).
Satani agiye kubakoresha ubugizi nabi kuko bagiye kwica abantu b’Uhoraho kuko bitoroshye yuko bakurwa kubutegetsi ngo bapfe kwemera kuvaho gutyo gusa bagomba gukora ibikorwa by’ubwicanyi bashaka gutera abantu ubwoba ko bazicwa bityo bakibwira yuko abantu bazibuza kubakura kubutegetsi ngo kubera yuko batinya gupfa ariko dore umwuka w’Uhoraho ubamara ubwoba uramanutse wamaze kwinjira mu bantu kugirango batagir ubwoba ahubwo bashire ubwoba babone ko ari ngombwa gukura kubutegetsi izo nkozi zibibi niko Uhoraho avuga.
Bigeze mu masaha yigicamunsi, ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umunyamakuru witwa Agnes washinze DHR urubuga abanyapolitike batangiraho ibitekerezo agiye kwifatanya na RNC yibwira ko bazafata igihugu ariko ntacyo bazafata.Kuko barwanije ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo niko Uhoraho abivuga.
Dore Umwakagara igihe cye nikirangira, bazamurwanya kandi azaneshwa, ndetse dore bafashe intwaro bagiye gutera umwakagara ariko nta bwo bazafata igihugu kandi umwakagara azabanza kubarasa abasubize inyuma kuko igihe cye kizaba kitararangira ariko mukanya ko guhumbya bongere bamuzamukane bazamurasa ikizamuka kuko igihe cye kizaba kirangiye niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Dore ubushize nakubwiye yuko bagiye batoherejwe n’Uhoraho Uwiteka Iman Nyiringabo, niyompamvu nanjye nzabareka umwakagara akabanza akabotsa igitutu bakamenya icyo ijambo ry’Uhoraho ryavuze maze bakamenya yuko mu ijuru har’Imana ikiranuka ica imanza zitabera.
Nyuma ya kanya gato kuko bazaba bashinze urubanza imbere ya mahanga nanjye nziyerekana kugirango amahanga afatire aho ahite akomereza aho bagereje maze umwakagara bamukure ku ngoma ariko RNC ntabwo ari bo bazafata ubutegetsi kuko banyuranije nijambo ry’Uhoraho ahubwo ako kanya igihugu nzahita ngiha Umwami udafite amaraso mukiganza uko niko Uhoraho avuga.
Ubwo ngikomeza gutekereza ibyo neretswe nsubizwa mu iyerekwa maze ijambo ry’Uhoraho riransanga rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hazamutse abadayimoni bitwa KIROGOYA,bazanywe no kuburizamo amasengesho ya bakiranutsi kugirango amasengesho yabo ahinduke imfabusa!
None burira abakiranutsi bose aho batataniye mu mpande [4] z’Isi maze ubabawire uti,yemwe mwa bwoko mwe mukomoka murukiryi rw’Abraham umugaragu w’Uhoraho uku niko Uwteka avuga.Dore hazamutse abadayimoni ba Kirogoya bazanywe no kurogoya imigambi y’Uhoraho ndetse na masengesho mugiye gusenga cyangwa ayo mwasenze nayo muzajya musenga none nimukore amasengesho y’imnsi [3] murwanye ayo izo nkozi zikibi zizamuwe no kuburizamo imigambi y’Uhoraho kubakiranutsi kuko Uhoraho ataze umugisha kubwoko bwe.
kandi utazakora ayo masengesho ntazavuge ngo ntiyaburiwe kandi umugisha ntabwo umanuka inshuro [2] ahubwo umanuka ishuro [1] hakazakurikiraho umugisha wo mu bundi buryo ariko utarabonye uwambere nuwakabiri ntabwo azawubona ntazavuge ngo ntiyaburiwe uko niko Uwiteka abitegetse.
Ayo masengesho azakorwa uhereye igihe uzaba uboneye iri tangazo umwanya uzariboneraho ako kanya uzibagirwe ko wariye cyangwa utafunguye uzahite winjira mu mwuka w’amasengesho kuzamara amasaha [72] ntakurya nta kunywa uzamara ayo masaha yavuzwe hejuru azaba agiye mu mubare wabanyamasezerano bazaba bagiye guhabwa umugisha.
Kandi bazaba bashyizwe kurutonde utazabasha kurangiza ayo masaha [72] ntabwo azabasha kwakira umugisha kubari muri gakondo batajya bagira amahirwe yo gusoma ikinyamakuru inyangeNews gakondo y’umuhanuzi mubashyirire iri tangazo kuri Facebook.com no kuri WHATSAUP kugirangobatazabonaurwitwazo kandi wowe ubashije kubona ubu butumwa maze ukicecekera ngo kuko wamaze kububona ntubugeze kuri beneso bari muri gakondo azahita acirwaho iteka kuko azaba abaye igisambo ashaka kwihererana umugisha w’Uhoraho utawugejeje kuri bene so ntutekereze yuko uzahabwa umugisha uko niko Uhoraho abivuze kandi niko abitegetse Amen.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo,rikomeza kunzaho cyane,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ugire inama abagaragu b’uhoraho “ABAHANUZI”kuko bkomeje gutereganwa numuraba wa Satani kugirango abananize babwire uti,niba wiyiziho kuba warahamagawe n’Uhoraho akakugira umucamanza wabari mu Isi,ubabwire uti,ntimukwiye kwicwa ninzara ni nyota kandi uwo mukorera arumukire”Uwiteka”ariko niba ataraguhamagaye ukishyira mu byubu bugingo uzacirwaho iteka.
Umuhanuzi yitwa umucamanza wabari mu Isi, kandi Umwami Yesu mbere yuko aza mu Isi nibo babanje kumuhanuraho ko azaza kandi amaze kuza ntabwo yigeze abambura umulimo wabo bahawe na data wo mu ijuru kuko nawe yari umwe mubahanuzi batumwe na data ushobora byose nuko rero dore ibyo mukwiye kumenya ahanuzi nabahanurirwa ntibikwiriye yuko uwifuza kumenya icy’Uhoraho amuvugaho ntakwiye kujya kureba bamenya amara masa!
Kuko bidashoboka yuko wajya kureba abakomeye ugiye kubatakambira ngo bagufashe maze ngo ugenda amara amasa iryo nitegeko Uhoraho yahaye ubwoko bw’Israel ndetse ni cya cumi abantu birirwa barwanira nibo bari barakigenewe abatambyi bakomokaga mu muryango wa Balewi.
Igihe cyose ugiye kureba umuhanuzi w’Uhoraho ukagenda amara masa warangiza ukamubwira ngo nasubizwa uzamwibuka ntabwo ari ubucuruzi cyangwa inguzanyo akugurije abahanuzi mukwiye gucika kuri iyo ngeso niyo ibatera ubukene ariko nawe uzajye kureba umuhanuzi wizeye yuko ar’umuhanuzi kuko hari benshi biyinjije mu byubu bugingo kugirango babone indonke bitabagoye ndetse nabaganga bagihaga bamaze kubona ko abantu bose bayobotse ijambo ry’Uhoraho bahise nabo bahimba amayeri bigira aba Pastor nabahanuzi kugirango bakomeze gukiranirwa.
Maze kubera ko abantu bashaka kubwirwa iby’Uhoraho batarinze gukiranuka nabo bahisemo kubayoboka niyompamvu hagwiriye abayita abahanuzi kandi aramasega aryana.Maze baba abahanga cyane bshyira ijambo ry’Uhoraho mubikorwa bakajya basaba ibiguzi byabo mbere yuko baguhanurira
Ibyo byatumye inkozi z’ibibi ziyongera cyane zirushaho kuba nyinshi cyane mu isi yabazima, bituma abagaragu b’Uhoraho bahinduka abakene kandi ari bo bahamagawe gukora uwo murimo.Ibyo ndabibawbira kubwanjye kuko jyewe mu gice cya (8) cy’Ubuhanuzi niho Uhoraho yangiriye neza ampa itegeko ry’Uko ntakwiriye gusengera umuntu umwe atabanje kumpesha umgusha kugirango mbashe gutunganya umulimo nahamagariwe.
Kuko byari biturutse k’Uwiteka kandi abakiranutsi benshi bakaba bari bamaze kubona umulimo w’Uhoraho aho ugeze,byatumye bizera iryo jambo bararikurikiza kandi ntiryabuze kubagirira umumaro
Indi mpamvu ntekereza yatumye Uhoraho atanga iryo tegeko nuko za magigiri zari zimaze kwitwikira umutaka wo kungigira bitwaje ijambo ry’Imana bityo data wo mu ijuru ategeka gutyo kugirango bazambere umugisha maze nongere kureba Imana cyangwa kumenya Uhoraho mu buryo bdasanzwe butangaje kugirango menye neza ko Uhoraho ashobora no gukoresha umwanzi wawe akagutunga kandi ahiga ubugingo bwawe ndibaza ko kugeza magingo aya uhereye igihe batangiye kungigira bitwaje izina ry’Uhoraho ntihabuze ibihumbi cumi $10,000 by’idollar bampesheje bikambera umugisha wanjye ariko ubwo nabo niko bampigaga bukware ijoro na manywa ayo madollar yabo rero niyo yanshoboje kubahunga nkajya kwihisha muri za hotel cyangwa ngahitamo kuva mu murwa mukuru w’IBABYOLON.
Dore inkurukizi zijya zikurikira abahanurirwa n’umugaragu w’Uhoraho kubera ko ijambo ry’Uhoraho mwarihinduye ubucurunzi”Nuko rero mukozi w’Imana rwose twaje nta cyo dufite ariko ubutaha tuzaza tugufitiye impamba nyamara muyandi magambo baba bakubwiye ngo ibyo wahanuye nitumara kubibona niho tuzaza kuguhesha umugisha
Na none muyindi mvugo isobanutse biravuze ngo ntabwo tukwizera yuko uri Umuhanuzi w’Uhoraho,bityo rero nitumara kubona iby’Uhanura bisohoye, tuzamenya yuko ur’Umuhanuzi w’Uwiteka Imana yabakiranutsi.Ubwo niho tuzaza kuguhesha umugisha.Ubwo bakagenda igihe kikagera ibyo wahanuye bigasohora Satani yarangiza akagenda akababwira ati,ntimwirirwe mujyana ibyo muhigiye umugaragu w’uhoraho kuko atakibyibuka kandi dore munafite ibibazo byinshi ubwo nukora muri ariya mafaranga kandi uzi neza ko ufite ibibazo byinshi ubwo urumva hazaba hasigaye iki?
Ubwo bakareka kuguhesha umugisha maze bamara kumvira iryo jwi ry’abadayimoni na Satani ubwo ako kanya abadayimoni bagashoka ibye byose bakabibyiniramo maze bikadogera bwacya mu gitondo ukabona bashoreye imitwe gusa ngo bagarutse kumuhanuzi ngo barasaba imbabazi ngo wongere ubasengere
Hari uwo nirukanye maze arambwira ngo ko Imana se yaguhaye iyo mpano ngo ujye usengera abantu ubwo kuki utansegera? Ndamusubiza ndamubwira ngo genda ubwire Imana iyinyambure iyo mpano kuko sinigeze nyisaba impano yo guhanura.
Uyu mudamu yitwa Umutesi Aimado akaba umwana wa mukuru we, niwe wigeze kubwira nyina wabo ngo,kuki Leon ahanurira abandi ariko we akaba muzima butameze neza? kuko mwakabaye mukwiye kuba mubayeho neza?Mbaza madamu nti,ko yaje nkamuhanurira yazanye angahe?Uhereye ubwo nahagaritse guhanurira no gusengera abantu.
Nigira mukazi kanjye ko gukora ibyikoranabuhanga.Ariko uyumunsi ndizera yuko noneho yabonye yuko mwene wabo ariwe wari yarambereye umuvumo kuko uyumunsi wa none nakira umugisha w’isi yose amadollar,pound,euro nubwo bitangwa nabadayimoni nubundi bakwiye kugarura umugisha wanjye bari baranyaze!!!
Ubwo naba niviriye ku kazi nkasanga hari ibibazo bimwe byananiye madamu kubisengera, yasenga nta bibone ibisubizo ubwo akamfatanya numuruho kubera kwanga ko byagaragara yuko yananiwe kubisengera cyangwa naba nibereye mukiraka nkumva ngo ninze murugo harabashyitsi jyewe nkagirango nabapesha umugisha naho nabazanywe nugusengerwa badashobora kuba bampesha umugisha.
Niba ngusengeye ntusubizwe,ntibikwiye yuko wampesha umugisha.Ariko nimba nsengeye abantu amagana na magana basubizwa barangiza bakajya mu bafarisayo bakaba ariho bajyana ituro kandi ataribo bagusengeye ubwo koko abandi bazagaruka bazamboneraho umugisha?
Bamara gusubizwa bakigira mu nsengero ziwabo bakajya gushima Imana bavuga ngo barasenze maze Uwiteka ababera igisubizo bagahita batanga ituro ryishimwe ahongaho kandi atari bo babasengeye.
Bwacya ukumva ngo barashaka kugaruka ndimuka nigira Uganda nabwo bansangayo wagirango muri gakondo ntabahanuzi babayo.
Rwose umuntu agafata indege cyangwa imodoka ngo aje kureba umuhanuzi Majeshi Leon baje basanga nigiriye muri politike ariko ubwo ninako nigiraga kuganira n’Uhoraho kumusozi witwa Prayer Mountain.Abantu!!!
Reka mbahe urugero rumwe rwibyabayeho ubwo twari tukiri muri gakondo hari mu mwaka wa 2002 ubwo nahanuriraga umucuruzi witwa Amos Kamugisha washakanye na Dianna twese twasengeraga muri eglise Vuvante mukanogo kwa Straton maze ijambo ry’uhoraho rinzaho rirambwira riti,burira muka Kamugisha Amos witwa Dianna ubabwire ngo ntimufate inguzanyo zo muri bank kuko mutazashobora kuzishyura.
Ubwo madame Kamugisha namuhaye ubwo butumwa kuko twari mu materaniro yahise yihuta ajya kubibwira abafarisayo ngo mubwiye ko umugabo azapfa ubwo sinakubwira idini rimerera nabi kuko na bamwe mu bantu bari bakize muri urwo rusengero kuko Kamugisha niwe wanjyanye muri Congo mpabwa akazi na external Servise Security (ESO) nawe yakoraga muri ESO akaba yarakoranaga na nyakwigendera Col.Karegeya Patrick.
Ubwo ubuhanuzi bwabaye aho maze bigeze muri 2005 Amos Kamugisha bamwandika muri Newtimes mbere yuko bamufata kuko yamaze kugera mu ntera aho yari amaze kuba consular wa Koreya imwe muri Koreya zombi ariko ndatekereza ko ari Koreya BAN-KIMON akomokamo akaba yarahagarariye imiti yose ikoreshwa kwa muganga mu gihugu cyose niwe wakoraga nka supplier.
Ubwo bahise bamuta muri yombi,nyuma yuko Karegeya atabwa muri yombi,bamukatira umwaka umwe na amezi [8]ubwo ni [18] Kamugisha bakira kumufata bahise bafunga konti ze zose zishoboka maze sinakubwira inzara iratera kandi nyamara umuntu akize.
Nabaye aho nza kwimuka njya gusengera muri CLA icyo gihe basengeraga kwihemaka Kacyiru maze mpuza na madame Kamugisha Diana wavuze yuko namuhanuriye yuko umugabo we azapfa nyamara ntabyo nigeze mvuga ariko anteza intabara zitari ngombwa.
Araza arandamutsa yicishije bugufi cyane biranyobera maze arambaza ati,ese waba waramenye amakuru ya mucuti wawe,ndamusubiza nti narayamenye ariko nabuze umwanya wo kujya kumusura aranyinginga ngo nzajye kumusura nanjye ndamwemerera maze icyo cyumweru sinajyayo.
Icyumweru cyakurikiyeho na none arambaza ati ese wagiyeyo ndamusubiza nti,narindi mu bizamini ariko nimbirangiza nzajyayo. Ubwo naje kurambirwa guhora mbazwa nkaho ari ideni mufitiye, kandi ubwo akaba atibuka uburyo yasebeje izina ryanjye, avuga ko nd’Umuhanuzi wikinyoma. Ngenda mpanurira abantu ibyago akaga na makuba.Ubwo naragiye icyo bashakaga narinkizi, kwari ukugerayo ngahanura ko azafungurwa. Ubwo nagezeyo mbwira Amos Kamugisha nti mu byumweru [2] urabuvuyemo ntabwo bazagukatira imyaka yiifungo.
Niko byagenze nyuma y’ibyumweru [2] bahise bamufungura ndakubwiz’ukuri nahise mpinduka umuntu mwiza imbere ya madame we Dianna ariko ntibyatinze Amos yansabye kumusengera bagafungura mafaranga ye yanganaga na Miliyoni [1] y’Idollar $ icyo gihe yanganaga na miliyoni 650,000,000 z’amanyarwanda ndasenga barayirekura ariko namusabye kunguriza miliyoni [1] ya manyarwanda arayinyima ubwo nari narasabye umgeni nabwo mutumira kunshyigikira mukujya gusaba umugeni ntiyaboneka ndetse nimodoka yari yemeye kuntiza byageze saa 11:30 z’amanywa acyemeza ko imodoka ihari twaguhaguruka I Kigali twrekeza I Rwamagana gusaba umyegeni saa 12:30 kumunota wa nyuma ambwira ko imodoka itakibonetse!
Uwo niwa muntu nasengeye akava muri gereza aho bari bamusabye gufungwa imyaka [10] hari bantu twakwita ba mwanga babo tekereza nawe umuntu wivugiye ngo yamaze gufungwa abakire bose bajyaga basurana banga kumusura. Ariko Majeshi Leon atatekerezaga mu nshuti ze usibyeko jyewe namutaga nka mukuru wanjye kubera uko yari yarashyize muri Line ya Congo nkibwira ko bizangirira umumaro nibyo iyo tutaza kuriganywa na bene wabo nubundi ntibyari kubura kugira umumaro.
Nuko bahembaga barumuna babo twebwe twabigshije umulimo bakanga kuduhemba ahubwo bakaudushyiraho terabwoba ndetse bakanatwambura nibyo twishakiye bitwaza ngo twarahombye kandi baraduhaye icyuma cyo gukoresha kabuhariwe.
Nyamwanga iyo byavuye nguwo umwana w’umuntu mujya mwumva,uwo numwe mubashije kumva hari benshi twasengeye babasirikare bakuru bo rwego rwa Col.Bagahiga ibyo batazashobora gukora ariko bamara kugirirwa neza n’Uhoraho Uwiteka Imana nkorera ukumva bahinduye imvugo.
Nuko rero bahanuzi ntampamvu yo kugirango muhangayikishwe nimpano abantu Uhoraho yabaheyeho umugabane ngo muyikoreshe neza kandi ibabere umugisha. Niba ubona abana b’abantu badashyigikiye umulimo ukora, wawuretse kuzageza igihe Uhoraho azagukingurira amarembo maze ukazasubira mu mulimo wawe kuko impamvu inteye kuvuga gutyo nuramuka ukomeje bizagutera gukora nk’uko abandi bose(Inkizi z’ibibi) bakora maze bizakuzaire urubanza hagati yawe n’Uhoraho bigutere kurimbuka!
