Igice cya (48) cy’ubuhanuzi

Jan 15, 2017 njyanwa mu iyerekwa mu isi y’umwuka mbona ibitaboneshwa amaso ya bana b’abantu,maze mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo utwaye motor nzinza yo mu bwoko bwa AG 100 maze mbona uwo mwuka ugeze ahamanuka uhita ukora impanuka ya motor irashwanyagurika hose na wa mwuka w’Inzika y’Inzigo nawo urakomereka umubiri wose maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,manuka ugende ujye kwitegereza iriya mpanuka umwuka w’Inzika y’Inzigo.
Ndamanuka nditegereza nsanga nta buhengekero bwo gufasha uwo mwuka wajujubije ubwoko bw’Uwiteka Imana hamwe n’Umuhanuzi Majeshi Leon.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,rero mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo uhuye na kaga gakomeye cyane ugeze aharindimuka kandi wambuwe imbaraga zo kongera kujujubya ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana yawe.Ndetse nawe ntabwo uzakomeza ku kujujubya,ahubwo ugiye kuwishima hejuru kuruta uko bakwishimye hejuru iminsi yose yahise uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rirakomeza rinzaho cyane kandi ari na ko ringaniriza cyane,rimbwira ibigiye kubaho mu isi ya bazima.Ndabwirwa ngo”mwana w’umuntu manuka ugende ujye mu maduka acuruza za spare part,maze ugure akuma ko gushyira muri iriya motor,kuko umwuka w’Inzika yajyanywe mubitaro maze wifatire iriya motor abe ari wowe uyitwara uko niko Uhoraho avuga”(Motor) isobanura ubuyobozi bwo hasi buciriritse.
Nkomeza kujyanwa mu iyerekwa mbona ndi ku iriba rifukuye turimo kuvoma ho amazi,kuko za rubine (tab) zali zakamyemo amazi hose muri gakondo ya bakiranutsi.Ubwo nijye warushinzwe kuvomera abanyakadomo amazi nyakura mu gisima hasi nyazamura hejuru.Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore muri gakondo ya bakiranutsi,ubugingo bubaye imboneka rimwe kuko bugiye gusigarana umugabo ugasiba undi.
Baraburiwe kenshi kandi nta cyo batabwiwe kugeza ubwo nabo bageze aho babona ko ntabugingo busigaye muri icyo gihugu usibye kwiringiye no kwizera Uwiteka Imana ikiranuka bakaba bategereje ibyahanuwe ko bisohoza umulimo wabyo nk’uko Uwiteka yabivugiye mukanwa k’Umuhanuzi Majeshi Leon nk’uko Uhoraho yabivuze niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho ryongera kungarukaho,maze umwuka w’Isezerano wongera kunzaho mbwirwa ko,Umuhanuzi Mukuru agiye guhabwa RADIO STATION nk’iyo gukoreraho umulimo w’Uwiteka Imana ikiranuka nk’uko Uwiteka yabimuzeranije.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,haguruka ujye kumurwa mukuru w’ISHUSHAN mu gihugu cy’IBABYLON,wohereze ubutumwa k’Umuhanuzi Mukuru maze umubwire icyo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo yamuvuzeho kugirango akomezwe mu mutima we.
Nuko ndangije kwandika ibyahanuwe n’umwuka w’Uwiteka mfata urugendo njya kumurwa mukuru w’ISHUSHAN,mvugana n’Umuhanuzi Mukuru mubwira ibyo Uhoraho yavugane nanjye maze numva aranezerewe cyane usibye ko iwabo hali hakili mu gicuku kiniha bari bakiri kugisasiro nuko Uwiteka avuga.
Nongera kubona Nyampinga wo muri gakondo ya bakiranutsi,umukobwa w’IZION wahawe amasezerano,ariko akanga kumvira Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,mbona abandi banyampinga [3] bagenzi be,bashaka kumenya ibyamuvuzweho maze baraza mbabwira ayo makuru bamwifuzagaho yose kuko ari inshuti ze,numva ngize urukumbuzi rwo ku mubona amaso kumaso,mbabaza aho aherereye,maze barambwira ngo,yari yararangije amashuli yisumbuye yo kudoda imyenda.
Ariko umutera nkunga wamwishyuriraga yemeye kongera kumutera inkunga yo kwiga Kaminuza (University) kugirango azashobora gukora umulimo w’ubudozi bw’imyenda neza mu gihe kiri imbere.
Nuko mbatumaho ko bajya kumunzanira kuko hashize igihe kirekire nta mubona kandi urukumbuzi rwali rwinshi cyane,baremera baragenda mu gihe ngitegereje maze ijambo ry’uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,igendere kuko bidashize cyera ngo muzabonane kuko ibyahanuwe bigeze mu irango rya marembo ya gakondo ya bakiranutsi niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Mwana w’umuntu,igihe kirageze ngo abantu bose bamenye yuko Uwiteka Imana yawe,ari we Imana,kuko Uhoraho asohoje ibyo yavugiye mu kanwa k’Umuhanuzi Majeshi Leon.Nuko rero ube maso cyane kandi wihanganye cyane kuko igihe cyawe cyo kuba mu butayu bw’IBABYLON kirangiye kandi umwanzi nawe akaba asumbanijwe ndetse arageramiwe kuko ijambo ry’Uhoraho rimaze kumuremerera cyane akaba ntamahitamo asigaranye ngo abe yabona ibyo yifuza gukora.
Hasigaye iki ngo twinjire mu masezerano?
Ubuhanuzi bumaze gukora umulimo wabwo kandi umunsi ku munsi niko bugenda busohoza umulimo w’Uwiteka Imana Nyiringabo.Ubuhanuzi bwavuze ko,Uhuru Kenyatta Muigai azaba umukuru w’igihugu cya Kenya,taliki ya 17 Nzeri, 2012.Ubuhanuzi buvuga ko,atazongera kuyobora igihugu cya Kenya,ahubwo ko,urubanza rwe rwa ICC ruzabyutsa umutwe agasubira The HAGUE mu gihugu cy’UBUHOLANDE
Ubuhanuzi bwavuze ko,Donald J.Trump ko azatsinda amatora y’umukuru w’igihugu y’America,ubwo buhanuzi buzaba bwasohotse mu gice cya (24) cy’ubuhanuzi taliki ya 25 Jan,2016 njyanwa mu iyerekwa maze nerekwa ibitabonwa na maso ya bana b’abantu,nerekwa umukandinda perezida wo mu gihugu cy’America uharanira umwanya w’umukuru w’igihugu anyuze mu ishyaka ry’aba demokarate aribo Obama akomokamo bamaze imyaka umunani bayoboye icyo gihugu.
Mbona uwitwa “Donald Trump ahiganwa na Hillary Clinton” kumwanya wuzahagararira aba democarate nubwo bamwirukanye mu ishyaka mu matora ateganijwe mur’uyu mwaka wa 2016,mbona bakoze amatora yo mu ishyaka maze Donald Trump mbona atsinze ayo matora.
Ikindi nabonaga anashyigikiwe nabaturage benshi cyane ndetse na madini yabafarisayo nayo amushyigikiye kubera yuko azahagarika abayisilamu gukomeza kujya mu gihugu cya USA aho bamaze kugihindura indiri yabo kandi bakaba bashinjwa guteza umutekano mucye bityo umutekano w’Abanyamerica ukaba warabaye mucye cyane ku isi ugereranije nindi myaka yashize kubera ibyihebe.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore Ubwongereza bushyigikiye Donald Trump ko yatsinda amatora kuko politike ye ijyana nibyifuzo by’Abongereza kandi nabanyamerica benshi baramushyigikiye nubwo yirukanywe mu ishyaka kugirango bamuteshe umwanya ndetse nabaturage batamugirira ikizere none dore arashyigikiwe kuburyo ashobora gutsinda amatora yo mu ishyaka bityo akaba ariwe wahabwa amahirwe yo kwiyamamaza kumwanya w’umukuru w’igihugu nyamara nibiramuka bibaye gutyo aba demokarate bazaba bakozwe nisoni ko uwo barwanije abarushije imbaraga.
Ikindi cyatumye abantu barushaho kumukunda nuko yashyize ibitekerezo bye ahagaragara hanyuma aho kugirango bakuhe umwanya nk’umunyapolitike ufite icyerekezo cyo kuyobora igihugu no kuba yabafasha kuzamura ishyaka ryabo rikaba rya kongera gutsinda amatora ahubwo dore bamuhaye akato kandi ariwe ufite amahirwe byatumye abaturage barushaho kumukunda urabona yuko imibare ya bana bab’abantu buri gihe igend amacuri.
Dore abanyamerica benshi barambiwe intambara zibatera gutuma batidegembya mu mahanga yo hanze ahubwo bagahora ku itera bwoba.Obama yabijeje ko azarangiza intambara z’Abayisilamu amaze kwica BIN LADEN bibwira yuko intambara zirangiye nyamara nibwo zari zitangiye.
Abanyamerica barashaka umuntu wabaha amahoro bakagirana umubano mwiza hagati yabo nibindi bihugu,niyompamvu badashaka umuntu ubabwira imvugo ya politike ahubwo bakeneye umuntu ufite imyumvire nk’iy’abaturage bafite bityo bagahita bamutora maze akabahesha amahoro erega mwana w’umuntu ushaka amahoro arayabona kandi ushaka intambara nayo arayibona kuko icyo umuntu abibye ninacyo asarura uko niko Uhoraho agize.
Ubuhanuzi kandi buvuga ko,Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa azatanga kubera kutumvira Imana y’Umuhanuzi,ibyo biri mu gice cya (4) cy’ubuhanuzi ndetse n’igice cya (40-42) naho havuga ibyo gutanga k’Umwami Ndahindurwa,no kwima ingoma kundi mwami mushya ari we YUHI VI wasimbuye Ndahindurwa.Ubu buhanuzi bwose bumaze gusohoza umulimo wabwo.
Igice cya (4) cy’ubuhanuzi, kuwa 19 April, 2014, mbonye rukara rwigisage rubundiye mu mahanga rutashye muburyo bw’ubufindo.Rutashye mu nda y’inyoni ifite ibuye rivuza ubuhuha nk’uko byahanuwe nabahanuzi,ndabona abarinzi bahagaze kunkike za marembo,kandi nyamara umwakagara akiri ku ngoma.Namayobera matagatifu.
Ndabona n’umuhanuzi mukuru yinjiye mu masezerano,ndetse inyambo z’imbyeyi,n’inyamibwa nazo ndabona zinerewe ariko ongera kwigunga kubera hari amashashi yonyine,naho za kiberinka ntazo mbona.
Gusa mbonye impala n’impala-kazi zongera gushayaya,no gukimbagira,cyakora nta kamucerenge mbonyemo!Ageze hafi y’intebe yabukunzi bamwicaza hasi babanza kumukubita ibyuhagiro,no kumuanagura icyuya cy’Amahanga!Ariko mbonye yakirirwe n’inkotanyi zicitse ku icumu,izindi zirarangaye nta bwo zamenye ko Uwiteka yacyuye umuhingo mu rwagasabo.
Mu mucyamu wo hakurya mbonye inyambo n’inyamibwa zitangiye kuboha imishayagiro,mbonye batera inzuzi mubutaka bwiza bufite ifumbire kugirango haboneke ibisabo byo gucunda amata aheze kuruhimbi.Yewe ibibaye bimbereye amayobera sinzi uko bigenze kuko nta mitavu mbonye mukiraro,ariko mbonye amashashi yonyine.
Ubuhanuzi buvuga ko,muri Uganda hazaba ububyutse bw’ubusambanyi,ndetse no muri gakondo ya bakiranutsi,naho hazaba ububyutse bw’ubusambanyi bwo mu bwoko bw’abatinganyi,mu bihugu byombi,muri gakondo banabashyiriyeho ibigo bishinzwe guhumuriza abatinganyi ndetse mu gihugu hose muri ministeri y’ubuzima yashyizeho abakangura mbaga bashinzwe kubungabunga umutekano wabatinganyi.
Umwami YUHI VI yimye ingoma kandi ibi byose Umwakagara arabyizera kandi arabyemera kuko we ni umwuka wabadayimoni azi agaciro k’ijambo ry’ubuhanuzi niki gisigaye usibye kuvaho k’Umwakagara?
