Ububiligi bwasabye ababwo kuva mu Burundi
Ububiligi bwasabye abaturage babwo kuva mu Burundi, nyuma y’imvururu z’urugomo rushingiye kuri pilitike zikomeje muri icyo gihugu.
Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi nawo uri kugabanya abakozi bawo by’agateganyo mu murwa mukuru Bujumbura, watangiye no kohereza imiryango yabo hanze y’igihugu. Akanama k’amahoro n’Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika kari guterana kiga kuri iki kibazo.
Abantu barenga 200 barishwe kuva mu kwezi kwa Kane kuva perezida Pierre Nkurunziza atangaza ko aziyamamaza ku nshuro ya gatatu, mu matora yanatsinze.
Ku wa Kane, Akanama k’Umutekano muri LONI katoye ku bwinshi bw’amajwi icyemezo cyo gusuzuma ibishobora gukorwa bitandukanye, birimo no kohereza ingabo z’umuryango w’Ubumwe bw’Abibumbye, ndetse no gufata ibihano.














Leave a Reply