Hari undi mudamu winshuti na muadame usengera kwa Pastor.Fred Nyamurangwa ku kimuhurura umugabo yarafite ipeti rya Col.
Icyo gihe hagati ya 2009 na 2010 yakoreraga ku Gisenyi maze aza gutabwa muri yombi aregwa ngo kuba yahawe isoko rya leta akoresheje umwanya afite maze akatirwa imyaka [10) madame we aza yirukanka iwanjye kuko yari inshuti na madame wanjye urumva bose barasenganaga muri CLPR ku Kimihurura narimvuye ku kazi naniwe maze nsanga madame yanteze abasengerwa ubwo yari yagerageje gusenga uko byagenze ibara umupfu sinarimpari
Ubwo ndihangana mba mfura y’umututsi ndasenga maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu bwira uwo ulimo gusengera azabwire umutware we areke guhigira Imana ibyo atazakora.
Nuko madame we arambwira ngo koko umutware we yahigiye Imana yuko narmauka afunguwe azubaka urusengero ubwo narasenze umuhungu w’Uwiteka Uhoraho nawe aranyumvira avuga ko amufunguye ubwo nyuma y’iminsi [14] baramufunguye igitangaje aho kugirango wa mudamu azane n’umutware we baze gushima Uhoraho iwanjye kuko arijye wasenze!
Maze Uhoraho aranyumvira inzu bari bagiye guteza icyamunara na Bank ya Coge Bank maze Col.Dodo Twahirwa Uhoraho amukora amwishurira amadeni yose maze numva umudame wa mu Col.Ahamagara madame kuri telephone ngo mwarakoze kudusengera umutware baramufunguye!Byarangiriye aho ngaho nawe mbwira ubwo se niba umupfumu bajya kumureba bakabanza kumwishyura noneho twebwe ngo kuko dukorera Imana bazajya batanga ishimwe kuri telephone?
Buriya har’ugiye kuvuga ngo nibe nawe baranaguhamagaye bagushimira kuri tephone ariko reka nkwibutse yuko bahamagaye madame atari jye bahamagawe!!!
Ntawundi ndikubwira niwowe muhanuzi nawe uhanurirwa mukwiye kureka gutesha agaciro umulimo w’Imana ndashima Imana ko ubu ibintu byasobanutse maze imyaka [7] nkorera Uhoraho antunga kandi ntarusengero mfite uburyo abikoramo nanjye byaranyibeye gusa nashize ubwoba bwo kwizera naje gusanga kwizera najyaga nigisha ubwo nibshyega ngo ndakora umurimo w’Imana.
Nitwaga Pastor kandi mu byukuri ntariwe ahubwo umulimo wanjye ari uguhanura, ndashima Imana yankuyeho izina rya Pastor kuko narimaze kuryanga kuko aba Pastor bangeze ahantu ntazi ntanabasha gusobanura. Ndibwira yuko aba Pastor tuzakorana umulimo w’Imana bakwiye bazaba bakijijwe.
Naho ubundi ntibizashoboka ko dukorana reka niringire yuko Uhoraho azampa abashumba bakijijwe ariko ndibutse yavuze ko azampa abasore bakiri batoya batangijwe n’Isi maze nkazabigisha umurimo kugirango bazakorere Uhoraho batabitewe nuko babyigiye ahubwo biturutse kumuhamagaro w’Uhoraho azabayarabashyize kumutima.
Uwo niwo muntu mujya mwumva ndashima Uhoraho ko ajya ampemba buri kwezi kandi akampemba nk’umukozi wa ONU uwiteka arakize kandi abamwiringiye ntabwo bazakorwa nisoni.
Niba abakuru b’ibihugu bashobora guhemba abakozi babo, ese Uhoraho niwe utazashobora guhemba abamukorera?Dore uyu munsi n’umunsi wabakozi ku isi yose ariko se niba abakorera isi bagira umunsi wo kuruhuka,mbese abakorera Uhoraho nibo badashobora kuruhuka?!
Ibi ndabivuga kubera yuko usanga umuntu ushaka gusengerwa aturuka iwe yamaze kubyishyiramo ndetse akanabitegura, ariko yagera iwawe yasanga unaniwe cyangwa urushye, akaba adashobora kumva ko unaniwe ahubwo akifuza ko umukorera ikimuzanye.
Ntabwo umulimo dukora aruburetwa dukorera Imana ikiranuka kandi ica imanza zitabera niba ukora utaruhuka ur’Injiji ndetse n’Uhoraho araguseka cyangwa arakugaya.
Abantu ntashimwe bagira ndetse ntibajya bibuka ibyo Uhoraho yabakoreye ndetse benshi bakakubereye umugisha nibo usanga batangira ku kuvuga kubera iki?Kuko umulimo wawe warawusuzuguje shaka mu maso h’Uhoraho maze umubaze ibi mvuze cyangwa nanditse nakubwira ibinyuranye nanjye uzanyandikire umbwire nihane kuko nzaba naravuze ibidaturutse k’Uhoraho kandi bitankwiriye yuko nagenza gutyo!
Ndashima Imana ko ijya iturwanirira ndetse niyo duhanuye abahanurirwa bakabifata nkaho bitariho ar’ibinyoma kuko Uhoraho ajya akorera kumunota wa nyuma ndibuka mwene data witwa MUGABO FESTON ubwo umwanzi yamuhagurukanaga agashaka kumukoza isoni mu maso yabapagani ntabwo Uhoraho yabyemeye uwo mugabo mbabwira yitwaye neza cyane mubukwe bwanjye kuko madame we yari yarabaye nkamushiki wanjye maze biyemeza kuntera inkunga ikomeye cyane bandwanirira ishyaka rikomeye mubukwe bwanjye aho satani yifuza kunkoza isoni maze abonye ko MUGaBO Feston abyitambyitsemo ubwo nyuma y’ubukwe nawe aramuhagurukana ariko nanjye mpagararana nawe kugeza tunesheje intambara sinzi niba agikoresha izi numero za Telephone uwabishobora yamubaza akaba yamuha ubuhamya +250788308900.
Bank Popular yaje guteza icyamunara kubera ideni yarabereyemo umwenda iyo bank,maze ashaka uburyo bwose yagurisha amamodoka atunze hario amakamyo [4] ariko umwanzi abyitambikamo nibwo yahamagaraga abahanuzi bose ngirango abo azi bose nibyo nk’umwana mugakiza naramwumvaga maze ndagenda narimaze iminsi [14] nkoze ubukwe turagenda turasenga maze Uhoraho aramwbira ati,mwana w’umuntu utivanga nabo bahanuzi kuko harimo abakoreshwa na maco yinda fata urupapuro nkubwira uko bimeze.
Mfata urupapuro ndandika ngo Uhoraho aravuze ngo,iyi nzu ntabwo izagurishwa niko Uhoraho avuze!Mfata urwo rupapuro ndarumuha yanga kurufata arambwira ngo ni ndubike burya abatutsi baragoye cyane kubana nabo cyangwa gusengana nabo.Nanjye ndarubika ubwo muri macye icyamunara cyabaye ishuro [3] kiburizwamo maze ku nshuro ya [4] abakozi ba Bank bafata umwanzuro wo kugura ya nzu maze bakazayigurishiriza.
Nibwo bashakaga abakomisioneli babaha yaafaranga maze baza guteza icyamunara,ahagana mu masa inne 10:00 nibwo Feston yampamagaraga arambwira ati,mukozi w’Imana nagusabaga ko waba uri hano mucyamunara kuko uyu munsi niwo wanyuma.
Ubwo nawe urabyumva icyo yashakaga kuvuga “WARAHANUYE KO ITAZAGURISHWA NONE NGWINO BAYIGURISHE UHIBEREYE MAZE IYO MANA YAWE UKORERA IKUBWIRE NIBA ARIYO YABIVUZE CYANGWA NIBA ARI WOWE WABYIBWIYE.”
Mu mvugo ya gitutsi nicyo niko bisobanura.Nahise mfata imodoka nerekeza INYAMIRAMBO aho atuye kugirango tuhahurire mu masaha ya saa 10:00 nsanga nibwo bakimara kuhagera, batangira icyamunara maze igihe bageze kuri miliyoni 26 zamanyarwanda numva undi mugabo wari waje kuri mission yo kurokora inzu ya Feston yibwira ko inzu igiye kugurishwa kandi ko ibyo twahanuye bihindutse ibinyoma kuko yiringiraga yuko Imana niba arikora igitangaza izagikora mbere yuko baza gutera icyamunara inzu.
Ariko ubwo Feston Mugabo ntabwo yarazi ko uwiteka yamaze kwikorera imilimo umwe muri baramu be bohereje umuntu kugirango ubwo inzu iri bujye kugurishwa bahite bishyura ayo mafaranga ubwo nyine murabyumva Uhoraho yashakaga kwihesha icyubahiro ubwo uko basimburanwa kubiciro niko Mugabo Feston yandebaga ijisho nk’uko Peter na Yesu barebanaga ubwo Yesu yamaze gufatwa kandi Peter akaba yaramusezeranije yuko atazamuhana nahato,ariko byarakomeye aza kumusiga isake y’inkoko imaze kubika Umwami wabakiranutsi Yesu Kristo nibwo yubuye amaso areba Peter warumaze kumwihakana gatatu.
Maze umwuka w’Uhoraho arambwira ati, mwana wumuntu humura iyi nzu ntabwo iribugurishwe ubwo ngiye kumva numva ngo wa mugabo waje gutunganya misiyo yo guhagarika icyamunara ya Bank numva arabajije ngo naganhe mwishyuza uyu mugabo?Abakozi ba Bank batiini miliyoni 10.500.000 frw ako kanya ahita arayishyura icyamunara irangirira aho.
Uko niko Uhoraho akora ubwo Feston yahise andeba nanjye ndamureba kuva icyo gihe narinze mva muri gakondo ntacyindi twongeye kuvugana kubijyanye nubuhanuzi kuko yahise yumirwa ahubwo ahitamo kwiha Uwiteka akamukorera sinzi niba byarakomeje ariko ndibuka ubwo nari mubutayu bwa Uganda yigeze kuza muri za semina za banyamadini bishoboke yuko yaba nawe yarahindutse umukozi w’Imana niba abafarisayo bataramuvangira dore ko arizo nshingano zabo zo kwica abana bakiri bato mu buryo bw’umwuka baba bafite umuhate wo gukorera Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Tekereza iyo Imana itaza gukora muri ubwo buryo,byari kugenda gute?Mbese narigusobanura ko ya nyandiko nanditse nabyanditse mbiku hehe?Imana dukorera ntabwo ijya idukoza isoni.dukorwa nisoni igihe cyose tuba tutarayimenya ngo tugendere mubushake bwayo ariko iyo wamaze kumenya iby’igushakaho biba byarangiye ubwo Feston yabuze icyo ambwira abura icyo avuga turaceceka ndetse iyo nkuru ntitwongeye kuyivugaho gusa yarumiwe narinze mva muri gakondo tutarongera kugira icyo tuyivugaho ngayo nguko uko niko Uhoraho ajya yihesha icyubahiro kubamwiringira.
Nawe niba wizeye iri jambo nanditse ndetse byansabye gutaga nubuhamya wenda bitari nangombwa ariko ntacyo bitwaye nabikoze kugirango Uhoraho ahabwe icyubahiro uzumva ibyo navuze bitarabayeho azandege k’Uwiteka kuko niwe nkorera ninawe ushobora kuducira urubanza naho abantu bo ntabwo babishobora uko imilimo mibi ishyirwa ahagaragara ninako ni myiza nayo ikwiye gushyirwa ahagaragara hatitaweho agaciro ka bantu ahubwo Uhoraho niwe ukwiye gushyirwa hejuru.
Ahagana saa kumi nebyeri ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rinyibutsa iyerekwa nari nabonye ariko nza kuryi bagirwa kubera gukora cyane maze ijambo rirambwira riti,w’umuntu,dore abasore nabagabo babanyamadini biyita abakiristu bagiye guhura nakaga gakomeye cyane maze nerekwa barimo koga mu kidendezi cya mazi menshi cyane mbona rwose binjiramo badafite ubwoba maze ijambo ry’Uhoraho riransobanurira ngo mwana w’umuntu,dore abagabo bahuye nakaga gakomeye cyane kuko bagiye kwigishwa kubaha Uhoraho no kumwiringira kuko ijambo rahanuwe nabahanuzi rigeze mu marembo yo mu irango rya gakondo yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.
Ubwo nkimara kwandika ubuhanuzi bw’uyu munsi, nahise numva yuko ndangije umulimo wanjye kuko uherereye murukerera niho ntangira umulimo wo gutegura ibihanurwa maze nkabishyira ahagaragara ubwo kugicamunsi nibwo nahise njya gushaka amafunguro muri za “Supper Market” maze mvuyeyo ndaza mba nkwirambitse kugirango nibura nduhure umubiri maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko ubuzima bwawe budashingiye ku bana b’Abantu.
Dore nakugize umucamanza wabari mu isi yabazima! Kandi nijye ulinda ubugingo bwawe kandi nijye ukumenyera ubuzima bwawe ntihazagire umuntu numwe ushingiraho kugirango ubashe kugera ku byo nagusezeranije dore mfite abantu benshi nshobora gukoresha benshi cyane bakakugirira neza utainze kwishingikiliza ku muntu numwe.
Nuko rero umenyeko ari jye ukorera umulimo udakorera abana b’abantu kuko umuntu arahinduka uyu munsi akubera mwiza ejo akakubera mubi bikakuyobera iyo niyo kamere y’umwana w’umuntu.
Ngirango wabonye uko nagiye nkoresha abanzi bawe bakakubera umugisha,abo bose bakubaha ni uko wemeye kuba igikoresho cy’Uhoraho kandi muri bose nta numwe wigeze agufasha kurwana intambara zose warwanye ahubwo bahora bategereje kumva yuko wafashwe na leta y’umwakaagara kuko kwizera kwabo kutaragera aho kwiringira Uhoraho wenyine ahubwo bahora bumva yuko umwakagara ashobora kubagirira nabi bityo bakizera ibibi byababaho ariko bakananirwa kwizera ijambo ry’Uwiteka Imana yo mu ijuru rishobora kubakiza rikabaha ubugingo buhoraho.
Dore ubu barategereje kureba yuko umwakagara akurwa ku ngoma bakabona kwizera yuko ibyo wahanuye ar’ukuri,hanyuma nibabona Umwami w’uRwanda yimye ingoma aho niho bazavuga yuko ngo uri Umuhanuzi w’Uwiteka kugeza ubu ntiwibwire ngo ni uko umaze kwandika ibitabo byinshi by’Ubuhanuzi ngo wibwire yuko bizera ijambo ryanjye reka daaaa!!!!
Habe namba bameze nka Thomas kwizera kwabo bizera ari uko babonye, nyamara ibyo byose nibimara gusohora bazaza iwawe baze kwihana bavuge ngo uri muntu w’Uhoraho kandi ngo uwiteka yaragotoranije kuko bazaba bamaze kubon ariko ubu usanga abantu bagira impaka bamwe bemera abandi bahakana hari nabahakana gusa kubera ishyari atari uko bahakana ubuhanuzi gusa ahubwo bumva yuko atari wowe wagakwiye kuba warahanuye ibyo byose!
Kubera yuko bumva ko Uhoraho yakoresha ibikomerezwa bikomeye byamaze kubaka izina ryabo mu bana b’Abantu ariko nyamara Uhoraho ntareba ibyo byose ahubwo areba umutima kandi niwe witoraniza abo azahindura ibikoresho bye yarangiza akabatwara mu gihugu cyo mu butayu akabigisha ijambo rye kugirango bazakore umulimo we mu gihe gikwiriye uko niko Uhoraho avuga.
Dore harabamaze guca iteka bavuga yuko umwakagara azaguta muri yombi ndetse bahorana kwizera yuko uzatabwa muri yombi igitangaje muri abo harimo nabavuga yuko basenga Uwiteka Imana yabakiranutsi, nyamara bazatangara ubwo ibyo biringira bizahinduka amarira nagahinda gakomeye nibwo bazamenya yuko Uhoraho ari we Mana yawe.Mwana w’umuntu dore nd’Uhoraho Imana yawe nzagushyira hejuru kuzageza ubwo abakurwanya bose bazaceceka bakavuga yuko urumurwa w’Uhoraho uko niko Uhoraho avuga.
Ibyo byose ntabwo biricyera ahubwo biri hafi cyane ndetse biraje kandi birasohoye kugirango abanzi bawe bazamenye yuko wakoreye Uhoraho utajya atererana abamwiringiye maze icyo gihe nta cyo bazitwaza ahubwo uzabigisha iby’uwiteka kuko bazaba bamaze kumenya yuko Uhoraho yaguhindukiye umurwa wo gukiranuka uko niko Uhoraho avuga.
Nuko rero ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko nd’Uhoraho Uwitea Imana yawe yaguhamagaye ikakumenya mu izina ryewe ikamenya ikagutegura ndetse ikakuzamura ikagushyira ejuru uko niko Uhoraho abitegetse.
Uwiteka Mana yanjye ndagushimye kuko wambereye byose muri byose, ahantu hose ntiwabuze kwigaragaza kandi wandinze gukorwa nisoni imbere ya banzi banjye ndetse nibyo nibwiraga yuko bidashoboka waje kwigaragaza yuko bishoboka ibyifuzo byanjye byose narimfite wambereye igisubizo ubu nta cyifuzo nsigaranye usibye icy’umulimo wawe n’ubwoko bwawe, n’ubwami bw’uRwanda wimitse uyu munsi wa none nkaba mbona inyenyeri zo gukiranuka zigiye kwimika ubwami bw’uRwanda.
Ibyo wabigize umutwaro cyane kuri jye nyamara se abibwami haraho twari tuziranye usibye gukurikira ijambo ryawe ibyo ryavuze gusa hanyuma nkarishyira mubikorwa uko wabivuze?Ndanezerewe uyu munsi wa none kandi nejejwe n’ubuntu bwawe kandi nzi neza ndetse nemera cyane yuko imbaraga zawe zitagira iherezo.
kandi ibyo wavuze byose uzabisohoza uko bingana byose kandi amaso yanjye azabireba maze icyo gihe nzahabwa indrimbo ya mazamuka nkiyo wahaye ubwoko bwawe ubwo bwari bumaze kwambuka inyanja itukura maze Miliyam na Aaron na Moses umugaragu wawe batera indirimbo yo kunesha yamazamuka bashima izina ryawe uburyo wigaragaje kuri Farao wari yarababereye igihanda gikomeye maze bamusiga mu mazi y’inyanja itukura kugeza magingo aya na nubu nimwo akiri ntabwo aravamo!
Uko nanjye nzaririmba indirimbo yamazanuka ngushimira ko utabuze kuba umutabazi mu gihe cya kaga gakomeye ubwo umwakagara yari atugeze imugongo atumereye nabi ariko ukihesha icyubahiro ukadutabara maze abibwiraga ko tuzakorwa nisoni bakaba aribo bazikorwa mu gihe twebwe tuzaba turimo turirimba none ndagushimiye Uhoraho we kuko wigaragaje ukambera Imana ubwo abantu bantukaga bavuga ko ngo nigize Imana nyamara ari wowe wangize uko ndi uku.Reka rero icyibahiro kibe icyaw eiteka ryose maze bamenye yuko dukorera uwiteka Imana ya Abraham Isac,na Yakobo na Majeshi Leon uhabwe ishimwe iteka ryose Amen.