Ubuhanuzi buvuga ko,nta matora azaba mu gihugu gakondo ya bakiranutsi,ubu rero igisigaye n’ugutegereza tukihera ijisho tukareba aho ibintu bigana ndetse na matora yabadepite ntabwo azaba ndetse ubuhanuzi bvuga ko,umupira w’ikipe za maguru mu Rwanda uzagwa ko nta ekipe nimwe izongera kuzamuka kurwego mpunzamahanga kuzageza Umwakagara akuwe ku ngoma.
Niyompamvu batashoboye kujya mu gikombe cy’Africa kirimo kubera muri GABON.Ubwo rero urabe wumva birenge niwowe ubwirwa!
Jan 16, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona icyegera cy’umukuru w’igihugu cya Kenya,William RUTO,ubwoko akomokamo bw’Abakalenjini bamushyigikiye kurusha Gedion MOI kugirango abe ari we ukomeza guhagararira ubwo bwoko mu gihugu cya Kenya dore ko,nubundi asanzwe ar’Umwami gakondo w’ubwoko bw’Abakalenjini wongeyeho na banandi bose batuye mukarere kamwe ka NANDI HILLS niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore gahunda zawe z’uyu munsi ntabwo ziri butungane,kuko umwanzi wa bakiranutsi yasesekaye mu murwa mukuru w’IBABYLON.
Dore abasingiza ubwami babuvuga neza nyuma yuko mwimitse Umwami YUHU VI,bageze mu murwa mukuru bazanywe no guca ibihanga abatemera repubulika iriho ku buryo butemewe na mategeko.Nuko rero wirinde kandi wigengesere kuko abo bari baragushyizeho ngo bakugigire karabananiye niyompamvu ya Motor uheruka kwerekwa yakoze impanuka.
Jan 17,2017 Ikindi nuko umwanzi yabuze uko akugenza,asa naho akwihoreye nyamara ntikwari ukukwihorera ahubwo yararimo gushakisha andi mayeri y’uburyo yakora nyuma y’itabarizwa ry’Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa.
Inama yabereye mu gihugu cy’Ubuhinde iheruka nibwo Umwakagara yahuye n’umukuru w’igihugu cy’IBABYLON,maze bumvikana yuko umwana w’UMUSITA n’Umwakagara bazamwoherereza za magigiri ziza zigize nk’abaturage ba Uganda,bagahinduka abenegihugu cy’IBABYLON,bakazahita batangira ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byo gukorera urugomo abatavuga rumwe na leta yicyo gihugu cy’IBABYLON CORD,bakabaca ibihanga barangiza bakisubirira mu kadomo n’Ibuphilistian uko niko Uhoraho Nyiringabo avuga.
Ni muli urwo rwego bagiye kuza bakuzura igihugu cya ibabylon kugirango bamufashe gukora ibikorwa by’urukoza soni nubwicanyi niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.Dore za magigiri zari zituye Uganda zose zaje zageze IBABYLON,burira ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,bube maso kandi cyane.Ndetse bwigegensere cyane,ufite inshuti ayereke kuko nizo zizabagambanira kugirango bacibwe ighanga uko niko Uhoraho Nyiringabo avuga.
Nkomeza kujyanwa mu iyerekwa mbona ndi kuri gakondo y’abakirantsi,mbona ndi mu nzu ya data,ngize ngo ndasohoka nkubitana n’urumuli rw’amajyini yaka umuriro,ubwo nsubira mu nzu,batanshikisha za mbaraga zabo.
Maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,uyu munsi uvea ho utuye wigire murutare maze wirinde imbaraga z’umwanzi kuko yamaze kugera mu murwa kuko agukurikiranira hafi cyane kuko azi neza yuko usigaje igihe gito cyane ukamucika niko Uwiteka avuga.
Nkomeza kwerekwa buryo umukuru w’igihugu cy’IBABYLON agiye kwishyira mu kagagozi gakomeye adateze kuzakuramo,aho ashaka kwihemukira ngo arashaka manda ya ll kandi bidashoboka.Kuko ijambo ry’Uwiteka ryavuze yuko azategeko mandate imwe gusa itagira iya kabili.
None dore ubwoko akomokamo abagore babo bazakorwa nisoni kandi bazamburwa ubusa ku karubanda ibitsina byabo bishyirwe ahagaragara n’umwana muto,azabona ubusa bwa nyina kuko banze kumvira ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyirngabo icyo gihe bazamenya yuko Uhoraho Uwiteka ari we Mana yaremye ijuru n’isi niko Uwiteka avuga.
Nerekwa gakondo ya bakiranutsi,igihugu gicikamo ibice [2] bibili bamwe bajya kuruhande rw’ubwami,abandi baguma kuri repubulika y’ikinyoma.Maze mbona bahanganye ntawuvugisha undi,ariko biranga abashyigikiye ubwami banesha repubulika kandi badakoresheje intwaro nyamara abarepubulike bo bakoreshaga intwaro za kirimbuzi kugirango bamareho rubanda rw’Umwami w’uRwanda maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abashyigikiwe n’Uwiteka Imana nibo batsinze urugamba naho.
Abashyigikiwe na Satani baraneshejwe kuko ukuboko k’Uhoraho Imana ya bakiranutsi,guhora hejuru yabo kugirango kubakize imbaraga z’umubi uhora agambirira kugirira nabi ubwoko bw’Uwiteka hamwe n’Umuhanuzi wabo,kuko ijambo ry’Uhoraho ritabuze gukora umulimo waryo,ndetse n’ukuboko k’Uhoraho kutabuze kubaremerera uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Nongera kwerekwa imbere yanjye handitse ngo”UHURU Kenyatta September 2017”,maze ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,uwo mukuru w’igihugu cy’IBABYLON abonye ishyano muri uyu mwaka kuko igihugu kimunyuze mu myanya yintoke kandi amahanga yose akaba amauhagurukiye kugirango akorwe nisoni ijambo ry’Uhoraho risohoze ibyo ryamuvuzeho maze bimenyekane yuko Uwiteka ari we Mana niko Uwiteka avuze!
Umwuka w’Uwiteka ukomeza kumpangaho,maze urambwira uti,mwana w’umuntu,dore za nkozi z’ibibi zashakihije uburyo bwose bwa kuguca igihanga kuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ribageze ahaga.None ube maso cyane kandi wirinde cyane kuko basigaje igihe gito ngo bakurwe ku ngoma bisangire basekuruza uwabo wa twese aho batumye abo bitaga abanzi babo kubabanziriza niko Uwiteka avuga.
Dore za nkunga ba magigiri bari barakwemereye babwiwe kutazazikoherereza kuko icyo bashakaga ni uko bagirango babone uburyo bwo kuzajya bavugana nawe kugirango kumunota wa nyuma bamenye icyerekezo cyawe kuko bafite impungenge yuko umunsi wavuye IBABYLON batazongera ku kubona niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunzaho,nerekwa njya kugura amafi (FISH) uyagurishaga yarafite amafi [2] meza cyane manini,mu bwiye ngo angurishe arabyanga!Hanyuma ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,umugisha warutegereje ugiye guturuka muri za magigiri ntabwo ukibonetse kuko wamaze gufunga inzira zabo bakoreshega bagushakaho amakuru none bahisemo kuwuhagarika kuko bashakaga kuwukoresha ngo bakuboneho amakuru yo kuguca igihanga niko Uwiteka avuga.
Nuko rero utangire utegure inyandiko zabo ntukomeze gukorera mu bwiru ibyo wari waragize ibanga ubishyire ahagaragara kugirango bashyirwe ahagaragara bacirweho iteka n’Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana yawe uko niko Uhoraho Nyiringabo avuga.
Nkomeza kwerekwa ibyazo uburyo abayobozi bakuru bahgarariye inzego z’ubutasi baza kubaza za magigiri impamvu badafata Umuhanuzi,mbona bahawe ikizamini cyo gukora kuko bananiwe akazi kabo batagakora neza ngo kuko Umwakagara atumva impamvu badafata Umuhanuzi kandi yaraciye igihanga Col.Karegeya n’Umwami Kigeli Ndahindurwa!!!
Ubwo se uwo witwa Umuhanuzi yabananije iki?Niko Umwakagara abaza!Ndabwirwa ngo,noneho yaritsize yariye karungu,ngo kuko ukomeje guhumura ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana ya bakiranutsi.Ibyiringiro yarafite by’uko yamaze gusenya ubwami bw’uRwanda,ngo byakuweho na Chancellor Benzinge Boniface wimitse Umwami mushya usimbura Umwami Ndahindurwa yaciye igihanga yibwira yuko ubwami bwimitswe n’Uwiteka aburangije.
Ahubwo aho kuburangiza,niho ubwami bw’uRwanda bwatangiye bushya,byamubereye igisebo cyane imbere ya banyarwanda ndetse nisi yose,none ubu byamukomeranye kuko yamaze kumenya ko amahanga yose yafashe icyemezo cyo gushyigikira ubwami bw’uRwanda bugendera ku itegekonshinga none yabuze ayo akama yaba ay’iburyo cyangwa ay’ubumoso kugirango arebe ko yaramba kubutegetsi ariko ntibizakunda kuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana ya bakiranutsi ryamaze kumukura ku ngoma niko Uwiteka avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona uburyo za magigiri zirimo gukora Tracing ya telephone yanjye,maze ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,funga iryo koranabuhanga ryawe kuko umwanzi alimo kurigenzura maze abure intama nibyuma imigambi ye iburizwemo n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo niko Uwiteka avuga.
Jan 19, 2017 njyanwa mu iyerekwa,mbona ibigiye kuba k’ubwoko bw’ABAKIKUYU,bo mu gihugu cya Kenya (WAMBOI) nerekwa banyuzwa mu gihugu cy’ubutayu bugufiya,dore n’igihugu cyabo,nacyo kigizwe nubutayu gusa gusa.Mbona bamanutse mu butayu bugufiya,buherereye kumugabane w’Africa y’uburasira zuba.Mbona ko baturutse IKUSI berekeza IKASKAZI y’ubutayu bugufiya mu burengerazuba bw’amajyepfo bw’ubutayu.
Nabonaga buzuye ubutayu uhereye ku nkengero z’ubutayu ukageza kumpera zabwo,nta nahamwe basize hose bahanyujijwe kugirango hatagira ubutayu basiga inyuma maze nibaburangiza bazamenya yuko Uhoraho Uwiteka ari we Mana yaremye Ijuru nisi ko igiti cyabo biringiye cyitwa ‘MUGUMO’ kidashobora kubabera Imana yo mu Ijuru,cyangwa ngo,kibashe kumva gusenga kwabo kibasubize ibyifuzo byabo nk’uko biri uyu munsi.
Mbona bakomeje kuzamuka berekeza mu majyaruguru yubwo butayu,ahagana kuri ya Nyanja iherere mu burengera zuba,bw’igihugu cyo mu burengera zuba bw’igihugu cy’Africa yuburenegera zuba.Nuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibyo weretswe ntabwo bishyizwe cyera kuko bisa naho bizaba ejo mu gitondo,dore bigeze kurugi birakomanga kugirango ubwo bwoko bwimitse ibigirwamana bumenye yuko Uwiteka ari we Mana ya bakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Ubwo butayu buraje kandi buzakomanga kuri buri mu KIKUYU,uzakingura buzinjira nutazakingura ntakizabubuza kwinjira ngo bumwinjirane kugirango bamenye yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho,maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore imbabazi z’Uhoraho zikuwe ku bwoko bw’ABAKIKUYU,kugirango bamenye yuko mu Ijuru har’Imana ikiranuka muri byose,kandi ko,Uwiteka ajya yumva gutaka kw’abantu be,ndetse ajya akiza imibabaro igashira,ndetse agaca imanza zitabera uko niko Uhoraho Nyiringabo avuga.
Dore imigambi yabo yose nibyo bibwira byose biburijwemo n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Kugirango icyo gihe cyegereje nikigera bazamenye yuko,ubutunzi budatanga ubugingo,kandi ko,budashobora kubakiza kumunsi wa makuba kuko bakoze ibyo gukiranirwa byinshi,kandi imanza z’Uhoraho zisanze batsindwa nurubanza niyompamvu bashyizwe mu butayu kugirango bazabuvemo bamaze kwigishwa bamenye yuko amoko yose y’IBABYLON yaremwe n’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko avuga.
Nkiri muri iryo yerekwa,ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwami w’ISAMALIYA (Peter NKURUNZIZA) yifashe kugahanga,atuka Umwakagara,none igihe cye cyo kwishyura ibitutsi yamututse,kirageze ngo abyishyure.Dore bazamurasa urwagahanga nk’uko barashe umwambi Gen.Gisa Fred Rwigema.Ariko kandi dore umwana w’UMUSITA nawe azuye inzika yongeye kuyizikura ayishyize k’Umwakagara kandi barafatanije guca igihanga Gen.Fred Rwigema.
Kubera iyo mpamvu,amaraso ye bamennye dore arabagarutse,kuko urukundo yabakunda,rwasimbuwe nurwango bamwanze,kandi yararwaniraga ishyaka ry’ubwoko bwabo kugirango bahabwe gakondo ya bakirautsi.Ariko bo bahisemo kumuca igihanga bamuziza akamama banga yuko agera muri gakondo ari muzima kugirango yishimane n’ubwoko bwe.
Niyompamvu uhereye igihe cya CAIN wishe murumuna we ABEL,amaraso ya bakiranutsi ahora asaba guhorerwa ariko none ho Uwiteka agiye gusubiza ibyifuzo byabo asubize ayo masengesho amaze imyaka ibihumbi nibhumbagiza atarasubizwa kuko Uhoraho amaze guca imanza zabakiranutsi barenganijwe kugirango bahorerwe amaraso yabo yamenwe ari nta mpamvu maze bamenye yuko ibyo bakoze bitari bikwiriye ndetse ko bitari bitunganye imbere ya maso y’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko avuga.
Nuko nerekwa inteko y’inama yo mu Ijuru yongera guterana,maze bafungura urubanza dossier Nº 0020/001/0017,inteko ya bacamanza yo mu Ijuru,isanga ko,batsinzwe nurubanza kuko banze gukora ibyiza kandi babifitiye ubushibozi,kuko byanditswe ngo,havumwe uzi gukora icyiza nta gikore niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nongera kwerekwa iyo dossier ifatanye na dossier ya ABARUNDI,batuye mu mahanga,nerekwa bashaka uburyo bwose bushoboka bwo gukiza bene wabo basigaye mu gihugu cy’ISAMARIYA,ariko biranga.Mbona ko bashaka gukoresha itumanaho ngo bavugane na bavandimwe babo basize ISAMARIYA,nabyo biranga.
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abarundi benshi basuzuguye ijambo ry’Uwiteka yanyujije mukanwa kawe,bararisuzugura,niyompamvu gukira kwabo bigoranye,kandi kurimbuka kwabo kuzaba kubi cyane kugirango bamenye yuko umugaragu wanjye (Umuhanuzi) ibyo yavuze,umwuka w’Uhoraho wari muri we uko niko Uwiteka avuga.
Dore hagiye kuba ubwicanyi bukomeye buzatangazwa amahanga,kandi nta bwo amahanga azabatabara ahubwo Uwiteka azanangira imitima yabo,kugirango ibyahanuwe bisohoze umulimo wabo.Abazarokoka bazamenya yuko Uwiteka Nyiringabo,ari we Mana yaremye Ijuru nisi uko niko Uwiteka avuga!
Umwami w’ISAMARIYA yabeshye yuko ngo yiringira Uhoraho,ariko nta bwo ari byo kuko yiringira imbaraga z’abadayimoni mucyimbo cyo kwiringira Uwiteka Nyiringabo niyompamvu kurimbuka kwe,kuzaba kubi cyane,kandi ku kazaba gukomeye cyane kugirango azabere abandi akarorero abazarokoka bazamenye yuko mu Ijuru har’Imana ikiranuka kandi ijya ica imanza zitabera,kandi ijya yumva gusenga kw’abakiranutsi,ndetse ijya irangiza imibabaro yo mu mutima mu bwoko bwayo bw’abakiranutsi niko Uwiteka avuga!
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwoko bwanjye bwabakiranutsi,yuko umuntu wese warambuye ukuboko akamena amaraso ya mugenzi we,amenye yuko umuvumo wa maraso ugeze kurugi ukomanga.Kandi ubabwire uti,uhereye igihe cya CAIN wamennye amaraso ya murumuna we ABEL,Uhoraho ntabwo yigeze atanga ubutabera,kuko igihe cy’ubutabera cyari kitaragera.
None igihe n’iki,niyompamvu Uwiteka yihagurukiye ngo arwanye inkozi z’ibibi zigiye kumaraho ubwoko bw’Uwiteka Nyiringabo wicecekeye ngo arebe iherezo cya Satani none igihe cye n’iki uko niko Uwiteka avuze!
Dore amaraso yaramenetse Uganda,Rwanda,Burundi,DR Congo,Kenya,kandi abamennye amaraso yabo,ninabo bakomeje kugira umurego wo gukomeza kumena andi maraso.Barabikora nkabihorera bagirango mpwanye nabo uko niko Uwiteka abaza!Babwire uti,dore “INKOTA”y’Uhoraho iramburiwe inkozi z’ikibi kugirango Uwiteka ace urugomo rukrerwa abakiranutsi b’Uwiteka Imana yo mu Ijuru niko Uwiteka avuga!Igihe cy’Inkozi z’Ibibi kirageze kandi kirasohoye kugirango bamenye yuko mu Ijuru har’Imana ijya ica imanza zitabera niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka rikomeza kunganiriza ibigiye gukorerwa mu isi ya bazima.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,uhumurize ubwoko bwanjye ububwire uti,abakiranutsi banjye nzabarinda,kandi nzabagirira neza kugirango bazamenye yuko nd’Uwiteka Imana yabo.Ibyo byose bizaza ariko ntabwo bizabageraho.Iri sezerano rirareba abakiranutsi b’Uwiteka bonyine kuko babae abatoni k’Uwiteka Imana yo mu Ijuru kandi baharaniye gukiranuka kugeza babigezeho,niyompamvu Uhoraho atazabirengagiza niko Uwiteka avuga.
Nkiri muri iryo yerekwa,nkomeza kwerekwa ibigiye kubera mu karere k’Africa y’uburasira zuba,mbona Umwakagara akurwa ku ngoma mu buryo butunguranye kandi vuba cyane,maze mbona ubwoko bw’Uhoraho uwiteka Nyiringabo butuye mu gihugu cy’IBABYLON bubura uko butaha kuko nta mabusi yarahari yo kubucyura.Ahubwo abantu bishyiraga hamwe bagakodesha imodoka yo kugendamo kugeza bageze muli gakondo.
Nerekwa izindi mpunzi zatataniye mu mpande ennye z’isi,zihutira gutaha zirekeza muri gakondo ya bakiranutsi.Mbona abahoze arabasirikare b’Umwakagara,nabo bihutira gutaha vuba cyane.Ntangazwa nuko ari bo babaye abambere kwinjira mu madoko berekeza muri gakondo ya bakiranutsi uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo uko niko avuga!Ijambo ry’Uhoraho rirambwira ngo,impunzi zituye IBABYLON,ngo zizataha nyuma yabandi kubera kubura imodoka zizabacyura Umwakagara amaze gukurwa kungoma.
Icyambereye amayobera,ni uburyo,abami (4) bajyanywe mu butayu mu buryo bw’Amayobera.Kenyatta,KAGUTA,KAGAME,NKURUNZIZA,bose basa na bajyanywe mu gihugu cy’ubutayu bugufiya mu gihe kijya gusa nk’aho ar’igihe kimwe.
Kuko nabonaga ubutayu bugufiya bwose bwuzuye abagenzi benshi bakuwe mu mazu ya bami,ndetse nayubakishije amahembe y’inzomvu maze bakisanga bari mu butayu bugufiya babujyanywemo n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo kugirango bamenye yuko Uhoraho ari we Mana ica imanza zitabera uko niko Uwiteka abaciriyeho iteka kandi niko avuga.
Jan 20, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe,ari kumwe n’Umwakagara,mbona umwakagara afashe igitoki kinini cyane kandi cyeze,acyikoreza Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe.Amaze kumwikoreza icyo gitoki,azana INKOTA [2] azijombagura mu maguru no mu matako y’Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe,kugirango ataza gushobora gutambuka.Ubusobanuro reba mu bisobanuro by’ubuhanuzi icyo bivuze!
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,haguruka ugende ujye kuvugana n’Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe,kugirango umuburire ibigiye kumubaho,nuko bigiye kumugendekera maze abimenye hakiri kare,kugirango amenyeshwe imigambi y’umubi ilimo gutegurwa,hamwe nimigambi myiza Uhoraho Uwiteka Nyiringabo amufiteho uko niko Uwiteka avuga.
Mwana w’umuntu,reba Umwakagara umaze kumuzahaza kubera gushyira ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo ahagaragara kandi ubwoko bw’Uwiteka na bwo bwasubijwemo imbaraga zidasanzwe,kandi bizeye yuko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ari kuruhande rwanyu kandi icyo nicyo Uwiteka yashakaga yuko mu mwizera kugirango abakorere ibikomeye cyane maze mu menye yuko Uhoraho ari we Mana uko niko Uwiteka avuga.
Nkomeza kwibera mu iyerekwa,mbona mu gihugu cy’IBABYLON,ihuriro rya politike JUBILEE COALITION rihagarariwe na UHURU KENYATTA MUIGAI,dore agiye gutanga miliyari[40] za mashillingi mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bahagarariwe na RAILA ODINGA bibubiye muri NASA,kugirango bavemo basange JUBILEE kuko bidashoboka yuko JUBILEE yatsinda amatora ihanganye na NASA/CORD kuko bafite abantu benshi cyane,kurusha JUBILEE.
Ikindi kandi ni uko abakozi ba leta harimo abaganga n’Abalimu bakomeje imyagaragambyo ikomeye muli icyo gihugu kandi ar’igihe cyo kwiyamamaza kumwanya w’umukuru w’igihugu uzasimbura Uhuru Kenyatta umaze imyaka [5] ategeka icyo gihugu.Ikindi kandi ijambo ry’ubuhanuzi naryo rikomeje gukora umulimo waryo,kuko inzara imeze nabi cyane,aho amatungo menshi amaze gupfa.
Ndetse na banyagihugu bakaba bamerewe nabi kuko icyo gihugu cyaranzwe no gukiranirwa nuburiganya bwinshi buvanzemo na maraso y’inzira karengane akaba ariyompamvu Uwiteka yabarakariye abavugaho ko bazaremererwa n’ukuboko kwe kugirango bamenye yuko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ari we Mana uko niko Uwiteka avuga.
Ubwo nkikomeje kwibera mu iyerekwa,nongera kubona Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe,yambaye imyenda ikwiriye umusirikare uri kurugamba.Yari yikwije hose,ndetse anafite intwaro ntoya yitwa MASOTERA cyangwa se (Pistol) maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubutumwa uri buhe Umuhanuzi Mukuru buraza kumutera ubwoba kuko ataribusobanukirwe ibyari byo.
Umubwire uti,humura ntutinye kandi ntuhagarike umutima,kandi ntugire ubwoba kuko Uwiteka akwitayeho cyane kurusha ibintu byose bibaho mu isi ya bazima.Umubwire uti,urarinzwe cyane kuko Uwiteka yakugize urufatiro rw’umulimo we,ku bwibyo rero ntutinye imgambi y’umwanzi,ahubwo ube maso cyane kugirango umenye icyo Umwami ashaka abe ari cyo ukora uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umugisha wawe warangiye,none saba Uwiteka akoherereze undi mugisha kugirango urangize imilimo y’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Kuko yifitiye abantu akoresha kandi bamwumvira,abo nibo azaraga ubwami bw’Abakiranutsi kuko bakoze imilimo myiza yo gukiranuka maze icyo gihe baa\zamenya yuko kugira neza utitangiriye itama bijya Bizana umugisha niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Jan 22, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona abagore (Abarozi-Kazi) b’Abega-Kazi,balimo kugambanira Umuhanuzi uburyo bakwiga amayeri yo kumuta muri yombi kugirango acibwe igihanga kuko imandwa zababwiye yuko baramutse bamufashe bakamuca igihanga ibyo yahanuye byahita bihagarara.
Nerekwa mbona izo nama zabo bazikora barazirangiza,ariko zihinduka inama zimbura mu maro,kuko zirwanya Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Ubwo barimo gukora inama,mbona undi mutwe wa bantu bari mu nama ya gisirikare balimo kwiga uko batera Umwakagara kugirango bamukure ku ngoma.