May 02 ,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,nyuma y’iminsi [3] uhereye none ndaba nguhye uugish wawe kuko umukozi akwiriye guhembwa kandi dore ngiye ku koherereza abantu bashaka ko uzajya ubandikira amakuru cyangwa abashaka ko ubakorera publicity cyangwa kwamamaza bazajya bakubera umugisha uko niko Uwiteka abitegetse!
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka wikinyoma uzamutse uturutse mu nkozi zibibi werekeza iburasira zuba,Numara kugera ejuru aho ugaragara ubuhanuzi burahita buca igihanga kugirango ureke gukwira kwira hirya no hino ugenda ubeshya beshya ukwiza ikinyoma nibihuha uko niko Uhoraho avuga.Dore uwo mwuka warumaze igihe mu butayu.
Ariho wibera wari warajyanywe kugirango ukurwe mu bantu none dore abakonikoni bongeye kuwugarura kugirango bongere bagire ijambo hagati mu bana b’Abantu ariko nta minsi uri bumare ukorera mu bantu kuko bari buhite bawutahura kubera ijambo ry’Uhoraho ryamaze kuwushyira ahagaragara ku buryo bizakugorana kugirango wumvishe abanyagihugu ko uko ari ko kuri kuzuye niko Uhoraho avuze!
Nongera gutega amatwi y’umwuka maze numva uwahoze ari madame hamwe na mushiki wanjye bavuga ngo,yihaye guhanurira nabi ubutegetsi buriho byashoboka yuko koko Umwami azima ingoma ariko Umuhanuzi Majeshi Leon ntabwo azabonesha amaso ye ingoma y’ubwami bw’uRwanda.
Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,nutabonesha amaso yawe Umwami Kigeli V Ndahndurwa Uhoraho azaba akiranuka ndetse n’Umwami iyo ngoma nta cyo yazamumarira atabonye umuhanuzi wahanuye kwima ingoma kwe uko niko balimo bakuvuga nyamara ntibazi yuko ahubwo icyo gihe uzaba urumunyamugisha udasanzwe kuko babonye bananirwa gukiranuka bibwiye yuko nawe ari ko byakugendekeye?Niko Uhoraho abaza.
Erega burya nibe na Yakobo yahungiye kwa Nyirarume maze amuha akazi nubwo yagerageje kumuriganya ariko yitwaga Nyirarume kandi nawe Uhoraho ntiyabuze kubana nawe ngo yiheshe icyubahiro abantu bose Uhoraho afite muri gahunda ze bose umwanzi arabarwanya ariko Uwiteka akabakiza intambara zabo zose niko Uhoraho avuga.
Nuko nongera kwerekwa umugiha mwinshi cyane kandi ukomeye cyane maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti, mwana w’umuntu dore za magigiri zikozwe nisoni kuko urwo za kwifurizaga aribo bisohoyeho kuko bananiwe kwiringira Uhoraho ahubwo birngra umwana w’umuntu ariko birangiye Uhoraho ari we utsinze igitego none bakozwe nisoni mbese baraza kwerekeza hehe? Niko Uwiteka abaza!
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kuzaho maze njyanwa mu iyerekwa ridasanzwe mbona Umuhanuzi mukuru w’ibyasezeranijwe ashoreye abadayimoni abambutsa umuhanda maze abageza hagati mugishanga cy’inyanja cyuzuye amazi ibyondo byinshi ku buryo yaba abo badayimoni bo mu bwoko bw’inka zivanze ni mbogo nerekwa zisaya muri bya byondo kuvamo ntibyaba bigishoboka bakiza amagara yabo.
Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti, mwana w’umuntu,dore abadayimoni kababayeho bashaye mu byondo birigati y’Izinga ry’inyanja Uwiteka yabayoboye akoresheje Umuhanuzi maze bagenda bakurikiye akaryoshye none bahezemo abo badayimoni bajujubije baciriweho iteka ntuzongera kubabona ukundi uko niko Uhoraho abitegetse!
Nuko ubwo menya yuko kunesha kwanjye Uwiteka yansezeranije kwegereje ubwo nkutura inkweto nari nambaye nirukana abo badayimoni nzisiga muri ubwo butayu kuko zitari zikwiriye kongera gukoreshwa umulimo zari zakoze waruhagije.
Mbona inkozi z’ibibi zinteze urwego rule rule ndarwurira mbona ndarurangije nambukiranya hagati y’Inzu nikibambasi cyari hagati yiyo nzu, maze mbona kandu numva za nkozi zibibi zivugisha ngo shaa! Arambutse bisobanura kunesha nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwra riti, mwana w’umuntu,Uhoraho akoze ibikomeye ugiye kurebesha amaso yawe kandi abantu bazatangara cyane ndetse bazumirwa uko niko Uhoraho avuga.
Abadayimoni hamwe ni nkozi z’ibibi bongera kwivugisha ngo nimumureke agende yarwanye intambara abandi batashobora ntako tutagize ariko yaranze yizera ya Imana ye yamugiriye neza,kandi nta kuntu twari kumushobora kuko Imana ye nayo yafatanga ubutunzi bwacu ikabumuha bityo kumurwanya bikatubera ingume.
Dore duhanganye imyaka [7] yose yaratunaniye kuko icyo dukoze cyose Uhoraho Imana ye ihita ibimuhishurira mbere twajyaga dukoresha wa mugore akamutera ubwoba agacanganyikirwa none ubu nta mugore agira urumva se twakoresha nde?! Uko niko abadayimoni barimo kuganira.
Ubu niyo tumuteza akabibona urumva nta mugore aruhira ahita yigumira murugo tugategereza aho tuba twamutegeye tugaheba.Twagerageje kumuteragera kuri za telephone aratunanira ahita abibona ntiwabonye se ko yabyanditse muri bya bitabo bye byitwa ubuhanuzi! Ubu kumuvangira biragoye cyane kuko yageze muyindi ntera ikomeye iyo mbere atarariho reka tumureke akorere iyo Mana yamubaye hafi cyane kuko nidukomeza yatuma twese turimbuka.
Undi mudaimoni arabaza ngo none se bizagenda gute ko, akomeje kugumura abantu bacu twari twarifatiye ubwo se murabona tutazasigara iheruheru maze umwami wacu (Satani) akazatumerera nabi? Undi mudaimoni arasubiza ngo tugende dutange raporo uko byagenze maze umutware wacu nabishaka yohereze abandi yizeye baze bagerageze nawe arebe ko har’icyo bageraho.
None se umuntu uba wenyine kandi akaba yerekwa buri kantu dukora kose, urumva uwo muntu twamushoboza iki? Murabizi yuko ubusanzwe dukoresha abantu bene wabo bakamuvangira ariko kariya kagabo ntabwo kajya gusenga ngo tube twakoresha ingabo zacu ziba mu madini yabo bibwira ko arakozi b’Imana bagenzi babo, ikindi nta muntu agira wishuti ye, ubwo se ho yaba databuja we uwo muntu yamugenza ate?Iyi ntambara irakomeye kandi ntako tutagize ngo tuyirwane kandi se warwanya umuntu wamaze kumenya iigambi yawe.
Twebwe icyo dukwiye gukora, nukujya muri b’abantu bajya basoma ubuhanuzi tukabateza ubukene kugirango batajya babasha gusoma abandi tukabatera kwihugiraho kugirango batamenya ibihanurwa abandi tubakareka bakabona akazi abari barabuze akazi tukareka bagahabwa akazi kugirango ntibabone umwanya wo gusoma ubuhanuzi abandi tukateza umwuka wo gushidikanya ntibizere ubwo buhanuzi bwe maze mukareba yuko tutazaba tumushoboye.
Undi mudayimoni arasubiza ngo,ibyo twarabigerageje ariko ubuhnauzi bumwe bwahitaga busohora maze babandi twari twabonye batangiye kubuhakana nabo bagahita nemera ko arumuhanuzi maze tukaba dutsinzwe gutyo.Nta kuntu tutagize ntaho mwabaza uwitwa GERAGEZA yababwira intambara yarwanye ikomeye kugeza amwihoreye, ikigaragara uyu muntu ari kumwe na ya Mana yabo kandi ninyembaraga uwo yazamuye biragoye kongera kumusubiza hasi cyeretse iyo tugize amahirwe agacumura ku Mana ye tukabona umwanya waho twinjirira.
Ariko ubundi ntibyoroshye gupfa kwica cyangwa gukora igikorwa icyari cyo cyose cyasubiza hasi abanzi bacu ubu noneho baranagwiriye ntabwo akiri wenyine ikindi urabona ko ya Mana yabo yategetse amasengesho yo kwiyiriza y’iminsi [3] basenga Imana yabo urabona ko bagiye kongererwa imbaraga kandi wa mugisha wabo twari twaraheranye bagiye kuwusubizwa bawuhabwe biragoye guhangana na kariya kagabo kuko kwerekwa buri kantu kose tugerageje gukora.
Nuko ubwo navuye mu iyerekwa ntamenye gahunda yindi bafashe gusa icyanshimishije ni uko bari bamaze gucika intege ndetse bamaze kwemeranya yuko batazongera kundwanya kuko bidashoboka ko warwanya umuntu uhishukirwa kandi ibyo koko nukuri ahatari uguhishukirwa abantu bigira ibyigenge niko Uhoraho avuga.
May 03,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ngaho zamuka werekeze haruguru y’ubutayu maze urebe gakondo yawe wari waragenewe na papa wawe ariko aza kwitaba Imana atakweretse uwo mugisha kuko abadayimoni bashakaga ko utazawuragwa nuko ndazamuka ngeze aho aho iyo gakondo yariri ndayibura ariko ngira amahirwe mpasanga nwene data umwe maze aramfasha tujya kuyishaka mbona anjyanye kureba umusaza wari umuyobozi icyo gihe ngo hari muri 2006/8 turagenda tujya kumureba kuko niwe wayoboraga aho hantu hari haherereye gakondo yanjye nahishwe nabadaymoni.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambaza riti, mbese mwana w’umuntu waba wasobanukiwe ibyo ubwiwe kandiweretswe? Nanjye ndasubiza nti reka da! Maze umwuka w’Uhoraho urambwira ati, Dore hari umugisha warugiye kwakira muri uwo mwaka twavuze hejuru ariko abadayimoni barahisha none urubanza rwawe rwararangiye Uhoraho ategetse yuko uhabwa ibyari byawe byose byatwawe nabadayimoni uko niko Uhoraho avuze.
Ubwo nkimara guhabwa ubutabera mbona haje motor imanutse nkiyagatera iraza ishaka kungoga ariko nanjye mba nabaye maso cyane ndayihunga maze igonga umugina maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,uwo ni umwuka w’Impanuka baguteze ngo iguhitane kugirango utacyira umugisha w’inyongera ariko uhumure Gitare yaranesheje.
Nuko nkiri mur’iryo yerekwa numva muramu wanjye witwa Marie Louise.…akaba murumuna wa madamu arimo abwira bucura bwabo Amerance ngo ariko buriya Leon amarira ya Odette azayakizwa niki? Nuko umwuka w’Uwiteka arambaza ati, mwana w’umuntu,ko batadatekereza ubuhemu mushiki wabo yakugiriye ahubwo bakabona ko kuba mwaratandukanye ari wowe wamuhemukiye?
Mbese ko yirirwa aguhigisha ibibando hasi no hejuru kandi wowe utamuhiga mbese bumva koko baba baciye urubanza rutabera? Uko umwuka wera abaza! Ubundi se bajya kugucira urubanza hari ubwo wigeze umwirukana siwe wagutaye mu gihugu cyo mu butayu?Har’igihe utamubwiye umugira inama akanga akumva! Ubundi se yivangaga mu mulimo yawe ashaka iki?
ko yari yarazanywe no kubaka urugo iyo akora inshingano ze nawe ugakora izawe byari kumutwara iki? Ariko yashatse kwigira umugabo kandi ar’umugore ikindi ntabwo bumvaga yuko wazavamo umuntu wo kwifuzwa none bumvise yuko Uhoraho yakugiriye neza yaguhaye umugisha none batangiye gusakuza.
Abana b’abantu ibyabo biragoye! Uzabona avuye mur’iyi isi azaba ar’intwari ikomeye Uhoraho azamuhemba bikomeye cyane.Ubwo nkomeza gutwara muri bwa butayu bugufiya njya kureba imilimo yabazimu nabadayimoni mbona abadayimoni barimo gushaka ibifungurwa ndetse ntibananyitaho kuko igihe cyo gushyira mugifu cyari gisohoye nuko ntambagira ubwo butayu mburangije ngaruka nzamuka nerekeza mu marembo ya gakondo yabakiranutsi,maze mbona umushumba wa babadayimoni aho yicaye ababajwe nuko mvuye muri ubwo butayu kandi ntari nkwiriye kubuvamo.
Kuko bari barantazeho igitambo cy’umugisha utari uwabo, nuko ndamwegera cyane kugirango andebe neza kandi amenye ko ari jye uvuye mu butayu igihe cyose bari baramperejemo hagati yanjye nawe harimo umupira ba balo ndawutera kugirango umwegere maze arebe umuntu uwuteye mbona aranze ntashaka kundeba maze ijwi ry’Uhoraho rirambwira riti, mwana w’umuntu dore yakubonye ariko ntashaka ko umenya ko yakubonye none izamukire wagendere icyangombwa ubutayu ubuvuyemo uko niko Uhoraho avuga.
Nuko ijwi ry’Uhoraho rikomeza kundema umutima rimbwira riti, ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko Uhoraho agambiriye kuguha umugisha kuko iki ar’igihe cyawe kuko urubanza rwawe rwamaze kurangira imbere y’Uhoraho Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho abitegetse!
Ubwo nanjye nshima Uwiteka Imana yabakiranutsi wemeye kungirira neza akancira urubanza rwanjye narimfitanye ni nkozi zibibi kandi nkaba nararutsinze Uhoraho ahabwe icyubahiro iteka niteka ryose Amen.
Nongera kugirirwa Ubuntu nerekwa umudaimoni witwa Nyagasaza Innocent FRUIT wahize ubugingo bwanjye cyane igihe cose nari mu gihugu cya Uganda,mbona duhanganye turwana intambara ikomeye cyane maze turarwana kugeza aneshejwe mbona gukorwa nisoni kumubayeho kumanywa yihangu maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,wmana w’umuntu,izo nkozi z’ibibi zigize ko ziyobora isi yose kubera kwishyira hejuru dore zikozwe nisoni zaguhize igihe kitari gito none bigeze aho zikorwa nisoni kumugaragaro kandi nta nigihe batazakorwa nisoni kuko igihe cyabo gisohoye kuko Uwiteka yamaze kubaciraho iteka ryose kuko imitima yabo yuzuye gukiranirwa igomwa nigomanwa kandi bakaba biteguye kumena amaraso ngo bararengera umugati wabo.
None Fruti wameye guhitamo iby’isi abeshya ngo n’umugenzi werekeza mu ijuru naho aragenzwe no kugigira bene data muri Kristo Yesu mbese umujinya w’Uhoraho azawukizwa niki ko umujinya w’UWITEKA ubamanukiye baraza kwerekera hehe? NIko umwuka wera abaza!
Dore ntakabuza ntibazabura gukorwa nisoni kuko Uwiteka Imana yabakiranutsi ukorera yamaze kubaciraho iteka ryose none akaba abashyize ku karubanda imbere ya marembo ya mahanga aho bagiye kota umuriro w’isi wuzuye agahili nagahinda, umujinya nagasuzuguro dore icyubahiro bahawe gihindutsemo urukza soni kandi aho bamabriye inkindi niho bongeye kwmabarira incocera uko niko Uwiteka abitegetse!
ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho rirambwira,mwana w’umuntu ubambarize uti, nibyo! Mufite ubutunzi ariko ubwo butunzi mubukoresha nabi,kandi mwabuhawe n’Uwiteka Imana mwabubonye kuko yabyemeye ninawe ushobora kubutegeka bukabava mu maoboka yanyu mugasigara uko mwari muri mbere none mwazamuye intugu erega rurakura ariko ntirusumba ijosi!
Ese ibyo mwari mubizi?Uko niko Uhoraho ababaza!Niki cyatumye mwigira akaraa kajyahe?Ntimuzi yuko byose bituruka mukuboko k’Uhoraho Uwiteka Imana yanjye ikaba n’Imana yabakiranutsi?
Ese muzangenza kugenza kugenza ryari? Ese koko mufite ikizere yuko muzanshyira mu maboko yanyu maze mukanshyira umwakagara akangenza uko yagenje abandi?! (Surely) niki gituma mugenza utariho urubanza harya ubwo ngo murashaka guhangana n’Uwiteka Imana ukorera mu mugaragu we w’Umuhanuzi? Ahaaaa ubanza bitazoroha kuko bisa no gushing umuhunda ku kirenge naho ubundi izo mana ukorera ntabwo ar’imana zikiranuka nta nubwo zica urubanza rutabera zaba gute imana zidakiranuka?
Nyamara iyo muza kuba abanyabwenge mwari gusoma urya mwana kugirango atarakara akabacucumuriraho uburakari bwe maze akabagirira ibambe ariko kuko mwahisemo kumurwanya mwibwira yuko ngo mwamurusha mabako dore muciriweho iteka na data umubyara kandi akaba umukiranutsi w’isi n’ijuru.Nyamwara ndababuriye nubwo mushaka kunyica munziza gushyira ibyaha byanu kumugaragaro kandi Uhoraho ari we wampaye umulimo wo gucira imanza abari mu isi yabazima.
Ubundi se ko mudatekereza mubona jyewe Majeshi Leon umwana wUmuntu nakurahe ubushobozi bwa gucira imanza abari mu isi yabazima? Usibye kwanga ko mucirwa imanza kandi namwe mwirirwa muzicira abandi ubundi mubona mukiranuka ku buryo nabarenganije? Ubundi se ko ijambo ry’Uhoraho ryavuze ko buri kintu gifite itangiriro niherezo mwebwe murashaka kuzabaho ibihe byose nkaho arimwe mwaremye ijuru n’isi? Ngaho nimunsubize niba koko mukiranuka kandi mukaba muvuga yuko nabarenganije muguca imanza kwanjye!
Dore Uhoraho yarabinginze abategera amaboko ngo mu mugarukire ariko mwanga kumva imiburo ye,ngo kuko umwakagara afite udusahurano yakuye muri Congo natwo tumaze gushira,ubwo se ko dushize muzakoresha iki?