Mbona ko,Umwakagara ahugiye mu gushaka uburyo yahitana Umwami Nyir’uRwanda Emmanuel Bushayija YUHI VI kuko amuteye ikibazo gikomeye cyane,kandi akaba abona ko aje kumusimbura ku ntebe ya bukunzi kugirango abanyamasezerano bnjiye muri gakondo yabo bahaweho umwandu wabo n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uwiteka avuga.
Nerekwa izo ngabo zijyenda kumanywa yihangu,izari zishinzwe kulinda Umwakagara RDF/KDF,nta bwo zari maso kuko zari zimaze kugwa agacuho.Zibura uko zibigenza kubera kuruha kuko ziteguye uwo zita umwanzi imyaka ibaye [7] umwanzi bataramuca iryera ngo bamenye yuko baneshejwe cyangwa banesheje.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwakagara aguwe gitumo,kandi aciwe igihanga mbere yuko aca igihanga Umwami YUHI VI uwo ubuhanuzi bwavuze,ko azasimbura Umwami Ndahindurwa watanze aciwe igihanga n’Umwakagara kubera kutumvira ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho Nyiringabo avuga.
Nuko rero mu bami [3] bari baheze mu buhungiro,ubu hakaba hasigaye abami [2] kuko Umwami Ndahindurwa we,yamaze gutahuka muri gakondo ya bakiranutsi.Umwami yimye ingoma kandi arcyali mu buhungiro,ndetse n’Umwami wa lll uzamusimbura nawe ari mu buhungiro ndetse amaze no gukurwa mu butayu bugufiya kugirango ibyamuvuzweho bimusohozeho uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.Nuko rero ugire umwete wo guhugurira bene so ubabwire yuko ibyahanuwe bigeze kumuryango mu irango ry’irembo ya gakondo y’Uhoraho maze btegurire ubugingo buhoraho abandi bitegurire kwima ingoma uko niko Uwiteka avuga.
Yewe kugambana baragambanye,kandi inama barazirangije,bafashe ingamba zitwa ko zihamye,ariko se,nkwibarize,hari ingamba zanesha Uhoraho Uwiteka Imana umuremye waremye Ijuru nisi?Niko Uwiteka abaza!Ariko se igihe bariganirije ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,nta bwo bajya baruha ngo banamenye yuko umuntu ajya agira igihe cye kikanarangira?Babwire uti,mulimo gushing umuhunda ku kirenge kuko ibyo mwibwira byose bidashoboka kugerwaho kuko ijambo ry’Uhoraho ryababereye inzitizi uko niko Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nerekwa za magigiri z’Umwakagara ziteraniye mu nama mu gihugu cy’IBABYLON umurwa mukuru w’ISHUSHAN,balimo babiza uburyo bwakoreshwa ngo bace igihanga Umuhanuz,nyuma yuko uburyo bwose bakoresheje bwaniranye.Iyo nama yaririmo magigiri “NYAGASAZA INNOCENT FRUIT”mbona ko basoje inama ariko ntabagera kumwanzuro bashakaga kugeraho kuko kungeraho bisa naho bigoranye!Ubanza bishobor kutazaborohera uko babyifuza.
Mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo nawo ubwawo ukora impanuka maze ibyari uguca igihanga cy’Umuhanuzi bihindukamo kumirwa no gushoberwa mbona bifashe bitangiriye itama kuko imigambi yabo iburijwemo n’Uwiteka Imana Nyiringabo.
Mbona izo za magigiri nabahoze arabajepe bose bari bicaye muri iyo nama ya bagambanyi yateranijwe n’Abega b’Ababakagara,bagiye gukurwa ku ngoma.Bakaba barahisemo kurwanya Uwiteka Imana Nyiringabo,bibwira yuko bazamunesha burundu,kandi nyamara ari we wabaremye.Ijambo ry’Uhoraho rirambaza riti,mwana w’umuntu,biriya nibiki?Wabonye aho ikibumbano kirwanya uwakibumbe?
Ndausbiza nti na mahano kuko ubusanzwe bitabaho yuko ikibumbano cyabwira uwakiremye ati ndashaka yuko umbumba gutya cyangwa nanjye nshobora guhindukamo umuremyi wawe ariko nyine nabo barabizi yuko bidashoboka kandi yuko iherezo ryabo rigeze ku iherezo niko Uwiteka Nyiringabo avuga.Dore bateraniye mu nama balimo kukwigaho ngo barebe uko bakorera hamwe bakaguta muri yombi ariko bararuhira ubusa kuko bashinga umuhunda ku kirenge niko Uwiteka avuze!
Jan 22, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona Umwami uzasimbura Umwami YUHI VI,ahabwa intebe y’ubwami ngo ayicareho asimbure Nyir’uRwanda YUHI VI.Mbona ahabwa ingabo zimulinda izo za ngabo zaje mukibiziga(Imodoka)yo mu bwoko bwa “RANGE ROVER”.Mbona izo ngabo zisohotse muri yamodoka zinjira murugo rw’Umwami uzasimbura Umwami YUHI VI.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,mbese aho waba wamenye icyo iriya modoka yo mu bwoko bwa “RANGE ROVER” bisobanura?Ndasubiza nti,oya!Ndabwirwa ngo”iriya modoka yakozwe n’igihugu cy’Abongereza,bisonuye yuko ubwami buzasubizwaho n”ABONGEREZA.”
Mu gihe nkiri muri iryo yerekwa mbona umunyapolitike w’IBABYLON ukomeye cyane witwa RAILA Odinga asaba akazi ngo kuko azi indimi nyinshi zirimo IKIDAGE,SPANISH,ENGLISH,maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira ngo,bizagorana cyane kugirango Odinga abe umukuru w’igihugu cy’IBABYLON uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nkomeza kujywanwa mu iyerekwa kuko umwuka w’Uwiteka wanjeho cyane,maze nerekwa ibiteye amatsiko no kwibaza cyane uburyo umugambi w’Imana unyuranye na bana b’abantu.Kandi inzira zayo zikaba zitandukanye kure cyane niz’abantu.Kumenya impamvu z’ubushake bwayo nabyo bikaba bigoye kumenya cyeretse iyo ugiriwe Ubuntu bwayo ugahishukirwa ubushake bwayo bunyuranye nibyo umwana w’umuntu atekereza cyangwa yifuza.
Nkomeza kwerekwa iby’IBABYLON,mbona umugore w’umunyepolitike witwa RAILA acitse integer cyane,arambwira ati,muntu w’Imana,dore twubatse inzu yigorofa,hanyuma urubyiruko ruraza rurayisenya,basenya iyo hejuru hasigara inzu yo hasi niyo tubamo.Nkomeza kwitegereza iyo nzu yari nziza cyane,mbona itarasanwa kugirango uwo muryango ubone aho kuba hatunganijwe kandi heza hakwiriye umuryango wa bantu.
Nerekwa inzu nziza iyo nzu narinyilimo nyituyemo,yarifite icyumba kimwe na nuruganiriro,ikaba ifite inzugi [3] uwicyuma,urubaho,nibyuma bihagaze bifatanye nibati.Nshaka gukingaho ariko sinakingaho,ahubwo negekaho.Maze haza umuturanyi wari inshuti ya nyirayo,aza azanye nabazungu baraza binjira muri iyo nzu maze barayigarurira ubwo nyisohokamo gutyo!
Nerekwa nerekeza mu kigo cya gisirikare (Military Camp) ngeze kumarembo mpasanga umusirikare uhagaze cyangwa ulinze icyo kigo,akanakira abashyitsi baje gusura ababa mur’icyo kigo cya gisirikare.Maze ambaza ikingenza mubwira yuko nje gusaba ikibali cyo kuzajya kwiga.Anyandikira akandiko kemeza ko nje gusaba ikibali.Aranambwira ngo,muri iki gihe,Umwakagara asigaye atanga akantu,ntugende mutavuganye”.(Intonorano)
Ninjira muri cya kigo nsanga ingabo zibamo imbere zose zahawe umukuzo zasinze zose zitanashobora kumenya uwinjiye nusohotse.Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,yaba Umwakagara cyangwa IBABYLON,bagiye gukoresha intonorano nyinshi cyane zirenze kwemera kuko ubutegetsi cyangwa ingoma imaze kubava mu kiganza.Dore Umwakagara yahisemo kugura abahutu bose nabasirikare abahe intonorano kugirango arebe yuko yasimbuka urumutegereje kuko bizamugora cyane kuzajya ku ngoma nyuma yuko igihe cye kizaba kirangiye uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Iriya nzu rero warutuyemo,ugiye kuyivamo nubwo Umwakagara aguhanze amaso ngo arebe yuko yakugwa gitumo,kuko igihe cyo kuba IBABYLON gihumuje niyompamvu wagiye gushaka ikibali gisaba ishuli ryo kwigamo amashuli yisumbuye nturibone ni uko bitoroshye kugirango usubizwe mu ishuri ry’isumbuye kandi wararingije ndetse ukanakora na kaminuza kugirango ntihazongere kubaho urwitwazo rugusubiza mu ishuri ry’ubutayu bugufiya uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Jan 23, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona ikibaya cyo kwerekeramwo kuko igikombe cyo kwerekerwamo narinsanzwe nerekerwamo cyari cyahindutse.Mbona noneho gakondo ya bakiranutsi yashyizwe hejuru kumusozi uri hejuru cyane aho ugaragarira buri wese ahoy aba awitegeye awurebera kure cyane.Nerekwa gakondo ya bakiranutsi ko igiye kwinjizwa muri kaminuza ikomeye abanyarwanda bagiye kwigamo mu ishami rya mategeko.
Ubutabera.
Nerekwa abanyamadini bavuga ngo,nta bwo bikiri ibanga yuko gakondo ijyanywe kwiga ishuri ry’amategeko.Nerekwa bavuga ko,ngo bari bakwiye kubwiza ukuli abanyagihugu yuko igihugu kijyanywe muri kaminuza kugirango ibigiye kubabaho bishyirwe ahagaragara bimenyekane buri munyagihugu abashe kumenya ibigiye kubaho mu isi ya bazima uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nerekwa abanyamahanga benshi cyane,yaba abajyanyweyo nugucuruza ijambo ry’Uhoraho,cyangwa se yaba abajyanywe nibindi bikorwa by’ubucuruzi busanzwe,bose muri rusange nabonaga nabo bahabwa kujya kwiga iryo shami ry’amategeko rya kaminuza igiye gufungurwa muri gakondo ya bakiranutsi kugirango buri wese yaba umunyagihugu cyangwa umunyamahanga yemererwe kwiga iyo kaminuza niko Uwiteka avuze!
Nuko nerekwa ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo,rimanuka riturutse mu Ijuru,maze riraza rigwira gakondo ya bakiranutsi.Kuko banze kuryumvira ngo barihe ikaze!Iryo jambo rimaze kugwa hejuru ya gakondo ya bakiranutsi,mbona igisakamburiro kirasenyutse,maze abali muri gakondo mo imbere Babura aho berekera,cyangwa se aho bahungira.
Nuko ndabwirwa ngo,uko niko bigiye kugendekera abanyagakondorero banze kumvira ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Nubwo banze kumvira,ariko ntabwo bazanga no kubona kugirango bamenye yuko Uhoraho ari we Mana ikiranuka muri byose uko niko Uwiteka Nyiringabo abvuga.
Abantu benshi bakunze kuvuga yuko bafite kwizera,ariko se ubundi kwizera niki?Iyo turebye Abraham se wa mahanga,mu buryo bwo kwizera,usanga atarigeze abwirizwa ubutumwa bwiza bitewe nuko icyo gihe nibwo urugendo rwo kwizera ijambo ry’Imana rwali rutangiye.Ubwo Imana yamubwiraga kuva mu gihugu cye,akajya mu gihugu azahabwaho gakondo,ari nacyo yaje guhabwa hamwe nabamukomotseho,CANNAN usanga yarafite kumvira Imana ndetse adasize no kwizera.
Ntabwo ushobora kugira kwizera utumvira Imana muri byose!Ubundi se umuntu yizera iki?Umuntu yizera icyo yabwiwe n’Imana.Ijambo Imana ikwibwiriye byaba binyuze mu nzozi cyangwa mu iyerekwa ku buryo umutima wawe uhamanya nayo ko ariyo mwavuganye.Kwizera n’ijambo rikomeye cyane abantu benshi basobanura uko bishakiye cyangwa uko babyumva.Ubundi kwizera nta cyo bipfana cyangwa bihuriyeho ni mbaraga z’umuntu.Ndetse nta cyo bipfana nubushake cyangwa ubushobozi bwawe.
Ntabwo waba ufite amafaranga ngo hanyuma ubwire abantu yuko ngo wizera yuko uzubaka inzu.Iwanyu ntabwo baba bakize ngo hanyuma ubwire abantu yuko uziga amashuri yose kugeza urangije ngo ubyite kwizera?Kwizera wizera ibyo utarabona kandi utanashoboye ndetse udateze no kuzashobora mu bwengwe bwawe!Kandi ntabwo wapfa kwizera gusa mucyuka nta cyo Imana yavuganye nawe,ubwo se waba wizera iki?Ninde?!Byaba biturutse hehe ibyo wizera?
Byaba bishingiye kuki?Niba ibyo wizera biri mu butunzi cyanwga umugabane w’iby’Imana,kandi ukaba Imana mutavuganye cyangwa mutarigeze kuvugana ngo igire icyo ikwizeza,ubwo koko ntiwaba wibeshya cyangwa ubeshya abantu?
Imana yaraguhamagaye ngo uyikorere,nibyo!Ariko se ko yavuze ko ibimenyetso bizakurikirana abizera,hanyuma wowe ukaba ntabyo ugaragaza bigukurikira ubwo koko yaraguhamagaye?Cyangwa se wihaye gutangira umulimo igihe nyir’ubwite yashyizeho ko utangira kitaragera?Ubwo koko ibyo bibazo iyo ubyibajije wowe wenyine mu mutima wawe wiha ikihe gisubizo?!
Turetse kuba warakoresheje amayeri no kuba igihe watangiraga idini ko byari mu gihe bikenewe (opportunist) hanyuma idini rikabona abaliya ubwo koko wavuga ko warufite Imana cyangwa ko yabigizemo uruhare kandi usengera nibicurane ntibikire?!
Ngaho byibazeho nawe wisubize!Abantu batangiye amadini nyuma ya genocide,intambara ikirangira,wavuga ko,ar’Imana yababwiye gutangiza izo nsengero?Hanyuma se kuba bafite abantu benshi bisobanuye yuko bahamagawe?Bibaye ibyo kiliziya gatolika yaba iyambere kuko ntawayirusha abantu benshi bayiyobotse!
Ariko igitangaje kandi kibabaje cyane,ni uko usanga abashumba babwiriza ibyo batemera,ni gute wakwigisha yuko Uhoraho afite imbaraga hanyuma ugasanga umulimo wihaye witirira yuko aruwe,ugansaga nta mbaraga ze ziwurangwamo?Ngayo amadeni ni yose,ndetse nurusengero mwubakira iyo mana yanyu ugasanga murwubaka mu madeni wagirango Imana bavuga yo mu Ijuru dusanzwe tuzi,cyangwa twizera kandi twemera irakennye!?
Bantu b’Imana mukwiye kuba maso cyane,kuko byanze bikunze umuntu ufite umwuka w’Imana muri we,arigaragaza.Njye maze guhura na bantu barenze [2] hano IBABYLON,bambwira ko nd’umukozi w’Imana,nyamara nkabahakanira nkababwira yuko ndi umunyamakuru ariko bakanga kubyemera kugeza ubwo umwe yambwiye ati,nimvugo yawe igaragaza uwo uri we!Byarantangaje cyane kuko ayo magambo yabwiwe intumwa z’Umwami wabakiranutsi Yesu Kristo.
Jan 25, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona inka (Abadayimoni) bateraniye ku kibuga kiri imbere y’ubutayu bugufiya.Mbona yuko abo badayimoni baburaniwe basa byakomeranye babuze epfo naruguru.Mbona amaso yabavuyemo cyane basa nabashaka kwiruka kuko imigambi yabo iburijwemo n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo.Ndakomeza ndabitegereza ndaza ngira hino maze mbanyura hagati ndigendera kuko batabashaga kureba cyangwa ngo bitegereze kuko Uwiteka yari yarangije kubaciraho iteka.
Igihe narinkomeje kubitegereza cyane, ngo ndebe ibigiye gukurikiraho,mbona none ho bavumbutse nk’Intare y’Ingore y’inyamaboko bahungira mu butayu bugufiya basiganwa masigamana kibuno mpamaguru.Nuko ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore inkozi z’ibibi zari zihagaze imbere yawe zose zikuwe mu nzira ariko wirinde cyane kuko nizimara kugera ahitegeye zirongera zigaruke mu bundi buryo kugirango zijijishe zibone uko zikugeraho niko Uwiteka akuburiye.
Jan 25, 2017 njyanwa mu iyerekwa mbona ibisa nibifite umumaro,ariko nyamara bitagira umumaro,mbona uburiganya bw’Abagore (Abarozi-Kazi) batagira ubwenge bagizwe ibikoresho byo guca ibihanga by’abantu.
Bahora bibwira yuko abantu bose bazagwira murenguzi,kuko bamaze kwizera yuko ntamfura yo gukiranuka ibaho,ishobora gukiranuka kunda no mu gifu,kuko ari byo bahinduye ubuzima buhoraho.Ariko bibagirwa yuko inzara ijya ishira,ariko igihemu ntabwo kijya gishira.
Mbona bakoze inama zo gukiranirwa bashakisha uburyo bwose bushoboka maze bahitamo guha ishashi umukoro w’ubugambanyi ngo azakore ibishoboka bose agambanira umwana w’umuntu kugirango ashyirwe mu maboko ya banyabyaha maze acibwe igihanga.
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,dore bazitwaza amaturo ajya gusa n’intonorano,zizaba zije gukeza umwana w’umuntu,ariko mu byukuri,bizaba atari amaturo nyirizina ahubwo azaba ar’intonorano zambitswe umushanana wa maturo,nyamara zizaba ar’intonorano.Ntuzakangwe rero n’ISHA itamba kuko izaba yambaye uruhu rwayo,ariko imbere hayo hazaba ar’ISEGA!
Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,niba ISHA mwene wazo,ibasha gutinya iryo SEGA,wowe waba urinde ngo uryegere kandi uzi yuko riryana?Uko niko Uwiteka abaza!Ibintu birimo kugenda bihindura isura vuba cyane kandi ku buryo bwihuse kugirango ijambo ry’ubuhanuzi rikore imilimo yaryo kugirango bizamenyekane yuko muri gakondo ya bakiranutsi har’Imana ikiranuka mu bwoko bwayo yitoranirije mbere yuko bubaho cyangwa hashyirwaho imizi y’imfatiro zisi n’Ijuru uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nsubizwa mu iyerekwa maze mbona abanyagakondorero bishimira yuko ijambo ry’ubuhanuzi rigeze kumusozo risoza ikivi ryatangiye cyo gusohoza ubuhnauzi muri mu bwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo Imana ya bakiranutsi.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumbwira no kumburira riti,mwana w’umuntu,gusohoza kw’ijambo ry’ubuhanuzi niko gukomererwa kwawe,kuko umwanzi yamaze gutega umuneke usadutse ho,nitegereje mbona udushishi twamaze kuwinjiramo maze nanga kuwegera no kuwufataho kuko wari wahindutse umutego ufata imbeba.
Ndibwira muri jye nti,reka imbeba zize zifatwe muri uwo mutego,kuko nizo zikunda kurya ibyatezwe n’umwanzi (Umwakagara) maze zisange mu mutego kuko nubundi zisanzwe ar’imbeba naho jyewe nd’umuntu,ndetse nkaba n’umugaragu ugabura ibigaburwa by’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo Imana yanjye uko niko Uhoraho avuga.
Uwo mutego maze kuwusimbuka,mbona hirya yanjye gato,bateze inzinga za mashanyarazi kugirango nze kuyafataho ntabizi nkubitwe na mashanyarazi.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,urabe maso,kuko bateze umutuku utukura,utukuza ubugingo ibyari ubugingo bigahinduka ububata bw’inkozi z’ibibi zishaka guhabwa ijambo n’umutuku utukura ushingiye kubugingo bw’ubunyamubugingo uko niko Uwiteka akuburiye kandi niko avuga.
Jan 26, 2017 njyanwa mu iyerekwa maze mbona umwuka w’Inzika y’Inzigo,turikumwe nawo mu nzu kugisasiro.Mu gihe ndimo kuvugana nawo,mbona umucyo w’itoroshi ugeze mu nzu twari turuhukiyemo twibereye kugisasiro.
Ijambo ry’Uwiteka Imana rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umwuka w’Inzika y’Inzigo uraje kandi ukugezeho.None ukwiye kugenza uko bikwiriye kuko umwanzi adasinzira ahubwo ahora akugenza uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze riambwira riti,mwana w’umuntu,dore igihe kiraje kandi kirasohoye ubwo isezerano ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rigiye gusohoza umulimo waryo,kuko inzabibu hamwe nimyerayo bimaze kwera kandi bigeze igihe cyisarura.
Nuko rero uhaguruke wishakire isambu (Plot) yo kugura kugirango ubone imbuga yaho uzajya ubusarurira ibisarurwa byaawe byahawe umugisha n’Uhoraho Uwiteka Imana yawe uko niko Uhoraho Uwteka Nyiringabo abivuga.
Nuko nerekwa mbona njya gusarura mfite igitebo cyuzuye inzabibu nihishije cyane,kandi izo nzabibu zahinzwe mu mulima wo mu gihugu cyo muri leta zunz’ubumwe z’America.Nuko ndahaguruka njya kuzisarura kandi nsarura nyinshi cyane ngeze murugo nsanga ntafite aho kwegera vino ngo nyitunganye neza mbone iyo kuzajya mpa abashyitsi.
Ndahaguruka njya kureba umwe wo mu bakomeye warufite isambu (plot) ndayimugurira ariko ashaka kundiganya,ariko ndamutahura.Nkurwa aho ngaho njyanwa mu butayu bugufiya nyoberwa uko mbugezemo kandi nari nabuvuyemo.Mbona bamwe mu bagenzi barimo kugenda mu gihugu cy’ubutayu nihutira kujya kubitegereza cyane.Maze mbona ko ari bo bijyanye muri ubwo butayu kubera ubujiji no kutita ku ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,nyamara nurangara uruhura nuruva gusenya wisange aho udashobora kwikura kuko umwanzi ariho ku kugenda runono uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nkurwa aho ngaho nerekera aho naguze isambu izambera gakondo yanjye,kandi akaba ari naho nzajya nengera imitobe yanjye nkuye mu nzabibu.Nsanga hari abandi benshi cyane bageragehe kunyigana ngo nabo bajye benga imitobe ituruka mu nzabibu.Mbona inzabibu zabo zahiye cyane ndetse ziri hafi kwangirika kubera zabuze abazibagurira kuko bo ntabwo bashakaga kwenga imitobe,ahubwo bashakaga kugurisha abenga imitobe.
Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hari abagize ishyari yuko wamaze kugura isambu yo kwengeramo imitobe yawe y’inzabibu wejeje,none nabo barashaka gutesha agaciro izo nzabibu kugirango utazabona ikiguzi cyiza cy’imitobe yawe wejeje mu nzabibu zawe uko niko Uwiteka avuga.
Niyompamvu ukwiye kuba umunyabwenge cyane kugirango umenye uko ugenza kugirango inzabibu zawe zitazabura isoko uzagurishamo kandi ari wo mugisha wawe wahawe n’Uhoraho Uwiteka Imana yawe uko niko Uwiteka abivuga.Nuko nshima Uwiteka Imana yanjye unshoboza kumenya iyo migambi yose y’umwanzi kandi akanalinda ubugingo bwanjye amajya namaza kugirango ntazagwa mu gico cya banzi banjye ari nabo banzi b’Uwiteka Imana yanjye nkorera iteka niteka ryose Amen.
Jan 27, 2017 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,Uhoraho Uwiteka Nyiringabo agiye kuguha umugisha wihuse cyane,kandi uraje vuba cyane kugirango umenye yuko Uwiteka Nyiringabo ari we Mana yawe.Dore inzitizi zari imbere yawe zose zikuweho kuko umwanzi yari yaritambitse kugirango umugisha w’Uhoraho utakuzaho ngo uwakire uko niko Uwiteka avuga.