Dore Uhoraho azabateza indyanyi kuzageza igihe ibyo mwiringiye byose bizashira bikarangira maze icyo gihe niho uzamenya yuko mwiringiye umwana w’umuntu uhumeka umwuka uturuka mu mazuru mwanze kwiringira Uhoraho udahumeka umwuka wa bantu kandi akaba ari nawe utanga ubugingo ngo ni uko mwiringiye ibisahurwa ngo bizabageza muzabukuru nyamara dore aho nibereye ubanza mutazahageza mukiriho kuko mwanze ibitanga ubugingo ahubwo muhitamo kurimbuka nuko nta mbabazi zanyu zibasigariye ahubwo mwemera mutajya impaka muyoboke umuriro utazima kuko niwo mwakoreye kandi buri mukozi wese akwye ibihembo.
May 04,2016 Njyanwa mu iyerekwa nerekwa ibintu biteye ubwoba ndetse biruhije no gushyira mururimi rwa gihanuzi,kuko ibigiye kubera muri gakondo ya bakiranutsi birenze ukwizera kwa bantu basanzwe bumva ibyabaye mu isi ya bazima.Nukuri nubwo mwirirwa mu mpiga hasi n hejuru dore ibintu nanjye biba bitanyoroheye ariko noneho ndumva ngiriye imbabazi abanyagkondorero.
Niba byashobokaga ngo ingabo za RDF-Umwakagara zice igihanga umwakagara mbere yuko ibyahanuwe bisohora kuko ibyo mbyonye nabuze nuko mbivuga biteye ubwoba biteye isoni,agahinda yewe muntu wifuza kubona umunsi w’Uwiteka kuri gakondo yawe reka reka subiza inkota murubati biragatsindwa yuko mbirebesha amaso yanjye ariko kandi nayo mfite nayo ntangirira imbabazi Mana yaremye ijuru n’Isi ndabizi ko urakariye gakondo yanjye kandi sinatinyuka no kwitambika imbere yawe ngereranije umujinya mbonye ufitiye gakondo ya bakiranutsi.
Yewe mukobwa w’Izion uzageza ryali kutumvira Uhoraho,ko mbonye uburakari bukomey cyane bw’ibigiye kubabaho nkumva amabere yikoz ntayo ngira,nkumva inyama zo munda zose zihindutse amakara!Yewe mwakagara niki cyaguteye gushaka kugerageza Uhoraho ngo agusukeho umujinya we?
Yemwe bantu twasize muri gakondo ndabinginze yaba abampiga cyangwa abansegera nukuri nukuri ufite amatwi na maso nashake uburyo bwose acika akuremo akarenge ke,kuko akarinyuma karahinda.
Mbonye ingabo za RDF zurira umusozi muremure cyane uwo musozi warufite amashyundu na mataba kuwuzamuka ntibyari byoroshye pe!Byari bikomeye mbona ingabo zose zigeze aho umwanzi ashaka zose zihinduka abarokore zimbonye ziravuga ngo yewe ntawundi wadusengera cyeretse wa muhanuzi nanjye ndababwira ngo nanjya mbyumvishaamatwi ariko nari ntarabirebesha amaso yanjye none ngiye gusenga.
Ariko mu byukuri ibintu nabonye nta nubwo nabasha kubisengera sinabona aho mpera Uhoraho mwinga ngo abe yahindura imigambi ye kuko yahindukira akandundaho uwo mujinya afitiye ubwoko bwe bwanze kumwumva ngo buhindukire bwihane ahubwo bwikomereje kwibera mu nzira zo balamu na balaki zo gukiranirwa none ubishoboye nakuremo ake karenge kuko ntako ntagize ndara amajoro urupfu rundi hejuru ngo ndabahanurira mu menye ibyo data wo mu ijuru ashaka ariko mwanze kunyumva mu mpindura urwamenyo mwirirwa munseka bukanyiriraho nyamara ibyo museka uno munsi ni byo byari kuzabakiza mu gihe kizaza.
Mbonye baca abadamu NYABABYEYI ndetse bakayinoboramo kubera hasigara umwobo munini bagahita nashyiramo TISUE cyangwa papiyejenike mbonye ibintu biteye isoni kwandika ndetse no kubivuga birananiye mbonye abakobwa b’Izion bakorerwa ibintu ntigeze mbona haba no muri genocide y’1994 ntabyabaye wenda interahamwe zafashe abantu kungufu ariko ibyo mbonye ntabyo nigeze mbona kuva mbayeho dore imyaka mfite mwa bantu mwe b’Uhoraho Uwiteka Imana ya bakiranutsi.
Mbonye umwakagara bamutegatega nkinyamaswa yafatiwe mukazitiro, mbonye batega za bombe ahantu hose,hashoboka kandi izo bombe ntabwo zisanzwe ndetse ndakeka ko mur’Africa bishoboke ko zishobora kuba zitarahagera.Mbonye kurimbuka gukomeye cyane kubutegetsi bw’umwakagara ninde munyabwenge akaba umuhanga akumvira ijambo ry’Uhoraho agakiza ubugingo bwe?Yewe yaba abapiga yaba abatampiga ibyo mbonye mwa bantu mwe mbese ninde ushobora kumva impanda ya nyuma agakiza ubugingo bwe?
Mbonye abatutsi bashirira mu kibaya kiri munsi y’umusozi warukambitseho ingabo za RDF+Umwakagara,mbonye abazungu bab’Ababiligi bagarurwa muri gakondo yabakiranutsi,maze aho gukiza abarokotse ku icumu ahubwo bakabaca ibihanga nyamara se ntibari baje kulinda amahoro “Peace keeping” mbonye ubwoko bw’Uhoraho guhungira ubwayi mukigunda,bwavaga mu ntambara buhungira mu ntambara mbonye abasirikare b’Ababiligi bakorera ibyamfura mbi ubwoko bw’Uhoraho maze basohoza umujinya w’Uwiteka kubwoko bwe!
Mbonye mbonye ubwoko bw’Uhoraho butereranwa n’Isi yose habura numwe wa butabara!?Mbonye ibikomeye byajyaga bivugwa mu magambo ariko noneho mbirebesheje amaso yanjye mbere yuko hagira undi muntu ubibona.
Mbonye inkozi zibibi zo mu bwoko bw’Abarozi nazo zihunga, zibura aho zerekera, mbonye abadayimoni nabo bahunga umujinya w’Uhoraho mbona babuze ubuhungiro ariko bo babashije kunyura muri humye abicaga ubwoko bw’Uhoraho barigendera! Ninde wakumva ibyo bwenge yandikira abanyabwenge nabahanga maze agakiza ubugingo bwe amazi atararenga inkombe? Yewe ubanza naho yarenga inkombe umuhanga yayoga yashaka akamutembana aho gutembanwa nibyo mbonye.
Nukuri nukuri uyu munsi ibyo umugaragu w’Uhoraho ukiranuka JOB yanditse nanjye nabyemeza yuko Uwiteka acumbeka umwotsi mu mazuru,maze umuriro ukagurumana mukanwa ke,kuko ibyo neretswe nicyo bisobanura.
Ariko kuki umwakagara nabambari bumva yuko ibyaha byabo bakwiye kubihanirwa hamwe na rubanda rwose rw’Umwami? Kuki batahanwa bonyine? Ariko se Umwami iyo acumuye ibyaha ntibijya kuri rubanda rwe?
Aha nanjye mbaye umupfapfa rwose!David yacumuye k’Uhoraho rubanda rwose ruhura nakaga gakomeye kandi bataramenye igihe yacumuye k’Uhoraho.
Mbonye iby’Ubuhanuzi bwavuze ko bisohoye,mbonye intwaro zose umwakagara yaguze zihinduka ubusa zimera nkiziguye mu mazi ziribira,mbega umwana w’umuntu yiruhiriza iki,ahangana n’Uhoraho?
Nukuri nukuri ndababwiz’ukuri yuko nta cyintu nakimwe yaba mu byaremwe cyangwa bizaremwa niba bishoboka gishobora gukiza umujinya w’Uwiteka afitiye abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi ntagihari habe namba! Mushaka mwemere cyangwa muhakane ariko igihe kiraje ubwo mugiye kubona umwakagara ashirwa mu maboko y’Uhoraho kandi byanditse ngo biragatsindwa gusumirwa na maboko y’Uhoraho.
Yemwe banyagakondorero ibibaye bizababarweho mwebwe na bana banyu kuko Uhoraho hamwe nabahanuzi bakoze ibyabo mwanga kumva ariko ibigiye kubabaho ntibizigere kubibarwa ku muntu uwari we wese ahubwo bizababarweho hamwe na maraso yanyu uwo muvumo ntuzigere ugira uwo ushyirwaho kuko niba ar’ukuburirwa mwaraburiwe mwanga kumva rero nimwemere musome ako gacumu kuzuye umujinya w’Uwiteka mwumve uko bimeze hamwe n’Umwami wanyu mwiyimikiye.
Uhoraho we,twebwe abatataniye mu mpande [4] z’Isi uturebeshe ijisho ryiza kandi utugirire imbabazi kuko imbabazi zawe zituvuyeho habe nisogonda [1] twashira kuko umwakagara yasamuye imva yo kutumira.Utugirire imbabazi uduhishe munsi ya mababa yawe ndetse udushyire mubwihisho bwawe butabonwa n’umuntu wese kuko imigambi ye mibisha yaremereye ubugingo bwacu.
Nongera kujyanwa mu iyerekwa mbona intumwa z’Umwami wabakiranutsi [11] z’abanye nawe maze nzibaza impamvu mukwandika ijambo ry’Imana Bible batigeze bashyiraho abagore cyangwa abana babo maze uwitwa Mathayo,Luke,Peter,Yohana bose baransubiza bati,ntabwo twabikoze kuko icyo gihe twandikaga ibyari bijyanye nicyo gihe cyacu kandi nta nubwo ibihe byari byoroshye byari bikomeye cyane kurusha ibyubu!
Itandukaniro ry’icyo gihe nubu,ni uko twari benshi bari buzuye imbaraga z’ijambo ry’Imana ariko iki gihe cye abenshi nabahanuzi bibinyoma.Nuko ndeba hepfo yanjye mbona ikiganiro twagikoreye haruguru y’inyanja izengurutswe nishyamba rinini cyane ariko izo ntumwa z’Umwami wabakiranutsi,zo twavuganaga ziri hejuru mukirere nta wigeze agera hasi ngo dukorane ikiganiro kirambuye.
cyamaze umwanya utari mutoya maze zirangije zisubizwa mu ijuru mbona zinyuze mukirere sinzi niba ijuru riba hejuru mukirere cyangwa niba ariyo nzira yerekeza mu ijuru numva ngize umunezero udasanzwe ariko no kumenya ko aribo ni umwuka wera wansobnuriye naho ubundi ntabwo bashobora ku kwibwira ngo nibande niba runaka ahubwo connection iba iri muri wowe niyo ikubwira ngo bariya na bantu runaka.
Ubwo bari bazaniye impamba [imbaraga] abari balimo bamesa imyanda yabo muri yo inyanja kuko amazi yo kumesa yari yarabuze!”Gukiranuka”.Ubwo rero balimo bitegereza uko abantu bamesa ibishura byabo nabonaga bibanejeje cyane ndetse babigereranyaga nabo igihe cyabo bagaseka cyane kuko bari bifitanye itandukaniro rikomeye cyane.
Nuko ijambo ry’Uhoraho bamaze kugenda rirambwira riti,mwana w’umuntu,andika ibyo weretswe kuko bifite igihe cyabyo abatuye isi bagabisoma bikabagirira umumaro kuko mwebwe musoma ibyanditswe na bantu batakiriho bamwe bakananirwa kubyizera,ariko abiki gihe bo,bagira amahirwe kuko balimo guhabwa ibyabo byo mu gihe cyabo ariko bakananirwa kubyizera ndetse nubibaha akiriho bitarahinduka amateka!
Nukuri nukuri ndakubabwiz’ukuri yuko abazaza hanyuma bazabizera kurusha abari bahari byandikwa kuko batagize ayo mahirwe yo kubaho mu gihe cyabo.
Niyompamvu Uhoraho yavuze uzacira urubanza abantu abantu benshi bo mugihe cyawe kuko babayeho ubahanurira ijambo ry’Uhoraho banga kuryizera kandi bakureba mbese bizagend agute ubwo bazacirwa urubanza nabazaba batarabayeho igihe cyabo baryizeye cyangwa abaryizeye babayeho mu gihe kimwe?Uko niko Uhoraho abaza!Abantu bikigihe bari muzitwaza yuko ijambo ry’Uhoraho banze kuryizera kuko babwiwe yuko ryanditswe nabazungu,ibyo bikaba byaratumye banga kuryizera.
Hanyuma se ni jambo ryanditswe na barabura kandi rikandikwa mu gihe cyabo,naryo bazaritsinda murubanza imbere y’Uhoraho?Numva ngize ubwoba bwinshi kuko narinzi ko ar’uguhanura gusa naho burya Uhoraho yifitiye izindi gahunda zikomeye zizakoreshwa murubanza rwabazima nabapfuye?!
Yewe birakomeye cyane nuko ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumbwira uburyo intwarane za mbere zanditse ijambo ry’Uhoraho (Abahanuzi) uburyo bahuye nibikomeye cyane kandi nabo barwanijwe cyane n’umwanzi wabakiranutsi(Satani)barankomeza bansaba kuba maso cyane kuko ngo abakoze uyu mulimo umwanzi yabishe vuba cyane akabakura mu isi yabazima batarangije umuhamagaro wabo kuko batari bakamenye umuntu nuburyo umwanzi amukreramo.
Ubwo uhereye kuri uwo munota menya gahunda y’Uhoraho kubugingo bwanjye nicyatumye ampamagara akangira umucamanza wa bari mu isi yabazima.Nuko numva ngize kongera gutinya gukomeye cyane,nibuka ijambo ry’Uwiteka yajyaga ambwira buri gihe ubwo nari ntaramenya umuhamagaro wanjye nicyo yampamagariye buri gihe Uhoraho yajyaga ambwira mu mwaka wa 2005-2010 ngo ijisho ry’Uhoraho rihora kuri wowe kurusha ibintu byose biri mu isi.
Iryo jambo ryambujije amahoro kuko ryali ritandukanye nubuzima bwanjye bwo mu mubiri nifuzaga kuko nabugereranyaga nibyiki gihe ngasanga iryo jwi rivuga ntasobanukiwe ibyaryo!Gusa numvaga neza yuko ar’ijwi ry’Uwiteka kuko ryampaga ibyiringiro kurusha uko nihaga ibyiringiro kuko jye nibonaga nkwapfuye ariko nkabwirwa ko nzabaho igihe kire kire cyane kandi nzakoreshwa ibikomeye cyane mu isi yabazima.
Nabigereranya nuko nariwe cyangwa nuko mbyutse,ngansaga ntaho bihuriye,ugereranije nuko nirebaga cyangwa nifuzaga kugaragara cyangwa kumera ugereranije na bikigihe nabonaga halimo itandukaniro rikomeye cyane.Ariko nubwo narinsuzuguritse imbere ya maso ya bana b’Abantu,kubigaragara ariko iyo nafataga ijambo mvuga ijambo ry’Uhoraho natangazwaga nuko nabonaga abantu batangazwa nuko nigisha ijambo ry’Imana.Aho niho intambara zatangiye guhagurukira mu bafarisayo ubwo bakekaga ko nshobora gutangiza idini nk’uko bari barayatangije mu gihe jyewe ibyo rwose ntanabitekerezaga byari bindi kure nk’ukwezi.
Bigeza mu gihe cyo gutangira umuhamagaro wanjye ubwo narimaz guhunga Umwami Herode,maze kugera Uganda nibwo natangiye gusobanukirwa umuhamagaro kuko nibwiraga ko mpunze Herode nyamara ahubwo narimusanze mu icumbi rye,aho rero niho natangiye gusobanukirwa iby’uyu muhamagaro ubwo natabwaga muri yombi,niho natangiye gutekereza impamvu yibyo ndetse mbanza gutekereza ko byaba bifitanye isano numuvumo kubugingo bwanjye.
Ariko ubwo nari munzu y’imbohe ubwo Malaika Michael yazaga agaca imanzi mukiganza cyanjye akambwira cyangwa akampa isezerano ryahawe umugaragu w’Uhoraho Abraham,nibwo natangiye kumva ngize ubwoba bwinshi ntangira gutekereza yuko bshoboka yuko Uhoraho yaba amfiteho gahunda icyo gihe hari muri 2011 kugeza 2012 muri mata.
Uko intamba zakomeje kwiyongera,ninako Ubuntu bw’Uhoraho nabwo bwakomeje kuba bwinshi cyane kumugaragu we,ninako impano nayo yakumeje gutyazwa cyane irusheho kugenda ihishukirwa iby’Isi yimiriho.Kugeza igihe nahawe umwuka wa Eliya na Elisha maze Uhoraho ambwira ibyo nkwiye gukora.
Ibi byose sinari kubishobora ahubwo nabishobojwe na Kristo uduha imbaraga zo kunesha kubaho wenyine si cyintu cyoroshye kuko ubusanzwe abantu bakunda gukorera umulimo mu bantu kugirango bamenyekane cyangwa biyubakire ubwami bwabo aho niho har’itandukaniro ryo gukorera Uhoraho mu bantu no gukroera Uhoraho uriho wenyine nyamara mwese mushobora gukorera Uhoraho ariko ukorera uwiteka ari wenyine ataba mu bantu ashobora gukora byinshi kurusha ukorera mu bantu kuko nta cyiba kimurangaza usibyeko intambara ziba nyinshi kurusha ukorera mu bantu kuko we akorera kunezeza abantu naho undi agakorera kunezeza Imana iryo niryo tandukanirizo.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,andika uburire ubwoko bw’Uhoraho ububwire uti,umunsi w’Uwiteka Imana uregereje kandi ugeze bugufi nyamara ufite amatwi yumve icyo umwuka aburira ubwoko bw’Uhoraho kuko hamaze gucibwa iteka ryemeza yuko umwakagara ahanirwa imbere yamahanga kugirango amahanga yose n’Isi yose bimenye yuko Uhoraho ariwe Mana yabakiranutsi kandi ko Uhoraho aca imanza zitabera uko niko Uwiteka avuga.
Nuko nongera kubona Malaika w’Uwiteka yongera gutumwa ngo ahagarare ahirengeye maze yongere avuze impanda kuko ubwo bwoko ar’ubwoko bushinga ijosi kugirango batazavuga ko baciriweho iteka batabanje kubimenyeshwa maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,iki gihe ubwoko bw’Uhoraho bumeze nk’igihe cya NOAH babwiwe kwihana bakinangira imitima yabo nyamara inkugeyabazwaga babirebesha amaso ariko banga kwihana kugeza kumunota wanyuma ubwo bacirirwagaho iteka bakarimburwa na mazi uko niko Uhoraho avuga.
May 05, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi arahagurutse urabe maso kuko har’umuntu uje ku kuriganya cyangwa ku kwiba yitwaje amagambo mezana karimi keza urabe maso kuko bishobora gutuma udakora umulimo wa data wo mu ijuru neza.