Nuko rero ntutinye kandi ntugire ubwoba nubwo umwanzi akugenza nkugenza umunyacyaha kandi ari nta cyaha wakoze.Uhoraho Uwiteka Imana yawe yagambiriye ku kuguhesha umugisha no ku kugirira neza kugirango aguhoze imibabaro yose waciyemo kugirango umenye yuko Uwiteka Imana ukorera ari we Imana yawe niko Uwiteka avuga.
Jan 28,2017 ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abagore bari muri gakondo baturutse mu gihugu cya Uganda bo mu bwoko bw’Abatutsi Kazi,b’Abega Kazi,bagiye gufata urugendo rutunguranye kandi bazarufata bamaze koga ni kwisiga amavuta meza ahenze kandi yigiciro.
Mbona bamanutse ku nkengero z’ubutayu bugufiya,basiga abagabo babo,abandi mbona bifatikanije na bazungu kazi,babyaye umwana umwe umwe,mbona bagiye kwidumbaguza muri swimming pool bakajya bidumbaguza bakavamo bakongera bagasubiramo buri kanya bari bambaye ikariso gusa barangiza bakineneka hejuru yurwogero bagatagaranya amaburu kugirango bereke indangazi ibimero byabo nubusa bwabo butagira rutangira.
Nkomeza kwerekwa ibintu bitangaje,mbona abagabo benshi bafashe amamodoka yabo,basa nabahunze igihugu,baragenda bageze aho bagombaga kwinjirira ngo bahabwe ubuhungiro,mbona imodoka zigongana ari nyinshi cyane zikora impanuka maze abakabaye bakingura umiryango binjire ndetse baninjize ibinyabiziga byabo,banga gukingura kuko bakoreye impanuka imbere yahoo basaba ubuhungirouko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nerekwa mbona Umwakagara ahiga hasi hejuru umwiru mukuru w’ubwami bw’uRwanda Benzinge Boniface kugrangoa bamuhitane,maze mbona kagame paul yagiye kwitsimba ahantu kure cyane udashobora kuba wahamukekera.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,erega mwana w’umuntu,usengere cyane Chancellor w’uRwanda kuko umwakagara yatangatanze imihanda yose ngo amuce igihanga ngo kuko yamubise ya NYUNDO yicishaga ISAZI,none niwe yahereyeho uko niko Uwiteka avuga.
Mbona na bandi banyarwanda bacyeya bihishe ahantu batazwi n’umuntu uwari we wese.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwakagara aratega zivamo,kandi igihe kirageze ngo ijambo ry’Uhoraho risohoze umulimo waryo,kugirango ubwoko bw’Uhoraho bumenye yuko Uwiteka ariwe Mana uko niko Uwiteka avuga.
Nkomeza kwerekwa imigambi y’Uwiteka myiza kubugingo bw’abamwubaha,mbona Umuhanuzi Mukuru ari kumwe na mugenzi we warangije ikoranabuhanga akaba afite masters mu ikoranabuhanga rya telecommunication.Maze mbona bamuha akazi cyangwa se ikiraka ariko bamubwira yuko akwiye gukorana n’Umuhanuzi Mukuru uwo mulimo ko bitabaye ibyo,bidashoboka yuko yahabwa icyo kiraka uko niko Uwiteka ategetse.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore wowe n’Umuhanuzi Mukuru mu hawe umulimo mushya kandi muraruhuwe imiruho yose mwarushye iyo mwakoreye mu butayu bugufiya mu gihugu cy’IBABYLON.
Ariko noneho ni wowe utahiwe kuk Umuhanuzi Mukuru yamaze kugera mu masezerano,hasigaye wowe hamwe n’Umulinzi Mukuru w’ibyasezeranijwe ngo muheshwe umugisha n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo niko Uwiteka avuga.
Aho ndahava njyanwa mulindi yerekwa,mbona inzitizi zose zari zarashyizweho n’inkozi z’ibibi zikurwaho n’Uwiteka Imana ya bakiranutsi.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore Uhoraho akoze ibikomeye kandi asohoje ibyo yagusezeranijwe niyompamvu akuyeho inzitizi zose kugirango bimenyekane yuko Uwiteka ari we Mana yawe niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Nerekwa ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo bushaka ko bwasengerwa ngo bukurweho uruzingo rwabadayimoni.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,bwira abo bose bashaka gusengerwa babanze basome ibisobanuro by’INZOZI kugrango bashobozwe kumenya imvugo y’Uwiteka Imana Nyiringabo ibyo avugana nabo mu nzozi bashyizweho basinziriye kuko ahongaho ari ho abigishiriza ibyimigambi ye,kugirango abamaremo cyangwa agamburuze imigambi yabo ibajyana mu irimbukiro uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo (Rhema Word) rinzaho rirambwira riti,mwana w ‘umuntu,soma JEREMIAH [36] maze wumve kandi usobanukirwe icyo Uwiteka Nyiringabo avuganye nawe!
Ndibambura ndahasoma maze nsanga havuga ngo,ku ngoma y’Umwami Josiah yima ingoma maze afata igitambo cy’ibyasezeranijwe (Ubuhanuzi) aragisoma kugirango yumve kandi amenye icyo Uwiteka yavuze ku bwoko bwe.Kugirango atazagenza ukundi akanyuranya numugambi w’Uwiteka Imana Nyiringabo,bityo akazakora ibyo gukiranirwa akirahuriraho umujinya w’Uwiteka Imana ikiranuka.
Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,fata ikaramu yawe,maze wandikire Nyir’uRwanda Umwami YUHI VI,umubwire uti,uku niko Uwiteka avuga,Mwami w’uRwanda wagizwe kuba Umwami w’ishyanga ryahoze ritera amahanga gutitira,ndetse na buginngo nubu,niko bizahora,umva uko Uwiteka avugana nawe,fata ibyahanuwe byose ushake umuntu agutoranilizemo ibivugwa ku bwami bw’uRwanda mubereye Umwami w’ubwoko bw’Uwiteka Nyiringabo.
maze abigusomere kugirango usobanukirwe ibyo ijambo ry’Uwiteka ryavuze kuri wowe nubwami bwawe kugirango utazanyuranya nubushake bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo maze akazakurundaho umujinya we bigatuma umugisha w’Uwiteka yakuvezeho ugukurwaho ugasimburwa numuvumo kandi bidakwiye kuri Nyir’uRwanda yagahorana Imana nubugingo kuko Uhoraho yamukunze akamugira Umwami w’ishyanga ryera ryatorajwe n’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo mu isi ya bazima.
Amasengesho y’iminsi [3] dusengera ubwami bw’uRwanda,n’Umwami YUHI VI
Jan 29,2017 ijambo ry’Uwiteka Uhoraho Nyiringabo,rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,taganzariza ubwoko bw’Uhoraho Imana Uwiteka Nyiringabo,bukore amasengesho uhereye ejo ku wa mbere taliki ya 30 mutarama 2017 basengera ubwami bw’uRwanda kandi ayo masengesho azaba ayo kwiyiriza nta kunywa no gufungura uhereye mugitondo ukageza nimugoroba uko niko Uwiteka ategetse.
Ayo masengesho azamara iminsi [3] babwire basabe Uwiteka abakize Umwakagara kandi kuko ari we ubivuze arahita abikora,(ndetse nufite ikibazo,aboneyeho umwanya mwiza wo kuvuga ariko ibi nijye ubyivugiye kuko nibwira yuko umwuka w’Uwiteka ari muri jye niko Uwiteka avuze!Ubwo urabe wumva birenge niwowe ubwirwa.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kumburira uburyo Umwakagara arimo guhiga hasi no hejuru Umwami YUHI VI hamwe n’umwiru mukuru wamwimitse Boniface Benzinge.Ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,burira ubwoko bw’Uhoraho yuko bukwiriye kwitonda cyane abakora politike bilinde cyane kuko ibintu bimeze nabi cyane kuko umwakagara atewe impungege zikomeye cyane niceceka ry’abatavuga rumwe nawe niko Uwiteka avuze!
Nerekwa inzabibu nyinshi cyane,izimaze gushya nizindi zitarashya,kandi zari nyinshi cyane.Ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore umugisha uraje kandi mwinshi cyane,hari uwamaze gutunganywa,ndetse hari nutaratunganywa uwo wose uraje nk’uko Uwiteka yabigusezeranije yuko azakubera umugisha kandi akazakugira ubwoko bukomeye bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Nuko umwuka w’Uwiteka akomeza kumpangaho cyane,bidasanzwe,ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,senga kugirango Uhoraho aburizemo imigambi ya leta ya Kenya (JUBILEE) dore barashaka kugura umunyapolitike witwa MUDAVADI.Bakamuha za miliyari [40] kugirango basenye NASA (National Super Aliance) kuko bamaze kubona yuko badashobora gutsinda amatora ateganijwe kandi bakaba badashaka kuva kubutegetsi kuko bakoze ibyo gukiranirwa niko Uiwteka avuze!
Nuko nkomeza kuburirwa ibyo umwanzi alimo gutegura,kandi ko afite imigambi mibi kandi mibisha,nerekwa Umwakagara ibyo agambiriye byose nta nakimwe kizamuhira kuko yarwanije umwuka w’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Ndabwirwa ngo”azagerageza byose,ariko ntabwo bizamuhira”.Kandi ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,nta kizabubuza guhirwa n’Uwiteka Imana,kuko bwatonnye k’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo kandu buzi neza yuko Uhoraho ari we mwungeri wabwo ndetse akaba numukiza wabwo kandi ko ari we bwiringiye kuzakurwa muburetwa bw’Umwami PHARAO uko niko Uwiteka abivuga.
Nimuhumure nzi numvise kurira kwanyu,kandi namenye ibyababayeho byose,ndetse narabirebye ndongera ndabyitegereza kugirango hatazagira umbarira inkuru nkaho ntari mpari.Ariko naramanutse ndaza ndirebera ntega amatwi kugirango numve urusaku rwahabarega baririra mu buvumo kubera kurenganywa cyane n’umwanzi wabakiranutsi (satani hamwe n’Umwakagara) ibyo byose maze kubyumva ndetse n kubyitegereza ndirahira mu izina ryanjye Uwiteka ndavuga nti,ubu bwoko bwararushye kandi kurira kwabo gufite impamvu.
Nuko rero reka mbutabare kuko nabuhaye Umuhanuzi uzabuyobora inzira yo gukiranuka kuko muri we niho nahishe ibanga ry’Umwami wanjye Yesu Kristo kugirango abazaryizera abe ari bo bazinjira mu masezerano uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nkomeza kwibera mu iyerekwa mbona inkoko (umuzimu) w’umuterekerano mbona ufatwa ucibwa ighanga.Ubwo menya yuko imyuka y’Umwakagara arimo kohera kubwoko bw’Uwiteka itsinzwe hamwe numwuka w’ubukene atwoherezaho kugirango tunanirwe gusohoza imilimo y’Uwiteka Imana ikiranuka menya yuko uwo mudayimoni atsinzwe kandi ko aciriweho iteka n’Uwiteka Imana Nyiringabo.
Nerekwa Umuhanuzi Mukuru w’ibyasezeranijwe yongera guhabwa isezerano ry’umugisha maze mbona abantu baturutse imihanda yose,ariko cyane cyane abo mukarere kibiyaga bigari,baza kumushaka kugirango abaramburireho umugisha bahabwe umugisha.Ariko mbona ntabwo abahesheje umugisha kuko bari baje gushaka umugisha gusa,ariko badafite umutima ukunda Uwiteka Imana Nyiringabo.
Mbona Umuhanuzi Mukuru ajya kwinjira mu nzu,mu gihe atarinjiramo mbona haje umwe mu bari baje gusaba umugisha,ariko akaba yari umupagani,maze aza yirukanka ashaka guhohotera Umuhanuzi Mukuru ariko Umuhanuzi Mukuru amukubita ibuye rimwe gusa (ijambo) maze yikubita hasi ahita amuta kungoyi babandi bose bari kumwe nuwo mwicanyi bahita barahunga.
Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ubwo Uhoraho azasohoza ibyasezeranijwe kubagaragu be,niko bizagenda.Kandi dore umugisha uraje kande igihe cyawo kirasohoye ariko haraburaho gato kugirango uwavuzweho umugisha w’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo awakire kugirango bimenyekane yuko Uhoraho agira neza niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Jan 29, 2017 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo,rikomeza kunzaho kandi cyane.Maze umwuka w’Uwiteka unzaho ahagana mu masaha ya nimunsi,urambwira uti,mwana w’umuntu,dore Uwiteka akomeje gukora ibikomeye ku isi ya bazima kandi biteye ubwoba.Abantu basuzuguye Uwiteka barakabya bakora ibyo gukiranirwa bahabwa intebe,none Uhoraho yarabarakariye cyane niyompamvu yimitse Donald Trump kugirango akorere Uwiteka ashyire mubikorwa ibyo Uwiteka yifuza ko bikoreka niko Uwiteka avuga.
Kandi sibyo gusa,ahubwo bizanakomeza kuko isi Uhoraho yamaze kuyifatira ibyemezo bikaze,kandi akaba atazongera kwihorera inkozi z’ibibi ngo zidegembye ngo zikore icyo zishaka kuko urusaku rwabakiranutsi rumaze kwiyongera ruturuka mu buvumo aho bajya kwiherera bagahamagara Uwiteka bucece maze Uhoraho akabumva ari mu Ijuru nicyo cyatumye atazongera kurebera ukwisanzura kw’inkozi z’ibibi niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona umuyaga mwinshi uturutse mu burasra zuba bw’Africa uwo muyaga wari uturutse kumusozi muremure cyane,urimo guhuhwa numuyaga.Maze nanjye ngira matsiko impamvu uwo muyaga uturuka kumusozi hejuru ukamanuka mugikombe kiri hasi yuwo musozi,ukaza kunyeganyeza ibiti bikiri bitoya ariko bishishe birimo gukura bizamuka bifite amababi y’ibitoto kandi yicyatsi kibisi.
Nuko mbona uwo muyaga uraje ugeze hasi mugikombe unyeganyeza kimwe muri ibyo biti bikiri bitoya,ariko uwo muyaga wanyeganyezaga amashami gusa,ntabwo byashobokaga ko,unyeganyeza igiti cyose kuko cyari kikiri gitoya,kandi gifite imbaraga zidasanzwe.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambaza riti,mwana w’umuntu,niki gitumye uriya muyaraga umanuka mu gikombe cyo mu itaba,kandi ubundi wakagombye kuzamuka kumusozi,ukaba ariho ujya kunyeganyeza?Kandi se niki gitumye uza kunyeganyeza igiti kimwe kandi mu gikombe harimo ibiti byinshi ariko ugahitamo igiti kimwe gusa?Ese byaba ari amayobera?Ndasubiza nti,kumusozi muremure nta biti bihari,ahubwo hari ibyatsi gusa gusa,kandi ibiti nibyo bitegeka ibikombe imsozi nudusozi(Ubutegetsi) umuyga rero usobanura ibibazo bituruka mu burasirazuba uje guteza ibibazo bikomeye mu isi ya bazima!
Ndabwirwa ngo,nibyo usubije neza,ariko uriya muyaga ninde uwohereje kandi uturutse hehe?Ndasubiza nti,rwose ibyo sibasha kubimenya kandi sinabisubiza ahubwo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo niwe uzi aho waturutse!Ndabwirwa ngo,uwo muyaga uturutse k’Umwakagara aje guhiga Umwami wimye ingoma nubwami bwe”Nyir’uRwanda YUHI VI yo kagira Imana yo mu Ijuru”.Ngaho rero andika ibyo weretswe maze ubishyire ahagaragara kugirango ubisoma abashe kubimenya.
Ako kanya mfata intwaro yanjye ntangira kwandikira abatataniye mu mpande [4] z’isi yose,kugirango bamenye icyo Uhoraho Uwiteka avuze,kandi bamenye imigambi y’Umwanzi wabakiranutsi (Umwakagara na Satani) ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira ubwami bw’uRwanda n’Umwami YUHI VI uti,uku niko Uwiteka avuga,wimitswe n’Uwiteka agushyira kumwanya wa Ndahindurwa kugirango umuyoborere ubwoko bwe,buheze ishyanga.Kandi ntutinye kuko uwakwimitse ntaho yagiye,ariko umenye yuko umwanzi wabakiranutsi arimo kuguhiga bukware.
Nuko rero umenye uko ugenza ntube umwana kuko wimye ingoma usheshe akanguhe,dore Uhoraho azagukoresha iby’ubutwari,kandi umwanzi wawe uguhiga amanywa nijoro,iminsi narayigabanije,igihe cye cyarangiye ngo akurwe ku ngoma maze wicare ku ntebe ya bukunzi wahaweho gakondo n’Uwiteka Imana,iyo bizakuba umurage wabasokuruza,ntabwo wari kuyicaraho kuko umwanzi wawe akurusha imbaraga.Ariko kuko ijmabo ry’Uwiteka ryakuvezeho,niyompamvu nakugize Umwami w’ubwoko bwanjye!
Niwumvira ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana yanjye,nukuri nukuri ntuzabura kurya ibyiza byo muri gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.Dore Uwiteka azabana nawe,kandi azakulinda kuzageza akugejeje ku ngoma yagusezeranije ariko nutagendana n’Uwiteka Imana yanjye,ntakabuza Uhoraho azagusimbuza uko wasimbuye Ndahindurwa wanze kumvira ijambo ry’Uhoraho agacibwa igihanga nabanzi be,uko niko Uhoraho uwiteka avuga.
Dore Umwakagara ahagaritse umutima cyane,kandi yashyizeho ingenza,alimo gushakisha amakuru yerekeranye n’ubwami bw’Umwami YUHI VI wamuteye ubwoba bigatuma atagoheka kuko imigambi ye,yibwiraga yuko guca igihanga Ndahindurwa byari byo umuti w’ikibazo,ahubwo byahindutse ikibazo cyiyonegra kubindi bibazo yarasangwanywe.Niyompamvu Umwami Nyir’urwanda akwiye kuba maso cyane kandi akiringira uwiteka Imana yanjye kuko niyo yamwimitse ku ngoma kandi ninayo izamucyuza amaboko akomeye cyane kuzageza imwicaje ku ntebe ya bukunzi kugirango azamenye yuko Uwiteka Nyiringabo ari we Imana ikiranuka muri byose.
Naho uriya muntu wabonye uhagaze kuri uriya musozi,ni umwuka w’ubuhanuzi woherejwe kujya gutata imikorere y’Umwakagara nimgambi ye,nibyo alimo gutegura arwanya ubwami bw’uRwanda kugirango uwo mwuka ugaruke ukuburire maze nawe uburire ubwoko bw’Uwiteka hamwe n’Umwami wabwo wimitswe n’umwuka w’ubuhanuzi ukorera mu muhanuzi Majeshi Leon uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringo avuze!
Dore nta kabuza ibyo ijambo ryahanuye n’Umuhanuzi rizashyirwa mubikorwa kuko ar’Uwiteka wabivuze,atari umwana w’umuntu.Burira ubwoko bw’Uwiteka ububwire uti,dore ijoro rirendagucya,kandi umuseke uratambitse,kugirango ibyahanuwe n’ubuhanuzi bishyirwe ahagaragara.Dore Umwakagara igihe cyagiye kandi ntabwo kizasubira inyuma,ubwo igihe narindimo gutega amatwi ibyo nabwirwaga kugirango mbagzeho,mbona intama nyinshi cyane zituruka mu mulima wo muri gakondo ya bakiranutsi.
Mbona ziramanutse zigera muri cya gikombe cyiri munsi ya gakondo ya bakiranutsi,mbona ziraje zishorewe numushumba maze mbona zimaze kugera mugikombe ako kanya mbona wa mulima uhindutse umwirare.Mbaza uwanyerekaga nti,bigenze gute,ngo umulima w’Uwiteka uhinduke umwirare?Ndabwirwa ngo,Uhoraho yahishe intama ze,abanza kuzikura muri gakondo azimanura mugikombe azihishayo kugirango abone uko arimbura gakondo ya bakiranutsi kuko bidashoboka yuko abakiranutsi batarimbukana nabanyabyaha uko uko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nerekwa umucyo mwinshi cyane umunuka uturuka mu Ijuru,ugera ku isi yabazima,ahatuye abana b’abantu.Uwo mucyo wari mwinshi cyane kandi udasanzwe,maze mbona umwijima ukuwe ahawo aho waruri kandi nyamara umucyo waravuye mu mwijima.Maze ntangazwa nuko umwijima uhunga umucyo,kandi umucyo warabyawe numwijima!Iki nikibazo gikomeye kugisobanukirwa cyane ubanza ari ya mayobera bajya bavuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,uriya mucyo ubonye wakumanukiye,Uwiteka amanuye umucyo mwinshi cyane kuri wowe kuko inkozi z’umwijima zamaze gutegura uburyo bwo ku kuvangira kugirango udakomeza kubona no kwerekwa ibikorerwa mu isi yumwijima ukabishyira ahagaragara kuko ubwoko bw’Uhoraho uwiteka Nyiringabo bwamaze kwizera no kwiringira Uhoraho uwiteka Imana yawe nyuma yuko ijambo ry’Uhoraho rikoze umulimo waryo Trump akima ingoma,hamwe n’Umwami YUHI VI nawe akima ingoma.
Babonye ko,umwuka w’Uwiteka akorera muri wowe kandi aba cyangwa atuye muri wowe uko niko Uhoraho uwiteka Nyiringabo abivuze!Nuko rero dore igihe kirageze ngo ibikorerwa mu mwijima byose birangire ahubwo umwuka w’Uhoraho abe ariwe uganza mu bwoko bw’Uwiteka Imana ya bakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Dore umwijima wabaye mwinshi kandi waremereye ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ndetse ni nkozi z’ibibi zibigiriza ho nkana zizi yuko batazatabwara none igihe nicyabo ngo zimenye yuko Uwiteka ajya ayumva gusenga kwabakiranutsi niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Nongera kwerekwa INKA (zisobanura abadayimoni) nerekwa izo nka zishakisha ubwatsi bwo kurisha,zizenguruka ubutayu bugufiya no ku nkengero z’ubutayu ario zibura icyo zirisha(bisobanura yuko babuze abantu bo kwica cynagwa abo gutangaho igitambo).nuko mbona ko bakomeje kuzerera cyane ariko ntibagira icyo bageraho maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu.
dore ziriya nzererezi zirimo gushakisha abo zivugana none burira bene so aho batataniye hose ku isi uti,umwanzi wabakiranutsi arimo kwivuga ariko n’Intare iziritse!
Nuko rero mube maso cyane kugirango mudakurwa mu masezerano kandi ageze kumarembo yo gukiranuka uko niko Uwiteka avuga.
Mu gihe nkitegereza iryo yerekwa njyanwa murindi mbona umugore wigicamuke azana intoki akora ku isahani yanjye maze mbona atwaye umugishwa ubyibushye asiga unanutse maze ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu urabe maso cyane kuko umwanzi akoherereje umugore wigicamuke wigize ingunge mu ishyamba akaba atuye wenyine ategereje uwo yahumanya!Nuko rero ndabizi neza yuko uri inyamibwa ariko kandi ube maso cyane atakunyura murihumye akaganza ubugingo bwawe niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuga.
Nsubizwa mu iyerekwa mbona abakagara kazi,bahagaze kumihanda basaba abashofeur batwaraga ibinyabiziga,babasaba yuko babaha amafaranga,ariko igitangaje nubwo abo bakagara basaga neza cyane,ariko bari bakennye nta mafaranga bafite.Bibwiraga yuko ubwiza bwabo bushobora gutuma bahabwa amafaranga (Bisobanura imbaraga) naho ibinyabiziga bisobanura ubuyobozi.
Ijambo ry’Uwiteka rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore abakagara bagiye guhunga bakwire imshwaro aho bazahagaragara imihanda yose mu bihugu bigiye guhungiramo bazaba basabiriza amahanga ko babafasha ariko ntabwo bazahabwa ubufasha ndetse nta nubuhungiro bazahabwa kuko ijambo ry’Uwiteka ryababayeho akarande kandi ukuboko k’Uwiteka kuzabaremerera birenze kwizera kwabo uko niko Uwiteka yabivuze!Ibyo bakoreye ubwoko bw’Uwiteka bazakubirwa inshuro [7] kugirango bazamenye yuko Uwiteka ari we Mana uko niko Uwiteka avuze!