Nuko nerekwa mbona ndimo kurya IKIGORI CYOKEJE bisobanura ikigeragezo cyihuse vuba na bwangu,maze nanjye mba maso cyane mukanya mbona uwo muntu araje maze mpita mburizamo imigambi y’umwanzi satani nbadayimoni uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rigarukaho rirambwira riti,dore umulimo ugiye gukorwa neza,nyuma yo kugura ikoranabuhanga rizajya rituma ubasha gusengera buri wese uzajya yifuza gusengerwa ntibizacyenera yuko abantu bafata urugendo nkabajyaga bafata ingendo bakava muri gakondo bakajya mu bindi bihugu byabaturanyi Uganda na Congo kugirango mubashe ubashe kubasengera kubera umutekano wabo
Ibyo na byo Uhoraho abishyizeho ishyerezo hamwe nurutoto rwabadayimoni na bazimu bahoraga bashaka kuguhitana ubu naho zaba za magigiri ushobora kuzisengera maze ukarushaho kuzisukaho umuriro dore ntugire ubwoba kuko batazigera bahura ikoranabuhanga ukoresha ngo babe barigarika kuko rizajya ryihinduranya buri kanya uko uzajya vugana nabantu niko Uhoraho avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abadayimoni bo mu bwoko bwa PUNDAMILIYA boherezwa mu Nyanja binjiramo kujya gufata uwundi mudayimoni wari yamberabeje maze mbona bose uko za inyamaswa [4] zose ziheze muri ya Nyanja ziburiyemo.
Umwuka w’Uwiteka aramburira ati,umudaimoni wa PUNDA usobanurwa ko umudayimoni wo kuremerwa uneshejwe kuko bahoraga bagenza telephone zawe igihe cyose ngo barebe ko uvugana na Nyirwanda cyangwa Chancellor we Benzinge kuko bafashe telephone zabo bazishyira muri server kugirango bajye bareba umuntu wese ukora communication nabo maze babashe kumukurikirana none birarangiye kuko batazashobora kumva no kumenya ko mwavuganye cyangwa mutavuganye kuko ikoranabuhanga ari iryo muri America urumva ko bibaye amahire ikibazo cya za magigiri kirangiye uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa mbona BUS nini cyane kandi nshyashya nziza maze ndabwirwa ngo”uwo n’umulimo”w’Uwiteka wongeye kuba mushya ugiye gukorwa neza nta terabwoba ry’abadayimoni n’umwakagara maze nkabona abantu bazamuka bamanuka ifite za upstairs maze nezezwa n’Uwiteka ko yitaye kubwoko bwe,nyuma yo kurwana intambara z’igihe kire kire abanzi bumusaraba barambayeho akaramata.Nuko ndasenga nti,noneho Uhoraho we ushobora kundeka ngafata ikirekire nkerekeza iya masezerano kuko ndabona ntagisigaye uko niko Umuhanuzi asenze Uhoraho uko niko Uiwteka avuga.
May 06,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mucuti wawe Mugabo Feston ararwaye cyane kandi yarahumanijwe n’inkozi z’ibibi kubera urwango nishyari,none mushiki wawe Rose (Maman Edina) agiye kwinjira muli Kaminuza (University) yo muli Zambia ariko azabanza kunyura muli Zimbabwe (Ibibazo bikomeye) dore agiye kwiga afite amadollar($5000)kandi agomba gufungura konti muri Zimbabwe nyamara amadollar ya Zimbabwe yataye agaciro muruhando rw’amahanga (Imbaraga ze zigiye kuba imfabusa) cyangwa se gukorwa nisoni
Nibatabaze Ijuru rimanuke rikore ibikomeye naho ubundi ntibyoroshye!!Kuko bahanganye na Sekibi kandi bakaba batazi aho yahumanirijwe none babwire igihatse ikindi hagati y’uburwayi no guhumana kugirango babashe gutahura ikibazo uko giteye bareke kwirirwa birushya ahubwo bakore igikwiriye niko Uhoraho avuze.NB:Musabwe kwishyura amadeni yose kugirango mubashe kubona igisubizo k’Uwiteka Imana yabakiranutsi niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kuzanzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore President w’America “Donald Trump” inzozi ze zirasohoye nk’uko wabihanuye kandi igihugu cya Zimbabwe giciriweho iteka nk’uko ijambo ry’Uhoraho ryabihanuye icyo ikikazaba ar’ikimenyetso gikomeye cyane cya nyuma cy’uko gakondo yabakiranutsi igiye kwinjira mu butayu kugirango igere muri Cannani niko Uwiteka avuze!Mwibuke ko ubuhanuzi igice (1-3) bwavuze yuko umukuru wa Zimbabwe (Robert Mugabe) azabanziliza umwakagara kwinjira mu gihugu cy’ubutayu nk’uko byahanuwe nabahanuzi.
Nuko nkiri muli iryo yerekwa mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo wa bantu bitwa (ABANAMA) umuryango wabanyarwanda cyangwa ubwko bw’Inzu bwita gutyo,mbona urubanza rwabo ruzamurwa imbere y’Uhoraho kubera uwo muryango wakiraniwe ndetse wahumanije abantu benshi ukoresheje imbaraga z’umwijima kubera ko wahisemo kuryamo no gusenga umwanzi wabakiranutsi mbona ko ushinjwa dossier [3] z’abantu bahumaniwe kandi ubwo bugizi bwa nabi bwabaye muli za 1980-1985 ubwo bali mu gihugu cy’ubuhungiro cya Tanzania uko niko Uhoraho avuze.
Ubwo nibwiraga ko mbaye nkurangiza umulimo wo guhishukirwa hasigaye kwandika ibyahanuwe,ndongera nsubizwa mu iyerekwa rikomeye kandi ritangaje cyane,numvaga impundu impundu zivuga maze numva ijambo ryavuzwe muri 1962 iryo jambo ryavuzwe n’ubwoko bw’Abahutu b’abanyenduga baravuze ngo,bye bye ubwami bwa gihake nagikolonize,maze numva abasaza bashaje cyane bongera gusubiramo rya jambo rya vuzwe ngo,bye bye Repubulika itemewe namategeko yazanye ubwigunge nubwicanyi igatuma ababyeyi bahinduka ingumba ikabagira incike.
Bye bye umwakagara hehe no kongera ku kwibuka ukundi kuko ubwami bwawe butazongera gushing ihembe ukundi!Ubwo nanjye nabonaga nifitiye camera ndimo gukurikirana ibirimo gukorwa nuko mbona Umwmi Ndahindurwa bananiwe guhindura ngo bimike ubwami bwabo mbona yamaze kugera muri gakondo kandi yaje bucece mbona balimo kumuratsa barangije bakora imihango ya cyami itegura kwima ingoma k’Umwami w’uRwanda ariko hari abatutsi bacye cyane hamwe nabahutu [2]b’Abakiga nyoberwa uko byagenze.
Nabonaga uRwanda rusigayemo abanyarwanda bacye cyane kandi nta mucyo waruhari ahubwo nabonaga haramutse ikibunda maze mbanza kugirango nibyo koko twatashye sinamenya yuko ar’Iyerekwa nuko nanjye nsubiramo rya jambo bavugaga ngo,repubulika bye bye kuko tutazongera kukwibuka ukundi.
Maze ako kanya ijambo ry’uhoraho ringarukaho menya yuko nari mu iyerekwa maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwakagara akuwe ku ngoma kandi azamara abanyarwanda ku buyo igihugu kizasigara gituwemo na bantu bacye cyane kuko banze kumvira ijambo ry’Uhoraho ahubwo bayoboka umwakagara maze bemera kumukorera aho gukorera Uwiteka kandi abigisha gukorera izindi Mana maze nabo baremera baraziyoboka baramya ibishushanyo bibajijwe na maboko ya bana b’Abantu
Niyompamvu umujinya w’Uwiteka wababayeho akarande ukabamanukira,bikabatera kwizanira kurimbuka none igihugu gisigayemo amatungo.None umwakagara biringiraga ari he?Niko Uhoraho abaza!
Za ngabo ze zirihehe?Niko Uhoraho abaza!Nuko rero burira ubwoko bwanjye uti,hahirwa abiringiye Uhoraho kuko bazatabarwa kumunsi wa makuba kandi abo nibo Uhoraho azagirira imbabazi kumunsi wo gukiranirwa kwa bana b’Abantu uko niko Uhoraho avuga.
Mbona Umwami w’uRwanda yakiriwe muri hotel iciriritse kuko yangaga ko yagera muri hotel zikomeye akabonwa na rubanda rwe kandi igihe kitaragera maze mbona iyo hotel basohoye ibyo baciraho kugirango bamwakire kandi bamukorere imihango yo kongera kuba Umwami w’uRwagasabo mbona bikozwe vuba vuba mugihe rubanda rwe balimo bazenguruka mu muhanda bavuga ngo naganze naganze Umwami Umwami w’uRwanda harakabaho Umwami Kigeli V Ndahindurwa.
Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe nabahanuzi bigeze neza neza mu irango rya gakondo yabakiranutsi,kandi umwakagara asigaranye iminota [5]gusa!None burira ubwoko bw’Uwiteka babe maso kuko amazi yamaze kurenga inkombe nuko rero basenge kugirango cyane bashake mu maso h’Uhorahokugirango batagwa mumoshya kuko imbabazi z’Uhoraho zigaragarije ku bwami bw’Urwanda uko niko Uwiteka aburiye abakiranutsi bo muri gakondo.
Nuko mbona abatutsi bo mu miryango y’Abakagara mbona bashiragijwe isi yose barahunga ntibongera kurota kuzategaka uRwanda mbona ubutabera nabwo bubarinyuma bugiye kubabaza ibyaha bakoze ubwo bari ku ngoma mu murwa mukuru w’Iyerusalem umurwa wabakiranutsi b’Uhoraho nuko nanjye nshima Uiwteka yuko atajya atererana abahanuzi kuko ibyo yavugiye mukanwa kabo atabuze no kubisohoza maze mbona abahanuzi benezerewe cyane ngo kuko Uhoraho yabaye kuruhande rwabo kandi yirinze kubakoza isono zibyo bahanuye.
Mbona abahakanaga ijambo ry’Uwiteka bavuga ko abahanuye ko umwakagara azakurwa ku ngoma arabahanuzi bibinyoma mbona babuze iyo berekera abacitse ku icumu mbona bahungiye Uganda bajya kwihishayo kugirango babanze barebe uko bigiye kugenda uburyo ingoma ya Ndahindurwa wanze guhindurwa akabereka yuko icyo yaharaniye kuva cyera yifurizaga rubanda rwe ko akigezeho.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,ngiryo itandukaniro ry’abizeye ijambo ry’Uwiteka nabizeye ijambo ry’umwakagara uko niko bibaye kandi niko bizahora igihe cyose baziringira Umwami kurusha Uhoraho ntibazabura gukorwa nisoni uko niko Uhoraho avuga.
Dore abiringiyr umwakagara bose bararimbutse kandi ntibazibukwa ukundi kuko bakunze gukiranirwa niyompamvu bahawe ibyo baharaniye kandi ubamenyeshe yuko ubutabera bw’Uhoraho nabwo bubategereje ngo bubakanire urubakwiriye kandi nubucamanza bwo mu isi wabonye yuko bwabakukiye bukaba bubageze imugongo kugirango bubashakire uburuhukiro kugirango batange ibisobanuro by’ibyaha bakoze niko Uhoraho abiuze.
Maze ijambo rirambwira riti,mwana w’umuntu,bariya bakiga [2] wabonye baje mubirori by’Umwami Ndahindurwa Jean Batiste nikimenyetso cy’uko abahutu bazashira hakazasigara abatutsi baruta ubwinshi abahutu kuko umwakagara azaruhuka aruko amaze abahutu kuko banze kumuyoboka bakanga no kumukorera ariko bakaba bari baremerewe namaraso bamennye niyompamvu Uwiteka yabarekeye mu maboko ye,ngo bahanirwe hamwe hamwe abamennye amaraso bose.
Kuko iki ar’igihe cy’ubutabera bw’Uhoraho kandi akaba yaragambiriye gutanga ubutabera mu bwoko bwe kugirango bumenye yuko ari we ukiranuka haba mu isi cyangwa mu ijuru kandi ari we waremye ijuru n’isi maze ibyaremwe byose bimurebereho bimenye yuko ar’umugwaneza ugira neza kandi aita kubatagira kivurira uko niko Uhoraho avuze.
May 07, 2016 Maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore bamwe mubajyanama ba Nyir’uRwanda barwanya ubuhanuzi Uhoraho aguha ngo ubushyire ahagaragara ndetse bigatuma bakwanga cyane kandi bakagerageza ku kuvuga nabi ngo ahari barebe yuko bavangira Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa Uhoraho yavuzeko nta wuzamuhindura.
Njyanwa mu iyerekwa rikomeye ahagana kugicamunsi nerekwa imigambi yose umwakagara yagiranye na leta y’IBABYLON aho yabasabye kutongera kwakira impunzi z’abanyarwanda ndetse bakanirukana izituye muri icyo gihugu ngo kuko mu Rwagasabo aramahoro.
Mbona leta ya Kenya ibikoze mu buryo bwa gihanga ishyiramo n’impunzi z’abahinde baba muri icyo gihugu usibyeko nta numuhinde uhaba bnyuranye namategeko nyine bashatse urwotwazo ngo babone uko bubahiriza icyifuzo cy’Umwakagara bahuriye mu muryango wa East African Community EAC
Mbona birukanye abanyarwanda bo mu bwoko bw’ABhutu+Abahutu kazi,bahungiye muri icyo gihugu,mbona umwakagara azanye za magigiri zambara ibikote bya gi Police ya Kenya kuko aribo bazi abantu babo(abanyarwanda)bahabwa uruhushya rwo kubahiga nkabona bagenda aho batuye mu murwa mukuru w’IBABYLON hose bareba umuntu ufite isura ya Kinyarwanda bagahita bamufata.
Mbona bafashemo nabafite uruhu rw’abahinde bavuga ko batuye mur’icyo gihugu binyuranye namategeko ariko abo bandi batari abanyarwanda ntabwo bafatwaga nkimunzi usibye kuvuga ko ibyangombwa byabo byaba bararangiye gusa ariko umugambi wari ugufata impunzi zabanyarwanda ziba muri icyo gihugu cy’IBABYLON
Nuko maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwoko bwanjye ubabwire ko bagambiniwe na leta y’umwakagara ko bagiye gusibizwa muri gakondo kandi intambara ikaba igeze mu marembo ya gakondo yabakiranutsi,none babwire basenge amasengesho iminsi [3] bingana na masaha [72] maze mbakorere igitangaza gikomeye kuburyo buri wese azamenya yuko nd’Uwiteka Imana ye.
Nuko mbona leta ya Kenya ibanza kuvuga yuko ngo itazongera kwakira impunzi kubera impamvu z’umutekano ariko mu byukuri hari hashize igihe harangwa umutekano ahubwo niturufu bakoresheje yo gushaka impamvu yo kwirukana abantu b’Imana uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Gen.James Kabarebe ashaka ko abajeneral bose bamupfukamira ubyanze ashaka uko amushyira munzu y’imbohe cyangwa akamukenesha kubera kubatoteza maze numva aciye umugani awusobanura mururimi rw’ikinyankore kuko ubusanzwe we sumunyarwanda ahubwo n’Umuhima aravuga ngo”Usula inkono bikaguhesha kwagura amarembo”.
Ni ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Uwiteka agiye guca urutoto James Kabarebe ashyira kuri ba Commander’s bagenzi be,kuko yumva ko yamaze kuba igikoma ngoma gihambaye ku ngoma y’Abega agiye kumenya yuko Uhoraho ariwe Mana ya Israel uko niko Uhoraho avuga.
Ndongera mbona igikorwa umwakagara yakoze cyo guterekera kugirango icyo gikorwa cyo kwirukana abanyarwanda bo mu bwoko bw’ABahutu batuye IBABYLON giherekejwe nabadayimoni bita urugimbu,mbona bafashe inkoko y’Isake hamwe n’inkoko kazi [2] barazifata barazibanga babagira abadayimoni kugirango baze binjire muri leta ya Kenya maze bubahirize igikorwa cyose kigende neza.
Ndabwirwa ngo,burira ubwoko bw’Uhoraho ubabwire babe maso kandi ushobora kugira icyo yakora agikore kuko Uhoraho atazabura kumujya imbere akamugirira neza kuko iminsi isigaye ar’injyana muntu
Nuko ndibambura mfata agatege mfata mudasobwa yanjye maze nkora umulimo Uwiteka yanshinze wo kuburira ubwoko bw’Uwiteka bukomeje kurwanywa nabadayimoni kuko babona ko igihe cyo kwinjira mu masezerano cyegereje ndandika ariko numva ngize ibyiringiro yuko abaziringira Uhoraho wabakijije 2014 mukwezi kwa gatau n’ukwa kanne ntaho yagiye.
Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore mur’iki gihugu bagiye kwatsa umuriro kubera bamaze guhabwa intonorano n’umwakagara ariko uwo muriro uzaka wongere ucishwe bugufi uzime uko niko Uhoraho avuga.
May 8, 2016 njyanwa mu iyerekwa maze mbona murugo rw’umwakagara hirukanwa abadayimoni bananiwe gukora umulimo neza nk’uko bikwiriye ahubwo mbona haje abandi badayimoni bakomeye cyane babanje gutegurwa mbere yuko bazanwa guhabwa akazi n’umwakagara
Mbona batonze umurongo mukiyovu cy’abakirre berekeza murugo rwe,abirukanywe banyuraga kumuhanda wo hasi,abaje gusimbura abo birukanywe nkabona banyura uhanda wo haruguru ariko irembo ry’abasohoka nabanjira rya rimwe.Mbona abadayimoni bamwe babuze iyo berekera banga kuva mukiyovu basigara iruhande rwa PEAGE muri ka gahanda kengeranye n’umuhanda w’imodoka
Numva bavuga ngo bagiye kwigumira ahongaho kuzageza babonye uwabatwara akajya kubaha akazi,maze mbona ko hari nabasirikare nabo birukanywe kubera ko bagiye bahabwa akazi bakananirwa kugakora,numva bavuga ngo reka bajye gushaka aho bashyira abo badayimoni babihere akazi aho kugirango basigare badafite akazi ubwo babaye kwa Paul bashobora kuba bazi gukora neza uko niko umusirikare wabaye kumwakagara yavuze ngo yitwarire izo nkozi zibibi z’abadayimoni.
May 9, 2016 njyanwa mu iyerekwa mbona ndi mu giti hejuru kire kire cyane,maze mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo wohereje umuyaga mwinshi cyane unsanga mu bushori bushori utangira guhuha nari kumwe n’umwana w’uruhinja bashaka kugirango ayo mashami ‘igiti twicariye ahushwe numuyaga maze avunike ariko ndururuka gahoro gahoro nta bwoba maze ngera hasi njya kwifatira ingurukira mbona wa mwuka w’Inzika y’Inzigo wari woherejwe utegereje kureba ko wamuyaga umunukana muri cya giti.
Manu yo mu butayu
Ahubwo atangazwa no kubona ndimo kwifatira ingurukira zitwa “MANU”zo mu gihugu cy’ubutayu maze mbona arababaye cyane azunguza umutwe cyane kuko uwo mwaka w’Inzika y’Inzigo suwa vubaha ngaha,ahubwo nuwacyera twaherukanaga hashize iminsi maze menya yukoUhoraho ankijije imigambi mibi y’umwakagara nshima Uhoraho Uwiteka Imana yanjye akaba n’Imana yabakiranutsi.
Nuko nongera kubona umwuka w’ikinyoma werekeza mu gihugu cy’ubutayu udafite icyerekezo,wabuze aho ugana kuko ubutayu bwari bugari cyane,maze mbona iyo myuka [2] y’ingore,hamwe n’umwuka [1] wikigabo,yose ibura icyerekezo ahubwo ipfa kwangara muri ubwo butayu idafite aho izagarukira.
Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,iyo myuka ubonye [3] nimyuka ikoreshwa na leta y’umwakagara ishinzwe gukwirakwiza ibinyoma mu isi ya bazima.None Uwiteka ayihaye igihano cyo kubuyera mu gihugu cyo mu butayu aho niho igiye gukorera urugendo shuli ikazakuwramo yamaze kumenya yuko Uhoraho ariwe ushobora byose!Uko niko Uwiteka abivuze.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore muri gakondo y’abakiranutsi,urubyiruko nyarwanda ruhuye nakaga gakomeye cyane kuko rugiye kwinjira muri Kaminuza kugirango abataraminuje babashe kuminuza neza bamenye yuko Uhoraho ari we Mana yo mu ijuru.
Nuko mbona iryo shuli rikomeye cyane ryuzuymo ubuhanga n’ubwenge budasanzwe mbona hashyizwe umudamu wari yaribagiranye witwa Umutesi Aimado Burume akaba madamu wa Dr.Rusine ukora muri Gacaca batabase.
Nuko ndabwirwa ngo uwo madame nawe yinjire mu ishuli ahabwe Masters ya ll yongere kuyo yarafite kugirango arusheho kugira ubuhanga budasanzwe kugirango amenye yuko Uwiteka afite amaboko kurusha abana b’Abantu uko niko Uwiteka avuze.
Ntarava mur’iryo yerekwa,mbona inkozi y’ikibi yitwa Mapono Rwibasira ibalizwa muri Tanzania mu murwa waho witwa Mwanza,mbona isubiye gushaka imbaraga z’abakonikoni kugirango yongere yohereze imyuka mibi yigarurire umugisha yari yaratwaye maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,nguwo umwe munkozi zibibi zikomeye cyane zangije ubugingo bwawe none hanura uvuge uti,yewe wa nkozi y’ikibi we,umva uko Uwiteka avuga.
Dore akumanuriyeho umwuka wo guhanwa kuko wiringiye imbaraga za satani ugashimshwa no guhumanya abatariho ububanza none igihe cyawe cyo gucirwa urubanza kigusohoyeho uko niko Uwiteka avuga.Dore izo mbaraga zawe zabadayimoni zose uko zakabaye zizakugarukaho zigukoze isoni wakojeje abandi kugirango umenye yuko Uhoraho Imana nkorera ar’inyembaraga niko Uwiteka avuga.
Nuko mbona Malaika amanurwa no gutabara ubwoko bw’Uhoraho bubarirwa mubakiranutsi,mbona asenye za mbaraga zose zabakonikoni bahoreje kumuhanuzi hamwe n’umuryango we,mbona ya nzika yakera nayo yongera guhaguruka ariko ntiyabasha kugera kubyo yagambirie ahubwo ikorwa nisoni uko niko Uhoraho avuga.
Akari mu Ihene,ninako kari mu ntama!
May 10, 2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abapfapfa nibo baragira abadayimoni,muri gakondo yabakiranutsi bakomeje guhura na kaga gakomeye kandi buri munsi niko akaga kagenda karushaho kwiyongera kubanyagihugu.Nuko rero nta kindi kibasigariye usibye kubarekera mumaboko y’umwanzi(umwakagara)akabagenza uko ashaka kuko barabwiwe banga kumva niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibyahanuwe n’Umuhanuzi (Yesaya 4:1) birasohoye kuko abategarugori bagiye kwikuba inshuro [3] mu isi yabazima abagabo nabo bakazagabanuka ho inshuro [2] ku buryo mu minsi izaza kuzabona umugabo bizaba ar’ikintu gikomeye kandi kizahangayikisha benshi cyane mubategarugori uko niko Uhoraho avuze.
Nongera kwerekwa abadayimoni bo muri gakondo bashakisha amazi yo kunywa aho bari mu butayu,maze mbona bazamutse mu butayu bugufiya ahagana mu majyaruguru y’uburengera zuba mu karere k’Africa y’Uburasira zuba,mbona bageze ku iriba ariko bahasanga abadayimoni benshi birukanywe muri gakondo yabakiranutsi kuko basimbuwe nabandi bashyashya bagiye gufasha umwakagara gusohoza imigambi ye,maze mbona bamwe mubadayimoni bibabereye ikizamini kugirango babashe kunywa amazi yo mu butayu.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,bariya ubonye nabadayimoni birukanywe murwagasabo basimbuwe nabandi bashya bazanywe no gukora genocide ngo bice ubwoko bw’Uhoraho butazinjira mu masezerano kuko igihe gisa nikimaze guhumuza ngo ubwoko bw’Uhoraho burekurwe n’Umwami Phao bujye gutambira ibitambo muri gakondo yabo batambira Uwiteka Imana yabo uko niko Uhoraho avuga.
Dore umwanzi yatangatanze ubwoko bw’Uwiteka Iburazirazuba, Iburengerazuba, amajyaruguru, amajyepfo,yatangatanze ubwoko bw’Uhoraho yibwira yuko butazabona icyanzu cyo gukiza ubugingo bwabo ariko Uwiteka afite imbaraga zirenze kwizera kwa bantu kuko ashobora no kuzakoresha abazaba bashinzwe kurimbura ubugingo bwabo kuzarokora ubwoko bw’Uhoraho uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rirakomeza rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwanzi byaramuyobeye kuva wahindura ikoranabuhanga bakananirwa kumenya ikirere uherereyemo none dore harabagiye ku kwandikira bashaka kumenya telephone zawe ntabwo bamenye yuko wahawe ikoranabuhanga ryo guhamagara ukoresheje internet kuburyo na bwo badashobora kumenya ikirere uherereyemo.
Dore bakoze inama yuko bashaka uburyo bwose babone telephone zawe kandi abakoze iyo nama baherereye mu gihugu cy’UBUFARANSA gifite code itangirwa na +33 nuko rero ubategereze nibananirwa ibyo bibwira urabona bakwandikiye kuri e-mail yawe kuko bagiye kwigira abantu b’Imana kandi bakorere sekibi nuko rero ntubatinye uvugane nabo kandi ugenze kwa kundi ujy’ubagenza niko Uhoraho avuga.
May 11,2016 Njyanwa mu kibaya kiri munsi gakondo ya bakiranutsi ku nkengero zacyo,maze nerekwa ibikomeye cyane kandi mbwirwa amagambo akomeye cyane atakwihanganirwa nuwari we wese cyaretse uyawahawe (Umuhanuzi) wenyine.
Nuko mbona cyangwa mpishurirwa uburyo abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bakoze ibishoboka byose ngo bajye bahora batsa umuriro mu banyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu kugirango bazaheranwe n’ubwicanyi bwa jenocide bakoreye abatutsi.
Maze mbona haje umugabo mure mure cyane wo mu bwoko bw’Abatutsi atanga akazi na mabwiriza ashorewe na mahame ndakuka yo gutoteza abanyarwanda b’Abahutu,maze amaze gutangira gutanga ayo mabwiriza mbona abanyanda bo mu bwoko bw’Abatutsi bumviye uwo mukuru wabahaye ayo mabwiriza nuko ibikorwa byo gutoteza no kwima ubutabera abahutu mbona biratangiye!
Nuko abahutu mbona bahuye nakaga katigeze kubaho,yaba uwagize neza cyangwa uwagize nabi,bose mbona nikimwe ntawaruse undi,mbona abahutu bitotombaaa!!!!!!!!!!cyane!!!!!!!!!Mbona barenganije abahutu bagize neza ndetse babafata kimwe nabagize nabi,maze uwanyerekaga armabwira ati,mwana w’umuntu,mbese warebye kandi witegereje wabonye ibibera muri gakondo ya bakiranutsi?
Nanjye ndasubiza nti yeeeeeeee nabibonye kandi nitegereje nta na kimwe cya nyuzeho.Nuko arambwira ati,nuko rero uhanurire ubwoko bwawe ububwire uti,mwakije umuriro mubahutu mwibwira yuko mugize neza mwikingiye mutazongera guhura nakaga gakomeye maze mushinga inkingi yo kubera ihinduka ubutabera mu bwoko bw’Uhoraho.
None muhame hamwe kuko umuriro mwakije mu bahutu niwo ugiye kwaka mu abatutsi kandi uzikuba inshuro [7] kuko mutakunze gukiranirwa kuko uwicisha inkota ariyo nawe azicishwa uko niko Uwiteka avuga.
Ubwo butumwa nzenguruka mu batutsi mbubagezaho maze mbona abatutsi batanshaka kunyumva ariko ikindi gice cyabo cyubaha Uhoraho cyashakaga kumva imiburo y’Uhoraho kuko cyari kimaze kurmabirwa kurenganya ku ingoma ntutsi ihora yica rubozo abaturage ishinzwe kugirira neza yakabaye irindira umutekano maze ubwoba bwinshi cyane bufashwe abari ku ngoma ntutsi bivovotera Uwiteka Imana yabakiranutsi aho kugirango bihane ibyaha byabo maze Uhoraho abone kubagirira ibambe.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,uko bagenje nabo niko bazagenzwa kuko umunyagakondorero wese wakoze ibikorwa byo gukiranirwa nawe ntazabura kubihemberwa kugirango abanyagakondorero bose bamenye ko Uhoraho ariwe Mana kandi ko ari we uca imanza zitabera uko niko Uhoraho avuga.
Nuko mbwirwa kuburira abo muri gakondo kubaburira ko nubwo basenga amasengesho yibice bice,ko bakwiye kuyongera kugirango azabashe kubarengera kumunsi wa makuba ubegereye wavuzwe nabahanuzi uko niko Uhoraho ababuriye!Nuko numva umwe mu banyabwenge bakomoka mu bwoko bw’Abatutsi avuga ngo”BURYA ITANGIRIRO RY’IKINTU,NIRYO HEREZO RYACYO”ndamwegera ndamubaza nti,buriya ushatse kuvuga iki?
”ARANSUBIZA ARAMBWIRA ATI,INKOTANYI ZATANGIRANYE UMURIRO,NONE ZIGIYE GUSOZANYA UMURIRO”.Numva ibyo avuze noneho ko mbisobanukiwe nibuka ya ndirimbo twajyaga turirimba twihanurira ivuga ngo”MOTO UTAWAKA MOTO,WA WAKA WA WAKA*2.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza maze nerekwa iyerekwa risobanye kandi rigoye gusobanura usibye uwarihawe biwe wenyine ubasha kurisobanura.
Mbona umwe mubagize inteko y’ubujyanama ibwami,uwo muntu ubusanzwe akaba ashinzwe gusopanya imikorere y’ibwami kugirango azabashe kugera mu mwanya yifuza kugeramo.Mwerekwa nabonaga afite isura mbi cyane bisobanura ko agira umutima mubi cyane akaba ndryarya ikomeye cyane kandi akiyita umuhanga ukomeye nyamara n’umuntu usanzwe!
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore iyo ndryarya Uwiteka agiye kuyishyira kure y’ubwami kuko ubwami bwaturutse k’Uwiteka kandi niwe ufite icyerekezo nimigambi by’ubwami bw’uRwanda akaba ari we uzi uko yifuza uko bumera,akaba rero adashobora kwihanganira habe na gato kuba undi muntu yazana imyumvire ye muri gahunda y’Uhoraho.
Dore yibwira ko akomeye nyamara agiye gucishwa bugufi kugirango ibwami bamenye yuko Uhoraho ari we wahisemo gahunda y’ubwami kugirango ubwoko bwe buzajye kumutambira muri gakondo ya bakiranutsi.Icyo kizaba ikimenyetso gikomeye kizagaragaza yuko uwo mugabo Uwiteka atamushaka muri gahunda y’ibwami.
Icyo gikomerezwa gikunda amafaranga cyane,kubera rero akunda amafaranga dore Uhoraho agiye kumufungurira inzira y’umugisha kuko uwo niwo mutego we,ahabwe uwundi mulimo muri organization ikomeye kandi azahembwa amadollar menshi cyane ku buryo adashobora kwihanganira kureka uwo mulimo maze bibe inzira yo kwigizwayo ajye kure y’ubwami bw’uRwanda kugirango atazongera kurosera ubwami bw’uRwanda uko niko Uhoraho abitegetse!
Nkomeza kwibera mu iyerekwa nongera kubona inzu nziza yitwa urusengro kandi isanzwe isengerwamo,mbona ilimo umwanda maze ndabwirwa ngo nijye kuyisukura ndagenda ndayisukura ndangije mbona abayobozi biryo idini nabakiristu babo baje mu materaniro maze numva biranejeje cyane iryo tereniro ryali ryuzuyemo abana benshi cyane kurusha abantu bakuru maze ijambo ry’Uhoraho rirambaza riti,mbese siwowe wasukuye urusengero rw’Uwiteka Imana yabakiranutsi?
Ndasubiza nti ni jyewe Nyagasani.Ndabwira ngo;uko wasukuye ruriya rusengero,uko niko Uhoraho agiye gusukura itorero rye kugirango yitunganirize ubwoko bwe!Kugirango ibirura byaragiye intama bitarahamagawe n’Uhoraho,bimenye ko intama zifite umwungeri kandi ko zifite nyirazo maze izo nkozi zikibi zihaye kuragira umukumbi utari uwazo zicirwe imanza zo gukiranuka kugirango urubanza rwali hagati yazo na nyirazo rurangire uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,tega amatwi wumve ibyo umwuka wera akuvugaho nuko mfungura amatwi yanjye numva umwuka wera abwira abari bamuteze amatwi maze aravuga ngo”NKUNDA URIYA MUHANUZI KUKO YITA CYANE KUMULIMO WE,KANDI AKABA ADAKANGWA N’UMWANZI NGO AMUTEZE KWIZERA GUCYE!!!
Maze kumva iyo mvugo y’umwuka wera numva ndanerewe nanjye numva ndushijeho kumukunda no gukomeza kumwumvira no kumwubaha kugirango data ahabwe icyubahiro uko niko Uhoraho avuze.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kundemesha rimbwira yuko rigiye kunkorera ibikomeye ibyo abantu benshi bifuza ariko bananiwe kugeraho jyewe Uwiteka yamaze gutegeka ko mbikorerwa kandi yuko ibyavuzwe byose n’umwuka w’Uhoraho byose abisohoje numva ndushijeho kunezezwa nuko Uwiteka yongeye kwibuka umugaragu we akaba amutungarije imeza ye imbere ya banzi be niko Uhoraho abitegetse!
May 12,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abanzi bawe,aribo banzi b’Uhoraho,bagiye gusohora inyandiko yo kugusebya kugirango barebe ko baca abantu intege bakareka kwizera no kwiringira ijambo ry’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Nimara gusohoka uzabona abantu bakwandikiye bayikoherereze kugirango uyirebe kandi uzayivugeho kugirango batayobya ubwoko bwanjye bukareka kwiringira ijambo ryanjye uko niko Uhoraho avuze!
Bazasohora inyandiko imeze nkiyo uwahoze ari madame wawe yigeze gusohora igusebya yavugaga ko mufitanye abana kandi mwaratandukanye mutarabyarana, yashakaga kugaragaza ko wabaye “Irresponsible man” bityo ukaba udakwiriye kuba Umuhanuzi w’Uwiteka Imana yabakiranutsi.
Iyo nyandiko bazayitangaza kuri internet baguharabike kandi bizaterwa nurupfu rw’uwahoze ari madame wawe waretse kwiringira Uwiteka akiringira leta ya gatsiko na badayimoni none babonye ko ibyo wahanuye byabasohoyereho bakozwe nisoni none bagiye kugusebya
Ibyo ntibigutere ubwoba cyangwa ngo biguhagarike umutima ahubwo bikubere urugero rwiza kuko ibyo wahanuye iyo btaza gusohora ntabwo leta hamwe na banzi bumusaraba baba baguhigisha uruhindu uko niko Uwiteka Imana yabakiranutsi abivuga.
May 13, 2016 Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,injira mu iyerekwa ngire ibyo nkwiyerekera,nanjye ako kanya ninjira mu iyerekwa,maze mbona umwakagara yitegurira kwambarira urugamba mbona ko akomeje gukoresha imyitozo ya gisirikare urubyiruko nyarwanda yafashe kungufu za gisirikare akabinjiza mu gisirikare kugirango barwanirire umuryango w hamwe nagatsiko ke.
Maze mbona amakurutu menshi ya gisirikare yirwaza kugirango adakora imyitozo,nabonaga nababigisha babakorera ubugome bukabije kugirango barusheho kwanga igisirikare cya RDF.Mbona urugamba rutangiye atararangiza gutoza izo ngabo yibwira ko zizamurwanirira nyamara nazo ubwazo zirimo zishakisha aho zanyura ngo zihungire zirebe ko zarkora ubugingo bwazo.
Nkomeze kwerekwa ibiri kubera mu isi yabazima,mbona abategetsi bo mu gihugu cy’IBABYLON umukuru w’iguhugu UHURU Kenyatta Muigai hamwe ni cyegera cye William Ruto batangira kwiyamamaza ariko batangira batari kumwe buri wese yiyamamaza ukwe,mbona Kenyatta abonye 5% mu bwoko bwe bw’Abakikuyu naho Ruto abona amajwi menshi cyane mu gihugu hose.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abakuru bigihugu cy’IBABYLON bagiye gutandukana buri umwe yiyamamaze ku giti cye kandi ubwoko bw’umukuru w’igihugu KIKUYU community buzajya inyuma y’icyegera cy’umukuru w’igihugu William Ruto niwe buzatora uko niko Uwiteka avuga.
Wibuke yuko igice cya 1-3 cy’ubuhanuzi uhereye mu mwaka wa 2013 buvuga ko icyegera cy’umukuru w’igihugu Ruto ari we uzasimbura umukuru w’igihugu Uhuru naramuka yanze ko aba umukuru w’igihugu bazota umuriro.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore za magigiri zihagaritse kongera ku kugigira zikoresheje amafaranga kuko zagerageje cyane zikananirwa none zikuyemo akazo karenge ariko nubwo bimeze gutyo,ntabwo zikuretse Burundu ahubwo nuko zibuze uko zabigenza ubusanzwe hakoreshwaga amafaranga menshi yo ku kugigira kugirango bagute muri yombi maze bakugenze uko bagenje abandi.
Ariko mbere yuko bakuvaho burundu dore bagiye kugerageza za telephone zawe zose wakoresheje kugirango barebe yuko haba har’ikiriho kuko batemera yuko waretse za telephone ukaba usigaye ukoresha ikoranabuhanga rya internet hanyuma nibamara ku kubura burundu nibwo bazahita bakuvaho Uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumbera umugisha maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,nigute abiyita ko bakorera Uhoraho,bamukorera batarigeze bumva ijwi rye,cyangwa batarigeze nibura bahishukirwa Umwami wo gukiranuka Yesu Kristo?