Nkomeza kwerekwa imigambi y’umwanzi nerekwa abanyeshuli binjira mu ishuri,mu gihe abandi basubiraga mu ishuli ahagana kugicamunsi mu masaha ya saa munani [14] maze aho kugirango nihutire kujya muri iryo shuli,ahubwo njya gushakisha bibiliya yanjye maze nibagirwa kujya mushuki.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,mwana w’umuntu,ibyago,akaga amakuba byategurwaga n’umwanzi byose bikuweho n’Uwiteka Imana yawe kubwo amasengesho wakoze uyu munsi kuko umwanzi yari agambiriye nabi ariko noneho akozwe nisoni uko niko Uhoraho uwiteka Nyiringabo avuga.
Jan 30, 2017 njyanwa mu iyerekwa ridasanzwe kandi rikomeye cyane,iryo yerekwa ryasobanuraga ikibazo gikomeye ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo bukomeje kwibaza cyane kitarabona igisubizo!Abantu benshi cyane ndetse nitangaza makuru bakomeje kwibaza impamvu itumye Umwakagara adategura amatora nk’uko ibindi bihugu birimo kuyategura cyane azaba muri uyu mwaka.
Netse usanga akenshi Umwakagara atanayavugaho ngo abanyarwanda bamenye uburyo alimo gutegurwa.Nuko njyanwa mur’iryo yerekwa kugirango mbashe gusobanurira abanyarwanda (ubwoko bw’Uwiteka) impamvu ingana ururo,maze bamenye ikihishe inyuma yabyo.
Njyanwa ku musozi hejuru ahitegeye aho mbasha kureba icyintu cyose gikorerwa mu isi ya bazima.Mbona hatumijwe inama (Round Table) iyi nama yari yatumiwemo abahagarariye RNC,UBWAMI BW’URWANDA,maze bicarana kumeza n’imtumwa z’Umwakagara kugirango babwirirwe hamwe ikigomba gukorwa byakwanga hagafatwa umwanzuro wa nyuma.
Muri iyo nama havuzwemo yuko ihindurwa ry’Itgekonshinga ryakozwe n’Umwakagara ritakurikije amategeko,kandi ko na (Referendum) kamarampaka yakozwe hatakurikijwe amategeko.Maze Umwakagara bamusaba yuko hakongera hagakorwa Kamarampaka ihagarariwe na loni (ONU,UN) ariko ibyo ntabwo abikozwa.Kumubwira ibyo kwari ukugirango bamwereke yuko ngo ibyo avuga yuko guhindura itegekonshinga abeshya yuko yabisabwe nabaturage noneho bijye kumugaragaro bigaragare niba koko aribo babisabye.
Muri iyo nama yafashe igihe kirekire kandi igihe gikomeye kuko ariyo yanyuma,ntayindi izongera kubaho,usibye guhita barasa Umwakagara agakurwa kungoma,nta kindi kizaba gisigaye!Abahagarariye Umwakagara ubwo ninako bahitaga bamubwira uko ibintu birimo kugenda kuko hari uwarushinzwe amakuru muri iyo mana wahaga amakuru Umwakagara uko ibintu biri kugenda nimyanzuro bagezeho.
Ubwo bamaze kugera ku kijyanye na kamarampaka Umwakagara arisiba aratsemba yemera yuko rwose bidashoboka ngo ko yitorewe nabaturage.Kandi ko adashobora kubona iyo (BUDGET) yo gukoresha kamarampaka maze abahagarariye ONU bamubwira yuko bazayihagarariye kandi ko na BUDGET aribo bazayishyura we nta nakimwe azasabwa gukora usibye kuzana abahagararira amatora ya kamarampaka kimwe nabatavuga rumwe nawe nabo bakaza ababahagararira kuzageza habonetse igisubizo!
Gusa muri iyo nama,byagaragaye yuko RNC,yahise yifatanya n’ubwami bw’uRwanda kugirango bashobore gukorera hamwe maze bazatsinde ayo matora ya kamarampaka alimo gusabwa nabarutuku badashyigikiye yuko habaho intambara ariko ikazaba mu gihe Umwakagara azaba yanze yuko habaho amatora ya Kamarampaka kugirango abaturage bihitiriremo ubuyobozi bubabereye.
Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambaza riti,mwana w’umuntu,witegereje iriya nama irimo gukorwa ikuba gahu?Ndasubiza nti,cyane nayitegereje ndetse nibyavugiwemo nabyo nabikurikiranye.Arambaza ati se,urabona byashoboka yuko Umwakagara yemera amatora yabaturage bakihitiramo ubuyobozi bubabereye?Ndasubiza nti,nkurikije ubuhanuzi uko bwavuze,ndabona bidashoboka.
Kuko mu gice cya (1-3) cy’ubuhanuzi bwahanuwe n’Umuhanuzi Majeshi Leon,bwahanuriwe Kagame,uRwanda nabanyarwanda buri ku kinyamakuru egretNews.com,buvuga yuko hazabaho gushaka kumvikana ariko bitazashoboka hagati ya RNC hamwe n’ubwami bw’uRwanda aho bazajya mu mishyikirano kugirango bumvikane uburyo igihugu gushobora gutegekwamo.
Ariko kugeza magingo aya,twari tugitegereje ibizakurikiraho ngo turebe niba koko ibyo ijambo ry’ubuhanuzi ryavuze yuko bishyirwa mu bikorwa.Ndabwirwa ngo,noneho birasohoye dore bari mu nama ndetse imaze iminsi yatangiye ku wa gatandatu izarangira ku cyumweru kandi ninayo ya nyuma kandi Umwakagara ntabwo azemera yuko habaho kamarampaka kugirango ijambo ry’ubuhanuzi risohoze umulimo waryo ahubwo arahita abemerera yuko yiteguye kurwana (intambara) kandi azi neza yuko adashobora kuyirwana kuko azi neza yuko niyinjira muri kamarampaka aribuhite atsindwa muri ayo matora kandi atayahagarariye kugirango abone uko yiba.
Niyompamvu ari buhitemo intambara kuko adakunda uRwanda nabanyarwanda,kuko we n’umwuzukuru wa ‘NYIRABIYORO’abereyeho kwica abanyarwanda kuko atar’umuntu usanzwe ahubwo numudayimoni mu buryo bugaragara aboneka nk’umuntu,ariko umwuka umugize,imbere agizwe numuzima wa Nyirabiyoro ugambiriye kwihimura ku bwami bw’uRwanda uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Nuko aho narindi kumusozi nkomeza kwitegereza ibiri kubera muri iyo nama,kuko nari kure yabo gato,ntabwo bari bantumiye,ariko ntabwo byambuzaga kuyikurikiranira hafi ngo mbashe kumenya ibirimo gutegurwa nk’umwanditsi uhagarariye Ijuru nabashije kuyikurikirana ndetse nta nakimwe cya ncitse byose nabyitegereje mbasha kumenya ibyahavugiwe byose uko byakurikiranaga.
Ubwo uwari ayoboye inama yabajije abahagarariye umwakagara impamvu atemera ko habaho “Referendumu”niba koko yizeye abaturage be,ayobora?Abura icyo asubiza kuko nta nakimwe abazwa mu bijyanye nitegurwa rya matora ya kamarampaka niba ko ahamya yuko abaturage aribo bamutoye.
Ubwo Umwakagara waruri mu nama ya African Union AU,yabwirwaga ibirimo gukorwa byose ndetse nimyanzuro yose irimo kuhafatirwa,yarari mu nama ebyeri icyarimwe.Ariko umudayimoni burya aba ar’umudayimoni.Yanze bidasubirwaho avuga ko,igishaka kizabe ntiyemera ko habaho kamarampaka kandi ko badashobora kumutegeka uko ayobora igihugu cye,kuko nawe atabategeka uko bayobora bihugu byabo.
Ubwo inama yarangiye hemejwe yuko abarwanya Umwakagara bashobora kwitabaza amahanga kugirango umunyagitugu akurwe kubutegets,ndetse ubutegetsi bwe burandurwe burundu nta mananiza uko niko Uwiteka avuga.Nuko ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,wabonye rero uko ibintu bikomeye!Ubonye ibyo ejo umwuka w’Uhoraho wakubwiraga ko hagiye kubaho ibikomeye mu isi yabazima?Ngaho rero andikira bene so batataniye impande [4] z’isi maze bamenye uko ibintu bimeze ahasigaye aheza ni mwijuru uko niko Uwiteka abitegetse,kandi niko avuze!
Njanwa mu iyerekwa rikomeye cyane ry’umunsi mukuru w’Umwami Nyir’uRwanda Umwami YUHI VI mbona ko agiye kurahirira kuyobora ubwami bw’uRwanda bugendera ku itegekonshinga.
Nerekwa hatumiwe abantu bacye cyane bashoboka.Mbona iminsi mikuru igiye kubera iruhande rw’inyanja nini iherereye haruguru y’ubutayu bugufiya ahari hahishe intabwa z’imfura z’ibwami aho zimaze igihe kirekire zihigwa n’Umwakagara kugirango azice igihanga(Igice cya (4) cy’ubuhanuzi,nigice cya (5) cy’ubuhanuzi niho mwasanga ubwo buhanuzi.
Nerekwa abamalaika [2] boherejwe gukora ubulinzi bukomeye cyane,kuko Uwiteka wenyine yari yimanukiye yazanywe no kwikimika Umwami YUHI VI kugirango ayobore uRwanda nk’ubwami bugendera ku itegekonshinga.Har’ubulinzi bukomeye cyane kandi budasanzwe kuko Umwami wimitswe n’Uhoraho niko agomba kumera.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore Umwami YUHI VI ararahiye kuyobora ubwami bugendera ku itegekonshinga.Kandi dore Umwakagara azabiranijwe nuburakari bukomeye ahise aca igihanga cya gisambo EZRA MPYISI kuko inama zose yamugiriye zimuteje akaga gakomeye cyane,ahubwo bikaba bitumye akurwa ku ngoma igitaraganya uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo avuze!
Nuko nerekwa abagiye muriyo minsi mikuru bagenda bigengesereye,ndetse nabashyitsi bakuru bakomeye cyane kurwego rw’isi bari batumiwe baje kwizihiza uwo munsi mukuru wa Nyir’uRwanda Umwami YUHI VI Nyir’uRwanda yokagira Imana N’INKA,N’INGOMA.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rirambwira riti,ngaho rero nezerwa ushire umubabaro Umwakagara yari yaraguteye kubera yaciye igihanga Umwami Kigeli V Ndahindurwa wari umubyeyi wawe ndetse akaba ni inshuti yawe kuko habonetse umusimbura mu bwami waharaniye ko busimbura ikinyoma cyimitswe ni nkozi z’ibibi zihaye kurwanya umwuka w’imana kandi zitabishoboye uko niko Uwiteka Nyiringabo avuze!
Nuko nshima Uwiteka Nyiringabo yuko atemereye umwanzi kutwishima hejuru ngo yigaragaze yuko ar’umunyembaraga kurusha Uhoraho Uwiteka Imana yacu twiringiye yirinze kudukoza isoni.Mbona abagore b’Abakagara Kazi,bahindutse nkabasazi mbona batangiye kunywa MUGO (core) ituma basinda kugirango basigare badashobora kumva ibirimo gukorerwa mu isi yabazima.
Nerekwa ikizamini nagombaga gukora ko ntazagikora ahubwo ko ngomba kuzarega ikigo nizemo kuko cyakoresheje uburiganya bagahindura amanota yanjye kubera ko bandwanyaga banziza ubusa ariko bashaka kunsubirishamo gukora ikizamini ndabangira ahubwo mpitamo kuyoboka ubutabera bw’Uhoraho kugirango amburanire kandi ampe ubutabera busesuye uko niko Uwiteka abitegetse!
Jyewe Majeshi Leon,Umuhanuzi w’Uwiteka maze kubona ibyo byose,nkomeza kandi ndushaho kugira imbaraga zo gukorera Uwiteka Imana Nyiringabo,no kwiyiringira kurushaho kuko ibasha cyane gukora ibirenze ubwenge bwa abana b’abantu.Numva nongeye gushimira Uhoraho Uwiteka Nyiringabo kuko ishimwe nicyubahiro ari bye iteka niteka ryose Amen.
nccleon@gmail.com