Kuko abamukoreye bose nta numwe wakoreye Uwiteka atarabanje guhishukirwa Umwami Yesu ngo amenye uwari we abone nuko azajya abwira abantu ko yabonye Umwami wa bami akaba yarabanje kumuhamagara mbere yuko amukorera?
Niyompamvu umwanzi yinjiye mu mulimo wa data akawangiza agateramo urumamfu mungano hamaze kuba ninjoro.Dore abo bose biyita abakoze b’Uhoraho bazatangazwa nuko bazisanga batari kuri lisiti ya bo Uhoraho yahamagaye kugirango bamukorere none andika ubu butumwa ubushyire ahagaragara maze uzibona ko adahuye nibyo wanditse hano ahitemo kureka uwo mulimo kuko Uhoraho namukenera atazabura kumuhamagara akamubera umugaragu kandi azagubwa neza.
Ariko abazanga bagakomeza kwishyira mu by’ubu bugingo,bazaba biciriyeho iteka kuko ntarubanza rundi ruzaba rubasigariye ngo bacirweho iteka uko niko Uhoraho avuga.Nuko mbona abantu benshi bari mu materaniro maze ndababaza nti mwaje gushaka iki hano?Nabo baransubiza bati twaje gusenga.
Ninde se wabagaburiye ijambo ry’Uhoraho,bati kugeza magingo aya,abantu baratinya kugabura ijambo ry’Uhoraho kuko bamaze kubona yuko nyirubwite (Uhoraho) yihagurukiye kwikorera umulimo none muntu w’Imana turi hano turimo kwisengera.Mbabaza niba barabonye Umwami wa bami,bambwira yuko bataramubona ayo makuru ari mboneka rimwe.
Ntangira kubabwira uburyo na bonye Umwami wa bami nuburyo twaganiriye akambwira uburyo nzamukorera mbabaza nimba har’undi muntu bari babumva waba yarabonye Umwami maze bambwira ko batarabyumva.
Nuko mbasobanurira ko nta muntu ushobora gukorera Umwami atarigeze amubona ko bidashoboka kuko abakoreye Uwiteka bose bataramubonye bumvise ijwi babwirwa iby’umuhamagaro we, ibyo bikaba byaratumye uwahamagawe wese muri ubwo buryo abasha gushikama kuko azi neza uwamuhamagaye. Ariko ibyo kuvuga ngo wimvamo umuhamagaro ubwo se wabitandukanya gute namarangamutima?
Ndabirwa ngo mbwire abiyita abakozi b’Imana uzi neza ko atigeze yumva ijwi ry’Uhoraho rimuhamagara cyangwa akaba atarigeze ahabwa iyerekwa rijyanye numuhamagaro we,uwo nguwo ahite akuramo ake karenge kuko adakorera Uwiteka ahubwo akorera inda ye kandi azarimbuka.
Hari abandi bahamagawe ariko baza kuyoba kubera gukunda iby’isi abo nabo bakwiye kubanza kwihana kumugaragaro bakavuga ko bari barayobye kubera intonorano none bakaba bagiriwe Ubuntu bwo kwihana bakaba bihannye kugirango batazarimbuka bityo nibakora gutyo bazabwirwa icyo bakwiye gukora nyuma yo kwihana uko niko Uhoraho ataze imbabazi kubataracirwaho iteka.
Nerekwa Uhoraho ashyiraho iherezo ry’urugomo nubugome bw’abanzi bumusaraba bari bakomeje gukorera urugomo abakomoka murubyaro rw’Abalewi basigaye muri gakondo mbona bahawe uburyo bwo kuvoma amazi meza ku isoko ngari kandi nini cyane maze mbona za nkozi zibibi zitangiye kubahagaragara imbere kugirango badahita maze mbona Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe araje abarwaniye intambara ikomeye maze babona inzira yo kunyuramo baragenda bagera mu icumbi amahoro.
Ijambo rikomeza kumburira no kumbwira uburyo Uhoraho agiye guhana inkozi zikibi,mbonamo uwitwa MUNYANEZA EMMANUEL(Gitarama)mbona ahawe igihano n’Uwiteka Imana abakiranutsi ngo kuko yataye umulimo w’Uhoraho akajya gukorana n’inkozi zikibi kandi yari mu bwoko bw’Abakiranutsi
Nuko mbona akoresheje ubukwe kandi amafunguro yose yateguwe mubukwe aba ari we uyafungura abandi dusigara tumurebera uburyo atinyutse gufungura amafunguro yose kandi ariwe watumiye abantu ngo baze kumushyigikira muri ubwo bukwe.Nuko ndabwirwa ngo Munyeneza yanegurije izuru Uhoraho none nawe amunegurije izuru uko niko Uhoraho akora ngo “Uyisengera kwishyiga ikagusiga Ivu”.
Nerekwa Umuhoza Benon anyoherezaho imbaraga z’umwijima kugirango zibashe kumperana mbona ko yacukuye ikinogo kire kire gifite za eskariye zimanuka zerekeza yo (Ikuzimu) nuko mbona anyikoreje umutwaro kubitugu ngeze imbere yicyo kinogo wa mutwaro ndaeutura nkushyira hasi sinaba nkiwikireye ndetse nanga kumanuka muri cya kinogo kuko nabonaga ko gishobora guherana ubugingo bwanjye.
Nuko ijambo ry’Uwiteka rirmabwira riti,iyo nkozi y’ikibi kuko wayishyize ahagaragara nayo yahisemo kuzajya ikoherezaho imyuka mibi kugirango iguhitane wibagirane burundu ariko ntibishoboka kuko urwego uruho atari urwo guheranwa ni nkozi zikibi zikoresheje imyuka mibi yabadayimoni
Kandi impamvu akoze ibyo ningaruka zabadayimoni zimugeraho kuko umugisha wawe yari yarigaruriye wose wamushizeho none dore nundi uraje kandi burigihe iyo wakiriye umugisha ahita ahura nakaga gakomeye cyane bigatuma ahora akoresha imbaraga z’umwijima kugirango arebe yuko yabasha kugumana uwo mugsha ariko ntibigishoboka kuko iki ar’igi cy’Uwiteka arimo guca imanza zabakiranutsi mu itorero rya Kristo.
Akaba ariyompamvu abadayimoni bagiye kwitambika imbere y’umugisha wawe kandi bidashoboka ko bawuherana kuko Uhoraho yamaze kuguha ubutabera.
Mbona babazimu b’Abadayimoni bashotse ubutayu bajya kurisha byatsi aho badashobora kubona amazi yo kunywa nagato,ndabwirwa ngo,muntu w’Imana dore ubutabera bw’Uhoraho burimo gukora umulimo ubu nabadayimoni nyirizina bari mukaga gakomeye cyane kuko igihe cy’Uhoraho cyasohoye niyompamvu abihanganye bagakomeza kwiringira Uhoraho batazabura kugororerwa kuko bakunze gukiranuka bakanga ubugome baagakunda imanza aitabera nuko Uhoraho nawe arabibutse basabwe kwihangana mu gihe bataragerwaho ariko bamenye yuko imbaraga z’umwijima zitakibafiteho urutabi rwo kubaheza muburetwa bwa satani nabadayimoni uko niko Ijambo rya data ribivuze.
May 14, 2016 Iyerekwa ry’umwuzure mu nteko y’ubwami bw’uRwanda,nuko mbona batatu bagize inteko nkuru y’ubwami bw’uRwanda,mbona bari hakurya yuruzi rwari rwateye inzira nyabagendwa y’ubwami bw’uRwanda maze mbona umwe mu bagize inteko ya Nyir’uRwanda afashe ubwato bwe arigendera anyura muri wa mwuzure kuko ubwato bwe bwari bugari amazi adashobora kuba yagira icyo amutwara ariko [2] basigaye mubagize iyo nteko mbona ubwato bwabo nibutoya cyane.
Nuko uwo mujyanama wa nyir’uRwanda mbona asize [2] muri wa mwuzure arigendera kuko yarazi neza yuko byanze bikunze uwo mwuzure badashobora kurukoka kubera ubwato bwabo butari bugari nkubwe.
Nuko mbona haje Umuhanuzi mukuru araza asanga b’abajyanama bari mu kaga gakomeye maze arambura ikiganza abwira wa muhengeri uratuza mbona yamazi yose atangiye kugenda akama gahoro gahoro.
Ubwo ariko hakurya aho bagombaga gutsukira hari undi mujyanama wa nyir’uRwanda waruhagaze hejuru y’umusozi hagati ya wa mwuzure,mbona wa mujyanama wateje umwuzure agahita yigendera anyuze kuruhande rwe ndetse ntiyakenera no gushaka kumenya niba yatabawe cyangwa atatabawe.
Ahubwo avuga ubwato bwe arigendera,ku buryo butunguranye kuko twari tuziko kuri uwo musozi ari nta muntu uharangwa kandi ahari ubwo mbona Umuhanuzi mukuru amaze gukuraho wa mwuzure mbona afata bwa bwato bajya kubushyira kuri uwo musozi ariko abandi nabo bakomeza gusunika bya byondo bivanze nayamazi kugirango wa mushyitsi ugiye wari ugoswe na wa mwuzure abone aho anyura.
Maze yumva turimo kuvuga uburyo umwe mubagize inteko yateje umwuzure maze agahita yigendera kuko yaraziko we yifitiye ubwabo bugari umwuzure udashobora kumugeraho habe na gato!!!
Icyaje kumutangaza rero amaze kugera hakurya yiyo Nyanja yari yatembeye mu nzira nyabagendwa y’ibwami,ni uko yaje kumva yuko wa mwuzure yari yasize ugiye gutwara [2] bagize inteko y’ibwami baje kurokoka kandi bahanganye na mwuzure kugeza bawurangije,ndetse na wa mushyitsi ukomeye warutegerejwe ibwami yari yashyize kumusozi (stranded, stagnant)akabura umutabara nawe yaje gutabarwa.
Nuko nongera kwerekwa umudayimoni wo mu bwoko bw’imbata warushinzwe kuzajya uteza ubwoba mu bwami bw’uRwanda ko nawo ugeze ku iherezo.Mbona uwo mudayimoni uva mu bwami bw’uRwanda bukorera mu buhungiro mu gihugu cy’America ujya guteza iterabwoba Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe kugirango areke gutabara abari mukaga gakomeye bagize inteko ya nyir’uRwanda.
Mbona uwo mudayimoni cyangwa uwo muzimu barahanganye kugeza awunesheje burundu,maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,yewe mwana w’umuntu,tangariza bose ubabwire ngo,umudayimoni cyangwa umuzimu warushinzwe guteza ibyago,amakuba,gusopanya abagize inteko y’Umwami Kigeli V Ndahindurwa uraranduwe!!!Ntuzongera kwibukwa ukundi uko niko Uhoraho avuga.
Nuko mbona Umuhanuzi mukuru yiruhutsa cyane kuko anesheje intambara yari ikomereye cyane ubwami bw’uRwanda umuzi wa matiku na macyakubiri washinzwe n’umwakagara kugirango asenye ubwami bw’uRwanda yibereye muri gakondo yabakiranutsi mbona urarandutse burundu maze mbona Abakagara bifashe ku itama barigunga cyane kuko umudayimoni wabo warushinzwe kugigira Umwami wa banyarwanda ubwoko bw’Uhoraho ahuye nakaga gakomeye kandi bakaba badafite undi muntu uzajya abaha amakuru yibikorerwa ibwami byose ngo babimenye babone uko basopanya gahunda z’Uwiteka mu bwami bw’uRwanda.
Maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubwami bw’uRwanda ngiye kubucungura kandi abagize ubwami bose na rubanda rw’Umwami wabanyarwanda Kigeli V Ndahindurwa navuze yuko ntawuzamuhindura kandi ko azongera kwima ingoma kumanywa y’ihangu izuba riva kugirango we ubwe azamenye yuko Uhoraho ajya aca imanza zitabera ndetse na rubanda rwe (abanyarwanda) bamenye yuko ubwami bw’uRwanda bwakomotse mu ijuru butakomotse hasi ku isi batuyeho.
Nuko rero mwana w’umuntu ndabizi ko ujya uhura n’intambara zidasanzwe kubera umulimo wanjye unkorera ariko njya nshimishwa nuko buri jambo ryose nguha utajya uripfusha ubusa kuko wamenye agaciro kijambo ryanjye bityo ushirwa ari uko urishyize ahagaragara kuko nicyo naguhamagariye kandi nicyo wavukiye kugirango ushyire imigambi y’Uhoraho isi imenye yuko mu ijuru har’Imana ikiranuka kandi ica imanza zitabera kuko Uwiteka aburanira abatagira kivurira imfubyi nabapfakazi ndetse nabakene batagira ubitayeho uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho rirambwira riti,ibibazo byari byihishe mu bwami bw’uRwanda ngiye kubishyira ahagaragara kandi wa mwuka witwa BAGARAGAZA narawumanuye kugirango ibyari byihishe amaso y’Umwami w’uRwanda maze bijye ahagaragara amaso ye ahumuke uko niko Uhoraho avuga.
Dore umwe mu bagize inteko y’ubwami yarakugambaniye kubera ushyira ahagaragara amabanga y’umwakagara kandi akaba akorera umwakagara ariko bikaba bitazwi n’umuntu wese ndetse bakeka ko ariko aremye cyangwa yaba yishakira indamu zogukomera mu bwami ariko sibyo ahubwo bajwemo nuko abana b’Abantu amaso yabo atareba kure kuko badafite umwuka w’Imana ariko ashinzwe kumenya amabanga yose yibwami maze akayoherereza umwakagara bityo umwakagara akabashe kumenya imikorere y’ubwami bw’uRwanda na gahunda zose barimo bategura zo kugarura ubwami bw’uRwanda murwagasabo.
Ariko ibi bihishwe amaso y’ibwami kuko batajya bamenya aho ibintu bigenda bigorana kugirango bishyirwe mu buryo ariko kuko Uhoraho yirahiye ko azasubiza ubwami bw’uRwanda aho bwahoze bajya kubona bakabona ibyari byarapfuye byongeye kuzuka bityo bakabasha kugira ikizere cy’ibyo baharanira ariko bagatangazwa nuko byari byarapfuye bikaba byongeye kuzuka bakayoberwa ibyari byo nyamara burya n’Uwiteka aba yongeye kubizura kuko ajya mubakomeye akabibagiza izo gahunda z’umwakagara ahubwo abashyira kumutima iby’ubwami bw’uRwanda bukorera mu buhungiro bumaze imyaka [56] bakumva batewe ikimwero nuko bananiwe gushyira mubikorwa ibyo basezeranije ubwami bw’uRwanda ko bazabucyura bakabusubiza ku ngoma!
Nuko rero mwana w’umuntu,dore ibyo Uhoraho yavuze no kubisohoza arabisohoje kugirango yaba Umwami cyangwa inteko ze bose bamenye yuko Uhoraho ari we Mana ikiranuka kandi bamenye yuko Uwiteka yifitiye umugambi we mu bwami bw’uRwanda bityo bakore ibyo bakora ariko batinya Uwiteka Imana yabakiranutsi kandi bamenye yuko Uhoraho ari we wimika akanakuraho abami nibikoma ngoma uko niko Uwiteka avuze.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho nyuma ya masaha agera muri [3] njyanwa mu iyerekwa rikomeye cyane mu gihugu cy’ubutayu bugufiya,nerekwa abaayimoni bakomeye cyane bajujubije ubwoko bw’Uhoraho mbona bajyanywe mu gihugu cy’ubutayu bugufiya ubwo butayu bwahoze burimo ibyatsi byiza byo kurisha ariko ntangazwa nuko mbona umugabo mure mure wamfashe ukuboko ansaba ko namufasha gushorera abadayimoni binkazi cyane kugeza tubagejeje muri ubwo butayu bukomeye cyane
Tugeze muri ubwo butayu mbona wa mugabo mure mure cyane ndamubuze ansiga muri ubwo butayu ngo ndeberere abo bazimu binkozi zikibi batavaho bacika bakava muri ubwo butayu.Mbona ahise azana abagore (Abarozi kazi) abashinga kuragira abo badayimoni bajya bakoresha muguhumanya abantu no kubagirira nabi.
Mbona abo bagore batangiye guhangana nabadayimoni babashakira ubwatsi bwo kurisha kuko ahahoze ubwatsi hahindutse umurima wo guhingamo.Mbona igihugu cyose cyahindutse icyatsi kibisi gusa gusa kubera ibihingwa bahinzemo maze bwa bwatsi bwarishwaga ni nka ntibwaba bugihari.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,abo badayimoni ubonye nabadayimoni bumwakagara bajyanywe mu gihugu cy’ubutayu bagiye guhanwa kubera bajujubije ubwoko bw’Uwiteka Imana yabakiranutsi.None ubwo babnye ubaragira isubirire iwawe urekere izo nkozi zibibi zose hamwe naba badayimon babo bose bahanirwe hamwe.
Nuko mbasiga ahangaho ndagenda ngeze imbere gato ntoragura imbaraga zabo bajyaga bakoresha mukurwanya abakiranutsi mbwirwa kuzitora nkazibika kugirango batozongera kuzibona bakongera bagahunduka abanyembaraga mfata za mbaraga ndazitwara nzishyira mu bubiko bwazo maze nsiga izo nkozi zikibi ziri muri icyo gihugu zitegereje guhanwa kubera gukiranirwa kwazigaragayeho uko niko Uhoraho avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumpishurira ibigiye gukorerwa muri gakondo ya bakiranutsi,mbona abasore bimijyend abafatwa n’umwakagara cyane cyane abo mu murwa rwagati wa Kigali barafatwa burizwa amamodoka bajyanwa mukarwa kitwa IWAWA aho bagiye kubigishiriza imyitozo kugirango impuguke za ONU zitazongera kubabona aho bakoreshwa amahugurwa yo gutangiza intambara.
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umunutu,dore intambara umwakagara agiye gutangaiza mu gihugu cyabaturanyi cy’ISAMARIYA,nicyo kigiye kuba imbarutso yo kwimika ubwami bw’uRwanda bumaze imyaka [56] mu buhungiro mu gihugu cy’America.Dore umwakagara azatera igihugu cy’ISAMARIYA namara kwica umukuru w’icyo gihugu hazahita haba intambara ako kanya yo kurwanira ubutegetsi kugirango haboneke uzasimbura Pierre Nkurunziza maze hahite hashyirwaho leta y’inzibacyuho izategura amatora ya bose maze abaturage bihitiremo uzaba umukuru w’igihugu uzabayobora.
Iyo nkubiri niringira,hazahita hamanuka inkubiri y’inkuba izakubita umwakagara amarabira ako kanya urwagasabo rutangire kumena amaraso nk’umena amazi akawa mugani wa CECILE Kayirebwa.
Nuko mbona umwakagara ko bimuyobeye yitabaza abakura mbere nabo baramuhakanira bamubwira yuko ngo RUKARA RW’IGISAGE yimye ingoma byarangiye akaba ntagaruriro ryatuma akurwa ku ngoma ngo cyeretse nakoresha inkota nk’uko yabimenyereye ariko naho yayikoresha ubanza yaratinze bitagishoboka yuko Rukara Rwigisage yicwa ni nkota y’umwakagara kuko agate gateretswe n’Uhoraho ngo ntabwo gahushwa numuyaga uko niko umwuka w’Uhoraho abivuze!!
May 15, 2016 Ijambo ry’Uwiteka rinzaho kumuns wa nyuma wokwandika igice cya (31) cy’Ubuhanuzi, maze njyanwa mu iyerekwa mbona habuze amavuta atwara imodoka mu nzima.Maze mbona haje abantu baturutse imahanga babaririza aho baashobora kubona amavuta atwara imodoka yitwa (Fuel or Essence) icyo kiraka cyari gifite abantu bakomeye ariko bakaba batashoboraga kuba babona ayo mavuta bari bakeneye.
Mbona abo bantu babantumyeho baraje kuko bari bamenye yuko ari jye uzi aho ayo mavuta aturuka cyangwa umuntu uyafite.baza bibarisha ubusa busa bibwira yuko ntari butahure ikibazanye baza bagigira kugirango bamenye aho ayo mavuta aherereye kugirango bahite bajya kuyarangura kugiciro gito maze bajye kuyacuruza kugciro cyo hejuru.
Nanga kubarangira aho ayo mavuta bayabona,kunshuro ya kabiri bongera kugaruka bakoresheje abandi bantu.Na none nanga kubarangira,icyatumaga ntabarangira ayo mavuta aho aherereye, si uko bashakaga kumenya ayo mavuta aho aherereye, ahubwo nuko bazaga bari kumwe na mwuka w’Inzika ya Nzigo bashaka kumenya umuntu uwari we ngo maze bamugirire nabi bahite bitwarira ayo mavuta yabaye iboneka rimwe mu isi yabazima.
Bongera kugaruka ku nshuro ya gatatu maze ndabaza nti,niki gituma mungarukaho mubanza ibya mavuta, kandi muzi neza yuko nabahakaniye ko ntazi umuntu ucuruza ayo mavuta?Maze umwe ambwiza ukuri arambwira ati,abantu baravuga yuko uwo muntu ari wowe uzi aho aherereye kandi twagerageje gushakisha aho muntu aboneka twahabuze bose baravuga ko ari wowe uzi aho uwo muntu ari.
Na none ndabahakanira baragenda,bamaze kugenda ijambo ry’Uhoraho rirambaza riti,mwana w’umuntu,waba wamenye iby’urugendo rwabo bagabo b’Ibigina gusa gusa nicyaba kibagenza?Nanjye ndasubiza nti oya nyagasani Mwami wanjye.
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,se ntabwo uziko imodoka icyari icyo mubuhanuzi bwawe ugeza kubatuye isi?Ndasubiza nti,ndabizi ko bisobanura (umulimo) ati,hanyuma se imodoka yagenda idafite amavuta ya (Essence?) Nanjye ndasubiza nti oya!
Ati nuko rero kuko imodoka yahagaze igihe kire kire amavuta akaba yarabaye imboneka rimwe mu isi yose niyompamvu barimo gushaka uwaba afite amavuta kugirango bayagure maze biyitirire ko aribo bashatse amavuta yimodoka kuko imodoka ihagaze igihe kire kire maze babyiyitirire batware icyo cyubahiro bandike ibitabo bavuga ko aribo bashatse amavuta yari yarabuze mu isi yabazima.
Nuko rero uramenye ubwire Umulinzi mukuru w’Ibyasezeranijwe hamwe n’Umuhanuzi mukuru w’Ibyasezeranijwe babe maso cyane kuko aribo bafite ayo mavuta balimo gushaka.Dore har’inkozi yikibi y’umuzungu irimo gushaka ayo mavuta kugirango iyacuruze mu isi yose ivuga ko ariyo yavumbuye amavuta yari yarabuze none akaba yangeye kuboneka.
Dore nagushyiriyeho kuba amaso y’impumyi zitabona, kugirango ujye uzibwira ibyo zitabona dore Uwiteka agiye gukora icyintu gishya mu isi yabazima. None barutuku babimenye yuko har’ikigiye gukorwa kuko Uhoraho atajya akorera mu bwihisho, yababwiye ko azihagurukiza umugaragu we uzazana ububyutse mu isi yabazima kuko yabaye imboneka rimwe,none bahise bajya gukora ubushakashatsi ngo bamenye uwo muntu aho agiye guturuka.
None uramenye dore ugiye kubona za imvitation zigumira mu mahanga uramenye ntuzajyeyo kuko bashaka kwiyitirira ibyo batakoze bashaka gutwara icyubahiro cy’Uhoraho.Erega har’impamvu yatume Uhoraho aguhisha amaso ya bagome ninkozi zikibi nuko rero uburire bene so uti,umwanzi yamenye ko kamubayeho kuko ijambo iyo rimaze kugera mu isi yabazina kaba kabaye ibintu biba bicika mu isi y’umwuka(spiritual ream) uko niko Uhoraho avuga.
Dore hashyizweho abakomisiyoneri cyangwa mu yandi magambo bitwa ba (Blockers) baje gushaka umuntu ugiye kuzana ububyutse mu isi yabazima kandi batamuzi kuko bari bazi yuko ububyutse buzaturuka mu idini runaka niko gufata ingamba zo gukontrola amadini yose kugirango uwo mwana uzavuka bahite bamwica.
Uhoraho nawe numuhanga cyane ubwo yahise yihunguri inzira ya madini arayireka maze umwanzi(Satani) asigara yigamba avuga ngo,nzaba ndeba aho Uwiteka azanyura ko amadini yose nyafite uwo mwuka w’ububyutse uzaza gusenya imilimo yanjye azaturukahe?Niko satani yabajije!
Ubwo barutuku bakimara kumenya ibigiye kuba kandi bizaba biturutse mur’Africa mubirabura bahita Babura amahoro kumva ububyutse ko buzaturuka mur’Africa bizaba ar’igitutsi gikomeye kuri barutuku nibwo bahise bashyiraho ingenza zijya kugenza uwo muntu ugiye guteza akaga mu isi imilimo y’inkozi zikibi yose ikaburiramo aho guhabwa icyubahiro bagahabwa igisuzuguriro kuko banze ukuli biyubakira ubwami butubatswe n’Uhoraho none ngo barashaka kumenya uwo muntu uwari we udaturutse iwabo!
Nuko ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumbwira riti,niyompamvu nagukinze guhura na barutuku akaba ariyompamvu nakoresheje abanyafurika bagenzi bawe kugirango imyumvire yabarutuku yo kumvako aribo bashoboye ikintu cyose ibanze ikuvemo maze ubone yuko Uwiteka atarabonura kubutoni
Iyo bitaza kuba ibyo,nari kurekura barutuku bakaguhandagazaho ubutunzi bwabo kuko nabo bakeneye ukuli ku ijambo ry’Uwiteka ariko ibyo sinabikoze kubera impamvu zumutekano wawe kuko batagira ibanga kandi umwanzi yari ku kubona kuburyo bumworoheye cyane ariko ubu ngubu umaze kumenya agaciro kumulimo ukora,ningaruka zawo kuko hari abibwira yuko umulimo ukora arumulimo mwiza nibyo nimwiza ariko urwanywa na bantu batagaragara kuko bitwaza ubutegetsi bigatuma bigaragara ko uwo mulimo arumulimo ugumura cyangwa uhahamura abantu bigatuma abawukora batawukoranye ubwenge bahura nakaga gakomeye cyane mu isi yabazima.
Niyompamvu ubona za magigiri zikugendaho ni uko ibyo ijambo ry’Uhoraho rivuga ribagiraho ingaruka zikomeye cyane wowe ntushobora kumenya uko ribabuza amahoro kuko uhanura ukandika ubundi ukihisha nibyo byonyine umenya ariko ntabwo uzi uburyo inkozi z’ikibi zitinya cyane kumva ngo Uwiteka agiye gukora ibikomeye mu isi yabazima mu gihe bari baziko aribo bafite imbaraga bonyine bigatuma icyubahiro cyabo kigabanuka mubo bayobora kuko bongera kugira ikizere bari baratakaje maze bigatuma batongera kwiringira ubutegetsi buriho ahubwo bakiringira ijambo ry’Uwiteka Imana yawe ukorera uko niko Uwiteka avuga.
Bivuzengo icyo mupfa,ni cyubahiro wabambuye kuko abaturage batangiye kwiringira ijambo ry’Uwiteka ndetse bagakurikiza ibyaryo wahanura intambara abaturage bagahunga,niyompamvu ubona batangiye kwima ubuhungiro impunzi zahunze kugirango zisubire mubihugu byazo maze izo ntambara bahunze zizabageraho babone yuko ibyo bahunze ari ntabihari ariko nubwo umwanzi abigenza gutyo,Uhoraho afite amaboko ahambaye cyane kuko atazabura kwirokorera abo yamenye akabahamagara kugirango bamenye yuko ariwe Mana wenyine wica akanakiza uko niko Uhoraho avuga.
Nuko rero muntu w’Imana ube maso cyane kandi ushikame kuko ibihe bitoroshye nzi imilimo yawe,nziko bakurwanya cyane ariko wikomeze kuko wagambirie mu mutima wawe kuzahesha icyubahiro Uhoraho nawe niko yabigambiriye mbere yuko ubaho kuko yakumenye mbere yuko uvuka maze agambirira kuzakoresha uwo mutima wuzuye ubugingo kugirango imbohe babohorwe babone ubugingo uko niko Uhoraho avuga.
Nuko rero ubwo ibyera byose ataramata,nibitukura byose bikaba atar’inyama,umenye icyo ukwiye gukora gikwiriye kugirango mu gihe gikwiriye uzagorerwe uhabwe ingarorano igukwiriye nkitwarane yanesheje maze intore z’Uhoraho zibone gukiza ubugingo bwazo uko niko Uhoraho avuga.
Mbonye abadayimoni bajyanwa mu gihugu cy’Ubutayu,maze mbona bashyizwe mubutayu bugufiya kandi aho bari baherereye hari hahereranya nurugabano rwaho abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu batuye cyangwa bakambitse,mbona abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abuhutu basurwa nabo badayimoni kuko bari batuye ku nkengero z’ubutayu baryaga ibyokurya bvanzemo nibyatsi kurya inyamaswa zirya ibyatsi.
Kandi aho bafunguriraga hari imbere y’ubwiherero aho bituma,maze ndabegera nitegereza uburyo bari mukaga gakomeye cyane mbona umwana umwe araje anyiba kamambili zanjye nari nambaye maze ndabwirwa ngo”abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu bakwiye gusenga Uhoraho akabatabara kuko bagiye guhura nakaga gakomeye cyane mu isi yabazima kuko baragoswe kandi baraboshye none abasenga mukwiye kwibuka bene wanyu kuko ubwo Uwiteka abivuze buriya har’icyo agiye kubakorera.
Nkurwaho njyanwa mu mfumbyi z’abacika cumu b’Abatutsi zasizwe na jenocide maze mbona bari mu mashuri biga neza cyane(Ishuli risobanura ibibazo by’igihe kirekire) baza gusurwa nabakomeye mbona bahawe ubushobozi buruta ubwa abana b’Abahutu barikumwe nababyeyi babo maze ndabwirwa ngo,bariya bahutu wabonye bari iruhande rw’ubutayu batewe umuvumo nabariya bana bimfumbi kuko biciwe ababyeyi babo none umuvumo wokamye abahutu none muntu w’Imana burira abahutu bihane kugirango bagirirwe imbabazi n’Uwiteka Imana yo mu ijuru kugirango abahindurire amateka naho ubundi nibitaba ibyo karabaye abahutu bazashirira ku icumu uko niko Uwiteka avuga.
Ntihagire umuhutu wihanira undi,ahubwo buri Umuhutu yihane akukije ibyo we yakoze! Maze namara kwihana asabe imbabazi abo yakoreye icyaha, niba ari kure yabo yakoreye icyaha, ajye muruhame yihane kuko ibyaha yakoze yabikoreye kukarubanda.
Maze Uhoraho ari mu ijuru arahita yumva gusaba imbabazi kwe ndetse anareba umutima yasabanye imbabazi maze amugirire ibambe niba abahutu badakoze ibyo,bye bye kababayeho kuko uko ari ko Uhoraho abitegetse uba intari akabikora ntakabuza yuko Uwiteka atazabura kumugirira imbabazi uko niko Uhoraho avuga.
Nongera kubwirwa kubategarugori batajya batanga imbabazi ku buryo bworoshye ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore abagore benshi banze kubabarira abagabo babo bashakanye kandi bababgiriye nabi nyamara abagore birirwa imbere y’Uwiteka ngo barasaba ko Uhoraho abagirira imbabazi nibambe none burira abo bagore ubabwire uti,Uwiteka niwe mucamanza utabera none yabagirira imbabazi gute kandi namwe mwaranze gutanga imbabazi?Uko niko Uhoraho ababaza!
Uhoraho azi neza ibyo mwakorewe,ariko none kandi azi neza ibyo namwe mukorera abandi ndetse mukabikorana ubugome bukomeye kandi mukabikorera mu ibanga naho abagabo babikorera kukarubanda ariko mwebwe muteza urwikekwe mu bantu kandi muzi neza ibyo mwakoze none mumaze gufatwa mu ijori ngo murashaka imbabazi.Nuko numva umwe aravuze ngo”Mimi sitasamehe kwasababu alinikosea sana.”
Maze umwuka w’Uwiteka aramwbira ati,mwana w’umuntu,uku niko Uwiteka avuga,bwira abo bagore bareke gutakaza igihe cyabo ngo barasenga basaba umugisha kuko Uhoraho adashobora gutanga umugisha hejuru urwango n’Unzigo y’Inzika ikomeye ikoemeje kurangwa hagati abashakanye uko niko Uhoraho avuga.
Umuntu wese ushaka ubutabera abanze ababarire uwo bafitanye ikibazo maze narangiza abone kujya imbere y’Uhoraho asabe icyo ashaka cyose Uwiteka arumva gusaba kwe maze amugigrire neza niko Uhoraho avuga.Kuko Uhoraho n’Uwera abamushaka mu maso he nabo bakwiye kuba abera kugirango barebwe neza n’Uwiteka ijisho ryiza uko niko Uhoraho avuze!
Ijambo ry’Uhoraho riragaruka rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu,uti,urwango mwanga abatutsi ubwoko bw’Uwiteka bwananiranye bushinga amajosi iyo bubwiwe kwihana ruzaba bageza kure rubate ku karubanda none niba mushaka kubaho nimibereho myiza mureke kwikorera imitwaro yo kwanga ubwoko bw’Uwiteka bwitwa abatutsi bwananiranye Uwiteka azabwihanira kandi namwe Uhoraho azabaha ubutabera bwiza kandi muzanezerwa nuko atazigera abera cyangwa arobanura kubutoni niba mudakoze ibyo muraza gushirira ku icumu ubwoko bitwa NDAKOREKA kuko umuntu wese wabugiriye nabi atabura gucirwa urubanza n’Uwiteka Imana nyiringabo uko niko Uhoraho avuga.
N’ubwoko butagonda ijosi ariko kandi nta muntu washyiriweho kubuhana usibye Uhoraho wenyine wabwiremeye dore azaburimbura abusige ari ntabwo kuko bwanze kumvira ijambo ry’Uhoraho abumviye ijambo ry’Uwiteka abongabo azabagirira neza kandi azabarokora kumunsi wa makuba niko Uwiteka avuga.Ariko nimwanga mugakomeza kwikorera mu mitima yanyu ubwoko butagonda ijosi buzabagonda amajosi niko Uwiteka avuga.
Maze guhanura no kwandika iby’ubwoko butagonda amajosi nibya abahutu banze kwihanira abatutsi kugeza ubwo umwakagara abibakoresha kungufu ndetse agategeka abahutu bose gusaba imbabazi kandi atariko bakoze icyaha cya genocide numva ndatagangaye numva imbaraga zinshinzemo mbaye nkurwaye kubera kwandika ubutumwa bukomeye cyane bwabatuye mu isi yabazima.
Nuko ningiga Uhoraho ngo arekeraho kumpa ubutumwa bwo kwandika kuko numva imbaraga zinshizemo kandi nkaba imilimo yose nyikora ntawundi umfasha kugirango ndebe ko naruhuka ngafata agatege nkabasha kuza kubasha gutangaza ubwo butumwa bw’abantu b’uwiteka yo mu ijuru.
Yemwe bantu mwifuza guhanura,mwifuza ibyo mutazi,ndetse Uwiteka aramutse abahaye ibyo mwifuza mwabireka mudateye kabili kuko uyu mulimo utuma ugira abanzi benshi ukabaho ubuzima bukomeye cyane kuko uhinduka umwanzi wabasi ugasigara urinshuti yinyamaswa cyangwa yabakiranirwa batazi umulimo ukora.
Ariko iyo wihaye kumenyekana ngo kuko urumuhanuzi kaba kakubayeho ntabwo ushobora kumara kabili kuko kuva cyera kose abahanuzi barishwe babaziza guhanurira isi ibigiye kubaho kuko isi itegekwa na satani.
Urumva rero yuko Satani atakwihanganira kuko mu bintu byose satani atinya n’ubuhnauzi bwonyine buvuga ibigiye kubaho mu isi yabazima. Bigatuma ahagarika umutima kandi abantu be bakamutakariza ikizere aba yarabijeje ko ari we mana kandi atariko bimeze iyo rero yishe umuhanuzi umwe b’Abantu bamukurikiye bahita babona ko afite imbaraga zidasanzwe bityo bagakomeza kumwizera kuko baba babonye ko afite imbaraga ariko iyo abuze uko yica abahanuzi abantu be batangira kugenda bamucikaho maze bikagaragara ko atar’Imana yo mu ijuru ahubwo ko hariho indi Mana ivuga bikaba yategeka bigakomera.
Nuko rero abafite iyi mpano mumenye neza ingaruka zizabageraho kuko muzihigwa nabakozi ba sekibi bakomeye harimo abanyamadini bakomeye bavuga ko ngo ubuhanuzi busenya itorero ndetse nubutegetsi bukabashyigikira kuko ubuhnauzi bukorera mu bwami ntabwo bwemewe muri repubulika kuko yashyizweho na satani niyo mpamvu sekibi yagerageje gusenya ubwami mu isi yose kugirango ashyireho repubulika nuko rero niba ufite iyi mpano ugire ubwenge kandi udatinya kuko nihahandi hawe uzapfa!
Ariko ntibikwiriye yuko wapfa igihe cyawe kitaragera ariko kandi ntiwifuze kumenyekana ahubwo ukoreshe ubwenge kugirango ibyo wahawe ubigeze kubatuye isi ukoresheje ikoranabuhanga naho bitaba ibyo uzamanukirwa nigicu cyuzuye imvura yamahindu kuko ibyambayeho nijyewe ubizi n’Uwiteka Imana yanjye.
nccleon@gmail.com































































































































































